Perezida Kagame ari mu bafana ba Arsenal hirya no hino ku isi bagaraje ko bishimiye intsinzi y'iyi kipe ku munota wa nyuma ubwo yatsindaga AFC Bournemouth ibitego 3-2 nyuma yo kubanza gutsindwa ibitego 2-0.
Ikipe ya AFC Bournemouth niyo yatangije umupira ihita itsinda igitego cya 1 ku isegonda rya 12 gitsinzwe na Philippe Billing,ku burangare bwa ba myugariro ba Arsenal.
Nyuma yo gutsindwa igitego,Arsenal yahise itangira gusatira cyane bituma ku munota wa 3 gusa Martin Odegaard yarekuye umupira uremereye umunyezamu Neto wa Bournemouth awukuramo usanga Bukayo Saka nawe awusubizamo ariko umupira ukubita ku kirenge cy'umuzamu uvamo.
AFC Bournemouth yakomeje gukina irwana n'ubuzima ariko ikagorana ku mipira ibonye kuko yakoraga count attack zikomeye.
Ku munota wa 18 AFC Bournemouth yabuze igitego cyabazwe aho Phillip Billing yirukankanye umupira maze awuhindura kwa Dango Ouatarra, ariko Ramsdale aratabara awumukira basigaranye bonyine.
Abakinnyi nka Bukayo Saka na Martinelli bashatse cyane uburyo bw'igitego cyo kwishyura bakanabubona ariko gushyira mu nshundura birananirana bituma igice cya mbere kirangira bikiri igitego 1 cya Bournemouth.
Arsenal yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka mu kibuga havamo Tomiyasu hinjiramo Ben White.
Nk'uko byari byagenze mu gice cya mbere Arsenal n'ubundi yakomeje kugumana umupira ku buryo bugaragara.
Icyakora yaje gutungurwa ku munota wa 57,kuko AFC Bournemouth yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Marcos Senesi,ku mupira wari uvuye muri koroneri itewe na Joe Rothwell.
Ikipe ya Arsenal yabonye igitego cya mbere ku munota wa 62 gitsinzwe na Thomas Partey ku mupira yari ahawe na Emile Smith-Rowe n'umutwe.
Abakinnyi ba Arsenal nyuma yo kubona igitego mbere, icyizere cyazamutse, maze ku munota wa 70 babona igitego cya 2 gitsinzwe na Ben White ahawe umupira na Reiss Nelson wari winjiye mu kibuga asimbuye.
Iminota 90 y'umukino yarangiye maze umusifuzi yongeraho iminota 6 y'inyongera yaje kwiyongeraho indi kubera gutinza umukino Kwa AFC Bournemouth.
Arsenal yababaje Iyi kipe ibona igitego cy'intainzi ku munota wa 97 cya Reiss Nelson ibona amanota 3 bigoranye.
Iyi ntsinzi yatumye abarimo Perezida Kagame bafana Arsenal bagaragaza amarangamutima yabo.
Perezida Kagame abinyujije kuri Twitter yagize ati “Mbega ibihe by'ibyishimo kuri Arsenal,umutoza, Nelson,natwe abafana bose…Wow …😁😁!!!!”
Arsenal irusha amanota 5 Man City kuko yatsinze nayo Newcastle ibitego 2-0.


Duhereye ku mukino wakinwe kuri uyu wa gatanu, i Bugesera ikipe ya Gorilla FC yatsindaga Marine FC ibitego 2-1, ni ibitego byatsinzwe na Iroko Babatunde
Nyuma y'uyu mukino wabereye i Bugesera, ikipe y'ingabo z'igihugu ya APR FC ihanyagiriye ikipe ya Rutsiro ibitego bitandatu kuri kimwe.
Ku ruhande rwa APR FC, ni ibitego byatsinzwe na Ruboneka Jean Bosco, Ombolenga Fitina, Bizimana Yannick watsinze bibiri, Niyibizi Ramadhan na Nshuti Innocent na Nizeyimana Jean Claude watsinze igitego kimwe cya Rutsiro.
I Muhanga, ikipe ya Police FC yo yahatsindiwe na Kiyovu SC ibitego bibiri kuri kimwe, ku ruhande rwa Kiyovu yari yasuye yatsindiwe na Nordien na Mugenzi Bienvenu, ku ruhande rwa Police FC yo yatsindiwe na Usengimana Dany.
Kuri iki cyumweru, ikipe ya Rayon Sports irakina na Musanze FC, Gasogi united izakina ikipe ya Etincelles FC naho Espoir FC izakire ikipe ya As Kigali bakinire i Rusizi.
Kugeza ubu ikipe ya APR FC niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 46, irakurikirwa na Kiyovu yo ifite amanota 44.
Iri rushanwa mu mukino w'intoki wa Volleyball rigiye gukinwa ku ncuro ya 13, uhereye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 04 Werurwe 2023 harabera imikino igiye guhuza amakipe asaga 35.
Muri uyu mwaka, amakipe azitabira arimo ay'Icyiciro cya Mbere mu bagabo n'abagore (Serie A), ayo mu Cyiciro cya Kabiri (Serie B), ayo mu cyiciro cy'ibanze cy'amashuri yisumbuye ndetse n'ay'abakanyujijeho.
Mu makipe y'Icyiciro cya Kabiri hazakina ay'abagabo arimo GSOB, PSVF, Nyanza TSS, Collège du Christ Roi Nyanza, GS St Joseph Kabgayi, Gitisi TVET, GS Marie Reine Kabgayi, Ecole Ste Trinité, Collège St Ignace Mugina na Gisagara Academy.
Mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye harimo GSOB, PSVF, GS St Philippe Neri, Collège du Christ Roi Nyanza, Ecole des Sciences de Byimana, Regina Pacis na Ecole Secondaire Kigeme.
Ubwo iyi mikino yakinwaga umwaka ushize wa 202, ikipe ya APR VC mu bagabo na RRA VC mu bagore nibo begukanye igikombe.
Padiri Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi w'Ishuri ry'Indatwa n'Inkesha, yitabye Imana mu 2009. Kuva mu 2010 hatangijwe irushanwa rya Volleyball rigamije kumwibuka kuko na we yari umukunzi ukomeye w'uyu mukino.



