Tag: Imikino

  • Hitimana Thierry yagizwe umutoza wa Simba SC nyuma yo kwirukanwa kwa Didier Gomes Da Rosa #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda Thierry Hitimana ahawe by'agateganyo inshingano zo kuba umutoza mukuru wa Simba nyuma yo kwirukanwa kwa Didier Gomes wari umutoza mukuru.

    Umutoza Didier Gomes Da Rosa, ufite ubwenegihugu bw'Ubufaransa na Portugal, yatandukanye n'ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania yinjiyemo kuwa 24 Mutarama 2021.

    Uyu mutoza wazengurutse Afrika azamuwe na Rayon Sports,yatandukanye na Simba SC nyuma yo kunanirwa kugera mu mikino y'amatsinda ya CAF Champions League.

    Gomes na Simba SC bakoze amakosa cyane basezererwa na Jwaneng Galaxy yo muri Botswana bari batsinze 2-0 mu mukino ubanza wabereye muri Botswana hanyuma uwo kwishyura iyi kipe inyagira Simba SC ibitego 3-1.Iyi Jwaneng yakomeje kubera ibitego byo hanze kuko bari banganyije 3-3.

    Uyu mutoza asimbuwe n'Umunyarwanda Hitimana Thierry by'agateganyo cyane ko ariwe wari umwungirije.

    Gomes Da Rosa, watoje Rayon Sports yo mu Rwanda akanayihesha igikombe cya shampiyona mu mwaka w'imikino wa 2012-2013, yagejeje Simba SC muri 1/4 cy'irangiza cya TOTAL CFA Champions League 2020-2021 mu mwaka w'imikino ushize asezererwa na Kaiser Chiefs.

    Gomes Da Rosa w'imyaka 52 y'amavuko, ni umwe mu batoza abakunda Rayon Sport batazibagirwa kuko uretse kubahesha igikombe cya shampiyona muri 2013 baherukaga mu myaka icyenda, yanahinduye isura y'iyo kipe mu mikinire, inatwara ibikombe bitandukanye byagiye bitegurwa imbere mu gihugu.

    Uretse gutoza Rayon Sports,Gomes yatoje muri Cameroun aho yahesheje Coton Sport de Garoua igikombe mu mwaka wa 2014 na 2015, ndetse atoza Horoya muri Guinea,CS Constantine,Ismaily n'izindi.

    Gomes Da Rosa yanagejeje Coton Sport de Garoua muri kimwe cya kabiri mu mikino y'igikombe cya Confederation Cup.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/hitimana-thierry-yagizwe-umutoza-wa-simba-sc-nyuma-yo-kwirukanwa-kwa-didier

  • Thierry Henry yahishuye impamvu ikomeye iri gutuma Messi adatanga umusaruro muri PSG #rwanda #RwOT

    Uyu munya Argentine aracyagerageza kumenyera Ligue 1, kuko nta gitego yatsinze mu mikino ine yakinnye muri shampiyona, ndetse bamwe banenga umusaruro we kuva yagera mu Bufaransa.

    Henry yabwiye RMC Sport ati: “[Messi] ari mu bwigunge [yarahejwe], nta mipira ahabwa.Ntabwo navuga ko ababaye, ariko ari wenyine. Namwifuriza gukina aca hagati.

    “Mfite ikibazo kuri Leo aca iburyo. Hagati, ashobora kuzamura umuvuduko. Hari ikintu kigomba gukorwa kugira ngo Mbappe, Neymar na Messi bakinane.”

    Uyu wahoze ari rutahizamu wa Arsenal yakomeje kwibaza umwanya wa Messi ku ruhande rw'umutoza wa PSG, Mauricio Pochettino.

    Henry yakomeje agira ati: “Ntabwo mbona ko ashobora gukora itandukaniro aca iburyo, ariko rero ntabwo mfite amakuru arambuye ku mayeri y'umutoza mu kumukinisha.

    Henry yavuze ko Messi akiri ku rwego rwo hejuru gusa ko umutoza wa PSG ariwe ugomba gutuma atanga umusaruro.Yashimangiye ko “afite imipira mike igana kuri we.”

    Henry wakinannye na Messi imyaka itatu muri Barcelona kuva 2007-2010, yatangaje ko ikipe ya PSG ubu iyobowe na Kylian Mbappe, ariko ashimangira ko ikwiriye kureba cyane kuri Messi kurusha uyu musore muto w'Umufaransa.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/thierry-henry-yahishuye-impamvu-ikomeye-iri-gutuma-messi-adatanga-umusaruro

  • Umukinnyi wa APR FC yakoze impanuka #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa APR FC ukina hagati mu kibuga, Mugisha Bohneur bakunze kwita Casemiro yaraye akoze impanuka ya moto aho yahise ashyirwaho sima ku kuguru.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko iyi mpanuka yaraye ibaye ku mugoroba w’ejo hashize, ni nyuma y’uko APR FC yari imaze gutanga akaruhuko ku bakinnyi mbere y’uko bakomeza imyitozo.

    Nyuma y’uko ikipe ivuye muri Tunisia, ejo bahawe akaruhuko kazarangira ku wa Kane, uyu mukinnyi rero akaba yaje gukora impanuka ya moto yabereye i Kanombe.

    Yagize ikibazo ku kuguru kw’iburyo akaba yahise ajya kwa muganga bamushyiraho sima. Amakuru avuga ko bazayikuraho nyuma y’ibyumweru bibiri.

    Bivuze ko atazaboneka ku mukino ufungura shampiyona ya 2021-22 APR FC izakinamo na Gicumbi FC ku Cyumweru tariki ya 31 Ukwakira 2021.

    Bamushyizemo sima

    Bohneur agiye kumara igihe adakina

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umukinnyi-wa-apr-fc-yakoze-impanuka

  • Manchester United munzira zo kwirukana Ole Gunner Solskjær. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma yigihe kinini gishize Manchester United itabona umusaruro yifuza kuruhando mpuzamahanga, Abakunzi bayo bayishyiraho igitutu. Hashize imyaka itatu iyi kipe itozwa na ole Gunner solskjær, nta gikombe cya shampiona aratwara ndetse ntanicya championsleage cyangwa europaleage aratwara ibi bigatuma agira we nikipeye bishyirwa igitutu. Muri uyu mwaka Manchester United yari yongeye ingufu mwikipe doreko yari yaguze Cristiano Ronaldo imukuye muri Juventus ikagura nabandi bakinnyi bakomeye nka Varane ndetse na Sancho tutibagiwe nabandi bakinnyi bakomeye isanganywe nka Pogba, Degea, Bruno ndetse nabandi. Nyuma yo gutsindwa irushwa cyane nikipe ya Liverpool ibitego bitanu(5) ku busa(0), amajwi menshi yabafana ndetse nabakurikirana Umupira muri rusange arashinja umutoza Ole kuba nyirabayazana wumusaruro muke muri Manchester United.

    Ibivugwako Manchester igiye kwirukana Ole Gunner solskjær, byamenyekanye Nyuma yikwirakwizwa ryamakuru avugako Manchester United iri mu biganiro numutoza Antonio Conte bitangajwe na Sky Italia.

    Source : https://yegob.rw/manchester-united-munzira-zo-kwirukana-ole-gunner-solskjaer/

  • Abakinnyi 10 bo kwitondera mu mwaka w’imikino 2021-22(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru umwaka w’imikino 2021-22, izatangira mu mpera z’iki cyumweru, bitewe n’uburyo amakipe yiyubatse hari ayatangiye guhabwa amahirwe yo kwitwara neza muri shampiyona.

    Muri iyi nkuru, ISIMBI yanyujije amaso mu makipe yose uko yiyubatse ndetse n’abakinnyi yari asangwanywe, itegura abakinnyi 10 bashobora kuzatanga akazi ndetse n’amakipe bazaba bahanganye agomba kwitondera.

    Lamine Moro — AS Kigali

    Lamine Moro, ni myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi uheruka gusinyira AS Kigali, ni umukinnyi w’ibigango kandi utuje kandi ubangutse ku buryo bigora ba rutahizamu kuba bamunyuraho mu buryo bworoshye. Azi gutsinda cyane imipira yo ku mitwe iba ivuye muri koruneri.

    Uyu mukinnyi ukomoka muri Ghana, umwaka ushize w’imikino yakinaga muri Yanga muri Tanzania ari na we kapiteni wayo, yaje gutandukana nayo atari uko ari ubuswa ahubwo bitewe n’ibibazo yagiranye n’iyi kipe ahanini bishingiye ku myitwarire.

    Omborenga Fitina — APR FC

    Ni myugariro wo ku ruhande rw’iburyo mu ikipe ya APR FC, ni umusore umaze kwerekana ko mu gihe yaba ari muzima yaba ari mu bakinnyi beza ku mwanya akinaho muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

    Ni umukinnyi wihuta ndetse afasha ikipe ye mu gusatira aho ahindura imipira myinshi imbere y’izamu ry’uwo bahanganye, aratsinda ikindi ni umusore nko mu mwaka ushize w’imikino yagaragaje ko afite indi mpano yo gutera imipira y’imiterekano kandi ikajyamo. Ni umusore ukwiye kwitonderwa.

    Isaac Nsengiyumva — Rayon Sports

    Ni umukinnyi mushya muri Rayon Sports na shampiyona y’u Rwanda yakinaga mu ikipe ya Express yo muri Uganda.

    Ni umukinnyi ukina mu kibuga hagati imbere yaba myugariro (6) benshi bakunda kwita umukaseri. Mu mikino ya gicuti Rayon Sports yakinnye yagaragaje ko yiteguye kuba yakinira ku bibuga byiza n’ibibi kandi agakina neza, ni umukinnyi uzi kwambura imipira akanayitanga, afite igihagararo n’imbaraga ku buryo kumutwara umupira bigorana.

    Rharb Youssef — Rayon Sports

    Ni umunya-Maroc uheruka gusinyira Rayon Sports. Akina inyuma y’umwataka cyangwa akaba yanyura ku ruhande asatira, uyu ni umwe mu bakinnyi bazatanga akazi kuri ba myugariro bazaba bahanganye na we, kumuhagarika birabasaba ko bagomba kumwitondera.

    Ni umukinnyi uzi gucenga utitonze yagukoza isoni, atanga imipira mibi kubo bahanganye ikaba myiza kuri bagenzi be, ni umukinnyi buri mutoza yakwifuza kugira mu ikipe ye.

    Hakizimana Muhadjiri — Police FC

    Ni umukinnyi wa Police FC ukina inyuma y’umwataka, si ubu gusa n’ubusanzwe akenshi abakinnyi bagiye guhura na we baba bikandagira kuko ni umusore isaha n’isaha yagutsinda igitego aho ari hose mu kibuga.

    Ntabwo yihuta ariko na none ni umukinnyi uzi gucenga, ukoresha umupira icyo yifuza, akenshi kuwumwambura ni ukumukorera ikosa, azwiho gutsinda imipira y’imiterekano cyane cyane iyegereye urubuga rw’amahina.

    Manishimwe Djabel — APR FC

    Ni umukinnyi ugiye gukina umwaka we wa 3 muri APR FC, muri iyi minsi usanga umukino w’iyi kipe ari we ushingiyeho, azi gutembereza umupira, yawutanga aho ashaka kandi neza, azi gucenga ikindi aranatsinda.

    Ni umusore uzwiho gutanga imipira myinshi kandi myiza imbere y’izamu kereka ba rutahizamu be binaniwe. Kimwe mu bintu azwiho ni uko imyaka yose yakinnye muri shampiyona ari umwe mu basore basoza shampiyona ari mu bakinnyi batanze imipira myinshi yavuyemo ibitego, n’uyu mwaka byitezwe ko atazorohera abo bahanganye.

    Kwizera Pierrot — AS Kigali

    Umukinnyi ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya AS Kigali, amaze imyaka myinshi akina muri shampiyona yo mu Rwanda, ni umukinnyi ushyira igitutu kubo bahanganye kuko bimworohera gutanga umupira mwiza kandi aho yifuza, afasha mu kugurarira iyo ikipe yasatiriwe. Bisaba kumuhozaho ijisho kuko ni umukinnyi uzwiho gutsinda ibitego bitunguranye, Pierrot ntapfa kwamburwa umupira byoroshye, ikindi ari nacyo abo bahanganye bamutinyira, ni umukinnyi mwiza ku mipira y’imiterekano, iyegereye urubuga rw’amahina yo iyo ayihushije ni nk’uko umukinnyi ahusha penaliti.

    Onana Willy Essombe — Rayon Sports

    Ni umunya-Cameroun uheruka gusnyira Rayon Sports, mu mikino ya gicuti yakinnye yagarageje ko azatanga akazi ku bo bahanganye cyane cyane ba myugariro bo ku mpande kuko asatira anyuze ku mpande, azi gutsinda no gutanga imipira ivamo ibitego.

    Emmanuel Arnold Okwi — Kiyovu Sports

    Rutahizamu akaba na kapiteni wa Uganda wakiniye amakipe atandukanye nka Simba SC yo muri Tanzania, aheruka gusinyira ikipe ya Kiyovu Sports na we ni umwe mu bakinnyi bitezweho kutazorohera amakipe bazahura.

    Shabani Hussein Tchabalala — AS Kigali

    Ni umurundi ukinira ikipe ya AS Kigali, umwaka ushize w’imikino yasoje ku mwanya wa mbere mu batsinze ibitego byinshi, asatira anyuze ku mpande cyangwa se akaba yakina ari we mwataka(striker), arihuta azi no gucenga. Kimwe nk'umwaka ushize nabwo byitezwe ko azatanga akazi gakomeye.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-10-bo-kwitondera-mu-mwaka-w-imikino-2021-22-amafoto

  • Rayon Sports yashyizeho Kapiteni mushya usimbura Rugwiro Herve wigendeye #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021, nibwo habaye uyu muhango ngaruka mwaka ikipe ya Rayon Sports ikora wo kwerekana abakinnyi iba igiye gukoresha mu mwaka w'imikino uba giye gutangira uzwi nka 'Rayon Sports Day'.

    Uyumuhango waranzwe no gutangaza kapiteni mushya wa Rayon Sports,uyu akaba ari umwe mu bakinnyi bitangarije ko bayikunda cyane “Muhire Kevin” benshi bakunze kwita Rooney.

    Muhire Kevin azungirizwa na Iranzi Jean Claude nka kapiteni wa kabiri ndetse na Habimana Hussein Eto'o nka kapiteni wa 3.

    Muri ibi birori byaraye bibereye kuri Stade Amahoro i Remera,haririmbye abahanzi batandukanye barimo Symphony Band, Sky2, Senderi na Khalfan ndetse habaye umukino wa gicuti utitabiriwe cyane nk'uko byari byitezwe bitewe n'impamvu zirimo no kugorwa mu kugura amatike hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Muri uyu mukino wa gicuti,Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1 byatsinzwe na Bigirimana Abedi na Mugenzi Bienvenue, ni mu gihe igitego cya Rayon Sports cyatsinzwe na Onana Willy Essombe kuri Penaliti.

    Abakunzi ba ruhago bishimiye kugaruka ku kibuga nyuma y'amezi asaga 19 kubera icyorezo cya COVID-19.

    Umunyezamu Kwizera Olivier watanzwe ku rutonde rw'abakinnyi ba Rayon Sports muri uyu mwaka mushya w'imikino, ntiyagaragaye mu berekanywe ejo.

    Muhire Kevin mu mwaka ushize w'imikino yari yasinyiye Rayon Sports amasezerano y'amezi abiri, akaba yari yaranayikiniye imyaka ine mbere yo kwerekeza mu Misiri




    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/rayon-sports-yashyizeho-kapiteni-mushya-usimbura-rugwiro-herve-wigendeye

  • AS Kigali yasezerewe muri Confederations Cup #rwanda #RwOT

    Ikipe ya AS Kigali yasezerewe muri CAF Confederations Cup na Darling Club Motema Pembe(DCMP) ku giteranyo cy’ibitego 4-2.

    Uyu munsi nibwo habaye umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup aho AS Kigali yari yasuye DCMP.

    Umukino ubanza wari wabereye i Kigali, DCMP yari yatsinze AS Kigali ibitego 2-1.

    Abasore ba AS Kigali bagiye muri uyu mukino bazi neza ko icyo basabwa ari ugutsinda kugira ngo bakomeze mu kindi cyiciro.

    Ntabwo baje guhirwa kuko baje na wo kuwitsindwa ibitego 2-1. Katulondi Kati yaje gufungura amazamu ku munota 25 ku ruhande rwa DCMP.

    Iki gitego cyaje kwishyurwa na Kwizera Pieerot kuri kufura ku munota wa 45. Karim Kimvuidi yaje gutsindira DCMP igitego cya 2 ku munota wa 49. Umukino warangiye ari 2-1 maze AS Kigali isezererwa mu irushanwa ku giteranyo cy’ibitego 4-2.

    AS Kigali yasezerewe ku giteranyo cy’ibitego 4-2

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/as-kigali-yasezerewe-muri-confederations-cup

  • Manchester United yahuye n' uruva gusenya , amafoto #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021, ikipe ya Manchester United yahuye n' uruva gusenya ubwo yatsindwaga ibitego 5_ 0 n' ikipe ya Liverpool mu mukino wa shampiyona y' Abongereza wabereye ku kibuga cya Old Trafford.

    Umunya-Guinée-Conakry Naby Keita ni we wafunguriye Liverpool amazamu ku gitego cyo ku munota wa gatanu w'umukino, mbere y'uko umunya-Portugal Diogo Jota atsinda icya kabiri ku munota wa 13.

    Iyi kipe y'umutoza Jürgen Klopp yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 38 ibifashijwemo na Mohamed Salah, mbere y'uko uyu munya-Misiri yongeramo ibindi bitego bibiri yatsinze ku munota wa 45+5 n'uwa 50.

    Ni bwo bwa mbere mu mateka ya shampiyona y'Abongereza Manchester United yarangije igice cya mbere cy'umukino inyagiwe ibitego 4-0, ibyatumye abafana bayo bahitamo gutangira kwitahira iminota 45 y'umukino ikirangira.

    Uyu mukino wahuje aya makipe yombi ni wo ufatwa nk'uwa mbere ukurikirwa n'abantu benshi muri shampiyona y'Abongereza.

    Gutsinda uyu mukino byatumye Liverpool ifata umwanya wa kabiri n'amanota 21, mu gihe Man United yafashe uwa karindwi n'amanota 14.

    Kuri ubu igitutu cyose kiri ku mutoza Ole Gunnar Solskjaer ufite ibyago byinshi byo guhita yirukanwa.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/25/manchester-united-yahuye-n-uruva-gusenya-amafoto/

  • Liverpool yambuye ubusa Manchester United aba… – #rwanda #RwOT

    Umugoroba ntabwo ubaye mwiza ku bakinnyi, abakunzi n’abafana ba Manchester United kubera urunganda rw’ibitego bitanu batsinzwe na mucyeba wabo Liverpool. Uyu munsi Shampiyona y’ubwo hakinwaga umunsi wa cyenda ariko ubaye umunsi w’umukara ku mashitani atukura.


    Ronaldo ntabwo yarebye mu izamu 

    Saa 17:30 nibwo amakipe yombi yamanutse mu kibuga, Manchester United ishaka amanota 3 ngo irebe ko yagaruka mu makipe ane ya mbere. Keita ntabwo yabahaye amahwemo ngo atume baninjira mu mukino, kuko ku munota wa 5 yahise afungura amazamu ku mupira yari ahawe na Mohamed Salah.


    Ku munota wa 13, umunya-Portugal Diego Jota, yaje gutsinda igitego cya kabiri, imibare itangira kuba mibi kuri Manchester United. Mu cyumweru hagati, Manchester United yari yarahuye na Atalanta FC muri Champions League, iyibanza ibitego bibiri, ariko Manchester United iza kubyishyura. Abantu benshi bari bagifite ikizere ko iyi kipe imaze iminsi ibanzwa igitego, nabwo ishobora gutungurana ikabyishyura.


    Salah yatahanye umupira 

    Ntabwo umunsi wari mu ruhande rwa Manchester United kuko ku munota wa 38, kizigenza Mohamed Salah yaje nawe gufungura amazamu ku gitego cye cya mbere kikaba icya gatatu muri uyu mukino. Ku ruhande rwa Manchester United, abakinnyi bari batangiye gushyuha mu mutwe, Luke Shaw, Cristiano Ronaldo na Fred bahawe amakarita y’umuhondo bikurikiranya. Igice cya mbere cyenda kurangira, Mohamed Salah yaje gutsinda igitego cya 4 amakipe yombi ajya kuruhuka Manchester isabwa kuza ikishyura ibitego 4.


    Igice cya kabiri kigitangira, Ole yakuyemo Mason Green wood hinjira Paul Pogba, utamazemo umwanya kuko ku munota wa 60 yahise abona ikarita y’umutuku. Ole yongeye akora impinduka akuramo Bruno Fernandes ashyiramo Edinson Cavani, ndetse na Diogo Dalot asimbura Marcus Rashford ariko bose ntibagira icyo bakora, kuko umukino warangiye Manchester United itarebye mu izamu ku bitego bitanu Liverpool yari yatsinze. ubwo Pogba yabonaga ikarita y’umutuku, abafana batangiye kwisohokera kuri sitade kandi kubwinshi ubona ko batishimiye imikinire y’ikipe yabo.


    Abafana bamwe batashye bashaka ko umutoza Ole yakirukanwa

    Uyu mukino usize Livier ku mwanya wa kabiri n’amanota 21 mu gihe Manchester United iri ku mwanya wa 7 n’amanota 14.


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110751/liverpool-yambuye-ubusa-manchester-united-abafana-bataha-umukino-utarangiye-amafoto-110751.html

  • Real Madrid itsindiye Barcelona iwayo, iyanik… – #rwanda #RwOT

    Wari umukino wo ku munsi wa 10 wa shampiyona ya Espagne aho Barcelona yari yagaruye abakinnyi hafi ya bose bayo, yashakaga intsinzi yayo ya mbere ya El Carrasco,  nyuma y'aho Lionel Messi aviriye muri iyi kipe. Umukino watangiye Barcelona yiharira umupira ndetse banahererekanya neza, ariko uburyo bwa nyuma bw’igitego bukanga. Real Madrid nayo yacungiraga ku mipira y’umuvuduko ishingiye ku dutero shuma, ariko nabo ikibazo kikaba kimwe, uburyo bw’igitego.


    Abakinnyi Barcelona yabanje mu kibuga: Ter Stegen; Mingueza, Piqué, Eric, Busquets, De Jong, Gavi, Jordi Alba; Dest, Ansu, Memphis.


    Ku munota wa 32, nibwo Real Madrid yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na David Alaba ku mupira yari ahawe na Rodrigo, ndetse igice cya mbere kirangira nta mpinduka zibayeho.


    Alaba ni we wafunguye amazamu 

    Abakinnyi Real Madrid yabanjemo: Courtois; Lucas, Militao, Alaba, Mendy; Casemiro, Kroos, Modric, Rodrigo; Benzema, Vinícius.


    Igice cya kabiri gitangiye, Barcelona yakoze impinduka ikuramo Oscar Mingueza, hinjira Philippe Coutinho. Umukino wakomeje gukinirwa mu kibuga hagati, ku munota wa 72 Rodrigo atanga umwanya Federico Valverde yinjira mu kibuga ku munota wa 74, Barcelona nayo ikora impinduka Ansu Fati ava mu kibuga asimbuwe na Aguero ku munota wa 77 Frenkie de Jong nawe aha umwanya Sergio Roberto, ndetse na Pablo Gavira ava mu kibuga asimbuwe na Luuk de Jong gusa igitego kiguma kubura. Ku munota wa 87, Vinicius Junior yasimbuwe na Marco Asensio,  ku munota wa 90 Federico Valverde wari wagiye mu kibuga asimbuye yongera kuvamo asimbuwe na Daniel Carvajal.


    Ku munota wa 90+3 Real Madrid yabonye igitego gitsinzwe na Lucas Vazquez, ndetse umukino wenda kurangira Sergio Aguero wari wagiye mu kibuga asimbuye, atsinda igitego cye cya mbere muri El Carrasco, umukino urangira ari ibitego 2 bya Real Madrid kuri kimwe cya Barcelona. Ubu Real Madrid niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 20 mu gihe Barcelona iri ku mwanya wa 8 n’amanota 15.



    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110748/real-madrid-itsindiye-barcelona-iwayo-iyanikira-ku-rutonde-amafoto-110748.html