Tag: Imikino

  • Inkuru itari nziza ku mukinnyi Bizimana Djihad. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bizimana Djihad ,umukinnyi wo Hagati w'Ikipe y'Igihugu, Amavubi na KMSK Deinze yo mu Cyiciro cya Kabiri mu Bubiligi, ntabwo akitabiriye umwiherero w'Ikipe y'Igihugu, Amavubi nyuma yo gusangwamo COVID-19.

    Bizimana Djihad ari mu bakinnyi 36 bahamagawe n'Umutoza mukuru w'Ikipe y'Igihugu, Amavubi, Mashami Vincent, bitegura umukino ubanza uzahuza u Rwanda na Uganda mu gushaka itike yo gukina Igikombe cy'Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

    Amakuru aremeza ko ku wa Gatandatu, tariki 2 Ukwakira 2021, Bizimana Djihad yapimwe, ariko ibisubizo bye byerekana ko yanduye COVID-19.

    Bisobanuye ko yahise ashyirwa mu kato k'iminsi iri hagati y'icumi na 15 kugira ngo abanze akire.

    Bizimana Djihad yahise akurwa mu bazakinira Amavubi imikino ibiri na Uganda, irimo ubanza uteganyijwe kubera i Kigali tariki 7 Ukwakira n'uwo kwishyura uzakinirwa i Kampala, tariki ya 10 Ukwakira 2021.

    Source : https://yegob.rw/inkuru-itari-nziza-ku-mukinnyi-bizimana-djihad/

  • Bizimana Djihad ntazakinira u Rwanda mu mikino 2 ya Uganda #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wo Hagati w'Ikipe y'Igihugu, Amavubi na KMSK Deinze yo mu Cyiciro cya Kabiri mu Bubiligi,yanduye Covid-19 bituma ajya mu kato kazatuma adakinira u Rwanda mu mikino 2 ruzesurana na Uganda.

    Bizimana Djihad yari mu bakinnyi 36 bahamagawe n'Umutoza mukuru w'Ikipe y'Igihugu, Amavubi, Mashami Vincent, bitegura umukino ubanza uzahuza u Rwanda na Uganda mu gushaka itike yo gukina Igikombe cy'Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

    Amakuru IGIHE dukesha iyi nkuru yamenye, ni uko ku wa Gatandatu, tariki 2 Ukwakira 2021, Bizimana Djihad yapimwe, ariko ibisubizo bye byerekana ko yanduye COVID-19.

    Bisobanuye ko yahise ashyirwa mu kato k'iminsi iri hagati y'icumi na 15 kugira ngo abanze akire.

    Bizimana kandi ntabwo ikipe ye ya Koninklijke Maatschappij Sportkring Deinze [K.M.S.K. Deinze] yamwifashishije mu mukino uyihuza na Racing White Daring de Molenbeek 47, izwi nka RWD Molenbeek kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Ukwakira 2021.

    Bizimana Djihad yahise akurwa mu bazakinira Amavubi imikino ibiri na Uganda, irimo ubanza uteganyijwe kubera i Kigali tariki 7 Ukwakira n'uwo kwishyura uzakinirwa i Kampala, tariki ya 10 Ukwakira 2021.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/bizimana-djihad-ntazakinira-u-rwanda-mu-mikino-2-ya-uganda

  • Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l'Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy'irangiza y'icyiciro cya kabiri mu bagabo #rwanda #RwOT

    Imikino ibanza ya kimwe cya kane cy'irangiza cy'imikino yo mu kiciro cya kabiri yo guhatanira gukina ikiciro cya mbere 2021-2022 yakinwe kuri iki cyumweru tariki 3 Ukwakira 2021, ni imikino ine yabereye mu bice bitandukanye by'igihugu yasize hatsinzwe ibitego 11 harimo bitanu Gicumbi FC yatsinze Kirehe FC.

    Duhereye ku mikino wabereye kuri Sitade ya Gicumbi, aho iyi kipe yo muri ako karere yegukanye itsinzi y'umukino ubanza ku bitego 5-1 cya Kirehe FC, ku ruhande rwa Gicumbi FC ni ibitego byatsinzwe na Nsengayire Shadad,Dusange Bertin, Peter ,Okenge Lulu Kevin ndetse na Telesphore mu gihe ku ruhande rwa Kirehe FC igitego kimwe cyatsinzwe na Niyodusenga Emmanuel bakunda kwita Doumbia.

    Undi mukino wabye ni uwahuje ikipe ya Etoile de l'Est na Rugende FC, uyu mukino wo wabereye mu karere ka Ngoma mu ntara y'i Burasirazuba, ni umukino warangiye ari igitego kimwe ku busa, iyi kipe itozwa na Banamwana Camarade yatsindiwe na Kibengo Jimmy uzwi nka Jimmy Mbaraga muri shampiyona ya hano mu Rwanda.

    I Nyamirambo ku mumena, ikipe ya Vision FC yatsindiwe kuri iki kibuga na Heores FC igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na Ndizeye Alfred.

    Mu karere ka Nyamagabe Amagaju yari buhakirire ikipe ya Vision Jeunesse Nouvelle y'i Rubavu ariko uyu mukino ntabwo wahabereye bitewe n'imvura nyinshi, wahise wimurirwa kuri Sitade y'akarere ka Huye, uyu mukino warangiye ikipe y'Amagaju atsinze ibitego bibiri kuri kimwe VJN,

    Nyuma y'iyi mikino ibanza yabaye kuri iki cyumweru, biteganyijwe ko imikino yo kwishyura izaba kuya 06 Ukwakira 2021 hashakishwa amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere mu mwaka w'imikino wa 2021-2022.

    Muri rusange uko imikino ibanza ya ¼ cy'irangiza cya shampiyona y'u Rwanda y'icyiciro cya 2 yarangiye:

    Gicumbi FC 5 -1 Kirehe FC
    Etoile de l'Est 1-0 Rugende FC
    Vision FC 0-1 Heroes FC
    Amagaju FC 2-1 Vision JN

    The post Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l'Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy'irangiza y'icyiciro cya kabiri mu bagabo appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/gicumbi-fc-amagaju-fc-etoile-de-lest-na-heroes-fc-yatangiye-yitwara-neza-mu-mikino-ibanza-ya-%C2%BC-cyirangiza-yicyiciro-cya-kabiri-mu-bagabo/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=gicumbi-fc-amagaju-fc-etoile-de-lest-na-heroes-fc-yatangiye-yitwara-neza-mu-mikino-ibanza-ya-%25c2%25bc-cyirangiza-yicyiciro-cya-kabiri-mu-bagabo

  • Yabaye kapiteni w’Isonga na Kiyovu, akinira Amavubi mato, Bonane ku myaka 23 yasezeye ruhago #rwanda #RwOT

    Bonane Janvier wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda, yasezeye umupira w’amaguru ku myaka 23 y’amavuko.

    Mu butumwa uyu mukinnyi yanyujije kurukuta rwe rwa Instagram, yavuze ko igihe cyari kigeze ngo asezere umupira w’amaguru, ashimira abamufashije mu rugendo rwe.

    Ati “Mfashe uyu mwanya ngo nsezere ku bakunzi n’abafana b’umupira w’amaguru n’abanyarwanda bose muri rusange, nabamenyeshaga ko mpagaritse gukina umupira w’amaguru burundu, byari iby’agaciro kubana namwe mu gihe cy’imyaka 6, mwarakoze ku bw’urukundo mwanyeretse no kunshyigikira.”

    “Ndashimira byimazeyo amakipe twakoranye akanamfasha muri uru rugendo. Isonga FC yamfashije mu gihe cy’ imyaka 2 na Kiyovu Sports FC nakiniye imyaka 4 ntibagiwe ikipe y’iguhugu y’abatarengeje imyaka 20. Ndashimira abayobozi, abatoza n’abakinnyi twabanye tukanakorana neza cyane, mbashimiye bimvuye ku ndiba y’umutima. Sinakwibagirwa gushimira abanyamakuru ba siporo ku bw’akazi bakora kindashikirwa nzabakumbura cyane kuko mwese mwabaye ab’ingenzi mu buzima bwanjye mbasezeyeho kandi nanabifuriza ishya n’ihirwe njyewe nerekeje mu yindi mirimo.”

    Bonane Janvier wavutse mu 1997, yakiniye Isonga FC imyaka 2, 2015-2017 akaba yari na kapiteni w’iyi kipe aho yayifashije kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu mwaka we wa nyuma, ariko iyi kipe ntiyazamutse ubuyobozi bwayo bwahisemo kuguma mu cya kabiri.

    Yahise yerekeza muri Kiyovu Sports yakiniye imyaka ine, asezeye ari yo kipe yakiniraga(asojemo amasezerano), yigeze no guhabwa inshingano zo kuyobora abandi bakinnyi muri iyi kipe.

    Uyu mukinnyi kandi yakiniye ikipe y’iguhugu y’abatarengeje imyaka 20 muri 2018 yashakaga itike y’igikombe cy’Afurika ikaza gusezererwa na Zambia.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko uyu mukinnyi yari amaze igihe abitegura kuko hari ibindi agiye kujyamo atafatanya na ruhago.

    Yakuriye mu ishuri ryigisha umupira ry’Isonga

    Bonane Janvier yakiniye Kiyovu Sports imyaka 4

    Yakiniye Amavubi U20

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/yabaye-kapiteni-w-isonga-ka-kiyovu-akinira-amavubi-mato-bonane-ku-myaka-23-yasezeye-ruhago

  • PSG irimo Neymar Jr,Messi na Mbappe yarangije umukino wose idateye mu izamu #rwanda #RwOT

    Ikipe ya PSG yatunguye isi yose kuko mu mukino wa shampiyona y'icyiciro cya mbere muri mu Bufaransa yakubitiwe mu rugo na Rennes ibitego 2-0 ariko igitangaza cyabaye ko Lionel Messi,Kylian Mbappe na Neymar Jr bose bakinnye uyu mukino bawuvamo badateye mu izamu.

    PSG ifite ubusatirizi bufatwa nk'ubwa mbere ku isi,yananiwe gutera ishoti ryerekeza mu izamu mu mipira 13 yagerageje mu izamu rya Rennes yayitsinze.

    Iyi niyo nshuro ya mbere Paris Saint-Germain yari itsinzwe muri shampiyona ya Ligue 1 ariko igitangaje cyane nuko aba barutahizamu babo bose bananiwe gutera mu izamu.

    Lionel Messi yateye umupira ukubita umutambiko kuri free kick yateye, Kylian Mbappe abona igitego cyanzwe na VAR kubera kurarira, mu gihe Neymar yapfushije ubusa amahirwe akomeye yabonye imbere y'izamu.

    PSG mu byukuri yananiwe gutera ishoti na rimwe mu izamu byatumye Rennes iyikosora ibifashijwemo na Gaetan Laborde hanyuma Flavien Tait ashyiramo igitego cya kabiri.

    Byashobokaga ko PSG itsindwa igitego cya 3,ubwo Achraf Hakimi yakoraga penaliti,gusa VAR yayikuyeho.PSG yatsinze imikino umunani ya mbere ya shampiyona ariko yakubiswe ku munsi wa 9.

    Nubwo ikipe ya Mauricio Pochettino iyoboye shampiyona,ifite akazi gakomeye ko gutuma Messi, Neymar,Mbappe na Angel Di Maria bahuza umukino kuko imikino yose bamaze gukinana batajya bahuza na gato.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/psg-irimo-neymar-jr-messi-na-mbappe-yarangije-umukino-wose-idateye-mu-izamu

  • Ntibisanzwe, umunyezamu w' imyaka 88 ari kurwanira n' abazukuru be kubanza mu kibuga #rwanda #RwOT

    Alan Camsell nubwo afite imyaka 88 y' amavuko aracyakina mubkubuga kuko akigirirwa icyizere mu ikipe ya Bay Stollers FC mu majyaruguru ya Wales.

    Uyu munyezamu ubu arimo gukina hamwe n'abuzukuru ba bagenzi be bakinana muri iyi kipe ifite icyicaro i Llandudno.

    Camsell yemeye ko akina mu rwego rwo kwishimisha gusa umupira hari igihe umucaho byoroshye nubwo hari iyo agerageza gukuramo.

    Camsell yagize ati 'Kuwa Gatandatu ndababara, ariko ku wa gatanu ndabyishimira cyane. Mperuka kubona ko ndimo kugenda buhoro, umupira urandenga nkiri kujya hasi. None iki? Birashimishije gusa.'

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/03/ntibisanzwe-umunyezamu-w-imyaka-88-ari-kurwanira-n-abazukuru-be-kubanza-mu-kibuga/

  • Myugariro wa Arsenal yakuwe iryinyo n'abakinnyi ba Brighton ajya kurishaka umukino urangiye #rwanda #RwOT

    Myugariro wa Arsenal,Gabriel, yatakaje irindi ryinyo mu mukino ikipe ye yanganyijemo na Brighton 0-0. Hari hashize amezi atanu gusa akuwe irindi ryinyo mu mukino.

    Uyu munya Brazil yakuwe iryinyo bwa mbere ubwo yakiniraga kuri Emirates muri Gicurasi uyu mwaka nabwo bakina na Brighton none iyi kipe yongeye kumukura irindi.

    Nk'uko umunyamakuru wa Football London, Kaya Kaynak abitangaza, ngo iryinyo rya Gabriel ryakutse ubwo yagonganaga na Lewis Dunk n'umunyezamu Robert Sanchez ba Brighton.

    Bivugwa ko uyu musore w'imyaka 23 yihutiye kujya ku ntebe y'abasimbura kwereka iri ryinyo ryakutse umutoza wa Arsenal wungirije Shad Forsythe.

    Ariko bisa nkaho atari iryinyo ryose kuko nyuma y'umukino,uyu musore yagaragaye azenguruka ikibuga cya Amex ashakisha ikintu kitazwi yataye.

    Ntibiramenyekana niba iryinyo ryabuze ariryo yari yarakuwe na bagenzi be bakinana muri Gicurasi.

    Muri icyo gihe, Gabriel yatewe inkokora mu menyo na bagenzi be ubwo we na bagenzi be barimo guhobera myugariro David Luiz atsinze igitego.

    Uyu mukinnyi wabuze amenyo ye yamaze iminota myinshi ashakisha iryinyo rye ryakuwe kandi ntabwo byigeze bimenyekana niba yaribonye.



    Gabriel amaze gukukira amenyo 2 mu mukino wa Brighton muri 2021

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/myugariro-wa-arsenal-yakuwe-iryinyo-n-abakinnyi-ba-brighton-ajya-kurishaka

  • Townsend yatangaje impamvu yatsinze igitego United akacyishimira nka Cristiano Ronaldo #rwanda #RwOT

    Kubera umujinya mwinshi,rutahizamu Ronaldo yanze guha umupira uyu Townsend aho bikekwa ko yabitewe nuko yishimiye igitego nkuko asanzwe abigenza gusa uyu rutahizamu w'Umwongereza yavuze ko yabigenje kuriya kuko ari umufana ukomeye wa Ronaldo.

    United yaraye inganyije na Everton igitego 1-1 bituma abafana benshi bayo bashidikanya ku bushobozi bw'umutoza wayo Ole wari wabanje hanze Paul Pogba na Cristiano Ronaldo.

    Uyu mukinnyi ukomeye wa Manchester United yinjiye mu rwambariro nyuma y'umukino uyu mwongereza amusaba umupira abanza kubyanga ariko nyuma yaje kuwumuha.Townsend yashimangiye ko atashakaga gusebya Ronaldo ahubwo yifuzaga kwerekana ko amukunda cyane

    Townsend yagize ati: 'Uyu musore ni indorerwamo yanjye.Ntabwo nigeze mwigana, ni ikimenyetso cyo kwerekana ko mwubaha kubera uruhare yagize mu mwuga wanjye.

    Nakuze ndeba Cristiano Ronaldo kandi namaraga amasaha menshi mu kibuga cy'imyitozo ngerageza kwigana ubuhanga bwe.

    Ahari nagombaga kumara igihe gito mu byishimo kuko bitari byiza.Ariko byari ukubaha Cristiano n'uburyo yitangiye umupira w'amaguru kandi ni ishema guhurira mu kibuga kimwe.”

    Townsend yaje kwerekana kandi ko Ronaldo yamuhaye umupira maze ashyira kuri Instagram ubutumwa agira ati: “Nta kindi nakora uretse kubaha umukinnyi mwiza w'ibihe byose.”

    United imaze gutakaza amanota atanu mu mikino ibiri iheruka gukina muri Premier League.

    Fernandes na we yinubira ati: 'Twagombaga gutsinda uyu mukino, ntitwagombaga gutsindwa igitego nk'icyo. Ntabwo ari ubwa mbere.

    'Tugomba kugira amanota menshi. Twatakaje amanota mu rugo kandi ntitwagombaga kubikora. '


    Townsend yavuze ko Ronaldo ariwe mukinnyi w'ibihe byose muri ruhago

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/townsend-yatangaje-impamvu-yatsinze-igitego-united-akacyishimira-nka-cristiano

  • Klopp yanenze cyane abakinnyi banze gufata urukingo rwa Covid-19 #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Liverpool Jurgen Klopp avuga ko atumva impamvu abantu bamwe banga kwiteza urukingo rwa coronavirus.

    Hashize igihe hari impungenge ku kigero cyo kwikingiza Covid-19 muri shampiyona ya Premier League, aho muri menshi mu makipe abakinnyi batageze kuri kimwe cya kabiri ari bo bakingiwe.

    Klopp avuga ko “99%” by'abakinnyi be bamaze gukingirwa kandi ko nta mukinnyi n'umwe byigeze biba ngombwa ko ashishikariza kubikora.

    Uyu Mudage w'imyaka 54 avuga ko yikingije atari ukwirinda we gusa ahubwo no “kurinda abantu bose bankikije”.

    Yagize ati: “Sinumva impamvu ibyo ari ukubangamira ubwisanzure”.

    “Kubera ko niba ari ko bimeze, rero no kutemererwa gutwara imodoka wanyoye inzoga na byo ni ukubangamira ubwisanzure – ariko ibyo turabyemera”.

    “Nafashe urukingo kuko nari mpangayikishijwe nanjye ubwanjye ariko cyane na buri muntu wese undi iruhande.

    “Ninyirwara nkababara – [ni] ikosa ryanjye. Ninyirwara nkayanduza buri wese – [ni] ikosa ryanjye ntabwo ari iryabo”.

    Muri iki cyumweru, byahishuwe ko ubuyobozi bwa Premier League burimo kwiga niba “bwahemba” amakipe yikingije ku kigero cyo hejuru.

    Mu butumwa bwa email mu cyumweru gishize bwohererejwe amakipe, Premier League yagize iti: “Abakinnyi b'amakipe arindwi gusa [muri 20] ni bo bikingije byuzuye ku kigero kirenga 50%, rero turacyafite urugendo”.

    Ku wa gatanu, byatangajwe ko abakinnyi bo muri Premier League bazemererwa kujya mu bihugu birimo Covid nyinshi gukinira ibihugu byabo mu mikino yo muri uku kwezi y'amajonjora y'igikombe cy'isi – ariko igihe gusa bazaba bamaze kwikingiza byuzuye.

    Klopp yongeyeho ati: “Ntekereza ko dushobora kuvuga ko dufite 99% bamaze gukingirwa. Sinigeze nkenera kubyumvisha abakinnyi, urebye ahanini cyabaye icyemezo ikipe yifatiye”.

    “Rwose sinshobora kwibuka igihe naba naravuganye n'umukinnyi mwemeza impamvu akwiye kwikingiza kuko ntabwo ndi umuganga”.

    “Icyo natanga, cyo kimwe no mu bindi bihe byinshi, ni inama yanjye – ariko ntibyabaye ngombwa [ko nyitanga]”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/klopp-yanenze-cyane-abakinnyi-banze-gufata-urukingo-rwa-covid-19

  • Abanyamahanga Rayon Sports yazanye bayifashije gutsinda AS Kigali #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yaherukaga gutsindwa na Gorilla FC mu mukino uheruka igitego 1-0,yahinduye imikinire itsinda AS Kigali igitego 1-0 ndetse ihusha na penaliti.

    Igitego rukumbi cyinjiye muri uyu mukino,cyinjiye ku munota wa 16 gitsinzwe na Essomba Willy Onana winjiye mu rubuga rw'amahina, aroba umunyezamu Rugero Chris.

    Uyu rutahizamu wo muri Cameroon yanatsinze igitego Musanze FC ndetse akomeje kugaragaza ko ashobora kuzagira amakipe

    Abandi bakinnyi bari bategerejwe ni Aït Lahssaine Ayoub,ikipe ya Rayon Sports yatijwe na Raja Casablanca.Uyu mwarabu wirabura,ukina aca ku ruhande ndetse yagiye agerageza gusubira inyuma gufasha ba myugariro.

    Uyu musore yagoye abakinnyi ba AS Kigali bamukoreraho amakosa 3 ndetse agarura imipira myinshi.

    Umukinnyi witwa Rharb Youssef nawe wavuye muri Raja Casablanca,yigaragaje cyane ndetse nka rutahizamu yatanze umupira wavuyemo kiriya gitego cya Onana.

    Uyu musore afite umupira ku kirenge kandi arihuta cyane yegera izamu, ku buryo ku muhagarika bisaba umuhanga.

    Rharb azi gucenga no guhererekanya na bagenzi be,byanatumye ahabwa penaliti yaje guhusha umukino uri kugana ku musozo.

    Ku munota wa 78 nibwo Rayon Sports yabonye iyi penaliti ku ikosa Kakule yakoreye Muvandimwe JMV mu rubuga rw'amahina, ihabwa Rharb Youssef ariko umunyezamu awukuramo, asubijemo ahita nabwo awufata.

    Yakoreweho amakosa menshi n'abakinnyi ba AS Kigali kurusha abandi bakinnyi bose bagiye mu kibuga uyu munsi.

    Hakizimana Adolphe wari mu izamu rya Rayon Sports,yayirokoye kenshi ndetse akuramo imipira myinshi yagombaga kubyara ibitego byatumye ashimangira ko akeneye guhabwa umwanya agakina.

    AS Kigali yabonye amahirwe menshi ariko ba rutahizamu b'iyi kipe barimo Lawal, Tchabalala na Saba ntibabyaza umusaruro amahirwe babonye.Iyi kipe yanateye imipira yagaruwe n'igiti cy'izamu inshuro 2.

    AS Kigali yaburaga abakinnyi batanu bari mu Ikipe y'Igihugu mu gihe Rayon Sports yaburaga 3.

    Mu yindi mikino ya gicuti yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Gasogi United yanganyije na Marines FC igitego 1-1, Police FC itsinda Musanze FC ibitego 2-1.

    Kiyovu Sports yihereranye Gorilla FC iyitsindira ibitego 4-1 ku Mumena mu gihe Mukura Victory Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 4-2.

    Rayon Sports izakurikizaho Police FC muri iyi mikino ya gicuti yo kwitegura shampiyona izatangira kuwa 30 Ukwakira uyu mwaka.



    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abanyamahanga-rayon-sports-yazanye-bayifashije-gutsinda-as-kigali