Tag: Imikino

  • Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w'ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 04 Ukwakira 2022 nibwo ikipe ya Kiyovu SC yemeje ko yagiranye amasezerano na myugariro Nsabimana Aimable waherukaga gukina mu Rwanda ari mu ikipe ya APR FC.

    Nsabimana Aimable aje mu ikipe y'urucaca nyuma yaho yari yerekeje mu gihugu cya Saudi Arabia mu ikipe ya Jeddah SC ariko ntibyakunda kubera ko iyi kipe itamuboneye ibyangombwa ku gihe bityo imusaba ko yakora imyitozo kugeza muri Mutarama 2023, we ahitamo kuvayo.

    Kubwo kudahirwa mu ikipe ya Jeddah SC, uyu myugariro akaba yahisemo gukinira ikipe y'urucaca kugeza uyu mwaka w'imikino wa 2022-2023 urangiye, kugeza ubu mu mikino ine ya shampiyona imaze gukinwa iyi kipe ifite amanota 9 kuko yatsinze imikino itatu itsindwa undi umwe.

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yamaze kwandikira Bugesera FC na APR FC ko umukino w'umunsi wa kabiri wa shampiyona utarebeye igihe uzakinwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2023.

    Mu ibaruwa FERWAFA yanditse iragira iti 'Tubandikiye iyi baruwa tugira ngo tubamenyeshe ko umukino w'ikirarane wagombaga kubahuza na APR FC ku munsi wa 2 wa 'Primus National League 2022/2023″ ugasubikwa kubera yo kipe yari mu mikino mpuzamahanga uteganyijwe ku wa gatanu tariki 07 Ukwakira 2022 saa cyenda z'amanywa kuri Stade ya Bugesera (15h00).'

    Ku rundi ruhande, FERWAFA yamenyeshyeje ikipe ya AS Kigali na Rayon Sports ko umukino w'umunsi wa 5 wa shampiyona y'u Rwanda wari uteganyijwe ku itariki ya 11 Ukwakira 2022 nawo wamaze kwimurwa.

    FERWAFA yagize iti 'Tugendeye ku mukino wa CAF Confederation Cup As Kigali ifitanye n'ikipe ya El Nasr ku matariki ya 08/10/2022 i Huye hamwe na 16/10/2022 muri Libya, aho bigaragara ko bidashoboka ko yabasha gukina umikino w'umunsi wa 5 kubera ko bihurirana n'igihe cyo kugenda mu gihugu cya Libya gukina umikino wo kwishyura.

    Kubera izo mpamvu zigaragajwe haruguru, turabamenyesha ko umukino mufitanye tariki 11.10.2022 usubitswe, bityo tukazabamenyesha mu gihe cya vuba amatariki uwo mukino uzakinirwaho.'

    The post Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w'ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/kiyovu-sc-yasinyishije-aimable-nsabimana-utarahiriwe-muri-saudi-arabia-bugesera-fc-na-apr-fc-barakina-umukino-wikirarane-uwa-rayon-na-as-kigali-urasubikwa/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kiyovu-sc-yasinyishije-aimable-nsabimana-utarahiriwe-muri-saudi-arabia-bugesera-fc-na-apr-fc-barakina-umukino-wikirarane-uwa-rayon-na-as-kigali-urasubikwa

  • Haaland na Foden bafashije Manchester City kunyagira umuturanyi United #rwanda #RwOT

    Mu mukino wari witezwe na benshi,Manchester City yakiriye United baturanye ku unsi wa 8 wa shampiyona iyinyagira ibitego 6-3 ibifashijwemo n'abakinnyi babiri gusa.

    Nyuma yo gutsinda Liverpool na Arsenal,Manchester United yari yitezwe imbere y'umuturanyi City ariko yakubiswe nabi ibitego 6-3.

    Haaland yabaye umukinnyi wa mbere mu mateka ya Premier League watsinze ibitego 3 mu mikino itatu yikurikiranya ya Premier League yo mu rugo nyuma yo gukora nk'ibyo kuri Crystal Palace na Nottingham Forest.

    Uyu amaze gutsinda ibitego 17 mu mikino icumi gusa amaze gukinira City muri uyu mwaka w'imikino

    Uyu musore afite imyaka 22 kandi ntahagarikwa muri Manchester City.

    Nubwo Arsenal ariyo iri ku isonga,ikipe ya City yagaragaje ko nta gushidikanya ishaka igikombe cya 3 cyikurikiranya muri shampiyona cyane ko iri kubifashwamo na rutahizamu Haaland uri hejuru cyane.

    Ikipe ya City yagaragaje ko nta mikino ifite ubwo ku munota wa 6 yafunguraga amazamu ku gitego cyatsinzwe na Phil Foden ku mupira wari ukaswe na Bernardo Silva nyuma yiminota umunan.

    Ibintu byabaye bibi kuri United ubwo Haaland yashyiragamo igitego cya kabiri n'umutwe ku munota wa 34 ku mupira yahawe na De Bruyne ndetse asubyamo ikindi ku wa 34 nabwo aherejwe na De Bruyne.

    Rutahizamu Foden yashyizemo icya 4 ku munota wa 44 u mupira yahawe na Haaland,igice cya mbere kirangira ari 4-0.

    Mu gice cya kabiri,mukinnyi mushya wa United, Antony yatsinze igitego cyiza ku ishoti yatereye muri metero 25,ku munota wa 56 w'umukino ku mupira yahawe na Eriksen.

    Ku munota wa 64,ikipe ya City yatsinze igitego cya 5 cyatsinzwe na Haaland hanyuma ishyiramo ikindi cya Foden kuwa 72 byujuje ibitego 6-1.

    United yaje kubona ibitego 2 ibifashijwemo na Martial winjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 84 n'uwa 90 w'umukino.

    Umutoza Ten Hag yongeye gutesha agaciro Casemiro yaguze muri Real Madrid kuko yanze kumubanza mu kibuga bigatuma mu kibuga hagati ha United hacirirka cyane.

    City yananiwe gutsinda Newcastle na Aston Villa mu mikino yahise bakanganya,ubu ni iya 2 n'amanota 20 inyuma ya Arsenal iri ku mwanya wa mbere by'agateganyo n'amanota 21.




    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/haaland-na-foden-bafashije-manchester-city-kunyagira-umuturanyi-united

  • Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Ukwakira 2022 nibwo hakinwaga agace ko gusiganwa ku magare kiswe Gisaka Race kabera mu karere ka Kirehe, ni kamwe mu duce kagize Rwanda Cycling Cup 2022.

    Iri siganwa ryakozwe kuri uyu wa gatandatu ku ntera ya KM 102.8 ku bagabo n'abatarengeje imyaka 23, abakobwa bo bakoze KM 87.6, mu gihe mu bakiri bato b'abahungu nabo bakoze iyo ntera kimwe no mu bakobwa bakiri bato.

    Ni agace kegukanywe na Manizabayo Eric uzwi nka Karadio mubagabo, mubakobwa umwanya wa mbere wegukanywe na Nzayisenga Valentine Nyirahabimana Claudette wa Benediction Club, mu bakiri bato mu bahungu umwanya wa mbere watwawe na Tuyizere Hashimu ukinira Les Amis Sportifs naho abakobwa bato Nyirahabimana Claudette wa Benediction Club yegukanye umwanya wa mbere.

    Mu gusoza iri siganwa, Murenzi Abdallah uyobora ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda, yashimiye ubuyobozi bw'Akarere ka Kirehe ku buryo bateguye neza umukino w'Amagare wahabereye akaba yavuze ko n'ubwitabire bushimishije, yanashimiye kandi inzego z'umutekano zo muri ako Karere kuko isiganwa ryakozwe neza mu mutekano.

    Naho mu mupira w'amaguru, shampiyona y'u Rwanda mu kiciro cya mbere yakinwaga kuri uyu wa gatandatu mu bice bitandukanye by'igihugu imikino ikaba yakinwe.


    I Kigali kuri sitade ya Nyamirambo, ikipe ya Kiyovu SC yatsinzwe na Sunrise FC ibitego 2-1, ku ruhande rwa Kiyovu yari yakiriye uyu mukino yatsindiwe na Erisa Ssekisambu kuri Penaliti naho kuri Sunrise FC yo yatsindiwe na Babua Samson na Yafesi Mubiru.


    Mu wundi mukino, ikipe ya Marines FC yatsinzwe na Rayon Sports 3-2, kuri Gikundiro yatsindiwe na Essombe Willy onana watsinze bibiri ndetse na Mbirizi Eric, kuri Marines yo yatsindiwe na Mugisha Desire ndetse n Gitego Arthur.

    Mukura VS yari yakiriye ikipe ya Gorilla FC yatsindiwe mu rugo ibitego 3-2, ibyo bitego byose bya Gorilla FC bikaba byatsinzwe na Muhammed Bobo Camara.

    Ku rundi ruhande ikipe ya Bugesera FC yabonye itsinzi yayo ya mbere nyuma yaho uyu mwaka w'imikino utangiriye, ikaba yatsinze Etincelles FC ibitego 3-1.

    Muri rusange uko imikino yagenze:

    Kiyovu SC 1-2 Sunrise FC

    Marines FC 2-3 Rayon Sports

    Bugesera FC 3-1 Etincelles FC

    Mukura VS 2-3 Gorilla FC

    Uko imikino yindi ikinwa kuri iki cyumweru, tariki ya 2 Ukwakira 2022:

    Rwamagana City vs APR FC

    Police FC vs Gasogi United

    Rutsiro vs AS Kigali

    Musanze FC vs Espoir FC

    The post Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/mu-mikino-ine-ya-shampiyona-yakinwe-yabonetsemo-ibitego-17-manizabayo-eric-uzwi-nka-karadio-yegukanye-gisaka-race/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=mu-mikino-ine-ya-shampiyona-yakinwe-yabonetsemo-ibitego-17-manizabayo-eric-uzwi-nka-karadio-yegukanye-gisaka-race

  • EPL: Liverpool yakozwe mu jisho, Chelsea itsi… – #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko amakipe yo mu Bwongereza, kimwe n’ahandi hose amaze iminsi mu biruhuko bya FIFA, aho imikino yari yarahariwe amakipe y’ibihugu, Shampiyona y’umwaka wa 2022-2023 yasubukuriwe ku munsi wa munani.

    Arsenal yakomeje kugumana umwanya wayo wa mbere muri Premier League nyuma yo gutsinda Tottenham mu mukino wa ‘London Derby’ wabereye kuri Stade ya Emirates, byatumye Arsenal yuzuza intsinzi 7 mu mikino 8.

    Arsenal yatangiye neza umukino isatira nk'ibisanzwe, byanatumye ibona igitego cya mbere ku munota wa 20′ gitsinzwe na Thomas Partey, nubwo bitatinze ngo cyishyurwe na Harry Kane wa Tottenham winjije Penaliti ku munota wa 31′ ahana ikosa Gablier Maghlaes yari akoreye Richarlison.

    Arsenal bishimira igitego

    Ku munota wa 49′ Arsenal yabonye igitego cya kabiri cyinjijwe na Gabriel Jesus, mbere y’uko Tottenham isigarana abakinnyi 10 mu kibuga kubera ikarita y’umutuku yeretswe myugariro Emerson Royal.

    Arsenal yakajije ubusatirizi ku ikipe ituzuye, ihita inabona igitego cya gatatu cyinjijwe na Granit Xhaka, kinatuma umukino urangira ‘The Gunners’ iyoboye n’ibitego 3 kuri 1 cya Spurs.

    Mu wundi mukino, Liverpool idahagaze neza, yongeye gutakariza amanota ku kibuga cyayo, ubwo yanganyaga ibitego 3-3 na Brighton Hove & Albion, byatumye ihagarara ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa Shampiyona, nyuma yo gusarura amanota 10 gusa mu mikino 7.

    Leandro Trossard ni we watsinze ibitego 3 byose bya Brighton Hove & Albion, mu gihe Liverpool yo yatahanye ibitego bibiri bya Roberto Firmino ndetse na kimwe bakuye kuri myugariro Adam Webster wa Brighton witsinze ku munota wa 63.

    Trossard (11) nyuma yo gutsinda Liverpool ibitego bitatu yahagurukije abafana

    Mu wundi mukino, Chelsea n'umutoza wayo Graham Potter babonye amanota 3, nyuma yo gutsinda Ha Mana Crystal Palace ibitego 2-1, mu mukino werekanye ko Chelsea igomba gukosora byinshi mu busatirizi kugira ngo ibitego birumbuke.

    Ibitego bya Chelsea byatsinzwe na Pierre Aubameyang wishyuraga icyari cyatsinzwe na Odsonne Edouard wa Crystal Palace, mu gihe Connor Gallagher ari we winjirije Chelsea igitego cy’intsinzi, ku ishoti rikomeye yateye ku munota wa 90′ umupira ukaruhukira mu rushundura.

    Aubameyang yatsindiye hagati ya ba myugariro yerekana ko agikomeye

    Mu yindi mikino, AFC Bournemoth na Brentford banganyije Ubusa ku busa, NewCastle itsinda Fulham ibitego 2-1, Everton itsinda Southampton 2-1 naho West Ham United itsinda Wolves ibitego 2-1.

    Kuri iki Cyumweru, hategerejwe imikino ibiri ya Premier League, ariyo; Uzahuza Manchester City na Manchester United ndetse n’uwo Leeds United izakiramo Aston Villa, mu gihe umukino usoza iy’umunsi wa 8 wa Shampiyona izakinwa ku wa Mbere, aho Leicester City izakira Nottingham Forest.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/121482/epl-liverpool-yakozwe-mu-jisho-chelsea-itsinda-ha-mana-arsenal-yongera-gutanga-isomo-121482.html

  • PNL: SC Kiyovu na Mukura VS&L zasitaye ku rug… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 1 Ukwakira 2022, ni bwo ku bibuga bitandukanye hasubukuwe imikino ya Shampiyona ya 2022-23, nyuma y’uko hari hashize ibyumweru bibiri ibibuga byarahariwe amakipe y’ibihugu, bigatuma Shampiyona zihagarikwa.

    Mu Karere ka Rubavu, Marine FC yari yakiriye Rayon Sports ndetse umukino ukomera kubwo guhangana kw’impande zombi, ariko byose birangira Rayon Sports itsindiye amanota 3 y’umunsi, yongeza intsinzi ku zindi.

    Marine FC yafunguye amazamu ku munota wa 12′ nyuma y’aho umunyezamu Hakizimana Adolphe wa Rayon Sports yashatse gutanga umupira n’umutwe, awuteye nabi usanga Mugisha Desire wa Marine FC wawuruhukirije mu rushundura.

    Ku munota wa 28, Mbirizi Eric wa Rayon Sports yatsinze igitego cyo kwishyura, mbere y’uko Mugisha Desire wa Marine FC yerekwa ikarita y’umutuku ku munota wa 40′ azira gukinira nabi myugariro Ndizeye Samuel wa Rayon Sports.

    Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, rutahizamu Andre Willy Onana yaboneye Rayon Sports igitego cya kabiri, abafana ba ‘Gikundiro’ bari buzuye Stade, bishimira gusoza igice cya mbere bayoboye umukino.

    Ku munota wa 60 w’umukino, Andre Onana yatsindiye Rayon Sports igitego cya gatatu, Marine igabanya umurindi gakeya, ariko nyuma abasore ba Rwasamanzi bongera kotsa igitutu ‘Gikundiro’ nubwo bari 10 mu kibuga.

    Mu minota 10 ya nyuma, Marine FC yari kuri Stade isanzwe yakiriraho imikino, yashyuhije ubusatirizi bwayo ishaka ibiego byo kwishyura, ndetse irema uburyo burenga bune bw’igitego, ariko ibasha kubona ikindi gitego kimwe gusa cyinjijwe na Gitego Arthur.

    Imbere y’imbaga y’abafana bari bitegeye imisozi ya Rubavu, Aba-Rayon babyinnye intsinzi y’ibitego 3-2, basubira mu mujyi wa Kigali bacinya akadiho.

    Aba-Rayon baririmba ‘Murera’

    Ku rundi ruhande, Kiyovu Sports yo yakiniraga mu mujyi wa Kigali, aho yatanze andi makipe yose, yagaragaje imbaraga nke iwayo, isitara ku muryango, itsindirwa kuri Stade ya Kigali na Sunrise FC ibitego 2-1.

    Gutsindwa k’urucaca byaje nyuma y’aho iyi kipe imaze iminsi ivugwamo amikoro adahagije, yatumye abakinnyi bangs gukora imyitozo yo mu gitondo cyo Kuwa 29 Nzeri, ndetse bigatuma Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal asaba kwegura ku mwanya we, ibyo yahakaniwe n’abanyamuryango.

    Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Bugesera yatsinze Etincelles ibitego 3-1 kuri Stade ya Bugesera naho Mukura VS&L yari iwayo kuri Stade ya Huye ihatsindirwa na Gorilla ibitego 3-2, byatumye abafana bayo bakomeza kugira impungenge.

    Imikino iteganyijwe ku Cyumweru tariki 2 Ukwakira 2022 (15:00)

    • Police Fc vs Gasogi United
    • Rutsiro FC vs AS Kigali
    • Rwamagana FC vs APR FC
    • Musanze FC vs Espoir FC

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/121480/pnl-sc-kiyovu-na-mukura-vsl-zasitaye-ku-rugo-rayon-sports-itsindira-i-rubavu-121480.html

  • Arsenal yihanije Tottenham,Liverpool ikomeza kugana ahabi #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Arsenal yakomeje kugumana umwanya wayo wa mbere muri Premier League nyuma yo gutsinda Tottenham mu mukino w'ishyiraniro wabereye kuri Stade ya Emirates.

    Ikipe ya Mikel Arteta yihariye umukino cyane kuva utangiye kugeza urangiye bituma itsinda umukino wayo wa 7 mu mikino 8 imaze gukina ndetse ikomeza kwerekana ko uyu mwaka w'imikino iri hejuru cyane.

    Nubwo ikipe ya Spurs yari yishyuye igitego yatsinzwe hakiri kare ikarita itukura yahawe myugariro wayo Emerson Royal mu gice cya kabiri ku ikosa yakoreye Gabriel Martinelli,yayikuye burundu mu mukino

    Ikipe ya Arsenal yatangiye neza umukino isatira nk'ibisanzwe,byatumye ibona igitego cya mbere ku munota wa 20 gitsinzwe na Thomas Partey ku ishoti yatereye muri metero 25 uvuye ku izamu.

    Spurs yabonye amahirwe mbere yo kuruhuka ubwo ikosa rya Gabriel kuri Richarlison mu rubuga rw'amahina ryatumye hatangwa penaliti yinjijwe neza na Harry Kane ku munota wa 31.Iyi penaliti yabaye igitego cya 14 Kane atsinze Arsenal mu mikino 18 amaze guhura nayo.

    Iki igitego kandi cyabaye icya 100 Kane yatsindiye hanze y'ikibuga cy'ikipe ye muri Premier League avuye kuri penaliti.

    Ikipe ya Arsenal yongeye kugaruka mu mukino ubwo umunyezamu wa Spurs, Hugo Lloris yakuragamo ishoti yari atewe na Bukayo Saka,hanyuma myugariro we Romero ananirwa gukuraho umupira biha amahirwe Gabriel Jesus yo gutsindira Arsenal igitego cya kabiri ku munota wa 49 w'umukino.

    Uburakari bwa Antonio Conte bwarushijeho kuba bwinshi ubwo myugariro we Royal yakandagiraga nabi Martinelli, bituma umusifuzi Anthony Taylor amuha ikarita itukura.

    Conte yagerageje kwinjiza mu kibuga abandi bakinnyi ariko ntibyamuhiriye kuko ku munota wa 67 yatsinzwe igitego cya 3 gitsinzwe na Granit Xhaka ku mupira mwiza yahawe na Martinelli.

    Uyu mukino warangiye ari ibitego 3-1 bya Arsenal ndetse ikomeza kuyobora urutonde n'amanota 21 mu gihe Tottenham yari itsinzwe bwa mbere yagumanye amanota 17.Arsenal ifite akandi kazi gakomeye ku cyumweru aho izakira Liverpool.

    Ku rundi ruhande,Liverpool ikomeje kujya ahabi kuko uyu munsi yanganyije ibitego 3-3 na Brighton yari yakiriye.

    Nyuma yo kubanzwa ibitego 2-0 na Leandro Trossard wa Brighton,Liverpool yagarutse mu mukino irabyishyura ibifashijwemo na Roberto Firmino hanyuma Brighton yitsinda icya 3.Brighton yaje kwishyura iki gitego mu minota ya nyuma gitsinzwe na Trossard watsinze ibitego 3 muri uyu mukino.

    Chelsea n'umutoza wayo Potter babonye amanota 3 nyuma yo gutsinda bigoranye Crystal Palace ibitego 2-1 mu mukino wari ugoranye cyane.

    Ibitego bya Chelsea byatsinzwe na Aubameyang wishyuraga icyari cyatsinzwe na Edouard,mu gihe Connor Gallagher ariwe wahaye amanota 3 The Blues ku ishoti rikomeye yateye ku munota wa 90 rijya mu rushundura.

    Kuri iki cyumweru,Manchester United iracakira na Manchester City mu mukino utegerejwe na benshi.






    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/arsenal-yihanije-tottenham-liverpool-ikomeza-kugana-ahabi

  • Rayon Sports yakomereje umuvuduko kuri Marines FC,Kiyovu Sports ihabwa isomo #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports yikuye I Rubavu bigoranye nyuma yo gutsinda Marines FC y'abakinnyi 10 ibitego 3-2 mu mukino w'umunsi wa 4 wa shampiyona.

    Rayon Sports yari imaze iminsi itoroherwa na Marines FC bahuriye kuri Stade Umuganda,yabanje guhabwa gasopo ku munota wa 10 ubwo Desire Mugisha yatsindiraga iyi kipe ya gisirikare igitego cya mbere.

    Icyakora Marines FC ntiyabashije kwihagararaho igihe kinini kuko yishyuwe ku munota wa 26 na Mbilizi Eric ndetse ibintu biza kuyibana bibi ubwo yahabwaga ikarita itukura yahawe uyu mukinnyi wayitsindiye Desire Mugisha.

    Rayon Sports yahise ibyaza umusaruro aya mahirwe maze ku munota wa 43 Leandre Willy Onana atsinda igitego cya 2 cyasoje igice cya mbere.

    Leandre Willy Onana yatsinze igitego cya 3 ku munota wa 57,aha agahenge Marines FC ubusanzwe ikunda kuyishyura mu minota ya nyuma.

    Marines FC ntiyacitse intege kuko yabonye igitego cya 2 cyatsinzwe na Gitego Arthur ku munota wa 83,umukino urangira utyo.

    Rayon Sports yujuje amanota 12 kuri 12 kuko imikino yose imaze gukina yarayitsinze mu gihe Kiyovu Sports yahagamwe na Sunrise FC uyu munsi.

    Sunrise ibifashijwemo na rutahizamu Babuwa Samson yafunguye amazamu ku munota wa 41 bitma bajya kuruhuka iyoboye.

    Ku munota wa 70, Hassan Mubiru yatsindiye Sunrise igitego cya kabiri,ihita ihagarika umuvuduko wa Kiyovu Sports yari imaze imikino 3 yose itsinda.

    Kiyovu Sports yabonye igitego cy'impozamarira ku munota wa 72 gitsinzwe na Ssekisambu Erisa kuri penaliti, ni nyuma y'uko Manishimwe Yves akoreye umupira mu rubuga rw'amahina.

    Uko imikino yose yagenze:

    Marines FC 2-3 RAYON SPORTS
    MUKURA VS 2-3 Gorilla FC
    KIYOVU Sports 1-2 Sunrise FC
    Bugesera FC 3-1 Etincelles

    Imikino iteganyijwe kuri iki cyumweru:

    Police FC vs Gasogi United
    Rutsiro FC vs AS Kigali
    Rwamagana vs APR FC
    Musanze FC vs ESPOIR FC

    Urutonde rw'agateganyo:

    1. Rayon Sports 12/12
    2. Kiyovu Sport 9/12
    3. Gasogi United 7/9
    4. Gorilla FC 7/12
    5. Sunrise FC 7/12

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/rayon-sports-yakomereje-umuvuduko-kuri-marines-fc-kiyovu-sports-ihabwa-isomo

  • Uganda na RDC mu itsinda rimwe: Uko tombola ya #CHAN2023 yagenze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Algeria kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2022, habereye tombola y’Igikombe cya Afurika 2023, ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/uganda-na-rdc-mu-itsinda-rimwe-uko-tombola-ya-chan2023-yagenze

  • Musanze: Ikipe y’abakozi b’Akarere yanyagiye iy’abapadiri 4-1 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu mukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wahuje abakozi b’Akarere ka Musanze n’abapadiri ba Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri kuri Stade Ubworoherane, ku wa Gatanu (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/musanze-ikipe-y-abakozi-b-akarere-yanyagiye-iy-abapadiri-4-1

  • Mvukiyehe Juvenal wari Perezida wa Kiyovu Sports yeguye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mvukiyehe Juvenal wari Perezida w’ikipe ya Kiyovu Sports, kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, yatangaje ko yeguye kuri uyu mwanya kubera impamvu ze (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mvukiyehe-juvenal-wari-perezida-wa-kiyovu-sports-yeguye