Ubuyobozi bw’ikipe ya Tottenham Hotspur bumaze gutangaza ko uwari umutoza wayo Nuno Espirito Santo bamaze gutandukana ndetse na bagenzi be bakoranaga barimo Lan Cathro, Rui Barbosa na Antoinio Dias
“Ndabizi uburyo Nuno n’abo bakoranaga bashakaga kugera ku ntsinzi, gusa nanjye ndicuza ku buryo dufashe uyu mwanzuro.” Fabio Paratici umuyobozi wa Siporo muri Tottenham Hotspur aganira n’itangazamakuru. “Nuno ni umugabo w’umunyakuri kandi azamya guhabwa ikaze hano. Namushimira ndetse nabo bakoranye tukanamwifuriza amahirwe mu gihe kiri imbere.”
Nuno yari amaze amezi ane atoza SpursÂ
Nuno Espirito Santo asize Tottenham Hotspur ku mwanya wa 8 n’amanota 15 akaba yarageze muri Tottenham Hotspur avuye muri Wolves yari amazemo igihe.
Imikino ya CECAFA y’abangavu batarengeje imyaka 20 iri kubera muri Uganda kuri uyu munsi hatangira imikino yo ku munsi wa kabiri aho Uganda iri iwayo yari yakiriye ikipe ya Djibouti umukino watangiye ku isaha ya Saa 10:00 za mu gitondo.
Uganda ikomeje kwanikira izindi kipe bari kumweÂ
Uganda isanzwe ikomeye muri aka karere itangiye yereka Djibouti ko iri hejuru ndetse igice cya mbere kirangira ari ibitego 6 ku busa bwa Djibouti. Igice cya kabiri Uganda yaje yongeraho ibitego 7, umukino urangira ari ibitego 13 ku busa bwa Djibouti.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Uganda Fauzia Najjemba yatsinze ibitego bigera kuri 6 ku munota wa 10′ 24′ 35′ 47′ 74′ na 82. Nandago na we yatsinze ibitego 2 ku munota wa 7′ na 57. Nagadya yatsinze, Nakibuuka, Namaganda.
Djibouti irahuritseÂ
Imikino iri bukurikireho, harimo umukino wa Ethiopia ihura na Eritrea, u Burundi bwakire Tanzania, ku wa gatatu gatangire umunsi wa gatatu.
Muri Kanama uyu mwaka,nibwo Lionel Messi yavuye muri Barcelona yari amazemo imyaka 21 ariko yatangiye kuvuga kuri gahunda yo kuyisubiramo kuko yemera ko 'akumbuye byose' ku buzima bwo mu murwa mukuru wa Catlonia.
Messi yemeje ko azasubira muri Barcelona n'umuryango we nibamara kurangiza amasezerano y'imyaka 2 yasinyiye Paris Saint-Germain.
Messi yavuze ko we n'umugore we Antonela Roccuzzo bifuzaga kuguma muri Barcelona ariko ubukene bw'ikipe bubangamira icyifuzo cye.
Mu kiganiro yagiranye na Sport uyu mugabo w'imyaka 34 yagize ati: 'Sinzi igihe amasezerano yanjye na PSG azarangirira.
'Ariko nanone icyemejwe, kandi kidashidikanywaho, ni uko tugiye kuba muri Barcelona kandi ubuzima bwacu buzaba buhari.
Yagaragaje ko yifuza kuzagira uruhare mu kongera kuzamura Barca kandi akavuga ko 'azishimira' kuba umuyobozi wa tekinike.
Abajijwe icyo akumbuye i Barcelona,yagize ati “Buri kimwe.”
'Byari igihe kinini ahantu hamwe, gahunda, imibereho ya buri munsi, njya mu rwambariro nari mpazi nkuko nzi ikiganza cyanjye.
'Kwimukira i Paris byari impinduka zuzuye. Byasobanuraga kugera ahantu hashya rwose, haba mu mujyi ndetse n'ikipe.
'Nakunze ubuzima nagize muri Barcelona, iyi kipe kandi ni ikintu nkumbuye nubwo bidasobanura ko ibintu bitameze neza hano.'
Mu kwerekana isura y'ibyumweru bye bya mbere hamwe na PSG,Messi yavuze ko zari inzozi mbi z'ubucucike bw'imodoka 'budashobora kwihanganirwa' hamwe n'abana be batatu bagowe n'ubuzima bwa hoteli, yongeyeho mu kiganiro cye na Sport ati: 'Twarangiritse aho twari turi mbere.
'Byose byari byoroshye kandi biri hafi. Najyanaga abana ku ishuri ngasubira mu rugo, hanyuma nkerekeza mu myitozo, ngasubira mu rugo gufata ibyo kurya,nkajya gutora abana.
'Uyu munsi, nta mwanya mfite wo kujyana abana ku ishuri,gusubira kubatwara nkajya no mu myitozo.'
Ku wa gatanu, Messi yasimbujwe mu gice cya kabiri mu mukino PSG yahanganaga na Lille nyuma yo kunanirwa kugira uruhare runini mu mikinire nubwo yari agifite imvune.
Mu ntangiriro z'icyumweru yari afite ikibazo cy'imvune y'imitsi ariko yari yatangaje ko agomba gukina.
Umutoza wa PSG, Mauricio Pochettino, yashimangiye ko yakuwe mu kibuga mu rwego rwo kwirinda.
Shampiyona y'ikiciro cya mbere mu bagabo mu mupira w'amaguru yatangiye mu mpera z'iki cyumweru dusoje mu mwaka w'imikino 2021-2022, ni umunsi warangiye amakipe 16 yakinnyemo imikino 8 abonye ibitego 16 yose hamwe.
Uko imikino yagenze muri rusange:
Ikipe ya Rayon Sports izwiho kugira abafana benshi
Kuwa gatandatu 30 Ukwakira 2021: Espoir FC 0-2 AS Kigali (Kamarampaka ) Marine FC 0-1 Gasogi United (Umuganda) Rayon Sports FC 1-0 Mukura VS&L (Nyamirambo) Kiyovu SC 1-0 Gorilla FC (Nyamirambo)
Ku cyumweru 31 Ukwakira 2021 APR FC 3-1 Gicumbi FC (Nyamirambo) Etoile de l'Est 0-3 Police FC (Ngoma) Etincelles FC 0-0 Rutsiro FC (Umuganda) Musanze FC 3-1 Bugesera FC (Ubworoherane )
Ku munsi wa mbere wa shampiyona ni uko umunya-Maroc Youssef Rharb ukinira ikipe ya Rayon Sports ariwe watsinze igitego cya mbere muri uyu mwaka aho yagitsinze mu mukino bakinaga n'ikipe ya Mukura VS&L, ni igitego cyabonetse ku munota wa kane.
Umukinnyi mukuru muri iyi shampiyona y'uyu mwaka ni Munyakazi Youssuf ukinira ikipe ya Rutsiro FC, kugeza ubu uyu afite imyaka 41 y'amavuko, ni mu gihe kandi umukinnyi muto ari umukinnyi w'ikipe ya Bugesera FC ari Hoziana Kennedy w'imyaka 16 naho umunyezamu wa Gorilla FC, Ndoli Jean Claude we arimo gukina umwaka w'imikino wa 18 mu kiciro cya mbere mu Rwanda.
Amakipe yazamutse mu kiciro cya mbere ni Etoile de l'Est yo mu karere ka Ngoma mu ntara y'i Burasizuba na Gicumbi FC yo mu karere ka Gicumbi mu ntara y'amajyaruguru y'u Rwanda.
Mu makipe 16 y'ikiciro cya mbere arimo gutozwa n'abatoza b'abanyarwanda ni Marines FC, Etincelles FC, Rutsiro FC, Gicumbi FC, Etoile de l'Est, AS Kigali, Mukura VS &L, Bugesera FC na Espoir FC.
Bugesera FC ikipe yo mu Karere ka BugeseraMusanze FC nayo ni ikipe ibarizwa I Musanze
Umukino umwe wagaragayemo ibitego byinshi ni uwahuje APR FC yatsinze Gicumbi ibitego bitatu kuri kimwe ndetse na Musanze FC yatsinze ibitego nkibyo Bugesera FC, uwabonetsemo ibitego bike ni uwahuje Etincelles FC yanganyije na Rutsiro ubusa ku busa.
Etoile de l'Est FC, Gicumbi FC na Bugesera FC niyo makipe yatsinzwe ibitego byinshi mu izamu ryayo aho hinjiyemo ibitego 3, ikipe itinjije igitego ni Etincelles FC, Rutsiro FC, Etoile de l'Est FC, Mukura VS&L , Marines FC, Espoir FC na Gorilla FC.
Ikipe ya Police FC niyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu izamu ry'ikipe ndetse yo ntiyinjizwa igitego na kimwe, hari mu mukino yatsinzemo Etoile de l'Est ibitego bitatu ku busa aha kandi niyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu minota 45 aho yatsinzemo bibiri.
Shampiyona y'u Rwanda irakomeza kuri uyu wa kabiri ndetse no ku wa gatatu hakinwa umunsi wa kabiri mu kiciro cya mbere.
Iyi mikino kandi yose ikaba yarakinwe abafana bemerewe kuyireba, ni nyuma yaho baherukaga ku bibuga muri Werurwe 2020 kubera icyorezo cya Koronavirusi, kugirango bemererwe gukurikirana shampiyona nuko babanzaga kwerekana ko bipimishije Koronavirusi ndetse bakagaragaza ko nta bwandu bafite ndetse no kuba barakingiwe inkingo zombi zayo.
Imikino y'ikiciro cya kabiri nayo mu bagabo mu mwaka w'imikino wa 2021-2022 batangiye gukina mu mpera z'iki cyumweru gisojwe.
Uko imikino yagenze: Group A Rwamagana City 2-1 Amagaju FC Esperance SK 2-2 Impessa FC Nyanza FC 0-1 Alpha FC Nyagatare FC 7-1 AkageraFC Rugende FC 1-2 Sunrise FC
Group B: Aspor FC 3-1 Interforce FC University of Rwanda 2-3 Giticyinyoni Heroes FC 1-1 La Jeunesse Gasabo United 2-1 United stars As Muhanga 3-2 Intare FC
APR FC yatangiye shampiyona itsinda Gicumbi FC ibitego 3-1, ni mu mukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Nyuma y’imikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wabaye ku munsi w’ejo hashize, uyu munsi yari yakomeje hakinwa imikino yari isigaye y’uyu munsi.
Kuri Stade Regional i Nyamirambo, APR FC yari yakiriye Gicumbi FC, ni umukino yatsinze mu buryo buyoroheye.
Ku munota wa 28, APR FC yari yamaze gufungura amazamu kuri penaliti yatsinzwe na Bacca ku ikosa ryari ryakorewe Manishimwe Djabel.
APR FC yaje kubona igitego cya kabiri gitsinzwe na Yannick Bizimana ku mupira yari acomokewe na Djabel ku munota wa 41. Amakipe yagiye kuruhuka ari 2-0.
Ku munota wa 53 APR FC yabonye igitego cya gatatu cyatsinzwe na Dieudonne nyuma y’ishoti rikomeye ariko umunyezamu arikuramo asubizamo n’umutwe.
Ku munota wa 55, Claude na Gilbert bavuyemo hinjiramo Anicet na Guilain.
Ku munota wa 70 Gicumbi FC yabonye igitego cya mbere cyatsinzwe na Calvin Leku ku mupira wari uhinduwe imbere y’izamu na Nsengayire Shadaddy.
APR FC yahise ikora izindi mpinduka Dieudonne wagize ikibazo cy’imvune na Bacca bavuyemo hajyamo Byiringiro Gilbert na Nizeyimana Djuma, Djabel yahaye umwanya Keddy ku munota wa 78. Umukino warangiye ari 3-1.
Mu yindi mikino Police FC yatsinze Etoile del’Est 3-0, Musanze FC itsinda Bugesera FC 2-0.
Ikipe ya Manchester United nyuma y'ibihe bibi cyane, yamanutse ku mwanya wa cyenda ku rutonde rw'uko amakipe akurikiranye ku rutonde rwa UEFA.
UEFA ibara gusa amanota yakusanyijwe mu myaka itanu ishize, harimo n'uko yitwaye muri UEFA Champions League ziheruka.
United ntiyitwaye neza mu Burayi mu myaka ishize nubwo yageze ku mukino wa nyuma wa Europa League iheruka gutsindwa na Villarreal kuri penaliti.
Kure cyane United iheruka kugera muri Champions League ni muri kimwe cya kane cy'irangiza â” aho batsinzwe na Barcelona muri 2019.
Nk'igisubizo, United yavuye ku mwanya yariho wa karindwi igera kuwa 9.
Liverpool bahanganye yazamutse hejuru ya United nyuma yo gutwara igikombe cya UEFA Champions League muri 2019 ndetse ikarangiza ku mwanya wa 2 mu mwaka wari wabanje.
Amakipe arimo Manchester City yageze ku mukino wa nyuma ubushize hamwe na Chelsea yatwaye igikombe ubu ziri hejuru ya United.
Nta gihe kinini gishize Renaissance Sportive de Berkane (RS Berkane) yubatse igitinyiro mu mupira wa Afurika, nk'ikipe ikomeye nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma muri CAF Confederation cup mu mwaka w'imikino wa 2018-19, ariko umwaka ukurikiyeho ikegukana iki gikombe.
Renaissance Sportive de Berkane yashinzwe mu 1938, bivuze ko hashize imyaka 83 ivutse, icyo gihe yabanje kwitwa Association Sportive de Berkane mbere y'uko mu mwaka wa 1953 ihindurirwa izina ikitwa Union Sportive Musulmane de Berkane.
Mu 1966 iyi kipe yongeye guhindurirwa izina yitwa Union Sportive de Berkane, muri uwo mwaka kandi mu mujyi wa Berkane hahise havuka indi kipe nshya yitwa Chabab Riadhi de Berkane.
Nyuma y'inama zahuje abari bayoboye aya makipe, bemeye guhuriza hamwe imbaraga nk'amakipe atuye mu mujyi umwe akavamo ikipe imwe ikomeye ishobora gukora amateka, maze Renaissance Sportive de Berkane (Nahdat Berkane) ivuka ityo mu 1971, ndetse itangira gukina mu cyiciro cya gatatu muri Maroc mu mwaka w'imikino wa 1977-78.
RS Berkane yatangiye gukina muri shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Maroc mu 2012, nyuma yo gusoza shampiyona y'icyiciro cya kabiri iri ku mwanya wa kabiri, icyo gihe ikaba yarayoborwaga na Fouzi Lekjaa, watangiye kuyiyobora mu 2009.
Mu 2018, bwa mbere RS Berkane yegukanye igikombe cyayo cya mbere, ubwo yatwaraga igikombe cy'igihugu cya Maroc, muri uwo mwaka kandi iyi kipe yagarukiye muri ¼ mu irushanwa rya CAF Confederation Cup.
Mu 2019, ntabwo iyi kipe yicaye kuko yageze ku mukino wa nyuma wa Confederation cup itsindwa na Zamalek yo mu Misiri.
Umwaka ukurikiyeho wa 2020, kuri Stade ya Moulay Abdellah Stadium iherereye i Rabat, RS Berkane yahakoreye amateka atazibagirana ubwo yahatsindiraga Pyramids yo mu Misiri igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wa CAF Confederation cup, igahita yegukana igikombe cya mbere mu mateka y'iri rushanwa.
RS Berkane itozwa n'umunya-Congo, Frôlent Ibenge uzwi cyane mu karere ndetse no muri Afurika nzima, akaba ahembwa ibihumbi 15 by'amadolari ku kwezi.
Iyi kipe kandi ifite abakinnyi babiri bakinaga muri shampiyona ya Tanzania batanzweho ibihumbi 140 by'amadolari, barimo Clatus Chama Chota wavuye muri Simba SC atanzweho ibihumbi 80 by'amadolari na Tuisila Kisinda wavuye muri Yanga Africans watanzweho ibihumbi 60 by'amadolari.
Iyi kipe ituye mu mujyi wa Berkane, ikinira ku kibuga cya Stade Municipal de Berkane giherereye muri uwo mujyi, kikaba gifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 10.
Iyi kipe ikaba iyoborwa n'umunya-Maroc Hakim ben abdellah, nta gikombe cya shampiyona ya Maroc iregukana mu myaka 83 imaze ishinzwe.
Muri uyu mwaka w'imikino wa 2021-22 ntabwo RS Berkane ihagaze neza muri shampiyona ya Maroc kuko mu mikino itandatu imaze gukina ifite amanota umunani gusa, ikaba iri ku mwanya wa Karindwi, ikaba irushwa amanota umunani na Wyday AC iyoboye urutonde rwa shampiyona.
Iyi kipe yo muri Maroc yageze muri iri jonjora rya gatatu nyuma yo gusezerera Ben Guerdane yo muri Tunisia ku kinyuranyo cy'ibitego 5-0.
Umukino ubanza uzahuza aya makipe uzabera i Kigali taliki 28/11/2021, mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe taliki 05/12/2021 muri Maroc.
RS Berkane yegukanye CAF Confederation cup mu 2020
RS Berkane ni ikipe imaze kubaka igitinyiro mu mupira w’amaguru wa Afurika
Muri iyi Tombola yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yo mu Rwanda yatomboye RS Berkane yo muri Morocco, aho umukino ubanza uzabera mu Rwanda,hagati ya 26-28 Ugushyingo 2021, naho uwo kwishyura ukazabera muri Morocco kuwa 05 Ukuboza 2021.
RS Berkane itozwa na Frôlent Ibenge yatwaye iki gikombe muri 2020 ndetse iri mu makipe ahora agera kure muri iki gikombe cya CAF Confederation Cup.
Iyi kipe y'ingabo z'igihugu yageze muri iki cyiciro nyuma yo gusezerwa na Etoile Sportve du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league ku giteranyo cy'ibitego 5-1 mu mikino yombi.
APR FC yari yanganyije na Etoile Sportives du Sahel i Kigali ibitego 1-1 gusa mu mukino wo kwishyura Etoile ibasha gutsinda ibitego 4-0.
Ikipe ya RS Berkane yashinzwe mu mwaka wa 1938 yitwa Association Sportive de Berkane.Yazamutse mu cyiciro cya mbere muri Maroc mu mwaka wa 2012.
Muri 2018, yegukanye igikombe cyayo cya mbere cya Moroccan Throne Cup.Muri Confederation Cup ya 2018,yagarukiye muri 1/4 hanyuma muri 2019 itsindirwa ku mukino wa nyuma na Zamalek.
Muri 2020, Renaissance Sportive De Berkane yatwaye Confederation Cup itsinze Pyramids yo mu Misiri 1â”0.