Tag: Imikino

  • Burundi: Francine Niyonsaba yakiriwe nka Yezu i Yerusalemu ahita yivuga ibigwi #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yahaye abanyamakuru yagize ati: “Ndumva y'uko nakoze ibisadanzwe … nanjye ubu ndavuga ko ntasanzwe ku isi.”

    Nubwo haherutse kuvugwa ibitero ku kibuga cy'indege cya Bujumbura, n'amagrenade yatewe ku wa mbere muri uyu mujyi, abantu benshi cyane baje gushimira Francine Niyonsaba ku kibuga cy'indege no ku mihanda ya Bujumbura.

    Mucyumweru gishize i Zagreb muri Croatia Niyonsaba yanditse amateka mu gusiganwa 2,000m aho yaciye umuhigo ku isi akoresheje iminota 5:21'56''.

    Francine Niyonsaba w'imyaka 28, ari mu barukanka benshi babujijwe kurushanwa ku metero hagati ya 400 na 1,500 kubera ko baremanywe imisemburo (testosterone) myinshi.

    Abo mu ntara y'iwabo, ku kibuga cy'indege bari bafite icyapa cyanditseko ngo “Abanya Ruyigi n'Abarundi twese turaguhaye ikaze kandi turagukeje kw'iteka waraye uteye igihugu cacu n'intara”.

    Niyonsaba yabwiye abanyamakuru ati: “Ni amateka, ni umugisha ku Burundi kuba mvuye mu mahanga aho nari maze iminsi guhiganwa mu bihugu bitandukanye”.

    Yababariye uko yagiye asiganwa ahereye muri Amerika, mu Bufaransa, mu Bubiligi, mu Busuwisi, Croatia na Espagne.

    Francine yavuze ko byamunejeje rwose kubona abarundi bo mu gihugu no mu mahanga bose barishimiye intsinzi ye.

    Ati: “Ibyo bintera intege bikantera kwishima. Ndumva y'uko nakoze ibidasanzwe kandi koko nyene ibyo nakoze ntibisanzwe, nanjye ubu ndavuga ko ntasanzwe ku isi.”

    Francine yavuze ko ibi ari intangiriro kandi bitumye agiye gukora kurushaho kuko ashaka kongera kunezeza Abarundi umwaka utaha.

    Ati: “Nazanezerwa cyane umwaka utaha ngarutse mfite igikombe nk'iki muri shampiona y'isi izabera muri Amerika, ngashobora guha umunezero Abarundi”.


    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/burundi-francine-niyonsaba-yakiriwe-nka-yezu-i-yerusalemu-ahita-yivuga-ibigwi

  • Cristiano yahigitse Messi ayobora urutonde rw… – #rwanda #RwOT

    Cristiano uherutse gusubira muri Manchester United nyuma y'imyaka itatu yari amaze muri Juventus, niwe mukinnyi ku Isi uzinjiza amafaranga menshi mu mwaka w'imikino wa 2021/22 kuko azinjiza azinjiza miliyoni 125 z'amadolari.

    Cristiano yahigitse mugenzi we bahora bahanganye, ndetse abafana bafata nka mucyeba we w'ibihe byose, Lionel Messi uherutse gusinyira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa avuye muri Barcelona yari amazemo imyaka 21, uyu munya-Argentine azinjiza miliyoni 110 z'amadolari bivuze ko arushwa na Cristiano miliyoni 15 zose.

    Uru rutonde Forbes yasohoye rugaragaza abakinnyi 10 b'umupira w'amaguru bazinjiza amafaranga menshi mu mwaka w'imikino wa 2021/22, rugaragaraho umukinnyi umwe gusa ukomoka muri Afurika, ariwe Mohamed ukinira Liverpool.

    Salah wari wanagaragaye ku rutonde rw'umwaka ushize azinjiza miliyoni 41 z'amadolari muri uyu mwaka w'imikino wa 2021/22.

    Mu mwaka ushize wa 2020 byemejwe ko Cristiano ariwe mukinnyi wa mbere mu mikino yose waciye agahigo ko kuzuza miliyari y'amadolari hataravamo imisoro.

    Dore Abakinnyi 10 ba mbere ku Isi bazinjiza menshi mu mwaka w'imikino wa 2021/22:

    10.Eden Hazard (Real Madrid):  $29M

    9.Gareth Bale (Real Madrid): $32M

    8.Paul Pogba (Manchester United): $34M

    7.Andres Iniesta (Vissel Kobe): $35M

    6.Robert Lewandowski (Bayern Munich): $35M

    5.Mohamed Salah (Liverpool): $41M

    4.Kylian Mbappe (Paris Saint-Germain): $43M

    3.Neymar Jr (Paris Saint-Germain): $95M

    2.Lionel Messi (Paris Saint-Germain): $110M

    1.Cristiano Ronaldo (Manchester United): $125M

    Cristiano Ronaldo ayoboye urutonde rw’abakinnyi binjiza agatubutse ku Isi

    Messi agwa mu ntege Cristiano mu kwinjiza menshi ku Isi

    Neymar yaje inyuma ya Cristiano na Messi

    Salah niwe Munyafurika rukumbi uri mu bakinnyi 10 binjiza menshi ku Isi

    Bale wa Real Madrid agaragara mu bakinnyi 10 binjiza agatubutse ku Isi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109765/cristiano-yahigitse-messi-ayobora-urutonde-rwabakinnyi-binjiza-agatubutse-ku-isi-109765.html

  • Seninga na Jimmy Mulisa mu batoza 13 basoje a… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Nzeri 2021, nibwo abatoza 13 bari bamaze iminsi 10 bahugurirwa mu mujyi wa Kigali mu karere ka Nyarugenge muri Ste Famille Hotel, basoje ndetse bamwe muri bo bazaba abarimu b'abandi batoza.

    Aya mahugurwa yateguwe n'Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru muri Afurika 'CAF', muri gahunda yagutse yo kongerera abatoza ubumenyi n’ubushobozi mu mupira w’amaguru. Aba batoza nibo bazatoranywamo abazaba abarimu bazajya bigisha abandi.

    Mu batoza 13 basoje amahugurwa, harimo abagore bane ndetse n'abagabo icyenda.

    Byitezwe ko aya mahugurwa azazamura ubumenyi bw'abatoza bo mu Rwanda, byanatanga umusaruro mwiza kuri ruhago nyarwanda igishaka aho yamenera kugira ngo igere ku rwego rwiza.

    Abatoza 13 bahuguwe barimo: Antoine RUTSINDURA (A CAF), Innocent SENINGA (A CAF), Sosthène HABIMANA (A CAF), Jimmy MULISA (B CAF), Hamimu BAZIRAKE (B CAF), Theonas NDANGUZA (B CAF), Seraphine UMUNYANA (C CAF), Consolée MUKASHEMA (C CAF), Marie Grâce NYINAWUMUNTU (C CAF), Alain MBABAZI (C CAF), Pacifique UWINEZA (C CAF), Jean Pierre KWIZERA (C CAF) na Hassan MUHIRE (C CAF).

    Abatoza 13 b’abanyarwanda bamaze iminsi 10 bahugurwa na CAF

    Seninga watoje Police FC mu bamaze iminsi bahugurwa na CAF

    Grace Nyinawumuntu mu bamaze igihe bahugurwa

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109778/seninga-na-jimmy-mulisa-mu-batoza-13-basoje-amahugurwa-ya-caf-109778.html

  • Haruna Niyonzima yavuze igihe azarekerera gukina umupira w'amaguru – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi Haruna Niyonzima kuri ubu ukinira ikipe ya AS Kigali n'ikipe y'U Rwanda, Amavubi, yavuze igihe azarekeraho gukina umupira w'amaguru. Ni mu kiganiro Versus aho Haruna yari yatumiwe nk'umutumirwa w'umunsi.

    Nkuko Haruna yabitangaje yavuze ko atazigera ahagarika umupira kubera amagambo y'abantu dore ko hari abantu bagenda bamuvugaho amagamvo atandukanye arimo n'ayo kumuca intege no kumusaba kureka umupira nkuko yabyivugiye. Haruna we yavuze ko azareka umupira inzozi ze nizimara kugerwaho kuko afite inzozi yari afite ajya gutangira gukina umupira w'amaguru. Ngo igihe azumva inzozi ze zigezweho nibwo azareka gukina umupira w'amaguru akajya mu bindi.

    Haruna Niyonzima

    Source : https://yegob.rw/haruna-niyonzima-yavuze-igihe-azarekerera-gukina-umupira-wamaguru/

  • Nyuma yo gusezerera Sudani y'Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y'abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y'Igikombe cy'isi kizabera muri Costa Rica 2022 #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 20 Nzeri 2021, Ikipe y'Igihugu y'abakobwa batarengeje imyaka makumyabiri (20) yatangiye umwiherero mu rwego rwo kwitegura imikino y'ijonjora rya kabiri u Rwanda rugomba guhuramo na Ethiopia.

    Ikipe y'Igihugu y'abatarengeje imyaka 20 mu bakobwa yakomeje mu kiciro gikurikira nyuma yo gukuramo Ikipe ya Sudani y'amajyepfo kuri mpaga kuko iyo kipe yamenyesheje CAF ko itazitabira ayo majonjora. Umukino ubanza ugomba guhuza u Rwanda na Ethiopia uzabera I Kigali ku wa gatanu tariki 24 Nzeri 2021 kuri Stade ya Kigali mu gihe umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki ya 9 Ukwakira 2021 muri Ethiopia.

    Umutoza mukuru w'Ikipe y'Igihugu y'abakobwa, Marie Grâce NYINAWUMUNTU yahamagaye abakinnyi 30 bagomba gukora umwiherero bitegura Ikipe y'Igihugu ya Ethiopia y'abatarengeje imyaka 20.

    Urutonde rw'abakinnyi bahamagawe:
    Abanyezamu
    1. MUTUYIMANA Elizabeth (APAER WFC)
    2. UWASE Beatrice (APAER WFC)
    3. MUSHIMIYIMANA Anitha (KAMONYI WFC)
    4. UWINEZA Belise (RUGENDE WFC)

    Ab'Inyuma:
    1. UZAYISENGA Lydia (APAER WFC)
    2. NIYONSABA Diane (APAER WFC)
    3. MUKAMANA Jeannette (LES LIONNES WFC)
    4. MUKARUZAGIRA Jeannette (AS KIGALI WFC)
    5. DUKORERIMANA M Catherine (FATIMA)
    6. MUSHIMIYIMANA Julienne (NASHO WFC)
    7. MUKANDAYISENGA Jeannine (INYEMERA WFC)
    8. IRANZI Benitha (IPM WFC)
    9. UWIMBABAZI Fidélité (IPM WFC)

    Abo Hagati:
    10. GIKUNDIRO Solange (APAER WFC)
    11. NTAKOBANJILA Nelly Salam (APAER FC)
    12. NIYONSHUTI Emerance (KAMONYI WFC)
    13. UKWISHAKA Zawadi (KAMONYI WFC)
    14. MUSHIMIYIMANA Thacienne (LES LIONNES WFC)
    15. UMWARIWASE Dudja (FATIMA WFC)
    16. MUTESIWASE Latifa (RUGENDE WFC)
    17. USANASE Zawadi (SCANDINAVIA)
    18. KAMIKAZI Yvonne (IPM WFC)
    19. UWITUZE Janvière (IPM WFC)
    20. UWASE Mireille (IPM WFC)

    Ab'Imbere:
    21. IRUMVA Delphine (KAMONYI WFC)
    22. INGABIRE Aline (KAMONYI WFC)
    23. UMUTUZA Justine (KAMONYI WFC)
    24. NTAKIRUTIMANA Benilde (LES LIONNES WFC)
    25. NYIRAMIGISHA Rosette (APAER WFC)
    26. IZABAYO Clemence (IPM WFC)

    Ikipe y'Igihugu y'abangavu iri kwitoreza kuri Stade ya Kigali ikaba icumbitse kuri Hilltop Hotel I Remera.

    The post Nyuma yo gusezerera Sudani y'Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y'abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y'Igikombe cy'isi kizabera muri Costa Rica 2022 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/nyuma-yo-gusezerera-sudani-yamajyepfo-kuri-mpaga-amavubi-yabagore-batarengeje-imyaka-20-iritegura-gukina-na-ethiopia-mu-ijonjora-rya-2-mu-gushaka-itike-yigikombe-cyisi-kizabera-muri-costa-ric/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=nyuma-yo-gusezerera-sudani-yamajyepfo-kuri-mpaga-amavubi-yabagore-batarengeje-imyaka-20-iritegura-gukina-na-ethiopia-mu-ijonjora-rya-2-mu-gushaka-itike-yigikombe-cyisi-kizabera-muri-costa-ric

  • Nabitewe n’uburakari bw’uwari udusagariye-Eto’o wa APR asaba Imbabazi ku kwita abantu 'Imisega’ #rwanda #RwOT

    Ni amashusho ye yagaragaye avugamo amagambo atashimishije abantu benshi ubwo ikipe ya APR FC yagarukaga iva muri Djibouti.

    Icyo gihe Mupenzi wagaragaye mu mashusho bigaragara ko yabwiraga uwitwa Claire Mama, amubwira ko ntawubuza imbwa kumoka.

    Icyo gihe yagize ati 'Claire Mama, Claire Mama' undi yahise umubaza ati 'bimeze bite ?', Eto’o yahise amusubiza ati 'meze fresh, ntawubuza imimbweti (imbwa) kumoka, ntawubuza imisega kumoka, reka reka ntawayibuza.'

    Uyu Mupenzi Eto’o noneho ubu yashyize hanze ibaruwa avugamo ko asaba Imbabazi Abanyarwanda, Ubuyobozi bwa APR n’abakunzi b’umupira by’umwihariko abakunzi b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

    Muri iyi baruwa, avugamo ko ko amagambo yavuze nta muntu n’umwe wo mu Rwanda yari agamije gukomeretsa ndetse ko ngo atari ko asanzwe ateye.

    Ati 'Ahubwo nabitewe n’uburakari bw’umuntu wari usagariye umukinnyi wacu ubwo twari mu rugendo tugaruka i Kigali, ngerageza kumukumira antuka mu rurimi rw’Igifaransa.'

    Iyi baruwa isoza igira iti 'Nagira ngo mbasabe imbabazi mbikuye ku mutima kandi mbizeza ko amagambo nk’ariya mwanyumviseho, mutazongera kuyanyumvaho ukundi.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Nabitewe-n-uburakari-bw-uwari-udusagariye-Eto-o-wa-APR-asaba-Imbabazi-ku-kwita-abantu-Imisega

  • Impamvu Adil Erradi adakwiye gukomeza gutoza APR FC #rwanda #RwOT

    Urujijo ni rwinshi, benshi baribaza niba Adil Erradi azakomeza kuba umutoza wa APR FC cyangwa se iyi kipe niba izamusezera igashaka umutoza ufite ibyangombwa wemerewe gutoza imikino y’amarushanwa ya Afurika.

    Ugiye kureba umusaruro wa Adil Erradi Mohammed muri shampiyona yo mu Rwanda, wabura icyo unenga uyu mutoza kuko mu myaka ibiri ayimazemo yatwaye shampiyona 2 kandi zose azitwara adatsinzwe umukino n’umwe, ndetse akaba ari n’agahigo yisangije.

    Gusa na none umuntu avuze ko ari umutoza udakwiriye gukomeza gutoza APR FC ntiyaba yibeshye kubera impamvu zitandukanye zirimo n’umusaruro we ku ruhando mpuzamahanga.

    Azakomeza gutoreza kuri telefoni yicaye mu bafana?

    Ibyangombwa umutoza Adil afite ntabwo bimwemerera kwicara kuri 'bench’ ngo atoze ikipe nk’umutoza mukuru mu mikino nyafurika, yemererwa gutanga inama ku bakinnyi mbere y’umukino ndetse no mu karuhuko.

    CAF yatangaje ko abatoza bemerewe gutoza imikino nyafurika nk’abatoza bakuru bagomba kuba bafite license A ya CAF cyangwa license y’ikirenga 'Pro license’ y’impuzamashyirahamwe bakomokamo, ni mu gihe Adil bagaragaje ko afite UEFA advanced Diploma ari nabyo byatumye uyu mutoza adatoza imikino ibiri ya Mogadishu City Club.

    Umukino ubanza amakipe yombi yanganyije 0-0, uwo kwishyura APR FC itsinda 2-1, ni imikino yose Adil yakurikiye yicaye hejuru muri Stade mu bafana kuko atari yemerewe gutoza.

    Iyi mikino yose kandi n’ubwo atari ku kibuga hasi nk’umutoza mukuru, yayitoreje kuri telefoni kuko yumvikanaga avugira amagambo kuri telefoni maze umutoza wungurije watoje iyi mikino, Jamel Eddine Neffati na we akayasubiramo ayabwira abakinnyi.

    Mu gihe APR FC itagera mu matsinda byibuze isigaje gukina imikino 4 mu mikino Nyafurika uyu mwaka(ibiri ya Etoile Sportive du Sahel, mu gihe yaba isezerewe izahita imanuka muri CAF Confederations Cup ihure n’ikipe yaho bakine indi mikino ibiri, isezererwe cyangwa ijye mu matsinda ya Confederations).

    Mu gihe APR FC yaba yifuza kujya mu matsinda ntabwo byaba ari igitekerezo cyiza kugumana uyu mutoza utemerewe gutoza iyi mikino, kuko umutoza iyo ari ku kibuga umukino uba hari byinshi ashobora guhindura, kuba atabyemerewe APR FC yagashatse umusimbura we hakiri kare.

    Ni umutoza ukunda kurisha abakunzi ba APR FC imitima mu mikino nyafurika

    Mu myaka 2 atoje iyi kipe mu mikino nyafurika, yakunze gutenguha abakunzi b’iyi kipe bitewe n’umusaruro we muri iyi mikino.

    Ntabwo abakunzi ba APR FC bazibagirwa uburyo ikipe yabo yari yegukanye igikombe cya shampiyona idatsinzwe, bitunguranye muri CAF Champions League 2020-21 yakuwemo na Gor Mahia yari mu bibazo by’amikoro, hari mu ijonjora ry’ibanze. N’ubwo atari afite ibyangombwa CAF yamugiriye impuhwe atoza iyi mikino nk’umutoza mukuru.

    Yatangiye neza ayitsindira i Kigali 2-1 iza kumutsindira muri Kenya ibitego 3-1. Ibi bikiyongera ku buryo uyu mwaka benshi mu bafana bari barwaye imitima aho biruhukije umusifuzi avugije ifirimbi ya nyuma aho yari yahagamwe na Mogadishu City Club yo muri Somalia idafite amateka muri ruhago, idafite amikoro aho yari igiye gutsindwa itanakinnye 'forfeit’ kubera kubura amafaranga yo kwipimisha Covid.

    Ntabwo abakunzi b’iyi kipe bishimiye uburyo banganyije 0-0 muri Djibouti, bagera i Kigali iyi kipe ikabanza kubinjiza igitego hakiri kare bakacyishyura mu gice cya kabiri bakanashyiramo ikindi ariko umukino wagiye kurangira nta nkuru.

    Uyu mutoza uhembwa akayabo bamureke akomeze atoze muri shampiyona gusa?

    Adil bivugwa ko ku kwezi ahembwa agera kuri miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda. Kugira ngo azabone byibuze ibyangombwa bimwemerera gutoza mu mikino nyafurika cyangwa mpuzamahanga, bizamutwara igihe kitari munsi y’umwaka n’igice, bivuze ko agumye mu Rwanda yaba ari umutoza wo muri shampiyona.

    APR FC ifite intego yo kuba ubukombe ku ruhando mpuzamahanga, guhemba ayo mafaranga umuntu uzatoza shampiyona gusa ntibyaba ari igitekerezo cyiza kuko yabona n’abatoza bahendutse kandi bakazajya bayiha shampiyona niba ari yo yonyine yifuza kwegukana.

    Ibyaba byiza kuri APR FC ni uko yatandukana na Adil Erradi Mohammed

    Jamel Eddine Neffati ni we watoje APR FC imikino ya Mogadishu, asanzwe ari umutoza wungirije

    APR FC yasezereye Mogadishu bigoranye

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/impamvu-adil-erradi-adakwiye-gukomeza-gutoza-apr-fc

  • Rayon Sport ibereye ijisho mu mwitozo(Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'igihe kinini ivugwa mu bibazo gusa kurubu mu mwitozo abakinnyi baragaragaza ibyishimo.

    Abakinnyi bose bari basanzwe mu Rayon Sport bose bagaragaye kuruyu wa mbere aho umutozo masudi djuma yatangarije ,Rayon Sport Tv ko bazafata abakinnyi 28 bashoboye.

    Matatu yagaragaye nawe mu mwitozo wo kuruyu wa mbere.

    Nibenshi bakomeje kwigaragaza ngo bazagaragare muri 28 Rayon Sport izakoresha uyu mwaka w'imikino.

    Blaise nishimwe ugaragaza akanyamuneza ku maso nyuma y'igihe kinini avugwa mu bibazo gusa byose byarakemutse kurubu.

    Source : https://yegob.rw/rayon-sport-ibereye-ijisho-mu-mwitozoamafoto/

  • Ibitangaje kuri Stephen Curry, Umukinnyi wa Basketball Perezida Kagame afana #rwanda #RwOT

    Stephen Curry, ni umukinnyi wa Basketball muri National Basketball Association (NBA) aho akinira ikipe ya Golden State Warriors. Wardell Stephen Curry cyangwa se Stephen Curry, yavutse tariki 14 Werurwe 1988 abyarwa na Dell Curry ndetse na Sonya, akaba yaravukiye mu gace ka Akron mu bitaro bya Summa Akron Hospital, ibi bitaro akaba ari nabyo LeBron James yavukiyemo.

    Kuri ubu umutungo wa Steph Curry ufite agaciro ka miliyoni 160 z'amadolari. Kuri ubu Stephen Curry nk'umukinnyi utsinda amanota menshi mu mateka ya NBA (Regarded as the best shooter in NBA history). Usibye izina rye nk'umunnyi utsinda amanota menshi mu mateka ya NBA, Stephen Curry afatwa nkumwe mubakinnyi beza mubihe byose.

    Ubwo Se wa Stephen Curry yakinaga muri Charlotte Hornets, Stephen Curry na we yabaga muri Charlotte North Carolina ndetse aba ari naho atangirira gukina umukino wa Basketball. Mu myaka ya nyuma ya Dell Se wa Stephen Curry, yerekeje muri Toronto ndetse icyo gihe Stephen Curry we yakinaga muri Queensway Christian College anayifasha gusoza umwaka w'imikino idatsinzwe.

    Nyuma y'uyu mwaka, Stephen Curry yagiye kwiga mu kigo cya Charlotte ndetse akinira n'iyi kipe ayifasha gutwara ibikombe bitatu by'intara. Muri iyi myaka Stephen Curry yagaragazaga impano ndetse azi gukora amanota menshi byatumaga n'abatoza bamutozaga bamushima cyane.

    Mu 2007-08 Stephen Curry yagiye mu ikipe ya Sophomore maze uyu musore atangira kugaragaza impano ku buryo bwagutse, Stephen Curry yari ageze kuri metero imwe na santimeteri 91, ndetse icyo gihe yagize agahigo k'impuzandengo y'amanota 25.5 nibura kuri buri mukino, akabarirwa imipira 2.8 ivamo ibitego, na Rebounds 4.7.

    Nyuma y'uyu mwaka, Stephen Curry yatangaje ko agiye gusubira mu ikipe y'abato kugira ngo yongere kwiga neza kuko yashakaga kuba umuhanga mu gutsinda amanota atatu. Tariki 18 Ugushyingo, Curry yatsinze amanota 44 mu mukino Davidson yatsinzwemo na Oklahoma 82 kuri 78. Mu 2009 Stephen Curry yerekeje mu ikipe ya Golden State Warriors ndetse mu mikino 80 iyi kipe yakinnye yabanjemo imikino 77, afite impuzandengo y'amanota 17.5 kuri buri mukino.

    Curry yambara nimero 30

    Stephen Curry mu rugendo rwe muri Golden State Warriors yabaye umukinnyi w'ikirangirire, aho yatangiye kugaragaza ubuhanga mu gushota no gutsinda amanota atatu byageze n'aho abakurikiranira hafi uyu mukino bavuga ko mu mateka ya NBA, Stephen Curry ari we mukinnyi w'umuhanga uzi gushota no gutsinda amanota atatu.

    Stephen Curry ashimirwa nk'umwe mu bakinnyi bakoze impinduka mu mukino wa Basketball aho yashishikarizaga abakinnyi kugerageza amanota atatu. Stephen Curry amaze kwegukana NBA All star zirindwi, ndetse agirwa umukinnyi wa NBA inshuro 2 atwara NBA Championship inshuro eshatu arikumwe na Warriors.

    Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2021, uyu mukinnyi w'umunyabigwi muri Basketball yagiranye ikiganiro n'abakinnyi ba Patriots BBC yo mu Rwanda mbere y'uko bakina umukino wa nyuma mu itsinda na US Monastir yo muri Tunisia mu irushanwa rya BAL 2021 ryabereye mu Rwanda. Aba bakinnyi baganiriye n'iki cyamamare babifashijwemo n'umuraperi akanaba umukinnyi mpuzamahanga wa Basketball, J. Cole wakiniye Patriots BBC muri BAL 2021.

    Stephen Curry wabateye akanyabugabo mu kiganiro cyakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry'amashusho, kubera ko Stephen yari ari muri Amerika, mu gihe abakinnyi ba Patriots bo bari i Kigali. Ni ikiganiro cyabereye ku rubuga rwa Instagram gikurikitwa n'abantu benshi cyane barenga ibihumbi 100 (bari bari Live). Abakinnyi ba Patriots bagaragarije uyu mukinnyi ko bamwishimiye cyane ndetse banejejwe no kumuvugisha, nawe abasubiza ko yumva abakunze cyane ndetse abishimiye.

    Stephen Curry n'aba byeyi n'umuryango we

    Stephen Curry n'umugore we bafitanye abana 3
    Refe:celebritynetworth.com

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ibitangaje-kuri-stephen-curry-umukinnyi-wa-basketball-perezida-kagame-afana

  • Manace Mutatu wari utegerejwe n'abakunzi ba Rayon Sports yagarutse mu myitozo #rwanda #RwOT

    Umukongomani Manace Mutatu Mbeddy ukina asatira mu ikipe ya Rayon Sports,yagarutse mu myitozo nyuma y'aho atatangiranye na bagenzi be bari bamaze iminsi bakora.

    Ku gicamunsi cy'uyu wa mbere nibwo uyu musore ukina aca mu mpande ajya imbere yafatanyije n'abandi imyiteguro y'umwaka w'imikino 2021-2022.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021 nibwo ikipe ya Rayon Sports iteganya gucakirana na Musanze FC mu mukino wa gicuti wo gupima urwego amakipe yombi agezeho mbere y'uko umwaka w'imikino utangira nyirizina tariki ya 16 Ukwakira 2021.

    Manace yatangiranye imyitozo ingufu nubwo hari amakuru yavugaga ko adashaka kugaruka mu ikipe ya Rayon Sports.

    Undi usigaye unategerejwe n'abafana ba Rayon Sports ni Muhire Kevin 'Rooney' utaranageze ku kibuga kuri uyu wa mbere.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/manace-mutatu-wari-utegerejwe-n-abakunzi-ba-rayon-sports-yagarutse-mu-myitozo