Tag: Imikino

  • Volleyball: Gisagara VC yatangiye neza mu marushanwa nyafurika yitabiriye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Gisagara Volleyball irimo kubarizwa mu gihugu cya Tunisia mu mujyi wa Kelibia yatangiye neza itsinda ikipe y’igihangange yo muri Cameroon yitwa (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/volleyball-gisagara-vc-yatangiye-neza-mu-marushanwa-nyafurika-yitabiriye

  • Abakinnyi ba Manchester United bagiye gukatwa… – #rwanda #RwOT

    Uyu ni umwanzuro ukubiye mu masezerano aba bakinnyi baba barasinye ko ikipe ninanirwa kujya mu mikino ya Champions League, abakinnyi bazagabanyirizwa umushahara w’amafaranga bahembwaga. Ubu Manchester United ntifite ubushobozi bwo gusoza mu makipe 4 ya mbere, ayemerera kwitabira imikino ya Champions League umwaka w’imikino 2022-23. Ibi bije nyuma yo gutsindwa kuri uyu wa gatandatu mu mukino w’umunsi wa 37 wa shampiyona, aho banyagiwe na Brighton ibitego 4-0.

    Uyu musaruro udashimishije mu kibuga uzasubiza Manchester United inyuma mu bijyanye n’amafaranga, kuko amafaranga yabonaga igiye mu mikino ya Champions League itazayahabwa. Ubundi nibura ikipe yitabiriye imikino ya Champions League ishobora gusarura Miliyoni zisaga 71 z’amayero bitewe n'aho yageze, bivuze ko nibura hari amafaranga ahabwa ikipe yitabiriye gusa.

    Abakinnyi ba Manchester United bari mu mazi abira

    Ku bakinnyi ba Manchester United nk'uko amasezerano abivuga, buri mukinnyi azajya akurwaho 25 ku ijana by’amafaranga yahembwaga. Urugero nka Cristiano Ronaldo wahembwaga menshi muri iyi kipe aho yafataga  ibihumbi 385 by’amayero, ariko aramutse agumye muri Manchester United yajya ahembwa ibihumbi 288 ku cyumweru . Aya yaba ariyo mafaranga macye Ronaldo ahembwe kuva yakubaka izina. Ronaldo wahembwaga ibihumbi 500 by’amayero akiba muri Juventus, yemeye kuyagabanya kugira ngo agaruke muri Manchester United.

    David de Gea, umukinnyi wa kabiri wa Manchester United uhembwa menshi naguma muri Manchester United, azava ku bihumbi 375 ahembwa ajye ku bihumbi 281 ku cyumweru. Manchester United ubu iri ku mwanya wa 6 n’amanota 58, irushanwa amanota 25 na Liverpool iri ku mwanya wa mbere ndetse Manchester United ikaba ari nayo imaze gukina imikino myinshi.

    Pogba na Ronaldo bashobora kuva muri Manchester United

    De Gea umushahara we uzagabanywa

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116973/abakinnyi-ba-manchester-united-bagiye-gukatwa-amafaranga-kubera-kunanirwa-kujya-muri-champ-116973.html

  • Tottenham yarogoye inzozi za Liverpool zo kwegukana ibikombe 4 mu mwaka umwe #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Tottenham niyo yari yagaruye Liverpool mu guhatanira gikombe cya Premier League ubwo yajyaga gutsindira Man City iwayo 2-3 ariko ninayo yahagaritse umuvuduko wayo nyuma yo kuyihagamira kuri Anfield bakanganya igitego 1-1 kuri uyu wa Gatandatu.

    Tottenham iri gushaka uko yakwinjira mu makipe 4 ya mbere aho ihanganye na Arsenal,yagiye kuri Anfield yariye karungu birangira ihagamye iyi Liverpool iri mu makipe ahagaze neza ku isi muri iki gihe.

    Ikipe ya Jurgen Klopp yahuye n'uruva gusenya ubwo yatsindwaga igitegomu gice cya kabiri na Son Heung-min ku munota wa 56 gusa bigoranye ku munota wa 74 Luis Diaz yaje kucyishyura.

    Muri uyu mukino waranzwe no kugarira cyane kwa Tottenham,ikipe ya The Reds yari imbere y'abafana yagerageje ibishoboka byose ngo ibone igitego cy'intsinzi biranga burundu.

    Son wigaragaje kuri uyu mukinoyabyaje umusaruro umupira mwiza yahawe na Ryan Sessegnon ku munota wa 56 nyuma y'akazi keza kari kamaze gukorwa na Harry Kane mu kubaka igitego

    Diaz yatsindiye ikipe ya Liverpool igitego cyo kwishyura ku ishoti yatereye muri metero 20,umupira ugana mu nshundura ariko uhinduriwe icyerekezo na Rodrigo Bentancur.

    Ikipe ya Liverpool, yamaze gutwara igikombe cya Carabao Cup kandi yageze ku mukino wa nyuma wa Champions League na FA Cup,yafashe umwanya wa mbere hejuru ya Manchester City banganya amanota 83 ariko batandukanyijwe n'igitego kimwe.

    Ariko City irarusha amanota atatu Liverpool nibatsinda Newcastle mu mukino wabo wo kuri iki cyumweru kuri Stade Etihad.

    Aya yaba ari amahirwe akomeye kuri City yo kugumana igikombe cya shampiyona,mu gihe hasigaye imikino itatu gusa ya shampiyona.

    Klopp yagize ati: “Biragoye bidasanzwe gukina n'umukeba ufite abakinnyi bo ku rwego rw'isi ndetse n'umutoza wo ku rwego rw'isi wagize icyumweru cyo kwitegura kandi twe dukina buri minsi itatu.”

    Urwambariro ntabwo gishyushye ariko hari indi mikino yo gukina. Tugomba gukomeza kugenda.”

    Kunganya ntago byari bihagije kugira ngo Tottenham mu muri bane ba mbere bayifasha kwerekeza muri Champions League.

    Ikipe ya Tottenham ikomeje kuba iya gatanu kandi ishobora kurushwa amanota ane na Arsenal iri ku mwanya wa kane igihe yaba itsinze Leeds kuri iki cyumweru.

    Ikipe ya Spurs, uyu mwaka yaba City cyangwa Liverpool nta n'imwe yayitsinze.

    Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu,ikipe ya Manchester United yahuye no gusuzugurwa gukomeye mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishizenyuma yo gutsindwa kwayo na Brighton ibitego 4-0.

    Ikipe ya Ralf Rangnick yatsinzwe ibitego 4-0 na Moises Caicedo, Marc Cucurella, Pascal Gross na Leandro Trossard kuri Stade Amex.

    United iri ku mwanya wa gatandatu byanze bikunze ntizagaragara muri Champions League ku nshuro ya gatanu gusa muri shampiyona 30 zishize.

    United ifite amanota 58 gusa isigaje umukino umwe gusa, kandi yaraye itsindiwe hanze ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, bivuze ko bazarangiza bafite amanota make cyane kurusha ayandi yose bagize kuva Premier League yashyirwaho.

    Uko urutonde ruhagaze kugeza ubu muri Premier League:

    1. Liverpool 83 Pts
    2. Man City 83 Pts (-1)
    3. Chelsea 67 Pts
    4. Arsenal 63 Pts (-1)
    5. Tottenham 62 Pts

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/tottenham-yarogoye-inzozi-za-liverpool-zo-kwegukana-ibikombe-4-mu-mwaka-umwe

  • Nyuma y’iminsi 91 abatoza ba Mukura VS basezeye, bifatira ku gahanga abayobozi #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Mukura VS, umunya-Espagne, Tony Hernández n’umwungiriza we Guille Pereira bamaze gusezera abakinnyi b’iyi kipe aho bashinja ubuyobozi kubavangira.

    Iminsi 91 yari ishize Tony Hernández yongeye kugirwa umutoza wa Mukura VS kuko yasinye tariki ya 30 Mutarama 2022.

    Nyuma yo kunganya na Gorilla FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona wabaye uyu munsi, aba batoza basezeye abakinnyi ba Mukura VS bababwira ko imikino isigaye batazakomezanya.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Pereira we ibaruwa yegura yamaze kuyigeza ku buyobozi, Hernández ni we usigaye kubashyikiriza ibaruwa ye.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko ubwegure bushingiye ku bwumvikane buke hagati yabo n’ubuyobozi aho babushinja kubavangira mu mitoreze yabo bigatuma umusaruro ubura.

    Aba batoza bivugwa ko kuva bagera muri iyi kipe bahinduye uburyo bw’imikinire, ibintu bitishimiwe n’ubuyobozi kuko banabonaga nta musaruro bitanga, babasaba guhindura ariko ntibabyumva neza, ibi bituma ikipe igenda ibura umusaruro.

    Yari amaze gutoza imikino 12 harimo 10 ya shampiyona aho yatsinzemo 4 anganya 4 atsindwamo 2. Indi ibiri yatoje ni iyo mu gikombe cy’Amahoro aho yatsinzwe umwe atsinda undi.

    Tony Hernández si ubwa mbere yari aje muri Mukura VS kuko yabaye umutoza wa Mukura Victory Sports hagati muri Nyakanga 2019, aho yabanje kungiriza umutoza mukuru Mathurin Olivier Ovambe.

    Mu mikino 21, Tony Hernandez yatojemo Mukura Victory Sports icyo gihe, yayihesheje amanota 36, ayifasha gusoza umwaka w’imikino wa 2019/20 iri ku mwanya wa kane.

    Nyuma yo gusubira muri Espagne muri Kanama 2020, nyuma y’ukwezi kumwe yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe ko atazagaruka ndetse icyo gihe yifuzwaga na Real de Minas yo muri Honduras.

    Ku Cyumweru, tariki ya 30 Mutarama 2022, ni bwo Mukura Victory Sports yatangaje ko uyu mutoza yongeye guhabwa akazi ndetse azayitoza mu myaka ibiri imbere.

    Pereira (ibumoso), Hernández (iburyo), bashinja ubuyobozi bwa Mukura VS kubavangira mu mitoreze yabo

    Hernández wari umutoza mukuru wa Mukura VS yeguye ku mirimo ye

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nyuma-y-iminsi-91-abatoza-ba-mukura-vs-basezeye-bifatira-ku-gahanga-abayobozi

  • UCL: Liverpool yateye intambwe igana ku mukin… – #rwanda #RwOT

    Nubwo Liverpool yayoboye iminota 45 y’igice cya mbere, nta gitego yigeze itsinda mu izamu rya Villarreal takinaga myugariro cyane.

    Liverpool yasatiriye cyane izamu rya Villarreal yari yashyize umubare munini w’abakinnyi bayo mu bwugarizi my rwego rwo kwirinda kwinjizwa igitego.

    Abakinnyi ba Liverpool barimo Luiz Diaz, Sadio Mane na Mohamed Salah bateye amashoti menshi mu izamu rya Villarreal ariko ku bw’amahirwe macye ntihagira umupira ujya mu rushundura.

    Liverpool yihariye umupira mu gice cya mbere igerageza uburyo butandukanye ariko igitego kirabura.

    Ku munota wa 41 Thiago Alcantara yahushije igitego cyabazwe ku ishoti rikomeye yateye mu izamu rya Villarreal rigarurwa n’umutambiko w’izamu.

    Iminota 45 y’igice cya mbere yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

    Igice cya kabiri cyatangiye bitandukanye n’icya mbere aho Villarreal yari yafunguye umukino ishaka gutsinda.

    Uku gufungura umukino ntabwo byahiriye ikipe ya Villarreal kuko ku munota wa 53 ku ishoti rikomeye ryatewe na Jordan Henderson, Estupinan wa Villarreal yitsinze igitego Liverpool iyobora umukino.

    Nyuma y’iminota 2 gusa, ubwo ni ku wa 55 Liverpool yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Sadio Mane ku mupira mwiza yahawe na Mohamed Salah.

    Liverpool yabonye uburyo bwinshi bwo gutsinda, who yinjije ibitego 2 mu izamu rya Villarreal ariko umusifuzi yemeza ko habayemo kurarira.

    Ntabwo Villarreal yorohewe n’kminota 45 y’igice cya kabiri kuko yakijweho umuriro ikarokoka hamann nubwo nayo yanyuzagamo igasatira ariko bidakanganye.

    Umutoza Klopp mu munota 10 ya nyuma y’umukino yaruhukije abakinnyi ba barimo Mane, Diaz na Trent Arnold mu rwego rwo kubabikira imikino ya shampiyona iyi kipe ifite mu mpera z’iki cyumweru.

    Iminota 90 y’imukino yarangiye Liverpool iri imbere n’ibitrgk 2-0 umusifuzi yongeraho iminota 2 itagize icyo ihindura, umukino waberaga Anfield urangira utyo.

    Liverpool yateye intambwe igana ku mukino wa nyuma nubwo hagitegerejwe umukino wo kwishyura uzabera muri Espagne.

    Ikipe izasezerera indi hagati ya Villarreal na Liverpool izahura ku mukino wa nyuma n’izarokoka magati ya Real Madrid na Manchester City.

    Liverpool XI: Alisson; Alexander-Arnold, Konate, Van Dijk, Robertson; Fabinho, Henderson, Thiago; Salah, Diaz, Mane

    Villarreal XI: Rulli; Foyth, Albiol, Torres, Estupinan; Chukwueze, Parejo, Capoue, Coquelin; Lo Celso; Danjuma

    Abakinnyi ba Liverpool bishimira igitego cya mbere 

    Sadio Mane yatsinze igitego cya kabiri cya Liverpool 

    Abafana bari bizihiwe Anfield 

    Alcantara yahembwe nk’umukinnyi w’umukino

    Liverpool yatsinze umukino ubanza ibitego 2-0

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116699/ucl-liverpool-yateye-intambwe-igana-ku-mukino-wa-nyuma-yisasiye-villarreal-nubwo-hakiri-im-116699.html

  • Ibiryo n’imyambarire ya Mike Mutebi, intandar… – #rwanda #RwOT

    Mike Mutebi yirukanwe muri As Kigali ayimazemo amezi ane. Yaranzwe n’umusaruro mucye, kwifubika imyenda myinshi ndetse n’ibitotsi by’urudaca aho yabaga yicaye hose. As Kigali isinyisha Mike Mutebi yari igamije gucyemura ikibazo cy’abatoza badafite ibigwi ndetse ishaka kwegukana igikombe cya shampiyona ari nayo mpamvu yashakaga umutoza wigeze kwegukanaho nibura iki gikombe gikombe. Abanyarwanda benshi bemezaga ko Mike Mutebi agiye gutanga isomo ku batoza bo mu Rwanda kuko imibare n’ibimenyetsi byarivugiraga.


    Ese ibitotsi by’urudaca bya Mike Mutebi byari akazi kenshi cyangwa zari intege nke z’ubusaza nk’iza Sekarama ka Mpumba?

    Uyu mutoza mu bihe bitandukanye yagaragaraga ari gusinzira apfa kuba yicaye ahantu ndetse yabaga afite ibikoresho bimwemerera gusinzira nk’amakote menshi yabaga yambaye. Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Australia bakoze ubushakashatsi bugamije kumenya imibereho y’umutoza by’umwihariko w’umupira w’amaguru ndetse n’amasaha nyayo yo kuruhuka, basanga umutoza usinzira cyane akunze kuba ari umutoza w’umuhanga mu kazi.

    Aba banyeshuri bavuga ko abantu benshi batekerezaga ko kugira ngo ube umutoza w’umuhanga bisaba kwicara amasaha menshi nta gusinzira uri kwita kuri gahunda z’ikipe nyamara atariko biri. Abatoza bakunze kumara igihe kinini bataryama, ngo umubare munini n’uw’abatoza b’umupira w’amaguru.

    Mike Mutebi wambaye umutuku ari kumwe na Mayanja bari mu myitozo

    Kyle Shanahan usanzwe utoza ikipe ya San Francisco 49yrs yatanze ubuhamya bw’uko umunsi we wa mbere ukunze kugenda. Yagize ati: “Njye ku wa Mbere ndabyuka nkareba amashusho y’umukino duheruka gukina nkawureba njyenyine nyuma nkahamagara abatoza banyungirije ndetse n’abakinnyi. Aya mashusho tuba tugamije kureba amakosa yakozwe kugira ngo tuyahindure mu mukino utaha.”

    Tony Dungy watozaga ikipe ya Super Bowl ubwo ubu bushakashatsi bwakorwaga, yavuze ko bitari ngombwa ko amasaha yawe yose wayakoresha mu bikorwa by’akazi. Yagize ati “Buriya bigendeye ku ikipe ufite, ikipe mwenda guhura ni wowe wahitamo igihe cyo kuruhukira ugasinzira nta kibazo.”

    Mike Mutebi na Mayanja iyo bazaga kureba umupira nguwo Mike mu ikoti ry’umukara yasinziriye kare 

    Muri As Kigali bivugwa ko amashusho y’ikipe yarebwaga bwa mbere na Jackson Mayanja wari umutoza wungirije ariko bikaba ngombwa ko Mike Mutebi nawe arara areba ayo mashusho. Mike Mutebi kandi bivugwa ko akenshi iyo yabaga afite telephone yabaga ari kureba amashusho y’imikino y’i Burayi kandi inshuro nyinshi. Mu myitozo, Mike Mutebi ntabwo yasinziraga ndetse yabaga ari gutoza uruhande rumwe na Mayanja ari kurundi ruhande.

    Umwe mu bakinnyi ba As Kigali twaganiriye yatubwiye ko kuva yatangira gukina ari bwo yabonye umutoza uzi kureba abakinnyi. Ati” Mike yaba asa nk’aho arangaye ariko iyo mwaganiraga, yahitaga akubwira uko wakabaye ukina ndetse n’indeshyo yawe icyo wakabaye uyimarisha. Mike yajyaga atubwira ibintu byinshi ariko kubikora mu kibuga bikanga gusa byabaga ari ukuri. Ubundi ntabwo yajyaga asinzira arimo kugenda ariko iyo yicaraga hamwe yahitaga asinzira.”

    Umwe mu bagabo bakoranye na Mike Mutebi mu ikipe ya KCCA, aganira na Inyarwanda, yadutangarije ko imwe mu mpamvu zituma Mike Mutebi asinzira cyane aho ari bituruka ku mafunguro afata. 'Mike Mutebi ni umugabo wituriza kandi ugenza macye. Akenshi abantu baba babona asa n’aho ananiwe kandi burya buri kintu aba yagikurikiranye cyane cyane ahantu ari. Mike ni umuntu ukunda kurya kandi urya ibiryo byiza bitubutse, rero ku bwanjye ntekereza ko ariho hava intandaro yo gusinzira cyane.”

    Mutebi mu ikote rye As Kigali iri gukina na APR FC 

    Uyu mugabo kandi avuga ko Mike Mutebi ingano y’imyenda yambaraga iri mu ntandaro z’isinzira rye rya hato na hato. 'Mike Mutebi ni umwe mu batoza bazwiho kwambara neza by’umwirahariko muri Uganda, gusa byatunguye abanyarwanda benshi kubona umuntu wambaye imyenda yo hejuru isaga itanu ku izuba ry’igikatu, byatumaga aho yicaye umubiri usa n’aho unaniwe bikarangira Mike agiye nk’abana.'

    Impamvu 5 zituma umutoza aryama amasaha 7 kuzamura mu ijoro.

    1. Byongera umusaruro: Abajyanama bavuga ko niba ushaka kugira ubuzima butekereza neza uryama nibura amasha 7-8 mu ijoro.

    2. Bituma ugira ubuzima bwiza: Ikipe atoza ndetse n’umuryango ba bacyeneye kumubona atekereza neza ndetse anafite imbaraga rero iyo ataryamye neza icyo mwamushakagamo ntikigerwaho.

    3. Byoroshya akazi: Nk’umutoza ntibikigezweho ko umuntu akora cyane ahubwo akora neza kandi harimo ikoranabuhanga.

    4. Urugero ku bakinnyi: Umutoza ugira gahunda ihamye ni urugero rwiza rw’abakinnyi be kuko iyo aryamye akaruhuka bituma abakinnyi bamukurikiza

    5. Bitanga umutuzo mu buzima: Umutoza utaryama niyo ikipe ye yaba itsinda ariko we umuryango we uba waramubuze bishobora no gutuma ata akazi kandi bidatewe n’umusaruro.


    Mike Mutebi na we ari mu batoza ‘banyuze aha bigendera’

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116690/ibiryo-nimyambarire-ya-mike-mutebi-intandaro-yibitotsi-byurudaca-no-kubura-akazi-muri-as-k-116690.html

  • Abatoza ba Arsenal bari mu Rwanda aho bari gu… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatanu muri Hoteri Marriott nibwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryatangije amahugurwa y’abatoza 50 agamije kuzamura urwego rwabo ndetse no kubongerera ubushobozi.

    Abatoza 2 batoza irerero rya Arsenal, Simon McManus na Kerry Green  nibo bari gukoresha aya mahugurwa, yatangiye kuri uyu wa 26 azasozwa tariki 30 Mata uyu mwaka.

    Aya mahugurwa ari mu bufatanye bw’urwego rw’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) n’ikipe ya Arsenal, aho ubu bufatanyije bwashyizweho umukono muri Kanama 2021 agamije iterambere ry’umupira w’amaguru.

    Abatoza bari guhugurwa barigishwa mu masaha ya mugitondo, hanyuma ku mugoroba bakajya mu mikorongiro ku kibuga cya  Cercle Sportif de Kigali.

    Abatoza 50 bari munama

    Muhire Henry umunyamabanga wa FERWAFA niye watangije aya mahugurwa ku mugaragaro

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116669/abatoza-ba-arsenal-bari-mu-rwanda-aho-bari-guhugura-abatoza-basaga-50-babanyarwanda-116669.html

  • Peace Cup 2022: AS Kigali yateye intambwe iga… – #rwanda #RwOT

    Uyu mukino bisa nkaho wabaye uw’amateka kuko ubwo AS Kigali yatwaraga igikombe cy’Amahoro mu 2019 yari yasezereye Gasogi United nabwo muri 1/4.

    Wari umukino wa mbere umutoza Cassa Mbungo Andre atoje nyuma y’amasaha macye ahawe inshingano zo gutoza iyi kipe kugeza uyu mwaka w’imikino yarangiye.

    Ni umukino watangiye impande zombi zisatirana ndetse amakipe agaragaza inyota y’igitego.

    Uwakurikiye iminota 45 y’igice cya mbere yavuga ko yihariwe na Gasogi United kuko yageragejemo uburyo bwinshi bwo gutsinda ndetse ikaba yageze kenshi imbere y’izamu rya AS Kigali.

    Gasogi yahushije uburyo butatu bw’ibitego bwari bwabazwe ariko amahirwe ntiyabasekera.

    Abakinnyi barimo Malipangu Theodore, Nsengiyumva Moustapha na Djibrine bagoye cyane ubwugarizi bwa AS Kigali byanatumye Abakinnyi 4 b’iyi kipe y’Umujyi wa Kigali babona amakarita y’umuhondo.

    AS Kigali yanyuzagamo igasatira ibifashijwemo na Haruna wari kapiteni, Tchabalala, Lawal na Sefu.

    Umusifuzi Ruzindana Nsoro wayoboye uyu mukino yasifuye ko igice cya mbere kirangiye amakipe ajya kuruhuka anganya 0-0.

    Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa AS Kigali, who Kalisa Rashid yasohotse mu kibuga hinjira Niyibizi Ramadhan.

    AS Kigali yagarutse my gice cya kabiri yisubiyeho aho yakinnye umukino mwiza wo guhererekanya mu kibuga ndetse itangira kugera kenshi imbere y’izamu rya Gasogi.

    Mugheni Fabrice yahushije igitego cyabazwe imbere y’izamu wenyine ateye umupira cya hejuru y’izamu.

    Abakinnyi barimo Haruna na Lawal bavuye my kibuga baha umwanya Ndekwe Felix na Kayitaba Bosco.

    Ku munota wa 62′ Herone Berian Scarla wa Gasogi yakoreye ikosa Niyibizi Ramadhan ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo yamuviriyemo ikarita itukura ahita asohoka mu kibuga.

    Ku munota wa 68′ ku mupira wari uturutse muri koruneri, Hussein Tchabalala yafunguye amazamu atsinda igitego cya mbere cya AS Kigali, igitego yatsindishije umutwe.

    Nyuma y’ikarita itukura no kwinjizwa igitego, Gasogi yagiye ku gitutu cya AS Kigali yacanye umuriro imbere y’izamu rya Gasogi.

    Ku munota wa 81 ku mupira wari uturutse kuri coup franc Yamini Salum yatsinze igitego cya Gasogi ariko umusifuzi yemeza ko habaye kurarira.

    Gasogi yabaye nk’ikangutse itangira gushaka igitego cya kwishyura nubwo abakinnyi bari bacye mu kibuga.

    Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye AS Kigali iri imbere n’igitego 1-0, umusifuzi yongeraho iminota 4.

    Mu minota y’inyongera Cyuzuzo Gael yarokoye Gasogi United ubwo yari asigaranye na Kayitaba Bosco agakuramo umupira yateye.

    Umukino warangiye ku ntsinzi ya AS Kigali y’igitego 1-0 itera intambwe igana muri 1/2, aho igomba gutegereza umukino wo kwishyura.

    Undi mukino wa 1/4 wabereye i Ngoma, Police FC yatsindiye Etoile de l’ Est mu rugo ibitego 2-1.

    Ntabwo Kalisa yatanze umusaruro mywinshi muri uyu mukino 

    Iminota 90 ya mbere y’ubuki kuri Cassa Mbungo muri AS Kigali 

    AS Kigali yatsinze Gasogi United igitego 1-0

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116671/peace-cup-14-as-kigali-yateye-intambwe-igana-muri-12-nyuma-yo-gutsinda-gasogi-yabakinnyi-1-116671.html

  • UEFA Champions League: Manchester City itsinz… – #rwanda #RwOT

    Umwe mu mikino myiza ishobora kuzaranga amateka ya Champions League usize Manchester City yari iwayo, itsinze Real Madrid ibitego 4-3, gusa bisiga Karim Benzema abaye umukinnyi ufite ibitego byinshi muri iri rushanwa n’ubwo ritararangira. Ni umukino utasabye imyiteguro myinshi mu ntangiriro zawo kuko ku munota wa gatatu gusa Manchester City yari imaze kwerekana ko iri mu rugo ubwo yafunguraga amazamu ku gitego cyatsinzwe na Kevin De Bruyne.

    Ntabwo byagombeye iminota myinshi ngo Real Madrid ibone ko ibyo yatekerezaga bikomeye ndetse ishobora kutava mu Bwongereza mu buryo bworoshye kuko ku munota wa 12 Gabriel Jesus yatsinze igitego cya kabiri cya Man City.

    Abakinnyi Manchester City yabanje mu kibuga: Ederson, Stones, Dias, Laporte, Zinchenko, Rodrigo, De Bruyne, Bernardo, Mahrez, Foden na Jesus. 

    Real Madrid yabaye nk’ikangutse isanga iminota iri kuyicika, byatumye Karim Benzema atsinda igitego cya mbere muri uyu mukino ku munota wa 34 w’igice cya mbere.

    Abakinnyi Real Madrid yabanje mu kibuga:  Courtois, Carvajal, Militao, Alaba, Mendy, Kroos, Modric, Valverde, Rodrygo, Vinicius na Benzema.

    Igice cya mbere cyarangiye Manchester City ifite ibitego 3-1 ndetse ifite n’icyizere gikomeye cyane. Igice cya kabiri kigitangira, Manchester City yongeye gusongamo igitego ku munota wa 54 gitsinzwe na Foden.

    Nyuma y’iminota 2 gusa Vinicius Junior yaje gutsinda igitego cya kabiri cya Real Madrid cyikaba icya mbere cye muri uyu mukino. Burya ngo nta wukira asongwa mu gihe Real Madrid ishaka kwishyura ibitego byose, ku munota wa 75 Bernardo Silva yatsinze igitego cya Kane bikomeza gucanga Real Madrid.

    Umukino wenda kurangira, Karim Benzema yabonye Penariti anayitera neza cyane, ndetse umukino urangira ari ibitego 4-3. Umukino wo kwishyura uzabera muri Espagne mu cyumweru gitaha.

    Uyu mukino wari umuriro ku mpande zombi

    Karim Benzema ubu ni we ufite ibitego byinshi muri uyu mwaka w’imikino

    Man City ntabwo yahagararaga

    Mu mikino ine gusa ya Champions League Mbenzema amaze gutsindamo ibitego 9

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/116675/uefa-champions-league-manchester-city-itsinze-real-madrid-mu-mukino-wabonetsemo-ibitego-7-116675.html