Tag: Imikino

  • SPORTS ROOM: Ibanga APR FC yakoresheje mu mik… – #rwanda #RwOT

    Ni irihe banga APR FC yakoresheje mu mikino 40 idatsindwa muri shampiyona y'u Rwanda? Kuki Rayon Sports yabaye insina ngufi imbere ya APR FC by'igihe kirekire?

    Ni iki cyahindutse muri Manchester United nyuma y'igenda rya Ole kugira ngo ibone umusaruro mwiza itigeze ibona itozwa na Ole?

    Ese Pochettino yaba igisubizo cyiza kuri Manchester United yifuza gusubira ku ruhando rw'amakipe akomeye i Burayi?

    Ibi bibazo byose kimwe n’ibindi binyuranye nawe ushobora kuba wibaza mu makuru ya siporo agezweho, ibisubizo byabyo urabisanga mu kiganiro Sports Room cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24/11/2021 cyayobowe n’umunyamakuru Safari Garçon ari kumwe na Yvonne Mukundwa.

    KANDAHANO UKURIKIRE IKIGANIRO CYOSE KIRIMO AMAKURU ASESENGUYE

    “>

    VIDEO: IRADUKUNDA Jean de Dieu – InyaRwanda Tv

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/111855/sports-room-ibanga-apr-fc-yakoresheje-mu-mikino-40-idatsindwa-muri-shampiyona-manutd-mu-is-111855.html

  • Etoile de l'Est yabonye amanota ya mbere muri shampiyona,Marines FC ihagama AS Kigali #rwanda #RwOT

    Uyu munsi hakomeje imikino ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda igeze ku munsi wa 4 aho ikipe ya Etoile de l'Est yanyagiye Etincelles FC ibitego 4-1 hanyuma AS Kigali ihagamwa na Marines FC banganya ibitego 2-2.

    AS Kigali yaguze abanyamahanga benshi ndetse ikagura n'abanyarwanda bafite amazina akomeye,yari imaze imikino 8 itinjizwa igitego ariko uyu munsi Marines yayinjije ibitego 2.

    AS Kigali yatsinze ibitego 2 byikurikiranya bya Ramadhan Niyibizi ku munota wa 30' na 33 ariko igice cya kabiri yaje iri ku rwego rwo hasi barayishyura.

    Marines yishyuye ibi bitego ibifashijwemo na Ramadhan Ndayisaba ku munota wa 53 mu gihe Ishimwe Fiston yinjije igitego cyo kwishyura ku munota wa 90.

    Kunganya kwa AS Kigali, bigaragaza ko ifite akazi kenshi mu gushaka igikombe kuko itakaje amanota y'ingenzi yakiriye Marines FC.Ibi bitumye akazi koroha kuri APR FC, kuko nitsinda Etincelles izayobora urutonde.

    AS Kigali izacakira na Police FC kuwa Gatandatu,umukino ushobora kutayorohera na busa.

    Ku rundi ruhande,Etoile de l'Est yari imaze gutsindwa inshuro 3 yikurikiranya na Police FC,Gicumbi FC na Musanze FC,uyu munsi yabonye amanota ya mbere muri shampiyona ubwo yanyagiraga Etincelles FC ibitego 4-1.

    Ibitego by'iyi kipe yo mu karere ka Ngoma byatsinzwe na Peter ukomoka muri Ghana Nwusu Samuel watsinze 2 na Kamoso.Iyi kipe izakira Rayon Sports mu mukino ukurikira.

    Ku rutonde rusange,AS Kigali niyo ya mbere n'amanota 10 inganya na Gasogi United mu gihe APR FC ari iya 3 n'amanota 9 ndetse inazigamye umukino umwe itarakina.Rayon Sports n'iya 4 n'amanota 7.

    Gutsinda kwa Etoile de l'Est byayikuye ku mwanya wa nyuma biyizana kuwa 10.

    Uko imikino y'uyu munsi yagenze:

    AS KIGALI 2-2 MARINES FC
    ETOILE DE L'EST 4-1 ETINCELLES FC
    MUSANZE 0-0 ESPOIR FC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/etoile-de-l-est-yabonye-amanota-ya-mbere-muri-shampiyona-marines-fc-ihagama-as

  • Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko APR FC izakomeza gukinisha Abanyarwanda gusa #rwanda #RwOT

    Ibi Lt Gen Mubarakh Muganga yabigarutseho ku wa 23 Ugushyingo 2021, nyuma y’umukino wahuje APR FC na Rayon Sports, bikaza kurangira iyi Kipe y’Ingabo itsinze 2-1.

    Ibitego bibiri bya APR FC byabonetse muri uyu mukino, byatsinzwe na Manishimwe Djabel ku munota wa 39 ndetse na Ruboneka Jean Bosco wagitsinze ku munota wa 43′. Igitego rukumbi cya Rayon Sports cyatsinzwe ku munota wa 19 na Essombe Willy Onana.

    Nyuma y’uyu mukino, Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yabajijwe uko yakiriye Intsinzi y’ikipe ye, mu gusubiza agira ati 'Mu izina ry’Ubuyobozi, abakunzi n’abafana ba APR FC ndatangira nshimira byimazeyo abakinnyi n’ abatoza b’ikipe yacu ku intsinzi baduhaye turishimye.'

    Yakomeje avuga ko ari ishema kubona intsinzi kuri Rayon Sports ngo 'nubwo idakunze kubyemera.’

    Ati 'Ndashima n’ikipe twakiriye n’ubwo tubatsinda kenshi ni gake bemera ko batsinzwe ariko bongeye kwemera ko batsinzwe ku mugaragaro ndetse bavuga ko twimwe na penaliti yari gutuma dutahana ibitego birenze bibiri.'

    Yakomeje avuga ko iyi kipe igitsimbara ku cyemezo cyo gukinisha abakinnyi b’Abanyarwanda kandi ko bitababuza gutsinda.

    Ati: “N’ubwo bisaba kwihangana ariko umusaruro ugaragaza ko kiriya cyerekezo ari inyamibwa cyane. Ubu tuvugana ku mukino wa gatatu w’iyi Shampiyona ikipe twahuye nazo zose zakinishije abanyamahanga babo b’abahashyi ariko ntibitubuza kubatsinda.”

    Yakomeje asabira amakipe bahanganye kuba yakwemererwa gukinisha abanyamahanga 11.

    Ati: “Ku bayobozi bagenzi bacu b’ikipe zindi, Abanyarwanda barashoboye nimubahe amahirwe, ariko aka wa mugani ntemera cyane ngo nyamwanga kumva ntiyanze kubona ku bifuza gukomeza gukinisha abo bahashyi ndabasabira kwongererwa umubare wabo ukava kuri 5 bakaba 7 cyangwa 11 kugira ngo abasore bacu bajye babona aho bipimira. Nyamara ibitangwa kuri bariya biyambazwa bihawe abasore bacu bakora byiza kurushaho ubwo nibwo budasa bwacu.”

    Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, FERWAFA, yateranye ku wa 2 Kanama 2021 yemeje ko amakipe yo mu Cyiciro cya Mbere mu bagabo yemerewe gushyira ku rupapuro rw’umukino “Feuille de match” ndetse no mu kibuga abakinnyi b’abanyamahanga batanu aho kuba batatu nk’uko byari bisanzwe.

    Uwo mwanzuro uvuga ko umukinnyi w’umunyamahanga winjiye mu gihugu aturutse hanze yacyo, agomba kuba atarengeje imyaka 30 y’amavuko.

    Ikomeza iti: “Umukinnyi w’umunyamahanga uturuka hanze y’Igihugu kandi akaba arengeje imyaka 30 kugira ngo yemererwe gukina mu marushanwa ategurwa na FERWAFA agomba kuba yarakiniye Ikipe Nkuru y’Igihugu cye nibura mu myaka itatu iheruka.”

    Ubusanzwe, kuva mu 2013, mu marushanwa y’imbere mu gihugu, buri kipe yo mu Cyiciro cya Mbere yabaga yemerewe abakinnyi batatu b’abanyamahanga muri 18 bitabazwa ku mukino.

    Ni itegeko amakipe menshi yifuje ko ryahinduka kuva mu 2015, ariko ntahurize kuri ubwo busabe. Mu Nteko Rusange ya FERWAFA yabaye ku wa 17 Ukuboza 2020, iyi ngingo ntiyagarutsweho, aho byavuzwe ko Rayon Sports yabisabye igihe cyararenze.

    Source : https://imirasire.com/?Lt-Gen-Mubarakh-Muganga-yavuze-ko-APR-FC-izakomeza-gukinisha-Abanyarwanda-gusa

  • Benzema yakatiwe igifungo_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Karim Benzema, Rutahizamu w'Ubufaransa na Real Madrid, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Ugushyingo 2021, yahamijwe icyaha cyo gucura umugambi wo gusebya mugenzi we akoresheje amashusho.

    Umucamanza yahaye Benzema igifungo cy'umwaka umwe kandi amutegeka gutanga amande y'amayero 75.000. Nubwo ubujurire bwatangiye, iki gifungo akenshi kiba gisubitse.

    Benzema w'imyaka 33 yari umwe mu bantu batanu baburanishijwe mu kwezi gushize kubera gushaka kwambura Umufaransa Mathieu Valbuena.

    Uru rukozasoni rwatangaje umuryango w'umupira w'amaguru mu bufaransa kandi aba abakinnyi bombi batakaje umwanya mu ikipe y'igihugu.

    Uru rubanza rwatangiye muri Kamena 2015, ubwo aba bakinnyi bombi b'umupira w'amaguru bari mu myitozo y'Abafaransa.

    Ubushinjacyaha bwatangaje ko ubwo bari mu myitozo y'ikipe y'igihugu, Benzema yashyizeho igitutu kuri Valbuena kugira ngo yishyure abantu bari bafite amashusho y'urukozasoni Valbuena yari arimo. Ariko byagaragaye ko ari umugambi yari yacuze.

    Benzema yamye ahakana ibivugwa kandi ashimangira ko yashakaga gusa gufasha Valbuena kwikuraho ayo mashusho.

    Benzema ntabwo yari yitabye urukiko i Versailles kugira ngo acirwe urubanza, ndetse na Valbuena ukinira ikipe ya Olympiakos yo mu Bugereki ntabwo yari ahari.

    Ku wa gatatu, bane mu baregwa hamwe na Benzema mu rubanza nabo bahamwe n'icyaha. Bakatiwe igifungo kuva ku mezi 18 kugeza ku myaka ibiri n'igice.

    Abunganira Benzema bavuze ko bazajuririra igihano cye.

    Ariko igihe yatangaga imyanzuro, umucamanza yavuze ko Benzema 'yagize uruhare ku giti cye, binyuze mu mayeri no kubeshya, kugira ngo yemeze mugenzi amanyanga'.

    Umwaka ushize, nyuma y'imyaka itanu Benzema ahagaritswe mu ikipe y'igihugu kubera iyi saga yaje kugaruka. Ntibiramenyekana niba kuva ahamwe n'icyaha azongera guhagarikwa.

    Source : https://impanuro.rw/2021/11/24/benzema-yakatiwe-igifungo_-inkuru-irambuye/

  • IFOTO : Rwarutabura yashenguwe n’intsinzwi ya Rayon aricara yifata mapfubyi #rwanda #RwOT

    Abakunzi ba Rayon Sports bari babucyereye bizeye ko ikipe yabo yigaranzura mucyeba wayo APR wabatsinze igitego kimwe mu mukino wa Shampiyona y’umwaka ushize gusa si ko byaje kugenda.

    Gusa ni bo babanje kwishima kuko ku munota wa 18′ w’umukino, ikipe yabo yabanje kubona igitego muri uyu mukino wayihuzaga na mucyeba wayo ariko ibyishimo byabo ntibyatinze kuko ku munota wa 38′ APR FC yishyuye igitego cyatsinzwe na Manishimwe Djabel.

    Byaje guhumira ku mirari Ku munota wa 41′ ubwo APR FC Ruboneka Bosco yongeraga kunyeganyeza incundura z’izamu rya Rayon Sports ku gitego yatsize ubwo yari ahawe umupira na Ombolenga Fitina, Bosco ahita atera ishoti rikomeye mu izamu, Bonheur ntiyamenya aho umupira unyuze.

    Source : http://www.ukwezi.rw/11/article/IFOTO-Rwarutabura-yashenguwe-n-intsinzwi-ya-Rayon-aricara-yifata-mapfubyi

  • Cristiano Ronaldo yashyizeho akandi gahigo ny… – #rwanda #RwOT

    Ku mukino wa gatanu wa Champions League Manchester United yahuragamo na Villarreal ikanayitsinda ibitego 2 ku busa, igitego cya Ronaldo cyaje nanone kuba icy’amateka kuri we kuko yahise yuzuza ibitego 800 mu buzima bwe bw’umupira w’amaguru.


    Ibitego 5 bya mbere yabitsinze agikinira Sporting CP, Manchester United amaze kuyitsindira ibitego 128, Real Madrid yayitsindiye ibitego 451, Juventus ayitsindira ibitego 101 naho ikipe y’igihugu ya Portugal amaze kuyitsindira ibitego 116. Ibi bituma aba umukinnyi wa mbere ku Isi ukina umupira w’amaguru watsinze ibitego byinshi.

    Ronaldo yujuje ibitego 100 bya mbere ari muri Manchester naho ibitego 200, 300, 400, 500 na 600 abyuzuza akinira Real Madrid, ibitego 700 yaherukaga kubyuza mu mwaka wa 2019 akinira Juventus. Igitego kandi Ronaldo yaraye atsinze cyatumye yuzuza ibitego 140 muri Champions League, akomeza kuyobora abafite ibitego byinshi muri iri rushanwa.


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/111837/cristiano-ronaldo-yashyizeho-akandi-gahigo-nyuma-yigitego-yaraye-atsinze-111837.html

  • Abantu 15 baraye mu gihome bazira gukoresha inyandiko mpimbano ngo barebe umukino wa APR FC na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Abantu 15 bafashwe ku munsi w'ejo ku mukino wahuzaga APR FC na Rayon Sports, nyuma y'uko berekanye ubutumwa mpimbano bwerekana ko bapimwe COVID-19 kugira ngo bemererwe kwinjira kuri uyu mukino.

    Polisi y'Igihugu yatangaje ko yataye muri yombi abafana 15 bakekwaho gukoresha ibyangombwa bihimbano by'uko bipimishije Covid-19.

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu, CP John Bosco Kabera,yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko Abanyarwanda bakwiriye kwirinda kwishora mu byaha nk'ibi.

    Ati 'Abantu bakwiye kubireka, twarabivuze mbere ko ubwo hafunguwe ibikorwa bizajya byitabirwa n'abantu bipimishije, hari abagiye guhimba ibyo byangombwa, none ibyo twavugaga birasohoye. Nibabyirinde naho ubundi bari gukora ibyaha.

    CP Kabera yavuze ko aba bafashwe bagiye gukorwaho iperereza hanyuma dosiye yabo igashyikirizwa inzego zibishinzwe.

    Kwinjira muri Stade ya Kigali byasabaga ko buri mufana agomba kuba yaripimishije mu masaha 72 mbere y'uyu mukino wahuje ikipe ya APR FC na Rayon Sports kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2021.

    Aho kwipimisha, bivugwa ko bamwe bahisemo guhimba ibyangombwa kugira ngo babe banyura mu rihumye inzego zibishinzwe binjire muri stade.

    Amategeko y'u Rwanda asobanura ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditsweho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y'ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangijwe kwemeranywa, aba akoze icyaha.

    Umuntu wese ku bw'uburiganya wandika, wandikisha ibintu bidahuye n'ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo, afatwa nk'uwakoze icyaha cyo gukora inyandiko mpimbano.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n'ihazabu yamafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko atarengeje miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abantu-15-baraye-mu-gihome-bazira-gukoresha-inyandiko-mpimbano-ngo-barebe

  • Rutahizamu Karim Benzema yakatiwe igifungo n’inkiko #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa akaba na kapiteni wa Real Madrid, Karim Benzema yakatiwe umwaka usubitse nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutera ubwoba mu genzi we w’umufaransa Mathieu Valbuena ko bazashyira hanze amashusho ye ari mu buriri n’umukobwa.

    Umucamanza akaba yakatiye Karim Benzema umwaka usubitse ndetse no kwishyura ihazabu ingana n’amadorali ibihumbi 84 (84,000,000 frw).

    Benzema w’imyaka 33 akaba yareganwaga n’abantu 5 aho bakurikiranyweho kugerageza gukura amafaranga muri Valbuena bamubwira ko bazashyira hanze amashusho ye hanze aryamanye n’umukobwa.

    Ibi byose bitewe n’uko byavuzwe mu itangazamakuru byatumye aba bakinnyi bombi batakaza umwanya mu ikipe y’igihugu, Karim Benzema akaba yarongeye guhamgarwa muri uyu mwaka.

    Ibi byose byatangiye muri 2015 ubwo aba bakinnyi bari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu aho Benzema yashyize igitutu kuri Valbuena kwishyura abo bantu bamusabaga amafaranga kugira ngo yishyure abo bantu badashyira amashusho ye hanze, byafashwe nk’aho Benzema na we arimo gukorana n’abo bantu nk’uko ubushinjacyaha bwabivuze.

    Benzema we akaba yaragiye ahakana ibi ashinjwa aho we yavugaga ko yarimo afasha Valbuena kugira ngo ayo mashusho.

    Abandi bane bareganwaga na Benzema nabo bahamwe n’icyaha. Uwunganira Benzema mu mategeko yabwiye itangazamakuru ko bagiye guhita bajuririra iki cyemezo.

    Karim Benzema yakatiwe iki gihano nyuma y’uko ari kumwe n’ikipe ya Real Madrid aho bari bukine na FC Sheriff Tiraspol muri Champions League kuri uyu wa Kane.

    Karim Benzema yakatiwe umwaka usubitse

    Umunyamategeko we yavuze ko bagiye guhita bajurira

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-karim-benzema-yakatiwe-igifungo-n-inkiko

  • APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4 #rwanda #RwOT

    Shampiyona y'u Rwanda y'umupira w'amaguru yakomezaga ku munsi wayo wa kane, mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ikipe y'ingabo z'igihugu ya APR FC yaraye itsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego 2-1 naho mu wundi mukino ikipe ya Bugesera FC yatsindiwe mu rugo na Gasogi United ibitego 2-1 ihita iyobora urutonde rwa Shampiyona.

    Mu mukino w'ishiraniro wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya APR FC yari yakiriye ikipe ya Rayon Sports umukino urangira ari ibitego bibiri byatsinzwe na Manishimwe Djabel ndetse na Ruboneka Jean Bosco, ni ibitego byombi byatsinzwe mu gice cya mbere naho ku ruhande rwa Rayon Sports yatsindiwe na Andre Willy Onana.Nk'uko imibare ibigaragaza ni uko ikipe ya APR FC ndetse n'umutoza wayo Adil Mohammed Erradi buzuzaga imikino 40 adatsindwa, ibi bikaba byanatumye ubuyobozi bw'iyi kipe bwashimye abakinnyi bayo kubwo gukomeza kwitwara neza.

    Binyuze ku rubuga rwa internet rwa APR FC, umuyobozi wa APR FC Lt Gen Mubarakh Muganga yagize ati 'Mu izina ry' Ubuyobozi, Abakunzi n'Abafana ba APR FC ndatangira nshimira byimazeyo Abakinnyi n' Abatoza b'ikipe yacu ku intsinzi baduhaye turishimye.'

    'Ndashima n'ikipe twakiriye n'ubwo tubatsinda kenshi ni gake bemera ko batsinzwe ariko bongeye kwemera ko batsinzwe kumugaragaro ndetse bavuga ko twimwe na penarite yari gutuma dutahana ibitego birenze bibiri.'

    Uyu muyobozi yasoje avuga ku gitekerezo cyo gukoresha abakinnyi b'abanyarwanda mu ikipe ya APR FC bigenda bitanga umusaruro, yagize ati 'N'ubwo bisaba kwihangana ariko umusaruro ugaragaza ko kiriya cyerekezo ari inyamibwa cyane. Ubu tuvugana k'umukino wa gatatu w'iyi Shampiyona ikipe twahuye nazo zose zakinishije Abanyamahanga babo 05 babahashyi ariko ntibitubuza ku batsinda.'

    Usibye uyu mukino wahuje amakipe yombi kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, i Bugesera ikipe ya Gasogi United yahatsindiye ikipe ya Bugesera FC ibitego 2-1 byatumye ihita iyobora uru rutonde rwa shampiyona aho kuri ubu ifite amanota 10 mu mikino 4 imaze gukinwa.

    Iyi kipe irakurirwa na na AS Kigali ndetse na APR FC zifite amanota 9 ariko zimaze gukina imikino 3.

    I Gicumbi kandi ikipe ya Kiyovu Sports yahatsindiye ikipe ya Gicumbi FC igitego kimwe ku busa bituma ikipe y'urucaca igeza amanota 7 ikaba iri ku mwanya wa 5.

    Uyu munsi imikino irakomeza hakinwa umunsi wa kane mu buryo bukurikira:
    AS Kigali vs Marines FC i Nyamirambo
    Etoile de l'Est vs Etincelles i Ngoma
    Musanze FC vs Espoir FC

    The post APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-yatsinze-rayon-sports-yuzuza-imikino-40-idatsindwa-gasogi-united-iyoboye-urutonde-rwa-shampiyona-nyuma-yo-gutsinda-bugesera-fc-ku-munsi-wa-4/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-yatsinze-rayon-sports-yuzuza-imikino-40-idatsindwa-gasogi-united-iyoboye-urutonde-rwa-shampiyona-nyuma-yo-gutsinda-bugesera-fc-ku-munsi-wa-4

  • Manchester United na Chelsea zamaze kubona itike ya 1/16 cya UEFA Champions League,Barcelona mu nzira ziyerekeza muri Europa League #rwanda #RwOT

    Cristiano Ronaldo yongeye guheka ikipe ya Manchester United ayibonera igitego cyo gufungura amazamu mu minota ya nyuma ihura na Villarreal bituma ibasha kugera muri 1/16 cy'irangiza mu gihe Chelsea yo yanyagiye Juventus ibitego 4-0.

    Mu mukino wa mbere watojwe n'umutoza wungirije,Michael Carrick,ikipe ya Manchester United yahatanye kugera mu minota ya nyuma ubwo yatsindaga Villarreal ku kibuga cyayo ibitego 2-0.

    Cristiano Ronaldo yafunguye amazamuku munota wa 78 ku burangare bw'umunyezamu Rulli wahaye umupira nabi mugenzi we Etienne Capoue,uyu ananirwa kuwufunga witwarirwa na Fred wahise ahereza uriya mwami wa Champions League ashyiramo igitego cya mbere.

    United yari yatangiye umukino nabi irushwa cyane ndetse umunyezamu De Gea atabara bikomeye,yaje kubona imbaraga ubwo umutoza yinjizaga mu kibuga Rashford na Bruno Fernandes bakora akazi gakomeye.

    Uyu Rashford yayoboye ubusatirizi bwabyaye igitego cya kabiri nyuma yo gusiga ab'inyuma ba Villarreal ahereza umupira Fernandes nawe awuha Jadon Sancho ashyiramo igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yateye ku munota wa 90.

    Cristiano Ronaldo wagejeje United muri 1/16,yayifashije no kuba iya mbere mu itsinda F, ndetse amaze gutsinda ibitego bitandatu mu mikino itanu amaze gukina muri Champions League y'uyu mwaka.

    Ku rundi ruhande,ikipe ya Chelsea yaraye igaragaje ko ari ikipe yo kwitondera muri iri rushanwa ndetse ko ishobora kwisubiza igikombe nyuma yo kwakira Juventus ikayinyagira ibitego 4-0.

    Umutoza wa Chelsea, Thomas Tuchel, yamaze kubona inyungu zo kugira abakinnyi bakuriye mu ishuri ry'kipe kuko bamufashije gutwara igikombe cya Champions League mu mwaka we wa mbere ageze kuri Stamford Bridge.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, abasore 3 bakiri bato bazamukiye muri Chelsea,ni bo bamuhaye intsinzi kuko ibitego 3 muri 4 yatsinze,byatsinzwe na Trevoh Chalobah, Reece James, Callum Hudson-Odoi bazamukiye mu ishuri rya chelsea nyuma bunganirwa na Timo Werner mu guhangamura Juventus.

    Ubu hashize imyaka 25 ikipe o mu Butaliyani itwaye igikombe cyu Burayi nubwo ifite shampiyona inshuro 36.

    Chelsea nayo yamaze kugera muri 1/16 iyoboye itsinda gusa ifite akazi gakomeye ko guhangana na Manchester United ku cyumweru muri Premier League.

    Nubwo Chelsea yagaruye Timo Werner na Romelu Lukaku,yaraye ivunikishije N'golo Kante na Hakim Ziyech basohotse mu kibuga basimbuwe.

    Ku rundi ruhande,ibintu ntibimeze neza ku ruhande rwa FC Barcelona n'umutoza wayo Xavi kuko baraye banganyije na Benfica 0-0 bituma bananirwa gukatisha itike yo kwerekeza muri 1/16 cy'irangiza.

    Barcelona ishobora kwerekeza muri Europa League kuko ubu iri ku mwanya wa 2 n'amanota 7 mu gihe Benfica bahanganye ifite amanota 5.

    Aho ruzingiye nuko Benfica izakira Dynamo Kiev yoroshye mu mikino y'umunsi wa nyuma, naho Barca ikerekeza i Munich gukina na Bayern.

    Iyi kipe ya La Liga irasabwa akazi gakomeye ko gutsinda Bayern iwayo kandi urwego iriho muri iyi minsi biragoye mu gihe Benfica ihabwa amahirwe yo kunyagira Kiev.

    Iyo Barcelona ibona intsinzi kuri Stade ya Camp Nou yari yari guhita ibona umwanya wo gukina 1/16 ariko yananiwe kubigeraho.

    Myugariro Ronald Araujo yatekereje ko yatsindiye Barca igitego gikomeye ku munota wa 83 ariko igitego nticyemewe kuko yaraririye.

    Benfica nayo yabonye amahirwe yo gutsinda mu minota ya nyuma ubwo Haris Seferovic yacengaga umuzamu Marc-Andre ter Stegen ariko ananirwa kubona urushundura.

    Ku rundi ruhande,Bayern yatsinze ibitego 2-1 Dynamo Kiev yuzuza imikino 5 yose idatsindwa ndetse yanamaze kubona itike kera cyane.

    Amakipe yamaze kubona itike muri 1/16 cya UEFA Champions League ni Bayern,Juventus,Liverpool,Ajax ,Manchester United,Chelsea.Andi aramenyekana uyu munsi no ku munsi wa nyuma uzakinwa mu kwezi gutaha.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/manchester-united-na-chelsea-zamaze-kubona-itike-ya-1-16-cya-uefa-championsl