Ni itsinda rizamarayo iminsi itanu uhereye ku wa 17 Kanama 2026 kugeza ku wa 21 Kanama 2026 nk'uko byatangajwe n'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB).
Muri icyo gihe hazabaho ibiganiro bihuza inzego za Leta z'ibihugu byombi bigamije guteza imbere imikoranire mu by'ubukungu hagati y'u Rwanda na Brésil. Hazabaho kandi ibiganiro hagati y'abikorera bo mu Rwanda n'abikorera bo muri Brésil.
Ni ibiganiro bizabera mu mijyi igiye itandukanye yo muri Brésil irimo umurwa mukuru w'iki gihugu, Brasília, umujyi w'ubucuruzi, São Paulo, ndetse no muri Santa Catarina.
Intego nyamukuru y'uru rugendo ni ugushaka uburyo bwo kongera ubucuruzi hagati y'u Rwanda na Brésil, gukurura ishoramari ndetse no gushishikariza ibigo byo muri ibi bihugu byombi gukorana mu mishinga itandukanye iteza imbere ubukungu n'ishoramari.
Iri tsinda kandi riziga imikorere y'amasoko yo muri Brésil, inganda n'ibindi byose rizabona nk'amahirwe Abanyarwanda babyaza umusaruro.
Ibi bibaye mu gihe muri Gashyantare 2026, u Rwanda na Brésil byasinye amasezerano atanga umurongo ku mikoranire y'ibihugu byombi mu guteza imbere ubucuruzi, korohereza ishoramari ndetse n'ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Iri tsinda ry’Abanyarwanda rizasura imijyi itandukanye Brésil
Hashize iminsi itatu Rwanda FDA ikuye ku isoko inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nk'ibyuma zangizaga ubuzima bw'abaturage. Abazicuruza basabwe kuzikura ku isoko ndetse no kureka kuzikwirakwiza.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yabwiye IGIHE ko inzoga zakuwe ku isoko zicaga abantu ndetse zikanateza imyitwarire mibi mu rubyiruko. Yavuze ko hari abakomeje kuzihisha munsi y'ibitanda bakanga kuzitanga.
Ati 'Muri iyi minsi itatu rero hatangiye ibikorwa kugira ngo dukize abaturage ikibi ibyo bintu byose bibateza harimo amakimbirane, umutekano muke, impfu za hato na hato. Muri iyi minsi itatu tumaze gufata ibinyobwa bitandukanye birimo Ingwe, Lucky Gin, Kiwingu n'izindi, tumaze gufata amakarito arenga 6.000 ndetse na litiro 14.752, hafashwe abantu 43 babaga bakibifite, babihishahisha mu ngo zabo bashaka gukomeza kuzicuruza.''
Umuganura wizihizwa ku wa Gatanu wa mbere w'ukwezi kwa Kanama buri mwaka.
Minisitiri Dr. Bizimana yanditse kuri konti ye ya X ko abantu bose bakwiye kwishimira ibyiza bagezeho babyigejejeho ariko kunezezwa n'umusaruro bisaba kureba icyatuma 'tudasubira inyuma kuko abakora ni abazima n'abakomeye.'
Ati 'Ubu twugarijwe n'icyorezo cy'abakora n'abanywa inzoga z'uburozi zangiza ubuzima bw'Abanyarwanda, twugarijwe n'ubusinzi mu rubyiruko, uburumbo, uburaya, ukwiyandarika n'ibindi bikorwa by'iteshagaciro, hakabura urugero rw'abakuru ruvuga ngo nimusigeho, nimureke ishyano n'amahano. Umuganura nutubere umwanya wo guhagurukira rimwe tukamagana aya mahano. Ingeso mbi zitwicira ubuzima mu Rwanda rwa Kanyarwanda. Twese hamwe dufatanyije mu runana rw'imihigo niduhanike tuti 'birarambiranye turabisezereye.'
Yasabye urubyiruko guharanira kugira ubuzima buzira umuze kuko ari yo soko y'iterambere ry'ubuzima bwa buri wese n'igihugu.
Tombola y’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup yasize Rayn Sports yo mu Rwanda igomba kuzahura na Panthere Sportive yo muri Cameroun.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama 2026 ni bwo habaye tombola y’uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup umwaka w’imikino wa 2026-27.
Iyi tombola yabereye i Cairo mu Misiri yasize Rayon Sports ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa rushanwa, yamenye ikipe bizahura.
Rayon Sports ikaba yisanze igomba guhura na Panthere Sportive yo muri Cameroun izarenga aha ikaba izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Atomic yo muri Comoros na Black Bulls yo muri Mozambique.
Iri jonjora ry’ibanze imikino ibanza izakinwa hagati ya tariki ya 4 na 6 Nzeri 2026 mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 11 na 13 Nzeri 2026.
Umwaka ushize ntabwo Rayon Sports yabashije kurenga iki cyiciro kuko yasezerewe na Singida Black Stars yo muri Tanzania.
Tombola y’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup yasize Rayn Sports yo mu Rwanda igomba kuzahura na Panthere Sportive yo muri Cameroun.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama 2026 ni bwo habaye tombola y’uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup umwaka w’imikino wa 2026-27.
Iyi tombola yabereye i Cairo mu Misiri yasize Rayon Sports ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa rushanwa, yamenye ikipe bizahura.
Rayon Sports ikaba yisanze igomba guhura na Panthere Sportive yo muri Cameroun izarenga aha ikaba izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Atomic yo muri Comoros na Black Bulls yo muri Mozambique.
Iri jonjora ry’ibanze imikino ibanza izakinwa hagati ya tariki ya 4 na 6 Nzeri 2026 mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 11 na 13 Nzeri 2026.
Umwaka ushize ntabwo Rayon Sports yabashije kurenga iki cyiciro kuko yasezerewe na Singida Black Stars yo muri Tanzania.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yatangaje ko kwizihiza Umuganura bikwiye kujyana no kureba icyatuma abantu badasubira inyuma, ashimangira ko muri iki gihe u Rwanda rwugarijwe n'icyorezo cy'ubusinzi mu rubyiruko, uburumbo, uburaya n'ibindi bitesha agaciro abantu kandi hatagaragara uruhare rw'abakuru babakebura ngo babibabuze.
Umuganura wizihizwa ku wa Gatanu wa mbere w'ukwezi kwa Kanama buri mwaka.
Minisitiri Dr. Bizimana yanditse kuri konti ye ya X ko abantu bose bakwiye kwishimira ibyiza bagezeho babyigejejeho ariko kunezezwa n'umusaruro bisaba kureba icyatuma 'tudasubira inyuma kuko abakora ni abazima n'abakomeye.'
Ati 'Ubu twugarijwe n'icyorezo cy'abakora n'abanywa inzoga z'uburozi zangiza ubuzima bw'Abanyarwanda, twugarijwe n'ubusinzi mu rubyiruko, uburumbo, uburaya, ukwiyandarika n'ibindi bikorwa by'iteshagaciro, hakabura urugero rw'abakuru ruvuga ngo nimusigeho, nimureke ishyano n'amahano. Umuganura nutubere umwanya wo guhagurukira rimwe tukamagana aya mahano. Ingeso mbi zitwicira ubuzima mu Rwanda rwa Kanyarwanda. Twese hamwe dufatanyije mu runana rw'imihigo niduhanike tuti 'birarambiranye turabisezereye.'
Yasabye urubyiruko guharanira kugira ubuzima buzira umuze kuko ari yo soko y'iterambere ry'ubuzima bwa buri wese n'igihugu.
Mu gihe mu bice bitandukanye by'Igihugu cy'u Rwanda hamaze iminsi hari umukwabu wo gukura ku isoko Inzoga n'Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge, aho zimwe mu nganda zabikoraga zamaze guhagarikwa, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga ndetse n'Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry batanze ubutumwa buburira umuntu uwo ariwe wese uzafatanwa izi nzoga n'ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge yabihishe. Bavuze ko uwo atazihanganirwa, ko azafatwa nk'ucuruza Ibiyobyabwenge nka Kokayine. Byumvikane neza ko igifungo cyaba Burundu.
ACP Boniface Rutikanga, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu butumwa yatanze buburira uwo ariwe wese uzafatanwa ibi binyobwa n'inzoga byakuwe ku isoko yabihishe, yavuze ko nta kumwihanganira kuzabaho.
Mu mvugo ye nk'Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu, yagize ati' Ibizaducika noneho, uzasigarana ibi ng'ibi!, Reka mbibabwire!, uzasigarana bino binyobwa muri ibi bikorwa turimo dukora, azafatwa nk'umuntu ucuruza KOKAYINE(Cocaine), azafatwa nk'umuntu ucuruza Ibiyobyabwenge kuko azaba yabigambiriye kwica Abanyarwanda'.
ACP Boniface Rutikanga, akomeza avuga ko umuntu nk'uwo uzabifatirwamo atazafatwa nk'umuntu usanzwe ukigabura ibyo binyobwa kuko azaba akora ibyo azi neza ububi bwabyo, azi neza ko byavanywe ku isoko kubera impamvu zo kurengera Ubuzima. Ati' Uzakomeza kubera inyungu z'Amafaranga, azaba yishakira bibazo'.
Dr Murangira B. Thierry ati' no mu cyumba cyawe twageramo, no munsi y'Igitanda';
Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha/RIB, Dr Murangira B. Thierry mu butumwa bwe, yibukije ko muri uru Rugamba rwo guca burundu izi nzoga n'ibindi binyobwa bitujuje Ubuziranenge, umuturage ariwe wa mbere ugomba kubyanga, akabyamagana, agatanga amakuru y'aho azi biri cyangwa se aho akeka.
Yatanze ubutumwa bugaragaza kutihanganira uwo ariwe wese uzashaka guhisha izi nzoga n'Ibinyobwa birimo gucibwa, gukurwa ku isoko kubera nta buziranenge. Ati' Ni hagira n'ugerageza ku byimura abikura mu bubiko( Depot) ashaka kubishyira mu nzu iturwamo, ntaho urwego rw'Ubugenzacyaha n'inzego zishinzwe kubahiriza itegeko zihejwe igihe cyose hakekwa ko hari ibintu bigize ibyaha, no mu cyumba cyawe twagweramo no mu munsi y'igitanda! Ntaho wahisha'.
Dr. Murangira B. Thierry, akomeza aburira buri wese kwirinda no kugendera kure uwo ariwe wese washaka kumubitsa izi nzoga n'ibi binyobwa bitujuje ubuziranenge biri gukurwa ku isoko. Ahamya ko uwabirengaho, akabibika yaba aguye mu cyaha cyo kubika no guhisha ibitemewe. Yibutsa kandi ko uruhare rw'inzego z'ibanze muri ibi bikorwa ruhoraho, ariko kandi ko n'uruhare rw'umuryango rukenewe mu kubwira abantu, abagize umuryango ko ntawe ukwiye kubyishoramo.
Kugeza ubu, inzego zitandukanye mu Gihugu zirimo iz'Umutekano zahagurukiye gukura ku isoko inzoga ndetse n'ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge nyuma y'aho Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti(Rwanda FDA) kigaragaje ko hari Inzoga ndetse n'Ibinyobwa biri ku isoko bitujuje Ubuziranenge. Hatangajwe kandi urutonde rwa zimwe mu nzoga ndetse n'ibinyobwa, hahagarikwa inganda zabikoraga.
Hirya no hino mu Gihugu, Inzoga n'Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge birimo gufatwa bikamenwa.
Ikipe ya Mukura VS yakiriye umutoza mushya uzayitoza kuva mu mwaka w'imikino 2026-2027 Momcilo Medic ukomoka mu gihugu cya Serbia.
Iyi kipe yambara umuhondo n'umukara yatangaje uyu mugabo w'imyaka 64 y'amavuko ku 5 Kanama 2026 ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga za yo imuha ikaze mu Karere ka Huye.
Momcilo mbere yo kuza mu Rwanda yatoje mu bihugu birimo u Burundi,Afurika y'Epfo, Ghana na Nigeria aho yanyuze mu makipe akomeye nka Flambeau du Centre, Messager Ngozi, Orlando Pirates na Enyimba FC.
Momcilo Medic agiye gusimbura Nshimiyimana Canisius watoje Mukura VS mu mwaka w'imikino 2026-2027 agatanduna nayo muri iyi mpeshyi aho kuri ubu ari umutoza w'Amagaju FC.
Nyuma yo kugera ku kibuga cy'indege cya Kigali, boherejwe mu nkambi y'agateganyo ya Gashora iherereye mu Karere ka Bugesera, aho bazajya bahabwa ubufasha bw'ibanze bazakenera burimo kubatunga, kubavuza n'uburezi.
Kuva muri Nzeri 2019, u Rwanda rumaze kwakira abantu barenga 3000 basaba ubuhungiro baturuka muri Libya. 2681 muri bo bamaze kubona ibihugu bibakira, bibaha ubwenegihugu. Abenshi bimuriwe mu bihugu by'i Burayi no muri Amerika y'Amajyaruguru.
Abamaze kwimurwa barimo 927 bagiye muri Canada, 325 bagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 332 bagiye mu Bufaransa, 297 bagiye muri Suède, 271 bagiye muri Finlande, 229 bagiye muri Norvège, 131 bagiye mu Budage, 94 bagiye mu Buholandi na 72 bagiye mu Bubiligi.
Gahunda yo kwimura abasaba ubuhungiro bari muri Libya ishingira ku bufatanye bw'u Rwanda na UNHCR ndetse n'ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe abimukira (IOM).
Iyi gahunda igamije gufasha abantu bari mu kaga kuba ahantu hatekanye mu gihe hasuzumwa ibyangombwa byabo n'ibindi bisabwa kugira ngo bajyanwe mu bihugu byemeye kubakira.
Libya yabaye inzira ikoreshwa n'abimukira benshi baturuka mu bice bitandukanye bya Afurika bashaka kugera i Burayi, ariko abenshi bahura n'ibibazo birimo gucuruzwa, gufungwa mu buryo butemewe n'amategeko ndetse n'ihohoterwa.
Mu 2019, u Rwanda rwemeye kwakira by'agateganyo bamwe mu basaba ubuhungiro bari muri Libya, mu gihe ibihugu n'imiryango mpuzamahanga bishaka ibisubizo birambye birimo kubasubiza mu bihugu byabo ku bushake cyangwa kubimurira mu bindi bihugu.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi (MINEMA) ivuga ko u Rwanda ruzakomeza gufasha abantu bahunga ibibazo bitandukanye, mu rwego rwo kubahiriza amahame mpuzamahanga yo kurengera impunzi n'abasaba ubuhungiro.
U Rwanda rwakiriye abantu 177 basaba ubuhungiro baturutse muri Libya
Kuva mu 2019, u Rwanda rumaze kwakira abarenga 3000 baturutse muri Libya
Bajyanjywe mu nkambi y’agateganyo ya Gashora, aho bazaba mu gihe ibyangombwa byabo bisuzumwa