Tag: Imikino

  • Rayon Sports yasinyishije Chrismar, Muhire Kevin ahabwa amazezerano mashya #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu ukomoka muri Brazil, Chrismar Malta Soares ndetse banaha amazezerano mashya Muhire Kevin.

    Rayon Sports ikaba yasinyishije Chrismar amazezerano y’imyaka ibiri kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Ukwakira 2021.

    Chrismar Malta Soares aje muri Rayon Sports avuye muri Varingha FC, yakiniye kandi Patrocinense, FF Sports, Trindade na União Suzano.

    Uretse uyu mukinnyi, Rayon Sports ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter yahimije ko Muhire Kevin yahawe amazezerano mashya.

    Muhire Kevin yari yasinyiye Rayon Sports muri Mata 2021 amezi 2 yanganaga n’umwaka w’imikino wa 2020-21.

    Nyuma yo gusoza amazezerano ye, iyi kipe yakomeje kumwegera ngo yongere amazezerano ariko arabyanga, umutoza Masudi Djuma akaba yari aherutse gutangaza ko bamwegereye ariko akomeza kubagora.

    Chrismar yasinyiye Rayon Sports imyaka 2

    Muhire Kevin yahawe amazezerano mashya

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yasinyishije-chrismar-muhire-kevin-ahabwa-amazezerano-mashya

  • APR FC yigaragaje cyane mu mukino yanganyijemo na Etoile du Sahel #rwanda #RwOT

    Mu mukino wari ku rwego wo hejuru,APR FC y'abakinnyi bakiri bato yanganyije n'iki kigugu cyo muri Tunisia bituma akazi kaba kenshi mu mukino wo kwishyura uzabera muri Tunisia.

    Ku munota wa 3 w'umukino, Etoile Sportive du Sahel yakangaranyije benshi ubwo yabonaga igitego cya mbere gitsinzwe na Tayeb Meziane ku mupira Omborenga yananiwe gukura imbere y'izamu

    APR FC yari ku rwego rwo hejuru benshi batayikekeraga,yahise itangira urugamba rwo gushaka uko yishyura iki gitego, irusha Etoile du Sahel karahava.

    Ku munota wa 40, Djabel Manishimwe yishyuye igitego ku mupira yahawe na Jacques Tuyisenge,atera adahagaritse umupira uruhukira mu rushundura. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-1.

    Igice cya kabiri kigitangira,Étoile du Sahel yatsinze igitego cyanzwe ku munota wa 48 kubera koTaeb Meziani yakoreye umunyezamu ikosa mbere yo gutsinda umupira wari uvuye kuri coup franc.

    APR FC yakoze impinduka za mbere ubwo Mugunga Yves yasimbura Mugisha Gilbert mu gihe Tuyisenge Jacques yavunitse,asimburwa na Nshuti Innocent ku munota wa 64.

    APR FC yashoboraga kubona igitego cya kabiri ubwo Mugunga yambuye umupira Saddem Ben Aziza, arangije aramucenga mbere y'uko atera umupira wakuwemo na Ali Jemal mbere y'uko Niyomugabo Claude awusubizamo akawutera hejuru cyane.

    Amakipe yombi yagerageje gushaka igitego cy'intsinzi ariko umukino urangira ari 1-1.Umukino wo kwishyura ni tariki ya 23 Ukwakira 2021 muri Tunisia.

    Muri uyu mukino,abakinnyi bakiri bato nka Bonheur,Kwitonda Alain Baka na Ruboneka Jean Bosco,bigaragaje cyane.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/apr-fc-yigaragaje-cyane-mu-mukino-yanganyijemo-na-etoile-du-sahel

  • APR FC yaguye miswi na Etoile du Sahel #rwanda #RwOT

    Igitego cya Manishimwe Djabel cyafashije APR FC kugwa miswi y’igitego kimwe kuri kimwe na Etoile Sportive du Sahel mu mukino w’ijonjora rya CAF Champions League 2021-2021

    APR FC yari yakiriye Etoile Sportive du Sahel mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CAF Champions League, ni umukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo.

    Hakiri kare ku munota wa 3, Etoile Sportive du Sahel yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Tayeb Meziane ku mupira Omborenga yari akuyeho n’umutwe ariko ntujye aho yashakaga.

    APR FC yakomeje gushaka uko yishyura iki gitego, ndetse wabonaga irusha Etoile du Saleh.

    Ku munota wa 39 Manishimwe Djabel yagerageje ishoti ariko umunyezamu arawufata.

    Ku munota wa 41, Djabel yazamukanye umupira acomekera Jacques Tuyisenge na we ahita amusubiza, Djabel yahise atera adahagaritse umupira uruhukira mu rushundura. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-1.

    Ku munota wa 55 APR FC yakoze impinduka za mbere havamo Mugisha Gilbert hinjiramo Mugunga Yves.

    Ku munota wa 67, Nshuti Innocent yinjiye mu kibuga asimbura Jacques Tuyisenge wagize ikibazo cy’imvune.

    Manishimwe Djabel yagerageje ishoti rikomeye ku mupira yari ahawe na Mugunga Yves ku munota wa 68 ariko unyura hejuru y’izamu.

    Ishimwe Anicet yasimbuye Bacca ku munota wa 79.

    Mugunga Yves yahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa 80, ni nyuma yo kwisanga wenyine ariko barinda bamufatana umupira adateye mu izamu.

    Amakipe yombi yagerageje gushaka igitego cy’intsinzi ariko umukino urangira ari 1-1.

    Nyuma y’uyu mukino ubanza, bazakina umukino wo kwishyura tariki ya 23 Ukwakira 2021 muri Tanzania. APR FC ikaba isabwa gutsinda kugira ngo igere mu matsinda ya CAF Champions League.

    APR FC yanganyije 1-1 na Etoile Sportive du Sahel

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yaguye-miswi-na-etoile-du-sahel

  • Abakinnyi ba Rayon Sport basuye i nyanza mu Rukari(Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu munsi Rayon Sport yasuye akarere ka nyanza aho yasuye hamwe muhagaragaza amateka y'urwanda aho abakinnyi bari bizihiwe .

    Hussein Eto yizihiwe no kwifotoreza ku nka y'inyambo.

    Umunya maroc yishimiye umuco nyarwanda .

    Abakinnyi ba Rayon Sport babanje gusura mu rukari mbere yo gukina umukino wa gishuti na Nyanza fc .

    Nyuma yo gusura mu rukari Rayon Sport yakinnye umukino wa gishuti warangiye amakipe yombi aganyije 2-2.

    Umukino waranzwe no kugerageza abakinnyi bashya Rayon Sport yazanye harimo umunya cameroon watsinze igitego cya mbere.

    Source : https://yegob.rw/abakinnyi-ba-rayon-sport-basuye-i-nyanza-mu-rukariamafoto/

  • Kwizera Olivier ari mu gihirahiro. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyezamu kwizera Olivier akomeje kuba mu gihirahiro aho yavuze ko atarafata umwanzuro w'ikipe azerekezamo kuko na Rayon Sports bataricarana ngo bagire ibyo bumvikana, nibyanga abe yajya ahandi.

    Kwizera Olivier ni umunyezamu uvuga ko nta masezerano ya Rayon Sports afite, ni mu gihe iyi kipe ihamya ko ubwo yamusinyishaga mu mpeshyi ya 2020 yamusinyishije umwaka umwe w'amasezerano ariko hakaba harimo ingingo ivuga ko nurangira aya masezerano azahita yiyongera bidasabye ibindi biganiro agahabwa nk'ibyo yahawe asinya bwa mbere(umushahara na recruitment).

    Muri icyo gihe uyu munyezamu yabiteye utwatsi ndetse abwira ISIMBI ko kuva yasinya atigeze ahabwa kopi y'amasezerano ye, yagiye ayisaba ariko ntayihabwe.

    Kwizera Olivier yavuze ko hari ibitaratungana ariko bigomba kurangirana n'iki cyumweru akamenya aho yerekeza.

    Ati 'ntabwo ndahamenya ariko birarangirana n'iyi weekend, nibwo nzamenya aho nerekeza.'

    Kuba yasubira mu ikipe ya Rayon Sports, uyu munyezamu yavuze ko ibiganiro bitararangira kuko bagomba kwicarana bakagira ibyo bameranywa.

    Ati 'ntabwo birarangira, ndacyategereje nyine ngo ndebe. Harabura kumvikana ngo turebe icyo duhurizaho. Tugomba kubanza tukicarana ku mpande zombi tukagira ibyo twabasha kuba twahurizaho. Njye nta masezerano ya Rayon Sports mfite.'

    Source : https://yegob.rw/kwizera-olivier-ari-mu-gihirahiro/

  • Umwana iwabo! Rayon Sports yasuye i bwami, ab… – #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yerekeje mu karere ka Nyanza ku ivuko aho yagiye mu mukino wa gicuti ifitanye na Nyanza FC. Ni umukino wateguwe mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa by’umwihariko isambanywa ry’abana. Mbere yo gukina uyu mukino Rayon Sports yabanje kujya kwiyibutse murugo ndetse basura bimwe mu bice by’amateka birimo Ingoro y’Amateka y’Abami iherereye mu rukari ho mu karere ka Nyanza.


    Bamwe mu bakinnyi ni ubwa mbere bari bageze i Nyanza yaba Youssef ukomoka muri Maroc ndetse n’abandi bakinnyi b’abanyamahanga. Karim Makenzie niwe mukinnyi wasubiye i Nyanza mu bakinnyi bakiniye Rayon Sports ikiba muri aka karere ahagana mu 2012-13.


    Youssef Rharb yari yishimiye Inyambo 

    Rayon Sports kuva yaba i Nyanza iyi ni inshuro ya gatatu igiye gukinirayo bwa mbere ikaba yaragiyeyo mu 2019 igiye gukina na As Muhanga mu mukino wa gicuti, nanone tariki 24 Ukuboza Rayon Sports yasubiye i Nyanza FC mu mukino wo kurwanya inda zitateganyijwe yanganyijemo na mukura igitego kimwe kuri kimwe.


    Ayouba Lahsane arimo yiga gusya

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110437/umwana-iwabo-rayon-sports-yasuye-i-bwami-abanya-maroc-barizihirwa-amafoto-110437.html

  • Rayon Sports nari nsanzwe nyizi papa yarayimbwiye – Rutahizamu mushya w’iyi kipe uvuye Brazil #rwanda #RwOT

    Rutahizamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports ukomoka muri Brazil mamaze kugera mu Rwanda, Chrismar Malta Soares avuga ko iyi kipe yari asanzwe ayizi yayumvise papa we ayiziho byinshi.

    Uyu mukinnyi w’imyaka 22, akaba yarageze mu Rwanda ku munsi w’ejo aho yahise ajya mu kato ategereje ibisubizo bya COVID-19 akabona kujya mu bandi ndetse agatangira imyitozo.

    Uyu musore akaba yatangaje ko yishimiye kuza mu ikipe ya Rayon Sports, ngo yayibwiweho byinshi ndetse ko ari ikipe isanzwe ikoresha abanya-Brazil.

    Ati”umpagarariye(manager) yabanje kuyimbwiraho bihagije, naje no kumenya ko papa yari ayiziho yagiye ayisomaho byinshi amaze kumenya ko inshaka, ikindi ni uko ari ikipe nziza isanzwe ikinisha abanya-Brazil ndetse hari n’umutoza wayitoje, umukinnyi wayikiniye twaravuganye ambwira ko ari ikipe nziza y’abafana.”

    Ku intego azanye muri iyi kipe, yagize ati “intego ni ukubafasha gutwara ibikombe birumvikana no kuba mu b’imbere nkatsinda ibitego byinshi.”

    Chrismar Malta Soares si we munya-Brazil wa mbere ugiye gukinira iyi kipe kuko no muri 2018 yari ifite Jonathan Rafael Da Silva ni mu gihe yanatojwe n’umutoza ukomoka muri iki gihugu, Robertinho.

    Chrismar Malta Soares rutahizamu waje muri Rayon Sports avuga ko yayumviseho byinshi

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-nari-nsanzwe-nyizi-papa-yarayimbwiye-rutahizamu-mushya-w-iyi-kipe-uvuye-brazil

  • Ibikubiye mu butumwa bwa Rafael York wakiniye… – #rwanda #RwOT

    Rafael York yatangiye guhamagarwa mu Mavubi ku mukino wa Mali na Kenya ariko kubera kubura ibyangombwa, ntiyabasha gukina iyi mikino yose n'ubwo yabaga ari ku kibuga. York w’imyaka 22, nyuma yo kubona ibyangombwa, yari mu bakinnyi bari bitezwe ku mikino ya Uganda aho yose yabanje mu kibuga ariko umukino ubanza akaza gusimbuzwa n’ubwo bitavuzweho rumwe n’abantu barebaga umukino, kuko bavugaga ko Mashami amakuyemo yari agishoboye.


    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Rafael York yagize icyo avuga ku mikino ibiri yakinnye ndetse yemeza ko aricyo gihe ngo Amavubi atsinde. Yagize ati: 'Ni ibintu bibabaje kubera iyi mikino ibiri dutsinzwe, gusa umupira w’amaguru ntabwo buri gihe ari umunyakuri. Kuri ubu, nicyo gihe ngo twiminjiremo agafu ndetse dushake amanota atatu ya mbere ndetse n’ibindi bihe bizaza.'


    York yakiniye Suwede y’abato 

    Amavubi nyuma yo gutsindwa na Mali, akanganya na Kenya ndetse agatsindwa imikino ibiri na Uganda, mu kwezi gutaha bafite kuzakira Mali tariki 11, nyuma y’iminsi 3 bajye gusura Kenya bahite basoza imikino y’amatsinda.


    York ubu ni umukinnyi w’Amavubi mu bihe biri imbere

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110372/ibikubiye-mu-butumwa-bwa-rafael-york-wakiniye-amavubi-bwa-mbere-110372.html

  • Video: Abaturage bo mu karere ka Ngoma biroshye mu muhanda bishimira kuzamuka kw'ikipe yabo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abaturage batuye mu karere ka Ngoma bashimishijwe cyane nuko ikipe ya Étoile de l'Est yazamutse mu kiciro cya mbere muri shampiyona y'umupira w'amaguru hano mu Rwanda maze bajya mu muhanda bishimira ibyo ikipe yabo yari imaze kugeraho.

    Nkuko amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza, abaturage ba Ngoma bari bishimye cyane bigaragaza ko banyuzwe cyane nuko ikipe yabo yazamutse ikajya mu kiciro cya mbere muri shampiyona y'umupira w'amaguru hano mu Rwanda.

    Source : https://yegob.rw/video-abaturage-bo-mu-karere-ka-ngoma-biroshye-mu-muhanda-bishimira-kuzamuka-kwikipe-yabo/

  • Gicumbi na Etoile de l'Est mu byishimo byo kugaruka mu cyiciro cya mbere – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'imyaka 24, idakandagira mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y'u Rwanda, Etoile de l'Est irazamutse, itsinze Amagaju kuri penaliti 6-5.

    Gicumbi FC yari imaze umwaka umwe mu cyiciro cya 2 yongeye kugaruka imaze gutsinda heroes 2-1.

    Abanya gicumbi bongeye kwishima nyuma yo kugaruka mu cyiciro cya mbere aho n'abamwe mu bayobozi bishimiye kugaruka kwa gicumbi.

    Gicumbi fc igarukanye ingufu mu cyiciro cya mbere nyuma y'umwaka umwe mu cya kabiri.

    Etoile de l'Est nyuma y'imyaka 24 itari mu cyiciro cya mbere yongeye kugaruka.

    Source : https://yegob.rw/gicumbi-na-etoile-de-lest-mu-byishimo-byo-kugaruka-mu-cyiciro-cya-mbere/