Tag: Imikino

  • Abanya Uganda basubije Rayon Sports ku mwanya w'icyubahiro #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports yagarutse ku mwanya wa Mbere nyuma yo gutsindira Rutsiro FC I Rubavu mu mukino w'umunsi wa 21 wa shampiyona.

    Mu mukino wari ugoye cyane, Rayon Sports yagerageje gukuraho ibyayibuzaga gutsinda iyi kipe muri shampiyona

    Ibitego bya Rayon Sports byatsinzwe na Mussa Essenu ku munota wa 41 na Joachim Ojera kuwa 89.

    Ibi bitumye Rayon Sports ifata umwanya wa mbere n'amanota 42 ikaba irusha amanota 2 APR FC ikina kuri iki cyumweru

    Kiyovu Sport yatsinzwe igitego 1-0 Bugesera FC cya Mugenzi Bienvenu mu gihe Gorilla FC yatsinze igitego 1-0 Rwamagana FC.

    Urutonde:

    1. Rayon Sports 42 Pts
    2. Kiyovu Sport 41 Pts Pts
    3. APR FC 40 Pts (-1)
    4. AS KIGALI 38 Pts

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abanya-uganda-basubije-rayon-sports-ku-mwanya-w-icyubahiro

  • EPL: Arsenal yakuye mu nzira Leicester City,… – #rwanda #RwOT

    Ni mu mukino wabereye kuri sitade ya Leicester City King Power stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare 2023, saa kumi nimwe muri shampiyona y’u Bwongereza.

    Abakinnyi ba Leicester 11 babanje mu kibuga: Ward; Castagne, Souttar, Faes, Kristiansen; Dewsbury-Hall, Ndidi; Tete, Praet, Barnes na Iheanacho.

    Ikipe ya Arsenal yatangiye umukino ikina yihuta cyane kandi inahererekanya neza. Ku munota wa 3 gusa Xhaka yarabonye uburyo bw’igitego ariko arekuye ishoti rikubita kuri myugariro wa Leicister City rijya muri koroneri.

    Abakinnyi 11 ba Arsenal babanje mu kibuga: Ramsdale; White, Saliba, Gabriel, Zinchenko; Odegaard, Jorginho, Xhaka; Saka, Martinelli na Trossard.

    Abakinnyi ba Leicester City bagezeho bose basubira gukinira inyuma bitewe nukuntu Arsenal yariri kwiharira umupira cyane bakinira mu kibuga hagati. 

    Mu minota 17 Arsenal yakije umuriro imbere y’izamu rya Leicester City ndetse Bukayo Saka aboba uburyo bwo gutsinda ibitego 2 ariko ntiyabyaza amahirwe umusaruro. 

    Zinchenko wari wambaye igitambaro cya Kapiteni kubera kuzirikana ko umwaka ushize igihugu cye cya Ukraine gishojweho intambara n’u Burusiya

    Arsenal yaje kubona igitego ku munota wa 27 gitsinzwe na Leandro Trossard ku mupira yari ahawe na Xhaka ariko umusifuzi aracyanga kubera ko Ben White yari yafashe akaboko ka Ward ufatira Leicester City. 

    Mu minota 38 ba rutahizamu ba Leicister City barimo Tete na Iheanacho bagerageje gutungurana birukankana imipira ariko igitego kirabura burundu bituma igice cya mbere kirangira ari 0-0.

    Igice cya kabiri cyatangiye Arsenal ibona igitego cya mbere gitsinzwe na Gabriel Martinelli ahawe umupira mwiza na Leandro Trossard awucishije mu maguru ya Castagne. 

    Nyuma yo gutsinda igitego gukina neza byiyongereye cyane bituma bongera no kubona igitego cya 2 ku munota wa 55 gitsinzwe na Bukayo Saka ariko Martinelli wari amuhaye umupira yari yaraririye bituma umusifuzi acyanga.

    Igitego Martinelli yatsinze 

    Ku munota wa 62 Leicester City yakoze impinduka mu kibuga havamo Kelechi Iheanacho na Tete hinjiramo Jamie Vardy na Youri Tielemans bituma batangira gusatira ku buryo bworoshye.

    Ku munota wa 72 Dewsbury-Hall yagerageje kurekura ishoti ariko rinyura impande y’izamu gato. Iminota 90 yarangiye hongerwaho iminota 5 y’inyongera ariko yabereye umutwaro Arsenal kuko yatatswe cyane, umukino warangiye Arsenal itsinze igitego 1-0.

    Kugeza ubu Arsenal ikomeje kuba ku mwanya wa 1 n’amanota 57 naho Leicester City yo iri ku mwanya wa 14 n’amanota 24.

    Leandro Trossard watanze umupira uvamo igitego

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126448/epl-arsenal-yakuye-mu-nzira-leicester-city-ikomeza-gutereta-umwanya-wa-mbere-126448.html

  • Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona #rwanda #RwOT

    Shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda yakomezaga hakinwa umunsi wa 21, kuri uyu wa gatandatu ikipe ya Rayon Sports itsinze Rutsiro ibitego bibiri ku busa ihita ifata umwanya wa mbere.

    Ni umukino wabereye mu karere ka Rubavu kuri Sitade Umuganda, ikipe ya Rayon Sports izwi nka Gikundiro ikaba yatsindiwe na Musa Esenu ku munota wa 41 na Joackiam Ojera ku munota wa 80.

    Gutsinda uyu mukino kwa Rayon Sports bitumye irara ku mwanya wa mbere w'agateganyo aho mu mikino 21 imaze gukina ifite amanota 42 ikaba ikurikiwe na Kiyovu SC na 41 yo yatsinze Bugesera 1-0.

    Mu yindi mikino y'umunsi wa 21 yabaye, kuwa gatanu As Kigali yanganyije na Etincelles 2-2, naho kuri uyu wa gatandatu ikipe ya Gorilla FC yatsinze Rwamagaana City 1-0.

    Kuri iki cyumweru, Police FC irakira ikipe Sunrise FC, Marines FC yakire Espoir FC, Mukura Vs izakine na Gasogi United naho Musanze FC izakine na APR FC.

    The post Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/rayon-sports-itsinze-rutsiro-2-0-ihita-ifata-umwanya-wa-mbere-ku-rutonde-rwa-shampiyona/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rayon-sports-itsinze-rutsiro-2-0-ihita-ifata-umwanya-wa-mbere-ku-rutonde-rwa-shampiyona

  • Umutaliyani yegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda 2023 #rwanda #RwOT

    Umutaliyani Manuele Tarozzi niwe wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda katangiriye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, gasorezwa mu Mujyi wa Kigali.

    Iyi Etape ya Nyamata-Mont Kigali, ibanziriza iya nyuma, yareshyaga n'ibilometero 115,8.

    Umutaliyani Manuele Tarozzi ukinira ikipe ya Green Project-Bardianic yatsinze nyuma yo kuzamuka kwa Mutwe ari uwa mbere.

    Abanyarwanda babiri Hakizamana (May Stars) na Nsengimana (Team Rwanda) bayoboye isiganwa ry' uyu munsi igihe kirekire ariko ntibabasha kuzamuka Mont Kigali ari aba mbere .

    Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane ni we wongeye kwambara umwambaro w'umuhondo, arusha Umunyarwanda Muhoza Eric amasegonda umunani gusa.

    Tarozzi wasize abandi ubwo bamanukaga berekeza kuri Ruliba, yatsinze nyuma yo gukoresha amasaha abiri, iminota 58 n'amasegonda 53, arusha amasegonda 32 Mark Stewart wa Bolton Equities ndetse na Unai Iribar wa Euskaltel Euskadi.

    Nsengimana Jean Bosco wari mu bayoboye isiganwa igihe kirekire ndetse akaba yageze kuri Mont Kigali ari imbere ubwo bahacaga mbere yo gusoza, yabaye uwa 12 arushwa umunota n'amasegonda 12.

    Hakizimana Félicien wa May Stars, bari kumwe icyo gihe, we yasoreje ku mwanya wa 19 yasizwe iminota ibiri n'amasegonda abiri, mu gihe Muhoza Eric wa Bike Aid yabaye uwa 21 asizwe iminota ibiri n'amasegonda ane.

    Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani, wabaye uwa 17 asizwe umunota n'amasegonda 54, ni we wahise yambara umwenda w'umuhondo aho amaze gukoresha amasaha 26, iminota 53 n'amasegonda icyenda, ibihe anganya na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team.

    Kuba abakinnyi ba mbere banganya ibihe, byatumye hitabazwa itegeko ry'Impuzamashyirahamwe y'Umukino w'Amagare ku Isi (UCI) rivuga ko hateranywa imyanya bagize mu duce bakinnye kuva isiganwa ritangiye.

    Lecerf William Junior wari wambaye umwenda w'umuhondo, ni uwa gatatu ku rutonde rusange arushwa amasegonda ane mu gihe Victor de la Parte (TotalEnergies) na Anatolii Budiak (Terengganu Polygon) barushwa amasegonda ane.

    Umunyarwanda uza hafi ku rutonde rusange ni Muhoza Eric wa gatandatu aho arushwa amasegonda umunani gusa, bimuha amahirwe yo guhatanira gutwara Tour du Rwanda izasozwa ku Cyumweru, tariki ya 26 Gashyantare 2023, hakinwa Agace ka Munani kazabera i Kigali ku ntera y'ibilometero 75,3.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umutaliyani-yegukanye-agace-ka-karindwi-ka-tour-du-rwanda-2023

  • Umukinnyi wa Man United yiyemeje kwica ariko igatwara igikombe cya Carabao Cup #rwanda #RwOT

    Myugariro ukomeye wa Manchester United ukomoka muri Argentina,Lisandro Martinez yiyemeje kwica abakinnyi ba Newcastle baraba bahanganye kuri iki cyumweru,kugira ngo aheshe ikipe ye igikombe cya mbere kuva muri 2017.

    Lisandro Martinez ukunzwe cyane n'abafana kubera ubushake agira mu kibuga ndetse no kubagaragariza urukundo,yagaragaje icyo uyu mukino wa nyuma wa Carabao Cup uvuze kuri we.

    Uyu munya Argentine babatije umubazi 'The Butcher',yemeje ko rimwe na rimwe bimugora kwitwararika.

    Martinez w'imyaka 25,ati: 'Nibyo biragoye,rimwe na rimwe mba nshaka kwica ariko ubu ugomba kwitwararika.”

    Uyu mukinnyi uheruka gufasha Argentina gutwara igikombe cy'isi yarigaragaje cyane mu mukino wo kuwa Kane batsinze ibitego 2-1 FCBarcelona bayisezerera muri Europa League.

    Uyu ngo arashaka kongera gukoresha uyu mwuka w'abanya Argentina wo guhatana bakegukana igikombe.

    Ati “Abakinnyi bo muri Argentina niko duhora,duhorana ishyaka.Kuri twe umupira ni buri kimwe niyo mpamvu buri gihe dutanga ibyo dufite byose.”

    Nkiri umwana,ndibuka ku myaka ine cyangwa 5 natangiraga kurwana, nkarira igihe ntsinzwe,ni ibintu tuba dufite mu maraso no ku mutima.Niwo muco wacu.

    Nubwo yahawe ikarita itukura rimwe ari muri Argentina nyuma yo guhabwa amakarita abiri y'umuhondo,Martinez ntabwo ari umukinnyi ugira imyitwarire mibi nubwo ahatana cyane.

    Uyu musore yageze muri Man United mu mpeshyi ishize aguzwe asaga miliyoni 57 z'amapawundi.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umukinnyi-wa-man-united-yiyemeje-kwica-ariko-igatwara-igikombe-cya-carabao-cup

  • #TduRda: Umutaliyani Tarozzi yegukanye agace ka 7, Henok yisubiza umwambaro w’umuhondo (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umutalitani Manuela Tarozzi ni we wegukanye agace ka 7 ka Tour du Rwanda 2023, Lecerf William Junior yamburwa umwenda w’umuhondo ufatwa n’umuya-Eritrea, Henok Mulueberhan.

    Uyu munsi nibwo hakinwaga agace ka 7 ka Tour du Rwanda 2023 ku ntera y’ibilometero 115,8, abasiganwa hari hasigayemo 65, ni agace kabanziriza aka nyuma kazakinwa ejo.

    Nyamata-Karumuna-Gahanga-Nyanza-Kicukiro Centre – Sonatubes – GoodYear – Alpha Palace – Kabeza – Rubirizi – Busanza – Airforce – Kanombe Hospital – Nyarugunga – Murindi – 15 – Economic Zone – Zindiro – Kimironko – Kibabaga – Mu Kabuga – Utexrwa – Kinamba – Urwibutso rwa Jenoside – ULK – Beretwari – Kagugu – Batsinda – Gasanze – Nyacyonga – Gatsata – Nyabugogo- Poids Lourds – Kanogo – Rugunga – Rwampara – Kuri 40 – Tapis Rouge – Ku rya nyuma – Mont Kigali – Norvege Karama – Ruriba – Nyabugogo- Kimisagara- Kwa Mutwe – Kuri 40 – Tapis Rouge – Mont Kigali

    Amanota yo kuzamuka yatanzwe inshuro eshanu: Mu Busanza yegukanywe na Arefayne, Special Economic Zone yegukanwa na Pritzen, Musezero na yo Pritzen, Mont Kigali (ku nshuro ya mbere) na Mont Kigali (ku nshuro ya kabiri) basoza.

    Nyuma y’ibilometero 17 ni bwo hatanzwe amanota ya ‘sprint’ ya mbere ku muhanda ujya ku Rwibutso rwa Nyanza yegukanywe na Arefayne mu gihe andi yatangiwe i Kigali (Nyabugogo) ku kilometero cya 84 na yo yayegukanye.

    Ku kilometero cya 25, abakinnyi 12 bari bayoboye isiganwa bari basize igikundi 1’05”. Abo bakinnyi ni: Meijers (Soudal-QuickStep), Weinberg (Israël-Premier Tech), Iribar, Etxeberria na Berasategi (Euskaltel), Brough (GBR), Mattheis (Bike Aid), Tarozzi, Fiorelli na Gaburro (Green Project), Crause (Afrique du Sud), Fjellheim (EF Education), Hakizamana (May Stars), Stewart na Oram (Bolton), Mohd Zariff (Terengganu), Arefayne na Teklehaimanot (Erythrée), Nsengimana (Rwanda), Pritzen (EF Education).

    Ubwo bari bageze ku Rwibutso rwa Gisozi, Nsengimana Jean Bosco yafashwe n’igikundi. Ku kilometero cya 70 igikundi cyari cyasizweho iminota 3 n’amasegonda 10.

    Abasiganwa bari imbere bageze ku kilometero cya 87 bari bamaze gusiga igikundi ho 2’45”.

    Mu bilometero 10 bya nyuma, Abakinnyi 3 Teklehaimanot, Nsengimana na Nsengiyumva ni bo bari bayoboye isiganwa.

    Hafi yo kugera Nyabugogo, Tarozzi ni we uyoboye isiganwa wenyine yashyizemo iminota 2 n’amasegonda 10. Uyu mutaliyani no mu bilometero 4 bya nyuma ni we wari ukiyoboye isiganwa.

    Manuela Tarozzi ni we waje kwegukana aka gace aho yakoresheje amasaha 2 n’iminota 58 n’amasegonda 53 yarushije umunyarwanda waje hafi umunota n’amasegonda 20, Nsengimana Jean Bosco yabaye uwa 12.

    Umwambaro w’umuhondo wahise ufatwa n’umunya-Eritrea Henok Mulueberhan amaze gukoresha amasaha 26, iminota 53 n’amasegonda 3, anganya ibihe na Calzoni Walter, arusha amasegonda 2 Lecerf William Junior akarusha amasegond 4 De La Parte na Budiak Anatolii akarusha Muhoza Eric amasegonda 8.

    Manuela Tarozzi yegukanye agace ka 7

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/tdurda-umutaliyani-tarozzi-yegukanye-agace-ka-7-henok-yisubiza-umwambaro-w-umuhondo-amafoto

  • APR BBC yacishije bugufi RP-IPRC Kigali, Ian… – #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023, byari bishyushye mu nzu y’imikino ya Lyceé de Kigali, ahakomereje imikino ya Shampiyona ya Basketball mu cyiciro cya mbere.

    APR BBC yabanje gukina na RP-IPRC Kigali, mu mukino wasize ikipe y’ingabo yongeye gutanga ubutumwa bukomeye ko yagarutse ku ruhando rw’amakipe ahataniye ibikombe ndetse no guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika.

    Kuva umukino utangiye kugeza urangiye, APR BBC yagiye imbere mu manota, isoza itsinze amanota 106 kuri 59 ya RP-IPRC Kigali yo itagikanganye. Abafana ba APR BBC bari hafi kuzura Gymnase ya LDK batashye banezerewe.

    Jean Jacques Wilson Nsobozwa uherutse kuva muri REG BBC ni umwe mu bari gufasha APR BBC kwitwara neza

    Muri uyu mukino, Ian Kagame, umuhungu wa Perezida Kagame wari ufite abafana benshi, yakinnye iminota 15, atsinda amanota 3 icyarimwe ndetse atanga imipira 5 yavuyemo amanota (Assists) byiyongeraho rebounds 4.

    Mu wundi mukino ukomeye, REG BBC yatsinze Patriots BBC amanota 83 kuri 69, mu mukino wahiriye Umunyamerica, Cleverand Thomas watsinzemo amanota 26 yose.

    Ian Kagame agerageza gutambutsa umupira

    Abafana bo bari benshi




    Kanda hano urebe amafoto menshi

    AMAFOTO: NGABO Serge-INYARWANDA.COM

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126434/apr-bbc-yacishije-bugufi-rp-iprc-kigali-ian-kagame-arigaragaza-amafoto-126434.html

  • Mu mibare! Umusaruro nkene wa Carlos umutoza w’Amavubi ugiye kongererwa amasezerano #rwanda #RwOT

    Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Carlos Alós Ferrer umaze gutsinda umukino umwe mu mikino 7 agiye kongererwa amasezerano.

    Muri Werurwe 2022 ni bwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryemeje uyu mutoza ukomoka muri Espagne nk’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi mu gihe cy’umwaka.

    Yari yasabwe guhesha ikipe y’igihugu Amavubi itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 ariko ingengabihe iza guhinduka masezerano ye akaba azarangira imikino itararangira.

    Amasezerano ye azarangira mu kwezi gutaha ubwo azaba amaze gukina umukino w’umunsi wa 4 w’itsinda L na Benin i Huye, bivugwa ko FERWAFA yamaze gufata umwanzuro wo kumwongerera amasezerano.

    Muri rusange Carlos Alós Ferrer amaze gutoza ikipe y’igihugu imikino 7 yatsinzwe 2, anganya 4 atsinda umwe wa gicuti.

    Amaze gutoza imikino 2 yo mu itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 aho yanganyije na Mozambique 1-1 atsindwa na Senegal 1-0.

    Yasezerewe na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN 2023 ku giteranyo cy’igitego 1-0 (banganyije ubusa ku busa muri Tanzania aho Ethiopia yayakiririye, itsindira u Rwanda i Huye 1-0).

    Mu mikino ya gicuti yanganyije na Equatorial Guinea 0-0, Sudani bakinnye imikino 2 banganya umwe 0-0 undi Amavubi awutsinda 1-0. Bivuze ko afite amanota 7/21.

    Carolos Alos Ferrer nta gihindutse arongererwa amasezerano

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-mibare-umusaruro-nkene-wa-carlos-umutoza-w-amavubi-ugiye-kongererwa-amasezerano

  • Umusuwisi Matteo Badilatti yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda,Mugisha ava mu irushanwa #rwanda #RwOT

    Umusuwisi Matteo Badilatti ukinira Q36.5 Pro Cycling Team, yegukanye Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda kahagurukiye i Rubavu kagasoreza i Gicumbi ku ntera ireshya n'ibilometero 157. Umubiligi William Lecerf Junior yakomeje kwambara umwambaro w'umuhondo.

    Isiganwa ryatangiye igikundi gifite umuvuduko ariko bamwe bagiye bagisohokamo bahitamo kuyobora isiganwa.

    Abakinnyi umunani barimo Mugisha Moïse na Matteo Badilatti bashyizemo ikinyuranyo ubwo isiganwa ryari rigeze i Mahoko, mu gihe bageze ku biro by'Akarere ka Nyabihu hamaze kujyamo umunota n'amasegonda 55.

    Ubwo bari bageze mu Byangabo, itsinda ry'abakinnyi bayoboye isiganwa ryari rimaze gushyiramo iminota ibiri n'amasegonda 45 kugeza basohotse mu Mujyi wa Musanze.

    Mugisha Moïse wa Team Rwanda wari mu itsinda riyoboye, yasizwe bamanuka muri Buranga ndetse ava mu isiganwa nyuma yo gufatwa n'igikundi ubwo bari bageze kuri Base. Uyu mukinnyi w'Umunyarwanda yahise yiyongera kuri Manizabayo Eric utatangiye isiganwa kuri uyu wa 24 Gashyantare.

    Umufaransa Vercher Matteo wari uwa gatatu ku rutonde rusange, na we yavuye mu isiganwa kubera impanuka yakoze. Kugeza icyo gihe, isiganwa ryari risigayemo abakinnyi 68.

    Bageze i Gatovu ni bwo Matteo Badilatti yahise ayobora isiganwa aragenda, azamuka umusozi wa Tetero ari wenyine kugeza ageze mu Mujyi wa Gicumbi aho yatsinze nyuma yo gukoresha amasaha ane, iminota 11 n'amasegonda atandatu, asiga amasegonda 10 Umutaliyani Calzoni Walter bakinana mu gihe Main Kent wa Afurika y'Epfo yasizwe amasegonda 12.

    Lecerf William Junior wambaye umwambaro w'umuhondo, yasoreje ku mwanya wa karindwi, yasizwe amasegonda 14 kimwe na Henok Mulueberhane wa kane ndetse na Muhoza Eric wa Bike Aid wabaye uwa 10.

    Nsengimana Jean Bosco wagerageje gucika igikundi mu bilometero bitatu bya nyuma, yasoreje ku mwanya wa karindwi yasizwe umunota n'amasegonda 25, anganya ibihe na Niyonkuru Samuel wamubanjirije.

    Abakinnyi 65 ni bo basoje isiganwa mu gihe hari hatangiye 70.

    Ku rutonde rusange, William Lecerf Junior (Soudal Quick-Step) ukomoka mu Bubiligi ni we ucyambaye umwambaro w'umuhondo aho amaze gukoresha amasaha 23, iminota 52 n'amasegonda icyenda, akurikiwe n'Umunya-Ukraine Budiak Anatoli (Terengganu Polygon) arusha amasegonda abiri.

    Umutalitani Calzoni Walter (Q36.5 Pro Cycling Team) ni uwa gatatu aho arushwa amasegonda arindwi kimwe n'Umunya-Espagne De La Parte Victor (TotalEnergies) wa kane.

    Umunya-Eritrea Eyob Metkel wa Terengganu Polygon n'Umunyarwanda Muhoza Eric ukinira Bike Aid, bakurikiraho barushwa amasegonda 11 mu gihe Henok Mulueberhane ari uwa cyenda arushwa amasegonda 13.

    Tour du Rwanda 2023 izakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 25 Gashyantare, hakinwa Agace ka Karindwi kazahagurukira i Nyamata kerekeza kuri Mont Kigali ku ntera y'ibilometero 115,8.

    IVOMO:IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umusuwisi-matteo-badilatti-yegukanye-agace-ka-6-ka-tour-du-rwanda-mugisha-ava

  • Etincelles FC ikumbuye umushahara yahagamye AS Kigali muri shampiyona #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Etincelles Fc yahagamye As Kigali mu mukino w'umunsi wa 21 wabereye kuri Stade Umuganda banfganya ibitego 2 kuri 2.

    Umutoza wa Etincelles wishyuye mu gice cya Kabiri, yavuze ko ubuzima bw'abakinnyi be atari bwiza, ahishura ko amezi agiye kuba abiri badahembwa.

    Ku munota wa 12 w''umukino,As Kigali yatsinze igitego cya mbere ibifashijwemo na Aboubakar Jibrine Akuki ndetse iki gitego nicyo cyabonetse mu gice cya mbere gusa.

    Igice cya kabiri kigitangira,Tuyisenge Jacques yahise atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 47 bituma AS Kigali yinjira mu mwanya mwiza wo kubona amanota 3.

    Etincelles FC ariko ntiyacitse intege byatumye yishyura vuba ibifashijwemo na Sumaila Moro ku munota wa 61na Niyonsenga Ibrahim ahita ashyiramo icya kabiri ku munota wa 69.

    Etincelles FC ntiratsindirwa ku kibuga cyayo kuva uyu mwaka w'imikino 2022-23 watangira.

    Ntwali Fiacre,umuzamu wa mbere wa As Kigali yahawe ikarita itukura asohoka mu kibuga nabi.

    Nyuma y'uyu mukino, umutoza wa Etincelles FC,Bizumuremyi Radjab, yabwiye abanyamakuru ko abakinnyi be badaheruka guhembwa.

    Ati “Ikipe ntabwo imeze neza. Abakinnyi ntabwo bameze neza mu mutwe, abakinnyi banjye ntabwo bari 'Motive'. Niba barababwiye ko bahembwe ntabwo barahembwa. Ntabwo twishyuye kuko twahembwe'.

    Ku ruhande rw'ubuyobozi bwa Etincelles, bavuga ko ikibazo cy'amafaranga abakinnyi baberewemo kigihe gukemurwa, na cyane ko ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu bwabahaye icyizere.

    AS Kigali yananiwe gufata umwanya wa mbere by'agatenganyo:

    Kuva yakwikura mu gikombe cy'Amahoro igashyira imbaraga muri Shampiyona,AS Kigali, imaze guta amanota 7.

    Kugeza ubu APR FC itarakina Umunsi wa 21 ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 40, Rayon Sports ifite 39, Kiyovu Sports 38, AS Kigali 38 ni mu gihe Gasogi United ifite 36.

    Gahunda y'umunsi wa 21:

    Ku wa Gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2023

    Etincelles FC 2-2 AS Kigali

    Ku wa Gatandatu tariki ya 25 Gashyantare 2023

    Kiyovu Sports vs Bugesera FC
    Gorilla FC vs Rwamagana City
    Rutsiro FC vs Rayon Sports

    Ku Cyumweru tariki ya 26 Gashyantare 2023

    Mukura VS vs Gasogi United
    Sunrise FC vs Police FC
    Musanze FC vs APR FC
    Marines FC vs Espoir FC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/etincelles-fc-ikumbuye-umushahara-yahagamye-as-kigali-muri-shampiyona