Tag: Imikino

  • Rayon Sports yatsinze Etincelles FC yibutsa a… – #rwanda #RwOT

    Kuva ibihe bikomeye bya Covid-19 byarangira, Rayon Sports yerekanye umwanya utanga ibimenyetso byo kwegukana igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona. Ikipe ya As Kigali yatsinzwe na Espoir FC igitego 1-0, mu gihe Musanze FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0.

    Uko umukino wa Rayon Sports na Etincelles FC wagenze

    90+” umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Etincelles FC urangiye Rayon Sports itahukanye intsinzi, ku bitego 2-0 ndetse ihita isubirana umwanya wa kabiri.

    88″ i Bugesera, Musanze FC imaze kubona igitego cya kabiri gitsinzwe na Nijyinama Patrick kuri penariti, ubu ni ibitego 2 bya Musanze FC kuri 1 cya Gasogi United.

    Onana kuva yava mu mvune, ntabwo ahagarara mu gutsinda igitego

    87 Ikarita y’umutuku ku makipe yombi

    Kapiteni wa Etincelles FC Nshimiyimana Abdou ahawe ikarita y’umutuku, na Musa Esenu wa Rayon Sports, bose bakaba bazize kwishora mu mirwano.

    80″ Igitego cya kabiri cya Rayon Sports

    Ku mupira wari uvuye kuri kufura yari itewe na Luvumbu ba myugariro ba Etincelles FC bakawukuraho, wasanze Onana ahantu yari ahagaze mu rubuga rw’amahina, atera umupira adahagaritse, umupira uruhukira mu izamu rya Etincelles FC.

    74″ Etincelles FC ihushije igitego ku buryo bwiza bwari bubonwe na Muniru ariko Mitima Isaac na Hakizimana Adolphe bamubera ibamba ashota inshuro ebyiri umupira kujya mu izamu biranga.

    67″ Mitima Isaac ahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kwishora mu myivumbagatanyo.

    imirwano yabaye igice cya kabiri cyenda gutangira, yatindije umukino ho gato

    56″ Etincelles FC yahinduye ibintu mu gice cya kabiri, yongeye guhusha igitego ku mupira wari utewe na Kakure wari wamaze gucunga uko Hakizimana Adolphe ahagaze, umupira arawurekura unyura mu kwaha ariko kubw'amahirwe macye unyura imbere y’izamu.

    53″ Muniru ukinira ikipe ya Etincelles FC agerageje uburyo bw’igitego akoresheje umutwe, umupira uca hejuru y’izamu.

    Abafana ba Rayon Sports bafite ikizere cy’amanota atatu

    49″ Etincelles FC ibonye koroneri itewe na Ciza Hussein, ariko ntiyagira icyo itanga. Etincelles FC ubu ifite koroneri imwe kuri 3 za Rayon Sports.

    48″ amakipe agarutse mu kibuga bisanzwe nta mpinduka zabaye

    45″ igice cya kabiri kiratangiye hano kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, aho ikipe ya Rayon Sports igifite igitego 1-0 bwa Etincelles FC.

    I Rusizi amakipe agiye kuruhuka, ikipe ya Espoir FC ifite igitego kimwe ku busa bwa As Kigali, igitego cyatsinzwe na Mbanzo Nkoto Karim ku munota wa 45+2″.

    45+” igice cya mbere kirarangiye Rayon Sports ifite igitego kimwe ku busa bwa Etincelles FC.

    45 Ojera Joackiam atsinze igitego cya mbere cya Rayon Sports ku mupira azamukanye wenyine, acunga uko umunyezamu wa Etincelles FC yari ahagaze atera umupira mu nguni, uruhukira mu izamu.

    41″ Ganijuru Elie ahawe ikarita y’umuhondo ku ikosa yari akoreye umukinnyi wa Etincelles FC.


    40″ amakipe yombi ari gukina umupira mubi, uhabanye n’imikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu.

    37″ Ciza Hussein azamukanye umupira neza anyura kuri Ganijuru Elie akata umupira ashaka Muniru wateye umupira afite igihunga, umupira ujya mu biganza bya Hakizimana Adolphe.

    30″ i Rusizi naho ntabwo amakipe arabona igisubizo, kuko biracyari ubusa ku busa hagati ya Espoir FC na As Kigali.

    25″ Ojera Joackiam ni umukinnyi mwiza Rayon Sports yongeye mu bandi mu mikino yo kwishyura, ariko ntabwo arabasha kuba mubi mu rubuga rw’amahina, kuko agira umuvuduko ariko kugera imbere y’izamu bikanga.

    15″ Onana ahushije uburyo bw’igitego bwari bwabazwe, nyuma y’umupira Ojera yamukatiye imbere y’izamu, awukase ashaka kuraza umunyezamu, umupira uca ku ruhande.

    10″ amakipe yombi ari gukinira mu kibuga hagati, yaba Etincelles FC kubera imbere y’izamu rya Rayon Sports biri kuyigora, ndetse na Rayon Sports kubaka umukino ikagera imbere y’izamu rya Etincelles FC biri kuyigora.

    03″ Rayon Sports irashaka kwisubiza umwanya wa kabiri warayeho ikipe ya Kiyovu Sports, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 kuri iki kibuga cya Muhanga.


    Abakinnyi 11 ikipe ya Etincelles FC yabanje mu kibuga

    Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga

    15:01″ umukino uratangiye.

    Reka twongere tubahe ikaze ku mukino uri guhuza ikipe ya Rayon Sports yakiriye ikipe ya Etincelles FC, kuri sitade ya Muhanga.

    Ikipe ya Etincelles FC niyo itangije umukino

    Abakinnyi 11 Etincelles FC yabanje mu kibuga

    Kambake Arsene

    Nshimiyimana Abdou

    Ndonga Bivula

    Nsabimana Hussein

    Rutayisire Aman

    Bizimungu Omar

    Kakule Justin

    Niyonkuru Sadjat

    Niyonsenga Ibrahim

    Ciza Hussein

    Muniru AbdouRahman


    Etincelles FC yatangiye umwaka neza, nayo yambariye urugamba ishaka gukura amanota atatu kuri Rayon Sports

    Abakinnyi ba Rayon Sports bari gusenga mbere yo kwinjira mu kibuga

    Onana umwe mu bakinnyi bitezwe kuri uyu munsi, bari kumwitaho mbere y’umukino

    Rayon Sports igiye kumanuka mu kibuga mu mukino w’ishiraniro isabwa gutsinda, kugira ngo yisubize umwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona.

    Imibare y’ibanze mbere y’umukino

    14:40″ Etincelles FC yatsinze Rayon Sports mu mukino ubanza wa shampiyona ibitego 3-2, ndetse Rayon Sports igomba kwihorera byihuse nk’uko andi makipe yayitsinze mu mikino ibanza iri kuyagenza mu mikino yo kwishyura.

    Imibare mbere y’umukino wa Rayon Sports na Etincelles, mu mikino 25 imaze guhuza aya makipe, Etincelles FC yatsinzemo imikino 6 itsindwa 11 inganya 8.

    Mu mikino 12 Rayon Sports imaze kwakiramo Etincelles FC, yatsinzemo imikino 6 inganya 5 itsindwa 1. Mu mikino 5 Rayon Sports iheruka gukina ya shampiyona, yatsinzemo 3, inganya 2

    Mu mikino 5 Rayon Sports iheruka kwakira, yatsinzemo 2, itsindwa itsindwa 2, inganya 1. Etincelles FC mu mikino 5 ya shampiyona iheruka gukina, yatsinze 2, itsindwa 1, inganya 2.

    Etincelles mu mikino 5 iheruka gukinira hanze muri shampiyona, yatsinze 2, inganya 1, itsindwa 2. Kuva iyi shampiyona yatangira, Etincelles ntiratsindwa imikino 2 yikurikiranya.

    Abakinnyi 11 Rayon Sports yabanje mu kibuga

    Hakizimana Adolphe

    Rwatubyaye Abdul

    Mitima Isaac

    Ganijuru Elie

    Mucyo Didier Junior

    Ngendahimana Eric

    Mbirizi Eric

    Luvumbu Heritier Nzinga

    Musa Esenu

    Ojera Joackiam

    Esomba Leandre Willy

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126726/live-rayon-sports-yakiriye-etincelles-fc-yayibarishije-nabi-ubushize-amafoto-126726.html

  • Messi yabwiye amagambo akomeye Mbappe wakoze amateka mashya muri PSG #rwanda #RwOT

    Kylian Mbappe yaraye atsinze igitego cya 201, aca agahigo k'umukinnyi umaze gutsindira Paris St-Germain ibitego byinshi mu mateka yayo ahigitse Ednson Cavani banganyaga ibitego 200.

    Ibi byabaye mu rukino batsinzemo Nantes ibitego 4-2 muri Ligue 1.Icyo gitego Mbappe yacyinjije ku munota wa 92.

    Uyu mukinnyi w'imbere w'Ubufaransa wujuje imyaka 24 mu kwezi kwa 12, amaze kwigaragaza nk'igihangange mu mupira w'amaguru.

    Amaze gukina imikino ya nyuma y'igikombe cy'isi incuro ebyiri, atwara igikombe mu 2018 hanyuma anatsindira igihembo cy'umukinnyi winjije ibitego byinshi mu irushanwa ryo (Golden boot) mu 2022.

    Kuva yerekeza muri PSG avuye muri Monaco mu 2017, aguzwe amafaranga menshi ku myaka yari afite, Mbappe amaze gutwara ibikombe bine bya shampiyona yo mu Bufaransa (Ligue1), kandi akaba yaragiye aba uwa mbere mu gutsinda ibitego byinshi muri iyo myaka yose.

    Muri uyu mwaka, uwo musore afite ibitego 30, akaba amaze gutanga imipira ivamo ibitego incuro umunani, hose hamwe akaba amaze gutanga imipira ivamo ibitego incuro 85 mu mikino z'iyi kipe 247.

    Lionel Messi ushimwa kubana neza nabo bakinana yashimiye Kylian Mbappé abinyujije kuri Instagram ndetse agaragaza ko atewe ishema nawe.Yagize ati “Kylian Mbappé twishimiye imibare yawe”.

    Usibye kandi Mbappé watsinze muri uyu mukino na Lionel Messi yatsinze, niwe wafunguye amazamu ku munota wa 12 gusa.

    Kugeza ubu Messi amaze gutsinda ibitego 18, yatanze imipira 16 ivamo ibitego mu mikino 29 amaze gukina muri uyu mwaka w'imikino.

    Aba bakinnyi uko ari 2 bafite umukoro ukomeye wo gufasha Paris Saint-Germain gutsinda Bayern Munich mu mikino ya 1/16 muri Champions League, umukino ubanza bari batsinzwe igitego 1-0.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/messi-yabwiye-amagambo-akomeye-mbappe-wakoze-amateka-mashya-muri-psg

  • Yari gutwara Ballon d’Or! Messi na Suarez ba… – #rwanda #RwOT

    Muri 2017 nibwo umukinnyi ukomoka muri Brazil, Neymar yerekeje mu ikipe yo mu Bufaransa ya Paris Saint-Germain aguzwe akayabo k'amafaranga, yari atanzweho angana na miliyoni 222 z’amapawundi. 

    Uyu mukinnyi mbere y'uko ava muri FC Barcelona, yari ari muri ba rutahizamu 3 bakomeye, bashakiraga ibitego iyi kipe.

    Aba bakinnyi uko ari 3 bari bazwi ku izina rya MSN: Messi, Suárez na Neymar. Mu mateka y’umupira w’amaguru, aba ni bamwe mu bakinnyi babayeho bakomeye bakina basatira izamu. Aba bakinnyi 3 bagiye bafasha FC Barcelona mu bihe bitandukanye, birimo n’umwaka w’imikino wa 2014-2015.

    Neymar yafashe umwanzuro ukomeye ava muri FC Barcelona asiga aba bakinnyi 2 bakinanaga imbere, yerekeza muri Paris Saint-Germain mu mwaka wa 2017. Nk'uko Luis Suarez yabitangaje, mbere y'uko afata uyu mwanzuro babanje kumugira inama. 

    Abakinnyi 3 babayeho bakomeye bakinana mu gushaka ibitego

    Aganira na Marca yagize ati “Iyo Neymar aguma muri FC Barcelona yari gutwara Ballon d’or. Igitekerezo cyanjye ni uko iyo ahaguma aba yaratsindiye ibihembo bikomeye”.

    Njyewe na Lionel Messi twagiye tumubwira ko niba ashaka gutwara buri kintu cyose agomba kuguma muri FC Barcelona, ariko nk'uko mubizi biragora kugenzura ibyo abantu bakubwira. Nk’inshuti ze twamugiriye inama yo kuhaguma cyangwa akajya muri Manchester City, ariko umuryango we uhitamo ko agenda”.

    Neymar afite imibare myiza muri FC Barcelona. Yahakinnye imikino 186 atsindamo ibitego 105, ndetse anatanga imipira 76 ivamo ibitego.

    Uku kwitwara neza ntabwo byagarukiye muri FC Barcelona gusa, kuko no muri Paris Saint-Germain yakomeje gutsinda. Amaze gukina imikino 173 atsindamo ibitego 118, ndetse anatanga imipira 77 ivamo ibitego.

    Nta mukinnyi n’umwe wari uri muri MSN ugikina muri FC Barcelona. Suarez asigaye akina mu ikipe yo muri Brazil. Yavuye muri FC Barcelona muri 2020, yerekeza muri Atletico Madrid. Lionel Messi we yavuye mu ikipe yamureze muri 2021 kubera ubukene bwari buri muri iyi kipe, ahita asanga Neymar muri Paris Saint-Germain.

    Suarez na Messi bagiriye inama Neymar mbere y'uko ava muri FC Barcelona

    Neymar muri Paris Saint-Germain kugeza ubu yaravunitse


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126710/yarigutwara-ballon-dor-messi-na-suarez-baburiye-neymar-agiye-kuva-muri-fc-barcelona-126710.html

  • Umutoza Ten Hag yavuze amagambo anenga Cristiano Ronaldo #rwanda #RwOT

    Umutoza Erik Ten Hag yemeje ko kwirukana Cristiano Ronaldo bitigeze bimubuza gusinzira kuko ikipe ye nta kinyabupfura cyayirangwagamo akiyirimo

    Uyu mutoza wa Manchester United yafashe imyanzuro ikomeye irimo kwirukana uyu Ronaldo,bimufasha kugarura ikipe ku murongo ndetse ubu iri guhatanira ibikombe 4 mu mwaka umwe.

    Abajijwe niba mu ikipe ye hatarimo ikinyabupfura igihe Ronaldo yari ayirimo,yagize ati “niko byari bimeze,ntabwo nabeshya.

    Abakinnyi bakomeye bakunda gahunda,atari mu kibuga gusa,uba ukeneye amategeko.

    Muri buri kigo iyo nta mategeko n'ikinyabupfura,no gufatana uburemera ikinyabupfura,uteza akavuyo.

    Byarigaragazaga kubera ko nashoboraga kubibona mu kibuga icyagendaga.”

    Uyu muholandi yakomeje agira ati “Nari mfite impamvu nyinshi kandi nari nzi ingaruka byari guteza.

    Ariko sinigeze mpangayika[kurekura Cristiano Ronaldo] kandi nasinziye neza muri ayo majoro.

    Nagombaga gufata ibyemezo kugira ngo nzamure ikipe.

    Nagombaga kureba nkakira n'ingaruka z'ibyemezo nafashe.”

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/umutoza-ten-hag-yavuze-amagambo-anenga-cristiano-ronaldo

  • Umutoza wa Arsenal yatangaje impamvu atagihi… – #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Arsenal niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona y’u Bwongereza mu mikino 26 bamaze gukina, bararusha Manchester City ibakurikiye amanota 5.

     Harabura imikino 12 ngo shampiyona irangire kandi Arsenal iramutse igumye kwitwara neza, niyo ifite amahirwe menshi yo kuba yakwegukana igikombe cya shampiyona. 

    Uyu mutoza w’umuhanga ukomoka muri Espagne arimo gukora ibishoboka byose ngo akore amateka aheshe igikombe Arsenal, nyuma y’imyaka myinshi batazi uko gisa kuko baheruka kugitwara muri 2004. 

    Mikel Arteta yatsinze ejo yambaye n’ubundi imyenda y'amahirwe

    Mikel Arteta w’imyaka 40 yambara umupira umwe, ikote rimwe, ipanaro imwe n’inkweto zimwe nyuma ya buri mukino ikipe ye itsinze kugeza itsinzwe, bivuze ko atari yahindura imyenda kuva tariki 15 z'ukwezi kwa 02 batsindwa na Manchester City ibitego 3-1 kuko nibwo baheruka gutsindwa.

    Benshi bajyaga babona uyu mutoza yambaye imyenda imwe bakayoberwa impamvu, ariko uyu munsi yabisobanuye ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru ‘The Telegraph’ mbere y’umukino wa Bournemouth.

    Mikel Arteta yagize ati: “Njye mfite uburyo bwihariye numvamo ibintu, iyo turi gutsinda simpindura imyambaro. Mba ngomba kwambara ikoti, ipantaro ndetse n’inkweto bisa neza n’izo ku mukino ushize. Iyo dutsinzwe hari ibyo mpinduramo.”

    Yakomeje agira ati: “Nahawe amahirwe yo gukora ibyo nkunda, mu ikipe nubaha kandi nishimira.”

    Kugeza ubu Mikel Arteta na Arsenal abereye umutoza bamaze gutsinda imikino 20 muri 26 ya shampiyona bakinnye; ibitarakozwe n’indi kipe iyo ari yo yose muri English Premier League uyu mwaka. Ibi bivuze ko yahinduye imyambaro inshuro 6 gusa, muri uyu mwaka w’imikino.

    Imyenda Arteta yari yambaye batsinda Leiceter City

    Imyenda Arteta yari yambaye atsinda Everton 

    Mikel Arteta agera kuri Emirates yambaye imyenda y'amahirwe

    Abakinnyi ba Arsenal mu byishimo nyuma y'uko batsinze AFC Bournemouth bigoranye

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126709/umutoza-wa-arsenal-yatangaje-impamvu-atagihindura-imyenda-yambara-126709.html

  • Minani was Kiyovu Sports yasabye imbabazi nyuma yo kwemera ko yarya ingurube ari umuyisilamu #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'abafana b'ikipe ya Kiyovu Sport, Minani Hemed, yasabye imbabazi abo bahuje imyemerere ya kiyisilamu n'abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda nyuma yo guhiga ko Rayon Sports nitwara igikombe cya Shampiyona azarira ikiro cy'ingurube muri Studio ya Radiyo Fine FM.

    Uyu muhigo wo kuzarya ikiro cy'ingurube, Minani Hemedi, yawuhize abinyujije mu kiganiro cy'imikino cy'urukiko rw'ubujurire kinyura kuri Fine Fm.

    Aya magambo ntiyashimishije abayisilamu bahuje ukwemera na Minani Hemed, cyane ko ingurube iziririjwe mu idini ya Islam.

    Ibi byatumye abamenyi mu idini ya Islamu (Aba-Sheikh) bahamagara Hemed Minani, bamusaba gusaba imbabazi abo bahuje imyemerere bitewe n'uwomuhigo yari amaze guhiga.

    Aganira na IGIHE dukesha iyi nkuru, Minani yavuze ko yahisemo gusaba imbabazi abo badahuje ukwemera nyuma y'uko abamenyi mu idini ya Islam babimusabye.

    Yagize ati 'Nyuma y'ikiganiro cya siporo cyatambutse ejo hashize kuwa Gatanu mu rukiko rw'ubujurire, aho nahize umuhigo utarashimishije abo duhuje imyemerere y'idini ya islam, nyuma y'uko abamenyi bamwe mu ba-sheikh bangiriye inama yo kwicuza ku muhigo natangaje, cyane ko unyuranye n'imyemerere yacu, mfashe uyu mwanya ngo mbisabire imbabazi haba ku Mana n'abantu.'

    Minani Hemed yakomeje asaba imbabazi abo bahuje ukwemera n'abandi uyu muhigo utashimishije kuko ngo nta kindi kintu yari agamije uretse kumvikanisha ko Rayon Sport itatwara igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda y'uyu mwaka.

    Uyu muhigo yawutangaje mu gihe APR FC ariyo iyoboye urutonde rwa Shampiyona y'u Rwanda n'amanota 43 mu gihe Rayon Spor iri ku mwanya wa Kabiri n'amanota 42 igakurikirwa na Kiyovu iri ku mwanya wa Gatatu n'amanota 41.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/minani-was-kiyovu-sports-yasabye-imbabazi-nyuma-yo-kwemera-ko-yarya-ingurube

  • Chris Froome yashyize impumu avuga kuri Tour du Rwanda aheruka kwitabira #rwanda #RwOT

    Umunyabigwi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Christopher Froome w'imyaka 37 ,yaganiriye na Cyclism'Actu avuga byinshi ku irushanwa aherukamo rya Tour du Rwanda ndetse anahishuri amarushanwa abiri atazibagirwa.

    Froome uheruka gukina Tour du Rwanda ariko akayivamo adatsinze,yavuze ko ari irushanwa rikomeye kuko rikinwa n'abakinnyi batazwi cyane i Burayi ariko bakomeye cyane.

    Yagize ati “Nari mu Rwanda,n'ubunararibonye bwiza kuhagera.Birakomeye,buri mwanya uba uri mu misozi hejuru nka metero 2000.Ni irushanwa rikomeye ribamo abakinnyi batazwi cyane i Burayi iwacu ariko bakomeye cyane muri Afurika.Byari ibintu byiza cyane kubona umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda,abantu bose barikurikira,ntabwo byari bisanzwe.

    Uyu munyabigwi wavukiye muri Kenya yavuze ko kuba yarakuriye muri iki gihugu akaza gukina mu Rwanda byamuteye amarangamutima no kwishimira ko ahari.

    Yavuze ko ubuzima bwo mu Rwanda budatandukanye cyane n'ubwo muri Kenya ariyo mpamvu yishimiye gukina iri siganwa.

    Abajijwe ku gace yagenze ibirometero 70 ayoboye ariko ntatsinde,yagize ati “Nibyo natobokesheje igare nyuma y'ibirometero 80.Nahinduye ipine kabiri ariko rimwe na rimwe niko irushanwa rigenda.Nishimiye kuba muri uriya mwanya.Nagerageje gutsinda etape.

    Uyu yavuze ko intego afite ari ukujya muri Tour de France 2023 ameze neza 100% no kongera kugira inzozi zo gutsinda.

    Icyakora yavuze ko atagifite inzozi zo gutwara Tour de France ku nshuro ya gatanu ariko yifuza nibura gutsinda amarushanwa y'icyumweru nka Tour de Catalogne cyangwa Dauphiné.

    Yavuze ariko ko bikiri inzozi ze gukina Tour de France agahangana n'abakinnyi bakomeye ku isi.

    Abajijwe umukinnyi aha mahirwe yo kwegukana Tour de France y'uyu mwaka yavuze ko ari Jonas Vingegaard kubera ikipe ye ikomeye ya Jumbo Visma ndetse no kuba ikirere cyo mu kwezi kwa karindwi kimworohera.

    Yavuze ko amarushanwa atazibagirwa ari umunsi atwara Giro d'Italia yatatse irushanwa rigitangira ndetse no kwegukana Tour de France ya mbere muri 2013.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/chris-froome-yashyize-impumu-avuga-kuri-tour-du-rwanda-2023-aheruka-kwitabira

  • Yinjiye muri Arsenal ku myaka 9: Amateka ya N… – #rwanda #RwOT

    Ushobora kuba atari ubwa mbere umwumvise ariko ukaba utazi neza uwo ari we wongeye kugarura icyubahiro cya Arsenal, uwo nta wundi ni Reiss Luke Nelson watsinze igitego cy’intsinzi ku munota wa nyuma mu mukino wa shampiyona Arsenal yatsinzemo FC Bournemouth ibitego 3-2.

    Gutsinda kwa Arsenal kwatumye ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Bwongereza n’amanota 63, igakurikirwa na Manchester City ifite amanota 58, naho Chelsea iri ku mwanya wa 10 n’amanota 34.

    Twifuje kubagezaho amateka ya Nelson wafashije Arsenal kubona intsinzi iryoshye cyane:

    Uyu musore yabonye izuba kuwa 10 Ukuboza 1999, ni umukinnyi ukomoka mu gihugu cy'u Bwongereza wabigize umwuga, akaba akinira ikipe ya Arsenal.

    Yavukiye mu murwa mukuru w'u Bwongeraza, London, ari na ho yakuriye anahigira amashuri. Yatangiye gukina mu makipe y'ingimbi ku myaka micye cyane.

    Ku myaka 9 y’amavuko, ni bwo yinjiye mu ikipe y'abato ya Arsenal [Academy], maze yigarurira umutima w'abatoza bamutozaga bose. Ibi byatumye azamuka mu bindi byiciro kubera ubuhanga n'umurava yagaragazaga.

    Yakiniye ikipe y'ingimbi za Arsenal imikino 35 irimo n’iyo yari mu ikipe y’abatarenge imyaka 21 hagati ya 2016 na 2017.

    Ibi byatumye byatumye ku myaka ye 17 ashyira umukono ku masezerano yo gutangira gukinira ikipe nkuru ya Arsenal, icyo gihe iyi kipe yari kiri mu biganza bya Arsene Wenger. Yatangiye gukinira iyi kipe mu mikino ya gicuti ya hagati ya 2017 na 2018.

    Kuwa 19 Nyakanga 2017 ni bwo bwa mbere yakiniye ikipe nkuru ya Arsenal umukino wa mbere ku mukino wayihuje na Bayern Munich mu mikino y’amajonjora ya Champions League.

    Umukino wa mbere w’ishiraniro yakinnye ni uwo Chelsea yatsinzemo Arsenal ibitego 4 kuri 1 cya Arsenal mu gikombe cy'abatarengeje imyaka 23. Yigaragaje neza aho yatsinze ibitego 9, atanga imipira 3 yavuyemo ibitego.

    Kuwa 20 Mutarama 2018 ni bwo bwa mbere yakinnye umukino we wa mbere muri shampiyona y’igitinyiro mu Bwongereza izwi nka Premier League aho yinjiye mu kibuga ku munota wa 72 asimbuye, icyo gihe hari ku mukino Arsenal yatsinzemo ibitego 4 kuri 1 Crystal Palace.

    Umukino wahuje Arsenal na Southampton yasimbuyemo ku munota 64, ikipe ikanatsinda ibitego 3 kuri 2 bya Arsenal, wasize abaye umukinnyi mwiza uri munsi y'imyaka 21 witwaye neza.

    Muri icyo gihe cyose ariko yari agikina ariko atarahabwa umwanya na nimero mu ikipe nkuru. Yaje guhabwa nimero 24 hagati ya 2019 na 2020 anemererwa byuzuye gukinira Arsenal y'abakuru.

    Kuwa 24 Nzeri 2019 ni bwo Nelson bwa mbere yakiniye Arsenal iminota 90 atuma Arsenal itahukana intsinzi aho ku munota 84 yatsinze igitego cya mbere muri 5 Arsenal yatsinze Nottingham Forest (5-0), hari muri EFL Cup.

    Hagati y'Ukwakira n'Ugushyingo ntabwo yabashije gukina kubera imvune, yaje kugaruka kuwa 09 Ugushyingo 2019 atangirira ku ntebe y’abasimbura ku mukino wabahuje na Southampton.

    Nelson yatsinze igitego cya kabiri kuwa 06 Mutarama 2020 ari nacyo rukumbi cyatumye Arsenal icyura intsinzi ku mukino wayo na Leeds United muri FA Cup.

    Kuwa 15 Nyakanga mu bihe bigoye bya COVID19 ni bwo bwa mbere Nelson yatsinze igitego cya mbere muri Premier League mu mukino Arsenal yegukanyemo intsinzi iyikuye kuri Liverpool.

    Ubwo Arsenal yegukanaga FA Cup kuwa 01 Kanama 2020, Nelson yari mu ikipe. Yagiye atizwa mu makipe atandukanye nka 1899 Hoffenheim yo mu Budage, hari muri 2018.

    Muri icyo gihe ni bwo yatangiye kuvugisha abantu benshi ubwo umutoza w'iyi kipe Julian Nagelsmann yatangarizaga isi yose ko yabonye Nelson afite impano izagera ku rwego nk’urwa ba Messi, CR7 na Arjen Robenn.

    Muri 2021 nabwo yatijwe muri Netherland mu ikipe ya Fayenoord. Yaje kugaruka muri 2022 afasha Arsenal gukura intsinzi kuri Nottingham Forest y'ibitego 5 kuri 0 by'iyi kipe.

    Kuri uyu wa 04 Werurwe 2023 yafashije ikipe ye ya Arsenal kongera guhagarara neza ubwo yasimburaga ku munora wa 69 agafasha iyi kipe, atanga imipira yavuyemo igitego ndetse na we ubwe agatsinda ikindi.

    Ni ibintu byishimiwe cyane n'abafana b'iyi kipe by'umwihariko Perezida Paul Kagame wahise yandika ati:'Mbega ibihe by'ibyishimo ku bwa Arsenal, umutoza, Nelson n'abafana twese, byiza koko.'

    Nelson kandi kuva mu ikipe y’abatarengeje imyaka 16 kugera mu y’abatarengeje imyaka 21, yagiye aserukira igihugu cye cy'u Bwongereza akanafasha ikipe ye kugera kure.

    Bitewe nuko se akomoka muri Zimbabwe kandi yemerewe gukinira iki gihugu, ni kenshi yagiye atangaza ko ari inzozi kuzaba umwe mu bakinnyi b'ikipe nkuru y'u Bwongereza.Nelson ukomoka kuri nyina w’umwongerezakazi na se w’umunyazimbabwe yongeye gutera akanyamuneza abakunzi ba ArsenalKu myaka 18 ni bwo benshi batangiye kumubonamo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo w’ahazazaUmushahara we mu mwaka ubarirwa muri Miliyari 1Frw kugeza ubu mu gihe umutungo we rusange ubarirwa muri Miliyari 10Frw zirenga

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126706/yinjiye-muri-arsenal-ku-myaka-9-amateka-ya-nelson-wateye-ibyishimo-abarimo-perezida-kagame-126706.html

  • APR FC inyagiye Rutsiro FC ibitego 6-1 iguman… – #rwanda #RwOT

    mu mukino wa gatanu w’amateka ahuza Rutsiro  FC na APR FC mu mikino ya ya shampiyona, urangiriye mu gahinda ka Rutsiro FC ikubiswe ibitego 6 ubugira kabiri. APR FC igumye ku mwanya wa mbere n’amanota 46 ikurikirwa na Kiyovu Sports ifite amanota 44, Rayon Sports iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 42.

    uko umukino wagenze

    90″ umusifuzi yongeyeho iminota ine, ku minota 90 y’umukino, itagize icyo itanga umukino urangira ari ibitego 6-1 cya Rutsiro FC.

    88″ Rutsiro FC nikomeza gukana nabi kuri uru rwego, ishobora kuba umukandida wemye wo kumanuka mu cyiciro cya kabiri. Abafana ba APR FC batangiye kwizera intsinzi, aho bari gukubita ingoma zabo nta gihunga, ndetse biteguye gubirana i Kigali amanota atatu

    Umborenga Fitina amaze iminsi yarazamuye urwego, byitwezweko ashobora kuba nimero 2 ya mbere mu Mavubi ubwo ejobundi bazaba bahamagaye

    82″ Anicet arimo gukina yiharira umupira, twavuga ko ari nayo mpamvu umuvuko wo guhererekanya wagabanyutse. hari nkaho Anicet azamukanye umupira, Manishimwe aramusaba ari no muburyo bwiza, Anicet umupira awihera umuzamu.

    80″ kuva APR FC yakora impinduka, ubu umukino watuje amakipe arimo gukinira hagati, 

    Bizimana Yannick n’ubwo yahushije ibitego byinshi, ubu agejeje ibitego bibiri

    Nshuti yatsinze igitego cya 6 kuri penariti nyuma ahita asimburwa

    63″ Rutsiro barapfa kugera imbere y’izamu gusa ivimbi rigatumuka. umunyezamu Dukuzeyezu Pascal uzanzwe ariwe munyezamu wa mbere wa Rutsiro FC, aherutse kuvunika byatumye bashyiramo Delphin ariko ibintu arimo gukora hano ni ibitangaza kuko ari hasi cyane.

    60″ APR FC irasimbuje, Nshuti Innocent na Mugisha Gilbert bavuye mu kibuga hajyamo Ishimwe Anicet na Manishimwe Djaber

    54″ APR FC ibonye igitego cya 6 gitsinzwe kuri penariti itewe na Nshuti Innocent

    52″ Rutsiro ibonye igitego cya mbere gitsinzwe kuri penariti

    47″ nta n’umunota bisabye ngo APR FC itsinde igitego cya 5, gitsinzwe na Niyibizi Ramadhan mu buryo bwenda gusa n’igitego cya 4.

    46″ APR FC yinjiranye igitego

    APR FC itsinze igitego cya 4 gitsinzwe na Bizimana Yannick ku burangare bwa ba myugariro ba Rutsiro FC.

    I Muhanga amakipe agiye kuruhuka Kiyovu bayishyuye igitego, ubu ni kimwe kuri kimwe

    Abakinnyi 11 Police FC iri guhangana na Kiyovu Sports yakoresheje

    45″ Igice cya mbere kirarangiye amakipe agiye kuruhuka APR FC iyoboye umukino n’ibitego byayo bitatu.

    44″ Rutsiro FC yageraga imbere y’izamu rya APR FC irikumbuye cyane kuko bayinigiye hagati

    42″ Bizimana yari arimo guhusha ibitego byinshi kubera kwamurura hejuru y’izamu, iyo APR FC iba ntabitego yabonye, byari kumukoraho.

    Bizimana Yannick ati” urakoze mana

    40″ APR FC ibonye igitego cya 3

    Bizimana Yannick yatsinze igitego cya kane ku mupira wari uzamukanwe na Bosco, ahereza Umborenga, nawe wahise aha umupira Bizimana nta kuzuzayaza ahita awutereka mu izamu.

    31″ Igitego cya kabiri cya APR FC

    APR FC yatsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na Omborenga Fitina winjiye mu rubuga rw’amahina wenyine asatira umunyezamu areba uburyo ahagaze atereka umupira mu izamu.

    Umukino wabereye i Muhanga, Kiyovu Sports yamaze kubona igitego cya mbere cyatsinzwe na Norodien ku munota wa 3.

    Abakinnyi Kiyovu Sports ihanganye na APR FC yabanje mu kibuga

    Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro, APR FC iherutse kunganya na Ivoire Olympic yo mu cyiciro cya kabiri ubusa ku busa, mu gihe Rutsiro FC yatsindiwe i Gisenyi na Mukura ibitego 2-1

    15″ Rutsiro FC yabonye koroneri ya mbere ariko bayitera nabi irarenga

    13″ APR FC yanze kuva imbere y’izamu, Bizimana Yannick nawe yari atsinze igitego cya kabiri, umupira awuterana imbaraga nyinshi urenga izamu.

    09″ APR FC yabonye igitego

    APR FC yafunguye amazamu ku munota wa 9, ku gitego cyatsinzwe na Ruboneka Jean Bosco ku ishoti rikomeye cyane yatereye mu rubuga rw’amahina.

    Ishoti rya Bosco ryavuyemo igitego

    Ruboneka uvuka mu karere ka Gatsibo, ni umwe mu basore bazwiho amashoti akomeye kandi ya kure

    Abandi bakinnyi bagenzi be bahise bamusanganira bamufasha kwishimira igitego yari atsinze

    Abakinnyi 11 APR FC yabanje mu kibuga

    Kwizera Pierre, Omborenga Fitina

    Buregeya Prince

    Clement Niyigena

    Christian Ishimwe

    Mugisha Bonheur

    Ruboneka Jean Bosco

    Mugisha Gilbert

    Niyibizi Ramadhan

    Nshuti Innocent

    Yannick Bizimana

    Abakinnyi Rutsiro FC yabanje mu kibuga

    Musikia Delphin

    Niyonkuru Daniel

    Bwira Bandu Olivier

    Hitimana J Claude

    Iradukunda Pacifique

    Gakuru Matata

    Nkubito Amza

    Bugingo Samson

    Watanga Shukulu Jules

    Mundele Jonas

    NIZEYIMANA J Claude

    15:33″ Umukino watangijwe na Rutsiro FC nk’ikipe yasuye, umupira ukaba wakozweho bwa mbere na Bugingo Samson ari nawe rutahizamu w’iyi kipe uyu munsi.

    15:29″ Amakipe yari amaze gutombora ibibuga, Rutsiro FC ikina iganisha ku karere ka Bugesera, mu gihe APR FC ikina yerekeza ku Kawembe

    Rutsiro FC irashaka guhindura amateka mabi ifite imbere ya APR FC

    Abakinnyi ba APR FC babukereye bashaka gutsinda Rutsiro FC ku nshuro ya 5

    Uyu mukino wakurikiye uwabanje saa 12:30 PM aho Mukura yatsinze Bugesera FC igitego 1-0.

    Imibare y’ibanze mbere y’umukino

    Uyu mukino ubaye uwa 5 uhuje aya makipe mu mikino ya shampiyona, aho mu mikino 4 iheruka APR FC yayitsize yose. APR FC imaze gutsinda Rutsiro FC ibitego 11, mu gihe Rutsiro FC itarabasha gufungura amazamu imbere ya imbere ya APR FC.

    APR FC mu mikino 5 iheruka, imaze gutsindamo 4, itsindwa umwe. Rutsiro FC mu mikino 5 iheruka gukina ya shampiyona, yatsinzemo 1, inganya 2, itsindwa 2.

    Rutsiro FC iheruka gutsindwa na Rayon Sports, irasabwa kubona amanota 3 nibura ikinjira mu manota 20, gusa biragoye kubera uko yitwara iyo igeze imbere ya APR FC.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126698/live-apr-fc-igiye-kongera-kwima-igitego-rutsiro-fc-amafoto-126698.html

  • Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal yo ku munota wa nyuma #rwanda #RwOT

    Igitego cyo ku munota wa nyuma cya Nelson cyafashije Arsenal kwegukana intsinzi imbere ya Bournemouth, yashimishije abakunzi b’iyi kipe barimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’umufana wa yo ukomeye.

    Arsenal yagiye gukina uyu mukino iyoboye urutonde ndetse n’iyo itsindwa ntibyari kuyikura ku mwanya wa mbere.

    Ni umukino benshi bumvaga ko ushobora kuza korohera Arsenal cyane nk’ikipe yari imbere y’abafana ba yo kuri Emirates Stadium.

    Si ko byagenze ahubwo yaje kugorwa cyane kuko ku munota wa mbere, Philip Billing yahise atsindira Bournemouth igitego cya mbere.

    Arsenal yakoze ibishoboka byose ngo yishyure iki gitego ariko biranga bajya kuruhuka ari 1-0.

    Umutoza Arteta yatangiye igice cya kabiri akora impinduka, Tomiyasu aha umwanya Benjamin White.

    Izi mpinduka ntacyo zamufashije kuko ku munota wa 57 Marcos Senesi yatsindiye Bournemouth igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Joe Rothwell.

    Arsenal yongeye kubona ko byose bishoboka ku munota wa 62 ubwo Thomas Partey yayitsindiraga igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Emile Smith Rowe.

    Ku munota wa 69, umutoza Mikel Arteta yazanyemo Reiss Nelson asimbura Emile Smith Rowe.

    Ku munota wa 70 yahise aha umupira Benjamin White wahise atsindira Arsenal igitego cya 2.

    Arsenal yakomeje gusatira ishaka igitego cy’intsinzi ariko bibanza kwanga.

    Nelson winjiye mu kibuga nk’umucunguzi yaje guhesha amanota 3 Arsenal ubwo yatsindaga igitego ku munota wa nyuma w’umukino mu gihe benshi bari bizeye kunganya bamaze no kwiyakira.

    Umusifuzi yongeyeho iminota 6, ku munota wa nyuma Arsenal yabonye koruneri yatewe maze abakinnyi ba Bournemouth bawukuraho usanga Nelson wahise atsindira Arsenal igitego cy’intsinzi.

    Ni intsinzi yashimishije abakunzi benshi ba Arsenal barimo na Perezida Paul Kagame aho abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati “mbega ibihe byiza kuri Arsenal, umutoza, Nelson natwe twese abafana… byiza!!!”

    Nyuma yo gutsinda uyu mukino w’umunsi wa 26, Arsenal yakomeje kuyobora urutonde n’amanota 58, irarusha Manchester City ya kabiri amanota 6.

    Igitego cyo ku munota wa nyuma cya Reiss Nelson cyacunguye Arsenal

    Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/perezida-kagame-yishimiye-intsinzi-ya-arsenal-yo-ku-munota-wa-nyuma