Tag: Imikino

  • Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y'icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l'Est zibanza hanze #rwanda #RwOT

    Amakipe ane ahatanira kuzamuka mu cyiciro cya mbere 2021-2022 ''Primus National League'' yaramenyekanye nyuma y'imikino yo kwishyura muri kimwe cya kane cy'irangiza cya Shampiyona y'icyiciro cya kabiri yabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021.

    Imikino ibanza ya kimwe cya kabiri irakinwa kuri uyu wa gatandatu tariki ya 9 Ukwakira 2021, ikipe ya Heroes FC na Gicumbi FC zamanutse mu cyiciro cya kabiri muri Shampiyona ya 2019-2020 zisanze muri kimwe cya kabiri cy'irangiza zirahurira mu mukino uri bubere mu karere ka Bugesera aho Heroes itangira ikina umukino ubanza.

    Undi mukino urahuza ikipe ya Etoile de l'Est yageze muri kimwe cya kabiri cy'irangiza mu myaka ibiri yikurikiranya kuko na Shampiyona y'ikiciro cya kabiri y'umwaka ushize ari ho yagarukiye, irasura ikipe y'Amagaju FC nayo ikomeje urugamba rwo gushaka itike yo gusubira mu cyiciro cya mbere yigeze gukina.

    Uyu mukino w'Amagaju FC yakira ikipe ya Etoile de l'Est wari uteganyijwe kubera kuri Sitade ya Nyagisenyi mu karere ka Nyamagabe wamaze kwimurirwa kuri Sitade y'akarere ka Huye mu ntara y'Amajyepfo, iyi mikino yose iteganyijwe gukinwa kuri uyu wa gatandatu guhera ku isaha ya saa munani, ni mu gihe imikino yo kwishyura izakinwa mu cyumweru gitaha kuwa kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2021 ari naho hazamenyekana amakipe abiri azamuka mu kiciro cya mbere.

    Ingengabihe y'imikino ya ½ iteye mu buryo bukurikira:

    Imikino ibanza
    Amagaju FC vs Etoile de l'Est FC, Huye Stadium — Saa munani
    Heroes FC vs Gicumbi FC, Bugesera Stadium — Saa munani

    Imikino yo kwishyura:
    Etoile de l'Est FC vs Amagaju FC, Ngoma Stadium — Saa munani
    Gicumbi FC vs Heroes FC, Gicumbi Stadium — Saa munani

    The post Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y'icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l'Est zibanza hanze appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/imikino-ibanza-ya-%C2%BD-cya-shampiyona-yicyiciro-cya-kabiri-mu-bagabo-iratangira-gicumbi-na-etoile-de-lest-zibanza-hanze/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=imikino-ibanza-ya-%25c2%25bd-cya-shampiyona-yicyiciro-cya-kabiri-mu-bagabo-iratangira-gicumbi-na-etoile-de-lest-zibanza-hanze

  • Kiyovu Sports yasinyishije rutahizamu w’ikipe y’iguhugu ya Uganda #rwanda #RwOT

    Kiyovu Sports yamaze gusinyisha rutahizamu w’ikipe y’iguhugu ya Uganda, Emmanuel Arnold Okwi amasezerano y’umwaka umwe.

    Ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatanu, nibwo Arnold Okwi yashyize umukono ku masezerano yo gukinira ikipe y’Urucaca mu gihe cy’umwaka umwe.

    Ku wa Gatatu w’iki cyumweru nibwo uyu rutahizamu yageze mu Rwanda aje kurangizanya na Kiyovu Sports, ageze mu Rwanda byavuzwe ko ashobora kujya muri Rayon Sports ariko bikaba byarangiye Juvenal amusinyishije.

    Emmanuel Arnold Okwi, ni umwe muri ba rutahizamu bakomeye muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yakiniye Simba SC muri Tanzania, Al Ittihad Alexandria yo mu misiri n’andi.

    Okwi asinyira Kiyovu Sports

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kiyovu-sports-yasinyishije-rutahizamu-w-ikipe-y-iguhugu-ya-uganda

  • Exclusive: hari amakipe turi kuvugana, muri R… – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro na InyaRwanda, umuzamu w’ikipe y’igihugu Amavubi Dukuzeyezu Pascal, yagarutse kuri byinshi harimo n’ibyamuranze mu myaka y’ubuzima bwe bw’umupira w’amaguru. Dukuzeyezu Pascal yavukiye mu karere ka Kayonza i Karubamba, aho yize amashuriye abanza ahazwi nko ku muzizi ndetse aba ari naho ayasoreza.


    Dukuzeyezu ubu yari yasuye InyaRwanda LTD 

    Mu 2009 nibwo Pascal yatangiye amashuri yisumbuye, ubwo yerekezaga mu kigo cya Aspej Rwamagana ari naho yatangiye kwigaragariza nk’umuzamu ukomeye, kuko iki kigo cyari gifite ikipe ikina ikiciro cya kabiri.

    Dukuzeyezu Pascal wagiriye ibihe byiza muri Kiyovu Sport, avuga uburyo yisanze muri iyi kipe akiga mu kiciro rusange. Yagize ati: 'Ngeze muri Aspej Rwamagana nahakinnye umwaka umwe gusa, mpita nerekeza muri Kiyovu Sport. Nageze muri Kiyovu Sport nkiga mu kiciro rusange cy'amashuri yisumbuye, ndetse bibanza kungora kuko nari ngeze ku rwego ntamenyereye. Ngera muri Kiyovu Sport, nasanzemo umuzamu Djuma Pongo wakomeje no kuba umuzamu wa mbere kugera nka 2011, nanjye nahise ninjira mu izamu.


    Nyuma yo kubona umwanya ubanzamo, Pascal yaje guhamagarwa mu ikipe y’igihugu yatozwaga na Micho, ndetse aba umukinnyi kuva icyo gihe kugeza ubu wazamuwe na Kiyovu Sport agahamagarwa mu Mavubi makuru. Pascal avuga ko ko umupira kuriwe ari ubuzima kandi wamufashije. Ati: 'Umupira w’amaguru ni ubuzima. Kuri njye narize kubera umupira w’amaguru, kandi na n'ubu ndacyiga kubera ruhago, niga muri UTB  ibijyanye na Hotel kandi umupira ufasha byinshi kuko niwo udutunze.”

    Dukuzeyezu Pascal, mu mwaka we wa nyuma muri Kiyovu Sport yaje kuvunika imvune yatumye amara imyaka ibiri yicaye, ariko nyuma amaze gukira agaruka mu kibuga ari umukinnyi wa Marine FC.


    Kubijyanye n'ejo hazaza ha Dukuzeyezu Pascal, yemeza ko agifite byinshi byo gutanga ndetse ko yifuza kugaruka mu kibuga. Ati: ' Kugeza ubu nta kipe mfite, ariko hari amakipe turi kuvugana ndetse yewe na Rutsiro FC nahozemo turi mu biganiro, hari n’andi makipe yo muri Kigali turi kuvugana n’ubwo bitaratungana ariko biri kugenda neza. Nshaka kugaruka mu ikipe y’igihugu, ariko kugira ngo ubigereho uba unagomba gukinira amakipe akugaragaza.”


    Dukuzeyezu Pascal nyuma yo kuva muri Marine FC yerekeje mu ikipe ya Heroes FC, nayo yavuyemo agana muri Rutsiro FC yemeza ko ifite abayobozi bakunda umupira w’amaguru, ku buryo butangaje.

    Ikiganiro ku buryo bw’amashusho

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110258/exclusive-hari-amakipe-turi-kuvugana-muri-rutsiro-fc-twari-dufite-umwihariko-umuzamu-dukuz-110258.html

  • Kapiteni wa Uganda Cranes yasinyiye Kiyovu Sp… – #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Ukwakira, ni bwo byamenyekanye ko Kiyovu Sports yamaze gusinyisha rutahizamu akanaba kapiteni wa Uganda Cranes, Emmanuel Okwi amasezerano y'umwaka umwe.

    Emmanuel Okwi wakiniye amakipe atandukanye yo mu karere arimo Simba SC, Yanga Africans na Villa SC, akaba kandi yarakiniye Étoile du Sahel yo muri Tunisia, yaherukaga gutandukana na Al Ittihad yo mu Misiri yari amazemo imyaka ibiri.

    Kiyovu Sport yasinyishije uyu rutahizamu w'imyaka 28 y'amavuko, nyuma yo gusinyisha abakinnyi batandukanye barimo Fiston Nkinzingabo, Ishimwe Kevin n'umutoza Haringingo Francis, aho ifite intego y'igikombe cya shampiyona uyu mwaka, iheruka mu 1993.

     

    Emmanuel Okwi yasinyiye Kiyovu Sport amasezerano y’umwaka umwe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110261/kapiteni-wa-uganda-cranes-yasinyiye-kiyovu-sports-ishaka-igikombe-iheruka-mu-myaka-28-110261.html

  • Mu mikino ya gicuti, APR FC yatsinze Kiyovu sc4-2, Mukura VS itsinda Rayon Sports igitego kimwe ku busa #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Ukwakira 2021 nibwo hakinwaga imikino ya gicuti itegura shampiyona y'umwakwa w'imikino wa 2021-2022 iteganyijwe gutangira ku itariki ya 30 Ukwakira 2021.

    Mu mikino yakinwe, i Shyorongi ikipe ya APR FC yatsinze ikipe ya Kiyovu SC ibitego bine kuri bibiri, ku ruhande rw'ikipe y'ingabo z'igihugu yatsindiwe na Nizeyimana Djouma, Mugunga Yves, Nshuti Innocent ndetse na Kwitonda Alain uzwi nka Bacca, ku ruhande rwa Kiyovu SC yatsindiwe Mugenzi Bienveu ndetse na Bigirimana Abedy.

    APR FC ikaba irimo kwitegura umukina CAF wa Champions League uzayihuza na Etoile Sportive du Sahel kuwa Gatandatu tariki 16 Ukwakira.

    Undi mukino wabaye, ni uwahuje ikipe ya Mukura Victory Sports yo mu karere ka Huye mu ntara y'amajyepfo yari yakiriye ikipe ya Rayon Sports, umukino warangiye MVS itsinze Gikundiro igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Aboubakar Djibril.

    Mu yindi mikino ya gicuti itegerejwe mu mpera z'iki cyumweru, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 9 Ukwakira 2021, ikipe ya Gasogi United izakina na Gorilla FC bakinire i Nyamirambo, ni mugihe Bugesera FC izakira ikipe ya Police FC umukino ubere kuri sitade y'akarere ka Bugesera.

    The post Mu mikino ya gicuti, APR FC yatsinze Kiyovu sc4-2, Mukura VS itsinda Rayon Sports igitego kimwe ku busa appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/mu-mikino-ya-gicuti-apr-fc-yatsinze-kiyovu-sc4-2-mukura-vs-itsinda-rayon-sports-igitego-kimwe-ku-busa/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=mu-mikino-ya-gicuti-apr-fc-yatsinze-kiyovu-sc4-2-mukura-vs-itsinda-rayon-sports-igitego-kimwe-ku-busa

  • Cristiano Ronaldo Yegukanye igihembo nyuma y'imyaka 13 – YEGOB #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo wari umeze imyaka 12 atandukanye na Manchester United kuva 2009 akagaruka muri uyu mwaka wa 2021 yongeye gutwara igihembo cy'umukinnyi mwiza w'ukwezi muri  shampiyona y'Abongereza Premier League .

    Iki gihembo cy'umukinnyi w'ukwezi kwa cyenda ni igihembo yatwaye ahigitse abakinnyi barimo Mohamed Salah, Allan Saint-Maximin, Antonio Rüdiger, João Cancelo na Ismaïla Sarr.

    Ibi bibaye ubugira Gatanu Cristiano Ronaldo atwara iki gihembo dore ko icyo  yaherukaga gutwara yagitwaye 2008 mbere y'uko yerekeza muri Real Madrid.

    Akaba umukinnyi wa kabiri ufite ibi bihembo byinshi muri Manchester United kuko anganya na Wayne Rooney bombi babifite inshuro eshanu (5)  nk'ibi by'umukinnyi mwiza w'ukwezi muri shampiyona y'Abongereza.

    Cristiano  Ronald atwate iki gihembo nyuma yo gutsinda ibitego Bitatu, agafasha ikipe ye kuba yicaye ku mwanya wa Kane ku rutonde rusange nyuma y'imikino irindwi.

    Source : https://yegob.rw/cristiano-ronaldo-yegukanye-igihembo-nyuma-yimyaka-13/

  • Ibyabaye ku mutoza w'ikipe ya Mali byaba isomo ku Amavubi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'aho ikipe y' igihugu Amavubi itsindwe na Uganda mu mukino wo gushaka itike y'igikombe cy'Isi kizabera muri Qatar 2022,abantu batandukanye bagaragaje amarangamutima yabo ku cyakorwa kugirango Amavubi yongere gutsinda nka kera, hari n'abasabye ko umutoza Mashami Vincent yirukanwa kuko ahembwa neza ariko ntagaragaze umusaruro. Ku ruhande rwe yavuze ko atiteguye gusezera kuko bitari mu masezerano yasinye.

    Bamwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter batanze urugero ku mutoza w'ikipe y'igihugu ya Mali 🇲🇱 Mohamed Magassouba uhebwa $1,700 buri kwezi kuri ubu akaba amaze amezi 20 atabona umushahara. ariko kuri ubu ikipe atoza ikaba ari iya mbere mu itsinda u Rwanda rurimo n'amanota #7 mu gihe Amavubi ari ku mwanya wa nyuma n'inota rimwe.Ibi bakaba bahamya ko byagombye kubera isomo ikipe y'igihugu cyacu.

    Source : https://yegob.rw/ibyabaye-ku-mutoza-wikipe-ya-mali-byaba-isomo-ku-amavubi/

  • Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo gikomeye cy'ukwezi #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo wari umeze imyaka 12 atandukanye na Manchester United kuva 2009 akagaruka muri uyu mwaka wa 2021 yongeye gutwara igihembo cy'umukinnyi mwiza w'ukwezi kwa 9 muri Premier League y'Abongereza.

    Uyu mukinnyi wahoze akinira Juventus yegukanye iki gihembo mbere ya myugariro wa Manchester City Joao Cancelo, Antonio Rudiger wa Chelsea, Allan Saint-Maximin wa Newcastle United, Mohamed Salah ukinira ikipe ya Liverpool, na Ismaila Sarr wa Watford.

    Ni igihembo yatwaye ahigitse abakinnyi barimo Mohamed Salah, Allan Saint-Maximin, Antonio Rüdiger, João Cancelo na Ismaïla Sarr.

    Iki gihembo atwaye ku nshuro ya 5 atwara iki gihembo icyo yaherukaga gutwara yagitwaye 2008 mbere y'uko yerekeza muri Real Madrid.

    Akaba umukinnyi wa kabiri ufite ibi bihembo byinshi muri Manchester United kuko anganya na Wayne Rooney bombi babifite inshuro eshanu (5) .

    Refe:newsbytesapp.com

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/cristiano-ronaldo-yatwaye-igihembo-gikomye-cy-ukwezi

  • APR FC yatsindiye Kiyovu Sports i Shyorongi #rwanda #RwOT

    Mu mukino wa gicuti wahuzaga APR FC yitegura Champions League na Kiyovu Sports yitegura shampiyona, warangiye ari ibitego 4 bya APR FC kuri 2 bya Kiyovu Sports.

    Nyuma yo kunganya na Etincelles FC ku wa Kabiri w’iki cyumweru, APR FC uyu munsi yari yakiriye Kiyovu Sports na wo mu mukino wa gicuti.

    Ni mu rwego rwo kwitegura umukino izakinamo na Etoile Sportive du Sahel ku wa 15 Ukwakira i Kigali na 22 Ukwakira muri Tunisia.

    Abasore b’umutoza Adil batangiye basatira cyane Kiyovu Sports ariko umunyezamu wa Kiyovu Sports, Ishimwe Patrick abasha kwitwara neza aho mu gice cya mbere yakuyemo imipira ikomeye ya Bacca, Karera Hassan na Keddy.

    APR FC, yasabwe gukora impinduka hakiri kare mu gice cya mbere ubwo Mugisha Gilbert wababaye, yavaga mu kibuga hakajyamo Nizeyimana Djuma.

    Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa Kiyovu Sports, Nsengiyumva Mustafa na Mugenzi Bienvenu bajya mu busatirizi.

    APR FC yari yakomeje kwisirisimbya imbere y’izamu rya Kiyovu Sports, yaje kubona igitego cya mbere gitsinzwe na Nizeyimana Djuma ku munota wa 55.

    Kiyovu Sports yaje kucyishyura ku munota wa 65 gitsinzwe na Bigirimana Abedi.

    Ku munota wa 67 Mugunga Yves yatsindiye APR FC igitego cya kabiri, Nshuti Innocent yatsinze icya 3 ku munota 71 hari mbere y’uko ku munota wa 73 Kwitonda Alain Bacca atsinda icya kane.

    Nsengiyumva Moustapha, yatsindiye Kiyovu Sports igitego cya kabiri ku munota 78, iyi kipe yakomeje gushaka ibindi bitego ariko umuKino urangira ari 4-2.

    Abakinnyi 11 APR FC babanje mu kibuga

    Abakinnyi ba Kiyovu Sports babanjemo

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatsindiye-kiyovu-sports-i-shyorongi