Tag: Imikino

  • Perezida wa Rayon sport yahaye Miliyoni Rayon y'abagore nyuma yo kwegukana (…) – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Ku Cyumweru tariki 14 Gicurasi ni bwo hasojwe shampiyona y'Icyiciro cya Kabiri mu bagore. Umukino wagombaga gutanga ikipe yegukana igikombe cya shampiyona, wabereye kuri Stade ya Bugesera guhera Saa cyenda z'amanywa.

    Rayon Sports WFC yacakiranye n'Indahangarwa WFC, ari na yo makipe abiri yamaze kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere.

    Amakipe yombi yaje gusoza iminota 90 anganya igitego 1-1, mu kwifashisha penaliti, ikipe ya Rayon Sports WFC yinjiza 4-3.

    Iyi kipe ya rubanda yahise yegukana igikombe cya shampiyona, Indangamirwa iba iya Kabiri, mu gihe APR WFC yo yasoreje shampiyona ku mwanya wa Gatatu.

    Ni instsinzi yashimishije President w'iyi Kipe Rtd Jean Fidel wahise atangaza ko we na famille ye bahaye aba bagore Miriyoni y'Amafaranga y'u Rwanda ngo baguremo aga Fanta nk'uko yakise.

    Ati' Noneho babandi bavuga ko nta gikombe tuzatwara baravuga iki ko icyambere twamaze kucyegukana?'

    Rayon kandi, isa n'iyamaze kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro nyuma yo kunyagira ES Mutunda WFC ibitego 10 mu mukino ubanza wa 1/2 wabereye mu Nzove.

    Ni umwaka wa mbere Rayon Sports izanye ikipe y'abakobwa muri shampiyona y'abagore.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/perezida-wa-rayon-sport-yahaye-miliyoni-rayon-y-abagore-nyuma-yo-kwegukana

  • Premier League: Arsenal yabererekeye Manchester City iri gukoza imitwe (…) – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Uyu mukino wabaye ku Cyumweru, tariki 14 Gicurasi 2023. Arsenal yawinjiyemo isabwa kudakora ikosa kuko yari izi neza ko Manchester City bahanganiye igikombe yari yitwaye neza.

    Ku munota wa 20, Gabriel Martinelli yagize imvune asimburwa na Leandro Trossard. Arsenal yagerageje gusatira ariko abakinnyi ba Brighton bakugarira neza.

    Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

    Brighton yatangiranye imbaraga nyinshi igice cya kabiri, bidatinze ku munota wa 51, ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Julio Enciso.

    Arsenal yakomeje gusatira ishaka uko yakwishyura igitego ari na ko ikora impinduka zitandukanye, ariko ntibigire icyo bitanga.

    Iyi kipe yaje gutsindwa ibindi bitego bibiri mu minota ya nyuma harimo icya Deniz Undav ku munota wa 82, ndetse n'icya gatatu cya Pervis Estupiñán ku munota wa gatandatu mu munani y'inyongera.

    Uku gutsindwa kwatumye amahirwe yayo yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y'u Bwongereza ayoyoka ku kigero cyo hejuru, kuko ubu Manchester City ya mbere iyirusha amanota ane igifite n'umukino w'ikirarane, mu gihe habura imikino ibiri ngo Premier League igere ku musozo.

    Nubwo bimeze bityo, mu mibare biracyashoboka ko iyi kipe yakwegukana iki gikombe, mu gihe yatsinda imikino ibiri isigaje ya Nottingham Forest na Wolverhampton Wanderers ariko icyo gihe Manchester City ikaba yatakaje imikino itatu yose isigaje.

    Manchester City irakoza imitwe y'intoki ku Gikombe cya shampiyona

    Manchester City yatsinze Everton ibitego 3-0 ikomeza kwanikira Arsenal iyikurikiye.

    Ni umukino utagoye iyi kipe cyane kuko yarushaga Everton mu mashyi no mu mudiho.

    Ibitego bibiri bya İlkay Gündoğan ndetse na Erling Haaland ni byo byatandukanyije impande zombi.

    Uyu mukino wabaye intsinzi ya 11 yikurikiranya muri Shampiyona, bigaragaza ubukana n'inyota y'igikombe iyi kipe ifite muri uyu mwaka.

    Gutsinda uyu mukino kandi byongereye Manchester City amahirwe yo kwegukana igitego cya gatatu cya shampiyona cyikurikiranya, aho irusha Arsenal ya kabiri amanota ane igifite n'umukimo w'ikirarane.

    Mu mikino itatu iyi kipe isigaranye harimo uwa Chelsea, Brighton & Hove Albion na Brentford.

    Kugeza ku munsi wa 36 wa Shampiyona y'u Bwongereza, Manchester City ni iya mbere n'amanota 85, ikurikiwe na Arsenal ifite 81.

    Newcastle na Manchester United zinganya amanota 66, mu gihe Liverpool iri ku mwanya wa gatanu n'amanota 62.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/premier-league-arsenal-yabererekeya-manchester-city-iri-gukoza-imitwe-y-intoki

  • N’umukino w’urupfu no gukira: Umukino wa APR FC na Rayon Sports watangiye kuvugisha abantu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukino karundura uzahuza ikipe ya APR FC n'ikipe bahora bahanganye mu mateka ya Ruhago mu Rwanda watangiye kuvugisha benshi mbere y'uko uyu mukino uba.

    Umunyamakuru Reagan Rugaju nyuma y'uko ikipe ya APR FC itsinze ikipe ya Kiyovu Sports mu mukino wa 1/2 mu gikombe cy'Amahoro igasanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma yatangaje ko kuri uyu mukino buri munyarwanda wese azaba yabucyereye bitewe n'ireme uyu mukino ufite.

    APR FC na Rayon Sports zizakinira umukino wanyuma w'igikombe cy'Amahoro kuri satade ya karere ka Huye ku wa 3 Kamena 2023 akaba ari umukino utegerejwe na benshi mu bakunzi ba Ruhago mu Rwanda kuko izi kipe zombi zinyotewe iki gikombe.

    Source : https://yegob.rw/numukino-wurupfu-no-gukira-umukino-wa-apr-fc-na-rayon-sports-watangiye-kuvugisha-imbaga-yabantu/

  • Real Madrid yananiwe kwisobanura na Mancheste… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri saa tatu z’ijoro, ikipe ya Real Madrid yakiriye Manchester City kuri Santiago Bernabeu. Ni umukino wagaragayemo guhanga  cyane ku mpande zombi .

    Iyi kipe yo muri Espagne inafite igikombe giheruka cya Champions League, yageze muri 1/2 nyuma yo gusezerera Chelsea, naho iyi kipe yo mu Bwongereza yo yageze hano isezereye Bayern Munich yo mu Budage.

    Abakinnyi 11 ba Real Madrid babanje mu kibuga: Courtois; Carvajal, Rüdiger, Alaba, Camavinga; Modric, Kroos, Fede Valverde; Rodrygo, Benzema na Vinicius.

    Abakinnyi na Man City 11 babanje mu kibuga: Ederson; Walker, Stones, Rúben Dias, Akanji; De Bruyne, Rodri, Gündogan; Bernardo Silva, Haaland na Grealish.

    uko umukino wagenze umunota ku munota

    Umukino urangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1

    90+2′ Abasore ba Real Madrid baracyashaka uburyo bw’igitego cya 2 

    Umukino wongeweho iminota 3

    89′ Karim Benzema ahaye umupira mwiza Auriel Tchuamen arekura ishoti riremereye maze umuzamu wa Manchester City atabara arishyira muri koroneri

    87’Abasore ba Real Madrid bari gushaka igitego cya 2 ariko biri kugorana kukibona 

    85′ Real Madrid yongeye kubona kufura nziza ku ikosa Bernado Silva akoreye Vinicius,Luka Modric ahise ayitera ariko ba myugariro ba Manchester City bashyira umupira muri koroneri

    83′ Ton Kross avuyemo hinjiramo Auriel Tchuamen 

    81′ Real Madrid yakoze impinduka mu kibuga havamo Rodrygo hinjiramo Marco Assensio 

    77′ Real Madrid ibonye kufura nziza ku ikosa ryari rikorewe Camavinga maze Kross ayitera neza isanga Karim Benzema ayishyira ku mutwe ariko umuzamu wa Man City ahita atabara

    74′ Abasore ba Man City bari guhererekanya gake gake bari mu rubuga rwa Real Madrid

    71′ Manchester City nyuma yuko ibonye igitego cyo kwishyura umuvuduko wa Real Madrid uhise ugabanyuka

    68′ Carlo Ancelotti utoza Real Madrid ahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kuburana avuga ko bari kumwiba 

    Uko Kevin De Bruyne yarekuye ishoti ryavuyemo igitego cyo kwishyura

    67′ Kevin De Bruyne atsinze igitego cyo kwishyura ahawe umupira na Gündogan 

    64′ Real Madrid yihariye umupira burundu abasore ba Manchester City bawubuze 

    58′ Manchester City iri kurwana n’ubuzima, abakinnyi barimo Vinicius na Rodrygo bakije umuriro imbere y’izamu

    55′ Bamyugariro ba Real Madrid bakomeje gukora akazi gakomeye, Haaland yararekuye ishoti ariko David Alaba araryama umupira umukubita ku itako uhita ujya muri koroneri

    51′ Kevin De Bruyne ageze imbere y’izamu ari wenyine arekura ishoti ariko Courtois akomeza kumubera ibamba 

    49′ Vinicius na Benzema barakinanye barinda bagera imbere y’izamu maze Benzema arekura ishoti ariko Dias awushyira muri koroneri

    47’Real Madrid iri gukinira neza mu kibuga cyabo inyuma

    46′ Igice cyakabiri gitangijwe na Real Madrid ishaka no guhita itungurana isatira ariko ba myugariro ba Manchester City bihagararaho 

    Igice cyambere kirangiye Real Madrid ikiyoboye n’igitego 1

    Igice cyambere cyongeweho iminota 2

    45′ Jack Grealish ari guserera n’abakinnyi ba Real Madrid barimo Carvajal 

    41’Gundagon ahinduye umupira uragenda unyura imbere y’izamu habura ushyira mu izamu uragenda usanga Kevin De Bruyne agiye kongera kuwuhindura imbere y’izamu Rudiger ahuta awushyira muri koroneri

    38′ Nyuma yuko Real Madrid itsinze igitego ibintu bihinduye isura itangira kwiharira umupira cyane ndetse inasatira cyane

    35′ Camavinga azamukanye umupira awushyira kwa Vinicius nawe ahita arekura ishoti maze umuzamu wa Manchester City ntiyamenya ibyabaye

    33′ Real Madrid ibonye koroneri maze Modric agerageje guhindura umupira imbere y’izamu ariko ba myugariro ba Man City bitwara neza bawukuraho 

    Vinicius na Rodrygo bishimira igitego

    27’Kapiteni wa Manchester City, Gündogan aryamye hasi nyuma yuko agonganye na Rudiger 

    23′ Real Madrid ibonye uburyo bwiza imbere y’izamu aho Vinicius Junior ahinduye umupira mwiza ashaka Benzema ariko Dias ahita atabara

    20’Real Madrid yabuze umupira abakinnyi ba Manchester City bari guhererekanya gake gake bashaka uko bakinjira mu rubuga rw’amahina rwa Real Madrid

    15′ Umuzamu wa Real Madrid niwe uri gukina n’abakinnyi ba Man City gusa, Haaland ahawe umupira na Jack Grealish ashyize ku mutwe maze  Courtois ahita awufata

    13′ Rodrygo arekuye ishoti riremereye ariko Courtois yongera gukora akazi gakomeye ashyira umupira muri koroneri

    10′ Abakinnyi ba Manchester City nibo bari kwiharura umupira cyane gusa bari kubikorera mu kibuga hagati

    7′ Kevin De Bruyne agerageje ishoti ryambere riremereye ariko umuzamu wa Real Madrid arishyira muri koroneri 

    5′ Haaland abonye umupira wambere ari mu rubuga rw’amahina ariko Camavinga akora akazi gakomeye awumukuraho 

    3′ Vinicius azamukanye umupira neza yirukanka ahereza kwa Karim Benzema imbere y’izamu ariko umupira umubana muremure uramucika 

    2’Abakinnyi ba Manchester City nibo bafite umupira bari guhererekanya mu kibuga hagati

    1’Ikipe ya Real Madrid niyo yatangiye umukino ihererekanya ndetse Rodrygo ahita akorerwaho n’ikosa 

    Kevin De Bruyne arikumwe na Haaland bishimira igitego cyo kwishyura

    Vinicius watsinze igitego cya Real Madrid

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129145/live-real-madrid-yakiriye-manchester-city-mu-mukino-wishiraniro-wa-12-muri-champions-leagu-129145.html

  • Premier League: Umutego wa Arsenal kuri Manch… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatandatu tariki 6 Gicurasi 202, Shampiyona y’u Bwongereza yakomeje hakinwa umunsi wa 35.

    Imikino ikomeye yatangiye gukinwa saa kumi zuzuye, Manchester City yari yakiriye Leeds United kuri Etihad Stadium. 

    Uyu mukino warangiye Manchester City yitwaye neza ibona amanota 3 itsinze ibitego 2-1, Ilkay Gündogan niwe watsinze ibitego byose bya Man City ku mipira yose yahawe na Riyad Mahrez. 

    Igitego 1 cya Leeds United cyo cyatsinzwe na Rodrigo wari winjiye mu kibuga asimbuye. 

    Uyu mukino nibura niwo abafana ba Arsenal bari bateze Manchester City ariko birangira byanze.

    Uku kubona amanota kwa Manchester City byatumye ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota 4 hagati yayo na Arsenal ya 2, Leeds United yo yahise ijya ku mwanya wa 17 n’amanota 30.

    Undi mukino wabaye kuri izi saha ni uwo AFC Bournemouth yari yakiriyemo Chelsea kuri Vitality Stadium.

    Nyuma y’igihe kinini iyi kipe yambara ubururu n’umweru itabona intsinzi noneho yaje kuyibona. 

    Conor Gallagher wa Chelsea niwe wafunguye amazamu ku munota wa 9 gusa. Matias Vina yaje kwishyura ku munota wa 21. 

    Badiashile yaje gutsinda igitego cya 3 ku munota wa 82 maze Joao Felix ahita atsinda igitego cya 3 bituma Chelsea ibona amanota 3 yarikumbuye itsinze ibitego 3-1.

    Kugeza ubu AFC Bournemouth iri ku mwanya wa 14 n’amanota 39 naho Chelsea yo iri ku mwanya wa 11 n’amanota 42.

    Saa kumi n’ebyiri n’igice Liverpool yari yakiriye Brentford kuri Anfield, abasore ba Liverpool bari gushaka umwanya wa 4 bitwaye neza babona intsinzi nubwo yarigoranye.

    Umukino warangiye Liverpool itsinze igitego 1 cyabonetse ku munota wa 13 gitsinzwe na Mohammed Salah ku mupira yari ahawe na Virgil. 

    Ilkay Gündogan watsinze ibitego bya Manchester City

    Gallagher wafunguye amazamu ku ruhande rwa Chelsea

    Igitego cya Liverpool Mohammed Salah yatsinze

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129008/premier-league-umutego-wa-arsenal-kuri-manchester-city-wanze-gufata-chelsea-irazuka-129008.html

  • AS Kigali yagarikiye Gasogi United i Bugesera… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wagatandatu tariki 6 Gicurasi 2023, saa kenda kuri sitade y’akarere ka Bugesera habereye umukino AS Kigali yakiriyemo Gasogi United.

    Uko umukino wagenze

    Ikipe ya Gasogi United niyo yatangiye neza umukino kuko uburyo bwa mbere babonye bahise babubyaza umusaruro Ngono Helve atsinda igitego cya 1 ku makosa y’abamyugariro ba AS Kigali.

    Nubwo Gasogi United yatangiye ibona igitego ariko wabonaga itarajya mu mukino neza mu minota ya mbere.

    Ku munota wa 6 gusa Manzi Thierry yahise atsinda igitego cyo kwishyura akoresheje umutwe ku mupira wari uvuye muri koroneri.

    Amakipe yombi yakomeje gukina umupira ariko akinira mu kibuga hagati ubona ntayirekura ngo isatire cyane.

    Ku munota wa 15 umuzamu wa Gasogi United yakoze akazi gakomeye cyane akuramo igitego cyabazwe ku mupira waruremereye wari utewe na Tchabalala. 

    Nubwo yakuyemo uyu mupira ariko ntabwo byahise birangira kuko yawushyize muri koroneri iterwa neza na Akayezu Jean Bosco maze umupira uragenda usanga Bishira Latif ahita atsinda igitego cya 2.

    Abasore ba Gasogi United nyuma yo gutsindwa igitego cya 2 bagerageje gusatira nabo bashaka igitego cyo kwishyura ndetse bakabona n’imipira y’imiterekano imbere y’izamu ariko ntibayibyaze umusaruro.

    Abakinnyi ba AS Kigali bishimira igitego

    Rutahizamu wa Gasogi United Djoumekou yakomeje gutenguha bagenzi be kuko yabonaga uburyo imbere y’izamu ku mipira yabaga ahawe n’abarimo Malipangu ariko ntagire icyo ayimaza.

    Igice cya kabiri abasore ba AS Kigali batangiye  bahererekanya neza ariko bakinira mu rubuga rwabo inyuma. 

    Ku munota wa 55 Tchabalala yabonye uburyo ari imbere y’izamu aho yari ahawe umupira na Rucogoza Ilias ariko ananirwa gutereka umupira mu nshundura. 

    Gasogi United ku munota wa 63 yashoboraga kubona igitego, Bugingo Hakim yazamuye koroneri nziza maze isanga Djoumekou nawe arekura umutwe uremereye ariko Ntwali Fiacre awukuramo gusa ntiyawugumana ba myugariro ba AS Kigali bahita bawukuraho bituma abakinnyi ba Gasogi United baburana bavuga ko bawukojejeho intoki bashaka penariti.

    Mu minota 80 ba myugariro ba AS Kigali bakinnye barwana n’ubuzima cyane bitewe nuko Gasogi United yariri gusatira ishaka igitego cyo kwishyura.

    Ku munota wa 90+3 Tuyisenge Jaques winjiye mu kibuga asimbuye yatsinze igitego ariko umusifuzi acyanga avuga ko yari yabanje gukoza intoki ku mupira. Umukino warangiye AS Kigali ibonye amanota 3 itsinze ibitego 2-1.

    Mu yindi mikino yabaye kuri uyu munsi ikipe ya Mukura VS yatsinze Etincelles 3-0, Marine FC itsinda Bugesera FC 1-0, Rutsiro FC itsinda 1-0 Sunrise FC naho Rwamagana City yanganyije 0-0 na Police FC.

    Bishira Latif yishimira igitego cya 2 yatsinze

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129005/as-kigali-yagarikiye-gasogi-united-i-bugesera-129005.html

  • “Abareyo bashyuha nk’isosi y’intama” Mangu Mangu yatanze ubutumwa buteye ubwoba ku bakunzi b’ikipe ya Rayon Sports (video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports ifitanye umukino ukomeye cyane n'ikipe ya Mukura VSL yo mu karere ka Huye yahawe ubutumwa butitiza abakunzi bayo na muzehe Mangu Mangu.

    Umufana ukomeye cyane w'ikipe ya Mukura VSL yatangaje amagambo akomeye ku ikipe ya Rayon Sports bafitanye umukino w'ishiraniro mu mukino ibanziriza iyanyuma mu gikombe cy'Amahoro.

    Iyumvire amagambo umusaza wihebeye ikipe y'ubukombe hano mu Rwanda yatangaje:

    Source : https://yegob.rw/abareyo-bashyuha-nkisosi-yintama-mangu-mangu-yahaye-ubutumwa-buteye-ubwoba-abakunzi-bikipe-ya-rayon-sports-video/

  • As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere #rwanda #RwOT

    Ikipe y'abanyamujyi ya As Kigali yisubije umwanya wa kane ku rutonde rwa shampiyona iwukuyeho ikipe ya Police FC, ni nyuma yaho itsinze Gasogi United ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino w'umunsi wa 28 wa shampiona y'u Rwanda.

    Iyi kipe ya AS Kigali ifashe uyu mwanya wa Kane nyuma y'ibitego bibiri byatsinzwe na myugariro Bishira Latif ndetse na Manzi Thierry, ku ruhande rw'ikipe ya Gasogi United yo yatsindiwe na Ngonu Guy Herve.

    Mu wundi mukino, Marines FC yiyongereye amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere cy'umwaka utaha w'imikino wa 2023-2024, ni nyuma yaho itsinze Bugesera FC igitego kimwe ku busa.

    Ni igitego cyatsinzwe na Mbonyumwami Thaiba bituma iyi kipe yuzuza amanota 31 ikaba iri ku mwanya wa 12 mu gihe iyi kurikiye ari Rwamagana City barutanwa inota rimwe.

    Umukino wagize icyo uhindura wundi ni uwo ikipe ya Rwamagana City yari yakiriye Police FC banganya ubusa ku busa, ibi bikaba byatumye ikipe Police FC itakaza umwanya wa Kane wahise ufatwa na As Kigali.

    Muri rusange uko imikino yakinwe kuri uyu wa Gatandat yagenze ubwo hakinwaga umunsi wa 28 wa Shampiyona y'u Rwanda, Primus National League:


    Rutsiro FC 1-0 Sunrise FC

    Mukura VS 3-1 Etincelles FC                        

    Rwamagana City FC 0-0 Police FC

    As Kigali FC 2-1 Gasogi FC

    Marine FC 1-0 Bugesera FC

    The post As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/as-kigali-ifashe-umwanya-wa-kane-marines-fc-yiyongerera-amahirwe-yo-kuguma-mu-kiciro-cya-mbere/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=as-kigali-ifashe-umwanya-wa-kane-marines-fc-yiyongerera-amahirwe-yo-kuguma-mu-kiciro-cya-mbere

  • NBA Play offs: Inkuba za ntebo zavuzaga ubuhu… – #rwanda #RwOT

    Umukino wabimburiye indi ni uwahuje ikipe ya Boston Celitics yakinnye na Philadelphia76ers.

    Uyu mukino igice cya mbere cyawo cyarangiye Boston Celitics ifite amanota 28 kuri 29 ya Philadelphia76ers. 

    Agace ka kabiri, karangiye Boston Celitics ifite 29 kuri 21 ya Philadelphia76ers. 

    Agace ka gatatu karangiye Boston Celitics ifite 31 kuri 27 ya Philadelphia76ers. 

    Agace ka kane karangiye Boston Celitics ifite 26 kuri 25 ya Philadelphia76ers. 

    Uyu mukino muri rusange warangiye ikipe ya Boston Celitics itsinze Philadelphia76ers amanota 114 ku 112.

    Boston Celitics yatsinze Philadelphia 76ers

    Abakinnyi bari babanje mu kibuga ku ruhande rwa Philadelphia76ers ni Harris, Tucker, embiid, Maxey ndetse na Harden. Kuruhande rwa boston celitics abakinnyi bari babanje mu kibuga ni Tatum, brown, Harford, white ndetse na smart.

    Undi mukino ni uwo ikipe ya Phoneix Suns yaramutse ikina na Denver nuggets. 

    Agace ka mbere k'uyu mukino karangiye Phoneix Suns ifite 29 kuri 31 ya Denver nuggets. 

    Agace ka kabiri karangiye Phoneix Suns ifite 38 kuri 31 ya Denver nuggets.

     Agace ka gatatu karangiye Phoneix Suns ifite 23 kuri 36 ya Denver nuggets. Agace ka kane Phoneix Suns yari ifite 31 kuri 26 ya Denver nuggets. 

    Uyu mukino muri rusange warangiye Phoneix Suns itsinze Denver nuggets amanota 121 kuri 114.

    Denver Nuggets yatsinze Phoenix Suns 

    Abakinnyi bari babanje mu kibuga ku ruhande rwa Phoneix Suns ni Okogie, Durant, Ayton, Booker ndetse na Payne. Ku ruhande rwa Denver nuggets abakinnyi bari babanje mu kibuga ni Goldon, Porter, Jokic, murray ndetse na Caldwell-Pope.

    Undi mukino uteganyijwe kuri uyu munsi uraza kuba saa tatu z'ijoro zo mu Rwanda. Ikipe ya Miami Heat iraza kwakira ikipe ya New York Knicks. 

    Uyu uraba ari umukino wa gatatu. Kuko buri imwe yatsinze umukino umwe. Abakinnyi bataza gukina uyu mukino ku ruhande rwa Boston celitics ni Herro wavunitse ikiganza, Oladipo wavunitse mu ivi ndetse na butle nawe wavunitse urutoki.

     Ku ruhande rwa New York Knicks abakinnyi bataza kugaragara ku mukino ni Sims wavunitse urutugu ndetse na Brunson wavunitse ivi.

    NBA niyo shampiyona ya basketball 🏀 ikunzwe ku isi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/128986/nba-play-offs-inkuba-za-ntebo-zavuzaga-ubuhuha-mu-mujyi-wa-boston-128986.html