Blog

  • Nyagatare: Abahinzi bakodesha ubutaka barataka kudahabwa ifumbire – #rwanda #RwOT

    Aba bahinzi barimo abakodesha ubutaka bavuga ko kubona inyongeramusaruro bisaba kuba ufite nimero y'icyangombwa cy'ubutaka, bagasaba inzego bireba kubafasha kubona umuti urambye w'iki kibazo.

    Kuradusenge Pascal utuye mu Mudugudu wa Kiyovu, Akagari ka Nyabitekeri mu Murenge wa Tabagwe, yagize ati “Kugira ngo uzabone ifumbire, bisaba kujya gushaka uwagukodesheje ubutaka, akajyana icyangombwa akibaruza bakamuha ifumbire, kandi twese ntabwo ari ko bidushobokera kuko hari ugukodesha ubutaka atari hafi. Byaba byiza umuntu wese wakodesheje ubutaka habayeho uburyo bwo kumufasha kubona ifumbire.”

    Uyu muturage yavuze ko muri iki gihe bari kwitegura ihinga, umuhinzi ufite amafaranga yakabaye ajya ku mucuruzi akamuha ifmbire hakiri kare, kuko ari ngombwa kwitegura kugira ngo hazaboneke umusaruro mwiza.

    Mukeshimana Joyeuse ukorera ubuhinzi mu Kagari ka Nyabitekeri mu Murenge wa Tabagwe ati “Ifumbire y'imvaruganda kuyibona ku muntu udafite icyangombwa cy'ubutaka biragoye cyane, kandi bituma umuntu ahinga impitagihe, ku muntu ukodesha ubutaka. Hagakozwe ubuvugizi buri muhinzi akoroherezwa kubona ifumbire kandi ku gihe.”

    Mu Karere ka Nyagatare haracyagaragara ubutaka butabaruye kandi bukorerwaho ubuhinzi. Abaturage bahamya ko ari ikibazo badahwema kugaragaza ariko kidashakirwa igisubizo kirambye.

    Hafashimana Emmanuel wo mu Mudugudu wa Kangoma mu Kagari ka Nyabitekeri yagize ati “Hari igihe uba uhinga ubutaka butari bwabona icyangombwa cy'ubutaka bikagorana. Ubwo rero bibaye byiza, umuturage wese yabona ifumbire agahingira ku gihe kuko
    ifumbire iragoye kuyibona nta cyangombwa.”

    Ati “Kuba nta cyangombwa kandi ukeneye ifumbire bituma uhendwa kuko ushaka undi ufite ifumbire akayikugurisha ku giciro yishakiye kandi hari ibiciro biba byarashyizweho, niba ikiro ari 900 ukaba wakigura 1200. Bityo rero ababishinzwe bakwiye kubyoroshya kuko iyo udakoresheje ifumbire, urahomba.”

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, avuga ko akenshi ikibitera ari ukutizerana hagati y'ababa baragiranye amasezerano y'ubukode bw'ubutaka, nyamara bitagakwiye.

    Yagize ati “Ikibitera ahanini ni imyumvire mu baturage, nyir'ubutaka agatinya guha icyangombwa uwakodesheje akeka ko wenda ashobora kubugurisha, rero kuko nta muturage ushobora guhabwa ifumbire atagaragaje ubuso agiye guhinga, abafite ubutaka tubakangurira gufasha abaturage kubona inimero y'icyangombwa cy'ubutaka kugira ngo babashe kubona ifumbire.”

    Ku kibazo cy'abaturage badafite icyangombwa cy'ubutaka bwabo, Meya Kakooza avuga ko abaturage bakwiye kwandikisha ubutaka bwabo kuko iyi serivisi isigaye itangirwa ku murenge.

    Yagize ati “Abaturage bakwiye kwandikisha ubutaka kuko iyo serivisi ku murenge iratangwa no ku karere ziratangwa kandi serivisi yo gushaka icyangombwa nta cyumweru bisaba. Bakwegera ubuyobozi bw'umurenge bakandikisha ubutaka, akarere kakabaha ibyangombwa kuko akarere kahawe ububasha, ntabwo bikijya hejuru ngo bibe byatinda.”

    Mu gihembwe cy'igihinga 2027A, mu Karere ka Nyagatare hateganyijwe guhingwa ibigori ku buso bwa hegitari zirenga ibihumbi 29, ibishyimbo kuri hegitari zirenga ibihumbi 14, umuceri kuri hegitari zirenga ibihumbi 2. Hazanahingwa soya, ibirayi, imyumbati, ibijumba n'imboga.

    Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare basaba koroherezwa kubona ifumbire mvaruganda

    Bavuga ko kutabona ifumbire mvaruganda bibahombya


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-abahinzi-bakodesha-ubutaka-barataka-kudahabwa-ifumbire

  • Musanze: Yashatse gutema Umupolisi, araraswa ahasiga ubuzima – #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu Murenge wa Musanze, Akagari ka Garuka, Umudugudu wa Gapfuro mu masaha ashyira Saa Tatu z'Ijoro zo ku wa 26 Kanama 2026.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu muhungu wa Munyamashuri witwa Irakoze Félix w'imyaka 22 akunze gukekwaho ibikorwa by'ubujura bikomeye, nko gupfumura inzu no gukomeretsa, ndetse mu minsi ishize yatorotse ubutabera akoresheje amazina y'undi muntu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musanze, Twizerimana Clement mu kiganiro na IGIHE yahamije aya makuru.

    Ati 'Amakuru y'iraswa rya Munyamashuri tukiyamenya twahise tuhagera. Ndetse umuhungu we washakishwaga kugeza ubu ntarafatwa.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi, yavuze ko uyu mugabo yarashwe nyuma yo gushaka gutema umupolisi wari mu kazi.

    Ati “Ubwo inzego zari zije gufata uyu Felix Irakoze umubyeyi we yasohokanye umupanga agamije kurwanya inzego z'umutekano ndetse yitotomba avuga ko nta wakwinjira mu rugo rwe.”

    Yakomeje ati 'Polisi yamwibwiye ariko ntiyumva akomeza kuyisagararira, irasa mu kirere ntiyumva, akomeza gusatira umupolisi ashaka kumutema araraswa arapfa.'

    Umurambo wa Munyamashuri wajyanwe ku Bitaro bya Ruhengeri.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-yashatse-gutema-umupolisi-araraswa-ahasiga-ubuzima

  • Abarenga 7000 bakurikiranyweho gukopera mu bizami bya leta #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatanu; Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko abanyeshuri 7,188 barimo gukorwaho iperereza ku gukopera ibizamini bya Leta bisoza amashuri.

    Ibi byatangajwe na Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, mu kiganiro kihariye yagiranye na RBA aho yavuze ko hari ibimenyetso byatumye hakekwa ko bamwe mu banyeshuri batakoze ibizamini ku bwabo, ahubwo bakaba barakoresheje uburyo bwo gukopera.

    Mu bimenyetso byagaragaye harimo kuba abanyeshuri bari mu byumba bimwe by'ibizamini baragiye basubiza ibibazo bimwe mu buryo busa cyane, ku buryo byateye amakenga ku buryo ibyo bisubizo byabonetse.

    Umuyobozi w'Ikigo gishinzwe ibizamini n'ubugenzuzi bw'amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati, yavuze ko uburyo abanyeshuri bicazwamo mu byumba by'ibizamini bugamije gukumira gukopera, kuko abana baturuka mu bigo bitandukanye bashyirwa hamwe.

    Icyakora, yavuze ko hari aho byagaragaye ko nubwo abanyeshuri bari baturutse mu bigo bitandukanye, basubije ibibazo bimwe mu buryo bumwe.

    Ati: 'Ibi bigaragaza ko harimo ukuboko kw'abarenze abana.'

    Ibi bivuze ko NESA idakomeje kureba gusa ku banyeshuri bakekwaho gukopera, ahubwo iri no gukurikirana niba hari abandi bantu baba baragize uruhare mu gutuma ibyo bikorwa bishoboka.

    Minisitiri Nsengimana yavuze ko umunyeshuri uzagaragara ko yakopeye mu kizamini runaka azahanishwa zero muri icyo kizamini.

    Nubwo hari ibyumba by'ibizamini byagaragayemo abanyeshuri benshi bakekwaho gukopera, Minisitiri yavuze ko kugeza ubu nta site y'ibizami  yagaragaye ko yaba yarakorewemo ibikorwa byo gukopera ku rwego rw'ikigo cyose.

    Iperereza kandi rishobora kugera ku barezi cyangwa abandi bantu bashinzwe uburezi, mu gihe hagaragaye ibimenyetso by'uko bagize uruhare mu gufasha abanyeshuri gukopera.

    Minisitiri Nsengimana yavuze ko umuntu uzagaragaraho kugira uruhare muri ibyo bikorwa atazafatwa nk'uwakoze ikosa risanzwe ry'uburezi, ahubwo ko bishobora gufatwa nk'icyaha gihanwa n'amategeko.

    Ati abo bizagaragaraho 'bazahanwa n'amategeko.'

     

    Source : https://flash.rw/2026/08/28/abarenga-7000-bakurikiranyweho-gukopera-mu-bizami-bya-leta/

  • Urujijo ku mujinya w’umuranduranzuzi watumye Kate Bashabe ava muri Gen-Z shishi itabona #rwanda #RwOT

    Benshi batunguwe no kubona Kate Bashabe ava mu gitaramo cy’iseka rusange (Gen-Z Comedy) nyuma y’iminota 20 gusa yari ahamaze kandi agenda yarakaye cyane.

    Kate Bashabe akaba yari umutumirwa wihariye muri iki gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali mu ijoro ryo ku wa 28 Kanama 2026.

    Uyu munyamideli akaba na rwiyemezamirimo akaba yari gutanga ikiganiro ndetse akanatanga ibikoresho by’ishuri bya Rahura mu rwego rwo gusezera abanyeshuri bari mu biruhuko.

    Ubwo yari ageze muri Camp Kigali, Kate Bashabe yakiranywe urugwiro rwinshi, bamwifotorezaho ndetse na we aricara akurikirana urwenya nk’abandi mu gihe yari ategereje umwanya we ngo aze kubaganiriza.

    Ntabwo byatinze kuko iminota 20 yonyine yari ihagije ngo ahite asohoka kandi ubona asohotse yihuta nta muntu ashaka kuvugisha ubona mu maso ye yarakaye.

    Nta muntu yigeze abwira ikibiteye ariko benshi bahise babihuza n’urwenya bari barimo kumuteraho aho ashobora kuba yabifashe nko kumumenyera bagakabya. Bivugwa kimwe mu byamubabaje ari ukuntu basaga n’abinjira mu buzima bwe bwite nk’aho ashobora kuba atsihimiye urwenya rwatewe ku mubano we n’imbwa ze n’ibindi.

    Gusa Fally Merci utegura iki gitaramo yabwiye Igihe ko ntaho bihuriye ahubwo Kate Bashabe yagize indi gahunda yihutirwa bituma ahita agenda adatanze ibikoresho nk’uko byari kuri gahunda ko ari we wari kubyitangira naho ngo nta kiganiro yari gutanga.

    Kate Bashabe yasohotse muri Gen Z shishi itabona

    Source : http://isimbi.rw/urujijo-ku-mujinya-w-umuranduranzuzi-watumye-kate-bashabe-ava-muri-gen-z-shishi.html

  • Hyguette na Cynthia bifuza gutaramira Amerika na Canada basohoye indirimbo nshya #rwanda #RwOT

    Abaramyi b’impanga Hyguette na Cynthia bongeye kugaruka mu muziki wa Gospel n’indirimbo nshya bise Nyuzura, igamije guhumuriza abantu no kubibutsa ko Imana itajya itererana uyizera, nubwo yaba ari mu bihe bikomeye.

    Aba bakobwa bavuga ko ubutumwa bukubiye muri 'Nyuzura' ari ugukomeza abantu banyura mu bihe bitandukanye by’ubuzima, bakabibutsa gukomeza kwizera Imana no kutagira ubwoba kuko Imana ihorana n’abayiringira.

    'Nyuzura' ije ikurikira indirimbo yabo 'Ibihe', na yo yari igamije guhumuriza abantu bari mu bihe bigoye.

    Hyguette na Cynthia bavuga ko kimwe mu byabashimishije cyane nyuma yo gusohora 'Ibihe' ari ubutumwa bakiriye buturuka ku bantu bababwiye ko indirimbo yabagiriye akamaro, bamwe bakagarukira Imana abandi bakihana.

    Kuri bo, ibyo byabaye ikimenyetso cy’uko ubutumwa banyuza mu muziki bugera ku mitima y’abantu, ari na byo bibatera imbaraga zo gukomeza gukora ibihangano byubaka.

    Nubwo ari abahanzi bakiri bato, Hyguette na Cynthia bavuga ko igikomeje kubatangaza cyane ari uburyo abantu bakomeje kubakunda no kubashyigikira.

    Bati 'Uburyo abantu badukunze bagakomeza kutwereka ko turi kumwe na bo.”

    Mu bihugu bifuza kuzakoreramo ibitaramo harimo Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko ari ho bavuga ko bafite abantu benshi babakurikira.

    Mbere ya 'Nyuzura', aba bakobwa bari bamaze gukora indirimbo zitandukanye zirimo 'Ni Wowe', 'Jehova', 'Waratwibutse', 'Iherezo', 'Wera', 'Amen' na 'Ibihe.'

    Mu 2024 ni bwo batangiye urugendo rwabo mu muziki nk’abahanzi bigenga, batangirana na 'Ni Wowe.' Babarizwa muri MPA Music (Mpayana World) iyobowe na Ishimwe Mpayana Claude.

    Nyuma ya 'Nyuzura', aba bahanzi bafite gahunda yo gukomeza gukora ibindi bihangano, gutegura album yabo ya mbere no gukora ibitaramo, bakomeza gukoresha impano yabo mu kugeza ku bantu ubutumwa bw’ihumure n’icyizere muri Kristo.

    Hyguette na Cynthia basohoye indirimbo nshya

    Source : http://isimbi.rw/hyguette-na-cynthia-bifuza-gutaramira-amerika-na-canada-basohoye-indirimbo.html

  • REG yatangaje aho imirimo yo kubaka Nyabarongo II igeze #rwanda #RwOT

    Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) yatangaje ko imirimo yo kubaka Urugomero rw'Amashanyarazi rwa Nyabarongo II igeze kuri 75%, kandi ko hatagize igihinduka ruzaba rwujujwe bitarenze mu Kuboza 2027.

    Uru rugomero rurimo kubakwa hagati y'Akarere ka Gakenke na Kamonyi. Umuyobozi Mukuru wa REG, Eng. Maximilien Byilingiro, ubwo yasuraga aharimo kubakwa uru rugomero, yashimye aho imirimo igeze, asaba kompanyi y'Abashinwa Power China-SINOHYDRO n'abatekinisiye ba REG-EDCL gukomeza kwihutisha imirimo kugira ngo igihe cyagenwe cyo kururangiza kitarenzwa.

    REG yavuze ko Nyabarongo II izaba ifite ubushobozi bwo kubyara amashanyarazi angana na Megawatt 43.5 (MW). Izaba kandi ifite ubushobozi bwo gutanga amazi arenga metero kibe miliyoni 445  ku munsi.

    Uru rugomero ruzaba rufite ikigega kinini cy'amazi, kizakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo kuhira imyaka no gufasha mu gukumira imyuzure mu bice byo hasi y'urugomero.

    Umuyobozi ushinzwe imishinga ibyara ikanakwirakwiza amashanyarazi muri REG-EDCL, Theoneste Higaniro, yavuze ko intego yo kurangiza uyu mushinga mu mwaka utaha ishoboka, kuko hakiri igihe gihagije cyo gukomeza imirimo.

    Yasobanuye ko hari ibibazo by'ubwikorezi byagize ingaruka ku itangwa ry'ibikoresho biva mu Bushinwa no mu tundi duce, ariko ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo ibyo bikoresho bigere ku gihe, bityo ibikorwa byo kubishyira mu rugomero bikomeze nta yandi mananiza.

    Ku ruhande rw'ikompanyi Power China-SINOHYDRO, Liu Qiankun yavuze ko abakozi bakomeje gukora amasaha yose, iminsi irindwi mu cyumweru, mu rwego rwo kwihutisha imirimo no kugera ku ntego yo kurangiza umushinga mu gihe cyagenwe.

    REG ivuga ko Nyabarongo II izagira uruhare mu kongera amashanyarazi yizewe, adacikagurika kandi ahendutse ku bafatabuguzi, inganda ndetse n'abashoramari.

    Source : https://flash.rw/2026/08/28/reg-yatangaje-aho-imirimo-yo-kubaka-nyabarongo-ii-igeze/

  • Rutsiro: Imiryango 700 ibanye mu makimbirane igiye gufashwa kuyavamo – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho isesengura riherutse gukorwa n'ubuyobozi bw'Akarere ka Rutsiro rigaragaje ko ugereranyije n'umwaka wa 2025 muri aka karere ingo zibanye mu makimbirane zagabanutse zigera kuri 732 zivuye kuri 1062.

    Mu mpamvu zitera ayo makimbirane harimo ubusinzi, ubushoreke n'ubuharike, no kutumvikana ku mikoreshereze y'umutungo w'urugo.

    Mu nama rusange y'Inama y'Igihugu y'Abagore mu Karere ka Rutsiro, Umuyobozi w'Inama y'Igihugu y'Abagore muri aka karere, Barayavuga Speciose yagaragaje ko mu byo bishimira bagezeho harimo amatsinda 500 afasha abagore mu kubitsa no kugurizanya, gusubiza mu ishuri abana 256 bari bararitaye, kwigisha abagore 1.549 gukoresha ikoranabuhanga, guhugura abagore 2.587 ku kwihangira imirimo, kubakira ubwiherero imiryango 107, gutera ibiti by'imbuto 1.422, no gukura ingo zirenga 300 mu zibanye mu makimbirane.

    Ati 'Icyadufashije kugabanya ingo zibanye mu makimbirane ni ukubegera tukaganiriza abagore ukwabo n'abagabo tukabaganiriza ukwabo, twamara kumva impande zombi tukabona kubahuza no kubagira inama'.

    Abagore bahagarariye abandi mu Karere ka Rutsiro batangije gahunda bise 'Ntabe arinjye urusenya' aho mu kwirinda amakimbirane yo mu ngo bahera mu ngo zabo kugira ngo hato batazajya kujya kunga ingo zibanye mu makimbirane kandi nabo iwabo atari shyashya.

    Barayavuga ati 'Icyo tugiye gukora mu gufasha imiryango ikibanye mu makimbirane ni ukongera imbaraga mu buryo dusanzwe dukoresha kugira dufashe imiryango 732 ikibanye mu makimbirane kuyavamo'.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative yagaragaje amakimbirane yo mu ngo nk'umuzi w'ibindi bibazo bibangamiye ingo zo mu karere ka Rutsiro.

    Ati 'Mu bibazo bibangamiye imiryango mu Karere ka Rutsiro harimo ikibazo cy'amakimbirane mu ngo, abana bata amashuri, abana bagaragara mu mirire mibi ibyo nibyo tugiye kwibandaho mu kubaka umuryango kugira ngo ushobore kandi utekane'.

    Mu bibazo bibangamiye imiryango mu Karere ka Rutsiro harimo ubwiyongere bw'abangavu baterwa inda kuko bavuye kuri 86 mu 2024 bagera kuri 106 mu 2025. Umuto mu bangavu batewe inda mu 2025 yayitewe afite imyaka 14. Ni mu gihe batewe inda 2025 abamaze kubona ubutabera ari 49.

    Abagore bo mu Karere ka Rutsiro bishimira uruhare bakomeje kugira mu kugabanya ibibazo bibangamiye imiryango

    Abagore bo mu Karere ka Rutsiro bibumbiye mu matsinda bavuga ko bikomeje kubateza imbere

    Meya w'Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative ashima uruhare rw'abagore mu gukemura ibibazo bibangamiye imiryango


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-imiryango-700-ibanye-mu-makimbirane-igiye-gufashwa-kuyavamo

  • Rwamagana: Intabaza ku mukecuru usemberana abana babiri bafite ubumuga – #rwanda #RwOT

    Uyu mukecuru yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Rubonobono, mu Kagari ka Mutamwa. Abana n'abana babiri bafite ubumuga, umwe akaba ari uwo yabyaye n'aho undi yamusigiwe n'umukobwa we wabyariye iwabo.

    Ati 'Nabyaye umukobwa ufite ubumuga bwo mu mutwe, none bamuteye inda na we abyara umwana ufite ubumuga bwo mu mutwe. Bombi ni njyewe ubitaho ariko biragoye.'

    Mukandutiye avuga ko abayeho mu buzima bwa gikene, kuko kubona ibyo kurya bimugora, ariko ikibazo kikarushaho gukomera, kuko atagira aho kuba.

    Mu 2024 ubuyobozi bw'Umurenge wa Gahengeri bwasenye inzu yabagamo buvuga ko itanga isura mbi.

    Ati 'Abayobozi baje gutaha inzu bubakiye umuturanyi wanjye, babonye inzu mbamo baravuga ngo irashaje, bahita bayisenya banyizeza ko nanjye bazanyubakira. Imyaka ishize ari ibiri bataranyubakira.'

    Yavuze ko ubuyobozi bukimara gusenya inzu ye, bwamushakiye inzu yo gukodesha mu gihe hategerejwe ko yubakirwa indi, ariko nyirayo akaba ahora aza kuyimusohoramo, kuko ngo ubuyobozi butamwishyura amafaranga y'ubukode.

    Ati 'N'ubu mu gitondo yabyukiye aha. Niba bansohoye muri iyi nzu, sinzi aho nzajya n'abana banjye bafite ubumuga. Ni yo mpamvu nsaba ubuyobozi ko banyubakira inzu yanjye, nkabona aho kuba ntuje.'

    Mukandutiye avuga ko guhozwa ku nkeke asohorwa mu nzu, bimutera kumva yajya kuba mu ihema.

    Ati “Hari ubwo ntekereza ko mbonye umugiraneza umpa ihema nashinga imihati nkayibamo.”

    Bamwe mu baturanyi ba Mukandutiye bavuga ko ikibazo cye kimaze igihe kinini, bakagaragaza ko bibabaje kubona uyu mukecuru akomeza gusembera kandi abana n'abana bafite ubumuga. Basaba ubuyobozi kumufasha.

    Kambabazi Anastasie ati 'Uyu mukecuru yasenyewe inzu n'ubuyobozi, ariko igihe kibaye kinini. Ikiduhangayikishije cyane ni uko ubu bari kumusohora mu nzu yakodeshejwe kandi nta handi afite ho kujya.'

    Hakizimana Etienne na we uturanye na Mukandutiye, yavuze ko uyu mubyeyi akeneye gufashwa kubona aho kuba.

    Ati 'Twabonye iki kibazo kimaze igihe. Kuba bamukura mu nzu kandi nta handi afite ho kujya, cyane cyane ko abana n'abana bafite ubumuga, birababaje akwiye kubakirwa.”

    Nkuruziza Jean Damascene niwe nyir'inzu Mukandutiye acumbitse. Yavuze ko impamvu ashaka kuyimusohoramo ari uko amaze igihe atabona amafaranga y'ubukode uko bikwiye kandi 5.000 Frw bamubwiye ko bazajya bamwishyura atakijyane n'igihe.

    Ati 'Impamvu nshaka ko ava mu nzu ni uko bamaze igihe batanyishyura neza. Hari ubwo mbona amafaranga bigoranye, kandi kugira ngo nyabone mbanza kunyura mu nzira zigoye kujya kuri Sacco bakankata.'

    Nkuruziza avuga ko indi mpamvu ari uko ashaka kuvugurura inzu ye, mu gihe igiciro cy'ubukode na cyo cyazamutse.

    Ati 'Nanjye nshaka kuvugurura inzu. Ikindi kandi igiciro cy'ubukode cyariyongereye. Ntabwo nakomeza gutanga inzu mu gihe amafaranga atishyurwa neza, kandi ibihumbi bitanu ntabwo bikodesha inzu.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gahengeri, Byaruhanga John Bosco, yavuze ko ikibazo cya Mukandutiye bakizi kandi ko atazirukanwa muri iyo nzu, kuko ubuyobozi bwaganiriye na nyirayo.

    Ati 'Icyo kibazo ndakizi. Ntabwo amusohora kubera ikibazo cy'amasezerano, kandi twarabivuganye. Uwo mukecuru niba afite ikibazo, nagane ubuyobozi atubwire ikibazo afite tumufashe.'

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko Mukandutiye ari ku rutonde rw'abazubakirwa, nubwo atagaragaza igihe bizakorerwa.

    Ati 'Ikibazo cye ni twe tugifite mu biganza nk'ubuyobozi. Ni natwe twamukuye muri iyo nzu turamukodeshereza. Ntabwo bamusohora; kumusohora ntabwo byakunda. Ari ku rutonde rw'abazubakirwa kimwe n'abandi.'


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-intabaza-ku-mukecuru-usemberana-abana-babiri-bafite-ubumuga

  • Abasirikare b'u Rwanda bayobowe na Gen Maj Ruki Karusisi bahuriye mu biganiro n'aba Uganda – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yahuje abayobozi b'Ingabo z'u Rwanda (RDF) n'Ingabo za Uganda (UPDF) ku wa 27 Kanama 2026, mu rwego rwo gukomeza ubufatanye mu kubungabunga umutekano no gukemura ibibazo bishobora kuvuka ku mipaka y'ibihugu byombi.

    Ubwo intumwa za RDF zageraga aho inama yabereye, zakiriwe na Gen Maj Paul Muhanguzi, uyobora Diviziyo ya Kabiri y'Ingabo za Uganda (UPDF), ari kumwe n'abandi bayobozi b'ingabo bamwungirije ndetse n'abakozi ba Diviziyo.

    Mbere y'uko inama itangira, intumwa z'ingabo z'ibihugu byombi zifatanyije n'abayobozi b'inzego z'ibanze ndetse n'abaturage bo mu gace ka Kamwezi, mu Karere ka Rukiga, mu gikorwa cyo gutera ibiti.

    Mu ijambo rye ritangiza inama, Gen Maj Paul Muhanguzi yakiriye neza intumwa za RDF, avuga ko umubano w'u Rwanda na Uganda urenze kuba ibihugu bihana umupaka gusa. Yagaragaje ko amahoro mu Rwanda agira uruhare ku mahoro muri Uganda, ndetse n'umutekano wa Uganda ukagira uruhare ku mutekano w'u Rwanda.

    Yashimangiye ko hakenewe gukomeza imikoranire hagati y'ingabo z'ibihugu byombi kugira ngo umutekano w'abaturage batuye ku mpande zombi z'umupaka ukomeze kubungwabungwa.

    Gen Maj Muhanguzi yashimiye abayobozi bakuru b'ibihugu byombi ndetse n'abayobozi b'ingabo ku buyobozi bwabo n'imbaraga bashyira mu guteza imbere ubumwe, ubufatanye n'imibanire myiza hagati y'u Rwanda na Uganda.

    Ku ruhande rw'u Rwanda, Gen Maj Ruki Karusisi yashimiye Uganda uburyo yakiriye intumwa za RDF, avuga ko umupaka uhuza ibihugu byombi ugomba kuba ahantu harangwa amahoro, urujya n'uruza rwemewe n'amategeko, ubucuruzi n'ubufatanye, aho kuba intandaro y'umutekano muke cyangwa ubwumvikane buke.

    Yavuze kandi ko abayobozi b'ingabo bafite inshingano zo gukomeza ibiganiro hagati y'impande zombi, kubaka icyizere hagati y'ingabo no gukemura ibibazo bishobora kuvuka binyuze mu biganiro no guhuza ibikorwa.

    Gen Maj Karusisi yavuze ko umubano mwiza hagati y'u Rwanda na Uganda ari urufatiro rukomeye rwo kurushaho guteza imbere ubufatanye mu rwego rw'igisirikare.

    Iyi nama y'abayobozi b'Ingabo mu bice byegereye umupaka ni kimwe mu biganiro bikorwa buri gihembwe bihuriza hamwe abayobozi ba RDF na UPDF.

    Intego y'ibi biganiro ni ugusuzuma uko umutekano uhagaze ku mupaka, gukemura ibibazo by'umutekano wambukiranya imipaka, kongera imikoranire hagati y'ingabo zombi no gushakira hamwe ibisubizo birambye ku bibazo bigira ingaruka ku baturage batuye ku mpande zombi z'umupaka.

    Mbere y'uko inama itangira, intumwa z'ingabo z'ibihugu byombi zifatanyije n'abayobozi b'inzego z'ibanze ndetse n'abaturage bo mu gace ka Kamwezi, mu Karere ka Rukiga, mu gikorwa cyo gutera ibiti

    Gen Maj Ruki Karusisi ni we wari uyoboye itsinda rya RDF

    Ubwo intumwa za RDF zageraga aho inama yabereye, zakiriwe na Gen Maj Paul Muhanguzi, uyobora Diviziyo ya Kabiri y'Ingabo za Uganda (UPDF), ari kumwe n'abandi bayobozi b'ingabo bamwungirije ndetse n'abakozi ba Diviziyo

    Iyi nama y'abayobozi b'Ingabo mu bice byegereye umupaka ni kimwe mu biganiro bikorwa buri gihembwe bihuriza hamwe abayobozi ba RDF na UPDF


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasirikare-b-u-rwanda-bayobowe-na-gen-maj-ruki-karusisi-bahuriye-mu-biganiro-n

  • U Burusiya bushobora kurasa ibigo by'igisirikare cy'u Bwongereza – #rwanda #RwOT

    Uyu muburo watanzwe n'Umuvugizi wa Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Burusiya, Maria Zakharova, mu kiganiro n'abanyamakuru cyabereye i Moscow ku wa Kane. Ni wo muburo ukomeye u Burusiya butanze ku birebana n'imyitwarire y'u Bwongereza kuva intambara yo muri Ukraine yatangira.

    Zakharova yavuze ko Londres isatira kuba yagira uruhare mu bikorwa u Burusiya buvuga ko ari iterabwoba rikorerwa abaturage babwo, anaburira ko bishobora kugira 'ingaruka zikomeye' mu gihe u Bwongereza bwakomeza uwo murongo.

    Ati 'Twagiye tuburira kenshi ko ibigo by'igisirikare by'u Bwongereza ndetse n'ibikoresho byacyo biri muri Ukraine cyangwa hanze y'imbibi zayo bishobora kwibasirwa mu gihe Ukraine yaba ikomeje kugaba ibitero ku butaka bw'u Burusiya ikoresheje intwaro z'u Bwongereza.'

    U Burusiya butangaje ibi nyuma y'umunsi umwe Moscow ishinje Ukraine gukoresha ibisasu bya missile bya Storm Shadow bikorerwa mu Bwongereza mu gitero cyagabwe ku nyubako y'ubucuruzi i Donetsk, umujyi ugenzurwa n'u Burusiya. Abayobozi b'u Burusiya bavuze ko icyo gitero cyakomerekeyemo abaturage barimo n'abana.

    Mbere yaho, Kremlin yari yarashinje u Bwongereza gutiza umurindi intambara nyuma y'uko Londres itangaje ko izaha Ukraine ikoranabuhanga ryo gukorera mu gihugu ibisasu bya Storm Shadow.

    Umuvugizi wa Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Burusiya, Maria Zakharova, yavuze ko igihugu cye gishobora kurasa ibigo by'igisirikare cy'u Bwongereza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-burusiya-bushobora-kurasa-ibigo-by-igisirikare-cy-u-bwongereza