Tag: Imikino

  • Umukinnyi ukomeye w'Amavubi yabengutswe umukobwa wegukanye ikamba muri Miss Rwanda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ombolenga Fitina, umwe mu bakinnyi bakomeye b'ikipe y'igihugu y'U Rwanda, Amavubi, yabengutswe umukobwa witwa Umwiza Phiona wegukanye ikamba ry'igisonga cya mbere mu irushanwa rya Miss Rwanda mu mwaka wa 2020.

    Ni nyuma yuko Ombolenga Fitina agiye kuri Twitter maze agakunda (like) ifoto Miss Phiona Umwiza yari amaze gushyira hanze.

     

    Omborenga Fitina

    Si Ombolenga Fitina gusa wabengutswe Miss Umwiza Phiona kuko n'abandi bantu benshi biganjemo ab'igitsina gabo babengutwe Miss Phiona kuva ubwo yafunguzaga konti ye kuri Twitter muri Gashyantare 2020.

    Bimwe mu byavuzwe n'ababonye ifoto ya Miss Phiona:

    Source : https://yegob.rw/umukinnyi-ukomeye-wamavubi-yabengutswe-umukobwa-wegukanye-ikamba-muri-miss-rwanda/

  • Gutsindwa na Uganda ntacyo nishinza kandi sin… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane tariki 7 ni bwo Amavubi yakiraga ikipe y’igihugu ya Uganda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu 2022, uyu mukino warangiye ari igitego kimwe ku busa cya uganda cyatsinzwe na Fahad Bayo ku munota wa 40.

    Amavubi ni yo ya nyuma mu itsinda E 

    Nyuma y’uyu mukino Mashami Vincent utoza Amavubi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru aho yavuze ko ntacyo yishinza ku kuba amavubi yatakarije murugo ndetse ko ibyo kwegura bitarimo. 

    Yagize ati: “Ku ruhare rwanjye ku giti cyanjye nta kintu na kimwe nishinza, kuko aba kinnyi dufite nibo duhamara, abakinnyi dufite nibo dukoresha, ntago nakubwirako hari umukinnyi kizigenza twasize hanze, tugerageza gukora impinduka mu ikipe no guha amahirwe abandi bakinnyi, kugira ngo tugire ikipe itanga icyizere mu gihe kiri imbere. Gusa iby’ikibuga utegura ibyawe ariko n’abandi bategura ibyabo, gusa icyo navuga cyo turatsinzwe turababaye, Kandi ntago mfite ubwoba nabuto bwo kuba nava mu kazi, kandi kwegura byo sinzi impamvu nakwegura kuko ntago biri mu masezerano”.

    Mashami Vincent NGO ibyo kwegura nta birimo

    Mashami Vincent kuva mu mwaka wa 2018 ni we ufite ikipe y’igihugu Amavubi kuko yatangiye kuyihabwa mu buryo bw’agateganyo, ariko nyuma aza guhabwa amasezerano y’imyaka ibiri ari nayo kugeza ubu yibereyemo.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110222/gutsindwa-na-uganda-ntacyo-nishinza-kandi-sinteganya-kwegura-mashami-vincent-110222.html

  • Bwa mbere mu mateka Uganda yatsindiye u Rwand… – #rwanda #RwOT

    Ni umukino wa Gatatu wo mu itsinda E, aho u Rwanda ruri ku mwanya wa nyuma muri iri tsinda aho rufite inota rimwe mu mikino ibiri rumaze gukina, mu gihe Uganda ifite amanota abiri.

    U Rwanda na Uganda bamaze guhura inshuro 33, Uganda niyo imaze gutsinda inshuro nyinshi kuko imaze gutsinda u Rwanda inshuro 14, mu gihe u Rwanda rwatsinze inshuro 10, amakipe yombi anganya inshuro 9.

    Ubukeba hagati y'u Rwanda na Uganda bwatangiye tariki ya 21 Nzeri 1986, mu mukino wa mbere wahuje ibihugu byombi, ukaba wararangiye Uganda itsinze igitego 1-0.

    Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi:

    Rwanda XI: Mvuyekure Emery, Rwatubyaye Abdul, Nirisarike Salomon, Muhire Kevin, Ombolenga, Imanishimwe Emmanuel, Rafael York, Niyonzima Olivier, Niyonzima Haruna, Jacques Tuyisenge na Kagere Meddie

    Uganda: Charles Lukwago, Denis Iguma, Isaac Muleme, Enock Walusimbi, Timothy Awanyi, Khalid Aucho, Taddeo Lwanga, Bobosi Byaruhanga, Moses Waiswa, Fahad Bayo na Steven Mukwala

    Uyu mukino uri gusifurwa n’umunya-Botswana Joshua Bondo.

    1′ Umukino uratangiye, u Rwanda rutangiye ruhererekanya mu kibuga hagati

    2′ Haruna Niyonzima agerageje gutera ishoti mu izamu ahagaze muri metero 30, ariko umupira ntiwamukundira urengera ku rundi ruhande

    4′ Amavubi agerageje guhererekanya neza binyuze kuri Haruna Niyonzima, Rafael York na Mangwende, ariko Haruna ateye umupira uruhukira mu maboko y’umunyezamu Lukwago

    6′ Coup Franc y’Amavubi ibonetse ku ikosa rikorewe Rafael York, itewe neza Jacques ashyiraho umutwe umupira unyura hejuru y’izamu

    9′ Coup Franc ya Uganda itewe muri metero 35 ntacyo itanze kuko umupira utewe ukarenga nta mukinnyi uwukozeho

    12′ Amavubi akomeje gukina neza mu kibuga hagati agerageza kurema uburyo bw’igitego
    15′ Amavubi agerageje uburyo bw’igitego ku mupira York Rafael acomekeye Kagere ariko umupira umubana muremure urarenga

    18′ Amavubi akomeje gukina neza mu kibuga hagati, haba kugumana umupira ndetse no kurema uburyo bw’igitego

    22′ Amavubi akomeje gusatira izamu rya Uganda, umupira mwiza wari uhinduwe na Ombolenga ariko ubwugarizi bwa Uganda bwirwanaho buwushyira muri koruneri

    23′ Koruneri nziza itewe na York Rafael ariko ubwugarizi bwa Uganda bwirwanaho buwukuramo

    25′ Umunyezamu Lukwago atabaye Uganda ku mupira Rafael yari acomekeye Kagere wari kubyarira amazi n’ibisusa Abagande

    28′ Rafael York ateye ishoti rikomeye mu izamu rya Uganda ariko ntiwamukundira uca hejuru y’izamu

    31′ Umupira uri gukinirwa mu kibuga hagati, kugeza kuri uyu munota nta mupira umunyezamu w’Amavubi Mvuyekure araterwa mu izamu arinze

    32′ Umutoza Mico wa Uganda ahagurukije abakinnyi Bane ngo bishyushye nyuma yo kubona ko ari kurushwa n’Amavubi mu kibuga

    33′ Jacques Tuyisenge na Kagere bazamukanye umupira kuri Counter attack bagera mu rubuga rw’amahina rwa Uganda ariko gutera mu izamu ntibyabakundira

    35’Coup Franc ya Uganda itewe na Taddeo Lwanga ntacyo itanze

    39′ Coup Franc ya Uganda ku ikosa rikozwe na Ombolenga ukururanye

    40′ Goooooooal! Uganda ifunguye amazamu ku gitego gitsinzwe na Fahad Bayo ku burangare bwa ba myugariro b’Amavubi

    42′ Amavubi agerageje kwishyura igitego ariko umunyezamu Charles Lukwago aratabara

    44′ Muhire Kevin agerageje ishoti rikomeye mu izamu rya Uganda ariko Lukwaho umupira awufata neza

    45′ Iminota 45 y’igice cya mbere irarangiye

    45′ +2′ Umusifuzi Joshua Bongo yongeyeho iminota ibiri y’inyongera

    Igice cya mbere cy’umuklino kirangiye Uganda iyoboye umukino ku ntsinzi y’igitego 1-0

    Igice cya kabiri cy’umukino kiratangiye:

    46′ Isaac Muleme wa Uganda aryamye hasi nyuma yo kugongana n’umukinnyi w’Amavubi

    49′ Amavubi ari gukina imipira miremire ashaka kwishyura igitego

    51′ Steven Mkwala ahushije uburyo bw’igitego cya kabiri cyabazwe ari imbere y’izamu wenyine ariko umupira arawuhusha aritega

    52′ Umutoza Mashami Vincent akoze impinduka mu kibuga hagati, York Rafael wakinnye neza igice cya mbere asohotse mu kibuga hinjira Manishimwe Djabel

    55′ Kagere Meddie akoreye ikosa Taddeo Lwanga, umusifuzi Bondo nta karita atanze

    56′ Coup Franc ya Uganda itewe na Steven Mkwala ariko ntacyo itanze

    57′ Ikarita y’umuhondo ihawe Timothy Awanyi ku ikosa akoreye Haruna

    59′ Haruna Niyonzima ahushije igitego cyabazwe ku mupira uhinduwe na Ombolenga Fitina uwugaruye muri penaliti, Haruna awuteye ntiwajya ku kirenge ujya hanze

    61′ Steven Mkwala ahushije uburyo bw’igitego ku mupira utewe n’umutwe na Mkwala ku bwumvikane bucye hagati y’umunyezamu Mvuyekure na Rwatubyaye

    62. Coup Franc y’Amavubi ku ikosa Aucho akoreye Djabel, ndetse akaba anahawe ikarita y’umuhondo, ikaba ari iya kabiri ku ruhande rwa Uganda

    63′ Djabel ateye Coup Franc ariko abakinnyi ba Uganda bakuramo umupira barawurenza

    67′ Mashami Vincent akoze impinduka ebyiri mu kibuga, Rukundo Denis yinjiye mu kibuga asimbuye Ombolenga, mu gihe Haruna ahaye umwanya Muhadjiri Hakizimana

    69′ Muhadjiri azamukanye neza umupira ahereza Muhire Kevin ariko ateye ishoti rikomeye mu izamu umupira uca hejuru

    70′ Koruneri y’Amavubi itewe ariko ntacyo itanze

    72′ Muhadjiri agerageje ishoti imbere y’izamu rya Lukwago ariko umupira ntiwamukundira ujya hanze

    75′ Coup Franc y’Amavubi itewe na Muhadjiri ariko ntacyo itanze kuko umupira awuteye hejuru y’izamu

    76′ Uganda ibonye uburyo bwo gutsinda igitego cya kabiri ariko Nirisarike aratabara umupira awukuraho

    79′ Amavubi yatangiye kujya ku gitutu cyo kwishyura igitego mu gihe iminota ikomeje kwicuma igana ku musozo

    82′ Amavubi akomeje gusirisimba imbere y’izamu rya Uganda bashaka igitego cyo kwishyura ariko bikomeje kwanga

    85′ Mashami akoze izindi mpinduka ebyiri, Kagere na Muhire basohotse mu kibuga hinjira Jamir Kalisa na Iradukunda Bertrand

    90′ Uganda iri mu mwanya mwiza wo kwegukana amanota yose y’uyu muikino

    Djabel abonye uburyo bwo kwishyura ku ishoti rikomeye ateye ariko umupira uca hejuru y’izamu

    Umukino waberaga kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo urangiye Uganda yegukanye amanota atatu nyuma yo gutsinda u Rwanda igitego 1-0

    Uganda igize amanota atanu muri iri tsinda, mu gihe u Rwanda rugumye ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe.

    U Rwanda rurahita rujya kwishyura muri Uganda mu mukino uteganyijwe kuzaba tariki ya 10 Ukwakira 2021.


    York Rafael ari gukina umukino wa mbere mu Mavubi

    Umunyezamu Mvuyekure Emery

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110220/live-rwanda-00-uganda-ni-nde-utsinda-umukino-wa-34-hagati-yaba-bakeba-110220.html

  • Marcos Rashford yashoje amashuri y'ikirenga muri kaminuza ya manchester university – YEGOB #rwanda #RwOT

    Benshi bafata abakinnyi b'umupira w'amaguru nk' abantu bananiwe ishuri bakagana gukina umupira gusa sikobiri kuko harimo abize menshi kandi banakina neza.

    Marcos Rashford rutahizamu wa manchester united yashoje amasomo ye kuryego rwa doctorates Kubera ibikorwa y'agiye akora mu miryango ndetse yagiye afasha benshi batishoboye.

    Marcos Rashford warumaze igihe yaravunitse gusa yamaze gukira aho agomba gukina umukino wa Manchester United ukurikira kuko yamaze gukira neza.

    Marcos yageze muri Manchester United akira mu mashuri yisumbuye gusa yaje gukomeza kwiga aho kurubu ageze ku rwego benshi mu bakinnyi badafite kubijyanye na mashuri .

    Source : https://yegob.rw/marcos-rashford-yashoje-amashuri-yikirenga-muri-manchester-university/

  • Rwanda vs Uganda: Imibare ivuga iki ku mahirw… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane tariki ya 07 Ukwakira 2021, U Rwanda na Uganda barakina umukino wa 34 mu mateka, aho buri kipe yahize gukura amanota atatu ku yindi, muri uyu mukino w'abacyeba bo mu karere ka Afurika y'uburasirazuba.

    Ni umukino wa Gatatu mu itsinda E amakipe yombi aherereyemo mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2022, aho bari kumwe n'amakipe ya Mali na Kenya.

    Bwa mbere u Rwanda rwahuye na Uganda mu 1986, icyo gihe Uganda yatsinze u Rwanda 1-0, ariko kuva icyo gihe kugeza magingo aya ntabwo Uganda iratsindira u Rwanda i Kigali, ikaba ishaka guhindura amateka ikabikora none.

    U Rwanda na Uganda bamaze guhura inshuro 33, Uganda niyo imaze gutsinda inshuro nyinshi kuko imaze gutsinda u Rwanda inshuro 14, mu gihe u Rwanda rwatsinze inshuro 10, amakipe yombi anganya inshuro 9.

    Ubucyeba hagati y'u Rwanda na Uganda bwatangiye tariki ya 01 Nzeri 1986, mu mukino wa mbere wahuje ibihugu byombi, ukaba wararangiye Uganda itsinze igitego 1-0.

    Guhera icyo gihe kugeza magingo aya, aya makipe ntajya imbizi mu kibuga kuko buri kipe yose yiyumvamo ubushobozi bwo gutsinda indi ari naho umukino ukomerera.

    Abagande ntibazibagirwa ibyabereye iwabo mu 2003, ubwo u Rwanda rwabatsindaga igitego 1-0 cyatsinzwe na Jimmy Gatete, u Rwanda rugahita rukatisha itike y'igikombe cya Afurika, Uganda irasigara.

    Ubucyeba bwagiye bukura uko imyaka yagiye yicuma kugeza magingo aya, aho buri gihugu cyahize gutsinda ikindi.

    U Rwanda ruza kuba ruri mu rugo, nubwo nta bafana bemerewe kwinjira rurasabwa gukura amanota atatu kuri Uganda kugira ngo rugume muri kuruse yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2022.

    Gutsindwa uyu mukino ku Mavubi, bivuze guhita ruva muri kuruse yo gushaka itike y'iki gikombe, kuko rufite inota rimwe kuri Atandatu, rwakuye kuri Kenya mu mukino banganyirije i Kigali.

    Kuba u Rwanda rudaheruka gutsinda Uganda biri mu bikomeza uyu mukino, kuko umukino uheruka kubahuza banganyije., ubwo bari muri CHAN yabereye muri Cameroun.

    U Rwanda nk'ikipe iri mu rugo kandi ifite inyota y'amanota atatu, niyo ihabwa amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino ubera kuri Stade ya Kigali saa Kumi n'Ebyiri zuzuye.

    U Rwanda ruzongera gukina na Uganda nyuma y'iminsi itatu tariki ya 10 Ukwakira 2021, mu mukino uzabera i Kampala.

    Iri tsinda rya E riyobowe na Mali ifite amanota 4, Kenya na Uganda bafite amanota 2 mu gihe u Rwanda rufite inota rimwe mu mikino Ibiri.

    Ninde utsinda umukino wa 34 hagati y’u Rwanda na Uganda?

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110215/rwanda-vs-uganda-imibare-ivuga-iki-ku-mahirwe-yintsinzi-ku-mavubi-110215.html

  • Umunyamakuru w'imikino ukomeye mu Rwanda yafashe icyemezo gikakaye nyuma yuko Amavubi atsinzwe na Uganda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 07 Ukwakira 2021 nibwo habaye umukino wahuje ikipe y'igihugu y'U Rwanda Amavubi n'ikipe ya Uganda. Ni umukino wqrangiye Uganda itsinze Amavubi igitego 1 ku busa. Nyuma y'uyu mukino hatangajwe byinshi.

    Umunyamakuru Taifa Bruno, umwe mu banyamakuru ba siporo bakomeye hano mu Rwanda yafashe icyemezo gikakaye nyuma y'uyu mukino wahuje Amavubi n'ikipe ya Uganda. Nkuko amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko kuri instagram yabigaragaje, Taifa yavuze ko guhera kuri uyu munsi asezeye kureba match y'Amavubi. Yagize ati ” Iyi match irambabaje cyane! Kuva natangira kureba Amavubi nibwo mbabaye! Nanjye mfashe icyemezo guhera uno munsi ndasezeye sinzongera kureba Amavubi! Uzongera kumbona kuri stade naje kureba Amavubi azamfunge…. “.

    Source : https://yegob.rw/umunyamakuru-wimikino-ukomeye-mu-rwanda-yafashe-icyemezo-gikakaye-nyuma-yuko-amavubi-atsinzwe-na-uganda/

  • Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w'umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy'isi 2022 #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa kane, tariki ya 7 Ukwakira 2021 nibwo habaye umukino wo mu itsinda rya E, aho u Rwanda rwari rwakiriye ikipe y'igihugu ya Uganda mu mukino w'umunsi wa gatatu wo muri iri tsinda rya E, umukino warangiye Uganda itsinze u Rwanda igitego kimwe ku busa.

    Ni umukino watangiye ku isaha saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, uyu mukino watangiye Amavubi ahanahana neza ariko bitagize icyo bitanga kugeza ubwo igice cya mbera kibura iminota ine gusa ngo kirangire nibwo ikipe y'igihugu ya Uganda ibonye igitego cyatsinzwe na Fahad Bayo Aziz.

    Iki gitego kimwe nicyo cyatandukanyije impande zombi mu minota 90 y'umukino, ni mugihe kandi hategurwa umukino wo kwishyura uzabera mu gihugu cya Uganda kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021 umukino ukazabera mu gihugu cya Uganda.

    Muri uyu mukino u Rwanda rwahaye amahirwe rutahizamu Raphael York ukina mu kiciro cya kabiri mu gihugu cya Suwede, ariko uyu yaje gusimburwa na Manishimwe Djabel nawe wagerageje gufasha Amavubi ngo barebe ko bakwishyura igitego batsinzwe kare ariko biba iby'ubusa umukino urangira ari igitego ku busa.

    Gutakaza uyu mukino ku ruhande rw'u Rwanda biratuma mu mukino itatu Amavubi amaze gukina aguma ku mwanya wa nyuma n'inota rimwe dore ko umukino wa mber yatsinzwe na Mali ndetse inganya na Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mukino uheruka kubera mu Rwanda.

    Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

    Rwanda: Mvuyekure Emery, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Nirisarike Salomon na Rwatubyaye Abdul, Niyonzima Olivier 'Seif', Muhire Kevin na Haruna Niyonzima (c), Rafael York, Kagere Meddie na Tuyisenge Jacques.

    Uganda: Charles Lukwago , Dennis Iguma, Isaac Muleme, Enock Walusimbi, Timothey Awany, Khalid Aucho (c), Bobosi Byaruhanga, Moses Waiswa, Fahad Bayo, Steven Mukwala

    The post Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w'umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy'isi 2022 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/amavubi-yatsinzwe-na-uganda-igitego-kimwe-ku-busa-mu-mukino-wumunsi-wa-gatatu-wo-mu-matsinda-yo-guhatanira-itike-yo-gukina-igikombe-cyisi-2022/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amavubi-yatsinzwe-na-uganda-igitego-kimwe-ku-busa-mu-mukino-wumunsi-wa-gatatu-wo-mu-matsinda-yo-guhatanira-itike-yo-gukina-igikombe-cyisi-2022

  • Kwegura byo sinzi impamvu nakwegura – Mashami wemeje ko nta bwoba afite bwo kubura akazi #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutsindwa na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, benshi bahise basabira uyu mutoza kubera umusaruro we kwegura, ariko atangaza ko nta mpamvu n’imwe yatuma yegura.

    Wari umukino w’umunsi wa gatatu wo mu itsinda E mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

    U Rwanda rwari rwakiriye Uganda kuri Stade Regional i Nyamirambo warangiye ari igitego 1 cya Uganda ku busa bw’u Rwanda.

    Ibi byababaje abanyarwanda gutsindwa na Uganda cyane ko ari umukeba w’u Rwanda, hiyongeraho ko uyu mutoza umusaruro we atari mwiza, benshi batekerezaga ko ashobora guhita yegura nyuma y’uyu mukino.

    Mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko nta kintu na kimwe yishinja kuko abakinnyi yahamagaye ari bo bahari nta n’umwe yasize.

    Ati 'Ku ruhare rwanjye nta kintu na kimwe nishinja kuko abakinnyi bahari nibo duhamagara, abakinnyi dufite nibo dukoresha, ntabwo nakubwira ko hari umukinnyi w’ihariye twasize hanze, tugerageza gukora impinduka zitandukanye duha amahirwe abandi bakinnyi, kugira ngo tugire ikipe ifite igihe kiri imbere kirekire ariko, iby’ikibuga utegura ibyawe abandi nabo bategura ibyabo ariko turatsinzwe, turababaye.'

    Yakomeje avuga ko nta bwoba afite bwo gutakaza akazi kandi nta gahunda afite yo gusezera kuko bitari mu masezerano ye.

    Ati 'Icyo nakubwira ntabwo mfite ubwoba na buto bwo kuba nabura akazi, ariko kwegura byo sinzi impamvu nakwegura kuko ntabwo biri mu masezerano yanjye.'

    Kugeza ubu Mashami mu muri iyi mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, mu itsinda E mu mukino itatu Mashami Mashami amaze gutsindwa imikino 2(Mali na Uganda buri imwe yatsinzwe 1-0) banganya na Kenya 1-1.

    Mashami Vincent ahamya ko nta gahunda yo kwegura afite

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kwegura-byo-sinzi-impamvu-nakwegura-mashami-wemeje-ko-nta-bwoba-afite-bwo-kubura-akazi

  • Menya 11 Umutoza mashami ashobora kwitabaza ntagihundutse – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 4 u Rwanda rurakina na Uganda mu mukino wo gushaka itike ijya mu gikombe cy'isi kizaba muri 2022 aho kurubu ikipe zose ziteguye guhangana .

    Umukino uhuza u Rwanda n Uganda uhora urangwa no guhangana hagati y'amakipe yombi kuva 2004 u Rwanda rutsinda Uganda.

    Dore 11 mashami ashobora kwitabaza nta gihundutse

    Umukino uratangira saa kumi n'ebyiri kuri stade Regional ya Kigali.

    Source : https://yegob.rw/menya-11-umutoza-mashami-ashobora-kwitabaza-ntagihundutse/