Tag: Imikino

  • West Ham yahagaritse Liverpool yari imaze imikino 25 idatsindwa #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ya mbere mu mikino bahuye,umutoza David Moyes wa West Ham yashoboye gutsinda Jurgen Klopp wari waramwigaruriye.

    Iyi ntsinzi ni nziza kandi yari ikwiye cyane kuri West Ham ikomeje gutungurana kubera ubuhanga bw'abakinnyi bayo by'umwihariko abasatira.

    Ikipe ya Reds yaherukaga gutsindwa na Real Madrid ibitego 3-1 muri UEFA Champions League,kuwa 06 Mata uyu mwaka.

    Umunyezamu Alisson wa Liverpool yagowe n'uyu mukino kuko yagize uruhare ku gitego cya mbere yitsinze ku munota wa 4 w'umukino.

    Nyuma y'igitego cyiza cya Trent Alexander-Arnold ku munota wa 41 yatsinze kuri coup franc,amakipe yombi yagiye kuruhuka ariko buri wese yibaza uri butahane amanota 3.

    Liverpool yatsinzwe igitego cya kabiri na West Ham ku munota wa 67 ku gitego cyatsinzwe na Fornals ku mupira mwiza yahawe na Jarrod Bowen wari umaze gucenga abakinnyi b'inyuma ba Liverpool.

    Bidatinze ku munota wa 74,myugariroKurt Zouma yatsindiye The Hammesa igitego cya 3 n'umutwe biturutse ku burangare bwa ba myugariro ba Liverpool.

    Umutoza Klopp yagerageje gukora impinduka zitandukanye zirimo iyagerageje gutanga umusaruro ya Divock Origi winjiye mu kibuga asimbuye Jotta atsinda igitego cy'impozamarira ku munota wa 83.

    Nubwo Liverpool yahagaritswe,ihuje amateka n'indi kipe yamaze imikino 25 mu 1982.Liverpool imaze gutsinda imikino ibiri ya Premier League muri itandatu baheruka gukina,

    Mu yindi mikino yabaye uyu munsi,Arsenal yatsinze igitego 1-0 Watford bituma yuzuza imikino 8 ikurikiranye nta gutsindwa.U bu iri ku mwanya wa 5 muri shampiyona.

    Ku munsi w'ejo kuwa Gatandatu,Manchester City yatsinze Manchester United ibitego 2-0 mu gihe Chelsea yanganyije na Burnley igitego 1-1.

    Indi mikino yabaye uyu munsi:

    Everton 0-0 Tottenham
    Leeds 1-1 Leicester






    Uko shampiyona ihagaze ubu mu makipe 6 ya mbere

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/west-ham-yahemukiye-liverpool-yari-imaze-imikino-25-idatsindwa

  • Gutsindwa na Manchester City byatumye David de Gea akora ikintu kidasanzwe kubera uburakari #rwanda #RwOT

    Uyu munya Espagne witwaye neza mu gice cya mbere ubwo yakuragamo imipira ikomeye,yababajwe n'urwego rwo hasi rw'abakinnyi bagenzi be barangaye bigatuma Manchester City ibatsinda ibitego 2-0 byose byinjiye mu gice cya mbere.

    Ikipe ye imaze gutsindwa igitego 1-0 cyitsinzwe na Eric Bailly ku munota wa 7 w'umukino,ibintu byahinduye isura kuri De Gea akuramo amashoti menshi cyane yaterwaga na City yabatakaga cyane gusa yarushe umuruho mubi kuko ku munota wa 45 yatsinzwe igitego cya kabiri na Bernardo Silva.

    Uyu mupira wakubise kuri De Gea winjira mu rushundura biramubabaza cyane,kuko yavugije induru arebye hejuru.

    Harry Maguire na Luke Shaw nibo bagize uruhare runini kuri icyo gitego, bananirwa gukuraho umupira bituma Silva atsinda kiriya gitego

    Ifirimbi ya nyuma y'umukino yavuze, De Gea agaragara yarakaye cyane ubwo yinjiraga mu cyumba rwambariro,akubita ibikuta.

    Uyu mukinnyi w'imyaka 30 yanyuze imbere y'abafana bari bababajwe n'imikorere y'ikipe,akubita igikuta bikomeye.

    Nyuma yaje kwandika kuri Twitter ko 'yababajwe' no kongera gutsindirwa kuri Old Trafford.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/gutsindwa-na-manchester-city-byatumye-david-de-gea-akora-ikintu-kidasanzwe

  • Pep Guardiola yavuze kuri Xavi wahawe akazi ko gutoza FC Barcelona #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, yavuze neza Xavi Hernandez, yatoje muri Barcelona, ​​mbere y'uko uyu mukinnyi akurikira inzira ya shebuja none nawe akaba yagizwe umutoza mukuru wa Barca

    Mu minsi ye yo gukina, Xavi yari kapiteni wa Guadiola ndetse niwe wayoboraga umukino mu kibuga, yakinnye mu ikipe yari ikomeye cyane ndetse yatwaye ibikombe binyuze mu gukina umukino mwiza wo guhanahana.

    Aba bagabo bombi baraziranye kandi benshi bashimye amahirwe yahawe Xavi yo gutoza ikipe ya Barcelona yahaye byose akiri umukinnyi wayo.

    Umutoza wa City aganira n'abanyamakuru,yagize icyo atangaza nubwo aya makuru yo guha akazi Xavi atari yagashyizwe ahagaragara, ariko nyuma yifuriza uwahoze ari umukinnyi we amahirwe masa amwenyura.

    Guardiola yagize ati: “Navuze ko ntavuganye na we ariko niba byemejwe noneho birumvikana ko mbifuriza ibyiza.”

    “Nzi neza ko azakora akazi keza.”

    Nta gushidikanya ko Guardiola azakurikirana Barcelona, atari nk'umufana wayo gusa ahubwo areba umutoza wa Xavi. Kuri benshi, Xavi ni umuragwa wa Guardiola, kandi azigana cyane imikinire ye.

    Ku munsi w'ejo nibwo byamenyekanye ko Xavi yamaze kuva muri Al Sadd yerekeje i Barcelona gusinya amasezerano azageza muri 2024.

    Xavi yagize ati ” Camp Nou yamye ari iwanjye. Abafana ba Barcelona ni abantu banjye. Barça, ni ikipe nkunda. Noneho ubu nasubiye mu rugo. Tubonane vuba, Barcelona '.

    Yitezwe muri Espagne mu mpera z'iki cyumweru, akaba yitezwe kwerekanwa ku mugaragaro i Nou Camp ku wa mbere.

    Yakinnye imikino 767,atsindira ibikombe 25 mu myaka 17 yose yamaze muri Barcelona, Xavi yasezeye iyi kipe mu 2015 ajya muri Al Sadd, aho yabanje gukina nk'umukinnyi.

    Yahavuye aba umutoza wayo mu 2019 nyuma y'aho asezeye ku mupira, akaba yarayifashije mu mwaka w'imikino ushize gutwara igikombe cya shampiyona. Mu mikino 36 yose Al Sadd iheruka, ntiratsindwa.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/pep-guardiola-yavuze-kuri-xavi-wahawe-akazi-ko-gutoza-fc-barcelona

  • Kwizera Olivier agiye kongera kugaragara mu izamu nyuma y’uko Rayon imwishyuye akayabo #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Sam Karenzi mu kiganiro cy’Urukiko rw’ubujurire, yatangaje ko Kwizera Olivier yameyereye Rayon Sport kugaruka mu myitozo nyuma yo kwoshyurwa kimwe cya Kabiri cy’amafaranga yayisabye.

    Mu gihe byarenga uku kwezi k’Ugushyingo Kwizera Olivier atari yahabwa izindi miliyoni enye zisigaye, yabwiye ubuyobozi bwa Rayon Sports ko azahita ahagarika akazi.

    Uyu muzanyemu yagombaga guhabwa miliyoni 8 z’Amanyarwanda, gusa ikipe ya Rayon Sports yamwishyuyemo kimwe cya kabiri andi izayamuha mu mpera z’Ugushyingo 2021.

    Mu gihe byarenga uku kwezi k’Ugushyingo Kwizera Olivier atari yahabwa izindi miliyoni enye zisigaye, yabwiye ubuyobozi bwa Rayon Sports ko azahita ahagarika akazi.

    Kwizera Olivier wazamukiye muri Isonga FC, akayikinira hagati ya 2011 na 2013, yamenyekanye cyane ubwo yakiniraga APR FC hagati ya 2013 na 2016.

    Mu Ukuboza 2019, Kwizera yasinyiye Ikipe ya Gasogi United kuyikinira amezi atandatu gusa ntiyahatinze kuko yahise ajya muri Rayon Sports FC ari na yo yabarizwagamo kugeza ku mpera z’umwaka w’imikino wa 2020-2021.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Kwizera-Olivier-agiye-kongera-kugaragara-mu-izamu-nyuma-y-uko-Rayon-imwishyuye-akayabo

  • Muhire Kevin yahishuye abakinnyi 2 bakundaga kumutesha umutwe bashaka kumukura mu mukino #rwanda #RwOT

    Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin avuga ko yahuye n’abakinnyi benshi muri shampiyona y’u Rwanda bamutesha umutwe kugira ngo ave mu mukino, ariko Migi na Zidane ngo nibo bakundaga kubimukora cyane.

    Si mu Rwanda gusa, n’ahandi ku Isi usanga iyo amakipe abiri yahuye hari igihe ikipe iba ifite umukinnyi uteshwa umutwe abakinnyi bahanganye kugira ngo niba ari na we ikipe igenderaho ave mu mukino babe batsinda byoroshye, iyo ari nk’umukinnyi ugira umujinya ashobora no guhita amukorera ikosa ashaka kwihorera akaba yanahabwa ikarita agasohoka mu kibuga.

    Muhire Kevin, umukinnyi wa Rayon Sports unakinnye shampiyona y’u Rwanda imyaka myinshi, aganira n’ikinyamakuru ISIMBI yavuze ko ubu nta mukinnyi wabasha kumukura mu mukino, ariko ngo mbere abakinnyi barimo Zidane na Migi ni bamwe mu bamuteshaga umutwe cyane.

    Ati 'Ubu ntawantesha umutwe ngo ankure mu mukino, twahuye na benshi bameze gutyo, iyo uhuye na benshi bameze gutyo ugera aho ukabimenyera. Abakundaga kuntesha umutwe ni benshi harimo Zidane(Nsabimana Eric) wa Police FC, harimo Migi(Mugiraneza Jean Baptiste) n’ubwo yagiye, urumva iyo bizwi ko ikipe igendera ku mukinnyi runaka, benshi baba bakugendaho baguhiga kugira ngo bagukure mu mukino ariko iyo uri umukinnyi mukuru uzi icyo ukeneye urabirengagiza umukino ugakomeza.'

    Agaruka ku mukino umutera ubwoba, yavuze ko atakiri ku rwego rwo kuba ari umukinnyi waterwa ubwoba n’umukino uwo ari wo wose ngo kuko amaze gukura kandi yakinnye imikino myinshi ubu afite ubunararibonye.

    Muhire Kevin 2014 yakiniye Isonga FC yavuyemo muri 2015 yerekeza muri Rayon Sports ayikinira kugeza 2019 ubwo yahitaga ajya mu Misiri muri El Makasa yahise imutiza muri El Dakhlia yakiniye amezi 6 agahita asubira muri El Makasa yakiniye amezi 6 ihita imutiza umwaka muri El Gaish ari nabwo amasezerano ye muri El Makasa yarangiraga. Yagarutse mu Rwanda muri Mata 2021 asubira muri Rayon Sports, ubu ni kapiteni wayo.

    Kevin yemeza ko ubu nta mukinnyi wapfa kumutesha umutwe ngo amukure mu mukino

    Migi agikina muri APR FC yajyaga ahura na Kevin bahanganye mu kibuga

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/muhire-kevin-yahishuye-abakinnyi-2-bakundaga-kumutesha-umutwe-bashaka-kumukura-mu-mukino

  • Impinduka mu bakinnyi 31 b'Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi 2022 #rwanda #RwOT

    Ikipe y'Igihugu ''Amavubi Stars'' igiye gutangira umwiherero mu rwego rwo kwitegura imikino y'umunsi wa gatanu n'uwa gatandatu yo mu itsinda E u Rwanda ruherereyemo mu marushanwa yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy'isi kizabera muri Qatar 2022.

    Muri iyi kipe yahamagawe n'umutoza mukuri Mashami Vincent, hagaragaraho abakinnyi bashya bahamagawe muri iyi kipe barimo myugariro Nkubana Marc ukinira ikipe ya Gasogi United, Rutabayiru Jean Philippe ukinira ikipe ya S.D. Lenense Proinastur yo mu gihugu cya Esipanye.

    Biteganyijwe ko Ikipe y'Igihugu izakorera umwiherero kuri Sainte Famille Hotel guhera kuri uyu wa gatanu tariki ya 5 Ugushyingo 2021 mu gihe imyitozo izajya ibera kuri Stade ya Kigali.

    Amavubi azakira Mali ku itariki ya 11 Ugushyingo 2021, saa kumi n'ebyiri z'umugoroba I Kigali mbere gato yo kujya gusura Kenya mu mukino wo kwishyura ari nawo wa nyuma u Rwanda ruzaba rukinnye muri aya marushanwa uteganyijwe ku itariki ya 15 Ugushyingo 2021.

    Urutonde rw'abakinnyi 31 bahamagawe:

    Abanyezamu:
    1. MVUYEKURE Emery (Tusker FC)
    2. BUHAKE TWIZERE Clément (Strømmen IF)
    3. NDAYISHIMIYE Eric (Police FC)
    4. NTWALI Fiacre (AS Kigali)

    Ab'Inyuma:
    5. RUKUNDO Denis (As Kigali)
    6. NKUBANA Mark (Gasogi United)
    7. IMANISHIMWE Emmanuel (FAR Rabat)
    8. RUTANGA Eric (Police FC)
    9. NIRISARIKE Salomon (Urartu FC, Armenia)
    10. MANZI Thierry (FC Dila Gori, Georgia)
    11. NIYIGENA Clément (Rayon Sports FC)
    12. SERUMOGO Ali (SC Kiyovu)

    Abo Hagati:
    13. BIZIMANA Djihad (KMSK Deinze)
    14. MUHIRE Kevin (Rayon Sports FC)
    15. RAFAEL York (AFC Eskilstuna, Sweden)
    16. NIYONZIMA Olivier (As Kigali)
    17. MANISHIMWE Djabel (APR FC)
    18. NISHIMWE Blaise (Rayon Sports FC)
    19. RUBONEKA Jean Bosco (APR FC)
    20. NGWABIJE Bryan Clovis (SC Lyon, France)
    21. RUTABAYIRU Jean Philippe (S.D. LENENSE PROINASTUR)
    22. NSANZIMFURA Keddy (APR FC)
    23. NIYONZIMA Haruna (As Kigali)

    Ab'Imbere:
    24. NDAYISHIMIYE Antoine Dominique (Police FC)
    25. SUGIRA Ernest (As Kigali FC)
    26. MUGENZI Bienvenue (SC Kiyovu)
    27. KWITONDA Alain (APR FC)
    28. USENGIMANA Danny (Police FC)
    29. HAKIZIMANA Muhadjiri (Police FC)
    30. NSHUTI Dominique Savio (Police FC)
    31. NSHUTI Innocent (APR FC)

    The post Impinduka mu bakinnyi 31 b'Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi 2022 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/impinduka-mu-bakinnyi-31-bamavubi-bahamagawe-bitegura-gukina-na-mali-na-kenya-mu-mikino-yo-gushaka-itike-yigikombe-cyisi-2022/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=impinduka-mu-bakinnyi-31-bamavubi-bahamagawe-bitegura-gukina-na-mali-na-kenya-mu-mikino-yo-gushaka-itike-yigikombe-cyisi-2022

  • Mashami Vincent yahamagaye Amavubi yiganjemo amasura mashya #rwanda #RwOT

    U Rwanda ruzabanza kwakira Mali mu mukino w'umunsi wa gatanu uzabera i Nyamirambo tariki ya 11 Ugushyingo saa Kumi n'ebyiri mu gihe ruzasoreza kuri Kenya tariki ya 15 Ugushyingo 2021.

    Mu Ikipe y'Igihugu 'Amavubi', yahamagawe kuri uyu wa Kane, ntiharimo rutahizamu Kagere Meddie ukinira Simba SC, Rwatubyaye Abdul na Mutsinzi Ange umaze iminsi adakina.

    Hari kandi Mukunzi Yannick, Omborenga Fitina na Tuyisenge Jacques bafite imvune ndetse na Iradukunda Bertrand uherutse kwerekeza muri Township Rollers yo muri Botswana.

    Djihad Bizimana utarakinnye imikino ibiri iheruka kubera kurwara COVID-19, yongeye kwitabazwa kimwe na Sugira Ernest wari umaze iminsi adahamagarwa.

    Mu bandi bahamagawe harimo Nkubana Marc wa Gasogi United, wahamagawe bwa mbere mu Ikipe nkuru kimwe na Rutabayiru Jean Philippe wa S.D. Lenense Proinastur na Nsanzimfura Keddy wa APR FC.

    Ikipe y'Igihugu izakorera umwiherero kuri Sainte Famille Hotel guhera ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ugushyingo 2021 mu gihe imyitozo izajya ibera kuri Stade ya Kigali.

    Mali ni yo iyoboye itsinda E n'amanota 10, Uganda ni iya kabiri n'amanota umunani, Kenya ni iya gatatu n'amanota abiri mu gihe u Rwanda ari rwo rwa nyuma n'inota rimwe.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mashami-vincent-yahamagaye-amavubi-yiganjemo-amasura-mashya

  • Sugira ejobundi wakubise ishoti umutambiko ukenda kugwa yongeye guhamagarwa mu Mavubi #rwanda #RwOT

    Sugira Ernest ubu uri gukinira ikipe ya AS Kigali iri mu makipe ahagaze neza mu Rwanda, aherutse kugaragara mu mukino iyi kipe yanyagiyemo umuvandimwe wayo Kiyovu Sports ibitego 4-0.

    Muri uriya mukino, Sugira Ernest yinjiyemo asimbuye ariko iminota micye yamazemo yongeye kugaragaza ko akaguru ke kakirimo ibitego.

    Nubwo umukino warangiye nta gitego abonye dore ko yinjiye habura iminota micye ngo umukino urangire, yagerageje kugisha dore ko yateye ishoti riremereye ari nko muri metero 40 uvuye ku izamu rya Kimenyi Yves ariko ku bw’amahirwe umupira ukubita umutambiko w’izamu.

    Uyu musore yagiye arokora ikipe y’Igihugu Amavubi by’umwihariko ubwo yari muri CHAN 2020 agatsinda igitego yatsinze ubwo iyi kipe yakinaga na Togo kikayihesha itike yo kujya muri 1/4.

    Ni igitego kitazapfa kwibagirana mu mitwe ya benshi bakunda ruhago n’Abanyarwanda muri rusange kuko ubwo kishimirwaga mu Mujyi wa Kigali ubwo hariho ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 ariko bazirengaho birara mu mihanda bishimira iriya ntsinzi.

    Sugira Ernest washimirwaga na buri wese, yari amaze iminsi adahamagarwa mu ikipe y’Igihugu dore ko mu mikino iyi kipe iheruka gukina na Uganda ikayitsinda inshuro ebyiri, uyu musore yabaga atahamagawe.

    Amavubi aritegura imikino ibiri yo kwishyura ya Kenya na Mali yombi itagize icyo ivuze ku Rwanda kuko rwamaze gusezererwa mu mikino yo gushaka itike yerecyeza mu Gikombe cy’Isi cya 2022.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Sugira-ejobundi-wakubise-ishoti-umutambiko-ukenda-kugwa-yongeye-guhamagarwa-mu-Mavubi

  • Muyango na Kimenyi bagiriwe inama y'inshuro bakwiye kujya batera akabariro – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nkuko twabibabwiye ku munsi w'ejo, Muyango Claudine, Fiancee wa Kimenyi Yves, umunyezamu w'ikipe ya Kiyovu Sport, yari yahindutse igitaramo mu kiganiro urukiko rw'ubujurire aho yashinjwaga kuba ariwe waba yihishe inyuma yo gusubira inyuma kwa Kimenyi mu bijyanye n'umupira w'amaguru.

    Nyuma y'uko rero Bruno Taifa amaze gushinja Muyango kuba ariwe watumye Kimenyi asubira inyuma, mugenzi we bakorana mu kiganiro Urukiko rw'ubujurire ariwe Sam Karenzi yahise amugira inama y'uburyo we na Kimenyi bakwiye kugabanya inshuro batera akabariro (ngo nugukora siporo yo mu gitanda) kugirango Kimenyi yongere kwitwara neza mu Kibuga.

    Mu magambo Sam Karenzi yagize ati :'Bambwirire Mama Miguel (Muyango) bati ntago umuntu ashobora gukina match kuva ku wa mbere kugera ku cyumweru. Mukinishije nk'ebyiri mu cyumweru hanyuma ureke na Kiyovu imukinishe indi minsi ine isigaye,…. comme ca azagenda agarura ubuhanga bwe. '

    Kanda hano urebe incamake y'amakuru ya Showbiz agezweho.

    Source : https://yegob.rw/muyango-na-kimenyi-bagiriwe-inama-yinshuro-bakwiye-kujya-batera-akabariro/

  • APR FC yatsinze Musanze FC, Bonheur wa Rayon Sports ahabwa umutuku #rwanda #RwOT

    Ibitego bya Ruboneka Bosco na Manishimwe Djabel bihesheje itsinzi APR FC imbere ya Musanze FC mu mukino woroheye ikipe y’ingabo z’igihugu.

    APR FC yari yakiriye Musanze FC mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo.

    Ni umukino amakipe yombi yakinnye yaratsinze imikino y’umunsi wa mbere, APR FC yatsinze Gicumbi FC mu gihe Musanze FC yatsinze Bugesera FC.

    Ku munota wa 5, Bacca yagerageje ishoti ariko umupira unyura hanze yaryo.

    Ku munota wa 6 Nzotanga yacomekewe umupira wajyaga mu rubuga rw’amahina acenga n’umumyezamu ariko ubwugarizi umupira bawushyira muri koruneri.

    APR FC yari yarushije Musanze FC cyane, yaje kubona andi mahirwe ku munota wa 14 ku mupira muremure Djabel yacomekeye Nzotanga ariko ateye mu izamu unyura hejuru yaryo.

    Djabel yagerageje ishoti rikomeye ku munota wa 20 maze umupira unyura hanze gato y’izamu.

    N’ubwo APR FC yasatiraga cyane ikanabona amahirwe ariko igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.

    Adil yakoze impinduka za mbere ku munota wa 58, Nshuti Innocent asimbura Mugisha Gilbert.

    Ku munota wa 60, Ruboneka Bosco yatsindiye APR FC igitego cya mbere ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.

    Manishimwe Djabel yaje gutsindira APR FC igitego cya kabiri kuri kufura ku munota wa 64 ni ku ikosa ryari rimaze gukorerwa Nshuti Innocent.

    Ku munota wa 85, Manishimwe Djabel na Kwitonda Alain Bacca bahaye umwanya Nsabimana Aimable na Nsanzimfura Keddy.

    APR FC n’ubwo yarushije Musanze FC nta kindi gitego yigeze ibona umukino warangiye ari 2-0.

    Indi mikino y’umunsi wa kabiri yabaye uyu munsi Police FC yatsinzwe na Espoir FC 2-0, Rayon Sports yanganyije na Rutsiro 2-2 mu mukino umunyezamu wa Rayon Sports yabonyemo ikarita itukuru ku munota wa nyuma ari nabwo babishyuye igitego cya kabiri.

    Gicumbi FC itsinda Espoir FC 2-0 ni mu gihe Bugesera FC yatsinze Etincelles 3-1.

    Imikino yabaye ejo Gorilla FC yanganyije na Marines 1-1, Mukura VS inganya na Gasogi United 1-1, AS Kigali itsinda Kiyovu Sports 4-0.

    APR FC yatsinze Musanze FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatsinze-musanze-fc-bonheur-wa-rayon-sports-ahabwa-umutuku