Tag: Imikino

  • Abakunzi ba Volleyball bemerewe kuzareba igikombe cya Afurika kizabera mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe mu minsi ibiri ishize hari hemejwe ko abafana bemerewe kuzareba imikino ya AfroBasket izabera mu Rwanda guhera ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha, ubu hari hatahiwe abakunzi b’umukino wa Volleyball.

    Iyi mikino ya Volleyball izabera muri Kigali Arena
    Iyi mikino ya Volleyball izabera muri Kigali Arena

    Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda “FRVB” ryamenyesheje abakunzi b’umukino wa Volleyball ko bemerewe kureba imikino y’igikombe cya Afurika mu bagabo n’abagore kizabera mu Rwanda mu byumweru bibiri biri imbere.

    Nk’uko bigaragara mu itangazo, hashyizweho amabwiriza abifuza kureba iyi mikino bazakurikiza, harimo kuba waripimishije COVID-19 mu masaha 48 no kuba byibuze warafashe urukingo rumwe.

    Nyuma ya Basketball, bwa mbere abakunzi ba Volleyball nabo bagiye kurebera imikino muri Kigali Arena
    Nyuma ya Basketball, bwa mbere abakunzi ba Volleyball nabo bagiye kurebera imikino muri Kigali Arena

    Iri rushanwa rizabera muri Kigali Arena kugeza ubu mu bagabo rizitabirwa n’ibihugu 20 ndetse na 16 mu bagore, aho mu bagabo bazakina kuva tariki 05 kugera 16/09, naho abagore bakazakina kuva taliki 10 kugera taliki 20/09/2021.


    source : https://ift.tt/2W36kOw

  • Jacques Tuyisenge yasohotse mu mwiherero w’Amavubi #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’ikipe ya APR FC na Mavubi, Jacques Tuyisenge yasohotse mu mwiherero w’ikipe y’igihugu Amavubi, ni nyuma yo guhabwa uruhushya rwo kujya kwitegura ubukwe afite kuri uyu wa Gatandatu.

    Jacques Tuyisenge ari mu bakinnyi 39 umutoza Mashami Vincent yahamagaye mu kwitegura imikino ibiri yo mu itsinda E mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi Amavubi azakinamo na Mali tariki ya 1 Nzeri na Kenya tariki ya 5 Nzeri.

    Uyu rutahizamu urimo witegura ubukwe na Musiime Recheal (Jordon) buzaba ku munsi w’ejo, akaba yasohotse mu mwiherero.

    Ku munsi w’ejo hashize ku wa Kane tariki ya 19 Kanama 2021 saa munani z’amanywa nibwo uyu rutahizamu yasohotse mu mwiherero agiye kwitegura ubukwe bwe biteganyijwe ko buzaba ejo ku wa Gatandatu tariki ya 21 Kanama 2021.

    Tariki ya 18 Gashyantare 2021, Jacques Tuyisenge na Jordon bari basezeranye imbere y’amategeko, ndetse ubukwe bwabo buba bwarabaye muri Gashyantare ariko kubera icyorezo cya Coronavirus leta yahise ihagarika ubukwe ntibwaba.

    Jacques Tuyisenge yamaze guhabwa uruhushya rwo kujya kwitegura ubukwe afite mu mpera z’iki cyumweru

    Jacques Tuyisenge ejo azakora ubukwe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/jacques-tuyisenge-yasohotse-mu-mwiherero-w-amavubi

  • Umuzamu Kimenyi Yves yatawe muri yombi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyezamu Kimenyi Yves wa Kiyovu Sports yatawe muri yombi na Police y'u Rwanda nyuma y'ibirori byo kwitegura umwana (baby shower) biherutse gukorerwa umukunzi we Miss Muyango Claudine.

    Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amashusho ndetse n'amafoto y'ibirori bya baby shower byakorewe Miss Muyango.

    Source : https://yegob.rw/umuzamu-kimenyi-yves-yatawe-muri-yombi/

  • Amakipe yose y’ikiciro cya kabiri 28 aramutse… – #rwanda #RwOT

    Hari hamaze igihe hibazwa niba imikino y’ikiciro cya kabiri izakinwa kuko byasaga n'aho iminsi yagiye Kandi ikiciro cya mbere cyo cyaramaze gukinwa. Nyuma y'aho Minisiteri ya Siporo ibwiriye FERWAFA ko yemerewe gusubukura imikino y’ikiciro cya mbere mu bagore, n’ikiciro cya kabiri mu bagabo n’abagore, kuri uyu wa Kane nibwo FERWAFA yakoze inama n’abanyamuryango b’ikiciro cya kabiri mu bagabo ndetse barebera hamwe uko imikino yakinwa mu gihe amakipe yose yaba yitabiriye.


    Rwamagana mu makipe ashobora kwiyandikisha 

    Ubuyobozi bwa FERWAFA bwerekanye  imbonerahamwe igaragaza uko amakipe yahura mu gihe kigera ku minsi 23 kandi hakaboneka amakipe 2 azamuka mu kiciro cya mbere.

    Mu gihe aya makipe yose yitezwe yaba yitabiriye, Tariki 18 Nzeri amakipe 28 yahita ahura mu mukino umwe utarimo uwo kwishyura ubundi hagasigara amakipe 14. Kugira ngo hakinwe imikino ya 1/8 harebwa amakipe 2 yatsinzwe neza akaba 16 agakina imikino ibanza niyo kwishyura aho tariki 21/22 hakinwa imikino ibanza, kwishyura bikaba tariki tariki 24 na 25. Imikino ibanza ya 1/4 yakinwa tariki 27 na 28 iyo kwishyura igakinwa tariki 30 na tariki 1. Imikino ya 1/2 ibanza yakinwa tariki 4 na 5 Ukwakira iyo kwishyura ikaba tariki 7/8, umwanya wa gatatu ukaba tariki 10 naho umukino wa nyuma ukaba tariki 11 Ukwakira 2021.


    Amagaju FC  mu makipe ashaka kuzamuka 

    Ushinzwe itangazamakuru muri FERWAFA Thabit Habineza aganira na InyaRwanda yadutangarije ko ibyo berekanye ari uko amakipe yakina mu gihe yose yitabiriye ariko nta mwanzuro n’umwe urafatwa. Yagize ati: 'Nta mwanzuro n’umwe urafatwa kuko amakipe yose agomba kubanza akiyandikisha niyo mpamvu natwe tutazi niba amakipe yose uko ari 28 aziyandikisha cyangwa se hakiyandikisha macyeya'. 

    Akomeza agira ati: 'Ubu urabizi neza ko kubera igenzura ryemerera amakipe gukina ndetse n’ibijyanye n’ikibuga hari amakipe bishobora kuzarangira atitabiriye. Mu gihe amakipe yose yaba yiyandikishije twakoresha iriya gahunda yo gukuranwamo. Amahirwe menshi navuga ko amakipe yose ataziyandikisha kandi nibigenda uko tuzakoresha ubundi buryo'. 


    Nyanza FC iherutse kongera kwemererwa kuba umunyamuryango mushya 

    Tumubajije kubijyanye  no kwiyandikisha, Thabit yadutangarije ko ari vuba cyane. Yagize ati: 'Amakipe yose yahawe igihe ntarengwa cyo ku wa 5 ko ikipe ishaka gukina ikiciro cya kabiri igomba kuba yariyandikishije ahasigaye tugasigara turebana n’amakipe yiyandikishije.” Ikiciro cya Kabiri cyari kimaze amezi hafi icumi kidakinwa kuri iyi nshuro kikazakinwa mu gihe gito gishoboka kugira ngo haboneke ikipe zisimbura Sunrise FC na As Muhanga zamanutse.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108760/amakipe-yose-yikiciro-cya-kabiri-28-aramutse-yiyandikishije-yakina-gute-mu-minsi-24-gusa-108760.html

  • N’Golo Kant muri batatu bahataniye igihembo… – #rwanda #RwOT

    Kante ahataniye iki gihembo na Jorginho bakinana muri Chelsea, wanafashije ikipe y'igihugu cye kwegukana igikombe cy'u Burayi muri uyu mwaka ndetse na Kevin DeBryune wafashije Manchester City kwegukana igikombe cya shampiyona mu Bwongereza.

    Ninde uhabwa amahirwe kurusha abandi yo kwegukana iki gihembo?

    N’Golo Kanté:


    Umwaka w'imikino wa 2020/21, ntabwo usanzwe kuri Kanté wafashije ikipe ye kwegukana igikombe cya UEFA Champions League nyuma y'imyaka 9, ari nacyo cya mbere yari ateruye mu mateka ye ndetse na UEFA Super Cup, agereka agahigo ku tundi.

    Uwavuga ko ibikombe Chelsea yegukanye uyu mwaka ibikesha N'Golo Kanté ntiyaba abeshye, kuko ibikorwa yakoze kuva mu mikino y'amatsinda kugeza ku mukino wa nyuma begukana iri rushanwa rihatse ayandi i Burayi, ubwabyo byivugira.

    Kanté yagiye atorwa nk'umukinnyi w'umukino, uba witwaye neza mu mukino wose, guhera muri ¼ kugeza no ku mukino wa nyuma, ibi bimugira umukinnyi mwiza w'irushanwa.

    Nta mukinnyi wigaragaje muri Champions League y'uyu mwaka kurusha N'Golo Kanté, ndetse akaba yaragiye abihemberwa kenshi kuri buri mukino yakinnye.

    Kanté ni umukinnyi ukina mu kibuga hagati, kenshi aba afasha ba myugariro kurinda izamu, ariko kandi agafasha na ba rutahizamu gusatira, akora byinshi mu kibuga bitashoborwa na buri wese.

    Kanté ni mwiza cyane kwambura imipira, akaba mwiza mu gutera imiserebeko, ikindi kandi usanga ayobora Counter attack cyane iyo ikipe ye ishaka igitego kandi akabikora neza, imipira yo mu kirere biragoye kuyitwara Kanté, ikindi kandi ntabwo atakaza imipira kenshi ndetse no kumwambura umupira biragoye.

    Uburyo aba azenguruka ikibuga cyose ahiga umupira ndetse awutembereza uko ashaka, byatumye abakunzi b'umupira w'amaguru bamuha akazina k'akabyiniriro 'Man of everywhere' umugabo uba uri hose.

    Uruhare rwe mu guhesha Chelsea igikombe cya Champions League ntabwo rushidikanywa, ndetse byatumye benshi mu bakunzi b'umupira w'amaguru basaba ko yanahabwa igihembo gihabwa umukinnyi w'Indashyikirwa ku Isi 'Ballon d'Or' muri uyu mwaka kuko Kanté yabikoreye.

    N'ubwo Kanté w'imyaka 30 atagize byinshi afasha ikipe y'igihugu y'u Bufaransa mu irushanwa rya Euro 2020 butitwayemo neza, gusa benshi mu bakurikira umupira w'amaguru bemeza ko uyu Mufaransa afite amahirwe menshi yo kwegukana iki gihembo kuko yabikoreye uyu mwaka.

    Jorginho:


    Uyu Mutaliyani wigaragaje cyane mu mwaka ushize w'imikino, agafasha Chelsea kwegukana igikombe cya Champions League na UEFA Super Cup ndetse akanafasha ikipe y'igihugu y'u Butaliyani kwegukana igikombe cy'u Burayi 'Euro 2020' butsinze u Bwongereza ku mukino wa nyuma, byamushyize ku rwego rw'abakinnyi beza I Burayi, bagize ibihe bidasanzwe muri uyu mwaka.

    Mu mibare, Jorginho ari imbere mu bahabwa amahirwe yo kwegukana igihembo cy'umukinnyi w'umwaka I Burayi kubera uruhare yagize mu gufasha amakipe yakiniye akegukana ibikombe yahataniraga.

    Abasesenguzi mu mupira w'amaguru i Burayi, bashimangira ko nta gihindutse Jorginho azahabwa iki gihembo yakoreye uyu mwaka, kuko ntawamuhize ku ruhare rwe mu gufasha Chelsea gukora amateka muri Champions League nyuma y'imyaka 9, ndetse no gufasha u Butaliyani kwegukana igikombe cy'u Burayi.

    Kevin DeBryune:


    Uyu Mubiligi wafashije Manchester City kwegukana Premier League umwaka ushize, ndetse akanayigeza ku mukino wa nyuma wa Champions League bagatsindwa na Chelsea 1-0, ari ku rutonde rwa batatu bahataniye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka i Burayi.

    N'ubwo DeBryune ntakigaragara yafashije u Bubiligi mu gikombe cy'u Burayi 2020, gusa muri rusange yarigaragaje mu mwaka ushize w'imikino ndetse anafasha Manchester City gukora uduhigo dutandukanye turimo no kwegukana igikombe cya shampiyona y'u Bwongereza.

    Abasesenguzi b'umupira w'amaguru i Burayi, bavuga ko uyu Mubiligi nta mahirwe menshi afite kuko abo bahanganye bamurushije kugera kuri byinshi mu mwaka w'imikino ushize.

    Abakinnyi bahataniye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka i Burayi, bose bakina muri shampiyona y'u Bwongereza izwi nka 'Premier League'.

    Kanté, DeBryune na Jorginho hazavamo umukinnyi w’umwaka i Burayi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108758/ngolo-kante-muri-batatu-bahataniye-igihembo-cyumukinnyi-wumwaka-i-burayi-108758.html

  • N'golo Kante yashyizwe mu bakinnyi bazatorwamo uwitwaye neza kurusha abandi I Burayi #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru I Burayi ryamaze gutangaza abakinnyi yaba mu bagabo n'abagore bitwaye neza kurusha abandi mu mwaka w'imikino ushize barimo Umufaransa ukundwa na benshi N'golo Kante.

    Ibirori byo gutangaza abahize abandi muri UEFA bizaba kuwa Kane tariki ya 26 Kamena uyu mwaka ubwo hazaba hari kuba tombola yo gushyira amakipe mu matsinda ya UEFA Champions League 2021/22.Ibi birori bizabera muri Haliç Congress Center i Istanbul muri Turkey.

    Amatora yakozwe n'abatoza 24 bo mu bihugu byitabiriye EURO 2020 n'abandi 80 bo mu makipe atandukanye yakinnye amatsinda ya 2020/21 UEFA Champions League na UEFA Europa League.

    Hari kandi n'abanyamakuru 55 b'imikino bakomeye ku mugabane w'I Burayi.

    Abakinnyi 3 bazatoranwamo uwa mbere barimo:

    Kevin DE BRUYNE (Ububiligi — Manchester City FC)
    JORGINHO (Ubutaliyani — Chelsea FC)
    N'Golo KANTÉ (Ubufaransa— Chelsea FC)

    Mu bakinnyi b'Abagore hatowe: Jennifer HERMOSO (Espagne — FC Barcelona)Lieke MARTENS (Ubuholandi — FC Barcelona)na Alexia PUTELLAS (Espagne — FC Barcelona).

    Umutoza mwiza mu bagore azava hagati ya: Lluís CORTÉS (Espagne — FC Barcelona),Peter GERHARDSSON (Sweden — Ikipe y'igihugu ya Sweden),Emma HAYES (Ubwongereza — Chelsea FC Women).

    Umutoza mwiza mu bagabo azava hagati ya :

    Josep GUARDIOLA (Umunya Espagne— Manchester City FC)
    Roberto MANCINI (Umutaliyani— Ikipe y'igihugu y'Ubutaliyani)
    Thomas TUCHEL (Umudage— Chelsea FC)

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/n-golo-kante-yashyizwe-mu-bakinnyi-bazatorwamo-uwitwaye-neza-kurusha-abandi-i

  • Ingamba nshya mu ikipe nshya: Messi ashyize i… – #rwanda #RwOT

    Messi avuga ko abizi neza ko abafana ba PSG bakeneye ibirenze ibyo bagezeho mu myaka ishize kandi nawe ariyo ntego nyamukuru yamuzanye i Paris. Aganira na beIN Sports, uyu munya-Argentine yagize ati: 

    Nizeye ko PSG iri kwitegura kongera kwigaragaza cyane kuruta uko yigaragaje mu myaka ishize, mfite inzozi n'inyota yo kongera kwegukana Champions League. Mbijeje ko nzakora ibishoboka byose kugira ngo iyi kipe igere ku ntego yiyemeje, ndabizi ko bisobanuye byinshi ku ikipe, kuri njye ndetse no ku bafana.

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021, ni bwo Umunya-Argentine ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi muri ruhago yasinye amasezerano y'imyaka ibiri ashobora kongerwa mu ikipe ya PSG yo mu Bufaransa nyuma yo gutandukana na FC Barcelona yakiniye imyaka 21.

    Perezida wa Paris Saint-Germain, Nasser al-Khelaifi, yavuze ko kugira Messi bizafasha iyi kipe gukora amateka ku Isi. Yagize ati 'Nishimiye ko Messi yahisemo kuza muri Paris St-Germain kandi dutewe ishema no kumuha ikaze i Paris hamwe n'umuryango we'.

    Messi w'imyaka 34 agiye kuzajya ahembwa miliyoni 35 z'amayero buri mwaka muri PSG. Messi ufite amateka akomeye i Catalonia yari amaze imyaka 21, yatsindiye Barcelona ibitego 672 mu mikino 778, anayifasha kwegukana ibikombe 35 bitandukanye birimo ibya Champions League, iby'Isi ndetse n'ibya La Liga.

    Messi akomeje imyitozo mu ikipe ye nshya ya PSG


    Intego ya mbere Messi afite ni uguhesha PSG Champions League

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108749/ingamba-nshya-mu-ikipe-nshya-messi-ashyize-imbere-igikombe-cya-champions-league-kuruta-ibi-108749.html

  • Luvumbu Heritier yagiye mu ikipe igiye kuzajya imuhemba akayabo k'amadolari #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'umukongomanai,Luvumbu Heritie,yerekeje mu ikipe ya Clube Desportivo 1º de Agosto yo muri Angola izajya imuhemba akayabo ka miliyoni 12.5 FRW ku kwezi, amasezerano afite agaciro ka Frw 147M.

    Héritier Luvumbu wamaze amezi 2 akinira Rayon Sports, yasinye amasezerano y'umwaka ushobora kongerwaho undi 1.

    Nzinga Héritier Luvumbu w'imyaka 27 yageze mu Rwanda avuye muri Maroc, aho yageze muri 2018 agiye muri AS FAR batandukanye muri 2019 akajya muri Youssoufia Berrechid.

    Luvumbu wari kumwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri CHAN 2016 mu Rwanda, yakiniye kandi Union SG yo mu Bubiligi na AS Vita Club y'iwabo.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/luvumbu-heritier-yagiye-mu-ikipe-igiye-kuzajya-imuhemba-akayabo-k-amadolari

  • Hemejwe igihe shampiyona y’icyiciro cya kabiri izatangirira #rwanda #RwOT

    Inama yahuje FERWAFA n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri yemeje ko shampiyona y’umwaka w’imikino 2020-21 izatangira mu kwezi gutaha kwa Nzeri tariki ya 18.

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, ku munsi w’ejo ryatumijeho inama y’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri igomba kwiga uburyo shampiyona umwaka w’imikino 2020-2021 igomba gutanga amakipe asimbura Sunrise FC na AS Muhanga uburyo izakinwamo.

    Iyi nama yabereye kuri Hiltop Hotel uyu munsi guhera saa 10h, yanzuye ko iyi shampiyona igomba gutanga amakipe izakina mu cyiciro cya mbere umwaka w’imikino 2021-22 uzatangira mu kwa 10, izatangira mu kwezi gutaha.

    Biteganyijwe ko shampiyona izakinwa n’amakipe 28 ikazatangira tariki ya 18 Nzeri 2021 ikazasozwa tariki ya 11 Ukwakira 2021, mbere y’iminsi 5 kugira ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere itangire.

    Iyi nama ikaba igikomeje, byinshi bijyanye n’iyi shampiyona turacyabikurikirana…

    Shampiyona y’icyiciro cya kabiri izatangira mu kwezi gutaha

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/hemejwe-igihe-shampiyona-y-icyiciro-cya-kabiri-izatangirira

  • Afro Basketball: Abafana bemerewe kwinjra ku… – #rwanda #RwOT

    Kuva tariki 24 Kanama kugera tariki 5 Nzeri 2021 hano mu Rwanda muri Kigali Arena, hateganyijwe imikino y’igikombe cya Afurika kizitabirwa n’ibihugu bigera kuri 16.

    Binyuze mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda FERWABA, batangaje ko kuri ubu abafana bemerewe kwinjira muri iyi mikino ariko bakaba bujuje ibisabwa. 

    Mu bizagenderwaho kugira ngo abafana babashe kwinjira, harimo no kuba umufana yarikingije Covid-19. Umuntu uzajya yinjira muri Kigali Arena kureba iyi mikino agomba kuba yarikingije nibura inshuro imwe, kuba waripimishije Covid-19 nibura mu masaha 48.

    Umuntu ushaka kwikingiza akinjira muri iyi mikino azajya abanza ace muri Camp Kigali yikingize. Abashaka kwipimisha bazajya bapimirwa kuri Sidate Amahoro cyangwa ukipimishiriza aho ushaka ukazana ibisubizo. Itike zo kwinjira muri iyi mikino ziri mu bice bitatu harimo itike y’ibihumbi 15, ibihumbi 10 ndetse n’ibihumbu 7 kandi aya mafaranga yose azaba arimo n’ayo kwisuzumisha.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108733/afro-basketball-abafana-bemerewe-kwinjra-ku-kibuga-108733.html