Tag: Amakuru

  • Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y'ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Nzeri 2023, yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y'ibihe muri Afurika.

    Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, byatangaje ko Perezida Kagame aza kwifatanya na Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto n'abandi Bakuru b'Ibihugu, ndetse n'impirimbanyi mu bukangurambaga bwo guhangana n'imihindagurikire y'ibihe.

    Ni inama izamara iminsi itatu yateguwe ku bufatanye na Komisiyo y'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), ku bufatanye na Guverinoma ya Kenya.

     

     

    Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti 'Guharanira iterambere ritangiza ibidukikije n'ishoramari mu bisubizo bihangana n'imihindagurikire y'ibihe bibereye Afurika n'Isi yose.'

    Abandi bakuru b'ibihugu bitabiriye iyi nama, harimo Perezida Macky Sall wa Senegal, Denis Sassou Nguesso wa Repubulika ya Congo. Hari kandi Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye, Antonio Guterres ndetse n'Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

    Moussa Faki Mahamat, ku rubuga rwe rwa X rwahoze ari Twitter, yavuze ko iyo nama yitezweho gufasha umugabane wa Afurika, by'umwihariko mu kugena ibyo uzagaragaza mu nama ya 28 y'Umuryango w'Abibumbye yiga ku mihindagurikire y'ibihe (COP28), izabera muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu mu Ukuboza uyu mwaka.

    Iyo nama ibaye mu gihe iki cyumweru cyahariwe ubukangurambaga bwo guhangana n'imihindagurikire y'ibihe muri Afurika.

    Perezida William Ruto, biteganyijwe ko aza kugeza ijambo ku bitabiriye iyi nama, aho abagaragariza intego zayo mu gukemura ikibazo cy'imihindagurikire y'ikirere ndetse n'uburyo gikomeje guhangayikisha umugabane wa Afurika, ndetse no ku rwego rw'Isi muri rusange.

    Biteganyijwe ko iyi nama igomba kuba urubuga rwo kugaragaza, gushyira mu bikorwa, no kugira uruhare mu bigomba gushyirwamo imbaraga, mu gukemura ikibazo cy'imihindagurikire y'ibihe.

    Inkuru ya Kigali Today

    The post Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y'ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/perezida-kagame-yitabiriye-inama-yiga-ku-mihindagurikire-yibihe-muri-afurika-irimo-kubera-muri-kenya/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=perezida-kagame-yitabiriye-inama-yiga-ku-mihindagurikire-yibihe-muri-afurika-irimo-kubera-muri-kenya

  • Kamonyi-SACCO: Perezida n'Umucungamutungo (Manager) bafungiwe ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB Sitasiyo ya Musambira, Akarere ka Kamonyi ku wa 30 Kanama 2023 rwafunze uwitwa Sindikubwabo Jean Baptiste w'imyaka 46 y'amavuko akaba Perezida wa SACCO MBONEZISONGA MUSAMBIRA, hafungwa kandi Umucungamutungo(Manager) witwa Higiro Daniel w'imyaka 40 y'amavuko. Bombi, bakurikiranyweho icyaha cy'ubufatanyacyaha ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa SACCO.

    Ingano y'amafaranga yanyerejwe nkuko RIB ibitangaza ni; Miliyoni enye n'ibihumbi magana atandatu na cumi n'icyenda n'amafaranga magana cyenda na makumyabiri y'u Rwanda ( 4,619,920), byabaye ku wa 11 Kanama 2023.

    Abafashwe nkuko umuvuguzi wa RIB yabibwiye intyoza.com, bafungiye kuri RIB Sitasiyo ya Musambira mu gihe iperereza rikomeje hanatunganywa dosiye yabo kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko amakuru y'ifatwa rya Perezida wa SACCO MBONEZISONGA MUSAMBIRA ndetse n'Umucungamutungo(Manager) wayo ari impamo, ko bakurikiranyweho icyaha cy'' UBUFATANYACYAHA KU CYAHA CYO KUNYEREZA UMUTUNGO'.

    Akomeza avuga ko mu gihe icyaha bakurikiranyweho cyabahama, bahanwa nk'Abafatanyacyaha n'icyitso, bihanwa n'Ingingo ya 84 y'itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    Igihano: 'UMUFATANYACYAHA' ahanwa nk'uwakoze icyaha. 'KUNYEREZA UMUTUNGO' gihanwa N'ingingo ya 10 y'itegeko N°54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa, aho igihano ari Igifungo kitari munsi y'Imyaka 7 ariko kitarenze 10 n'Amafaranga y'u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z'agaciro k'umutungo yanyereje.

    Dr Murangira B Thierry, akomeza avuga ko RIB yibutsa Abaturarwanda bose ko itazihanganira uwo ariwe wese ukora icyaha nk'iki cyo kunyereza umutungo wa rubanda. Avuga kandi ko RIB ikangurira abantu gucika k'umuco wo guhishira icyaha cyangwa uwagikoze, ko kandi RIB ikangurira buri wese kumva ko gutangira amakuru ku gihe bifasha gukumira no kurwanya icyaha.

    Mu yandi makuru intyoza yabwiwe n'Umucungamutungo(Manager) wa SACCO MBONEZISONGA MUSAMBIRA ubwo yari atarafatwa, yabwiye umunyamakuru wamubazaga impamvu bakimenya iby'iyibwa ry'umutungo wa SACCO ari nawo w'Abanyamuryango batatanze ikirego ngo umukozi wafatanywe amafatanga akurikiranwe, avuga ko we nk'umukozi atari gufata icyemezo cyo kuba ariwe utanga ikirego, ko we icyo yakoze yandikiye abamukuriye abasaba ko nubwo uwo mukozi yafatanywe ayo mafaranga ndetse akaza kuyagarura, bakwiye gutanga ikirego RIB ikaba yakurikirana kuko hashobora no kuba haboneka ibindi bo batabasha gutahura.

    Hagati ya Perezida wa SACCO n'Umucungamutungo ariwe Manager, ku makuru intyoza ikesha bamwe mu banyamuryango ba SACCO, bavuga ko aba basanzwe batumvikana neza, ari nabyo bishobora kuba byaradindije cyangwa bikaba inkomyi mu itangwa ry'ikirego muri RIB.

    Uretse kandi uyu Perezida na Manager wa SACCO MBONEZISONGA MUSAMBIRA bafunzwe, bucyeye bwaho baraye bafashwe, abandi bakozi barimo ushinzwe amafishi ndetse na Kontabure nabo twamenye ko bitabye RIB Sitasiyo ya Musambira uretse ko bo batabagumanye.

    Soma hano inkuru ya mbere yakozwe ubwo twamenyaga iby'aya mafaranga;Kamonyi-Musambira: Umukozi wa SACCO yatahuwe amaze gutwara Miliyoni zisaga eshatu n'igice

    Munyaneza Theogene

    Source : https://www.intyoza.com/2023/09/01/kamonyi-sacco-perezida-numucungamutungo-manager-bafungiwe-ubufatanyacyaha-mu-kunyereza-umutungo/

  • Perezida Kagame yashimye akazi kakozwe n'Abajenerali baherutse kujya mu kirihuko cy'izabukuru #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, yagiranye inama n'abajenerali n'abandi basirikare bakuru baherutse kujya mu kiruhuko cy'izabukuru, abashimira umusanzu batanze mu kazi bari bashinzwe.

    Abasirikare bagiye mu kiruhuko cy'izabukuru bashimiye Umukuru w'Igihugu ku bw'imiyoborere myiza ye, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka u Rwanda.

    The post Perezida Kagame yashimye akazi kakozwe n'Abajenerali baherutse kujya mu kirihuko cy'izabukuru appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/09/01/perezida-kagame-yashimye-akazi-kakozwe-nabajenerali-baherutse-kujya-mu-kirihuko-cyizabukuru/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=perezida-kagame-yashimye-akazi-kakozwe-nabajenerali-baherutse-kujya-mu-kirihuko-cyizabukuru

  • Abitabiriye inama y'igihugu y'Abagore basabye ko hashyirwaho Banki y'abagore #rwanda #RwOT

    Hari abagore bitabiye Inama y'Igihugu y'abagore, bavuga ko  kutagira igishoro gihagije ku bashaka guhanga imirimo ibyara inyungu, bikiri imbogamizi izitira iterambere ryabo, bagasaba ko bashyirirwaho Banki yabo.

    Inama y'igihugu y'abagore ni urubuga rw'ubuvugizi n'ubukangurambaga ku bibazo by'abagore  hagamijwe kubongerera ubushobozi no kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu muri rusange.

    Inama rusange ya 22 y'abagore yagarutse kuri byinshi, byagira uruhare mu kuzamura iterambere ry'abagore.

    Bamwe muri bo bavuga ko habayeho Banki y'abagore, byakemura imbogamizi kuri bamwe mu batagira igishoro gihagije nk'imwe mu mbogamizi, zagaragajwe ku bagore bakora ubucuruzi. 

    Umwe ati 'Harabura iki ngo habe Banki y'abagore? Nk'abagore tugire banki yacu, ayo mafaranga tubona yose tujye tuyacisha muri banki yacu, tutarinze kuyanyuza muri BDF. Kuko urajya gusaba amafaranga muri Banki, bakakubwira ko hakirimo imbongamizi.'

    Mugenzi we ati 'Dushobora kuba dutangiye akantu ko kwizigamira k'abagore. Mu by'ukuri ntabwo umuntu yahaguruka ngo njye ndaje gutyo udafite umurongo ngenderwaho, ariko bibaye umwanzuro twagira uko twizigamira nk'abagore dutegereje ko n'iyo Banki izaboneka, buri wese uri hano mu bushobozi afite ashobora kugira ikintu ashyiramo.'

    Yakomeje agira ati 'Igishoro kidahagije ku bashaka guhanga imirimo ibyara inyungu no kuba abagore benshi badafite ubumenyi bwo gutegura imishinga. Aha hari benshi twazamura.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Inama y'Igihugu y'Abagore, Jacqueline Kamanzi, avuga ko nubwo hari ingero zaho izi Banki zikora neza, bisaba kubanza kujya inama.

    Ati 'Ikijyanye na Banki cyatekerejweho kandi kandi kiguma kigaruka kenshi, ni na byiza. Nibishoboka numva ari umwanzuro twafata ariko mu kubishyira mu bikorwa tuzakomeza tugishe inama ubuyobozi bwacu kuko n'ibi byose mu by'ukuri ni binini cyane.'

    Ministeri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Dr.Valentine Uwamariya, asanga   hakongerwa imbaraga mu gusobanurira bamwe mu bagore ko hari amahirwe ari mu kigega   BDF abateganyirijwe.

    Ati 'Ukurikije uko umuyobozi wa BDF yabisobanuye, birasaba ko twongera imbaraga mu bukangurambaga no gusobanurira abagore amahirwe ahari kugira ngo babashe kugera kuri ibyo byiza byabateganyirijwe cyane cyane bariya bagore bo hasi. Hari ho abasobanukiwe koko hariho n'abandi baba batazi ko ayo mahirwe ahari ndetse no gukomeza kubahugura no kubafasha gutegura iyo mishinga, kugira ngo babashe kubona ayo mahirwe.'

    Mu myaka 12 ishize ikigega gitera inkunga imishinga y'iterambere (BDF)  gitangiye, kigaragaza ko abagore bakitabira kigero cyo hasi, kuko  mu mishinga igera ku bihumbi 54, hagaragaramo igera kuri 20 yonyine.

    Mu  kongerera ubushobozi abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakorera  mu turere twa Rusizi na Rubavu, biteganyijwe ko amakoperative 39 bibumbiyemo azahabwa inkunga ya Miliyoni zisaga 59 z'amafaranga y'u Rwanda azbafasha kuzamura ubucuruzi bakora.

    KWIGIRA Issa

    The post Abitabiriye inama y'igihugu y'Abagore basabye ko hashyirwaho Banki y'abagore appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/09/01/abitabiriye-inama-yigihugu-yabagore-basabye-ko-hashyirwaho-banki-yabagore/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abitabiriye-inama-yigihugu-yabagore-basabye-ko-hashyirwaho-banki-yabagore

  • Inzego z'ibanze mu Karere ka Bugesera zasabwe kwita ku isuku zidakoreye ku jisho #rwanda #RwOT

    Guverineri w'intara y'Iburasirazuba CG Gasana Emmanuel, yasabye abayobozi mu nzego z'ibanze mu Karere ka Bugesera kwita ku isuku badakoreye ku ijisho no gutanga serivise nziza.

    Hari mu nama ya Komite mpuzabikorwa y'aka Karere yitsaga ku gutanga serivisi nziza no kwimakaza isuku mu Karere.

    Muri iyi nama, Guverineri CG Gasana Emmnauel, yikije kuri gahunda ya Smart Bugesera, igamije kugira aka Karere gakeye kandi karangwa n'imitangire inoze ya serivisi hatabayeho gukorera ku jisho.

    Ati 'Mu natra ayose cyane cyane nko muri Bugesera ho harabanje hakorwa igikorwa cy'ubukangurambaga, tubereka ibyo bakwiye kugenderaho barebaisuku icyo ivuze.[…]Ibikorwaremezo kwangirika n'amazu atuzuyeameze nabi n'ibihuru, ibintu byinshi bitandukanye twagiye tubibereka byose.'

    Yakomeje agira ati 'Nyuma y'igihe utarabyubahirije ngo abikurikirane birumvikana agomba gufatirwa ibyemezo, ni ukubazwa inshingano ndetse n'ubuyobozi bw'Akarere nabwo bwaranenzwe n'ubuyobozi bw'intara natwe twaranenzwe, nta kuntu igihugu cyaba gifite umurongo ngenderwaho na we ukaba utihuta mu gukemura ikibazo cyabonetse.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi, yavuze ko ubu bukangurambaga bwo kugira isuku bizeye ko bwageze kubayobozi bose, Kandi ko bemera kunengwa kuko ari kimwe mubyubatse igihugu cy' u Rwanda kandi ko haribyo bakwiye guhindura.

    Ati 'Icyo inama y'uyu munsi itumariye ni uko tutari twahura n'abayobozi bose b'imidugudu ngo dutangire ubutumwa hamwe, uretse kuvuga ngo twabuhaye ab'imirenge nabo babumanure. Kwizera ko bwageze kuri buri Mudugudu ni uburyo nk'ubw'inama mpuzabikorwa tukabiganirira hamwe, ubutumwa bakabutwarira hamwe ubundi tukajya mu ngamba tukareba ko twakemura ikibazo.'

    Yunzemo agira ati 'Mubyo kubazwa inshingano hamaze kubazwa inshingano benshi, duhereye no kuri twebwe, natwe turazibazwakuko iyi urundi rwego rwaje kukwereka ikibazo kiri iwawe na we uba wanenzwe, ibyo rero ni amahitamo nk'igihugu twakoze kubazanya inshingano kandi nk'uko mubizi kwemera kunengwa/kunenga ni bimwe mu byubatse igihugu cyacu nicyo gituma dutera imbere.'

    Bamwe mubayobozi b'inzego z'umudugudu bitabiriye iyi nama baganiriye n'itangazamakuru rya Flash bavuze ko aya ari amahugurwa bishimiye cyane.

    Muri iyi nama inzego z'umudugudu zikaba zasinyanye imihigo n'utugali mu gihe imirenge yasinyanye imihigo n'akarere .

    Iyi gahunda ya simart Bugesera kuva itangijwe imaze kugira umusaruro haba kuri servici itangwa ndetse no kugira umuco w'isuku.

    Ali Gilbert Dunia

    The post Inzego z'ibanze mu Karere ka Bugesera zasabwe kwita ku isuku zidakoreye ku jisho appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/09/01/inzego-zibanze-mu-karere-ka-bugesera-zasabwe-kwita-ku-isuku-zidakoreye-ku-jisho/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=inzego-zibanze-mu-karere-ka-bugesera-zasabwe-kwita-ku-isuku-zidakoreye-ku-jisho

  • Amahoteli mu Rwanda aragirwa inama yo kuzamura ubuziranenge bw'ibiribwa aha abayagana #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuziranange RSB burahamagarira abafite amahoteri kwita cyane ku buziranenge bw'ibiribwa kugira ngo bahabwe icyemezo cy'ubuziranenge bwabyo.

    Ibi bizabafasha kuzamura amasoko mu mitangire ya serivisi

    Hoteli 17 zo mu Rwanda nizo zimaze kubona icyemezo cy'ubuziranenge bw'ibiribwa.

    Hari abamaze kubona ibi byemezo bavuga ko abakiriya biyongereye.

    Mu mwaka wa 2019 nibwo Leta y' u Rwanda yatangiye gushishikariza banyiri amahoteli gushaka ibyemezo bigaragaza ko ibiribwa batunganya byujuje ubuziranenge kugirango agire ubushobozi bwo gucuruza ku rwego mpuzamahanga.

    Bimwe mu bituma aya mahoteli ashobora guhabwa icyemezo cy'ubuziranenge bw'ibiribwa harimo kugira abakozi babihuguriwe ku rwego mpuzamahanga no kubungabunga ibiribwa kuva akiri mu mirima kugeza bibaye amafunguro bagaburira abakiriya.

    Bwana Sibomana Victor ni umwe mu bagemura umusaruro w'Imboga kuri imwe mu mu Hotel y'i Musanze avuga ko yahuguwe mu kubungabunga ibiribwa bikiri mu murima kugirango bagere kuri Hotel byujuje ubuziranenge.

    Ati'ndabanza mbere na mbere ntegure ubutaka bwanjye ,mfate bwa butaka bwanjye njye kubupimisha nta bitera indwara runaka birimo?ibyo ukabanza ukabishyira kuruhande ukabireba,iyo umaze kubona ko bwabutaka bwawe bwujuje ibyangombwa uhita ukurikizaho gutegura imbuto.'

    Mu bihe byashize hagiye haragaragara ubuke bw'abakozi b'abanyarwanda bafite ubumenyi mu gukurikirana no kubungabunga ubuziranenge bw'ibiribwa bigiye gutekwa bikaba ngombwa ko bany'iri mahoteli babakura mu bihugu byo hanze ariko ubu hari abahugurirwa mu Rwanda ku buryo bagira uruhare mu mitunganyirize iboneye y'amafunguro.

    Aba baravuga uko babungabunga ibiribwa , bigatekwa kugera no ku mukiriya.

    Umwe ati'byabindi rero biza bigomba kuba bikonje iyo tumaze kubyakira turapima mbere yo kubikuramo,twamara kubikuramo ibyo biryo,izo nyama,imboga,foromaje n'ibindi tukongera tukandika neza tuba dufite ifishi twuzuza.'

    Undi yungamo ati'uburyo rero bwo kubikumira uhereye hasi ku muhinzi ,ku mworozi kugeza bigeze ku meza aho umu kiriya afite ikanya ingamba twashyizeho amabwiriza twashyizeho bijyenda bikumira za kabutundi zishobora kubaho.'

    Banyiri amahoteli bafite ibyangombwa by'ubuziranenge bw'ibiribwa baravuga ko ubuziranenge bwari buke bitewe no kutuzuza ibisabwa ariko kuri ubu inyungu zariyongereye.

    Ati'tukimara kumva akamaro kabyo twarabyitabiriye baraza batugira inama duhereye ku myubakire batwereka ko ibiryo bigomba gukurikiranwa ndetse bishobotse kuva mu mirima aho bihingirwa kugeza ku isoko tukaza tukabyakira tugakurikirana uko bibikwa ni uko bitegurwa kugeza bihawe abakiriya.'

    Bwana Murindi Jean Bosco ni Umuyobozi w'agashami gatanga ibirango by'ubuziranenge ku bicuruzwa arahamarira abanyamahoteli kwitabira amahugurwa y'ubuziranenge ku biribwa HACCP kugirango nabo babone ibyemezo byemeza ko bafite ubushobozi bwo gutanga servisi nziza.

    Ati'begere RSB nk'ikigo gitsura ubuziranenge bakabafasha kuko hari benshi bagiye bafashwa bakazamuka.

    Kugeza ubu mu Rwanda amahotel 17 niyo amaze kubona ibyemezo by'ubuziranenge ku biribwa.

    Ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuziranenge RSB kikavuga ko gikomeje ubukangurambaga no mu yandi mahoteli kugirango abayagana barusheho kugirira ikizere amafunguro bategurirwa.

    NTAMBARA Garleon

    The post Amahoteli mu Rwanda aragirwa inama yo kuzamura ubuziranenge bw'ibiribwa aha abayagana appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/06/15/amahoteli-mu-rwanda-aragirwa-inama-yo-kuzamura-ubuziranenge-bwibiribwa-aha-abayagana/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amahoteli-mu-rwanda-aragirwa-inama-yo-kuzamura-ubuziranenge-bwibiribwa-aha-abayagana

  • Perezida Kagame na Mugenzi we wa Santarafutika baganiriye ku bufatanye bw'Ibihugu byombi #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro Mugenzi we wa Repeburika ya Centrafrique,Faustin Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2023.

    Abakuru b'ibihugu baganiriye ku mubano usanzwe hagati y'ibihugu byombi harimo ubufatanye bwo gucyemura ikibazo cy'umutekano mucye muri Centrafrique.

    The post Perezida Kagame na Mugenzi we wa Santarafutika baganiriye ku bufatanye bw'Ibihugu byombi appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/06/08/perezida-kagame-na-mugenzi-we-wa-santarafutika-baganiriye-ku-bufatanye-bwibihugu-byombi/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=perezida-kagame-na-mugenzi-we-wa-santarafutika-baganiriye-ku-bufatanye-bwibihugu-byombi

  • Rya shyamba ryo muri kenya ryapfiriyemo abakristu benshi ryafatiwe (…) – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Ministeri y'Umutekano muri Kenya yavuze ko Guverinoma yafashe icyemezo cyo guhindura ishyamba rya Shakahola urwibutso rwo ku rwego rw'Igihugu, nyuma yuko riguyemo abakirisitu basaga 250 bishwe n'inzara nyuma yo kwizezwa n'umupasiteri ko ari bwo buryo bwo kugera mu Ijuru.

    Urupfu rw'aba bakristu batikiriye muri ririya shyamba, yavuzwe cyane muri Mata uyu mwaka, aho byavuzwe ko umuvugabutumwa w'itorero ryo mu burasirazuba bwa Kenya yabwiye abayoboke be ko bakwiye kujya kwiyiriza ubusa basengera muri iryo shyamba ubundi bakazahahurira na Yesu aje.

    Ngo bagiyeyo ku bwinshi ariko bamwe ntibataha, kuko bamwe barinze aho bicirwayo n'inzara. Polisi ivuga ko kugeza ubu imaze kubona abasaga 250 basanzwe mu rwobo runini, ariko ntiharamenyekana ukuntu bageze muri urwo rwobo kuko basanze batabyemo.

    Minsitiri w'Umutekano, Kithure Kindiki yavuze ko hahinduwe urwibutso aho igihugu kizagena n'umusni wo kujya hibukwa ibyahabereye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/rya-shyamba-ryo-muri-kenya-ryapfiriyemo-abakristu-benshi-ryafatiwe-ibyemezo

  • RDC:Urugo rwa Moïse Katumbi utavuga rumwe n'ubutegetsi rwasatswe (…) – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Urugo rwa Katumbi abakozi ba ANR basatse, ruherereye mu gace ka Ngaliema i Kinshasa, nk'uko byemejwe n'umunyamategeko we.

    Umunyamategeko wa Katumbi yamaganye icyo yise “urugomo rw'urudacogora” ubutegetsi bw'i Kinshasa bukomeje gukorera umukiriya we.

    Umwe mu bantu ba hafi ya Katumbi yabwiye itangazamakuru ryo muri Congo ko ubwo urugo rw'uyu munyapolitiki rwasakwaga atari ahari.

    Kwa Moïse Katumbi hasatswe nyuma y'iminsi mike ubutasi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo butaye muri yombi Salomon Kalonda usanzwe ari umujyanama we bwite.

    Uyu mugabo Leta ya Congo imushinja kugirana umubano na bamwe mu bayobozi b'umutwe wa M23 ndetse n'abasirikare bakomeye mu Rwanda, mu rwego rwo gucura 'umugambi wo guhirika ubutegetsi ' bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

    Katumbi ku rundi ruhande na we Guverinoma ya Congo imushinja kuba yaranze “kwamagana u Rwanda” ishinja guha ubufasha M23; ibyo uyu munyapolitiki ahaka

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/rdc-urugo-rwa-moise-katumbi-utavuga-rumwe-n-ubutegetsi-rwasatswe-n-ubutasi

  • Afite indirimbo y'Imana yakunzwe cyane ! Ibyo wamenya kuri Lt Col Simon (…) – Umuryango.rw #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Kamena 2023, nibwo Perezida Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, yagize Lt Col Simon Kabera, Umuvugizi wungirije wa RDF .

    Ni umuntu usanzwe azwi mu bijyanye n'iyobokamana n'ubuhanzi, ndetse inshuro nyinshi agaragara mu bikorwa byo kuvuga ubutumwa bwiza bw'Imana.
    Yigeze kuvuga ati 'Niba hari ikintu mfite kiruta ibindi, icya mbere ni ukuba Umunyarwanda nkaba ndi mu Rwanda, nkaba mfite uburenganzira ko abana banjye bazarukuriramo, abuzukuru, abuzukuruza n'ubuvivi.'
    'Ikindi kirenze kuri ubu buzima buri hano, ni uko nakiriye Yesu, nziko na nyuma y'ubu buzima hari ikindi gihugu Yesu yagiye kudutegurira tuzabamo. Uko nkunda kuzaba mu ijuru, ni ko mfite urukundo nkunze igihugu cy'u Rwanda nk'umunyarwanda mu gihe nkituyemo.'

    Imwe mu ndirimbo Lt Col Simon Kabera afite harimo amagambo akunze gufasha benshi aho igira iti 'Mfashe inanga yanjye ndirimbe, ngutuye ineza yo wangiriye…' ni agace k'indirimbo 'Mfashe inanga'.

    Asanzwe afite izina rizwi muri Gospel nyarwanda

    Izina Simon Kabera, ryihuta cyane mu matwi y'abakurikiranira hafi indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, by'umwihariko abazi indirimbo 'Mfashe Inanga' izwi na benshi cyane, akaba ari we wayiririmbye.

    Nyuma y'uko Lt Col Simon Kabera ahawe uyu mwanya w'Umuvugizi Wungirije wa RDF, bamwe mu basanzwe basengana na we mu itorero rya ADEPR, bagaragaje akanyamuneza batewe na byo, aho bamwe bavugaga ko 'Mwenedata ishyuka mu nshingano.'

    Lt Col Simon Kabera, amaze igihe mu buhanzi bw'Indirimbo zo kuramya Uwiteka, yatangiriye muri Kaminuza y'u Rwanda ubwo yari umunyeshuri waho.
    Ni umukristu usengera muri ADEPR-Remera, akaba ari umuhanzi w'igikundiro kubera ijwi rye rifasha benshi kwinjira mu mwuka.

    Si mushya mu mirimo ya gisirikare, kuko muri Mutarama 2019 yari yahawe Umwanya n'Inama y'Abaminisitiri, wo kuba umwe mu bagize Inama y'Ubutegetsi y'Ibitaro Bikuru bya Gisirikare, ubwo yari afite ipeti rya Major.

    Asanzwe afite indirimbo zinyuranye zirimo iyi 'Mfashe Inanga' yamamaye, aho ubu imaze kurebwa n'abasaga miliyoni 1 kuri YouTube, hakaba iyitwa 'Ku musaraba', 'Ukwiye amashimwe', 'Munsi yawo', n'iyitwa 'Inshuti nizera'.

    Se yahungiye muri Uganda mu 1962, mbere y'uko Kabera avuka mu 1973. Yavukiye ahitwa Lugazi muri Uganda aho umubyeyi we yari umushumba w'inka, ariko mbere yo guhunga yari umuyobozi mu bice byo mu Mayaga ndetse yari mu bubashywe.
    Ati 'Ariko hamwe n'ubutegetsi bubi bwariho n'akarengane kari gahari, data ahunga mu 1962 njye mvuka ku mubyeyi w'umushumba w'Abanya-Uganda.'

    Yavuze ko ubwo yinjiraga mu gisirikare cya RPA, se atari akiri umushumba, ahubwo yari asigaye afite inka ze ku buryo abana be babashaga kubona amata.
    Mu buto bwe, aho yize mu ishuri yabaga ari wenyine, kandi ngo yari muto, ku buryo bamwitaga 'Akanyarwanda'.

    Muri icyo gihe cyose ngo yashakaga kwisanisha n'Abanya-Uganda kuko ngo yabonaga ko bubashywe. Ngo bajyaga baserereza Abanyarwanda, bavuga ko iyo imvura ibanyagiye bapfa.

    Ati 'Iyo udafite igihugu nta jambo uba ufite, bashobora kugucumbikira akanya gato ariko akanya ako ariko kose kuko atari igihugu cyawe, umuntu arakubwira ngo subira aho wavuye. Kuko agaciro k'umuntu gashingira ku kuba afite igihugu akomokamo.'
    Mu 1991 ngo ntiyigeze abwira ababyeyi be [bari bakiriho] ndetse n'abo bavukana ko agiye ku rugamba, ahubwo yafashe urugendo we na mugenzi we witwa Claude [witabye Imana] bajya ku rugamba rwo kubohora igihugu.

    Ati 'Ni urukundo rw'igihugu, icya kabiri ni akarengane kari gahari ku banyarwanda bari hanze n'abari mu gihugu. Nahuriyeyo n'abandi bavuye mu ishuri nkanjye […] twafataga icyemezo cyo kuvuga ngo reka tugende twitangire igihugu, ukaza mu Rwanda utazi urwo arirwo, njye nari ntararubona no muri filimi ariko data yaravugaga ngo u Rwanda ni igihugu cy'amata n'ubuki […] Nari nzi ko hari ukuntu nk'umusozi nka Mount Kigali hamanuka amata n'ubuki.'

    Yavuze ko kujya mu gisirikare, byashingiye ku buzima abantu babagamo mu buhungiro.

    Ati 'Naravuze nti nubwo nta bunararibonye mfite, ariko ndagiye kandi kugeza uyu munsi, ndacyafite ishyaka n'urukundo cyane. Ni yo mpamvu nkikora akazi ko kwitangira iki gihugu, kuko nta kindi wagisimbuza.'

    Kuva yajya mu gisirikare, ngo yigishijwe kugira ikinyabupfura no kugaragaza itandukaniro aho ari hose. Ikindi ngo yigishijwe akijya mu gisirikare, harimo kwitanga kuva ku munota wa mbere kugera ku wa nyuma.

    Jenoside yakorewe Abatutsi imaze guhagarikwa, nibwo yasubiye mu mashuri. Ubu afite Masters muri politiki n'indi mu mategeko mpuzamahanga. Afite kandi impamyabumenyi mu bijyanye no gutanga amasoko.

    Afite imidali irimo uwo kubohora igihugu ndetse ni umwe mu imushimisha. Yigeze kuvuga ati 'nzawereka abahungu banjye.' Afite n'uwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Yigeze kuvuga ati 'Niba ukunda ijuru, kunda n'iki gihugu kuko mbere y'uko ujya mu ijuru, uzaba muri iki gihugu. Mutanyumva nabi ko nagereranyije ijuru n'iki gihugu ariko Pawulo yaravuze ngo musengere igihugu kugira ngo kigire amahoro kuko nikiyagira namwe muzayagira. Ubu isengesho ryanjye ni ukuvuga ngo hazabeho abandi badusimbura bafite umutima wo gukunda igihugu.'

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/article/afite-indirimbo-y-imana-yakunzwe-cyane-ibyo-wamenya-kuri-lt-col-simon-kabera