Tag: Imikino

  • Adil yavuze ibanga ryihishe inyuma yo kumara imikino 40 adatsindwa, avuga umuntu wamufashije kubigeraho #rwanda #RwOT

    Umutoza w’ikipe ya APR FC, umunya-Maroc, Adil Errradi Mohammed avuga ko ibyo yagezeho muri APR FC harimo kuba amaze imikino 40 muri shampiyoma adatsindwa, byose abikesha ubuyobozi bwa APR FC.

    Adil yaje mu Rwanda muri 2019, nibwo yagizwe umutoza mukuru wa APR FC, ku munsi w’ejo hashize yatsinze Rayon Sports 2-1 yuzuza imikino 40 adatsinzwe umukino n’umwe muri shampiyoma.

    Aganira n’itangazamakuru yavuze ko havuzwe byinshi harimo kuba atari we ukora akazi, hari ababimufashamo.

    Ati “Naje mu Rwanda 2019, hari abavuze ko ushinzwe kongerera ingufu ko ari we ukora akazi, bavuze ko Adil nta byangombwa afite.”

    Yakomeje avuga ko koko uyu musaruro ari byo atari we wenyine wawugezeho ahubwo yabifashijwemo n’ubuyobozi bwa APR FC bwumva umupira icyo ari cyo ndetse no kumvikana n’abo bakorana.

    Ati “imikino 40 nta ntsinzwi igisubizo kiri mu kibuga, imikino 40 y’amarushanwa, kongeraho 40 ya gicuti n’imikino Nyafurika, hari umuntu ufasha akazi Adil, ni APR FC yakoze akazi muvandi, ibanga dufite ubuyobozi bwumva umupira, ni abanyabwenge.”

    “Ikindi dufite abakinnyi bakunda umupira, baje gukina umupira, dufite abatoza bahatana, nta bushuti mu kazi, sinumva radio akazi nkakorera mu kibuga, ikindi abatoza dufite amahame tugenderaho, tuvuga ururimi rumwe, uko niko dutsinda si Adil gusa, ni umuryango ukorera hamwe, ufite intego zimwe, uvuga ururimi rumwe.”

    Adil Erradi mu myaka 2 amaze mu Rwanda, akaba amaze kwegukana ibikombe bibiri bya shampiyoma yikurikiranya kandi byose akaba yarabitwaye adatsinzwe.

    Adil avuga ko umusaruro wose yagezeho muri APR FC awukesha ubuyobozi bwiza bwumva umupira icyo ari cyo ndetse n’abakinnyi bafite inyota yo gukina

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/adil-yavuze-ibanga-ryihishe-inyuma-yo-kumara-imikino-40-adatsindwa-avuga-umuntu-wamufashije-kubigeraho

  • Tuvuye ku ikipe itari ihari, umwaka ushize nta Rayon yari ihari – Masudi Djuma #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Rayon Sports, Masudi Djuma yasabye abakunzi b’iyi kipe kwihangana kuko n’ubwo baraye batsinzwe na APR FC, bakwiye kumenya ko barimo kubaka ikipe itari ihari, ahubwo ni amahirwe kuba babona abakinnyi babasha gukina.

    Hari nyuma yo gutsindwa umukino w’abakeba, aho baraye batsinzwe na APR FC 2-1.

    Ku ruhande rwe abona nta byacitse kuko avuga ko yatsinzwe no kuba abakinnyi be bataramenyerana, cyane ko bari mu rugamba rwo kubaka ikipe itari ihari, ahubwo bakishimiye ko hari abakinnyi byibuze babasha gukina.

    Ati “Reka mbabwire ikintu kimwe abanyarwanda batari bazi, tuvuye ku ikipe itari ihari, umwaka ushize nta Rayon Sports yari ihari, mu kubuka ikipe ntabwo wayubaka mu mezi abiri.”

    “Babyumve neza abantu bazi umupira barabizi, ahubwo ni amahirwe kuba twabonye abakinnyi bashobora gukina, ariko ushyiramo no guhuza, ntabwo byaza mu minsi ibiri.”

    Masudi Djuma, yizeye ko bitewe n’uko abona ikipe ye, mu minsi iri imbere izaba imeze neza kuko irimo kumenyerana.

    Ubwo yakoreshaga imyitozo ya mbere, Masudi Djuma yavuze ko ari bwo bwa mbere yabona Rayon Sports ifite abakinnyi batari ku rwego rwayo, ari nabwo yatangiye gukoresha igeragezwa bashaka abakinnyi ari naho bakuye bamwe mu bo bafite uyu munsi.

    Masudi Djuma avuga ko abakunzi b’iyi kipe bakishimiye ko byibuze hari abakinnyi bajya mu kibuga bagakina

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/tuvuye-ku-ikipe-itari-ihari-umwaka-ushize-nta-rayon-yari-ihari-masudi-djuma

  • APR FC yatsinze Rayon Sports mu mukino witabiriwe n’abafana benshi #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 18 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Essomba Willy Onana ku mupira yari ahawe neza na Rharb Youssef, Onana aragenda acenga umunyezamu wa APR FC ahita atera mu izamu.

    Ku munota wa 38, ku ikosa ryari rikozwe na Isaac Nsengiyumva wihereye umupira abakinnyi ba APR FC, Manishimwe Djabel ahita atera ishoti rikomeye umunyezamu wa Rayon Sports ntiybasha kuwugarura.

    Ku munota wa 42 w’umukino, nanone nyuma y’ikosa rya ba myugariro ba Rayon Sports, Ruboneka Jean Bosco yatsindiye APR FC igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.

    Igice cya kabiri kigitangira, Masudi Djuma yakuyemo Muvandimwe JMV yinjiza Iranzi Jean Claude, aza kongera gukuramo Nishimwe Blaise yinjizamo rutahizamu Souleyman Sanogo.

    Ku ruhande rwa APR FC umutoza Adil Mohamed yakoze impinduka aho havuyemo Rwabuhihi Aimé Placide na Mugisha Gilbert, hinjiramo Byiringiro Lague na Nsanzimfura Keddy.

    APR FC yongeye gusimbuza aho Mugunga Yves yinjiyemo agasimbura Bizimana Yannick.

    Nyuma yo gukomeza gushaka igitego cyo kwishyura ku ruhande rwa Rayon Sports, iminota itatu y’inyongera ntacyo yafashije Rayon Sports, umukino urangira APR FC yegukanye amanota atatu.

    Source : https://imirasire.com/?APR-FC-itsinze-Rayon-Sports-mu-mukino-witabiriwe-n-abafana-benshi

  • UCL: Manchester United itagira umutoza yakati… – #rwanda #RwOT

    Mu maso ya Unai Emery ufite agahigo ko kwegukana ibikombe byinshi bya Europa League, Michael Carrick waragijwe Manchester United, abifashijwemo na Cristiano Ronaldo na Jadon Sancho, batsinze Villarreal yahabwaga amahirwe muri uyu mukino ibitego 2-0, ihita ikatisha itike ya 1/8 muri iri rushanwa n'ubwo hasigaye umukino umwe wo mu matsinda.

    Mbere y'uyu mukino, abafana ba Manchester United bashidikanyaga ku musaruro ikipe yabo iza gukura muri Espagne kubera ihurizo ryo kutagira umutoza, nyuma y'uko Ole watozaga iyi kipe yirukanwe ku Cyumweru nyuma yo gutsindwa na Watford ku wa gatandatu w'icyumweru gishize ibitego 4-0.

    Uyu mukino watangiye Villarreal nk'ikipe iri mu rugo isatira ndetse igaragaza inyota yo gufungura amazamu ariko umunyezamu David De Gea ayibera ibamba, byanatumye Manchester United nayo yinjira mu mukino itangira kurema uburyo bw'ibitego.

    Abakinnyi barimo Cristiano Ronaldo, Bruno Fernandez na Martial bagerageje uburyo bwo gufungura amazamu mu minota 45 y'igice cya mbere ariko uburyo bagerageje ntibwabahiriye.

    Villarreal yashakaga gutsinda ikayobora itsinda F amakipe aherereyemo, yagerageje uburyo bwose bwo gushaka aho yamenera ngo itsinde ariko Manchester iyibera ibamba, amakipe ajya kuruhuka anganya 0-0.

    Igice cya kabiri cyatangiye amakipe asatirana ariko anacungana cyane kugira ngo hatagira iyiba umugono indi.

    Akagozi kari kaziritse Villarreal kacitse ku munota wa 78 ubwo umunyezamu wa Villarreal, Geronimo Rulli yakoraga amakosa agafata umupira akawuha abakinnyi ba Manchester United, maze Cristiano ahita afungura amazamu, atsindira Manchester igitego cya mbere.

    Villarreal ntiyacitse intege, dore ko yakomeje gusatira ishaka uburyo bwo kwishyura igitego, ndetse inahusha amahirwe menshi yagiye ibona ariko kubona igitego bikomeza kuyibera ingume.

    Ntabwo Manchester United yazuyaje kuko yabyaje umusaruro amahirwe yabonye ku munota wa 90 itsinda igitego cya kabiri cyinjijwe neza na Jadon Sancho ku mupira mwiza yahawe na Bruno Fernandez.

    Umukino warangiye Manchester United itsinze Villarreal ibitego 2-0, bituma ikomeza kuyobora itsinda F n'amanota 10, ndetse ibona itike y'imikino ya 1/8 n'ubwo hagisigaye umukino wa nyuma wo mu itsinda.

    Villarreal yagumye ku mwanya wa kabiri n'amanota 7, naho Atalanta iguma ku mwanya wa gatatu n'amanota 6 nyuma yo kunganya na Young Boys iri ku mwanya wa nyuma n'amanota 4.

    Umukino wa nyuma wo muri iri tsinda uzahuza Atalanta na Villarreal niwo uzagaragaza ikipe izaherekeza Manchester United muri 1/8 n'ikipe izajya muri Europa League.

    Uko indi mikino yagenze:

    Barcelona 0-0 Benifica

    Chelsea 4-0 Juventus

    Zenit 1-1 Malmo

    Sevilla 2-0 Wolfsburg

    Lille 1-0 Salzburg

    Young Boyz 3-3 Atalanta

    Dynamo Kiev 1-2 Bayern Munich

    Cristiano yatsinze igitego cya mbere muri uyu mukino

    Jadon Sancho yatsinze igitego cya kabiri cyashimangiye intsinzi

    Manchester United yakatishije itike ya 1/8 muri Champions League nyuma yo gutsinda Villarreal

    Carrick na Fletcher nibo bari gutoza Manchester United nyuma yo kwirukana Ole

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/111807/ucl-manchester-united-itagira-umutoza-yakatishije-itike-ya-18-itsindiye-villarreal-mu-rugo-111807.html

  • Umuzamu Ndoli arashinjwa amarozi ku mukino wabaye umunsi (video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu munsi Police FC yahuye n'ikipe Gorilla FC ku mukino wa shampiyona y'u Rwanda aho umukino warangiye amakipe yombi anganya 0-0.

    ku munota wa 75' umuzamu ndoli yagaragaye amena agafu mu izamu rye byateye benshi urujijo bituma bakeka ko ari amarozi.

    Ni kenshi muri shampiyona y'u Rwanda havugwa amarozi mu makipe atandukanye ndetse ari abakinnyi bemeza ko uburozi buhari kandi bukoreshwa.

    Umuzamu Ndoli nyuma yo kugera ku kibuga agasanga imirongo itagaragara yahisemo kuzana agafu akayisubura! 😎

    75'@Policefc_Rwanda 0-0 @gorilla_fc

    🎥 : @rbarwanda / @FERWAFA @bbfmumwezi 95.3 FM pic.twitter.com/ugFOJ5jmGu

    — IMFURAYACU Jean Luc (@imfuraluc01) November 22, 2021

    Source : https://yegob.rw/umuzamu-ndali-arashinjwa-amarozi-ku-mukino-wabaye-umunsi-video/

  • FIFA yishyize hanze abakinnyi bazatoranywamo uzahabwa igihembo cya The Best [URUTONDE] #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku isi,FIFA ryatangaje abakinnyi batoranyijwe mu bihembo bya The Best FIFA Football Awards 2021, abatsinze yaba mu bagabo,abagore n'abatoza ku mpande zombi bazamenyekana mu birori byo kuri interineti bizaba ku ya 17 Mutarama 2022.

    Amatsinda 2 y'inzobere,rimwe ku mupira w'amaguru w'abagore irindi mu mupira w'amaguru mu bagabo yahisemo abakandida muri buri cyiciro.

    Abo aya matsinda yatoranyije:

    Umugore witwaye neza kurusha abandi bose ku isi/The Best FIFA Women's Player:

    Stina Blackstenius (Sweden / BK Häcken)
    Aitana Bonmatí (Spain / FC Barcelona)
    Lucy Bronze (England / Manchester City WFC)
    Magdalena Eriksson (Sweden / Chelsea FC Women)
    Caroline Graham Hansen (Norway / FC Barcelona)
    Pernille Harder (Denmark / Chelsea FC Women)
    Jennifer Hermoso (Spain / FC Barcelona)
    Ji Soyun (Korea Republic / Chelsea FC Women)
    Sam Kerr (Australia / Chelsea FC Women)
    Vivianne Miedema (Netherlands / Arsenal WFC)
    Alexia Putellas (Spain / FC Barcelona)
    Christine Sinclair (Canada / Portland Thorns FC)
    Ellen White (England / Manchester City WFC)

    Umukinnyi w'umugabo witwaye neza kurusha abandi/ The Best FIFA Men's Player:

    Karim Benzema (France / Real Madrid CF)
    Kevin De Bruyne (Belgium / Manchester City FC)
    Cristiano Ronaldo (Portugal / Juventus FC / Manchester United FC)
    Erling Haaland (Norway / BV Borussia 09 Dortmund)
    Jorginho (Italy / Chelsea FC)
    N'Golo Kanté (France / Chelsea FC)
    Robert Lewandowski (Poland / FC Bayern München)
    Kylian Mbappé (France / Paris Saint-Germain)
    Lionel Messi (Argentina / FC Barcelona / Paris Saint-Germain)
    Neymar (Brazil / Paris Saint-Germain)
    Mohamed Salah (Egypt / Liverpool FC)

    Umutoza witwaye neza kurusha abandi bose ku isi mu bagore/The Best FIFA Women's Coach:

    Lluís Cortés (Spain / FC Barcelona)
    Peter Gerhardsson (Sweden / Swedish national team)
    Emma Hayes (England / Chelsea FC Women)
    Beverly Priestman (England / Canadian national team)
    Sarina Wiegman (Netherlands / Dutch national team / English national team)

    Umutoza witwaye neza kurusha abandi bose ku isi mu bagabo/The Best FIFA Men's Coach:

    Antonio Conte (Italy / FC Internazionale Milano / Tottenham Hotspur FC)
    Hansi Flick (Germany / FC Bayern München / German national team)
    Pep Guardiola (Spain / Manchester City FC)
    Roberto Mancini (Italy / Italian national team)
    Lionel Sebastián Scaloni (Argentina / Argentinian national team)
    Diego Simeone (Argentina / Atlético de Madrid)
    Thomas Tuchel (Germany / Chelsea FC)

    Umunyezamu witwaye neza kurusha abandi mu bagore/The Best FIFA Women's Goalkeeper:

    Ann-Katrin Berger (Germany / Chelsea FC Women)
    Christiane Endler (Chile / Paris Saint-Germain / Olympique Lyonnais)
    Stephanie Lynn Marie Labbé (Canada / FC Rosengård / Paris Saint-Germain)
    Hedvig Lindahl (Sweden / Atlético de Madrid Femenino)
    Alyssa Naeher (USA / Chicago Red Stars)

    Umunyezamu witwaye neza kurusha abandi mu bagabo/The Best FIFA Men's Goalkeeper:

    Alisson Becker (Brazil / Liverpool FC)
    Gianluigi Donnarumma (Italy / AC Milan / Paris Saint-Germain)
    Édouard Mendy (Senegal / Chelsea FC)
    Manuel Neuer (Germany / FC Bayern München)
    Kasper Schmeichel (Denmark / Leicester City FC)

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/fifa-yishyize-hanze-abakinnyi-bazatoranywamo-uzahabwa-igihembo-cya-the-best

  • Impuha nizijure – Urukundo rwa Cyusa Ibrahim… – #rwanda #RwOT

    Byari bimaze iminsi bivugwa ko Cyusa Ibrahim w’imyaka 32 y’amavuko ari mu rukundo na Jeanine Noach ufite imyaka 48. Nyuma y'uko aya makuru akwirakwiye, uyu muhanzi yabibajijweho niba koko baba bari mu rukundo abihakana yivuye inyuma. Ibi yabihakanye mu kiganiro aherutse kugirana na Isimbi Tv.

    Bamaze iminsi binezeza ku kirwa cya Zanzibar 

    Batangiye bamubaza niba yaba ari mu rukundo na Jeanine Noach bashingiye ku mashusho babonye bombi bari kumwe mu modoka uyu muhanzi agenda amuririmbira indirimbo ye yasabiyemo “amarebe “. Icyo gihe yavuze ko nta rukundo barimo ahubwo ari inshuti magara.

    Bagiriye ibihe byiza ku kirwa 

    Mu gihe cyari gishize bivugwa nta kintu na kimwe Cyusa yari yarigeze avuga kuri Jeanine Noach, ahubwo abantu byarabatunguye nyuma y'uko avuze ko nta bucuti bwihariye bafitanye, maze nyuma y’iminsi micye hagakwirakwira amafoto bombi bari kwinezeza ku kirwa cya Zanzibar.

    Mu gambo cyusa amaze gushyira ku rukuta rwe rwa Instagarm akayaherekeza ifoto yabo bombi, agaragaza ko urukundo barimo ari ikibatsi. Ni ubwa mbere avuze kuri uyu mukobwa amagambo nk'aya. Mu mitoma yuje inganzo mu kinyarwanda kimbitse yagize ati”Impuha nizijure mundeke mvuge imvaho. Wowe nseko y'umusereko ukaba inyamibwa mu ngenzi; amenyo nk'ingwa yera; imico myiza ikuranga yavugwa n'abakuzi ingingo. uw'imbabazi wa cyusa @jeanine_noach”.

    Aya magambo akomeye yuje imitoma igera ku ndiba y’umutima yayabwiye Jeanine nyuma nuko nawe amweretse imbamutima ze akabimurikira rubanda ku rukuta rwe rwa instagram. 

    Yakoresheje igifaransa ariko tugiye kugerageza kubishyira mu kinyarwanda, yagize ati” bishobora gufata igihe kirekire kugira ngo ubone urukundo, ariko kuva urwacu rwavuka sinigeze ngirira ubwoba ahazaza”. Iyi foto yaherekeje aya magambo ni nayo Cyusa yakoresheje.

    Mu mitoma yateye Jeanine hari aho yamwise uwimbabazi we. Mbere y'aya magambo yabanje kuvuga ngo impuha ni zijurire maze asaba abantu kumureka akavuga imvaho. 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/111743/impuha-nizijure-bwa-mbere-cyusa-ahamije-urukundo-rwe-na-nyirasenge-wa-naomi-bari-maze-imin-111743.html

  • Ndoli yavuze ukuri ku gikorwa cyafashwe nk’amarozi yakoze ku mukino wa Police FC (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umunyezamu w’ikipe ya Gorilla FC, Ndoli Jean Claude yavuze ko igikorwa yakoze ku mukino wabahuje na Police FC kigafatwa nk’amarozi atari yo ahubwo ari ukwica mu mutwe cyangwa gukura mu mukino (mind game) ikipe bari bahanganye.

    Uyu munsi Gorilla FC yari yakiriye Police FC mu mukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2021-22, ni umukino warangiye ari 0-0.

    Mu ntangiriro z’igice cya kabiri, umunyezamu wa Gorilla FC, Ndoli Jean Claude yagaragaye aminjira ibintu mu izamu rye, byatumye benshi babibonye bakeka ko ari amarozi.

    Nyuma y’uyu mukino, Ndoli Jean Claude yabwiye itangazamakuru ko ibyo yakoze ntaho bihuriye n’amarozi ahubwo byari ukwica mu mutwe (mind game) ikipe ya Police FC bari bahanganye.

    Ati 'iriya ni mind game (kwica umuntu mu mutwe), ni mind game iriya, ni ukwica umuntu mu mutwe, nta kintu nashyizemo nta cyari kirimo, kwica umuntu mu mutwe (mind game) birakora, uzareba iyo turi mu kibuga tuba dutukana, kandi ugatuka inshuti yawe ariko muvuye mu kibuga, biba birangiye.'

    N’ubwo yavuze ko ntacyari kirimo, mu mashusho bigaragara ko hari ibintu yanyanyagije mu izamu rye yari arinze, ndetse n’icyo yari abibitsemo cyagaragaraga kuko yakijugunye mu kibuga.

    Ni kenshi hagiye hagaragara abakinnyi bakora ibikorwa bisa n’ibya Ndoli aho byose byafashwe nk’amarozi, gusa nabo iyo ugerageje kubabaza bagusubiza nk’ibya Ndoli aho bavuga ko ari 'mind game’. Iyo uganiriye na bamwe mu bakinnyi ubabaza kuri iri koreshwa ry’amarozi, hari abakubwira ko bikora ni mu gihe hari n’abatabyemera.

    Ndoli Jean Claude anyanyagiza ibintu mu izamu

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ndoli-yavuze-ukuri-ku-gikorwa-cyafashwe-nk-amarozi-yakoze-ku-mukino-wa-police-fc-video

  • Cristiano Ronaldo yakoresheje amagambo yihariye mu gusezera umutoza Ole #rwanda #RwOT

    Umunyabigwi mu mupira w'amaguru,Cristiano Ronaldo,yise Ole Gunnar Solskjaer 'umuntu w'indashyikirwa' mu rwego rwo kumuha icyubahiro nyuma yo kwirukanwa na Manchester United.

    Ku cyumweru mu gitondo, nibwo umunya Norvege,Ole yirukanwe nyuma yo gutsindwa ibitego 4-1 na Watford kuwa Gatandatu.

    Nyuma y'amasaha 24 bibaye, umukinnyi Ronaldo yerekeje ku mbuga nkoranyambaga ze,agenera ubutumwa bwiza uyu mugabo bakinannye nyuma akamubera shebuja.

    Yakoresheje amafoto abiri – imwe iheruka bari kumwe muri shampiyona,mu gihe indi ari iya kera bagikinana mu ikipe ya Sir Alex Ferguson.

    Ronaldo yanditse ati: “Yari rutahizamu wanjye igihe nageraga bwa mbere i Old Trafford kandi yanabaye umutoza wanjye kuva nagaruka muri Manchester United.

    “Ariko ikiruta ibindi byose, Ole n'umuntu w'indashyikirwa.

    “Ndamwifuriza ibyiza muri byose ubuzima bwe bumuteganyirije.

    “Amahirwe masa nshuti yanjye! Urabikwiye!.”

    Ronaldo na bagenzi be bakinana muri United, bananiwe gutanga umusaruro mu kibuga muri iyi shampiyona bituma uyu mutoza yirukanwa.

    Uyu mukinnyi watsindiye Ballon d'or inshuro eshanu, yagarukanye imbaraga I Old Trafford, avuye muri Juventus mu mpeshyi,nyuma y'imyaka 12 yari amaze ahavuye.

    Nubwo yagiye atsinda ibitego bikenewe mu minota ya nyuma muri Champions League kugira ngo Solskjaer ave mu bibazo, ntabwo yitwaye neza muri Premier League.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/cristiano-ronaldo-yakoresheje-amagambo-yihariye-mu-gusezera-umutoza-ole