Tag: Imikino

  • Kylian Mbappe yatunguye benshi ubwo yavugaga umukinnyi abona mwiza ku Isi #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umufaransa ukinira ikipe ya Paris Saint Germain, Kylian Mbappe yatunguye benshi avuga ko Lionel Messi bakinana ukomoka muri Argentine ari we mukinnyi mwiza ku Isi, ni mu gihe mu minsi yashize yavugaga ko umunya-Portugal, Cristiano Ronaldo ukinira Manchester United ari we afatiraho icyitegererezo.

    Buri muntu wese azi ko Cristiano Ronaldo ari we Mbappe afatiraho icyitegererezo, ariko bisa nk’aho Messi amaze kumutwara ibitekerezo.

    Ubwo Messi yageraga muri PSG, Mbappe we yashakaga gusohoka muri iyi kipe akajya muri Real Madrid, ndetse yizeraga ko umunsi umwe azakinana na Cristiano Ronaldo yakuze akunda.

    Mu mukino wa shampiyona baraye batsinzemo Club Brugge aho Messi yatsinze 2 na Mbappe agatsinda 2, Mbappe aganira n’itangazamakuru yavuze ko kugeza ubu Messi ari umukinnyi mwiza ku Isi.

    Ati 'biroroshye gukinana na Lionel Messi. Ni umukinnyi mwiza ku Isi. Yegukanye Ballon d’Or mu minsi mike ishize. Uyu munsi yatsinze ibitego 2, arishimye ndizera ko azadufasha mu minsi iri imbere.'

    Ibi byatumye n’abantu benshi batekereza ko n’icyifuzo yari afite cyo kwerekeza mu ikipe ya Real Madrid ashobora kukireka akaguma muri PSG ari nacyo ubuyobozi bw’iyi kipe bwari bwiteze ko Messi yabafasha kumvisha uyu musore ntagende.

    Kylian Mbappe abona Messi ari we mukinnyi mwiza ku Isi

    Mbappe ubundi yavuze ko umukinnyi yakuze akunda ari Ronaldo

    Ihangana rya Messi na Ronaldo rimaze igihe kinini

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kylian-mbappe-yatunguye-benshi-ubwo-yavugaga-umukinnyi-abona-mwiza-ku-isi

  • Xavi yabwiye amagambo akomeye abashidikanya ko FC Barcelona itatsinda Bayern Munich #rwanda #RwOT

    Ikipe ya FC Barcelona imaze imyaka isaga 20 iri mu zikomeye i Burayi ishobora gukina Europa League kuko ifite umusozi muremure wo kuzamuka ku kibuga Allianz Arena aho isabwa gutsinda Bayern Munich.

    Ikipe ya Bayern Munich izwiho kunyagira amakipe y'insina ngufi muri Champions League,irakira Barcelona kuri uyu wa Gatatu ndetse nubwo yamaze kubona itike ngo ntiraza kuruhutsa abakinnyi.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru,Xavi Hernández yavuze ko azi ko umukino na Bayern Munich uraba utoroshye, ariko ko yizeye ko abakinnyi be bahobora gutungurana.

    Xavi ati “Turiyizeye kandi tuzagerageza gukoresha intwaro zacu. Nyuma yumukino tuzareba.Igitangaza? Sintekereza ko gutsindira i Munich byaba igitangaza kuko twatsinda uwari we wese.

    “Amateka avuga ko tutigeze dutsindira i Munich, ariko amateka abereyeho kugira ngo tuyarenge. Ndayategereje rwose.”

    Kuva mu mwaka wa 2000,ntabwo Barca irananirwa kurenga amatsinda ya Champions League

    Xavi arakina uyu mukino adafite abakinnyi 5 barimo Ansu Fati, Pedri na Sergio Aguero mu gihe Bayern ibura Joshua Kimmich na Eric Maxim Choupo-Moting banduye Covid,kongeraho Serge Gnabry, Leon Goretzka na Marcel Sabitzer bavunitse.

    Barcelona iri ku mwanya wa 2 mu itsinda n'amanota 7,irasabwa gutsinda Bayern kugira ngo igere muri 1/16 cyane ko Benfica ya 3 n'amanota 5 byitezwe ko iratsinda Dynamo Kiev i Lisbon.

    Imikino yaraye ibaye muri UEFA Champions League n'ababonye itike:

    Group A

    PSG 4-1 Club Brugge
    RB Leipzig 2-1 Manchester City

    1. Man City 12 Pts
    2. PSG 11 Pts
    3. Leipzig 7 Pts
    4. Club Brugge 4 Pts
    (Man City,PSG)

    Group B:

    Milan 1-2 Liverpool
    Porto FC 1-3 Atletico
    (Liverpool, Atletico)

    Group C:

    Real Madrid 2-0 Inter
    Shakhtar 1-1 Dynamo
    (Real, Inter)

    Group D:

    Dortmund 5-0 Beskitas
    Ajax 4-2 Sheriff
    (Ajax, Sporting)

    Liverpool yabaye ikipe ya 1 mu Bwongereza itsinze imikino 6 yo mu matsinda yose.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/xavi-yabwiye-amagambo-akomeye-abashidikanya-ko-fc-barcelona-itatsinda-bayern

  • Yvan Buravan yagarutse kuri APR FC yasezerewe ku munota wa, icyo avuga ku kuba yazana abanyamahanga #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda, Yvan Buravan akaba n’umukunzi wa APR FC, avuga ko iyi kipe kuba yarasezerewe mu mikino Nyafurika ariko ruhago igenda ariko yizeye ko umwaka utaha bazagera kure, ni mu gihe ahamya ko abakinnyi b’Abanyarwanda bashoye ibyo abanyamahanga bakora nabo babikora.

    Ku Cyumweru tariki ya 5 Ukuboza, APR FC yatsinzwe na RS Berkane mu mukino w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup 2-1 ibura amahirwe yo kugera mu matsinda.

    Ni umukino APR FC yari yabanje igitego cyatsinzwe na Byiringiro Lague ariko baza kwishyura bashyiramo n’icya kabiri.

    Aganira n’ikinyamakuru ISIMBI, Yvan Buravan yavuze ko yizeye ko umwaka utaha iyi kipe y’ingabo z’igihugu izarenga aho yageze.

    Ati” Nakurikiranye umusaruro wavuyemo ariko wo ubwawo sinawukurikiranye (umukino) kuko nari ndi ku kazi, narindimo gufana APR FC birumvikana, ndatekereza ko ari ibintu bizakemuka ubutaha bagatsinda rero navuga ngo bakomereze aho.

    Avuga ko kubanza igitego kikishyurwa byose ari ibigize umupira, ngo umwaka utaha bazakora ibirenzeho kandi bikozwe n’abakinnyi b’Abanyarwanda.

    Ati “Kubanza igitego bakayishyura, mu mupira niko bigenda ntabwo ubikomeza bibaho, rimwe uratsinda ubundi ntutsinde, narabyumvise numva uko umupira wagenze ndavuga ngo uwo mukino ntiwari uwacu, uwacu ni uw’ubutaha, kugera mu matsinda umwaka utaha ni Imana ndetse nabo bagakora cyane kurushaho tukareba ko twarenga aho twageze, abanyarwanda rwose turashoboye ibintu byose kereka icyo tutashyizeho umutima.”

    Yvan Buravan ahamya ko APR FC umwaka utaha izagera kure

    APR FC byasezerewe itageze mu matsinda ya CAF Confederation Cup

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/yvan-buravan-yagarutse-kuri-apr-fc-yasezerewe-ku-munota-wa-icyo-avuga-ku-kuba-yazana-abanyamahanga

  • Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports yahagaritse Umutoza wayo mukuru, Masudi Djuma Irambona kubera kutitwara neza muri shampiyona imaze gukinwa imikino 7 ariko akaba afitemo amanota 11 gusa.

    Uyu mutoza w'Umurundi wari wahawe akazi mbere y'uko shampiyona itangira,ntiyahiriwe n'urugendo muri iyi kipe kuko yatsinzwe n'abakeba b'ibihe byose aribo Kiyovu Sports na APR FC.

    Mu butumwa ikipe ya Rayon Sports yashyize kuri Twitter yayo,yagize iti “Umutoza mukuru wa Rayon Sports, Masudi Djuma Irambona yahagaritswe n'ikipe kubera umusaruro muke.

    Iyi kipe yakomeje ivuga ko Lomami Marcel wari umutoza wungirije ariwe ugiye kuba ayitoza by'agateganyo mu gihe gito.

    Muri shampiyona,Masudi yari amaze gutoza imikino 7, atsinze 3 anganya 2 atsindwa 2.

    Imikino yose hamwe yatoje Rayon Sports ni 17,aho yatsinda 7 ,anganya 5,atsindwa izindi 5.Yinjije ibitego 16,yinjizwa 16.Yarangije imikino 7 atinjijwe igitego.

    Kuri uyu wa Mbere tariki ya 06 Ukuboza, Komite ya Rayon Sports na bamwe mu bakinnyi b'iyi kipe bakomeye barateranye, bafata umwanzuro wo kwirukana Masudi Djuma kubera umusaruro mubi.

    Bivugwa ko abakinnyi barimo Youssef Rhab,Muhire Kevin,Nizigiyimana Abdul Karim uzwi nka Makenzi na Habimana Hussein bahuye n'ubuyobozi ku munsi w'ejo bagirana inama ku byerekeye umusaruro mubi uri mu ikipe.

    Muri iyi nama y'igitaraganya ngo haganiriwemo n'ibishobora kuzahabwa uyu mutoza wari ugifite amasezerano arenze umwaka muri iyi kipe ikundwa kurusha izindi mu Rwanda.

    Rayon Sports yanatangiye gushaka umusimbura wa Masudi, aho bikomeje kuvugwa ko Irad Zaafouri ukomoka muri Tunisia ari we ushobora kuzaba umutoza mushya wa Rayon Sports mu minsi iri imbere.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/rayon-sports-yahagaritse-umutoza-wayo-masudi-djuma

  • Lewandowski wababajwe no kutegukana Ballon d… – #rwanda #RwOT

    Ku wa Mbere tariki ya 29 Ugushyingo nibwo Messi yegukanye Ballon d'Or ya 7 itaravuzweho rumwe, kubera ko benshi bakurikira umupira w'amaguru barimo abatoza, abawukinnye ndetse n'abafana bose bavuga ko igihembo cy'uyu mwaka cyari gikwiye guhabwa Robert Lewandowski.

    Uyu munya-Pologne yahabwaga amahirwe yo kwegukana Ballon d'Or mu mwaka ushize wa 2020, ariko iki gihembo gikurwaho kubera icyorezo cya COVID-19 cyugarije abatuye Isi.

    Ubwo Messi yahabwaga iki gihembo, yavuze ko Lewandowski akwiye igihembo cya 2020, asaba France Football gusuzuma niba bagira icyo bamugenera.

    Yagize ati 'Mu mwaka ushize, buri wese yabonaga ko ari wowe wari ukwiye igihembo. Ndatekereza ko France Fooball ikwiye kuguha Ballon d'Or ukwiye'.

    Ntabwo aya magambo ya Messi yashimishije Lewandowski kuko yabifashe nk'agasuzuguro ndetse biranamubabaza cyane.

    Aganira na Kanale Sportowym, uyu munya-Pologne yagize ati' Sinigeze nshishikarira kubona igihembo cya 2020. Nifuza ko ibyo Messi yavuze yabishyiramo ukuri akavuga ijambo rizima nk'umukinnyi ukomeye aho kuvuga ijambo ritarimo ikintu na kimwe'.

    Abajijwe uko yakiriye kudahabwa Ballon d'Or 2021, Lewandowski yagize ati: “Numvise mbabaye. Sinshobora kubihakana. Sinshobora kuvuga ko nishimye, ku rundi ruhande. Mfite umubabaro.

    Guhangana bya hafi cyane na Messi, birumvikana ko nubaha uko akina n'ibyo yagezeho. Gusa kuba narashoboye guhangana na we binyereka urwego nashoboye kugeraho”.

    Lewandoski yatsinze ibitego 130 mu mikino 108 yakinnye kuva umwaka w'imikino wa 2019/20 utangiye, akaba ari imbere mu bakinnyi bitwaye neza ndetse bari bakwiye igihembo cy'umukinnyi wahize abandi ku Isi.

    Muri uyu mwaka wa 2021 nta kidasanzwe Messi yakoze uretse gufasha Argentine kwegukana igikombe cya Copa America gikinirwa muri Amerika y'Epfo.

    Messi yegukanye Ballon d’Or ya karindwi itaravuzweho rumwe

    Lewandowski yatangaje ko atashimishijwe n’amagambo Messi yamuvuzeho ubwo yahabwaga Ballon d’Or 2021

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112335/lewandowski-wababajwe-no-kutegukana-ballon-dor-2021-yikomye-messi-112335.html

  • Bakero wabaye kapiteni wa Espagne na Barcelon… – #rwanda #RwOT

    Bakero wafashije FC Barcelona kwegukana ibikombe 13 mu myaka 8 yayikiniye mbere yo kwerekeza muri Veracruz, yitezwe i Kigali guhugura abatoza b'Abanyarwanda mu ntangiriro za 2022.

    Nizeyimana Olivier uyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'amaguru mu Rwanda 'FERWAFA', yashimangiye aya makuru ubwo yashyiraga ifoto ku rukuta rwe rwa Twitter ari kumwe na José María Bakero, ayikurikiza amagambo amuha ikaze i Kigali.

    Yagize ati'Murakoze cyane Kapiteni wacu José María Bakero, tuzahurire i Kigali'.

    Asoza ubu butumwa, uyu muyobozi yashyizemo n'izina rya Jon Bakero, umuhungu wa José María Bakero, na we wakiniye FC Barcelone igihe kitari gito.

    Mu Ukwakira uyu mwaka, Nizeyimana Mugabo Olivier usanzwe ari umufana w'imena wa FC Barcelone, yari yavuze ko José María Bakero azaza mu Rwanda mu Ukuboza muri gahunda yo guhugura abatoza, ariko uyu muyobozi yatangaje ko nyuma habayemo impinduka ku buryo Bakero ashobora kugera i Kigali muri Gashyantare 2022.

    José María Bakero Escudero w'imyaka 58 y'amavuko yakiniye amakipe akomeye muri Espagne, arimo FC Barcelona na Real Sociedad zombi buri imwe yagiye ayikinira imyaka umunani.

    Uyu munyabigwi yakiniye ikipe y'igihugu ya Espagne imyaka irindwi, hagati ya 1987 na 1994, ayitsindira ibitego birindwi mu mikino 30.

    Kuva mu 1999, Bakero yinjiye mu mwuga w'ubutoza aho yatoje amakipe atandatu arimo Real Sociedad yanakiniye, aho yayimazemo imyaka itatu mbere yo kwerekeza muri Polonia Warsaw.

    Bakero yabaye kapiteni wa Barcelona igihe kirekire

    Bakero yagombaga kuba ari mu Rwanda muri uku kwezi ariko habaye impinduka ku ruzinduko rwe mu Rwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112286/bakero-wabaye-kapiteni-wa-espagne-na-barcelona-agiye-guhugura-abatoza-bo-mu-rwanda-112286.html

  • Suarez yahishuye impamvu ikomeye iri gutuma Messi atitwara neza muri PSG #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Atletico Madrid,Luis Suarez yatangaje ko impamvu iri gutuma Lionel Messi atitwara neza muri Paris Saint-Germain ari ukubera ikirere gikonje cyo mu mujyi wa Paris.

    Aba bakinnyi bombi bo muri Amerika y'epfo bakinanye muri Barcelona ndetse bagirana ubucuti bukomeye bugikomeza kugeza na n'ubu.

    Nyuma y'umwaka umwe Suarez yemerewe kuva muri Atletico Madrid ku buntu, Messi nawe yavuye I Nou Camp yerekeza mu ikipe ya PSG.

    Uyu mukinyi w'imyaka 34 yahatiwe kuva i Nou Camp kubera ibibazo by'ubukungu byashegeshe FC Barcelona bituma yemera umushahara w'ibihumbi 650.000 by'amapawundi buri cyumweru muri PSG.

    Ibyo byatumye kandi yongera guhura n'indi nshuti ye bahoze bakinana muri FC Barcelona,Neymar, biyunga nanone kuri Kylian Mbappe.

    Nubwo bayoboye LIgue 1, Messi uzwiho gutsinda ibitego byinshi amaze gutsinze ibitego bine gusa ndetse nta buhanga buhambaye aragaragaza.

    Suarez w'imyaka 34, ubu yahishuye impamvu itangaje ishobora kuba yaratumye Messi agorwa i Paris.

    Uyu munya Uruguay yabwiye TNT Sports ati: 'Yambwiye ko iyo akina mu bukonje, agorwa cyane by'umwihariko mu rubura.

    Uba ugomba kumenyera ibihe by'ubukonje bya hariya, byanze bikunze.”

    Messi na bagenzi be ba PSG barifuza gutwara UEFA Champions League ariko ibyo batanga mu kibuga ntibibaha amahirwe yo guhangamura ibihangange bahanganye.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/suarez-yahishuye-impamvu-ikomeye-iri-gutuma-messi-atitwara-neza-muri-psg

  • Impamvu Youssef yabaye kapiteni wa Rayon Sports ku mukino wa Kiyovu Sports #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Rayon Sports, irambona Masudi Djuma yasobanuye ko impamvu Youssef Rharb yabaye kapiteni ku mukino baraye batsinzwemo na Kiyovu Sports ari Kevin Muhire washatse kumuha izo nshingano mu rwego rwo kumutera imbaraga kugira ngo batsinde umukino wa Kiyovu Sports.

    Ku munsi w’ejo hashize abantu batunguwe no kubona umunya-Maroc, Youssef Rharb ari we wambaye igitambaro cyo kuyobora abandi bakinnyi mu kibuga (arm band) muri make bivuze ko ari we wari kapiteni ni mu gihe na Kevin Muhire usanzwe ari kapiteni yari mu kibuga.

    Aganira n’itangazamakuru, Masudi Djuma yavuze ko impamvu uyu mukinnyi yahawe iki gitambaro ari kapiteni Muhire Kevin washatse kukimuha mu rwego rwo kugira ngo amutere ingufu ku mukino wa Kiyovu Sports bafata nk’uw’abakeba.

    Ati 'Ni Kevin washatse kumuha igitambaro kugira ngo amutere imbaraga. Ntimushake ibindi bintu. Yagize ati 'Youssef ndakwizeye, reka nguhe igitambaro’. Twakoraga imyitozo, akavuga ngo umunsi umwe nzaba kapiteni… ku bw’ibyo Kevin aravuga ngo reka muhe igitambaro adukorere ibintu byiza. Ntabwo twahinduye Kapiteni. Niba twabivuganye twese twumvikana, nta kibazo kirimo.'

    Nubwo Masudi yasobanuye ibi ariko amakuru avuga ko uyu mukinnyi yababajwe no kuba atarabanje mu kibuga ku mukino wa Espoir FC wabereye i Rusizi, Kevin akaba yarabikoze mu rwego kumuha ingufu kubera ko byari byamubabaje cyane.

    Rharb Youssef yari kapiteni wa Rayon Sports kuri uyu mukino

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/impamvu-youssef-yabaye-kapiteni-wa-rayon-sports-ku-mukino-wa-kiyovu-sports

  • Abatoza bose baza, bafungura igikapu igice – Masudi Djuma agaruka ku kuba yakwirukanwa muri Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports, Irambona Masudi Djuma avuga ko adatewe ubwoba no kuba yakwirukanwa kuko umutoza utirukanywe ku kazi aba atari umutoza, byongeye kandi ngo iyo bahawe akazi bafungura igikapu igice kuko isaha n’isaha bagenda.

    Ibi uyu mutoza yabitangaje nyuma yo gutsindwa umukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka w’imikino 2021-22 na Kiyovu Sports 2-0, ni umukino waraye ku Cyumweru.

    Nyuma yo gutsindwa uyu mukino, uyu mutoza yagiye ku gitutu cyinshi bitewe n’imikino yabanjye harimo uwo yatsinzwe na mukeba n’iyo yanganyije bitavugwaho rumwe.

    Itangazamakuru rimubajije niba adafite impungenge ko ashobora gutakaza akazi kubera umusaruro we, yavuze ko n’ubundi abatoza ibikapu byabo biba bifunguye igice isaha n’isaha bakwirukanwa.

    Ati 'Abatoza bose baza, bafungura igikapu igice, ushobora kuhaguma cyangwa ukagenda. Umutoza utarirukanwa mu kazi ntabwo aba ari umutoza. Mourinho yarirukanywe, ejo bundi umutoza wa Manchester United yarirukanywe, ntabwo ari iherezo ry’Isi. Ese kwirukanwa kwa Masudi ni bwo ibibazo bizakemuka? Ni ngombwa kumenya ibyo. Ubuzima ni Imana ibutanga, ntabwo ari kanaka.”

    Mu mikino ya shampiyona umwaka w’imikino wa 2021-22, Masudi Djuma amaze gutoza imikino 7 atsindwamo 2, anganya 2 atsinda 3, ubu ari ku mwanya wa 3 n’amanota 11 mu gihe Kiyovu Sports ya mbere ifite 16.

    Masudi ngo umutoza utarirukanwa si umutoza, na we yafashe akazi abizi neza ko nibigenda nabi azirukanwa

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abatoza-bose-baza-bafungura-igikapu-igice-masudi-djuma-agaruka-ku-kuba-yakwirukanwa-muri-rayon-sports

  • APR FC iragaruka n’indege yayo bwite nyuma y… – #rwanda #RwOT

    Wari umukino wo kwishyura nyuma y'aho APR FC mu mukino ubanza yari yanganyije na RS Berkane ubusa k'ubusa, ikaba yari yagiye muri Maroc ifite ikizere ko ishobora gusezerera iyi kipe ikerekeza mu mikino y’amatsinda nk'uko yari intego yabo uyu mwaka. 

    APR FC urugendo rwayo rushorejwe muri Maroc 

    Abakinnyi 11 APR FC yari yakoresheje, mu izamu babanjemo Ishimwe Pierre, imbere ye hari Nsabimana Aimable, Niyomugabo Claude, Ombolenga Fitina, Buregeya Prince, Ruboneka Jean Bosco, Rwabuhihi Placide, Mugisha Gilbert, Manishimwe Djabel Byiringiro Lague, na Mugunga Yves.

    Igice cya mbere cyaranzwe no gukinira mu kibuga hagati ku makipe yombi, gusa amakipe yenda kujya kuruhuka ku munota wa 45 Byiringiro Lague yaje gucenga ba myugariro bagera kuri babiri atsinda igitego cyatumye amakipe yombi ajya Kuruhuka APR FC iyoboye.

    APR FC yatangiye uru rugendo itsinda Mogadishu City Club 

    Mu gice cya kabiri Berkane yaje yahinduye isura isatira cyane izamu rya Ishimwe Pierre, ndetse ku munota wa 67 Najji Larbi afungura amazamu, nyuma y’iminota 10 gusa Mohamed Aziz atsinda igitego cya kabiri, umukino urangira ari ibitego 2 kuri kimwe cya APR FC.

    Uru rugendo rushyizweho akadomo na RS Berkane, APR FC yarutangiriye muri CAF Champions League ubwo yatsindaga Mogadishu City Club igiteranyo cy’ibitego 2 kuri 1 iza gusezererwa na Etoile du Sahel yo muri Tunisia ku giteranyo cy’ibitego 5 kuri kimwe, ihita yerekeza mu mikino ya CAF Confederation naho isezerewe na RS Berkane ku giteranyo cy’ibitego bibiri kuri kimwe.

    Etoile du Sahel niyo yatsinze APR FC ibitego byinshi muri uru rugendo

    Amakipe yose yari ahagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika arasezerewe nyuma ya As Kigali yagiye izuba rikiva. 

    APR FC nk'uko yagiye, iragaruka mu ndege yayo bwite kwitegura umukino wa shampiyona bafitanye na Bugesera FC tariki 12 Ukuboza 2021 bashaka buryo ki bazongera kubona tike yo guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112248/apr-fc-iragaruka-nindege-yayo-bwite-nyuma-yaho-inzozi-zo-kujya-mu-matsinda-zirangiriye-mur-112248.html