Tag: Imikino

  • Breaking: Tottenham Hotspur yirukanye Umutoza… – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’ikipe ya Tottenham Hotspur bumaze gutangaza ko uwari umutoza wayo Nuno Espirito Santo bamaze gutandukana ndetse na bagenzi be bakoranaga barimo Lan Cathro, Rui Barbosa na Antoinio Dias

    “Ndabizi uburyo Nuno n’abo bakoranaga bashakaga kugera ku ntsinzi, gusa nanjye ndicuza ku buryo dufashe uyu mwanzuro.” Fabio Paratici umuyobozi wa Siporo muri Tottenham Hotspur aganira n’itangazamakuru. “Nuno ni umugabo w’umunyakuri kandi azamya guhabwa ikaze hano. Namushimira ndetse nabo bakoranye tukanamwifuriza amahirwe mu gihe kiri imbere.”


    Nuno yari amaze amezi ane atoza Spurs 

    Nuno Espirito Santo asize Tottenham Hotspur ku mwanya wa 8 n’amanota 15 akaba yarageze muri Tottenham Hotspur avuye muri Wolves yari amazemo igihe.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110993/breaking-tottenham-hotspur-yirukanye-umutoza-wayo-nyuma-yamezi-ane-ahawe-akazi-110993.html

  • Uganda itsinze Djibouti ibitego 13-0, harimo… – #rwanda #RwOT

    Imikino ya CECAFA y’abangavu batarengeje imyaka 20 iri kubera muri Uganda kuri uyu munsi hatangira imikino yo ku munsi wa kabiri aho Uganda iri iwayo yari yakiriye ikipe ya Djibouti umukino watangiye ku isaha ya Saa 10:00 za mu gitondo.


    Uganda ikomeje kwanikira izindi kipe bari kumwe 

    Uganda isanzwe ikomeye muri aka karere itangiye yereka Djibouti ko iri hejuru ndetse igice cya mbere kirangira ari ibitego 6 ku busa bwa Djibouti. Igice cya kabiri Uganda yaje yongeraho ibitego 7, umukino urangira ari ibitego 13 ku busa bwa Djibouti.

    Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Uganda Fauzia Najjemba yatsinze ibitego bigera kuri 6 ku munota wa 10′ 24′ 35′ 47′ 74′ na 82. Nandago na we yatsinze ibitego 2 ku munota wa 7′ na 57. Nagadya yatsinze, Nakibuuka, Namaganda.


    Djibouti irahuritse 

    Imikino iri bukurikireho, harimo umukino wa Ethiopia ihura na Eritrea, u Burundi bwakire Tanzania, ku wa gatatu gatangire umunsi wa gatatu.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110990/uganda-itsinze-djibouti-ibitego-13-0-harimo-6-byumukinnyi-umwe-110990.html

  • Zlatan Ibrahimovic abonako Mbappe bisa nibidashoboka kuba igihangange. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Zlatan Ibrahimovic umukinnyi w'umupira wamaguru wabigize umwuga kumugabane w'iburayi, yatangaje ibintu byazafasha Kylian Mbappe gusa ni ibintu abenshi bahurijeho ko bidashoboka. Ibi yabitangaje asa nkuwerekana ko kuba igihangange kwa Mbappe bisa nkibidashoboka cyangwase bigoranye cyane. Zlatan Yagize ati 'Nkunda Mpappe gusa ntari gukora ibihagije. Yaba ukomeye aramutse yibabaje. Agomba kurigata amazi akahenda no mumuriro. Gerageza kwiyegereza abakubwirako udashoboye nibwo uzaba mwiza.' Ibi yabitangarije ikinyamakuru Telefoot mu rurimi rwicyongereza.

    Source : https://yegob.rw/zlatan-ibrahimovic-abonako-mbappe-bisa-nibidashoboka-kuba-igihangange/

  • Messi yatangiye kwifuza kwisubirira muri FC Barcelona kubera ibintu 2 bimugoye I Paris #rwanda #RwOT

    Muri Kanama uyu mwaka,nibwo Lionel Messi yavuye muri Barcelona yari amazemo imyaka 21 ariko yatangiye kuvuga kuri gahunda yo kuyisubiramo kuko yemera ko 'akumbuye byose' ku buzima bwo mu murwa mukuru wa Catlonia.

    Messi yemeje ko azasubira muri Barcelona n'umuryango we nibamara kurangiza amasezerano y'imyaka 2 yasinyiye Paris Saint-Germain.

    Messi yavuze ko we n'umugore we Antonela Roccuzzo bifuzaga kuguma muri Barcelona ariko ubukene bw'ikipe bubangamira icyifuzo cye.

    Mu kiganiro yagiranye na Sport uyu mugabo w'imyaka 34 yagize ati: 'Sinzi igihe amasezerano yanjye na PSG azarangirira.

    'Ariko nanone icyemejwe, kandi kidashidikanywaho, ni uko tugiye kuba muri Barcelona kandi ubuzima bwacu buzaba buhari.

    'Nicyo umugore wanjye ashaka kandi nanjye nshaka.'

    Yagaragaje ko yifuza kuzagira uruhare mu kongera kuzamura Barca kandi akavuga ko 'azishimira' kuba umuyobozi wa tekinike.

    Abajijwe icyo akumbuye i Barcelona,yagize ati “Buri kimwe.”

    'Byari igihe kinini ahantu hamwe, gahunda, imibereho ya buri munsi, njya mu rwambariro nari mpazi nkuko nzi ikiganza cyanjye.

    'Kwimukira i Paris byari impinduka zuzuye. Byasobanuraga kugera ahantu hashya rwose, haba mu mujyi ndetse n'ikipe.

    'Nakunze ubuzima nagize muri Barcelona, ​​iyi kipe kandi ni ikintu nkumbuye nubwo bidasobanura ko ibintu bitameze neza hano.'

    Mu kwerekana isura y'ibyumweru bye bya mbere hamwe na PSG,Messi yavuze ko zari inzozi mbi z'ubucucike bw'imodoka 'budashobora kwihanganirwa' hamwe n'abana be batatu bagowe n'ubuzima bwa hoteli, yongeyeho mu kiganiro cye na Sport ati: 'Twarangiritse aho twari turi mbere.

    'Byose byari byoroshye kandi biri hafi. Najyanaga abana ku ishuri ngasubira mu rugo, hanyuma nkerekeza mu myitozo, ngasubira mu rugo gufata ibyo kurya,nkajya gutora abana.

    'Uyu munsi, nta mwanya mfite wo kujyana abana ku ishuri,gusubira kubatwara nkajya no mu myitozo.'

    Ku wa gatanu, Messi yasimbujwe mu gice cya kabiri mu mukino PSG yahanganaga na Lille nyuma yo kunanirwa kugira uruhare runini mu mikinire nubwo yari agifite imvune.

    Mu ntangiriro z'icyumweru yari afite ikibazo cy'imvune y'imitsi ariko yari yatangaje ko agomba gukina.

    Umutoza wa PSG, Mauricio Pochettino, yashimangiye ko yakuwe mu kibuga mu rwego rwo kwirinda.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/messi-yatangiye-kwifuza-kwisubirira-muri-fc-barcelona-kubera-ibintu-2-byamugoye

  • Umunsi wa mbere wa shampiyona y'u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi #rwanda #RwOT

    Shampiyona y'ikiciro cya mbere mu bagabo mu mupira w'amaguru yatangiye mu mpera z'iki cyumweru dusoje mu mwaka w'imikino 2021-2022, ni umunsi warangiye amakipe 16 yakinnyemo imikino 8 abonye ibitego 16 yose hamwe.

    Uko imikino yagenze muri rusange:

    Ikipe ya Rayon Sports izwiho kugira abafana benshi

    Kuwa gatandatu 30 Ukwakira 2021:
    Espoir FC 0-2 AS Kigali (Kamarampaka )
    Marine FC 0-1 Gasogi United (Umuganda)
    Rayon Sports FC 1-0 Mukura VS&L (Nyamirambo)
    Kiyovu SC 1-0 Gorilla FC (Nyamirambo)

    Ku cyumweru 31 Ukwakira 2021
    APR FC 3-1 Gicumbi FC (Nyamirambo)
    Etoile de l'Est 0-3 Police FC (Ngoma)
    Etincelles FC 0-0 Rutsiro FC (Umuganda)
    Musanze FC 3-1 Bugesera FC (Ubworoherane )

    Ku munsi wa mbere wa shampiyona ni uko umunya-Maroc Youssef Rharb ukinira ikipe ya Rayon Sports ariwe watsinze igitego cya mbere muri uyu mwaka aho yagitsinze mu mukino bakinaga n'ikipe ya Mukura VS&L, ni igitego cyabonetse ku munota wa kane.

    Umukinnyi mukuru muri iyi shampiyona y'uyu mwaka ni Munyakazi Youssuf ukinira ikipe ya Rutsiro FC, kugeza ubu uyu afite imyaka 41 y'amavuko, ni mu gihe kandi umukinnyi muto ari umukinnyi w'ikipe ya Bugesera FC ari Hoziana Kennedy w'imyaka 16 naho umunyezamu wa Gorilla FC, Ndoli Jean Claude we arimo gukina umwaka w'imikino wa 18 mu kiciro cya mbere mu Rwanda.

    Amakipe yazamutse mu kiciro cya mbere ni Etoile de l'Est yo mu karere ka Ngoma mu ntara y'i Burasizuba na Gicumbi FC yo mu karere ka Gicumbi mu ntara y'amajyaruguru y'u Rwanda.

    Mu makipe 16 y'ikiciro cya mbere arimo gutozwa n'abatoza b'abanyarwanda ni Marines FC, Etincelles FC, Rutsiro FC, Gicumbi FC, Etoile de l'Est, AS Kigali, Mukura VS &L, Bugesera FC na Espoir FC.

    Bugesera FC ikipe yo mu Karere ka Bugesera
    Musanze FC nayo ni ikipe ibarizwa I Musanze

    Umukino umwe wagaragayemo ibitego byinshi ni uwahuje APR FC yatsinze Gicumbi ibitego bitatu kuri kimwe ndetse na Musanze FC yatsinze ibitego nkibyo Bugesera FC, uwabonetsemo ibitego bike ni uwahuje Etincelles FC yanganyije na Rutsiro ubusa ku busa.

    Etoile de l'Est FC, Gicumbi FC na Bugesera FC niyo makipe yatsinzwe ibitego byinshi mu izamu ryayo aho hinjiyemo ibitego 3, ikipe itinjije igitego ni Etincelles FC, Rutsiro FC, Etoile de l'Est FC, Mukura VS&L , Marines FC, Espoir FC na Gorilla FC.

    Ikipe ya Police FC niyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu izamu ry'ikipe ndetse yo ntiyinjizwa igitego na kimwe, hari mu mukino yatsinzemo Etoile de l'Est ibitego bitatu ku busa aha kandi niyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu minota 45 aho yatsinzemo bibiri.

    Shampiyona y'u Rwanda irakomeza kuri uyu wa kabiri ndetse no ku wa gatatu hakinwa umunsi wa kabiri mu kiciro cya mbere.

    Iyi mikino kandi yose ikaba yarakinwe abafana bemerewe kuyireba, ni nyuma yaho baherukaga ku bibuga muri Werurwe 2020 kubera icyorezo cya Koronavirusi, kugirango bemererwe gukurikirana shampiyona nuko babanzaga kwerekana ko bipimishije Koronavirusi ndetse bakagaragaza ko nta bwandu bafite ndetse no kuba barakingiwe inkingo zombi zayo.

    Imikino y'ikiciro cya kabiri nayo mu bagabo mu mwaka w'imikino wa 2021-2022 batangiye gukina mu mpera z'iki cyumweru gisojwe.

    Uko imikino yagenze:
    Group A
    Rwamagana City 2-1 Amagaju FC
    Esperance SK 2-2 Impessa FC
    Nyanza FC 0-1 Alpha FC
    Nyagatare FC 7-1 AkageraFC
    Rugende FC 1-2 Sunrise FC

    Group B:
    Aspor FC 3-1 Interforce FC
    University of Rwanda 2-3 Giticyinyoni
    Heroes FC 1-1 La Jeunesse
    Gasabo United 2-1 United stars
    As Muhanga 3-2 Intare FC

    The post Umunsi wa mbere wa shampiyona y'u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/umunsi-wa-mbere-wa-shampiyona-yu-rwanda-umwaka-wa-2021-2022-wabonetsemo-ibitego-16-umukino-umwe-niwo-wabuzeho-igitego-ibyaranze-uyu-munsi/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=umunsi-wa-mbere-wa-shampiyona-yu-rwanda-umwaka-wa-2021-2022-wabonetsemo-ibitego-16-umukino-umwe-niwo-wabuzeho-igitego-ibyaranze-uyu-munsi

  • APR FC yatsinze Gicumbi FC #rwanda #RwOT

    APR FC yatangiye shampiyona itsinda Gicumbi FC ibitego 3-1, ni mu mukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo.

    Nyuma y’imikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wabaye ku munsi w’ejo hashize, uyu munsi yari yakomeje hakinwa imikino yari isigaye y’uyu munsi.

    Kuri Stade Regional i Nyamirambo, APR FC yari yakiriye Gicumbi FC, ni umukino yatsinze mu buryo buyoroheye.

    Ku munota wa 28, APR FC yari yamaze gufungura amazamu kuri penaliti yatsinzwe na Bacca ku ikosa ryari ryakorewe Manishimwe Djabel.

    APR FC yaje kubona igitego cya kabiri gitsinzwe na Yannick Bizimana ku mupira yari acomokewe na Djabel ku munota wa 41. Amakipe yagiye kuruhuka ari 2-0.

    Ku munota wa 53 APR FC yabonye igitego cya gatatu cyatsinzwe na Dieudonne nyuma y’ishoti rikomeye ariko umunyezamu arikuramo asubizamo n’umutwe.

    Ku munota wa 55, Claude na Gilbert bavuyemo hinjiramo Anicet na Guilain.

    Ku munota wa 70 Gicumbi FC yabonye igitego cya mbere cyatsinzwe na Calvin Leku ku mupira wari uhinduwe imbere y’izamu na Nsengayire Shadaddy.

    APR FC yahise ikora izindi mpinduka Dieudonne wagize ikibazo cy’imvune na Bacca bavuyemo hajyamo Byiringiro Gilbert na Nizeyimana Djuma, Djabel yahaye umwanya Keddy ku munota wa 78. Umukino warangiye ari 3-1.

    Mu yindi mikino Police FC yatsinze Etoile del’Est 3-0, Musanze FC itsinda Bugesera FC 2-0.

    APR FC yatsinze Gicumbi FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatsinze-gicumbi-fc

  • Cristiano Ronaldo yahishuye agahigo gakomeye yifuza guca mbere y'uko ahagarika umupira w'amaguru #rwanda #RwOT

    Uyu mukinnyi ukomeye wa Manchester United yamaze kubaka izina rikomeye mu mikino mpuzamahanga na Portugal kuko yeegukanye Euro 2016.

    Niwe kandi ufite agahigo k'umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu ikipe y'igihugu kurusha abandi kuko amaze gutsinda ibitego 115 mu mikino 182 yakiniye igihugu cye.

    Ikinyamakuru SunSport cyumvise ko yifuza kuzitabira igikombe cy'isi cya 2026, kizakinirwa muri Amerika, Kanada na Mexico.

    Uyu mukinyi w'imyaka 36 ameze neza cyane kandi akomeza gukora imyitozo myinshi ituma yitwara neza cyane ko adakunze kugira imvune.

    Ronaldo na mukeba we Lionel Messi biteguye gukina igikombe cyisi cya gatanu kizabera muri Qatar mu itumba ritaha.

    Bazagera ikirenge mu cya kizigenza mu Budage Lothar Matthaus hamwe n'abanya Mexico, Rafael Marquez na Antonio Carbajal, nabo babikoze.

    Uyu mukinnyi watsindiye Ballon d'or inshuro eshanu ntabwo afite umugambi wo gusezera umupira w'amaguru vuba kandi arashaka gukomeza gukinira na Portugal.

    Igihugu cye gifite amahirwe-yose yo kwitabira igikombe cy'isi umwaka utaha, kuko gikeneye indi ntsinzi imwe mu mikino ine isigaye.

    Ronaldo azaba afite imyaka 41 aramutse akinnye kugeza 2026, gusa bimusaba kutagira imvune.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/cristiano-ronaldo-yahishuye-agahigo-gakomeye-yifuza-guca-mbere-y-uko-ahagarika

  • Manchester United yasubiye inyuma mu makipe akomeye kw'isi(Reba urutonde) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Manchester United nyuma y'ibihe bibi cyane, yamanutse ku mwanya wa cyenda ku rutonde rw'uko amakipe akurikiranye ku rutonde rwa UEFA.

    UEFA ibara gusa amanota yakusanyijwe mu myaka itanu ishize, harimo n'uko yitwaye muri UEFA Champions League ziheruka.

    United ntiyitwaye neza mu Burayi mu myaka ishize nubwo yageze ku mukino wa nyuma wa Europa League iheruka gutsindwa na Villarreal kuri penaliti.

    Kure cyane United iheruka kugera muri Champions League ni muri kimwe cya kane cy'irangiza — aho batsinzwe na Barcelona muri 2019.

    Nk'igisubizo, United yavuye ku mwanya yariho wa karindwi igera kuwa 9.

    Liverpool bahanganye yazamutse hejuru ya United nyuma yo gutwara igikombe cya UEFA Champions League muri 2019 ndetse ikarangiza ku mwanya wa 2 mu mwaka wari wabanje.

    Amakipe arimo Manchester City yageze ku mukino wa nyuma ubushize hamwe na Chelsea yatwaye igikombe ubu ziri hejuru ya United.

    Reba urutonde rw'uko amakipe 10 akurikirana

    Source : https://yegob.rw/manchester-united-yasubiye-inyuma-mu-makipe-akomeye-kwisireba-urutonde/

  • Ibyo wamenya kuri RS Berkane izahura na APR F… – #rwanda #RwOT

    Nta gihe kinini gishize Renaissance Sportive de Berkane (RS Berkane) yubatse igitinyiro mu mupira wa Afurika, nk'ikipe ikomeye nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma muri CAF Confederation cup mu mwaka w'imikino wa 2018-19, ariko umwaka ukurikiyeho ikegukana iki gikombe.

    Renaissance Sportive de Berkane yashinzwe mu 1938, bivuze ko hashize imyaka 83 ivutse, icyo gihe yabanje kwitwa Association Sportive de Berkane mbere y'uko mu mwaka wa 1953 ihindurirwa izina ikitwa Union Sportive Musulmane de Berkane.

    Mu 1966 iyi kipe yongeye guhindurirwa izina yitwa Union Sportive de Berkane, muri uwo mwaka kandi mu mujyi wa Berkane hahise havuka indi kipe nshya yitwa Chabab Riadhi de Berkane.

    Nyuma y'inama zahuje abari bayoboye aya makipe, bemeye guhuriza hamwe imbaraga nk'amakipe atuye mu mujyi umwe akavamo ikipe imwe ikomeye ishobora gukora amateka, maze Renaissance Sportive de Berkane (Nahdat Berkane) ivuka ityo mu 1971, ndetse itangira gukina mu cyiciro cya gatatu muri Maroc mu mwaka w'imikino wa 1977-78.

    RS Berkane yatangiye gukina muri shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Maroc mu 2012, nyuma yo gusoza shampiyona y'icyiciro cya kabiri iri ku mwanya wa kabiri, icyo gihe ikaba yarayoborwaga na Fouzi Lekjaa, watangiye kuyiyobora mu 2009.

    Mu 2018, bwa mbere RS Berkane yegukanye igikombe cyayo cya mbere, ubwo yatwaraga igikombe cy'igihugu cya Maroc, muri uwo mwaka kandi iyi kipe yagarukiye muri ¼ mu irushanwa rya CAF Confederation Cup.

    Mu 2019, ntabwo iyi kipe yicaye kuko yageze ku mukino wa nyuma wa Confederation cup itsindwa na Zamalek yo mu Misiri.

    Umwaka ukurikiyeho wa 2020, kuri Stade ya Moulay Abdellah Stadium iherereye i Rabat, RS Berkane yahakoreye amateka atazibagirana ubwo yahatsindiraga Pyramids yo mu Misiri igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wa CAF Confederation cup, igahita yegukana igikombe cya mbere mu mateka y'iri rushanwa.

    RS Berkane itozwa n'umunya-Congo, Frôlent Ibenge uzwi cyane mu karere ndetse no muri Afurika nzima, akaba ahembwa ibihumbi 15 by'amadolari ku kwezi.

    Iyi kipe kandi ifite abakinnyi babiri bakinaga muri shampiyona ya Tanzania batanzweho ibihumbi 140 by'amadolari, barimo Clatus Chama Chota wavuye muri Simba SC atanzweho ibihumbi 80 by'amadolari na Tuisila Kisinda wavuye muri Yanga Africans watanzweho ibihumbi 60 by'amadolari.

    Iyi kipe ituye mu mujyi wa Berkane, ikinira ku kibuga cya Stade Municipal de Berkane giherereye muri uwo mujyi, kikaba gifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 10.

    Iyi kipe ikaba iyoborwa n'umunya-Maroc Hakim ben abdellah, nta gikombe cya shampiyona ya Maroc iregukana mu myaka 83 imaze ishinzwe.

    Muri uyu mwaka w'imikino wa 2021-22 ntabwo RS Berkane ihagaze neza muri shampiyona ya Maroc kuko mu mikino itandatu imaze gukina ifite amanota umunani gusa, ikaba iri ku mwanya wa Karindwi, ikaba irushwa amanota umunani na Wyday AC iyoboye urutonde rwa shampiyona.

    Iyi kipe yo muri Maroc yageze muri iri jonjora rya gatatu nyuma yo gusezerera Ben Guerdane yo muri Tunisia ku kinyuranyo cy'ibitego 5-0.

    Umukino ubanza uzahuza aya makipe uzabera i Kigali taliki 28/11/2021, mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe taliki 05/12/2021 muri Maroc.

    RS Berkane yegukanye CAF Confederation cup mu 2020

    RS Berkane ni ikipe imaze kubaka igitinyiro mu mupira w’amaguru wa Afurika

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110826/ibyo-wamenya-kuri-rs-berkane-izahura-na-apr-fc-mu-gushaka-itike-yamatsinda-ya-caf-confeder-110826.html

  • APR FC yatomboye RS Berkane muri CAF Confederation Cup #rwanda #RwOT

    Muri iyi Tombola yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yo mu Rwanda yatomboye RS Berkane yo muri Morocco, aho umukino ubanza uzabera mu Rwanda,hagati ya 26-28 Ugushyingo 2021, naho uwo kwishyura ukazabera muri Morocco kuwa 05 Ukuboza 2021.

    RS Berkane itozwa na Frôlent Ibenge yatwaye iki gikombe muri 2020 ndetse iri mu makipe ahora agera kure muri iki gikombe cya CAF Confederation Cup.

    Iyi kipe y'ingabo z'igihugu yageze muri iki cyiciro nyuma yo gusezerwa na Etoile Sportve du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league ku giteranyo cy'ibitego 5-1 mu mikino yombi.

    APR FC yari yanganyije na Etoile Sportives du Sahel i Kigali ibitego 1-1 gusa mu mukino wo kwishyura Etoile ibasha gutsinda ibitego 4-0.

    Ikipe ya RS Berkane yashinzwe mu mwaka wa 1938 yitwa Association Sportive de Berkane.Yazamutse mu cyiciro cya mbere muri Maroc mu mwaka wa 2012.

    Muri 2018, yegukanye igikombe cyayo cya mbere cya Moroccan Throne Cup.Muri Confederation Cup ya 2018,yagarukiye muri 1/4 hanyuma muri 2019 itsindirwa ku mukino wa nyuma na Zamalek.

    Muri 2020, Renaissance Sportive De Berkane yatwaye Confederation Cup itsinze Pyramids yo mu Misiri 1—0.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/apr-fc-yatomboye-rs-berkane-muri-caf-confederation-cup