Igitego cyo ku munota wa nyuma cya Nelson cyafashije Arsenal kwegukana intsinzi imbere ya Bournemouth, yashimishije abakunzi b’iyi kipe barimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’umufana wa yo ukomeye.
Arsenal yagiye gukina uyu mukino iyoboye urutonde ndetse n’iyo itsindwa ntibyari kuyikura ku mwanya wa mbere.
Ni umukino benshi bumvaga ko ushobora kuza korohera Arsenal cyane nk’ikipe yari imbere y’abafana ba yo kuri Emirates Stadium.
Si ko byagenze ahubwo yaje kugorwa cyane kuko ku munota wa mbere, Philip Billing yahise atsindira Bournemouth igitego cya mbere.
Arsenal yakoze ibishoboka byose ngo yishyure iki gitego ariko biranga bajya kuruhuka ari 1-0.
Umutoza Arteta yatangiye igice cya kabiri akora impinduka, Tomiyasu aha umwanya Benjamin White.
Izi mpinduka ntacyo zamufashije kuko ku munota wa 57 Marcos Senesi yatsindiye Bournemouth igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Joe Rothwell.
Arsenal yongeye kubona ko byose bishoboka ku munota wa 62 ubwo Thomas Partey yayitsindiraga igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Emile Smith Rowe.
Ku munota wa 69, umutoza Mikel Arteta yazanyemo Reiss Nelson asimbura Emile Smith Rowe.
Ku munota wa 70 yahise aha umupira Benjamin White wahise atsindira Arsenal igitego cya 2.
Arsenal yakomeje gusatira ishaka igitego cy’intsinzi ariko bibanza kwanga.
Nelson winjiye mu kibuga nk’umucunguzi yaje guhesha amanota 3 Arsenal ubwo yatsindaga igitego ku munota wa nyuma w’umukino mu gihe benshi bari bizeye kunganya bamaze no kwiyakira.
Umusifuzi yongeyeho iminota 6, ku munota wa nyuma Arsenal yabonye koruneri yatewe maze abakinnyi ba Bournemouth bawukuraho usanga Nelson wahise atsindira Arsenal igitego cy’intsinzi.
Ni intsinzi yashimishije abakunzi benshi ba Arsenal barimo na Perezida Paul Kagame aho abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati “mbega ibihe byiza kuri Arsenal, umutoza, Nelson natwe twese abafana… byiza!!!”
Nyuma yo gutsinda uyu mukino w’umunsi wa 26, Arsenal yakomeje kuyobora urutonde n’amanota 58, irarusha Manchester City ya kabiri amanota 6.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/perezida-kagame-yishimiye-intsinzi-ya-arsenal-yo-ku-munota-wa-nyuma


Duhereye ku mukino wakinwe kuri uyu wa gatanu, i Bugesera ikipe ya Gorilla FC yatsindaga Marine FC ibitego 2-1, ni ibitego byatsinzwe na Iroko Babatunde
Nyuma y'uyu mukino wabereye i Bugesera, ikipe y'ingabo z'igihugu ya APR FC ihanyagiriye ikipe ya Rutsiro ibitego bitandatu kuri kimwe.
Ku ruhande rwa APR FC, ni ibitego byatsinzwe na Ruboneka Jean Bosco, Ombolenga Fitina, Bizimana Yannick watsinze bibiri, Niyibizi Ramadhan na Nshuti Innocent na Nizeyimana Jean Claude watsinze igitego kimwe cya Rutsiro.
I Muhanga, ikipe ya Police FC yo yahatsindiwe na Kiyovu SC ibitego bibiri kuri kimwe, ku ruhande rwa Kiyovu yari yasuye yatsindiwe na Nordien na Mugenzi Bienvenu, ku ruhande rwa Police FC yo yatsindiwe na Usengimana Dany.
Kuri iki cyumweru, ikipe ya Rayon Sports irakina na Musanze FC, Gasogi united izakina ikipe ya Etincelles FC naho Espoir FC izakire ikipe ya As Kigali bakinire i Rusizi.
Kugeza ubu ikipe ya APR FC niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 46, irakurikirwa na Kiyovu yo ifite amanota 44.
Iri rushanwa mu mukino w'intoki wa Volleyball rigiye gukinwa ku ncuro ya 13, uhereye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 04 Werurwe 2023 harabera imikino igiye guhuza amakipe asaga 35.
Muri uyu mwaka, amakipe azitabira arimo ay'Icyiciro cya Mbere mu bagabo n'abagore (Serie A), ayo mu Cyiciro cya Kabiri (Serie B), ayo mu cyiciro cy'ibanze cy'amashuri yisumbuye ndetse n'ay'abakanyujijeho.
Mu makipe y'Icyiciro cya Kabiri hazakina ay'abagabo arimo GSOB, PSVF, Nyanza TSS, Collège du Christ Roi Nyanza, GS St Joseph Kabgayi, Gitisi TVET, GS Marie Reine Kabgayi, Ecole Ste Trinité, Collège St Ignace Mugina na Gisagara Academy.
Mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye harimo GSOB, PSVF, GS St Philippe Neri, Collège du Christ Roi Nyanza, Ecole des Sciences de Byimana, Regina Pacis na Ecole Secondaire Kigeme.
Ubwo iyi mikino yakinwaga umwaka ushize wa 202, ikipe ya APR VC mu bagabo na RRA VC mu bagore nibo begukanye igikombe.
Padiri Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi w'Ishuri ry'Indatwa n'Inkesha, yitabye Imana mu 2009. Kuva mu 2010 hatangijwe irushanwa rya Volleyball rigamije kumwibuka kuko na we yari umukunzi ukomeye w'uyu mukino.