Tag: Imikino

  • Jado Castar agiye kugezwa imbere y'urukiko ku nshuro ya mbere #rwanda #RwOT

    Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino wa Volleyball (FRVB), Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka 'Jado Castar', azagezwa imbere y'Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ku wa Gatanu tariki 8 Ukwakira 2021.

    Uyu mugabo ufite ubunararibonye mu mukino wa Volleyball, agiye gutangira kwiregura ku byaha akurikiranyweho birimo gukoresha inyandiko mpimbano.

    Jado Castar yatawe muri yombi tariki ya 20 Nzeri 2021 aho akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano mu gushyira mu bikorwa inshingano ze.

    Ibi byaha byaje nyuma y'aho ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Abagore yasezerewe mu Gikombe cya Afurika cya Volleyball cyabereye i Kigali hagati ya tariki ya 10 n'iya 20 Nzeri 2021, ishinjwa gukinisha abakinnyi bakomoka muri Brazil batujuje ibisabwa.

    abo bakinnyi barimo Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes bakomoka muri Brazil, bakiniye u Rwanda ku nshuro ya mbere nyuma yo kugera i Kigali muri Kanama uyu mwaka,ariko ibyangombwa byabo byabaye ikibazo bituma u Rwanda rusezererwa mu gikombe cya Afurika.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/jado-castar-agiye-kugezwa-imbere-y-urukiko-ku-nshuro-ya-mbere

  • Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l'Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy'imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w'imikino wa 2021-2022 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021 nibwo hasojwe imikino ya kimwe cya kane cy'irangiza mu kiciro cya Kabiri mu bagabo bahatanira gukina ikiciro cya mbere mu mwaka w'imikino wa 2021-2022, mu makipe ane yaraye abonye itike yo gukina iyo mikino harimo amakipe atatu y'uturere mu makipe ane yamaze kugera muri iki kiciro.

    Imwe mu mikino yari itegerejwe ni uko mu Karere ka Bugeseraikipe ya Heroes yatsinzwe igitego kimwe ku busa na Vision FC, bityo amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yombi, hitabajwe penalite bityo ikipe ya Heroes Ikomeza itsinze 5 kuri 3.

    I Rugende ho ikipe ya Etoile de l'Est yari yasuye ikipe ya Rugende FC, ni umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, gusa mu mukino ubanza Etoile yari yatsinze ibitego 2-1 bituma iyi kipe yo mu karere ka Ngoma ikomeje mu kindi kiciro.

    I Rubavu Amagaju yahakuye itsinzi yo gukomeza mu kindi kiciro nyuma yo kunganya ubusa ku busa, mu mukino wari wabanje Amagaju FC yari yatsinze ibitego bibiri kuri kimwe bituma igera muri 1/2 cyo guhatanira gukina ikiciro cya mbere.

    Undi mukino wabaye watanze ikipe yo kwerekeza muri kimwe cya kabiri ni ikipe ya Gicumbi FC yabigezeho itsezereye Kirehe FC ku bitego 6-2, dore mu mukino wabaye ikipe ya Gicumbi FC yanganyije igitego kimwe kuri kimwe mu gihe mu mukino wabanje iyi kipe ibarozwa mu karere ka Gicumbi itsinze ibitego 5-1.

    Uko imikino yo kwishyura ya 1/4 cy'irangiza mu kiciro cya Kabiri mu bagabo yagenze:

    Kirehe FC 1-1 Gicumbi FC(2-6)
    Rugende FC 0-0 Etoile de L'est (0-1)
    Heroes FC 0-1 Vision FC (1-1,Pen 5-3)
    Vision JN 0-0 Amagaju FC (1-2)

    Uko imikino ibanza ya 1/2 izakinwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Ukwakira 2021:

    Heroes FC vs Gicumbi FC (Bugesera Stadium)
    Amagaju FC vs Etoile de L'est (Nyagisenyi Stadium)

    The post Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l'Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy'imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w'imikino wa 2021-2022 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/gicumbi-fc-amagaju-fc-etoile-de-lest-na-heroes-niyo-makipe-yageze-muri-1-2-cyimikino-yo-gukina-ikiciro-ya-mbere-mu-bagabo-umwaka-wimikino-wa-2021-2022/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=gicumbi-fc-amagaju-fc-etoile-de-lest-na-heroes-niyo-makipe-yageze-muri-1-2-cyimikino-yo-gukina-ikiciro-ya-mbere-mu-bagabo-umwaka-wimikino-wa-2021-2022

  • Amavubi y'abagore bari munsi y'imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy'isi itsinzwe ibitego 4-0 #rwanda #RwOT

    Ubwo hakinwaga umukino wo kwishyura hagati y'ikipe y'igihugu ya Ethiopie yakiriye iy'u Rwanda mu mukino wa kabiri, warangiye Amavubi y'abari munsi y'imyaka 20 mu bagore isezerewe ku giteranyo cy'imikino ibiri, ni nyuma yaho yatsinzwe bitego 4-0 mu mukino wo kwishyura kuko n'umukino ubanza wabereye i Kigai ari uko wari warangiye.

    Muri uyu umukino wakinwe mu rwego rwo guhatanira gukina imikino ya nyuma y'igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha mu gihugu cya Costa Rica , u Rwanda rwagiye gukina uyu mukino rusabwa gutsinda ibitego byibuze 5-0 kugriango yizere gukomeza mu ijonjorarya gatatu ry'iyi mikino.

    Ubwo uyu mukino waberaga mu gihugu cya Ethiopie, Amavubi yatangiye atsindwa igitego cya mbere ubwo hari ku munota wa 14 cyatsinzwe na Messay Temesgen, mbere y'uko bajya ku ruhuka ku munota wa 43 bongeye gutsinda igitego cya kabiri cyatsinzwe na Tourist Lemma.

    Amakipe yombi avuye ku ruhuka, nibwo iyi kipe yakatishije itike yo gukomeza mu kindi kiciro gikurikiyeho kuko ku munota wa 57 iyi kipe y'u Rwanda yongeye gutsindwa ibitego bibiri byatsinzwe na Aregash Kalsa, bityo uyu mukino urangira ari 4-0, bisanga ibindi nkabyo bari batsinzwe mu mukino ubanza.

    Gutsindwa ibitego 8-0 ku Mavubi bivuze ko basezerewe muri iyi mikino nyuma yaho mu ijonjora ribanza u Rwanda rwari rwasezereye ikipe ya Sudan yo itari yitabiriye iri jonjora ribanza ryo guhatanira itike y'igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha 2022 mu gihugu cya Costa Rica.

    The post Amavubi y'abagore bari munsi y'imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy'isi itsinzwe ibitego 4-0 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/amavubi-yabagore-bari-munsi-yimyaka-20-basezerewe-na-ethiopie-mu-guhatanira-itike-yo-gukina-igikombe-cyisi-itsinzwe-ibitego-4-0/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amavubi-yabagore-bari-munsi-yimyaka-20-basezerewe-na-ethiopie-mu-guhatanira-itike-yo-gukina-igikombe-cyisi-itsinzwe-ibitego-4-0

  • Nibyo byica abakinnyi bacu, uzajya gusinda uwo azisanga hanze no kwirukanwa bijyemo – KNC #rwanda #RwOT

    Perezida w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles [KNC] avuga ko icyemezo bafashe cyo kugira ngo abakinnyi b’iyi kipe bajye bakina bataha ari mu rwego rwo kugira ngo bafate inshingano, uzagaragaraho imyitwarire mibi azabihanirwa.

    Gasogi United ni imwe mu makipe yakinaga abakinnyi baba hamwe, gusa muri uyu mwaka w’imikino wa 2021-22, abakinnyi bazajya bakina bataha nk’uko byari bimeze mbere y’icyorezo cya Coronavirus.

    Benshi batangiye gutekereza ko uku gukina bataha bishobora gukora kuri iyi kipe aho abakinnyi bashobora kubona umwanya wo kujya mu bindi, ni mu gihe hari amakipe bahanganye yo yarekeye abakinnyi mu mwiherero.

    KNC avuga ko babikoze mu rwego rwo kugira ngo abakinnyi nabo ubwabo bafate inshingano kuko uzafatirwa mu ngeso mbi nk’ubusinzi ashobora kuzirukanwa.

    Ati “Si ntekekereza ko hari ikipe iba inyamwuga abakinnyi baba mu mwiherero, abakinnyi tugomba no kubaha inshingano bakamenya ko ibyo barimo ari akazi, uzajya gusinda uwo azisanga hanze no kwirukanwa bijyemo.”

    “Nibyo byica abakinnyi bacu, nta muntu usunika uzi icyo akora, bazakomeza babe aho bari, umwiherero uzajya ukorwa ari ngombwa mbere y’umukino, n’aho ubundi wigeze wumva umwiherero wa PSG, tuvugishe ukuri nitwe twica abakinnyi bacu, twabikoze kubera COVID-19, ubu nibabe aho baba, bagire ikinyabupfura nta kindi.”

    Gasogi United ikomeje kwitegura shampiyona izatangirira tariki ya 30 Ukwakira 2021, imaze gukina imikino ya gicuti igera kuri itanu aho uwuheruka yaraye itsinzwe na AS Kigali 2-0.

    Gasogi United isigaye ikina bataha mu ngo zabo

    KNC avuga ko abakinnyi bagomba kugira inshingano

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nibyo-byica-abakinnyi-bacu-uzajya-gusinda-uwo-azisanga-hanze-no-kwirukanwa-bijyemo-knc

  • Ethiopia yanyagiye u Rwanda ibitego 8-0 mu mi… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 06 Ukwakira 2021, i Addis Ababa habereye umukino wo kwishyura hagati y'u Rwanda na Ethiopia mu bangavu batarengeje imyaka 20, nyuma y'uko umukino ubanza wabereye mu Rwanda warangiye ku ntsinzi ya Ethiopia y'ibitego 4-0, ntibitandukanye n'ibyabaye mu mukino wo kwishyura nawo warangiye Ethiopia itsinze u Rwanda ibitego 4-0.

    Ku munota wa 34, Tessay Temesgen, yafunguye amazamu atsindira Ethiopia igitego cya mbere, ku munota wa 43 Tourist Lemma atsinda igitego cya kabiri, amakipe ajya kuruhuka Ethiopia iri imbere n'ibitego 2-0.

    Mu gice cya kabiri, Ethiopia yatsinze ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Aregash Kalsa, harimo icyo yatsinze ku munota wa 57.

    Mu mikino ibiri u Rwanda rwatsinzwe ibitego 8-0, ruhita runasezererwa mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi mu batarengeje iyo myaka kizabera muri Costa Rica, mu gihe Ethiopia yakomeje mu cyiciro gikurikira.

    Ethiopia yatsinze u Rwanda ibitego 8-0 mu bangavu batarengeje imyaka 20

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110181/ethiopia-yanyagiye-u-rwanda-ibitego-8-0-mu-mikino-ibiri-ishyira-iherezo-ku-nzozi-zarwo-zig-110181.html

  • Umukinnyi yakubise umusifuzi kugeza ataye ubwenge amushinja kwanga gusifura ikosa #rwanda #RwOT

    William Ribeiro ukinira ikipe ya Sao Paulo de Rio Grande yo mu cyiciro cyo hasi muri Brazil, yakiriye nabi icyemezo cy'umusifuzi Rodrigo Crivellaro cyo kwima ikipe ye coup Franc ubwo yari ihanganye na na Guarani de Venancio Aires, niko kumwegera amukubita hasi ndetse amukubita umugeri mu mutwe ata ubwenge.

    Uyu mukinnyi yakubise inshuro ebyiri umusifuzi Crivellaro, ndetseku nshuro ya kabiri yamukubise aryamye hasi umugeri w'umutwe, ata ubwenge. Crivellaro yahise ajyanwa mu bitaro byo hafi aho, maze Ribeiro afungirwa kuri sitade.

    Umuyobozi wa Polisi ya Venancio Aires, Vinicius Assuncao, yatangarije ikinyamakuru UOL cyo muri Brazil ko arega Ribeiro icyaha cyo gushaka kwica kuko bigaragara ko yari afite umugambi wo guhitana Crivellaro.

    UOL ivuga kandi ko Ribeiro yaherukaga kurekurwa by'agateganyo, nabwo kubera kwibasira undi musifuzi n'umufana.

    Ku wa kabiri mu gitondo, Crivellaro yavuye mu bitaro avuga ko atarareba amashusho y'ibyabaye muri uyu mukino wo kuwa Mbere, wabaye ku munsi w'isabukuru y'imyaka 113 ya Sao Paulo de Rio Grande.

    Perezida w'ikipe ya Sao Paulo, Delvid Goulart yemeje ko amasezerano ya Ribeiro yahagaritswe.

    Goulart yanditse ati: 'Birababaje, biteye ikimwaro kandi birimo kwigomeka.

    “Ku munsi nyirizina,umuryango wose w'umutuku n'icyatsi wari uteraniye kwizihiza isabukuru yimyaka 113 ya Sao Paulo RS, ikipe yacu yahuye na kimwe mu bihe bibabaje byabayeho mu mateka yayo, ibintu byababaje abantu bose badakunda umupira wa Gaucho gusa ahubwo abakunda siporo muri rusange.

    “Turasaba imbabazi isi yose ku bw'umusifuzi wakomeretse n'umuryango we ndetse tunasaba imbabazi abaturage muri rusange kubera ibintu bibabaje byagaragaye uyu munsi.

    'Amasezerano y'umukinnyi wakoze amakosa araseswa. Byongeye kandi, ingamba zose zishoboka zemewe n'amategeko zijyanye n'iki kibazo zizafatwa. '

    Umukuru wa polisi ishinzwe iperereza,Vinicius Assuno, yavuze ko umucamanza ariwe uzahitamo niba Ribeiro azakomeza gufungwa mu gihe cy'iperereza cyangwa akarekurwa by'agateganyo.


    Ubwo Ribeiro yari agiye gufungwa

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umukinnyi-yakubise-umusifuzi-kugeza-ataye-ubwenge-amushinja-kwanga-gusifura

  • Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yasuye Amavubi ayasaba kwitwara neza imbere ya mukeba #rwanda #RwOT

    Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa ari kumwe na perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier basuye ikipe y’igihugu Amavubi yitegura umukino wa Uganda ku munsi w’ejo bayasaba kwitwara neza.

    Ni umukino wo mu itsinda E mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 aho Amavubi azakina na Uganda ku munsi w’ejo kuri Stade Regional.

    Mu butumwa bahaye iyi kipe, basabye iyi kipe kwitwara neza imbere ya Uganda, mukeba w’u Rwanda w’ibihe byose, bakaba bashyikirijwe idarapo nk’abagiye mu butumwa bw’akazi kuko nyuma y’uyu mukino uzaba ku munsi w’ejo u Rwanda ruzahita rwerekeza muri Uganda gukina umukino wo kwishyura aho uzaba tariki ya 10 Ukwakira.

    Kugeza ubu mu itsinda E, Mali ifite amanota 4, Uganda na Kenya zifite 2 mu gihe u Rwanda rufite inota rimwe.

    Minister @AuroreMimosa handed over the National Flag to @AmavubiStars Team Captain wishing them the best of luck. #TweseInyumaYamavubi #Tubadwinge#WCQ2022 pic.twitter.com/1rzgtTk59Q

    — Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) October 6, 2021

    Minisitiri Aurore Mimosa yasabye Amavubi kwitwara neza imbere ya Uganda

    Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier

    Batuje bakurikiranye ijambo ry’abayobozi

    Kapiteni Haruna Niyonzima yashyikirijwe ibendera

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/minisitiri-wa-siporo-aurore-mimosa-yasuye-amavubi-ayasaba-kwitwara-neza-imbere-ya-mukeba

  • She-Amavubi yandagajwe na Ethiopia irayisezerera #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 basezerewe na Ethiopia mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi batsinzwe ibitego 4-0 ku busa mu mikino 2.

    Nyuma y’uko tariki ya 24 Nzeri, u Rwanda rwatsindiwe na Ethiopia mu rugo mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri ibitego 4-0, uyu munsi hagombaga kuba umukino wo kwishyura.

    Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego biri bya Ethiopia ku busa bw’u Rwanda, Messay Temesgen ni we wafunguye amazamu ku munota wa 34, Tourist Lemma ashyiramo icya 2 ku munota wa 43.

    Ethiopia yaje gushyiramo ibindi bibiri ku munota wa 57 gistinzwe na Aregash Kalsa, kuri uyu munota n’ubundi uyu mwari yahise anashyiramo ikindi. Amavubi yasezerewe ku giteranyo cy’ibitego 8-0.

    Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu i Bahir Dar, ntabwo wagendekeye neza abangavu b’u Rwanda kuko baje kongera kunyagirwa na Ethiopia ibitego 4-0.

    U Rwanda rwageze muri iki cyiciro cy’ijonjora rya kabiri asezereye Sudani y’Epfo yikuye mu irushanwa ikavuga ko itazakina iri jonjora.

    Ikipe y’u Rwanda yabanje mu kibuga

    Ba kapiteni mbere y’umukino

    She-Amavubi, yanyagiwe na Ethiopia

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/she-amavubi-yandagajwe-na-ethiopia-irayisezerera

  • Umukunzi wa Biramahire Abeddy yamuvuzeho amagambo akomeye ku isabukuru ye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kagame Vanessa, umukunzi wa Biramahire Abeddy, yamuvuzeho amagambo akomeye ku isabukuru ye y'amavuko anashimangira urukundo amukunda. Ni nyuma yuko Vanessa yari amaze gushyira hanze ifoto ya Abeddy abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram.

    Nyuma yuko Vanessa ashyize hanze iyi foto yayiherekesheje amagambo akurikira

    Ibi bibaye mu gihe hashize iminsi mike Vanessa akorewe ibirori bya Baby shower aho yitegura kwibaruka imfura ye na Abeddy.

    Source : https://yegob.rw/umukunzi-wa-biramahire-abeddy-yamuvuzeho-amagambo-akomeye-ku-isabukuru-ye/

  • Sam Karenzi yahawe imirimo ikomeye kuri Fine FM #rwanda #RwOT

    Mubutuwa Fine Fm yayujije ku urukuta rwabo rwa Twitter batangaje ko Sam Karenzi yamaze kuba umuyobozi w'iyi Radio bagize bati ''Twishimiye kubatangariza ko Sam Karenzi ari we muyobozi mukuru wa Fine FM 93.1, amahirwe masa!'

    We are pleased to announce Sam Karenzi as the new Fine FM 93.1 Managing Director! All the best.@SamKarenzi @horahoaxel @BrunoTaifa @FINEFmRwanda pic.twitter.com/N1UM8AoO82

    — 93.1 FINE FM RWANDA (@FINEFmRwanda) October 6, 2021

    Umunyamakuru usanzwe umunyerewe mu biganiro by'imikino hano mu Rwanda, nyuma yo kwimukira kuri Radio Fine FM, yamaze kugirwa umuyobozi w'iyi radiyo. Kuri uyu wa kabiri nibwo Sam Karenzi yatangiye kumvikana kuri Radio Fine FM mu kiganiro gishya “Urukiko rw'ubujurire” aho akorana na bagenzi be Bruno Taifa na Horaho Axel.

    Sam Karenzi yamenyekanye cyane ari kuri Radio Salus yakozeho mu gihe cy'imyaka umunani nyuma yo kuva kuri RC Huye atatinzeho ubwo yatangiraga umwuga w'Itangazamakuru.

    Kuva muri Kamena 2020, Sam Karenzi yatangiye gukora kuri Radio10 aho yahuriye n'abarimo Kazungu Claver na Kalisa Bruno Taifa, bari kumwe na Horaho Axel bakajya bakorana mu kiganiro cyiswe 'Urukiko'.

    Nubwo iki kiganiro cyamamaye mu gihe gito ndetse kigakundwa n'abatari bake, cyashyizwe ku iherezo guhera tariki ya 1 Nyakanga 2021 ubwo cyakorwagamo impinduka.

    Icyo gihe, Sam Karenzi yagizwe Umuyobozi wa Radio10, Taifa Bruno ashyirwa mu kiganiro 10 Zone gica kuri Radio 10 mu gihe Horaho Axel we yanze guhindurirwa ikiganiro ahitamo gusezera kuri iyi radio.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/sam-karenzi-yahawe-imirimo-ikomeye-kuri-fine-fm