Tag: Imikino

  • #AfroBasket2021: Tunisia ibitse igikombe giheruka yageze mu Rwanda (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo u Rwanda rwakire igikombe cya Afurika mu mukino wa Basketball “FIBA AFROBASKET 2021”, ibihugu bitanu ubu bimaze kugera mu Rwanda.

    Ku gicamunsi cy’ejo ikipe y’igihugu ya Uganda yari yabanje kuvugwaho ikibazo cy’amikoro yageze mu Rwanda, aho yaje ikurikiwe n’ikipe y’igihugu ya Tunisia inafite igikombe cya AfroBasket giheruka.

    Tunisia igera mu Rwanda…..

    Iyi Tunisia ifite igikombe giheruka, iri mu itsinda B hamwe na Central African Republic (CAF), Misiri (izo zombi nazo zageze i Kigali) ndetse na Guinea itaragera mu Rwanda.

    Kugeza ubu ibihugu bimaze kugera mu Rwanda ni Sudan y’Amajyepfo, Republika ya Centrafrika, Misiri, Uganda yaje ejo ku manywa ndetse,Tunisia ndetse n’u Rwanda ruzaba rwakira aya amrushanwa.

    Imikino ya AfroBasket 2021 izabera muri Kigali Arena, izatangira guhera taliki 24 Kanama kugeza taliki 05 Nzeri 2021, aho ku munsi wa mbere ruzakina na Republika Iharanira Demokarasi ya Congo ku i Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

    AMAFOTO: Muzogeye Plaisir

    source : https://ift.tt/3j06vTf

  • Héritier Luvumbu wakiniraga Rayon Sports yasinye umwaka muri Angola #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’amezi yari yarasinyiye ikipe ya Rayon Sports akayikinira imikino ya shampiyona yakinwe mu buryo bw’amatsinda, Héritier Nzinga Luvumbu ntiyabashije gukomezanya n’iyi kipe yifuzaga kuba yamwongerera amasezerano.

    Héritier Luvumbu wigaruriye abakunzi ba Rayon Sports mu minsi mike yabakiniye, ubu yasinye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya Clube Desportivo Primeiro de Agosto ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Angola.

    Luvumbu yahawe numero 9 mu ikipe ye nshya

    Luvumbu yahawe numero 9 mu ikipe ye nshya

    Uyu mukinnyi ushobora gukina aca ku ruhande cyangwa inyuma ya rutahizamu yakinnye mu makipe arimo Royale Union saint-gilloise yo mu Bubiligi, akinira AS FAR Rabat ndetse na Athletic Youssoufia Berrechid zo muri Maroc, ubu akaba yakiniraga Rayon Sports yo mu Rwanda.

    Héritier Luvumbu yari amaze iminsi akinira Rayon Sports
    Héritier Luvumbu yari amaze iminsi akinira Rayon Sports

    source : https://ift.tt/37Y7xsK

  • Abanyarwanda bazajya kureba Afrobasket2021 muri Kigali Arena bose bagomba kuba barikingije COVID-19 #rwanda #RwOT

    Iri shyirahamwe ryashyize hanze itangazo rivuga ko ku bufatanye bwaryo na Minisiteri ya Siporo, bishimiye kumenyesha abakunzi ba Basketball ko bazajya kwihera ijisho imikino y’iki gikombe izatangira tariki 24 Kanama kugeza tariki 05 Nzeri 2021.

    Iri tangazo rivuga ko abazemererwa kureba iriya mikino bagomba kuba bisuzumishije COVID-19 bakoresheje uburyo bwihuse buzwi nka Rapid Test kandi igisubizo kigaragaza ko batanduye mu masaha atarenze 48.

    Iri tangazo rikomeza rigaragaza ingingo zisabwa, riti 'Kuba barakingiwe (nibura urukingo rwa mbere) rwo kwirinda COVID-19 ku Banyarwanda.'

    Rivuga kandi ko ku bantu batarahabwa urukingo na rumwe, hateganyijwe uburyo bazakingirwa mu gikorwa kizabera kuri Camp Kigali.

    Naho 'Kwipimisha COVID-19 bizabera kuri Sitade Amahoro i Remera ndetse no ku bitaro byigenga bibifitiye uburenganzira.'

    Iri tangazo rinagaragaza ibiciro by’amatike yo kureba umupira aho mu myanya y’icyubahiro VIP ari ibihumbi 15 Frw, mu cyiciro cy hasi bikazaba ari ibihumbi 10 Frw naho icyiciro cyo hejuru byo bikazaba ari 7 000 Frw.

    Rivuga ko ibi biciro byose birimo n’ikiguzi cyo kwipimisha ku bazipimishiriza kuri sitade Amahoro.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Abanyarwanda-bazajya-kureba-Afrobasket2021-muri-Kigali-Arena-bose-bagomba-kuba-barikingije-COVID-19

  • Luvumbu wakunzwe cyane muri Rayon Sports yateye umugongo iyi kipe #rwanda #RwOT

    Mu mezi abiri yayikiniye, byari bihagije ngo yigarurire imitima y’abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports, Heritier Lumbuvu byari byitezwe ko ashobora kongera amasezerano muri iyi kipe arimo yamaze gusinyira ikipe ya Desportivo Huíla 1o de Agosto muri Angola.

    Muri Mata 2021 nibwo Heritier Luvumbu Nzinga yasinyiye Rayon Sports kuyikinira shampiyona y’umwaka w’imikino 2020-21 yakinwe mu gihe cy’amezi 2.

    Nyuma y’uko shampiyona irangiye, abakunzi b’iyi kipe bari bazi ko azongerera iyi kipe amasezerano cyane ko n’ubuyobozi bw’iyi kipe bwari bwatangiye ibiganiro na we.

    Umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports aherutse gutangaza ko uyu mukinnyi arimo yifuza amfaranga menshi batabona.

    Heriter Nzinga Luvumbu akaba yamaze gusinya umwaka umwe w’amasezerano mu ikipe ya Desportivo Huíla 1o de Agosto.

    Luvumbu mu gihe gito yari amaze muri Rayon Sports, yigaruriye imitima y’abakunzi benshi

    Luvumbu yamaze gusinyira Desportivo Huíla 1o de Agosto

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/luvumbu-wakunzwe-cyane-muri-rayon-sports-yateye-umugongo-iyi-kipe

  • #Afrobasket2021: Abafana baremewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itangazo izo nzego zasohoye, ryibutsa abantu ko iyo mikino izatangira ku itariki 24 Kanama ikazasozwa ku ya 5 Nzeri 2021, ibi bikaba ari bimwe mu byo uwifuza kuzareba iyo mikino azaba yujuje:

    - Umuntu azagomba kwerekana ko yipimishije Covid-19 (Rapid test) mu masaha 48 kandi bikagaragara ko adafite icyo cyorezo.

    - Agomba kuba yarakingiwe Covid-19 nibura doze ya mbere.

    - Ku bazaba batarakingirwa, bashyiriweho aho bazahita bakingirirwa muri Camp Kigali.

    source : https://ift.tt/3CTA80x

  • Abakinnyi 5 bahembwa amafaranga make atajyanye n’umusaruro wabo muri shampiyona y’u Bwongereza(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Abakinnyi b’umupira w’amaguru ni bamwe mu bakinnyi bishyurwa agatubutse ku Isi, n’umukino ubwawo umaze imyaka n’imyaka werekana ko winjiza agatubutse, abawukina ni bamwe mu bantu babayeho neza.

    Miliyoni zirenga 100 z’amayero zabaye nk’icyita rusange ku isoko ry’abakinnyi aho umukinnyi umwe ayarenza, abakinnyi barenga 10 mu myaka 5 ishize buri umwe yagiye atangwaho arenga miliyoni 100 z’amayero.

    Ibi kandi bihita binagira ingaruka ku mishahara y’abakinnyi aho nk’abakinnyi nka Gareth Bale na Eden Hazard binjiza ku cyumweru amayero ibihumbi 692,660.

    Mu gihe bamwe bahabwa umurengera ariko hari bamwe bahembwa urusenda ugereranyije n’umusaruro wabo, imbaraga batanga kugira ngo ikipe igere ku musaruro yifuza.

    Twifashishishije inkuru y’ikinyamakuru SportsKeeda, tugiye kurebera hamwe abakinnyi 5 bahembwa amafaranga atajyanye n’umusaruro batanga.

    Decline Rice – £62,000

    Decline Rice, ni umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya West Ham United, akaba ari n’umwe mu bakinnyi beza muri shampiyona y’u Bwongereza, gusa ku cyumweru ahembwa amapawundi ibihumbi 62(£62,000).

    Uyu mukinnyi akaba yaragiye avugwa ko ashobora kuba yari kwerekeza mu ikipe ya Manchester United, Chelsea, nta gushidikanya ko ku mwanya we ari umwe mu bakinnyi beza ku mugabane w’u Burayi. Iyo urebye usanga ahembwa make ugereranyije n’abandi, nk’amakuru avuga N’Golo Kante umufaransa ukinira Chelsea ahembwa amapawundi ibihumbi 290 ku cyumweru.

    Ibihuha bivuga ko West Ham United izavugurura amasezerano ye aho umushahara we uzikuba 2 ugereranyije n’ayo yahembwaga.

    Scott McTominay – £20,000

    Scott McTominay ni umwe mu bakinnyi kuri ubu bafite akamaro mu ikipe ya Manchester United, umwaka ushize w’imikino yagiye agaragara nk’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri iyi kipe, kuba ari umwe mu bakinnyi iyi kipe itakwihanganira gutakaza mu buryo bworoshye, benshi bavuga ko uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe y’ikigugu nka Manchester United atari akwiriye guhembwa ibihumbi 20 by’amapawundi ku cyumweru nk’uko Sportsble.com ibitangaza ko ari ayo ahembwa.

    Kugira ngo ubyumve neza, umukinnyi nka Phil Jones, myugariro wasoje umwaka w’imikino wa 2020-21 akinnye imikino itarenze 5 ahembwa ibihumbi 75 by’amapawundi.

    Andy Robertson £50,000

    Robertson ni myugariro ukomoka muri Scotland ukina ku ruhande rw’ibumoso muri Liverpool, uwavuga ko ari we myugariro mwiza w’iruhande rw’ibumoso muri shampiyona y’u Bwongereza ntiyaba abeshye.

    Robertson akaba umukinnyi ntasimburwa muri iyi kipe, yisanze ahembwa make kuya ya Xherdan Shaqiri na Divock Origi, amakuru avuga ko uyu mukinnyi ashobora kuzahabwa amasezerano mashya aho ashobora kuzakubirwa umushahara we nk’uko byagendekeye Trent Alexander-Arnold wahembwaga ibihumbi 60 ubu akaba yarakubiwe inshuro 3.

    Bukayo Saka – £ 30,000

    Bukayo Saka ni umukinnyi w’imyaka 19 ukinira ikipe ya Arsenal, akaba yaragaragaje ko aifite impano idasanzwe, akaba yarafashije ikipe ye ya Arsenal mu mwaka ushize w’imikino aho mu marushanwa yose yakinnye imikino 46 akaba yaragize uruhare mu bitego 17 aho yatsinze ibitego 7 atanga imipira 10 yavuyemo ibitego, byatumye ava ku bihumbi 10 yahembwaga ku cyumweru ashyirwa kuri 30, ariko nabwo benshi bavuga atari yo akwiriye.

    Phil Foden – £ 30,000

    Phil Foden ni umukinnyi ukiri muto w’umwongereza ukinira ikipe ya Manchester City, amakuru avuga ko uyu mukinnyi ahembwa ibihumbi 30 by’amapawundi.

    Uyu mukinnyi wasinye imyaka 6 muri 2018, bivugwa ko iyi kipe yiteguye kumwongerera amasezerano ikaba yamuzamurira imishahara.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-5-bahembwa-amafaranga-make-atajyanye-n-umusaruro-wabo-muri-shampiyona-y-u-bwongereza-amafoto

  • Cristiano Ronaldo yavuze ko atazihanganira ab… – #rwanda #RwOT

    “Igihe kirageze ngo ngire icyo mvuga kuko  sinshobora kwihanganira abantu bakina n’izina ryanjye. Ndacyashishikajwe n’umwuga wanjye rero niyitaho ndetse ntegura ejo hazaza hanjye kugira ngo mpangane n’ibyo mpura nabyo.”Cristiano Ronaldo.


    Ibi byose Ronaldo yabigarutseho nyuma y’ikinyamakuru cyo mu Butaliyane Daily dello sport cyari cyavuze ko uhagarariye uyu mukinnyi Jorge Mendes yaba yabwiwe na Manchester City ko imushaka, hakaza andi makuru avuga ko PSG iteganya gutwara uyu mukinnyi mu mwaka utaha, ndetse ko na Real Madrid yaba yifuza uyu mukinnyi ko yagaruka mu rugo. Ronaldo akomeza avuga ko abantu bamuzi atari uko atekereza. Yagize ati: “Abanzi neza bazi ukuntu nkunda akazi kanjye. Gusa ku byabaye byose ngomba kugira icyo mbivugaho kuko habayeho kutanyubaha no kubaha Real Madrid na Juventus”.


    “Amateka yanjye muri Real Madrid yaranditswe, arabitswe haba mu mibare no mu magambo, mu bikombe n’imidari. Tutagendeye ku byo nakoze ndabizi neza ko mu myaka 9 namaze muri Real Madrid nari mfite umubano mwiza n’abafana abayoboye kandi baranyubahaga nanjye mbubaha. Gusa kuri ubu hari uruhererekane rw’inkuru zinjyana mu makipe atandukanye kandi nta muntu n’umwe wigeze ashaka kumenya ukuri kwa nyako cyangwa se ngo nibura atubaze, bivuze ko muri macye ibiri kuvugwa byose ari ugusetsa abantu gusa.”


    Kuri uyu wa kabiri nyuma yo kubona ibi byavuzwe, umutoza wa Real Madrid, Ancelotti yagize icyo avuga kuri Ronaldo no kuba yagaruka muri Real Madrid. Yagize ati: “Nka Real Madrid ntabwo twigeze dushaka kugarura Cristiano Ronaldo wafashije iyi kipe kwegukana ibikombe 4 bya Champions League. Ronaldo ni umunyabigwi wa Real Madrid kandi ndamukunda nkanamwubaha, sinigeze mpitamo kuba twamusinyisha. Ubu turi kureba ibindi.

    Ronaldo yavuye muri Real Madrid mu 2018 ajya muri Juventus akaba amaze gutwara shampiyona 2 n’igikombe cy’uburayi.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108708/cristiano-ronaldo-yavuze-ko-atazihanganira-abantu-bakina-nizina-rye-kandi-batamuzi-neza-108708.html

  • Bamwe mu bakina hanze batangiye imyitozo mu Mavubi, abandi bazahurira nayo muri Maroc #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri Stade Amahoro ndetse na Stade ya Kigali i Nyamirambo, hakomeje kubera imyitozo y’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru “Amavubi”, mu gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022.

    Iyi mikino u Rwanda ruri mu itsinda E aho rugomba gukina n’ikipe y’Igihugu ya Mali tariki ya 01 Nzeri 2021, aho umukino uzabera Agadir muri Maroc, nyuma rukakira Ikipe y’Igihugu ya Kenya ku itariki ya 5 Nzeri 2021 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

    Mu bakinnyi bahamagawe bakina hanze y’u Rwanda kugeza ubu uwatangiye imyitozo ni BUHAKE Twizere Clement ukina muri Strømmen IF yo muri Norvége. Undi mukinnyi waje avuye hanze ni Byiringiro Lague wari umaze iminsi akora igeragezwa hanze y’u Rwanda ariko bikaba bitaramukundira kubona ikipe.

    Myugariro RUKUNDO Denis wavuye Uganda agiye mu ikipe ya AS Kigali yamaze gusinyira, yahitiye mu kato k’iminsi irindwi nk’uko amabwiriza abiteganya, ubu nawe akaba ari gukorana imyitozo n’abandi bakinnyi b’Amavubi.

    Ku bandi bakinnyi bahamagawe bwa mbere baturutse mu gihugu cya Uganda ari bo NSENGIYUMVA Isaac (Express FC, Uganda) ndetse na Jamil Kalisa wa Vipers nabo kugeza ubu baracyari mu kato aho bagombagakongera gupimwa uyu munsi bakabona gusanga abandi uyu munsi mu myitozo

    Bizimana DJIHAD ukina mu ikipe ya KMSK Deinze azasanga abandi Agadir muri Maroc nyuma y’umukino afite tariki tariki 29/08/2021, naho abandi bakinnyi hataramenyekana igihe bazazira.

    source : https://ift.tt/3y26odX

  • U Rwanda na Arsenal bongereye amasezerano azwi nka Visit Rwanda #rwanda #RwOT

    Ikigo cy'Igihugu cy'Iterambere (RDB) cyemeje ko amasezerano y'ubufatanye hagati y'u Rwanda n'ikipe ya Arsenal azwi nka visit Rwanda  yongerewe.

    Ni amasezerano yongerewe nyuma y'imyaka itatu impande zombi zitangiye ubufatanye.

    Ni ubufatanye bwatangiye gushyirwa mu bikorwa muri 2018 bugamije gukangurira abatuye Isi kuza gusura u Rwanda 'Visit Rwanda', hagamijwe guteza imbere ubukerarugendo.

    RDB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yashimangiye ko nyuma y'imyaka itatu y'imikoranire yatanze umusaruro, bityo impande zombi ziyemeza kongera igihe amasezerano yari kumara mu 2019 bikaba byaratangajwe tariki 14 Gicurasi 2021 ubwo hamurikwaga umwambaro wo hanze w'iyi kipe.

    Nk'uko bitangazwa n'iki kigo mu mwaka wa mbere w'imikoranire, umusaruro w'ubukerarugendo bw'u Rwanda wiyongereyeho 17% ugera kuri miliyoni 498$ mu 2019 uvuye kuri miliyoni 425$ mu 2018.

    Iki kigo cyakomeje kigaragaza ko Ba mukerarugendo baturutse mu Burayi biyongereyeho 22% na 17% by'umwihariko abaturutse mu Bwongereza.

    Kongera aya masezerano ngo bizatanga umusaruro hagendewe ku byari byarakozwe mu myaka itatu ishize.

    Kuri ubu aya masezerano yitezweho kugira uruhare mu kuzahura ubukungu bw'u Rwanda bwahungabanyijwe na covid-19 by'umwihariko ingeri y'ubukerarugendo.

     Aya masezerano kandi ngo azakomeza kubyaza umusaruro ubunararibonye bwa Arsenal mu guteza imbere umupira w'amaguru mu Rwanda, hibandwa kukuzamura imitoreze y'abatoza b'umupira w'amaguru mu Rwanda.

    The post U Rwanda na Arsenal bongereye amasezerano azwi nka Visit Rwanda appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/18/u-rwanda-na-arsenal-bongereye-amasezerano-azwi-nka-visit-rwanda/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=u-rwanda-na-arsenal-bongereye-amasezerano-azwi-nka-visit-rwanda

  • Rutahizamu w’umunyarwanda yerekeje mu cyiciro cya mbere muri Cyprus #rwanda #RwOT

    Rutahizamu uvuka kuri nyina w’umunyarwandakazi wanatangaje ko yifuza gukinira Amavubi, Kevin Monnet-Paquet wakiniraga ikipe ta Saint Etienne mu Bufaransa, yamaze kwerekeza muri Aris Limassol yo mu cyiciro cya mbere muri Cyprus.

    Muri Gicurasi uyu mwaka, nibwo Saint Etienne yatangaje ko uyu mukinnyi wari umaze imyaka 7 akinira iyi kipe ko batazakomezanya mu mwaka utaha w’imikino(2021-22), ni nyuma y’uko yari asoje amasezerano ye.

    Ejo nibwo twabagejejeho inkuru y’uko uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri Aris Limassol, ni nyuma yo gutangaza ko na we abona igihe cyo gutandukana na Saint Etienne cyari kigeze.

    Aris Limassol ikaba yasinyishije uyu mukinnyi amasezerano y’imyaka 2 ariko ashobora kongewaho umwe, akaba ari umwaka wayo wa mbere mu cyiciro cya mbere.

    Mu mpera za 2018 nibwo Kevin Monnet-Paquet yatangaje ko yiteguye kuba yakinira u Rwanda, nyuma yaje guhita ahura n’imvune yatumye adahamagarwa, nyuma yo gukira yahamagawe inshuro zigera kuri 2 ariko ntabwo yigeze yitabira ubutumira.

    Kevin Monnet paquet yabonye ikipe nshya

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-w-umunyarwanda-yerekeje-mu-cyiciro-cya-mbere-muri-cyprus