Tag: Imikino

  • Neymar yatangaje ko azasoza gukina nyuma y'igikombe cy'isi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Neymar Junior ubu ufite imyaka 29 y'amavuko, bikaba ubusanzwe bitamenyerewe ko umukinnyi yasezera kuri iyi myaka.

    Icyakora Neymar na we avuga ko ku myaka 30 atazaba ari umukinnyi ukuze ku buryo yasezera ku mupira w'amaguru, ahubwo ngo azabikora mu rwego rwo kwita ku buzima bwe cyane cyane bwo mu mutwe.

    Neymar junior yatangarije Umunyamakuru wa Dazn ko adatekereza ko nyuma ya 2022 azaba agifite imbaraga zo mu mutwe ku buryo yakomeza gutekereza ku mupira w'amaguru.

    Neymar yijeje abanya brasil ko mu gikombe cy'isi azatanga ingufu ze zose kugirango brazil yitware neza nkuko yakomeje abirota kuva mu bwana bwe.

    ku myaka ye 29 yakomeje guhura ni mvune nyinshi mu kibuga aribyo bigiye kumutera kureka umupira ku myaka ye 30 akita ku buzima bwe.

    Source : https://yegob.rw/neymar-yatangaje-ko-azasoza-gukina-nyuma-yigikombe-cyisi/

  • Abasimbura ba Sunrise FC na Muhanga FC mu cyiciro cya mbere bamenyekanye #rwanda #RwOT

    Gicumbu FC na Etoile del’Est nizo zatsindiye kuzamuka mu cyiciro cya mbere zisimbura Sunrise FC na Muhanga FC zamanutse.

    Uyu munsi nibwo hakinwaga imikino yo kwishyura ya 1/2 mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda umwaka w’imikino wa 2020-21.

    Umukino ubanza Gicumbi FC yari yatsinze 1-0 Heroes FC, umukino wo kwishyura wabaye uyu munsi Gicumbi FC yawutsinze 2-1 ihita igera ku mukino wa nyuma.

    Undi mukino wa 1/2, Amagaju yari yanganyije na Etoile del’Est 1-1, umukino wo kwishyura wabereye i Ngoma, amakipe yombi yongeye kunganya 1-1, mu mukino warimo ishyaka ryinshi aho buri kipe yabonye ikarita itukura.

    Byabaye ngombwa ko bitabaza penaliti maze Etoile del’Est itsinda 6 kuri 5 za Magaju FC.

    Gicumbi FC izamutse nyuma y’uko yari yamanutse muri 2020, ni mu gihe Etoile del’Est yo yari imaze imyaka 24 mu cyiciro cya kabiri.

    Aya makipe akaba agiye gukina icyiciro cya mbere kizatangira tariki ya 30 Ukwakira, zizasimbura Sunrise FC na Muhanga FC zamanutse.

    Gicumbi FC yongeye kuzamuka mu cya mbere

    Etoile del’Est yazamutse mu cyiciro cya mbere

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abasimbura-ba-sunrise-fc-na-muhanga-fc-mu-cyiciro-cya-mbere-bamenyekanye

  • Étoile de l'Est yari imaze imyaka irenga 20 mu cyiciro cya kabiri na Gicumbi FC zazamutse mu Cyiciro cya Mbere #rwanda #RwOT

    Amakipe ya Etoile de l'Est yo mu karere ka Ngoma na Gicumbi yo muri Gicumbi yamaze kuzamuka mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezera Amagaju na Heroes FC zari zihanganye.

    Nyuma y'imyaka 24 irwana no kuzamuka mu cyiciro cya mbere,Etoile de l'est yakabije inzozi ubwo yanganyaga igitego 1-1 n'Amagaju FC ndetse no mu mukino ubanza bari banganyije 1-1,hitabazwa Penaliti iyi kipe y'i Kibungo itsinda kuri penaliti 6-5.

    Ikipe ya GICUMBI FC yamanutse mu mwaka w'imikino ushize, igarutse mu cyiciro cya mbere itsinze Heroes 3-1 mu mikino yombi.

    Uyu munsi Gicumbi FC yatsinze ibitego 2-1 Heroes byiyongera kuri 1-0 yari yayitsinze mu mukino ubanza ihita iyisezerera ku kinyuranyo cy'ibitego 3-1 mu mikino yombi.

    Étoile de l'Est yari yakiriye umukino wo kwishyura i Ngoma, yari imaze imyaka 24 mu Cyiciro cya Kabiri mu gihe mu mwaka ushize wa 2020, yagarukiye muri 1/2.

    Aya makipe yombi agiye gusimbura AS Muhanga na Sunrise FC yasoreje mu myanya ibiri ya nyuma muri Shampiyona ya 2020/21.

    Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere n'icya Kabiri mu mwaka w'imikino wa 2021/22, zombi zizatangira ku wa 30 Ukwakira 2021. Biteganyijwe ko ingengabihe izashyirwa ahagaragara ku wa Kane.

    Amagaju FC agiye kongera gukina umwaka wa gatatu mu Cyiciro cya Kabiri nyuma y'uko yamanutse mu mwaka w'imikino wa 2018/19.

    Mu 2020, yasezerewe mbere y'uko irushanwa rito ryateguwe ritangira kuko yarwaje COVID-19 abakinnyi 11.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/etoile-de-l-est-yari-imaze-imyaka-irenga-20-mu-cyiciro-cya-kabiri-na-gicumbi-fc

  • Umunya-Brazil utegerejwe muri Rayon Sports aragera mu Rwanda ku munsi w’ejo(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umunya-Brazil, Chrismar Malta Soares ari mu nzira aza mu Rwanda mu ikipe ya Rayon Sports kuyifasha mu mwaka utaha w’imikino wa 2021-22.

    Uyu rutahizamu w’imyaka 22, akaba yakiniraga ikipe ya Virghina fc yo mu mugi wa Sao Paulo muri Brazil iwabo.

    Uyu rutahizamu nk’uko bigaragara ku itike ye, akaba ari buza n’indege ya Ethiopian aho yahagarutse iwabo mu rukerera rw’uyu munsi tariki ya 12 Ukwakira 2021 saa 1:45′, aranyura Adis Ababa muri Ethiopia aho ari buhagere saa 7:45′ z’ijoro z’uyu munsi.

    Azahaguruka muri Ethiopia ku munsi w’ejo tariki ya 13 Ukwakira saa 11:30′ anyure mu Burundi aho azagera saa 13:15′ aze kuhahaguruka saa 14:05′ azagera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe saa 14:50′.

    Virghina fc yo mu mugi wa Sao Paulo muri Brazil iwabo

    Ngo ni rutahizamu ugora ba myugariro

    Chrismar Malta Soares rutahizamu uje muri Rayon Sports

    Azagera mu Rwanda ejo

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umunya-brazil-utegerejwe-muri-rayon-sports-aragera-mu-rwanda-ku-munsi-w-ejo-amafoto

  • Rutahizamu ukomeye wa Rayon yiyerekanye ari gutumura Shisha yaciwe mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Uyu mukinnyi usatira anyuze ku mpande ukomoka muri DR Congo, abinyujije kuri Instagram Stories ye, yashyize hanze amashusho amugaragaza arimo atumura iyi shisha.

    Aho yarimo anywera iyi shisha ntabwo hagaragara niba ari mu Rwanda cyangwa se iwabo muri DR Congo, ni mu gihe mu Rwanda iki kiyobyabwenge muri 2018 cyabujijwe kongera gukoreshwa mu Rwanda.

    Asohoye aya mashusho mu gihe imyitozo y’iyi kipe irimbanyije yitegura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2021-22 uzatangira tariki ya 30 Ukwakira 2021.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Rutahizamu-ukomeye-wa-Rayon-yiyerekanye-ari-gutumura-Shisha-yaciwe-mu-Rwanda

  • Messi yaciye agahigo mu mateka yumupira wam… – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021, Argentine yatsinze Urguay ibitego 3-0 yongera amahirwe yo kuzerekeza muri Qatar mu mikino ya nyuma y'igikombe cy'Isi, kizakinwa mu mpera z'umwaka wa 2022.

    Ibitego bya Argentine byatsinzwe na Messi winjije icya mbere, Rodrigo de Paul atsinda icya kabiri, mu gihe Lautaro Martinez yashyizemo icy'agashinguracumu.

    Messi yatsindiye Argentine igitego cya 80 kuva yatangira kuyikinira, byatumye aca agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere ku mugabane wa Amerika y'Epfo utsindiye ikipe y'igihugu cye ibitego byinshi kuva Isi yaremwa.

    Nyuma y'umukino, uyu rutahizamu akanaba kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Argentine, yagize ati: 'Ntekereza ko tugenda tuzamura urwego rw'imikinire yacu, ubu turimo turakina umupira neza. Iri joro wari umukino ukomeye twagombaga gutsinda, kandi byose byagenze neza'.

    Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Messi na bagenzi be bongereye amahirwe yo kuzakina imikino ya nyuma y'igikombe cy'Isi kizabera muri Qatar 2022, kuko kuri uyu mugabane bari ku mwanya wa kabiri, inyuma ya Brazil ya mbere ifite amanota 28 mu mikino 10 imaze gukinwa.

    Mu mukino uzakurikira, Argentine ya Messi izakina na Colombia, mu gihe Brazil ya Neymar izakina na Uruguay ya Suarez.


    Messi yatsinze igitego cy’amateka muri Argentine

    Messi yaciye agahigo muri Amerika y’Epfo ko gutsindira Argentine ibitego 80

    Messi yashimiwe agahigo yaciye muri Amerika y’Epfo

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110336/messi-yaciye-agahigo-mu-mateka-yumupira-wamaguru-muri-amerika-yepfo-110336.html

  • Ikinya Mashami yateye abakunzi bumupira wam… – #rwanda #RwOT

    Amavubi yamaze gusezererwa mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2022 nyuma yo gutsindwa imikino ibiri na Uganda Cranes, byatumye igumana inota rimwe gusa yakuye kuri Kenya mu mikino ine imaze gukinwa mu itsinda E, hakaba hasigaye imikino ibiri gusa.

    Kubera umusaruro mubi umaze igihe mu ikipe y'igihugu 'Amavubi' itozwa na Mashami Vincent, abafana n'abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda barasaba ko habaho impinduka, Mashami agasezererwa hagashakwa umutoza utari umunyarwanda kandi ufite ibigwi ku buryo yafasha u Rwanda kugaruka mu ruhando rw'amakipe akomeye mu Karere, ndetse rukaba ikipe ikomeye muri Afurika.

    Umusaruro wa Mashami mu myaka itatu amaze atoza Amavubi ntabwo umwemerera kuguma muri iyi kipe, dore ko nta kigaragara yigeze ayigezaho nk'uko byari mu masezerano yasinye ubwo yahabwaga iyo mirimo.

    Mashami bwa mbere yahawe inshingano zo gutoza Amavubi tariki ya 18 Kanama 2018, guhera icyo gihe kugeza magingo aya niwe ugifite izo nshingano, gusa ibikorwa byo ntabyo kuko ntakigaragara yakwibukirwaho muri iyo myaka itatu yose ishize.

    Uretse kugeza Amavubi muri ¼ mu irushanwa rya CHAN 2021, nta kindi gikorwa Mashami Vincent yigeze akorera Amavubi mu myaka itatu yose amaze ayitoza nk'umutoza mukuru.

    Uyu musaruro mubi watumye benshi bakunda kunenga imitoreze ye, ndetse bemeza ko atari ku rwego rwo gutoza ikipe y'igihugu nkuru ngo ayigeze ku ntsinzi iba ikenewe n'abanyarwanda.

    Nyuma yo gutsindirwa na Uganda i Kigali mu cyumweru gishize, Mashami yavuze ko adatewe ubwoba no kubura akazi mu ikipe y'igihugu, anemeza ko nta gahunda yo gusezera afite kuko yumva ibyo yagombaga gutanga byose ntacyo yasize inyuma, kuko nta n'umukinnyi wagombaga guhamagarwa utarigeze ahamagarwa.

    N'ubwo abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda bashaka ko Mashami yirukanwa hagashakwa undi mutoza umurusha uibushozi, ntacyo Minisiteri ya Siporo n'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda baratangaza, ku cyemezo bazafatira uyu mutoza ugifite amasezerano yo gutoza ikipe y'Igihugu.

    Hari abandi bakunzi ba ruhago mu Rwanda bemeza ko n'ubwo Mashami nk'umutoza mukuru w'ikipe y'igihugu agomba kubazwa umusaruro wayo, intandaro ya byose ari imitegurire iri hasi y'umupira w'amaguru n'ikipe y'igihugu muri rusange, ndetse basanga hatagize igikorwa ngo hategurwe mu buryo buboneye abakinnyi b'ejo hazaza, n'ubundi ikibazo kizakomeza kwigaragaza ndetse n'umusaruro kuzawubona bizagorana cyane.

    Amavubi yatsindiwe na Uganda i Kampala n'i Kigali, bituma akomeza kuba ayanyuma mu itsinda E ndetse yanabuze amahirwe yo kuzajya mu kindi cyiciro kizavamo amakipe azajya mu gikombe cy'Isi muri Qatar, n'ubwo hagisigaye imikino ibiri yo mu itsinda.

    Nta kigaragara Mashami Vincent yagejeje ku Mavubi mu myaka itatu amaze ayitoza

    Uganda yatsindiye u Rwanda mu rugo no hanze bibabaza abanyarwanda batari bacye

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110333/ikinya-mashami-yateye-abakunzi-bumupira-wamaguru-mu-rwanda-cyashizemo-110333.html

  • MINSPORTS ikomeje gushyira mu rujijo She-Amavubi #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’abagore ikomeje kwibaza niba izakina umukino wa Djibouti, ni mu gihe MINSPORTS yaryumyeho.

    Harabura iminsi 9 gusa u Rwanda rugacakirana na Djibouti mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cy’anagore kuko uteganyijwe kuzaba tariki ya 20 Ukwakira.

    Byari biteganyijwe ko ku munsi w’ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 10 Ukwakira ari bwo uyu mwiherero utangira ariko ntawabaye.

    Amakuru yizewe ISIMBI yamenye ni uko FERWAFA yandikiye MINSIPORTS iyereka ibisabwa kugira ngo uyu mukino ube ndetse banatangire umwiherero ariko ikaba igitegereje igisubizo.

    FERWAFA yasanze nta kindi yakora uretse gutegereza igisubizo bakabona kumenyesha abanyarwanda ikizakorwa.

    Amakuru ISIMBI ifite ni uko uyu mukino ushobora kutaba, u Rwanda rukikura mu irushanwa, kuko igihe gisigaye ari gito kandi bakaba bataratangira umwiherero.

    Amavubi y’abagore aracyategereje igihe azahamagarirwa

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/minsports-ikomeje-gushyira-mu-rujijo-she-amavubi

  • Umukinnyi Rayon Sports igenderaho yashyize hanze amashusho ari kunywa Shisha #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Rayon Sports,Manace Mbedi Mutatu,yashyize hanze amashusho arimo atumura imyotsi ya Shisha yaciwe mu Rwanda mu myaka ishize.

    Uyu mukinnyi usatira anyuze ku mpande ukomoka muri DR Congo, abinyujije kuri Instagram Stories ye, yashyize hanze amashusho amugaragaza arimo atumura iyi shisha.

    Aho yarimo anywera iyi shisha ntabwo hagaragara niba ari mu Rwanda cyangwa se iwabo muri DR Congo, ni mu gihe mu Rwanda iki kiyobyabwenge muri 2018 cyabujijwe kongera gukoreshwa mu Rwanda.

    Asohoye aya mashusho mu gihe imyitozo y'iyi kipe irimbanyije yitegura shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mwaka w'imikino wa 2021-22 uzatangira tariki ya 30 Ukwakira 2021.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umukinnyi-rayon-sports-igenderaho-yashyize-hanze-amashusho-ari-kunywa-shisha

  • Amavubi y’abagore ntazitabira imikino yo gush… – #rwanda #RwOT

    Amavubi byari biteganyijwe ko azakina  na Djibouti mu mikino igera kuri ibiri, aho umukino ubanza wagombaga kuba tariki 20 Ukwakira 2021. Mu gihe haburaga iminsi icyenda gusa ngo uyu mukino ube, umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yari atarahamagara abakinnyi bazifashishwa muri uyu mukino.

    Bamwe mu bakinnyi bari bitezwe ko bazagaragara muri iyi Kipe, iyo uganiriye nabo bakubwira ko bari bababwiye ko kuri iki cyumweru tariki 10 Ukwakira 2021 aribwo ikipe izahamagarwa, gusa icyo gihe cyarenga bagacyeka ibindi. Andi makuru avuga ko muri FERWAFA bahisemo kureka iyi Kipe nyuma ya barumuna babo batsinzwe ibitego 8 na Ethiopia mu mikino ibiri yo gushaka tike y’igikombe cy’Isi, kuko babona n’abandi nta musaruro urenze bazatanga.


    Umupira w’abagore nawo ukomeje kwibazwaho 

    Ubundi CAF ivuga ko iyo igihugu cyandikishije ikipe kwitabira amarushanwa ariko nyuma ikabivamo, itanga amafaranga afatwa nk’amande. Mu mupira w’amaguru mu Rwanda , hakomeje kugaragara ikibazo cy’amakipe yikura mu irushanwa ku mpamvu zitandukanye kuko kuva mu 2018 iyi ibaye ikipe ya kane yagombaga guhagararira u Rwanda, ariko ikaza kubivamo nyuma ya Amavubi u 20, Amavubi u 23 , ikipe y’abagore ya Scandinavia FC ndetse n’Amavubi y’abagore.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110332/amavubi-yabagore-ntazitabira-imikino-yo-gushaka-tike-yigikombe-cya-afurika-110332.html