Tag: Imikino

  • Bigoranye REG BBC yatsinze APR BBC, Patriots BBC itungurwa na RP IPRC Huye(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Shampiyona ya Basketball yari yakomeje aho uyu munsi ku wa Gatandatu habaye imikino itandukanye, ikipe ya Patriots BBC yaje gutungurwa itsindwa RP-IPRC Kigali ni mu gihe mu gihe REG byayisabye ifurumbi ya nyuma kugira ngo yizere intsinzi.

    Amakipe arimo gukubana kugira ngo arebe ko yazamuka mu itsinda azakine imikino ya kamarampaka, cyane ko ubu habura imikino ibiri kugira icyiciro cy’amatsinda gisozwe.

    Mu itsinda A, Patriots BBC yakinaga na RP IPRC Kigali, ni umukino wabereye muri Kigali Arena ukaba utoroheye ikipe ya Patriots.

    Yatunguwe ubwo yatsindwaga agace ka mbere ku manota 15-14, agace ka kabiri Ptariots niyo yagatsinze ku manota 18-16, amakipe yagiye mu karuhuko Patriots iyoboye na 32 mu gihe IPRC Kigali yari ifite 31.

    Amakipe yagarutse Patriots iri hejuru ndetse itwara aka gace ishyizemo ikinyuranyo cy’amanota 7 kuko byari 24 kuri17. Ntabwo Patriots BBC yaje koroherwa n’agace ka nyuma kuko RP-IPRC Kigali yabahindukiranye maze ibatsinda nta kubabarira, yatwaye agace ka nyuma ku kinyuranyo cy’amanota 15(28-13), yahise inegukana umukino ku manota 76-69 ya Patriots.

    Amisi Saidi wa Patriots ni we watsinze amanota menshi aho yatsinze 25, ni na we wakoze rebound nyinshi aho yakoze 13, Ndizeye Dieudonne wa Patriots ni we wamukurikiye aho yatsinze amanota 23 anakora rebound 12.

    Hagumintwari Steve wa Patriots ni we watanze imipira myinshi yavuyemo amanota, yatanze 6 akurikirwa na Nyamwasa Bruco wa RP-IPRC Kigali watanze 5.

    Muri iri tsinda rya A, Shoot 4 Stars yatsinzwe na Tigers BBC amanota 70-58, UR Huye yatsinzwe na RP — IPRC Musanze amanota 85-70.

    Hagumintwari Steve ashaka gucika Nijimbere Benit

    Nyamwasa Bruno agerageza kubuza Sedar gutambuka

    Wari umukino utoroshye na gato

    Mu itsinda B hari hategerejwe umukino ikipe ya REG BBC yagombaga gukinamo na APR BBC, ni umukino REG BBC yegukanye biyigoye n’ubwo yatsinze uduce dutatu twa mbere mu buryo bworoshye.

    REG BBC yinjiye mu mukino mbere ya APR BBC yagiye igorwa no kunaga umupira mu nkangara, byatumye REG itsinda agace ka mbere ku manota 20-16, agace ka kabiri nako yagatsinze byoroshye ku manota 17-12. Bagiye kuruhuka REG iri imbere na 37 kuri 28 ya APR BBC.

    Amakipe yagarutse mu gace ka gatatu n’ubundi abona abasore ba APR BBC batakaza imipia bya hato na hato, gushyira mu nkangara nabyo imipira ibangira, byatumye nako REG igatsinda kuri 16-14.

    Abasore ba APR BBC baje ari bashya mu gace ka nyuma, bakina gupfa no gukina, REG nabwo yabanje kubagora mu minota ya mbere ya gace ka nyuma aho bashyizemo n’amanota agera muri 13 y’ikinyuranyo.

    Amanota 3 ya Sangwe Armel utari mu bihe bye, amanota ya Kubwimana Ally na Manga Pitchu yagaruye APR BBC mu mukino, baza gukuramo ikinyuranyo cyose, amakipe yombi yageje amanota 58-58, arazamuka bagera kuri 60-60, APR yatakaje umukino mu masegonda ya nyuma aho REG yatsinze amanota 4 nta na rimwe iratsinda, yaje kwishyuramo 1, agace ka nyuma karangiye ari amanota 19 ya APR kuri 11 ya REG, REG yahise yegukana umukino ku manota 64-61.

    Manga Pitchu wa APR ni we watsinze amanota menshi aho yatsinze 19 anakora rebound 13, Beleck Bell wa REG ni we wamukurikiye aho yatsinze amanota 13 anakora rebound 10, Kubwimana Kazingufu Ally wa APR ni we watanze imipira myinshi yavuyemo amanota aho yatanze 8.

    Muri iri tsinda kandi 30 Plus yatsinze UR CHMS 80-70 ni mu gihe RP-IPRC Huye yatsinze Rusizi BBC 82-71.

    Mu minota ya nyuma wari umukino urimo ishyaka ryinshi

    Filet Jovon Adonis umwe mu bakinnyi bafashije REG kwitwara neza imere ya APR BBC

    Niyonkuru Pascal[Kaceka] wahoze muri APR, ubu ari muri REG, aha yageragezaga gutsinda amanota 3

    Dogget Quinton Meddrick(ufite umupira) yagoye APR BBC

    Ally na Adonis umwe abwira mugenzi we gukina neza

    Dogget Quinton yazamutse gutsinda, Manga Pitchu ashaka uko amubuza

    Zulu wa APR FC arimo abara Nshobozwa ngo amwambure umupira

    Kaje Elie wa REG ashaka gutsinda amanota 3

    Mu bagore REG WBBC, iyi yahoze yitwa Ubumwe WBBC, yatsinze itababariye APR WBBC amanota 70-36, The Hoops Rwa itsinda RP-IPRC Huye 70-48.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/bigoranye-reg-bbc-yatsinze-apr-bbc-patriots-bbc-itungurwa-na-rp-iprc-huye-amafoto

  • Rayon Sports yatijwe undi mukinnyi na Raja Casablanca utaha izamu #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Raja Casablanca yatije Rayon Sports undi mukinnyi ukina ataha izamu witwa Rharb Youssef nyuma yo gutizwa undi witwa Ait Lahaissane.

    Rayon Sports ibinyujije kuri Twitter yayo yavuze ko yasinyishije uyu musore w'imyaka 21 amasezerano y'umwaka umwe.

    Yagize iti “Tunejejwe no kubamenyesha ko twarangije gusinyisha rutahizamu w'umuhanga RHARB YOUSSEF w'imyaka 21 kuva muri Raja Casablanca ku masezerano y'umwaka umwe!.”

    Ibi biri mu bufatanye Rayon Sports yasinyanye na Raja burimo ko Raja Casablanca izajya itiza abakinnyi Rayon Sports FC, ikanayifasha mu bikorwaremezo, gukorera umwiherero muri Maroc, kongera imbaraga mu buvuzi, kuzamura impano ku ngimbi z'iyi kipe yaboneye izuba i Nyanza no kujya zikina imikino ya gicuti, ibijyanye n'ikoranabuhanga n'ibindi.

    Raja Casablanca ni yo kipe ikunzwe na benshi muri Maroc. Ni yo ibitse igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo 'CAF Confederation Cup' cya 2020/21.

    Ibitse ibikombe 12 bya shampiyona, bitatu bya CAF Champions League, bibiri bya CAF Confederation Cup. Ibitse ibikombe birenga 31 byose hamwe harimo n'ibindi yagiye yegukana.

    Rayon Sports FC yagiranye na Raja Casablanca amasezerano y'ubufatanye bw'imyaka itanu.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/rayon-sports-yatijwe-undi-mukinnyi-na-raja-casablanca-utaha-izamu

  • Rayon Sports yatijwe umukinnyi na Raja Casablanca bafitanye amasezerano y'imikoranire #rwanda #RwOT

    Nyuma y'uko muri Nyakanga amakipe yombi agiranye amasezerano y'ubufatanye,ubu amakipe yombi yatangiye kubyaza umusaruro ibiyakubiyemo harimo guhererekanya abakinnyi, aho ikipe ya Rayon Sports yasinyishije uyu musore ukina mu kibuga hagati.

    Lahaissane w'imyaka 21 yazamukiye mu makipe y'abato ba Raja Casablanca. Akina mu kibuga hagati asatira.Yasinye umwaka w'intizanyo ushobora kongerwa.

    Yagize ati “Tunejejwe no gutangaza ko twasinyije umukinnyi wo hagati AIT LAHSSAINE AYOUB w'imyaka 21 ku ntizanyo ya Raja Casablanca.”

    Ubufatanye Rayon Sports yasinyanye na Raja burimo ko Raja Casablanca izajya itiza abakinnyi Rayon Sports FC, ikanayifasha mu bikorwaremezo, gukorera umwiherero muri Maroc, kongera imbaraga mu buvuzi, kuzamura impano ku ngimbi z'iyi kipe yaboneye izuba i Nyanza no kujya zikina imikino ya gicuti, ibijyanye n'ikoranabuhanga n'ibindi.

    Raja Casablanca ni yo kipe ikunzwe na benshi muri Maroc. Ni yo ibitse igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo 'CAF Confederation Cup' cya 2020/21.

    Ibitse ibikombe 12 bya shampiyona, bitatu bya CAF Champions League, bibiri bya CAF Confederation Cup. Ibitse ibikombe birenga 31 byose hamwe harimo n'ibindi yagiye yegukana.

    Rayon Sports FC yagiranye na Raja Casablanca amasezerano y'ubufatanye bw'imyaka itanu.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/rayon-sports-yatijwe-umukinnyi-na-raja-casablanca-bafitanye-amasezerano-y

  • #Kwita Izina: Kapiteni wa Patriots BBC Mugabe… – #rwanda #RwOT

    Uyu muhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, watangiye saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, aho wanaciye kuri Televiziyo Rwanda.

    Ni umuhango witabiriwe n'ibyamamare bitandukanye, ba rwiyemezamirimo ndetse n'abandi bantu batumiwe kwita izina, barimo umuhanzi Bruce Melodie, Luol Deng wakinnye muri NBA, Mugabe Arstide n'abandi.

    Kapiteni wa Patriots BBC, akanaba umukinnyi w'ikipe y'igihugu, Mugabe Arstide, yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa 'Igisha', 'INKOMEZI'. Luol Deng ukomoka muri Sudani y’Epfo wakinnye muri NBA kuri ubu uyobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri icyo gihugu, yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa ‘Agashya’ 'RINDA', mu gihe umuhanzi akanaba umushoramari wo muri Nigeria, Oluwatosin Oluwole, yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa ‘Kwitonda, 'SANGWA'.

    Prof. Beth Kaplin, umuyobozi muri kaminuza y'u Rwanda, yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa ‘Ntambara’ 'TWIRINDE', Jes Gruner, umuyobozi muri Pariki ya Nyungwe yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa ‘Isimbi’ 'INGABIRE', Clementine Uwamahoro, umuyobozi muri pariki y'Akagera yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa ‘Muhoza’ 'KUNDUMURIMO'.

    Umuhanzi Bruce Melodie ukunzwe na benshi mu Rwanda, yise umwana w'ingagi wo mu muryango wa ‘Kureba’ 'KABEHO'.

    Mu myaka yashize uyu muhango waberaga mu Kinigi, ariko uyu mwaka uyu muhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, ukaba watambutse imbonankubone kuri Televiziyo Rwanda.

    Mugabe Arstide yise umwana w’ingagi ‘INKOMEZI’

    Bruce Melodie yise umwana w’ingagi ‘KABEHO’

    Luol Deng wakinnye muri NBA yise umwana w’ingagi ‘Rinda’

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109838/kwita-izina-kapiteni-wa-patriots-bbc-mugabe-arstide-yise-umwana-wingagi-inkomezi-109838.html

  • Neymar Jr na Mbappe mu bakinnyi benshi bise abana b'ingagi amazina #rwanda #RwOT

    Uyu munsi nibwo u Rwanda rwakoze umuhango wo kwita izina abana b'ingagi 24 baherutse kuvuka mu miryango itandukanye y'izi nyamaswa ziba muri Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

    Uyu muhango watangijwe mu 2005 mu rwego rwo kwerekana agaciro ingagi zifitiye igihugu,uyu munsi witabiriwe n'abakinnyi b'umupira barimo Neymar Jr, Kylian Mbappe,Angel di Maria, Sergio Ramos na Marquinhos bakinira PSG na Bukayo Saka ukinira Arsenal.Aba bakinnyi bose baturuka mu makipe yamamaza “Visit Rwanda”.

    Kuri iyi nshuro ubwo uyu muhango wabaga ku nshuro ya 17, wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Abana b'ingagi 24 bahawe amazina ni abavutse nyuma y'itariki ya 6 Nzeri 2019.

    Abise aba bana b'ingagi bari mu byiciro bitandukanye birimo ibyamamare mu mikino itandukanye, abayobozi b'imiryango ikomeye ku Isi ndetse n'inzobere mu bijyanye n'ibidukikije n'urusobe rw'ibinyabuzima.

    Mu cyiciro cya mbere cy'abise amazina harimo Kapiteni wa Patriots Basketball Club, Arstide Mugabe wise umwana w'ingagi 'Inkomezi'.

    Harimo kandi Umuyobozi wa Federasiyo ya Basketball muri Sudani y'Epfo, Luol Denge wise umwana w'ingagi 'Rinda', Mr Eazi wise umwana w'ingagi 'Sangwa', Prof Beth Kaplin ukora muri Kaminuza y'u Rwanda wamwise 'Twirinde' n'Umuyobozi w'Ikigo cya African Parks Network, Jes Gruner wamwise 'Ingabire'.

    Icyiciro cya kabiri cy'abise amazina kigizwe n'Abanyarwanda b'urubyiruko bakora mu nzego zitandukanye.

    Uwamahoro Jeanne d'Arc uri mu bakorerabushake bafasha mu iyubahirizwa ry'amabwiriza yo kwirinda COVID-19 na Alphonsine Niwemugeni, ukora nk'umujyanama w'ubuzima bise umwana w'ingagi 'Impanuro'.

    Clementine Uwamahoro ushinzwe kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima muri Pariki y'Akagera we yamwise 'Kundumurimo', mu gihe umuhanzi Bruce Melodie yamwise 'Kabeho'.

    Icyiciro cya gatatu cy'abise izina harimo inzobere mu kuvura ingagi, Dr Deborah Dunham wamwise 'Nshunguye', Umuyobozi Mukuru wa Global Environment Facility, Carlos Manuel Rodriguez wamwise 'Injishi'.

    Muri iki cyiciro kandi mu bise amazina harimo inzobere mu gufata amafoto, David Yarrow wamwise 'Urusobe', Antony Lynam wamwise 'Mugwire' na Yann Arthus Bertrand wamwise 'Iribagiza'.

    Mu cyiciro cya kane, abana b'ingangi bahawe amazina n'abantu batandukanye barimo Perezida wa Toronto Raptors, Masai Ujiri wamwise 'Umusingi', Komiseri wungirije wa NBA, Mark Tatum wamwise 'Rudacogora', Umujyanama w'Umuyobozi Mukuru wa OMS, Prof Senait Fisseha wamwise 'Mubyeyi' n'Umuyobozi Mukuru wa IMEX, Carina Bauer wamwise 'Byiruka'.

    Umuyobozi Mukuru wa Mastercard Foundation, Reeta Roy we yise umwana w'ingagi 'Zigama', Ambasaderi w'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu Rwanda, Nicola Bellomo amwita 'Iratuje'.

    Abatanze amazina mu cyiciro cya nyuma ni abakinnyi b'ikipe yo mu Bwongereza ya Arsenal n'aba Paris Saint Germain yo mu Bufaransa. Aba bose bose bise abana b'ingagi amazina binyuze mu masezerano ya 'Visit Rwanda' amakipe yabo afitanye n'u Rwanda.

    Bukayo Saka ukinira Arsenal yise umwana w'ingagi 'Kura', mu gihr Neymar, Kylian Mbappe, Angel di Maria, Sergio Ramos na Marquinhos bakinira PSG bise abana batatu ari bo 'Ingeri', 'Nshongore', na 'Mudasumbwa'.

    Abise amazina bose bahurije ku kuba atari bo bazabona bagize igihe cyo guhura amaso ku maso n'aba bana b'ingagi bise.

    Umuyobozi w'agateganyo ushinzwe ubukerarugendo mu Rwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB), Ariella Kageruka, yashimye abagize uruhare muri uyu muhango wo kwita abana b'ingagi izina.

    Yavuze ko kwita izina mu muco Nyarwanda ari ikimenyetso gikomeye cy'urukundo no kwiyemeza kubungabunga imibereho myiza y'umwana.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubukungu/article/neymar-jr-na-mbappe-mu-bakinnyi-benshi-bise-abana-b-ingagi-amazina

  • Rayon Sports yatsinze Musanze FC(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umukino wa gicuti wabereye kuri Stade Ubworoherane wahuje Musanze na Rayon Sports, warangiye Rayon itsinze igitego 1-0.

    Wari umukino wa gicuti Rayon Sports yari yasuyemo Musanze FC mu rwego rwo kwitegura shampiyona izatangira mu kwezi gutaha.

    Hari no mu rwego rwo kureba abakinnyi bashya aya makipe yaguze.

    Rayon Sports kandi wari umwanya mwiza wo kureba abakinnyi bari mu igeragezwa.

    Amakipe yombi yakinaga ubona afite ishyaka ryinshi ku buryo nta kipe yatindanaga umupira ndetse nta mahirwe menshi yabonetsemo.

    Ku munota wa 5, Sanago Soulaiman wo muri Mali yahinduye umupira mwiza ariko Mpongo Sadam Blaise uri mu igeragezwa muri Rayon Sports ananirwa kuwushyira mu izamu, yaje gusimburwa na Chukwuwudi Samuel ku munota wa 33.

    Ku munota wa 20 Rayon Sports yakoze impinduka itateguye, Nishimwe Blaise yagize ikibazo cy’imvune hajyamo Mugisha François Master.

    Ku munota wa 30, Niyigena Clement yateye ishoti rikomeye mu izamu rya Musanze FC ku mupira wari uvuye muri koruneri ariko unyura hejuru gato y’izamu.

    Ku munota wa 41, Mugisha François Master yatereye ishoti rikomeye mu runuga rw’amahina ariko unyura gato hejuru yaryo.

    Ku munota wa 43, myugariro wa Rayon Sports, Ndizeye Samuel yakoreye ikosa Nyirinkindi Saleh inyuma gato y’urubuga rw’amahina, iyi kufura yatewe na Saleh ariko ntiyagira icyo itanga. Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.

    Rayon Sports yakoze impinduka 2 mu ntangiriro z’igice cya kabiri, Bashunga Abouba na Muvandimwe JMV binjiyemo havamo Adolphe na Mujyanama.

    Ku munota wa 46, Musanze yabonye amahirwe ku mupira wari uhinduwe imbere y’izamu ariko Saleh agiye gushyiraho umutwe barawumutanga.

    Ku munota wa 49, Esouma willy Onana ukomoka muri Cameroon yatsindiye igitego cya mbere Rayon Sports. Uyu mukinnyi kandi akaba yagaragaje urwego rwiza ku buryo iyi kipe izanamufata.

    Rayon Sports yakomeje gushaka ikindi gitego ariko nta yandi mahirwe akomeye yigeze ibona, Musanze FC nayo yananiwe kwishyura iki gitego maze umukino urangira ari 1 cya Rayon Sports ku busa bwa Musanze FC.

    Bamwe mu bakinnyi bari muri Rayon Sports mu igeragezwa bagaragaje urwego ruri hasi harimo Chukwuwudi Samuel wo muri Nigeria, Mpongo Sadam Blaise wo muri Senegal. Sembi Hassan ukomoka muri Tanzania we yagaragaje urwego rwiza uretse ko agikeneye kumenyerana n’abandi.

    Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

    Abakinnyi 11 ba Musanze FC babanje mu kibuga

    Ba kapiteni n’abasifuzi mbere y’umukino

    Sanago ukomoka muri Mali, yitanze akazi kuri Musanze FC

    Namanda Luke, umukinnyi mushya wa Musanze FC ukomoka muri Kenya yatanze akazi

    Bishimira igitego cya Onana

    Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele

    Perezida wa Musanze FC, Placide akurikiranye umukino

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yatsinze-musanze-fc-amafoto

  • She-Amavubi yanyagiwe na Ethiopia (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’Abangavu batarengeje imyaka 20, batsinzwe na Ethiopia mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Costa Rica.

    Ni umukino ubanza wo mu ijonjora rya kabiri wabereye i Kigali uyu munsi, ni nyuma y’uko mu ijonjora rya mbere u Rwanda rwasezereye Sudani y’Epfo yikuye mu irushanwa.

    Uyu mukino ntabwo wagendekeye aba bangavu batabonye umwanya uhagije wo kwitegura bari bayobowe na Nyinawumuntu Grace kuko banyagiwe ibitego 4-0.

    Ethiopia yarushije cyane u Rwanda ndetse amakipe aza kujya kuruhuka Ethiopia iyoboye n’ibitego 2-0 bya Redit Assresahagn Matios byo ku munota wa 20 na 27.

    Kimwe no mu gice cya mbere, igice cya kabiri u Rwanda rwarushijwe na Ethiopia yaje kubona ibindi bitego 2 byatsinzwe na Aregash Kalsa Tadesse ku munota wa 55 na Turist Lema Tone ku munota wa 61. Umukino warangiye ari 4-0.

    Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi

    Rwanda: Mutuyimana Elizabeth , Uzayisenga Lydia , Iranzi Benitha, Ntakobanjila Salama Nelly, Ingabire Aline, Niyonshuti Emerance, Usanase Zawadi , Izabayo Clemence, Uwase Mireille, Niyonsaba Diane na Mukaruzagira Jeannette

    Ethiopia: Eyerusalem Lorato Loh, Betlehem Bekele Chumo,Nardos Getenet Mekonnen,Berka Amare Dagne,Rediet Assresahagn Matios, Genet Hailu Haydebo, Aregash Kalsa Tadesse, Turist Lema Tone, Mesay Temesgen Tanga, Bizuayehu Aymeku na Meadin Sehilu Amedu

    Source : http://isimbi.rw/siporo/she-amavubi-yanyagiwe-na-ethiopia-amafoto

  • UEFA, Premier League na Canal + International… – #rwanda #RwOT

    Abashinzwe gutegura aya marushanwa n'abayobora mu gihugu cy'ubwongereza bafatanyije na Premier League na Canal + International, nk' umufatanyabikorwa wemerewe kwerekana amashusho mu rurimi rw’igifaransa kuri aya marushanwa muri Repubulika y’u Rwanda ryakiriye icyemezo No RCOMAA 00093/2020 / CA cyatanzwe ku ya 16 Nyakanga 2021 n’urukiko rw’ubujurire rwa Kigali mu rwego rwo kurwanya ubujura bw'amashusho (Piratage) bukorwa na televiziyo yo mu Rwanda 'Victory TV Ltd'. Aho iyi televiziyo yari yajuririye icyemezo cy'urukiko ariko urukiko rukaba rwatesheje agaciro ubwo bujurire.

    Kubera iyo mpamvu, urukiko rwasabye ko hubahirizwa icyemezo cya mbere cyari cyategetse ubuyobozi by'iyo shene guhagarika kwerekana mu buryo butemewe imikino y'icyiciro cya mbere yo mu Bwongereza ndetse n'imikino ya UEFA Champion League ku butaka bw'u Rwanda. UEFA, Premier League na Canal + International bizeye ko uburenganzira bwabo buzubahirizwa byimazeyo na Victory TV nyuma y'iki cyemezo.

    Aba bafatanyibikorwa bizeye ubutabera bw'u Rwanda bafatanyije na RURA (Ikigo ngenzuramikorere) kugira ngo bakomeze bakurikirane ishyirwamubikorwa ry'icyi cyemezo kugirango Victory TV idakomeza kubangamira inyungu zabo.

    UEFA na Premier League bavuga ko kwerekana amashusho y’amarushanwa yabo batabiherewe uburenganzira ari ukubangamira uburenganzira bwabo ku mutungo wabo bwite kandi bishimiye iki cyemezo cyatanzwe n'urukiko mu kurengera inyungu zabo. 


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109829/uefa-premier-league-na-canal-international-bakiriye-icyemezo-cyurukiko-mu-kurwanya-victory-109829.html

  • Rayon Sports ishobora gukura amaso kuri Muhire Kevin #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports ishobora gukura amaso kuri Muhire Kevin utarayongerera amasezerano aho abasaba kubanza kumwishyura amafaranga yose bumvikanye.

    Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports umwaka ushize w’imikino aho yahise avunika shampiyona irangira atongeye kuyikinira.

    Uyu musore akaba yari mu biganiro na Rayon Sports ngo abe yayongerera amasezerano ariko bisa n’aho impande zombi zananiwe kumvikana.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati asatira yasabye iyi kipe miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda akajya ahembwa miliyoni n’ibigumbi 200.

    Amakuru avuga ko iyi kipe yabonye miliyoni 10 barazimushyira ariko yanga kuyafata avuga ko bayashaka bitonze ko bazayamuha yuzuye kuko atayafata ari igice.

    Amakuru avuga ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bushobora kureka uyu musore kuko arimo kubagora bakaba ahubwo bashakamo abanyamahanga cyane ko n’umubare wabo muri shampiyona wiyongereye wavuye kuri 3 ugera kuri 5.

    Muhire Kevin ashobora kubakinira Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-ishobora-gukura-amaso-kuri-muhire-kevin