Tag: Imikino

  • #VisitRwanda: Amafoto ya mbere ya Lionel Messi muri Paris Saint-Germain #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ifoto ya mbere ya Lionel Messi mu mwambaro wa Visit Rwanda
    Ifoto ya mbere ya Lionel Messi mu mwambaro wa Visit Rwanda

    Nyuma y’imyaka 21 mu ikipe ya FC Barcelone, umukinnyi Lionel Messi ubu yamaze kuba umukinnyi wa Paris Saint-Germain aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri ndetse n’undi umwe ushobora kwiyongeraho.

    Nyuma y’iminsi ibiri ategerejwe i Paris, ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 10 Kanama 2021 ahagana saa cyenda ni bwo rutahizamu ukomoka muri Argentine yari amaze gusesekara i Paris aho yakiriwe n’amagana y’abafana, abanza gufata umwanya wo kubasuhuza.

    Nyuma yaho Lionel Messi yaje guhita ajya gukora ikizamini cy’ubuzima mu bitaro by’Abanyamerika byitwa Neuilly-sur-Seine, nyuma ikipe ya Paris Saint-Germain iza guhita itangaza ko ari umukinnyi wayo mushya uzajya yambara nimero 30.

    Lionel Messi agera i Paris

    Akora ikizamini cy’ubuzima

    Lionel Messi azambara no 30 muri Paris Saint-Germain, ari na yo yahereyeho mu ikipe ya FC Barcelone

    Amafoto: Getty Images/Paris Saint-Germain

    source : https://ift.tt/3s5RvpV

  • Igiciro cy'umwenda #Messi azambara muri #PSG cyamenyekanye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma yuko Messi agiye muri PSG agahabwa nimero 30 ari nayo azajya yambara mu mugongo ndetse no ku ikabutura, igiciro cy'uyu mwenda we cyamaze gushyirwa ahagaragara.

    Nkuko tubikesha urubuga store.psg.fr, umwenda Messi azajya yambara urimo kugurisha 107.99€ akaba ari amafaranga y'U Rwanda asaga ibihumbi ijana na cumi.

    Source : https://yegob.rw/igiciro-cyumwenda-messi-azambara-muri-psg-cyamenyekanye/

  • Ingaruka ikipe ya PSG yahuye nazo ubwo Messi yayigeragamo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama nibwo inkuru yabaye kimomo ko Lionel Messi yageze mu ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa.

    Iyi nkuru yagize ingaruka zikomeye kuri konti z'imbuga nkoranyambaga za PSG cyane dore ko umubare w'abazikurikira wahise wiyongeraho abantu basaga ama miliyoni. Konti ya Twitter ya PSG (@psg_inside) yakurikirwagwa n'abasaga Miliyoni 7 kuri ubu irimo gukurikirwa n'abakabakaba Miliyoni 10 naho konti ya Instagram ya PSG yakurikiranwagwa n'abantu miliyoni 39 mbere yuko inkuru yuko Messi agiye muri PSG ivugwa. Kuri ubu Konti ya instagram ya PSG irakurikirwa n'abantu basaga Miliyoni 41.

    Source : https://yegob.rw/ingaruka-ikipe-ya-psg-yahuye-nazo-ubwo-messi-yayigeragamo/

  • ICI C'EST MESSI!!! PSG yatangaje ku mugaragaro Lionel Messi nk'umukinnyi wayo mushya inamuha nimero atazwiho [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Umunyabigwi Lionel Messi yamaze gusinyira ikipe ya PSG amasezerano y'imyaka 2 ashobora kwiyongeraho umwe ndetse azajya yambara No 30 mu mugongo nubwo yari amenyerewe kuri nimero 10.

    Lionel Messi wari umaze imyaka 21 muri FC Barcelona,yerekeje i Paris uyu munsi aho yasinye amasezerano mashya ndetse ahita yambara umwambaro w'iyi kipe iyoboye izindi mu Bufaransa.

    Akimara gusinya yagize ati “Mpanze amaso gutangira ubuzima bushya mu mwuga wanjye hano I Paris.Ikipe n'intego zayo bihuye neza cyane n'ibyanjye.Ndajwe ishinga no kubaka ikintu gikomeye kuri iyi kipe n'abafana bayo.Sinjye uzabona nteye intambwe yerekeza mu kibuga cya Parc des Princes.'

    Messi w'imyaka 34 agiye kuzajya ahembwa miliyoni 35 z'amayero buri mwaka muri PSG ndetse azanwe kugira ngo aheshe iyi kipe igikombe cya UEFA Champions League itaratwara mu mateka yayo.

    Kuri uyu wa Gatatu nibwo Lionel Messi arerekwa itangazamakuru ndetse ariganirize byinshi ku kazi ke muri PSG.

    Messi na Neymar bagiye gukinana ku nshuro ya kabiri nyuma yo kubana muri FC Barcelona hagati ya 2013 na 2017, yagaragaye asa n'uwemeza ko byarangiye, aho yashyize hanze ifoto ari kumwe na Messi, ayikurikiza amagambo agira ati 'Turasubiranye'.

    Ubwo bari kumwe i Camp Nou, batwaye ibikombe bibiri bya La Liga, Copa del Rey eshatu na UEFA Champions League.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ici-c-est-messi-psg-yatangaje-ku-mugaragaro-lionel-messi-nk-umukinnyi-wayo

  • Ikipe y'igihugu ya South Sudan yamaze gusesekara i kigali yitegura FIBA Afrobsaket 2021 #rwanda #RwOT

    South Sudan  ni yo kipe ya mbere yageze mu Rwanda aho igomba kwitabira irushanwa rya afrobasket izabera muri Kigali kuva tariki 24 Kanama kugeza 5 Nzeri 2021.  .Amavubi: U20 yabagore yahamagawe nyuma y'igihe kinini itagaragara Iyi kipe ikaba ariyo yambere isesekaye mu Rwanda kugira ibanze yitegure irushanwa neza, South Sudan mukarere ikaba arimwe mu makipe y'ibihugu […]

    The post Ikipe y'igihugu ya South Sudan yamaze gusesekara i kigali yitegura FIBA Afrobsaket 2021 appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2021/08/10/ikipe-yigihugu-ya-south-sudan-yamaze-gusesekara-i-kigali-yitegura-fiba-afrobsaket-2021/

  • Mu mwambaro wa Visit Rwanda, Miss Sonia Rolland yagaragaje ko ari mu bari bategereje Messi i Paris(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Mu mwambaro wa Visit Rwanda, Nyampinga w’u Bufaransa 2000, umunyarwandakazi Sonia Rolland yasabye abantu ko mu ihe bategereje Lionel Messi ugiye gusinyira ikipe ya Paris Saint Germain gusura u Rwanda.

    Kuva k’umunsi w’ejo hashize ibihumbi by’abantu mu Bufaransa bari bategereje umunyabigwi muri ruhago ukomoka mu gihugu cya Argentine, Lionel Messi ni nyuma yo kwemeza ko nyuma yo gutandukana na FC Barcelona indi kipe ashobora gusinyira ari PSG.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Miss Sonia Rolland yashyizeho amafoto abiri yambaye Jersey ya PSG yanditseho Visit Rwanda nk’umuterankunga w’iyi kipe, asaba abantu gusura u Rwanda.

    Ati “mu gihe dutegereje Messi. Sura u Rwanda (Visit Rwanda).”

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021 nibwo Lionel Messi yafashe rutimikerere we n’umuryango we(Umugore n’abana) bava muri Espagne berekeza mu Bufaransa aho uyu mukinnyi agiye kurangizanya na Paris Saint Germain(PSG).

    Messi yageze mu Mujyi wa Paris afotorwa yambaye umupira w’umweru wanditseho ‘Ici c’est Paris’.

    Ni mu gihe ikipe ya Paris Saint Germain yashyize kuri Twitter yayo amashusho agaragaza Ballon d’Or 6 zimaze kwegukanwa n’uyu rutahizamu.

    Ibi byose bikaba bigagaragaza ko bisa n’ibyarangiye uyu mukinnyi agiye gukinira PSG hasigaye gusinya gusa.

    Bivugwa ko azahembwa miliyoni 53£ ku mwaka, bityo akazajya ahembwa miliyoni 1£ ku cyumweru. Azaba ari mu bishyura umusoro wa 45% mu Bufaransa, asigarane ibihumbi 550£ ku cyumweru.

    Agiye muri FC Barcelona aho asanze Neymar Jr bakinanye muri FC Barcelona mbere y’uko ayivamo muri 2017.

    👀 pic.twitter.com/y5IbqL69Z4

    — Paris Saint-Germain (@PSG_inside) August 10, 2021

    Mu mwambaro wa Visit Rwanda, Sonia Rolland yari ategereje Messi

    Se wa Messi yari agoswe n’itangazamakuru rimubaza ahazaza ha Messi

    Messi n’umugore we mu ndege berekeje i Paris

    Messi n’umuryango we baraye i Paris

    Yageze i Paris yambaye umupira wanditseho ‘Ici c’est Paris’

    Hagati y’umwambaro wa Neymar na Mbappe haraburamo umwambaro, ni mu mashusho banyujije kuri Twitter yabo

    Muri aya masuhusho kandi berekanyemo Ballon d’Or 6

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-mwambaro-wa-visit-rwanda-miss-sonia-rolland-yagaragaje-ko-ari-mu-bari-bategereje-messi-i-paris-amafoto

  • Breaking news!Messi yamaze gusinyira PSG imyaka 2. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'ikipe y'igihugu ya Argentine Lionel Messi wari umaze imyaka igera kuri 21 mu ikipe ya FC Barcelona yo mu gihugu cya Espagne, yamaze gusesekara mu gihugu cy'Ubufaransa aho agiye gushyira umukono ku masezerano yo gukinira ikipe ya Paris Saint-Germain.

    Nkuko ibinyamakuru bitandukanye bikomeje kugenda bibyandika, biravuga ko Lionel Messi w'imyaka 34 y'amavuko yamaze kugera mu gihugu cy'ubufaransa, aho bivugwa ko agiye gusinyira ikipe ya Paris Saint-Geramain amasezerano y'imyaka ibiri azamugeza mu mwaka wa 2023 ariko ashobora kuziyongeraho undi mwaka umwe akaba yazageza mu mwaka wa 2024 agikinira iyi kipe.

    Uyu rutahizamu Lionel Messi aheruka gutandukana n'ikipe ya FC Barcelona yamureze ikamugira uwo ariwe uyu munsi, bakaba baratandukanye nyuma yaho iyi kipe inaniwe kugumana uyu mukinnyi bijyanye n'ibibazo by'amafaranga bikomeje kuyigaragaramo ndetse n'ibijyanye n'ubwumvikane butigeze bugenda neza hagati y'iyi kipe ndetse n'ubuyobozi bwa shampiyona y'igihugu cya Espagne (La Liga Santander).

    Lionel Messi akaba yamaze gushyika mu gihugu cy'ubufaransa ari kumwe n'umuryango we ndetse na papa we umubyara witwa Jorge Messi usanzwe ari nawe umureberera inyungu, ibi bibaye nyuma yaho ku munsi wejo hashize tariki ya 9 Kanama 2021 abafana ibihumbi bari bagiye ku kibuga cy'indege gutegereza uyu rutahizamu ariko amaso yabo agahera mu kirere kuko uyu mukinnyi atigeze ava mu gihugu cya Espagne mu ntara ya Catalogna.

    Amakuru akomeza ko ikipe ya Paris Saint-Germain yamaze kumvikana ibintu byose na rutahizamu Lionel Messi ndetse kuba yamaze kugera mu gihugu cy'Ubufaransa ibintu byose bigiye guhita birangira agashyira umukono ku masezerano, aho bivugwa ko azajya ahembwa amafaranga arenga miliyoni 35 z'amayero buri mwaka ndetse akazaba ari mukinnyi uhembwa amafaranga menshi muri iyi kipe.

    Mbere y'uko Lionel Messi yerekeza mu gihugu cy'Ubufaransa, hari amakuru yavugaga ko ubuyobozi bw'ikipe ya FC Barcelona bwegereye uyu mukinnyi ndetse na papa we Jorge Messi kugira ngo baganire niba Lionel Mesi yaguma I Catalogna gusa ngo yabahakaniye ababwira ko yamaze kwemeranya n'ikipe ya Paris Saint-Germain kuyerekezamo kandi adashobora kurenga kubyo bemeranyije.

    Source : https://yegob.rw/breaking-newsmessi-yageze-i-paris/

  • Abakinnyi 39 b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'Abagore bari munsi y'imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y'igikombe cy'isi cya 2022 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mbere nibwo ikipe y'igihugu y'abakobwa bari munsi y'imyaka 20 y'amavuko yatangiye umwiherero wo guhatanira itike y'igikombe cy'isi kizaba umwaka utaha muri 2022, muri urwo rwego ikipe y'igihugu iritegura gukina na Ethiopia mu mikino ibiri iteganyikwe mu kwezi gutaha kwa Nzeri.

    Kugeza ubu iyi kipe iri gutozwa na Nyinawumuntu Grace, yahamagaye abakinnyi 39 batangiranye umwiherero kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Kanama 2021 igizwe n'abakinnyi biganje mu makipe yo mu cyiciro cya mbere mu bagore giheruka gukinwa muri Werurwe 2020.

    Igikombe cy'isi kirimo gutegurwa kizabera mu gihugu cya Costa Rica muri Kanama 2022, kizitabirwa n'amakipe 16 avuye ku migabane itandukanye y'isi.

    Igikombe cy'isi giheruka cyegukanywe n'ikipe y'igihugu y'u Buyapani.
    Abakinnyi 39 batangiye umwiherero ukorerwa kuri Sitade Amahoro i Remera :

    Abanyezamu :

    1.Mutuyimana Elizabeth (APAER WFC)
    2.Uwase Béatrice (APAER WFC)
    3.Ufitimana Diane (Rambura WFC)
    4.Uwineza Belise (Rugende WFC)

    Ba myugariro :
    1.Uzayisenga Lydia (APAER WFC)
    2.Niyonsaba Diane (APAER FC)
    3.Umurerwa Nadège (APAER WFC)
    4.Giribanga Niwe Rosine (Rambura WFC)
    5.Mukamukama Jeannette (Les Lionnes WFC)
    6.Muhawenimana Olive (Fatima)
    7.Mukaruziga Jeannette (AS Kigali WFC)
    8.Iragena Dativa (Nasho WFC)
    9.Dukorerimana M Catherine (Fatima)

    Abakina hagati:
    1.Gikundiro Solange (APAER WFC)
    2.Nyirabeza M Chantal (APAER WFC)
    3.Ntakobatagira Nelly Salam (APAER FC)
    4.Niyonshuti Emérance (Kamonyi WFC)
    5.Ukwishaka Zawadi (Kamonyi WFC)
    6.Mwinyi Céline Sirleaf (Rambura WFC)
    7.Mushimiyimana Thacienne (Les Lionnes WFC)
    8.Tuyishimire Sami Albine (Les Lionnes WFC)
    9.Umwariwase Dudja (Fatima)
    10.Izabayo Clémence (IPM)
    11.Mutesiwase Latifa (Rugende WFC)
    12.Kampire Médiatrice (Gakenke WFC)
    13.Nyirarukundo (Gakenke WFC)

    Ba rutahizamu :
    1.Irumva Adelphine (Kamonyi WFC)
    2.Ingabire Aline (Kamonyi WFC)
    3.Umutuza Justine (Kamonyi WFC)
    4.Usanase Zawadi (Scandinavia)
    5.Ntakirutimana Belinda (Les Lionnes WFC)
    6.Nyirandagijimana Diane (AS Kigali WFC)
    7.KamikazI Yvonne (IPM)
    8.Iranzi Benitha (IPM)
    9.Uwituze Janvière (IPM)
    10.Uwimana Francine (Nasho WFC)
    11.Mushimiyimana Julienne (Nasho WFC)
    12.Uwimbabazi Fidelité (IPM)
    13.Mukandayisenga Jeannine (Inyemera WFC)

    The post Abakinnyi 39 b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'Abagore bari munsi y'imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y'igikombe cy'isi cya 2022 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/abakinnyi-39-bikipe-yigihugu-yu-rwanda-yabagore-bari-munsi-yimyaka-20-yatangiye-umwiherero-mu-rwego-rwo-guhatanira-itike-yigikombe-cyisi-cya-2022/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abakinnyi-39-bikipe-yigihugu-yu-rwanda-yabagore-bari-munsi-yimyaka-20-yatangiye-umwiherero-mu-rwego-rwo-guhatanira-itike-yigikombe-cyisi-cya-2022

  • IFOTO Y'UMUNSI: Messi yakiriwe nka Mesiya ubwo yari ageze I Paris #rwanda #RwOT

    Lionel Messi bidasubirwaho yamaze kuba umukinnyi wa Paris Saint-Germain aho arasinya amasezerano yo gukinira iyi kipe mu gihe cy'imyaka ibiri, gishobora no kongerwa kugeza mu 2024.

    Ku kibuga cy'indege cya Bourget Airport mu mujyi wa Paris,Messi yakiriwe n'abafana benshi ba PSG bamuhaye impundu ubwo yabapeperaga yambaye agapira kanditseho ngo aha ni I Paris 'ICI C'EST PARIS'.

    Ikipe ya PSG nayo ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yemeje ko yumvikanye na Lionel Messi kuzayikinira muri uyu mwaka w'imikino ugiye gutangira.

    Messi w'imyaka 34 agiye kuzajya ahembwa miliyoni 35 z'amayero buri mwaka muri PSG ndetse azanwe kugira ngo aheshe iyi kipe igikombe cya UEFA Champions League itaratwara mu mateka yayo.

    Neymar Jr usanzwe ari inshuti ya Messi nawe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yahise yandika ati 'Bwa nyuma turahuye.'

    Ku kibuga Parc des Princes no hirya no hino mu mujyi wa Paris, abafana ni benshi bose baje kureba kizigenza Messi watwaye Ballon d'Or 6.

    Messi n'umuryango we ndetse na se bagaragaye ku kibuga cya El Prat I Barcelona bagiye kurira indege ibazana I Paris.

    Hari indi foto yakwiriye hose Messi ari mu ndege ari kwifata selfie n'umugore Antonela Roccuzzo wahise wandikaho ati 'Tugana mu bihe bishya.'

    Hari hashize iminsi 2 abafana ba PSG birirwa ku kibuga cy'indege I Paris bategereje Messi ariko ntahagere.

    Messi wari umaze imyaka 21 muri FC Barcelona,azerekwa abanyamakuru ku munsi w'ejo ariko arara asinye amasezerano anakoze ikizamini cy'ubuzima.





    Umwami wa ruhago yageze I Paris!

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ifoto-y-umunsi-messi-yakiriwe-nka-mesiya-ubwo-yari-ageze-i-paris

  • Perezida wa Rayon Sports yavuze ku rubanza rwayo na Nishimwe Blaise ruri muri FERWAFA #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 10 Kanama 2021,ubwo yari mu kiganiro yagiranye na Radio Flash muri Porogaramu Umufana,Bwana Uwayezu yavuze ko bazitaba FERWAFA ku munsi w'ejo bagasubiza kuri iki kirego cya Blaise.

    Yagize ati ” Nibyo Ferwafa yaradutumiye, ejo tuzitaba. Muziko umukinnyi aba afite amasezerano n'ikipe nakwita umukoresha…, umwaka ushize Blaise yasinyeamasezerano y'imyaka imyaka 3 muri Rayon Sports.Ubu ngubu yari arangije umwaka umwe, yari asigaje imyaka ibiri.

    Mu rwego rw'amategeko twebwe ku ruhande rwa Rayon Sports dufata ko Blaise ari umukinnyi wa Rayon Sports. Ibyo asaba muri FERWAFA ni uburenganzira bwe, kuvuga ngo dusubiremo amasezerano …ejo tuzagenda twumve icyo abisobanuraho, natwe twerekane ko ari umukinnyi wacu dushingiye ku mategeko, hanyuma Ferwafa izafata umwanzuro…”

    Perezida wa Rayon Sports yavuze ko Ikipe yifuza Blaise Nishimwe [Bivugwa ko ari APR FC] yaje kureba Rayon Sports ibabwira ko imushaka ariko ntibumvikanye ku giciro imutangaho.

    Perezida Uwayezu yavuze ko iyi kipe yifuza uyu mukinnyi yanze gutanga amafaranga yaciwe ariyo mpamvu bagomba kumugumana cyane ko n'amafaranga yari aberewemo yayishyuwe.

    FERWAFA yamenyesheje Rayon Sports na Nishimwe Blaise ko bagomba kwitaba Akanama Nkemurampaka kayo ku wa Gatatu, tariki ya 11 Kanama 2021 saa Munani ndetse bakabanza kwipimisha COVID-19.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/perezida-wa-rayon-sports-yavuze-ku-rubanza-rwayo-na-nishimwe-blaise-ruri-muri