Tag: Imikino

  • Perezida Kagame yanejejwe n'intsinzi ya Arsenal yavuye kure #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame ari mu bafana ba Arsenal hirya no hino ku isi bagaraje ko bishimiye intsinzi y'iyi kipe ku munota wa nyuma ubwo yatsindaga AFC Bournemouth ibitego 3-2 nyuma yo kubanza gutsindwa ibitego 2-0.

    Ikipe ya AFC Bournemouth niyo yatangije umupira ihita itsinda igitego cya 1 ku isegonda rya 12 gitsinzwe na Philippe Billing,ku burangare bwa ba myugariro ba Arsenal.

    Nyuma yo gutsindwa igitego,Arsenal yahise itangira gusatira cyane bituma ku munota wa 3 gusa Martin Odegaard yarekuye umupira uremereye umunyezamu Neto wa Bournemouth awukuramo usanga Bukayo Saka nawe awusubizamo ariko umupira ukubita ku kirenge cy'umuzamu uvamo.

    AFC Bournemouth yakomeje gukina irwana n'ubuzima ariko ikagorana ku mipira ibonye kuko yakoraga count attack zikomeye.

    Ku munota wa 18 AFC Bournemouth yabuze igitego cyabazwe aho Phillip Billing yirukankanye umupira maze awuhindura kwa Dango Ouatarra, ariko Ramsdale aratabara awumukira basigaranye bonyine.

    Abakinnyi nka Bukayo Saka na Martinelli bashatse cyane uburyo bw'igitego cyo kwishyura bakanabubona ariko gushyira mu nshundura birananirana bituma igice cya mbere kirangira bikiri igitego 1 cya Bournemouth.

    Arsenal yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka mu kibuga havamo Tomiyasu hinjiramo Ben White.

    Nk'uko byari byagenze mu gice cya mbere Arsenal n'ubundi yakomeje kugumana umupira ku buryo bugaragara.

    Icyakora yaje gutungurwa ku munota wa 57,kuko AFC Bournemouth yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Marcos Senesi,ku mupira wari uvuye muri koroneri itewe na Joe Rothwell.

    Ikipe ya Arsenal yabonye igitego cya mbere ku munota wa 62 gitsinzwe na Thomas Partey ku mupira yari ahawe na Emile Smith-Rowe n'umutwe.

    Abakinnyi ba Arsenal nyuma yo kubona igitego mbere, icyizere cyazamutse, maze ku munota wa 70 babona igitego cya 2 gitsinzwe na Ben White ahawe umupira na Reiss Nelson wari winjiye mu kibuga asimbuye.

    Iminota 90 y'umukino yarangiye maze umusifuzi yongeraho iminota 6 y'inyongera yaje kwiyongeraho indi kubera gutinza umukino Kwa AFC Bournemouth.

    Arsenal yababaje Iyi kipe ibona igitego cy'intainzi ku munota wa 97 cya Reiss Nelson ibona amanota 3 bigoranye.

    Iyi ntsinzi yatumye abarimo Perezida Kagame bafana Arsenal bagaragaza amarangamutima yabo.

    Perezida Kagame abinyujije kuri Twitter yagize ati “Mbega ibihe by'ibyishimo kuri Arsenal,umutoza, Nelson,natwe abafana bose…Wow …😁😁!!!!”

    Arsenal irusha amanota 5 Man City kuko yatsinze nayo Newcastle ibitego 2-0.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/perezida-kagame-yanejejwe-n-intsinzi-ya-arsenal-yavuye-kure

  • Perezida Kagame yerekanye amarangamutima ye n… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu imikino yo ku munsi wa 26 muri shampiyona y’u Bwongereza yakomeje, aho ikipe ya Arsenal yari yakiriye AFC Bournemouth ariko iyitsinda bigoranye kuko byasabye umunota wa nyuma babifashijwemo na Nelson. Uyu mukino warangiye ari ibitego 3-2.

    Ku ruhande rwa AFC Bournemouth, ibitego byayo byatsinzwe na Billing ku isegonda rya 12 ndetse na Senesi ku munota wa 57. Ibitego bya Arsenal byo byatsinzwe na Thomas Partey ku munota wa 62, Ben White ku munota wa 70 ndetse na Nelson watanze ibyishimo ku munota wa 97.

    Nelson watabaye Arsenal ku munota wa nyuma

    Nyuma y’iyi ntsinzi igoranye, Perezida Paul Kagame usanzwe ari umufana w’imena w’iyi kipe, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter akurikirwaho n’abarenga Miliyoni eshatu, yerekanye ibyishimo bikomeye yatewe n’iyi ntsinzi.

    Yanditse ati: “Mbega ibihe by’ibyishimo kuri Arsenal, umutoza, Nelson ndetse n’abafana twese, Wow”.

    Nyuma y’aya magambo yashyizeho emoji ziseka, bigaragaza ko yishimiye cyane iyi ntsinzi mu buryo bukomeye.

    What a happy moment for Arsenal,Coach,Nelson and all of us fans … Wow …😁😁!!!!

    — Paul Kagame (@PaulKagame) March 4, 2023

    Ubutumwa bwa Perezida Kagame kuri Twitter

    Kugeza ubu Arsenal iracyayoboye urutonde rwa shampiyona y’u Bwongereza n’amanota 63, Manchester City ni iya 2 n’amanota 58, naho Chelsea iri ku mwanya wa 10 n’amanota 34.

    Abakinnyi ba Arsenal bishimira intsinzi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126705/perezida-kagame-yerekanye-amarangamutima-ye-nyuma-yintsinzi-igoranye-ya-arsenal-126705.html

  • APR FC yanyagiye Rutsiro FC ikomeza kugumana umwanya wa mbere #rwanda #RwOT

    Ikipe ya APR FC yanyagiye Rutsiro FC ibitego 6-1 bituma ikomeza gushimangira umwanya wa mbere Muri shampiyona mu gihe Kiyovu Sports yatsinze Police FC yari imaze iminsi ihagaze neza.

    Mu mukino w'umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye mu Bugesera,APR FC itajya itsindwa na gato na Rutsiro FC yongeye kuyinyagira.

    Ibitego bya Ruboneka 9',Ombolenga 31', Bizimana Yannick 40' & 46', Ramadhan 47', na Nshuti Innocent kuri penaliti nibyo byarangije Rutsiro FC.

    Uko imikino yose yagenze:

    APR FC 6-1 Rutsiro FC
    Police FC 1-2 Kiyovu Sports
    Rwamagana 2-0 Sunrise
    Bugesera 0-1 MUKURA

    Urutonde

    1. APR FC 46 Pts
    2. Kiyovu 44 P
    3. Rayon Sports 42 P (-1)
    4. AS KIGALI 38 P (-1)
    .
    .
    13. Rwamagana FC 22
    14. Rutsiro 18
    15. Marines 16
    16. ESPOIR 11

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/apr-fc-yanyagiye-rutsiro-fc-ikomeza-kugumana-umwanya-wa-mbere

  • APR FC inyagiye Rutsiro FC 6-1, Police FC ihagarikwa na Kiyovu SC – Uko umunsi wa 22 wa shampiyona wagenze #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Werurwe 2023 ndetse no kuri uyu wa Gatandatu hakinwe imikino y'umunsi wa 22 wa shampiyona y'u Rwanda, ni umunsi uranzwe no kwitwara neza kwa APR FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports et Loisirs.

    Duhereye ku mukino wakinwe kuri uyu wa gatanu, i Bugesera ikipe ya Gorilla FC yatsindaga Marine FC ibitego 2-1, ni ibitego byatsinzwe na Iroko Babatunde  na Onesme Twizerimana ku ruhande rwa Gorilla FC na Mugisha Desire ku ruhande rwa Marine FC.

    Kuri uyu wa Gatandatu, Bugesera FC yatsindiwe mu rugo na Mukura igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na Hakizimana Zubel ku mupira yari aherejwe na Mico Justin.

    Nyuma y'uyu mukino wabereye i Bugesera, ikipe y'ingabo z'igihugu ya APR FC ihanyagiriye ikipe ya Rutsiro ibitego bitandatu kuri kimwe.

    Ku ruhande rwa APR FC, ni ibitego byatsinzwe na Ruboneka Jean Bosco, Ombolenga Fitina, Bizimana Yannick watsinze bibiri, Niyibizi Ramadhan na Nshuti Innocent na Nizeyimana Jean Claude watsinze igitego kimwe cya Rutsiro.

    I Muhanga, ikipe ya Police FC yo yahatsindiwe na Kiyovu SC ibitego bibiri kuri kimwe, ku ruhande rwa Kiyovu yari yasuye yatsindiwe na Nordien na Mugenzi Bienvenu, ku ruhande rwa Police FC yo yatsindiwe na Usengimana Dany.

    Kuri iki cyumweru, ikipe ya Rayon Sports irakina na Musanze FC, Gasogi united izakina ikipe ya Etincelles FC naho Espoir FC izakire ikipe ya As Kigali bakinire i Rusizi.

    Kugeza ubu ikipe ya APR FC niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 46, irakurikirwa na Kiyovu yo ifite amanota 44.

    The post APR FC inyagiye Rutsiro FC 6-1, Police FC ihagarikwa na Kiyovu SC — Uko umunsi wa 22 wa shampiyona wagenze appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-inyagiye-rutsiro-fc-6-1-police-fc-ihagarikwa-na-kiyovu-sc-uko-umunsi-wa-22-wa-shampiyona-wagenze/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-inyagiye-rutsiro-fc-6-1-police-fc-ihagarikwa-na-kiyovu-sc-uko-umunsi-wa-22-wa-shampiyona-wagenze

  • APR FC yangiye Rutsiro FC ikomeza gufata umwanya gufata umwanya w’icyubahiro, Kiyovu itsinda Police FC #rwanda #RwOT

    APR FC yangiye Rutsiro FC 6-1 mu mukino w’umunsi wa 22 maze ikomeza gufata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 46.

    Ni umukino wabereye kuri Stade ya Bugesera aho APR FC yari yayakiririye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Werurwe 2023.

    Mu mikino 4 yahuje amakipe yombi nta rimwe Rutsiro FC yigeze ibasha gutsinda APR FC ndetse nta n’igitego yigeze yinjiza mu izamu rya APR FC.

    Ku munota wa 9, Ruboneka Bosco yafunguye amazamu ku mupira mwiza yari ahawe na Ishimwe Christian.

    Omborenga Fitina yinjiye mu rubuga rw’amahina rwa Rutsiro FC ku munota wa 31 maze areba uko umunyezamu ahagaze ahita amutsinda igitego cya kabiri.

    Ku munota wa 40, Bizimana Yannick yatsindiye APR FC igitego cya 3 ku mupira mwiza yari ahawe na Omborenga Fitina. Bagiye kuruhuka ari 3-0.

    Ku munota wa 46, amakipe akiva mu karuhuko, Bizimana Yannick yatsinze igitego cya 4, ni ku mupira yari ahawe na Omborenga Fitina.

    Nyuma y’umunota umwe gusa, Niyibizi Ramadhan yatsindiye APR FC igitego cya 5, ni nyuma y’umupira yari ahawe na Ishimwe Christian.

    Rutsiro yaje gukora amateka ibona igitego mu izamu rya APR FC ku munota wa 51 kuri penaliti yatsinzwe na Nizeyimana Jean Claude bakunda kwita Rutsiro.

    Ku munota wa 53, APR FC na yo yabonye igitego cya 6 kuri penaliti yatsinzwe na Nshuti Innocent. Umukino warangiye ari 6-1.

    Undi mukino wabaye, Kiyovu Sports yatsinze Police FC 2-1.

    Nyuma yo kunyagira Rutsiro FC, APR FC iracyayoboye urutonde n’amanota 46, Kiyovu Sports 44, Rayon Sports izakina Etincelles FC ejo ifite 42, AS Kigali ifite 38, Police FC ikagira 37.

    Gahunda y’umunsi wa 22

    Ku wa Gatanu tariki ya 3 Werurwe 2023

    Gorilla FC 2-1 Marines FC

    Ku wa Gatandatu tariki ya 4 Werurwe 2023

    Bugesera FC 0-1 Mukura VS
    APR FC 6-1 Rutsiro FC
    Police FC 1-2 Kiyovu Sports
    Rwamagana City 2-0 Sunrise FC

    Ku Cyumweru tariki ya 5 Werurwe 2023

    Espoir FC vs AS Kigali
    Gasogi United vs Musanze FC
    Rayon Sports vs Etincelles

    APR FC yanyagiye Rutsiro FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/apr-fc-yangiye-rutsiro-fc-ikomeza-gufata-umwanya-w-icyubahiro-kiyovu-itsinda-police-fc

  • Abakinnyi babiri ba La Jeunesse batawe muri yombi nyuma yo gukubita umusifuzi #rwanda #RwOT

    Polisi y'igihugu yataye muri yombi abakinnyi babiri ba La Jeunesse FC,nyuma y'imvururu zakubitiwemo umusifuzi kugeza ubwo asohowe mu kibuga arandaswe,kuri uyu wa 03 Werurwe 2023.

    Aba bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhanga,nyuma y'uyu mukino iyi kipe yatsinzwemo na AS Muhanga igitego 1-0.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko nubwo iperereza rikomeje, abakinnyi babiri aribo bari mu maboko ya Polisi.

    Yagize ati 'Kugeza ubu abakinnyi babiri nibo bafashwe ndetse bashyikirijwe sitasiyo ya Polisi ya Muhanga, ikirego twagishyikirije ubugenzacyaha. Iperereza rirakomeje kugira ngo n'abandi bizagaragara ko babigizemo uruhare bakurikiranwe.'

    Yakomeje avuga ko nubwo ari umupira, Polisi igomba kubikurikirana kuko ari ikibazo cy'umutekano.

    Ati ' Birumvikana nta kuntu Polisi itazamo kuko ni ikibazo cy'umutekano kandi inshingano zacu za mbere ni ukurinda abantu n'ibyabo, ikindi umusifuzi yarahohotewe.'

    Amakuru avuga ko ikipe ya La Jeunesse FC iramutse ihamijwe ko ariyo yateje imvururu, ishobora guhanishwa gukina undi mukino nta bafana bahari cyangwa guhagarikwa muri shampiyona mu gihe kirenze umwaka umwe.

    Amategeko avuga ko aba bakinnyi bahamijwe cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake, bahanishwa ingingo ya 121 y'Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    Rigena ko ugihamijwe ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itatu ariko kitarenze itanu n'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya 500.000 Frw ariko atarenze 1.000.000 Frw.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abakinnyi-babiri-ba-la-jeunesse-batawe-muri-yombi-nyuma-yo-gukubita-umusifuzi

  • I Muhanga umusifuzi yakuwe mu kubuga ari intere nyuma yo gukubitwa n’abakinnyi #rwanda #RwOT

    Umusifuzi wa 4 ku mukino w’icyiciro cya 2 AS Muhanga yatsinzemo La Jeunesse 1-0, yakuwe mu kibuga atabasha gukandagira nyuma yo gukubitwa n’abakinnyi La Jeunesse babashinje kubiba.

    Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Werurwe 2023 kuri Stade Muhanga, wari umukino w’umunsi wa 15 mu itsinda B ry’icyiciro cya kabiri.

    Umukino ubwo wari ugeze hagati, rutahizamu wa La Jeunesse Nshimiye Saidi yatsindiye LA Jeunesse igitego ariko umusifuzi w’igitambaro Ruhumuriza Pacifique aracyanga avuga ko yaraririye.

    Uyu rutahizamu ntiyabyihanganiye ahubwo yahise yirukanka akubita uyu musifuzi, byahise bimuviramo guhabwa ikarita itukura asohoka mu kibuga.

    Umukino wakomeje ariko ukirangira abakinnyi ba La Jeunesse birundiye kuri uyu musifuzi wabangiye igitego bashaka kumukubita imvururu zitangira ubwo.

    Abasifuzi bagenzi be bagiye kumukiza maze uwari umusifuzi wa kane kuri uyu mukino aba ari we ubigenderamo kuko yakubiswe, bamukandagira n’ikirenge ku buryo kuva mu kibuga yavuyemo bamuteruye kuko atabashaga gukandagira.

    Polisi y’igihugu yahise iza ihosha iyi mirwano ndetse amakuru avuga ko abantu bagera ku 8 bahise bafatwa bajyanwa kuri Sitasiyo ya RIB i Nyamabuye bakekwaho iki gikorwa cy’urugomo.

    Umusifuzi ni uku yakuwe mu kibuga

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/i-muhanga-umusifuzi-yakuwe-mu-kubuga-ari-intere-nyuma-yo-gukubitwa-n-abakinnyi

  • Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13 #rwanda #RwOT

    Impera z'icyumweru cya mbere cya Werurwe 2023, mu ntara y'amajyepfo mu karere ka Huye hagiye gukinirwa irushanwa ryo kwibuka Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi wa Groupe Scolaire Officiel de Butare.

    Iri rushanwa mu mukino w'intoki wa Volleyball rigiye gukinwa ku ncuro ya 13, uhereye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 04 Werurwe 2023 harabera imikino igiye guhuza amakipe asaga 35.

    Muri uyu mwaka, amakipe azitabira arimo ay'Icyiciro cya Mbere mu bagabo n'abagore (Serie A), ayo mu Cyiciro cya Kabiri (Serie B), ayo mu cyiciro cy'ibanze cy'amashuri yisumbuye ndetse n'ay'abakanyujijeho.

    Mu bagabo bakina Icyiciro cya Mbere hamaze kwiyandikisha amakipe ya REG, Gisagara, APR, Kirehe na Forefront mu gihe mu bagore hiyandikishije APR, RRA, Forefront, IPRC Kigali, Ruhango, IPRC Huye na GS St Philippe Neri.

    Mu makipe y'Icyiciro cya Kabiri hazakina ay'abagabo arimo GSOB, PSVF, Nyanza TSS, Collège du Christ Roi Nyanza, GS St Joseph Kabgayi, Gitisi TVET, GS Marie Reine Kabgayi, Ecole Ste Trinité, Collège St Ignace Mugina na Gisagara Academy.

    Mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye harimo GSOB, PSVF, GS St Philippe Neri, Collège du Christ Roi Nyanza, Ecole des Sciences de Byimana, Regina Pacis na Ecole Secondaire Kigeme.

    Mu bakanyujijeho hiyandikishije Mamba, Buffle Fort, Kudum, Tout Age, Umucyo, BPR na Nyanza.

    Ubwo iyi mikino yakinwaga umwaka ushize wa 202, ikipe ya APR VC mu bagabo na RRA VC mu bagore nibo begukanye igikombe.

    Mu makipe y'Icyiciro cya Kabiri, mu bahungu, igikombe cyegukanywe na Collège du Christ Roi yatsinze Petit Séminaire Virgo Fidelis amaseti 3-2

    Padiri Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi w'Ishuri ry'Indatwa n'Inkesha, yitabye Imana mu 2009. Kuva mu 2010 hatangijwe irushanwa rya Volleyball rigamije kumwibuka kuko na we yari umukunzi ukomeye w'uyu mukino.

    The post Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/amakipe-asaga-35-agiye-guhatana-mu-irushanwa-rya-memorial-kayumba-rigiye-gukinwa-ku-nshuro-ya-13/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amakipe-asaga-35-agiye-guhatana-mu-irushanwa-rya-memorial-kayumba-rigiye-gukinwa-ku-nshuro-ya-13

  • Abo abasiganwa muri Tour du Rwanda bakesha intsinzi (Video) – #rwanda #RwOT

    Kugera kuri iyo ntsinzi, bigirwamo uruhare n'abantu benshi. Guhera ku mbaraga z'umukinnyi uterera imisozi y'urwa Gasabo nta kuruhuka, agakata mu mirambi no mu makosori yo hirya no hino, yewe rimwe na rimwe akisanga yakoze impanuka ishobora gusiga ubuzima bwe mu kaga.

    Ugeze ku murongo bwa mbere, ibyishimo biba ari byose kubera imbaraga aba yakoresheje. Gusa hari abandi bantu baba bari inyuma ye bamufasha kwegukana umwenda runaka, ariko ababamenya ni bake.

    Bamwe muri bo ni abakanishi. Kugira ngo umukinnyi asiganwe neza, ni uko aba afite igare ryiza kandi ridafite ikibazo.

    Umwe muri bo ni Rafiki Jean de Dieu wamaze igihe kinini ari umukinnyi w'amagare, ariko ahagaritse gukina yinjira mu bukanishi bwayo.

    Yaganiriye na Kura, asobanura uko yinjiye muri uyu mwuga, anavuga amahirwe abakiri bato bafite mu mukino wo gusiganwa ku magare.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abo-abasiganwa-muri-tour-du-rwanda-bakesha-intsinzi-video

  • HT: Musa Esenu wa Rayon Sports yahagurukije a… – #rwanda #RwOT

    Ku munota wa 5 w’umukino, umukinnyi Junior wa Rayons Sports yahushije igitego cyari cyabazwe n’abafana mu gihe ku munota wa 7 n’uwa 9 Rutsiro Fc yahushije ibitego.

    Uko iminota yakomezaga niko Rwatubyaye wa Rayons Sports yakiniraga nabi abakinnyi ba Rutsiro Fc gusa akirengagizwa n’umusifuzi.

    Ku munota wa 14' nabwo Rayons Sports yahushije igitego cyari cyabazwe n’abafana. Uyu mukino ukomeza kugenda ukomera uko iminota igenda ishira ari nako umuzamu Rutsiro Delphin akomeza guhura n’akazi gakomeye.

    Ku munota wa 19' Bukuru Christophe yahawe ikarita y’umuhondo asabwa gusohoka hanze y’ikibuga azira kora yambariye munsi ikabutura.

    Ku munota wa 26 umukinnyi wa Rayons Sports, Ojera yazengurutse ikibuga acenga abakinnyi ba Rutsiro Fc ageze imbere y’izamu yakwa umupira.

    Ku munota wa 36 Ndizeye Gadi wa Rutsiro Fc yahawe ikarita y’umuhondo azira gukora umupira n’amaboko kubushake.

    Ku munota wa 43 nibwo Mussa Esenu wa Rayons Sports yashyizemo igitego cyahagurukije stade Umuganda, abafana batahwe n'ibyishimo.

    Ikipe ya Rayons Sports yakinnye na Etincelles mu gice cya mbere iyitsinda igitego 1

    Ikipe ya Etincelles yahushije uburyo bwari bwabazwe imbere y’izamu


    Esenu wa Rayon Sports yapfukamye ashima Imana nyuma yo gutsinda igitego

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126446/ht-musa-esenu-wa-rayon-sports-yahagurikije-abafana-nyuma-yo-gutsinda-igitego-amafoto-126446.html