Tag: Imikino

  • Rayon Sports yatsinze AS Kigali #rwanda #RwOT

    Igitego cya Onana cyahesheje Rayon Sports intsinzi imbere AS Kigali, ni mu mukino wa gicuti wafashaga amakipe yombi kwitegura amarushanwa ari imbere.

    AS Kigali yakinaga na Rayon Sports umukino wa gicuti wakinwe n’abakinnyi batahamagawe mu ikipe y’igihugu.

    Rayon Sports niyo yinjiye mu mukino mbere aho yanabonye igitego hakiri kare ku munota wa 16 gitsinzwe na Onana, ni nyuma yo guhererekanya neza na Rharb Youssef.

    AS Kigali yashatse uko yishyura iki gitego ariko ntibyamworohera, ku munota wa 33, Rugirayabo Hassan yateye umupira ukubita umutambiko, Shabani Hussein asubijemo nabwo ukubita umutambiko w’izamu.

    Eric Nshimiyimana yahise akora impinduka 2, Aboubakar Lawal na Kakule Mugheni Fabrice binjiyemo havamo Uwimana Guilain na Kayitaba Bosco.

    Ku munota wa 39, Kakule Mugheni Fabrice yahinduye umupira imbere y’izamu maze Tchabalala ashyiraho umutwe ariko umunyezamu Adolphe awohereza muri koruneri.

    Ku munota wa 42, Tchabalala yisanze asigaranye n’umunyezamu Adolphe, amurobye umupira ahita awukuramo, aya mahirwe yakurikiwe n’andi yo ku munota wa 45 Lawal yaboneye mu rubuga rw’amahina ariko ateye mu izamu, umupira ukubita igiti cy’izamu.

    Ku munota wa nyuma w’igice cya mbere, Rayon Sports yabonye kufura hafi n’urubuga rw’amahina ku ikosa ryari rikorewe Ayoub, Muvandimwe JMV yayiteye ariko ntiyagira icyo itanga.

    AS Kigali yatangiye igice cya kabiri isatira ishaka kwishyura iki gitego ariko birayigora cyane.

    AS Kigali yabonye amahirwe menshi ariko ba rutahizamu b’iyi kipe barimo Lawal, Tchabalala na Saba ntibabyaza umusaruro amahirwe babonye.

    Ku munota wa 78 Rayon Sports yabonye penaliti ku ikosa Kakule yakoreye Muvandimwe JMV mu rubuga rw’amahina, iyi penaliti yatewe na Rharb Youssef ariko umunyezamu awukuramo, asubijemo ahita nabwo awufata.

    Ku munota wa 90, umunyezamu Adolphe yongeye gukora akazi gakomeye akuramo umupira ukomeye wa Lawal yari ateye n’igituza. Umukino warangiye ari 1-0.

    Indi mikino ya gicuti yabaye, Police FC yatsinze Musanze 2-1, Kiyovu Sports itsinda Gorilla 4-0, Mukura VS itsinda Rutsiro 4-2.

    Rharb Youssef ukomoka muri Maroc ukinira Rayon Sports yagaragaje urwego rwo hejuru

    Onana umwe mu bakinnyi bazonze AS Kigali cyane

    Bishimira igitego cya Onana

    Ayoub na Youssef abarabu baje muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yatsinze-as-kigali-6580

  • Ronald Koeman utoza Barcelona ngo 'arambiwe' kwisobanura ku gutsindwa ku ikipe #rwanda #RwOT

    Ronald Koeman, umutoza wa Barcelona uri ku gitutu, avuga ko “arambiwe” gusabwa kwisobanura.

    Amakuru avuga ko uyu Muholandi w'imyaka 58 ari hafi kwirukanwa nyuma yuko Barça itsinzwe imikino ibiri ya mbere ya Champions League ndetse ikaba irimo kugorwa na shampiyona ya La Liga.

    Ariko mbere yuko iyi kipe kuri uyu wa gatandatu ikinira kwa Atletico Madrid ifite igikombe cya shampiyona cy'umwaka ushize, Koeman aracyari mu rujijo kuri ejo hazaza he muri iyi kipe.

    Ku wa gatanu yagize ati: “Nta muntu n'umwe uragira ikintu na kimwe ambwira”.

    “Perezida [Joan Laporta] yari hano ariko sinamubonye kuko twari turimo kwitegura umukino w'ejo [kuri uyu wa gatandatu].

    “Ndacyari hano, ariko mfite amaso n'amatwi kandi ibintu byinshi biyanyuramo.

    “Ndambiwe no gusabwa kwisobanura. Ntibyumvikana. Uyu munsi si cyo gihe [gikwiye], ariko umunsi umwe nifuza kuvuga ku bintu byose ntekereza kuri ibi byose”.

    Ariko, uyu wahoze atoza Everton n'ikipe y'igihugu y'Ubuholandi yanze gusubiza ikibazo ku mubano we na Laporta, aravuga gusa ati: “Ndacyari hano”.

    Umubano hagati ya bo umaze igihe urimo agatotsi – uri hafi no kuba mubi – kuva Laporta yatorerwa kuba Perezida w'iyi kipe mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.

    Iyi kipe imaze igihe igorwa n'ubuzima nyuma yuko umukinnyi wayo ukomeye Lionel Messi ayivuyemo.

    Yatsinzwe na Benfica ibitego 3-0 muri iki cyumweru muri Champions League, kandi ubu iri ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw'agateganyo rwa La Liga, irushwa amanota atanu na Real Madrid iri ku mwanya wa mbere, na nyuma yo kunganya inshuro eshatu mu mikino itandatu.

    Ku wa kane, Guillem Balagué, inzobere ku mupira w'amaguru wa Espagne, yabwiye BBC Sport ko ari “ikibazo cy'igihe gusa” mbere yuko Koeman yirukanwa.

    Balagué yagize ati: “Igihe ni cyo cy'ingenzi, atari ukwikuraho gusa Koeman ahubwo no kugira ngo hashyirweho gahunda”.

    Ariko Koeman, watsinze igitego ubwo yari umukinnyi cyahesheje intsinzi Barcelona ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Uburayi cyo mu 1992, arashaka kwibanda ku mukino wo kuri uyu wa gatandatu.

    Yagize ati: “Ntabwo ari jye [muntu] w'ingenzi cyane. Intsinzi ni ingenzi kurusha umuntu umwe. Buri muntu wese azi ko ndi hano kubera urukundo mfitiye ikipe. Naje ari mu bihe bibi cyane”.

    Abajijwe n'umunyamakuru umwe icyabaye igihe cyiza cyane n'icyabaye igihe kibi cyane kuva yagera muri iyi kipe mu mwaka umwe ayimazemo, Koeman yasubije ati: “Igihe cyiza cyane? Igihe nasinyaga ngo mbe umutoza wa Barça. Igihe kibi cyane? Igihe Messi yagendaga”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ronald-koeman-utoza-barcelona-ngo-arambiwe-kwisobanura-ku-gutsindwa-ku-ikipe

  • Lionel Messi yahuye n'uruva gusenya. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Hoteli ihenze icumbitsemo rutahizamu wa Paris Saint-Germain, Lionel Messi, yatewe n'abajura bipfutse ku maso ku wa Gatatu w'iki cyumweru, aho batwaye bimwe mu bintu by'agaciro by'abandi bayibamo.

    Messi ari kuba muri hoteli Le Royal Monceau y'i Paris hamwe n'umugore we n'abana babo batatu, ariko kuri ubu umutekano wabo watangiye kwibazwaho mu gihe gito amaze ageze mu Bufaransa.

    Ibinyamakuru bitandukanye birimo Daily Mirror byatangaje ko ku wa Gatatu w'iki cyumweru, abagabo bipfutse ku maso binjiriye mu idirishya rya kimwe mu byumba by'iyi hoteli bakahiba.

    Umwe mu bagore bacumbitse muri iyi hoteli yibwe agakufe gafite agaciro ka 3000£ (agera kuri miliyoni 4 Frw), amaherena afite agaciro ka 500£ (asaga ibihumbi 670 Frw) n'amafaranga 2000£ (agera kuri miliyoni 2,7 Frw).

    Amashusho yafashwe na camera za CCTV agaragaza abagabo bipfutse ku maso binjira mu nyubako banyuze mu idirishya ryari ridafunze hafi y'aho Messi aba. Bivugwa ko icyumba kimwe cyishyurwa ibihumbi 17£ (hafi miliyoni 23 Frw) ku ijoro.

    Bivugwa ko kandi umutekano wari wakajijwe kuri iyi hoteli nyuma yo kuyigeramo kwa Lionel Messi, ariko kuri ubu bikaba bidahagije nyuma y'uko bamwe mu bakiliya bayo babuze ibyo bari basize mu byumba.

    Umupolisi wo muri ako gace yabwiye abanyamakuru ko umutekano utacunzwe neza ndetse hari gukorwa iperereza.

    Source : https://yegob.rw/lionel-messi-yahuye-nuruva-gusenya/

  • English Premier League iragaruka kuri uyu wa gatandatu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatandatu amakipe aramanuka mu kibuga harimo ni mikino ikomeye.

    Ni ku munsi wa 7 wa shampiona y'abongereza aho iratangira na Manchester United yakira Everton saa saba n'igice , haribazwa niba  umutoza wa Man.U.Ole gunner solskajaer n'abasore be niba bikura imbere ya Everton na Rafael Benitez nyuma yo gutsindwa na Aston villa igitego 1-0.

    Hategereje kandi kureba uko Umutoza yakemuye ikibazo cy'uwatera Penality Igihe yaba ibonetse hagati ya Kizigenza Cristiano Ronaldo na Bruno Fernandez. Chelsea iraba yakira Southampton saa kumi  (16:00) ,umutoza Tomas Tuchel nyuma yo gutsindwa na Manchester City igitego 1-0 akanatsindwa na Juventus 1-0 haribazwa niba nawe agiye kujya mu mujyo w'abandi batoza nka ba José Mourinho, Antonio Conte , Frank Lampard n'abandi baje bakirukanwa hadaciye kabiri muri Chelsea.

    Arsenal nayo ni umwe muzihanzwe amaso nyuma yo kuva mu murongo utukura w'izizamanuka ikaba imaze kuzamuka doreko imaze imikino 3 yose itsinda iraba yasuye Brighton& Hove Albion saa 18:00 

    Menya izindi match zihari:

    Burnely irakira Norwich

    Leeds United ya Marcelo Biels  irakira Watford

    Wolverhampton Wanderers irakira Newcastle United.

    Source : https://yegob.rw/english-premier-league-iragaruka-kuri-uyu-wa-gatandatu/

  • Shampiyona ya Basketball byatangiye gusobanuka, amakipe ya mbere yamaze gukatisha itike ya ¼ #rwanda #RwOT

    Ikipe yaREG BBC yatsinze RP- IPRC Huye amanota 100-72, isoza imikino yo mu itsinda B rya Shampiyona ya Basketball mu bagabo iriyoboye kandi idatsinzwe.

    Ni umukino waraye ubereye muri Petit Stade ku ku wa Gatanu tariki 2 Ukwakira 2021.

    REG yagiye gukina na RP-IPRC Huye yaramaze kwizera kuzamuka mu itsinda, gusa yashakaga kuwutsinda kugira ngo izamuke ari iya mbere.

    REG yatsinze agace ka mbere ku manota 23-16 mu gihe aka kabiri karangiye hagezemo ikinyuranyo cy’amanota 23 (56-23).

    Agace ka gatatu, REG yakabonyemo amanota 25-21 mu gihe aka kane ko yagatsinzwe kuri 19-28, umukino urangira ari 100-72, ni nyuma yo kwitwara neza kw’abakinnyi barimo Nshizirungu Patrick, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson na Shyaka Olivier.

    Mbanze Brian wa RP- IPRC Huye ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino (26), Mpeti Elvis bakinana yatsinze 16. Abakinnyi babiri ba REG, Shyaka Olivier na Mukengerwa Benjamin buri umwe yatsinze amanota 15.

    Muri iri tsinda APR BBC yaraye itsinze Espoir BBC amanota 112-52. Muri iri tsinda APR BBC na REG nizo zamaze kubona itike yo kuzamuka muri ¼, hasigaye andi makipe 2 azava muri RP IPRC Huye, 30 Plus, Espoir BBC na Rusizi BBC.

    Mu itsinda A, RP-IPRC Kigali yaraye itsinze Tigers BBC amanota 79-61. RP IPRC Musanze yatsinzwe na UGB amanota 72-60 mu wundi mukino wabaye muri iri tsinda.

    Patriots BBC irasoreza imikino yayo kuri IPRC Musanze kuri uyu wa Gatandatu saa Kumi mu mukino ubera muri Petit Stade mu gihe IPRC Kigali yakira Shoot 4 Stars kuri iyo saha. Kugeza ubu Patriots BBC inganya amanota RP-IPRC Kigali.

    Mu bagore, haraye habaye imikino ibiri, RP IPRC Huye yatsinze GS Marie Reine amanota 86-25, REG WBBC itsinda UR Huye amanota 84-30.

    Imikino irakomeza uyu munsi APR WBBC ikina na The Hoops kuri uyu wa Gatandatu. Kugeza ubu RP-IPRC Huye niyo iyoboye urutonde ikurikiwe na APR WBBC.

    REG BBC yatsinze RP- IPRC Huye

    REG BBC yazamutse iyoboye itsinda

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/shampiyona-ya-basketball-byatangiye-gusobanuka-amakipe-ya-mbere-yamaze-gukatisha-itike-ya-%C2%BC

  • Inyenyeri ya Kagere Meddie yongeye kwa Dar es Salaam #rwanda #RwOT

    Rya buye ryatawe n’abubatsi burya ngo niryo rikomeza imfuruka, nyuma y’igihe asa n’uwakuwe ku ibere, rutahizamu w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Simba SC, Meddie Kagere yabaye umucunguzi w’iyi kipe ayihesha amanota 3.

    Simba SC ntabwo umuntu yavuga ko iri mu bihe byiza, yatangiye shampiyona inganya na Biashara United 0-0.

    Mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabaye ku munsi w’ejo hashize, iyi kipe yasuye Dodoma Jiji, ni umukino wabanje kugora cyane ikipe ya Simba SC.

    Meddie Kagere yinjiye mu kibuga ku munota wa 63 asimbuye Mhilu.

    Uyu rutahizamu yaje nk’umucunguzi kuko nyuma y’iminota 6 yahise abonera Simba igitego cya mbere ku mupira yari ahawe na Chris Kope Mugalu. Umukino warangiye ari 1-0.

    Nyuma yo gucungura Simba SC akayihesha intsinzi, biteganyijwe ko Meddie Kagere agomba guhita aza mu Rwanda yitabiriye ubutumire bw’ikipe y’igihugu izakina na Uganda mu cyumweru gitaha mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022.

    Uburyo yatsinzemo iki gitego

    Meddie Kagere inyenyeri ye yongeye kwaka Dar es Salaam

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/inyenyeri-ya-kagere-meddie-yongeye-kwa-dar-es-salaam

  • Ibyafashwe nk’ihohoterwa ry’umubiri, incyuro z’ibiryo… Ibyo abakinnyi bazahagararira u Rwanda muri Ghana bahuriye nabyo muri hoteli #rwanda #RwOT

    Abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika yo Koga, bahuye n’uruva gusenya ubwo muri Hotel ya La Palise i Nyamata umuyobozi yababwiraga ko baje kuyisahura ibiryo, umwe mu bakobwa we akabwirwa ko yambaye ubusa.

    Aya marushanwa Nyafurika yo koga azabera muri Ghana guhera tariki ya 11 Ukwakira 2021.

    Mu gushaka abazahagararira u Rwanda muri iyi mikino, Federasiyo y’Umukino wo Koga 'RSF’, yakoresheje irushanwa ryabereye i Nyandungu mu ntangiriro z’ukwezi gushize, hashakwamo bane maze Irankunda Isiaka bakunda kwita Bebeto, Niyibizi Cedric, Ishimwe Claudette na Umuhoza Uwase Lidwine baba ari bo batoranywa.

    Umwiherero watangiye ku Cyumweru gishize tariki ya 26 Nzeri, urimo kubera La Palise Hotel Nyamata, ukaba waragiyemo abakinnyi babiri gusa.

    Claudette usanzwe uba i Kibuye bamubwiye ko urupapuro rwe rw’inzira(passport) rufite ikibazo kandi ko yikingije urukingo rumwe, Ghana itamwerera kwinjira muri iki gihugu.

    Uretse Claudette, na Bebeto yabwiwe ko atagomba kwinjira muri uyu mwiherero, aho bavugaga ko yananiranye yahawe Buruse yo kujya kwiga mu Burusiya agaruka atavuze ndetse anenga amafaranga yahabwaga, federasiyo rero ngo ikaba yaramutangiye raporo muri MINISPORTS, Minisiteri yongeye kumubona k’urutonde babaza federasiyo uko yagarutseho kandi yaratangiwe raporo mbi. Ahita akurwaho.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Bebeto n’ikipe ye yo ku Gisenyi asanzwe akinira, biteguye kujya kurega kubera ko bambuwe uburenganzira bwabo, umukinnyi wabo yabujijwe gusohoka kandi yarabikoreye.

    Umwiherero wagiyemo n’abakinnyi babiri gusa, Cedric na Uwase, batunguwe no kwisanga ari bo bonyine, gusa nabo ntibafashwe neza n’iyi hoteli, byaje no kuviramo umwe muri bo kuwusohokamo.

    Babwiwe ko ku munsi bagenewe icupa rimwe ry’amazi rya mililitiro 500 (igice cya litiro) ibintu bumvaga ko ari amazi adahagije ku muntu wabaga wakoze imyitozo.

    Ku wa Mbere barimo bafata amafunguro ya mu gitondo, umwe mu bayobozi ba hoteli(General Manager) yababwiye ko barimo gusahura hoteli, ikintu cyatumye biyumva nk’abafite ipfunwe, basuzuguwe bameze nk’aho iwabo bataryaga, bahise babireka ndetse bafata umwanzuro ko nta mafunguro yaho bazongera gufata.

    Undi mukozi wa Hoteli yaje kubwira Lidwine ko Manager yavuze ko yamusuzuguye agomba kumusaba imbazi, ISIMBI yamenye ko amagambo Lidwine yabwiye uyu muyobozi yamubabaje, ari uko yamubwiye ko nta bimuranga(badge) ndetse atanambaye impuzankaho (uniform) ko batamenya niba koko ari umukozi waho, ikindi ko abaye ari na we atakabaye abwira abakiliya gutyo.

    Umuntu wahaye amakuru ISIMBI yakomeje avuga ko uyu mukobwa yongeye kubabazwa n’uko uyu wari umuzaniye ubwo butumwa, yamubwiye ko anambaye ubusa bitajyanye n’umuco nyarwanda, imyambarire ye idahwitse ibintu yahise abwira abo bari kumwe ko yumva yakorewe ihohoterwa.

    Yongeye gushengurwa n’uko Girimbazi Pamela(umuyobozi wa federasiyo yo koga) yahise abwira umutoza we ngo abwire Lidwine ahindure imyambarire kuko bamubwiye ko yambaye ubusa, ni mu gihe atari azi n’ibyo yambaye ndetse ntashake no kuvugana na we ngo abimwibwirire.

    Ngo ibyababagaho byose babibwiraga federasiyo ariko ntigire icyo ibikoraho. Ibi byaje gutuma ku wa Kabiri nimugoroba Uwase Lidwine afata umwanzuro wo gutaha ngo yasize abwiye abari aho ko atakwihanganira inzara(ngo kuva bamubwira ko asahura hoteli yari atarongera kurya, yakoraga imyitozo atarya kandi akabona federasiyo ntacyo biyibwiye) ndetse ko ngo ibyabereye aho byose byari nk’agasuzuguro.

    Amakuru ISIMBI yamenye yahawe n’umwe mu bari muri iyi hoteli ni uko nyuma y’uko Lidwine agiye, Claudette wari ufite ikibazo cy’urukingo rwa kabiri na passport ari we wahise ujya mu mwiherero kumusimbura.

    Lidwine yavuye mu mwiherero kubera icyo yise agasuzuguro n’ihohoterwa

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ibyafashwe-nk-ihohoterwa-ry-umubiri-incyuro-z-ibiryo-ibyo-abakinnyi-bazahagararira-u-rwanda-muri-ghana-bahuriye-nabyo-muri-hoteli

  • Luis Suarez yavuze ubugome yakorewe na FC Barcelona anagira inama itangaje Xavi uhabwa amahirwe yo kuyitoza #rwanda #RwOT

    Uyu rutahizamu w'umunya Uruguay yasinyiye Los Rojiblancos mbere y'umwaka w'imikino wa 2020/21 maze afasha Diego Simeone kwegukana igikombe cya LaLiga Santander bwa mbere kuva 2013/14.

    Suarez yabwiye TVE1 ati: “Yego [Nizera karma].”

    …..sinibagiwe ko umwaka ushize mbere ya shampiyona,Barcelona yanyohereje kwitoza njyenyine kugira ngo ndakare, kandi nabaye umunyamwuga nkora ibyo umutoza avuze.

    “Nabaye umunyamwuga kandi nitozaga buri munsi njyenyine nta kwinuba kuko aricyo nagombaga gukora, kuko ibihe bibi bigira iherezo ryabyo.”

    Suarez yakomeje ashimangira ko yabaye umuyobozi muri buri kipe yakiniye I Burayi ndetse anasobanura neza ko Inkweto za Zahabu zifite agaciro kuruta igihembo cy'umuntu ku giti cye abantu basabwa gutorera.

    Suarez yongeyeho ati: “Ndabikunda, nkunda gufata izo nshingano.”

    “[Ndi umukinnyi] warwanye cyane kugira ngo mbe mu bakinnyi bakomeye mu mupira w'amaguru kandi nabigezeho mu buryo butoroshye, mu mibare.

    “Kuri njye, ntabwo ari igihembo cy'umuntu ku giti cye bashakaga kumpa binyuze mu matora.

    Mpora mbivuga: Natwaye Inkweto ebyiri za Zahabu mu gihe cya Cristiano [Ronaldo] na Leo [Messi] kandi ngomba kubyishimira kuko nabatsinze hagendewe ku mibare, atari ukubera ko abantu bantoye, kandi ibyo bifite agaciro kanini.

    “Nafashe inshingano muri Barcelona igihe Leo atari ahari. Twakinnye na [Real] Madrid maze ntsinda ibitego bitatu nta Leo.

    “Muri Liverpool hari ibihe bisa nk'ibyo igihe [Steven] Gerrard, wari icyitegererezo, umunyabigwi kuri twe, atari ahari.

    “Muri Ajax nabaye kapiteni mfite imyaka 21 cyangwa 22. Nize kubaho mu bihe bigoye kandi ibyo mbiha agaciro cyane.

    “Ngomba kwishima,naje mu ikipe nka Atletico abantu benshi bizera ko narangiye.

    “Byari ukwerekana ubushake bwo gutsinda , kutarambirwa gutsinda, twifuza ko iyi kipe ikomeza gutera imbere, kandi mu mwaka ushize twageze ku kintu kidasanzwe.

    “Ndimo gufata inshingano nka Suarez, nk'uko umutoza yabivuze, ariko kandi nkishimira iyo nshingano kuko ni byiza kubana n'icyo gitutu.”

    Xavi na Barcelona

    Mu kiganiro na Sport, Suarez yavuze ku bishoboka ko Xavi Hernandez wahoze ari mugenzi we muri Barcelona, ​yasimbura umutoza Ronald Koeman I Camp Nou.

    Suarez yagize ati: “Njye nk'umufana w'umupira w'amaguru n'ibyo yakoze nk'umukinnyi, sinkeka ko uyu munsi, ejo cyangwa ejobundi ari cyo gihe gikwiye cyo kuyobora [Barcelona]”.

    “[Xavi] afite ubwenge kandi azi ibibazo ikipe irimo. Agomba gukoresha igihe cye.

    “Afite abo bahoze bakinana mu ikipe agomba gufatira ibyemezo kandi bishobora kugorana.”

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/luis-suarez-yavuze-ubugome-yakorewe-na-fc-barcelona-anagira-inama-itangaje-xavi