Tag: Imikino

  • InyaRwanda Sports: Abakinnyi 2 ba Rayon Sport… – #rwanda #RwOT

    Ukwezi kwa Kanama kwaranzwe n’imikino ibiri ya shampiyona usibye ikipe ya APR FC na Marine FC zakinnye umukino umwe. Iyi kipe y’abakinnyi 11 kugira ngo itoranywe, hagenderwa ku mpamvu nyinshi, zirimo imikino umukinnyi yakinnye, iminota yakinnye, urahare yagize ku mukino rugamije gufasha ikipe ye, ndetse n’imibare ye bwite ku mukino.

    Abakinnyi 11 babonetse mu ikipe ya Kanama igizwe n’umutoza Habimana Sosthene Lumumba utoza ikipe ya Musanze FC iyoboye shampiyona.

    Mu izamu

    Kalyowa Emmanuel umunyezamu wa Kiyovu Sports wayigezemo uyu mwaka. Uyu munyezamu ni we utarinjizwa igitego mu makipe atanu ya mbere, ndetse yafashije Kiyovu Sports kwikura ku mukino wa mbere bakiriyemo Muhazi United.

    Ba myugariro

    Ganijuru Elie, Mitima Isaac Sibomana Abouba, Kubwimana Cedric: Aba bakinnyi bose, bagize uruhare rukomeye mu makipe yabo kugira ngo agire umusaruro, twavuga nka Kubwimana Cedric ukina inyuma iburyo bwa Mukura umaze kuyitsinda ibitego 2, tukagaruka kuri Abouba wafashije Gorilla FC kudatsindwa na Rayon Sports.

    Abakina hagati

    Shaiboub Ali Abdairahman niwe mukinnyi waje kuri uru rutonde amaze gukina umukino umwe. Shaiboub yagize uruhare rw’umwimerere ku manota 3 APR FC yabonye ubwo yakinaga na Police FC akaza kuyitsinda igitego cyatandukanyije aya makipe, ndetse kikaba igitego yarwanye nacyo abona ko izindi nzira zanze.

    Aba nibo bakinnyi batsinze ibitego mu kwezi kwa Kanama

    Naricisse, Kapiteni wa Amagaju FC akina mu kibuga hagati, akaba ari we wangiye ikipe ya Mukura ku mukino ufungura shampiyona. Ntabwo yagarukiye aho, kuko umukino Amagaju FC yatsinzemo Etincelles FC ibitego 2-0, uyu musore yerekanye ko mu gihe Amagaju FC amufite azatanga akazi. Undi twavuga ni Malipangu umaze kugaragaza ko kubona nimero 10 nkawe bigoye, uyu musore amaze gutsinda ibitego 2 mu bitego 2 Gasogi United imaze gutsinda.

    Ba rutahizamu

    Richard Kilongozi ni rutahizamu wa Kiyovu Sports wayigezemo uyu mwaka. Uyu mugabo umaze kwinjiza igitego, ni umwe mu bakinnyi Kiyovu Sports icungiyeho ndetse imikino ibiri iheruka, akaba ari we wagoye abakinnyi b’amakipe yahanganaga na Kiyovu Sports.

    Lethabo ni umukinnyi uhagaze neza mu ikipe ya Musanze FC. Lethabo Mathaba, niwe umaze gutanga imipira myinshi ivamo ibitego igera kuri 3 ndetse akaba yaragerageje uburyo bwinshi bugana mu izamu kuruta abandi bakinnyi ba Musanze FC.

    Aba nibo bakinnyi batanze imipira ivamo ibitego mu kwezi kwa Kanama 

    Peter Agblevor: Rutahizamu wa Musanze FC urimo gukina umwaka we wa kabiri muri iyi kipe ukaba uwa gatatu mu Rwanda, uyu musore niwe uyoboye abandi mu gutsinda ibitego byinshi 3, aho mu minota 176 amaze gukina, nibura afite impuzandengo y’igitego kimwe mu minota 58.

    Umutoza w’iyi kipe ni Lumumba uri gutoza ikipe ya Musanze FC akaba ariwe mutoza ubashije gutsinda imikino ibiri yikurikiranya ifungura shampiyona, kuva iyi kipe yashingwa.

    Umukinnyi mwiza w’ukwezi kwa Kanama 

    Umutoza mwiza w’ukwezi kwa Kanama

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133904/abakinnyi-2-ba-rayon-sports-mu-ikipe-yukwezi-kwa-munani-133904.html

  • Amatara y’i Kigali ntabwo adukanga! Umutoza w… – #rwanda #RwOT

    Amagaju FC aherutse kugaruka mu cyiciro cya mbere, ni imwe mu mikipe ahagaze neza nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona, aho abenshi batabicyekaga. Kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nzeri ku isaha ya saa 18:00 PM, iyi kipe irakirwa na Rayon Sports mu mukino wa gatatu wa shampiyona.

    Aganira n’umunyamakuru wa Radio Salus nyuma y’imyitozo ibanziriza umukino, Amars utoza Amagaju FC yavuze ko biteguye Rayon Sports nk’ikipe bakeneyeho amanota 3.

    Yagize ati: “Mbere na mbere ndashima Imana yo yatumye tugera kuri uyu munsi nta mukinnyi n’umwe uragira ikibazo. Ubu mfite amahitamo yose ku bakinnyi banjye.  Imyitozo tuyikoreye ku itara, kuko hari abakinnyi batarakinira ku itara n’umunsi umwe, twashaka ko bitazaba ibintu bibatunguye.

    Amars yakomeje avuga ko “tumaze gukina imikino ibiri, kandi buri mukino tuwufata nk’uwa nyuma. Tugiye gukina na Rayon Sports dushaka amanota atatu, ibyo gutsindwa ntabwo birimo.”

    Amagaju FC aheruka guhura na Rayon Sports muri shampiyona, tariki 11 Gicurasi 2019 aho Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-1. Rayon Sports iheruka kwakira Amagaju FC tariki 30 Ukuboza 2018 iyatsinda ibitego 2-0.

    Amagaju FC aheruka gutsinda Rayon Sports ibitego 2-1 tariki 5 Kamena 2018, icyo gihe Rayon Sports niyo yari yakiriye Amagaju FC.

    Amagaju FC, umukino wa mbere banganyije na Mukura igitego 1-1, umukino wa 2 batsinda Etincelles FC ibitego 2-0, ubu bakaba bari ku mwanya wa kabiri n’amanota 4 

    Imibare y’ingenzi yagufasha kwinjira mu mukino

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133884/amatara-yi-kigali-ntabwo-adukanga-umutoza-wa-amagaju-fc-yahigiye-gutereka-hasi-rayon-sport-133884.html

  • Rutahizamu wabenze Amavubi yerekeje mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza #rwanda #RwOT

    Rutahizamu ufite inkomoko mu Rwanda ariko warubenze agakinira u Bubiligi, agiye kwerekeza muri Burnley mu Bwongereza.

    Uyu mukinnyi yakiniraga Genk mu Bubiligi aho yanatowe nk’umukinnyi mwiza ukomoka muri Afurika ukina muri shampiyona y’u Bubiligi mu mwaka 2022-23.

    Ubu arabarizwa mu Bwongereza aho yagiye gukora ikizami cy’ubuzima aho nagitsinda ahita asinyira Burnley FC.

    Ndayishimiye Mike Trésor w’imyaka 23 uvuka kuri se w’umurundi na nyina w’Umunyarwandakazi, wifuzwaga cyane n’ikipe y’igihugu Amavubi, amahirwe yaje kuyoyoka muri Gicurasi uyu mwaka ubwo u Bubiligi bwamuhamagaraga agahita agenda u Rwanda rukuzaho gutyo.

    Tresor agiye kwerekeza muri Burnley FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-wabenze-amavubi-yerekeje-mu-cyiciro-cya-mbere-mu-bwongereza

  • PSG mu itsinda ry’urupfu! Uko tombora ya Cha… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu kane tariki 31 Kanama 2023 guhera Saa kumi n’ebyiri Monaco mu gihugu cy’u Bufaransa habereye tombora y’imikino ya UEFA Champions League ya 2023-2024.

    Iyi mikino ya Champions League ihuza amakipe yo ku mugabane w’u Burayi aba yaritwaye neza iwayo. Iyi tombora y’iyi mikino izatangira gukinwa tariki 19 z’ukwezi gutaha yakozwe n’amakipe 32 aho yahise agabanywamo amatsinda 8. 

    Buri tsinda ririmo amakipe 4 ,amakipe 2 azaba aya mbere muri buri ritsinda niyo azahita akomeza muri 1/8.

    Uko tombora y’amatsinda yagenze:

    Group A

    Bayern Munich

    Manchester United

    FC Copenhagen

    Galatasaray 

    Group B

    Sevilla

    Arsenal

    PSV Eindhoven

    Lens

    Group C

    Napoli

    Real Madrid

    Braga

    Union


    Group D

    Benfica

    Inter Milan

    FC Salzburg

    Sociedad

    Group E

    Feyenoord

    Atletico Madrid

    Lazio

    Celtic 

    Group F

    Paris Saint-Germain

    Dortmund

    AC Milan

    Newcastle United 

    Group G

    Manchester City

    Leipzig

    Red Star Belgrade

    Young boys 

    Group H

    Barcelona

    Porto

    Shakhtar Donetsk

    Antwerp 

    Biteganyijwe ko imikino y’amatsinda nirangira, tombora ya 1/8 yo izaba taliki 18 Ukuboza 2023.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133868/psg-mu-itsinda-ryurupfu-uko-tombora-ya-champions-league-yagenze-133868.html

  • APR FC vs Rayon Sports: 11 bashobora kubanzamo, APR FC yatakaje undi myugariro #rwanda #RwOT

    APR FC na Rayon Sports ziracakirana ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uyu munsi, aho mbere y’uyu mukino byamenyekanye ko Nshimiyimana Yunusu wa APR FC ashobora kutawukina kubera imvune.

    Ni umukino uri bubere kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kamena 2023 ku isaha ya saa cyenda.

    Ni umukino ugiye kuba Rayon Sports ivugwamo ibibazo by’imishahara aho n’abakinnyi bari banze kugenda, bagenda mu bice bice ariko bose birangira bagiye ndetse amakuru akavuga ko bameze neza biteguye guhangana na APR FC.

    Ku ruhande rwa APR FC nyuma y’imvune yibasiye ubwugarizi bw’iyi kipe, amakuru avuga ko na Nshimiyimana Yunusu wari umaze igihe agenderwaho mu bwugarizi yagize ikibazo cy’imvune atari bubineke kuri uyu mukino.

    Gusa andi makuru meza ku bakunzi ba APR FC ni uko Buregeya Prince ameze neza ndetse amakuru akavuga ko iki cyumweru cyose yakoze imyitozo nta nkomyi, ashobora kuza kugaruka mu mwanya we.

    Aya makipe yombi yaherukaga guhurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2016 ubwo Rayon Sports yatsindaga APR FC1-0 cya Ismaila Diarra.

    Rayon Sports kandi ikaba ari bwo iheruka kwegukana igikombe cy’Amahoro ni mu gihe APR FC igiheruka muri 2018 ubwo yatsindaga ku mukino wa nyuma Espoir FC. Bivuze ko aya makipe akumbuye igikombe cy’Amahoro.

    11 buri ruhande rushobora kubanzamo

    APR FC: Ishimwe Pierre, Omborenga Fitina, Ishimwe Christian, Ndayishimiye Dieudonne, Buregeya Prince, Mugisha Bonheur, Ruboneka Bosco, Kwitonda Alain Bacca, Mugisha Gilbert, Bizimana Yannick na Nshuti Innocent.

    Rayon Sports: Hakizimana Adolphe, Ganijuru Elie, Mucyo Junior Didier, Rwatubyaye Abdul, Ndizeye Samuel, Ngendahimana Eric, Osalue Raphael, Onana Leandre Essomba, Heritier Luvumbu Nzinga, Ojera Joackiam na Musa Esenu

    Bivugwa ko Yunusu yagize imvune atari bukine uyu mukino

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-vs-rayon-sports-11-bashobora-kubanzamo-apr-fc-yatakaje-undi-myugariro

  • Itangazo ryihutirwa ku mukino ugomba guhuza Apr Fc na Rayon Sport ndetse n’ugomba guhuza Kiyovu sports na Mukura – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe abakunzi b'umupira wa maguru mu Rwanda bari kwitegura ibiro bya ruhago by'imikino yanyuma y'igikombe cy'amahoro, Ferwafa yatanze itangazo kubijyanye n'amasaha yo kugera kuri stade.

    Source : https://yegob.rw/itangazo-ryihutirwa-ku-mukino-ugomba-guhuza-apr-fc-na-rayon-sport-ndetse-nugomba-guhuza-kiyovu-sports-na-mukura/

  • Aya niyo mahirwe ahabwa Rayon Sports , Kiyovu Sports na APR FC ku gikombe (…) – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Abakunzi baruhago mu Rwanda bose bahanze amaso ku ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona hagati ya Rayon Sports , APER Fc na Kiyovu Sports .

    Ni ibintu byasubiye rudubi ubwo ikipe ya Kiyovu Sports yarataga umukino iheruka gukina na Sunrise, kuko abantu bose bari baramaze kwakira ko Kiyovu ariyo izatwara igikombe ,ariko byose byapfuye ubwo yatsindwaga umukino ubanziriza uwanyuma.

    Ubu APR FC niyo kipe iri ku isonga muzihabwa amahirwe ku gikombe cya shampiyona ku kigero 45% ,ariko isabwa gutsinda umukino wanyuma isigaje ,aho izahura Gorila Fc ,niramuka iwutsinze irahita ihabwa igikombe kabone naho Kiyovu yatsinda kuko irushwa ibitego.

    Ni mugihe Kiyovu Sports yo ifite amahirwe 30% yo gutwara igikombe ,iyi kipe yatwara igikombe APR FC iramutse itsinzwe yo igatsinda cyangwa ikanganya,ariko iramutse inganyije, Rayon Sport igatsinda yahita itwara igikombe.

    Rayon Sports amahirwe ya 25% yo gutwara igikombe,iyi yo yagitwara APR FC iramutse itsinzwe ikagumana 60, Kiyovu igatsindwa ikagumana 60 cyangwa ikanganya ikagira 61,ubu Rayon igatsinda nayo ikagira 61,yahita itwara igikombe kuko yaba irusha Kiyovu ibitego.

    Gusa aya makipe yose aramutse anganyije amanota 61 kuri 61 ,ikipe ya APR FC niyo yatwara igikombe kuko yaba izirusha ibitego.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/aya-niyo-mahirwe-ahabwa-rayon-sports-kiyovu-sports-na-apr-fc-ku-gikombe-cya-cya

  • Adil yanze kurekura! Ikirego cy’umutoza Adil Erradi Mohammed wareze APR FC FIFA ikagitesha agaciro agiye kukijyana muri TASS – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umutoza Adil Mohammed Erradi wahoze atoza ikipe ya APR FC, yariye karungu arashaka kujya kujurira ikirego cye mu rukiko rukuru rushinzwe rukemura ibibazo byo mu mupira w'amaguru ku Isi TASS nyuma y'uko Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku Isi FIFA ryatesheje agaciro ikirego yaregaga iyi kipe ko yamwirukanye binyuranyije n'ibyo bari barumvikanye.

    Mu kiganiro Adil yagiranye na radiyo ya BB Umwezi mu kiganiro k'imikino, yavuze ko impamvu agiye kujurira ngo ni ukubera ko uko APR FC yereguye kuri FIFA harimo amakosa.

    Yagize ati 'Nabonye ibintu bidasobanutse mu bwiregure bwa APR FC, bityo ngomba gukora ibishoboka mbashe kurengera uburenganzira banjye.'

    Uyu mutoza kandi ubwo FIFA yateshaga agaciro ikirego cye, yari yatangaje ko yanyuzwe n'icyemezo cyafashwe, akaba yasabwe kubira icyo avuga ukuntu yavuze ko yanyizwe n'umwanzuro ariko akaba agiye gusubira mu ninyiko.

    Yagize ati 'Ntabwo navuze ko birangiye, ahubwo navuze ko nubaha icyemezo cya FIFA. Nyuma mfite uburenganzira bwo kurenganurwa.'

    Source : https://yegob.rw/adil-yanze-kurekura-ikirego-cyumutoza-adil-erradi-mohammed-wareze-apr-fc-fifa-ikagitesha-agaciro-agiye-kukijyana-muri-tass/

  • Irushanwa ryari irya Cristiano, Messi, Ronaldinho… Uyu munsi ni ivanguraruhu – Vinicius #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Real Madrid ukomoka muri Brazil, Vinicius Jr avuga ko irushanwa ry’umupira w’amaguru muri Espagne ryahaye intebe ivanguraruhu nyuma y’ibikorwa yakorewe, polisi yavuze ko batatu bakekwaho ibyo bikorwa batawe muri yombi.

    Uyu musore w’umunya-Brazili w’imyaka 22 yakorewe ibikorwa by’ivanguraruhu ku mukino batsinzwemo na Valencia 1-0 ku Cyumweru.

    Vinicius wari wazengerejwe n’abafana bamuririmba bijyanye n’ivanguraruhu, yagerageje kubyereka umusifuzi ndetse umukino ugenda uhagarikwa mu bihe bitandukanye ariko ntibyari icyo bitanga.

    Nubwo warangiye ariko Vinicius Jr we ntiyawurangije kuko yaje guhabwa ikarita itukura kubera gushwana na Hugo Duro.

    Nyuma y’uyu mukino yaje kwandika amagambo arimo uburakari bwinshi aho yavuze ko irushanwa ryari irya kera rikirimo Ronaldinho, Ronaldo, Cristiano na Messi n’aho ubu byabaye ivangura ruhu.

    Ati “Ntabwo byari inshuro ya mbere, si ubwa kabiri cyangwa ubwa gatatu. Ivanguraruhu ni ibisanzwe muri shampiyona ya Espagne (La Liga). Bumva ari ibisanzwe, federasiyo n’abo muhanganye barabishyigikira. Mumbabarire. Irushanwa ryahoze ari irya Ronaldinho, Ronaldo, Cristiano na Messi uno musi ni iry’ivanguraruhu.”

    “Igihugu cyiza cyampaye ikaze ndanagikunda, gusa cyemeye kwanduza isura yacyo imbere y’Isi ko ari igihugu cy’ivanguraruhu. Abanya-Spain batabyera mumbabarire ariko uyu munsi muri Brazil, Spain izwi nk’igihugu cy’ivanguraruhu kubera ibintu biba buri cyumweru, nta nzira nabona yo kukivuganira. Ndabyemera, ndakomeye gusa zageza ku iherezo ndwanya ivanguraruhu nubwo kubigeraho biri kure.”

    Ibi byababaje na perezida wa FIFA, Gianni Infantino wavuze ko ibyabaye kuri uyu mukino bidakwiye ndetse abwira Vinicius ko bifatanyije na we kandi ko nta cyumba cy’ivanguraruhu kigomba kuba mu mupira w’amaguru urebererwa na FIFA.

    Yavuze ko mu gihe bibaye ku nshuro ya mbere umusifuzi agomba guhagarika umukino, ku nshuro ya kabiri abakinnyi bakava mu kibuga bigatangazwa ko nibikomeza umukino uhita uhagarikwa. Byakomeza umukino ugahagarikwa kandi amanota agahabwa uwo bari bahanganye.

    Polisi ya Espagne yatangaje ko yataye muri yombi abantu 3 bari mu kigero cy’imyaka 21 na 18 bakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa.

    Vinicius yakorewe ivanguraruhu

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/irushanwa-ryari-irya-cristiano-messi-ronaldinho-uyu-munsi-ni-ivangura-ruhu-vinicius

  • Nyuma yo gutsindwa umutoza wa Arsenal yaciye bugufi imbere y'abafana – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Nyuma y'umukino ikipe ya Arsenal yatsinzwemo ibitego 3 n'ikipe ya Brighton&Hove Albion ku busa , Umutoza Mikel Arteta yiseguye kubafana b'iyi kipe iri kugabanyirizwa amahirwe ku gikombe cya Premier League.

    Ku mugoroba wo kuri iki cyumwe tariki 14 Gicurasi 2023, nibwo Arsenal yatsinzwe n'ikipe ya Brighton&Hove Albion ibitego 3-0 ,ibi bishatse kuvuga ko mu gihe Arsenal yatakaza undi mukino Manchester City yahita itwara igikombe, ndetse kugira ngo Arsenal itware igikombe byasaba ko Manchester City itsindwa imikino itatu isigaje yose.

    Mikel Arteta utoza Arsenal watewe ipfunwe n'umukino wabaye kuri uyu mugoroba w'iki cyumweru wasigiye intimba abafana b'iyi kipe nawe yagize icyo abitangazaho.

    Agira ati' Nanga ibyiyumvo byo gutenguha abantu mu gihe hari icyo bari biteze. Ni ibintu bibabaje cyane ndetse ndabisabira imbabazi.

    “Umwanya wa kabiri wo turawufite kandi ntakiza kubihindura ariko ibyavuye muri uyu mukino biraza kuntwara iminsi mike ngo mbyikuremo.

    “Akazi kange ni kubyaza umusaruro buri mukinnyi uko bishoboka ariko uko bigaragara uyu munsi sinabikoze, ni inshingano zange.

    “Uko iyi kipe yitwaye mu mezi icumi aheruka bitandukanye n'uko buri wese yari abyiteze ndetse tugomba kumenya uko twitwara kuri ibyo byari byitezwe.”

    Ibitego bitatu byatsinzwe na Julio Encizo, Deniz Undav na Pervis Estupinan byatumye ikipe ya Brighton&Hove Albion ifata umwanya wa gatandatu ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona.

    Deniz Undav watsinze igitego cya kabiri yatangaje ko umutoza wabo Roberto de Zerbi yaberetse amashusho ya Michael Jordan mu kubatera imbaraga.

    Uku gutsindwa kwatumye amahirwe yayo yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y'u Bwongereza ayoyoka ku kigero cyo hejuru, kuko ubu Manchester City ya mbere iyirusha amanota ane igifite n'umukino w'ikirarane, mu gihe habura imikino ibiri ngo Premier League igere ku musozo.

    Nubwo bimeze bityo, mu mibare biracyashoboka ko iyi kipe yakwegukana iki gikombe, mu gihe yatsinda imikino ibiri isigaje ya Nottingham Forest na Wolverhampton Wanderers ariko icyo gihe Manchester City ikaba yatakaje imikino itatu yose isigaje.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/nyuma-yo-gutsindwa-umutoza-wa-arsenal-yaciye-bugufi-imbere-y-abafana