Yabitangaje mu ijambo ryo kwifuriza Abanyarwanda umwaka mwiza wa 2024 bamaze kwinjiramo, ryatambutse kuri uyu wa 31 Ukuboza 2023.
Umukuru w’u Rwanda yatangiye agira ati 'Njye n’umuryango wanjye twifurije Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda umwaka mushya muhire. Umwaka w’ibyishimo n’uburumbuke.'
Yagarutse ku iterambere ryagezweho n’Abanyarwanda muri uyu mwaka basoje, byagize uruhare mu iterambere ry’Igihugu birimo ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’ibya siporo.
By’umwihariko yavuze ku nama ya Women Delivery, iserukiramuco cya Giants of Africa, irushanwa rya Basketball rya BAL ndetse n’ibitaramo bya Global Citizen.
Yagize ati 'Kwakira ibi birori, bitanga amafaranga n’akazi mu Banyarwanda, bigateza Igihugu imbere.'
Muri uyu mwa kandi, u Rwanda rwafunguye ibikorwa bizarufasha mu iterambere, nk’ikigo cy’ubushakashatsi cya IRCAD, ndetse n’uruganda rwa BioNTech.
Ati 'U Rwanda rukomeje kugaragara nk’ahantu heza ho guhanga ibishya mu buvuzi n’ubuzima kandi tuzakomeza kubyubakiraho. Icy’ibanze muri ubu bufatanye ni icyizere.'
Yagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere, byakunze kugaragara nk’ibishaka kototera umutekano w’u Rwanda, by’umwihariko ibyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byatumye iki Gihugu cyibasira u Rwanda ndetse abategetsi bacyo bakarutuka, ndetse bakavuga kenshi ko bifuza kurutera.
Perezida Kagame yaboneyeho guhumuriza Abanyarwanda, ati 'Ndagira ngo mbabwire ko dushobora kwihanganira kunengwa no kuvugwa nabi uko byaba bingana kose nubwo akenshi biba bidafite ishingiro. Twe tuzakomeza gukora ibikenewe kugira ngo Abanyarwanda bahore batekanye uko byagenda kose.'
UKWEZI.RW


Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu birori bisoza umwaka wa 2023
Perezida Kagame yavuze ko amahitamo ahari yonyine kugeza ubu ni ukujya mbere gusa
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente mu bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu
Umuyobozi wungirije w’Akanama gashinzwe Ingamba na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida, Ange Kagame na we ari mu bitabiye ibi birori
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru Cleophas Barore mu bitabiriye ibi birori
Bwiza hamwe n’umujyanama we Claude na Jabba Star bungurana ibitekerezo
Abashoramari batandukanye bari babucyereye mu birori bisoza umwaka banumviyemo impanuro za Perezida Kagame
Abahanzi nka Ruti Joel, Ish Kevin, Senderi na Israel Mbonyi bitabiriye ibirori bisoza umwaka wa 2023 byabereye muri Kigali Convention Center
Sol Solange na we ari mu bantu mu nzego zitandukanye bari bateraniye muri KCC
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga mu banyacyubahiro bakiriwe na Perezida Kagame mu gusoza umwaka wa 2023

Byari ibirori bibereye ijisho mu nguni zose
DJ Ira uri mu bari n’abategarugori bazobereye kuvanga umuziki yongeye kubikora neza mu gusoza 2023 
Lucky Nzeyimana na Gloria Mukamabano mu bakiriwe na Perezida Kagame mu birori bisoza 2023











