Author: webrwanda

  • Rwamagana:Abasore babiri bafatanwe ibiro 43 by’amabuye y’agaciro undi aratoroka #RwoT #MondayMotivation #Africa #Rwandan

    By Chief Editor
    Polisi ikorera mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro yafashe uwitwa Muzigura Jackson w’imyaka 26 na  Mukwiye Fabrice w’imyaka 23 bafite ibiro 43 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
    Aba bombi bafashwe mu mpera z’iki cyumweru tariki 5 Kamena Kamena 2020 bapakiye ayo mabuye mu modoka batayafitiye ibyangombwa.
    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba,CIP Hamdun Twizeyimana avuga ko bariya  basore bafashwe ari nijoro bapakiye mu modoka amabuye y’agaciro bagiye kuyacuruza mu mujyi wa Kagali.
    CIP Twizeyimana yagize ati   ”Kuwa Gatanu tariki ya 5 bariya basore bagiye mu murenge wa Muhazi mu kagari ka Nyarusange bakurayo ariya mabuye mu rugo rw’umuntu. Umuturage yatanze amakuru imodoka ifatirwa mu murenge wa Kigabiro.”
    Yakomeje avuga ko bariya basore bamaze gufatwa bemeye ko ariya mabuye bari bayahawe n’undi muntu ukirimo gushakishwa  kuko mu murenge wa Muhazi nta birombe bihaba bicukurwamo ariya mabuye.
    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba asaba abantu kwirinda kwishora mu bucuruzi butemewe n’amategeko. Abibutsa ko bihanirwa n’amategeko ndetse binadindiza ubukungu bw’igihugu.
    Ati “Hari abantu baba bafite ibyangombwa n’uburenganzira bwo gucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kuyacukura. Bariya rero babikora rwihishwa batesha agaciro buriya bucuruzi bw’amabuye y’agaciro.”
    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.
  • Kirehe/Gahara: Hashize imyaka 2 nta mazi meza bafite ijerekani igura 200Frw

    Umurenge wa Gahara ni umwe muri 12 igize Akarere ka Kirehe, umaze imyaka ibiri nta mazi meza ugira haba ku mavomo rusange ndetse no mu ngo z’abaturage, abahatuye bavoma amazi mabi yo mu bishanga no mu masoko, ijerekani imwe igurwa amafaranga Frw200.

    Bamwe mu baturage bahatuye babwiye Umuseke ko ikibazo cy’amazi muri uyu Murenge ari ingutu, bagorwa no kujya kuvoma muri km 10 nabwo amazi mabi.
    Nsabimana Jean Paul wo mu Kagali ka Rubimba, ati ”Kubona amazi ni ibibazo kuko hashize imyaka ibiri cyangwa itatu atarasanwa. Ubu kuyabona ijerekani imwe ni Frw 200 uha uwayavomye mu misozi.”
    Bamurange Theodeta ati ”Turangije imyaka nk’ibiri tutabona amazi, twavomaga ku ivomo rusange hano i Gahara ubu robine zarakamye, turi kuvoma ibinamba kuko naho twavomaga umwuzure waraje umugezi uruzura.”
    Abaturage bavuga ko kubera kuvoma amazi mabi byatangiye kubagiraho ingaruka zirimo kurwara indwara zikomoka ku mwanda, hakiyongeraho kubateza ubukene kuko udashoboye kujya kuvoma mu mibande bimusaba gutanga Frw 200 ku girango bamushyikirize ijerekani imwe.
    Amakuru avuga ko iki kibazo k’ibura ry’amazi ku ho yari asanzwe yaragejejwe cyaturutse ku muyoboro wubatswe mu mwaka wa 1997 wangiritse bikomeye.
    Umuyobozi w’ishami ry’Ibikorwa Remezo mu Karere ka Kirehe, Munyaneza William yabwiye Umuseke ko abaturage bamaze imyaka ibiri batavoma amazi meza ari abari basanzwe barayegerejwe, ngo kuko igice kinini cy’uriya Murenge kitaragezwamo amazi meza.
    Avuga ko hari companyi yatsindiye isoko ryo gusana uriya muyoboro ndetse yanatangiye gukora muri uku kwezi kwa Kamena 2020 ku buryo Utugari twose tuzahita tubona amazi meza.
    Ati ”Ni Companyi dufitanye amasezerano y’amezi 10 ku buryo twizera ko umwaka w’ingengo y’imari dutangira mu kwezi kwa karindwi 2020 izasiga Utugari twose two muri uriya Murenge dufite amazi meza.”
    Amakuru dukesha Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe avuga ko hakozwe inyigo ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC), bagasanga umushinga wo guha Umurenge wa Gahara amazi uzatwara hafi miliyari imwe n’igice y’amafaranga y’u Rwanda (Frw miliyari 1.5), umushinga uzashyirwa mu bikorwa n’Akarere.
    Uduce twari twaregerejwe amazi meza muri uriya Murenge turimo nko muri Centre ya Gahara, (30%) ahandi ku buso bwa 70% hasigaye nta mazi meza higeze.
    Gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 igaragaza ko mu mwaka wa 2024 nta gace na kamwe ko mu Rwanda kazaba kadafite amazi meza ndetse n’amashanyarazi.
    Aya mazi mabi bavoma niyo banywa, niyo bakoresha, abagiraho ingaruka mu buzima
    Gahara hashize igihe kirekire nta mazi ahari

    Camarade UWIZEYEUMUSEKE.RW
  • Gasabo: Hatahuwe Litiro 6000 by’inzoga yitwa Agasusuruko yakorerwaga mu rwihisho

    Polisi ikorera muri Sitasiyo ya Ndera mu karere ka Gasabo ku bufatanye n’izindi nzego yatahuye urugo rwakorerwagamo inzoga zitemewe zizwi ku izina ry’Agasusurutso. Zari litiro 6,000 zuzuye mu ngunguru 22, zafatiwe mu kagari ka Cyaruzinge, mu mudugudu wa Ayabakora, zafashwe mu gitondo cya tariki ya 07 Kamena 2020.
    Ahafatiwe izi nzoga hagaragaye ibikoresho bitandukanye byifashishwaga mu gukora iyi nzoga birimo nka Tangawizi, amasukari, alukoro (Spirit), amazi n’ibindi bitandukanye. Urwo ruvange nirwo ruvamo icyo kinyobwa. 
    Mwizerwa Olivier, umukozi w’ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti mu Rwanda, yavuze ko kugira ngo amakuru amenyekane byaturutse kuri umwe mu baturage bakora ikinyobwa kitwa Agasusurutso ndetse abifitiye ibyangombwa. Avuga kandi ko urwo ruvange rubyara inzoga rugira ingaruka zikomeye ku bazinywa.
    Yagize ati “Biriya bintu byose iyo babivanze, unyoye iriya nzoga ashobora guhuma amaso kubera iriya alukolo nyinshi bashyiramo bashaka ko bishya vuba. Ziriya nzoga bazipfunyika mu macupa ya purasitike, kandi imisemburo na Pulasitike ntibikorana.  Bityo unyoye izo nzoga bikazamutera uburwayi butandukanye burimo na kanseri.”
    Uwinkindi Angelique ni umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo mu murenge wa Ndera.   Yavuze ko umuturage wakoraga izi nzoga n’ubwo yamenyeko agiye gufatwa agacika ariko azwi, kuko ubuyobozi bw’akarere bwari buherutse kumuhagarika.
    Uwinkindi yagize ati “Uyu muturage ubuyobozi bw’akarere bwari buherutse kumuhagarika, ariko yitwikiraga ijoro we n’abakozi be bagakora. Ntabwo yazicururizaga mu murenge wa Ndera, kuko yazipakiraga imodoka akajya kuzicururiza ahandi.”
    Akomeza avuga ko n’ubusanzwe ariko mu murenge wa Ndera hakunze kumvikana ibibazo by’umutekano mucye biturutse ku businzi bw’izi nzoga zitujuje ubuziranenge.
    Ibi biremezwa na Twagirimukiza Jean de Dieu umuturage wo mu mudugu wa Ayabahizi mu kagari ka Cyaruzinge, ahafatiwe izi nzoga. Avuga ko izi nzoga zatumye agira amakimbirane n’umugore we kubera ubusinzi bituma batandukana.
    Ati “Njyewe izi nzoga zankozeho kuko umugore wanjye duherutse gutandukana kubera zo. Nigeze kugira akazi ahantu zakorerwa nkajya nza nazisinze tukarwana bituma yigira iwabo ubu twarandukanye kubera amakimbirane.”
    Polisi y’u Rwanda ivuga ko inzoga nk’izi zitujuje ubuziranenge si mu murenge wa Ndera zigaragaye gusa, kuko mu minsi ishize mu turere twa Kicukiro na Nyarugenge naho hagiye hagaragara ibihumbi bya litiro zazo.
    Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie-Goretti Umutesi, avuga ko hamaze iminsi hatangiye ibikorwa byo kumena  izi nzoga aho zivugwa hose mu mujyi wa Kigali.
    Yagize ati “Turimo gufatanya n’abaturage, abayobozi mu nzego z’ibanze ndetse n’ikigo gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti. No kugira ngo izi litiro ibihumbi 6 zifatwe n’umuturage waduhaye amakuru ko hari abantu barimo kumwiganira inzoga.”
    CIP Umutesi akomeza avuga ko nyir’izi nzoga zafatiwe mu murenge wa Ndera, hari izo yajyanaga gucuruza mu isoko rya Nyarugenge ari naho zafatiwe bakurikiranye basanga zikorerwa i Ndera, zitangira gukurikiranwa.
    Yakomeje avuga ko ibikorwa bigikomeje kuko hari amakuru ko haba hari ikindi kinyobwa kirimo gukorwa nacyo cyangiza ubuzima bw’abantu. Yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe mu rwego rwo kurengera ubuzima n’umutekano byabo.
    Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.
    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. 
    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000Frw) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000Frw) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
    Panorama.rw
  • Afurika y’Epfo: Amashuri yongeye gufungurwa hashyirwaho ingamba nshya zo kwirinda Coronavirus

    Kuri uyu wa Mbere tariki 8 Kamena 2020, nibwo abanyeshuri bo muri iki gihugu batangiye gusubira ku mashuri aho bose barimo gupima umuriro no gukaraba intoki hifashishijwe isabune n’amazi meza abandi bagakoresha imiti isukura intoki [Hand sanitizers].

    Kongera gufungura amashuri amashuri habayeho ubukerewe nyuma y’uko Ihuriro ry’Abarimu risabye abayobozi b’ibigo kutubahiriza itegeko ryashyizweho na guverinoma bavuga ko amashuri akibura ibikoresho byo gupima ndetse n’iby’isuku.

    Afurika y’Epfo kuri ubu imaze kugira abantu bagera ku bihumbi 50 bamaze kwandura Coronavirus mu gihe abamaze guhitanwa n’aka gakoko gashya bagera ku 1000.

    Minisiteri w’Uburezi bw’Ibanze, Angie Motshekga yatangaje kuri iki Cyumweru ko bashyize imbaraga mu kugeza ibikoresho ku mashuri aho mu cyumweru gishize hafi 95% by’amashuri abanza n’ayisumbuye yari amaze kwitegura kwakira abanyeshuri.

    Guverinoma ya Afurika y’Epfo ikomeje gushakisha uburyo bwo gufasha abanyeshuri bo mu mashuri atabashije gufungura kuri uyu wa Mbere.

    Ku ikubitiro abana bagiye ku ishuri ni abo mu mashuri abanza n’ayisumbuye kugeza mu wa 12.

    Amashuri menshi muri Afurika y’Epfo by’umwihariko aya leta arakennye cyane by’umwihairko ayo mu bice by’icyaro ku buryo kubona amazi ari ikibazo gikomeye, ibintu bishobora kuzatuma bigorana kubahiriza gahunda yo gukaraba intoki nk’uko byatangajwe na Reuters. Abanyeshuri bari gupimwa umuriro mbere yo kwinjira mu mashuri
    Ingamba z’isuku zakajijwe n’ubwo amashuri yongeye gufungura muri Afurika y’Epfo

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Afurika-y-Epfo-Amashuri-yongeye-gufungurwa-hashyirwaho-ingamba-nshya-zo-kwirinda-Coronavirus

  • Rayon Sports irahakana kugurisha Yannick, we agaca amarenga y’uko yamaze kugenda

    Rayon Sports irahakana amakuru y’uko yamaze kugurisha rutahizamu wa yo wari usigaje amasezerano y’umwaka umwe, Bizimana Yannick, ni mu gihe uyu mukinnyi yaciye amarenga ko yamaze gutandukana n’iyi kipe.

    Hamaze iminsi havugwa inkuru y’uko Rayon Sports yagurishije Bizimana Yannick muri APR FC ndetse akaba ashobora gukurikirwa na Mugisha Gilbert.

    Iyi kipe ibinyujije ku rukuta rwa Twitter yahakanye aya makuru ivuga ko ari ibihuha ko itigeze igurisha uyu musore ahubwo ko ikipe imwifuza yabegera.

    Yagize ati“Yannick Bizimana ni umukinnyi wa Rayon Sports kugeza mu mwaka w’imikino 2020/2021. Nta masezerano amugurisha yigeze abaho nk’uko bamwe mu banyamakuru babitangaje!!!! Hagize ikipe imwifuza yakwegera ubuyobozi bwa Rayon Sports.”

    🏮OFFICIAL🏮 #YannickBizimana ni umukinnyi wa @rayon_sports kugeza mu mwaka w’imikino 2020/2021. Ntamasezerano amugurisha yigeze abaho nkuko bamwe mu banyamakuru babitangaje!!!! Hagize ikipe imwifuza yakwegera ubuyobozi bwa @rayon_sports ! pic.twitter.com/b24AEQiC61

    — Official Rayon Sports (@rayon_sports) June 8, 2020

    Mu majwi ya Yannick Bizimana yagiye hanze aganira na Adolphe Hakundukize bakunze kwita Timbiri, yacaga amarenga y’uko yamaze gutandukana n’iyi kipe.

    Yagize ati“bamwita Timbiri … Bampemba miliyoni se ntabwo bayampa, ntabwo bishoboka, ayo bazayaha ba fils na ba Bosco … Sha bangiriye neza noneho nari kuzapfiramo, amezi mba maze ntahembwa, ni hatari noneho ngo bagiye gukinisha abana… APR FC igiye kujya yitwarira ibikombe none se ko nta yindi bazajya bahangana.”

    Yannick Bizimana yinjiye muri Rayon Sports mu mwaka ushize wa 2019 avuye muri AS Muhanga, yayisinyiye imyaka 2 ubu akaba yari asoje umwaka umwe.

    Yannick yaciye amarenga y’uko yamaze gutandukana n’iyi kipe

    source http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-irahakana-kugurisha-yannick-we-agaca-amarenga-y-uko-yamaze-kugenda

  • Icyo kurota umukuru w’igihugu bisobanura

    Hari ibisobanuro bitandukanye byo kurota Perezida wa Repubulika bitewe n’inzozi warose uko zagenze, kurota uhura na Perezida bitandukanye no kurota wabaye Perezida.

    Kurota uhura na Perezida

    Iyo urose ubona Perezida cyangwa uhura na we bisobanura ko wifuza kuba mu buzima bw’icyubahiro kinshi.

    Korota wabaye Perezida

    Iyo urose wabaye Perezida wa Repubulika bisobanuye ko wifuza kuba umunyamwuga na bandebereho mu byo ukora ku buryo abantu bose ari wowe bazajya bahanga amaso.

    Kurota wiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika

    Iyo urose uri mu gikorwa icyo aricyo cyose kijyanye no kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika ni ikimenyetso cy’uko uri ku rugamba rwo kubona imbaraga mu kazi no mu rugo. Bishobora no ikimenyetso cy’uko uri kugaragariza abo mu korana ko ushoboye kuyobora kugira ngo bagushyigikire.

    Kurota ibijyanye no kwica umukuru w’igihugu

    Iyo urose ushaka kwica perezida cyangwa kumutata bisobanuye ko urambiwe guhora itegekwa ibyo gukora. Igice cy’ubwonko bwawe kibika amakuru kiba kikwereka ko hari ibitekerezo ufite wabuze uko utambutsa kubera ko udafite imbaraga.

    Kurota usomana na Perezida wa Repubulika

    Iyo urose usomana na Perezida wa Repubulika cyangwa mwahuje urugwiro cyane, bisobanura ko muri iyo minsi wumva ukunze cyane imbaraga n’ubuyobozi.

    Kurota utora Perezida wa Repubulika

    Iyo warose utora Perezida wa Repubulika bisobanuye ko hari umwanzuro ukomeye ugiye gufata mu minsi mike iri imbere. Uwo mwanzuro akenshi aba ari umwanzuro ufite ikintu gikomeye uvuze ku buzima bwawe, nko guhitamo amasomo uziga, guhitamo akazi ugomba gukora hagati y’aka na kariya n’ibindi.

    Kurota Perezida wa Repubulika yabuze

    Iyo warose umukuru w’igihugu yabuze cyangwa yapfuye bisobanuye ko wataye umutwe, watakaje ubushobozi bwo kuyobora. Bishobora no kuba bisobanuye ko hari impinduka zikomeye zigiye kuba mu buzima bwawe.

    source http://www.ukwezi.rw/Udushya/article/Icyo-kurota-umukuru-w-igihugu-bisobanura

  • Ingingo 9 wasuzuma ukamenya niba umukobwa mukundana agukunda by’ukuri

    Ibi ni ibimenyetso bahuriraho,umusore ashobora kumenyeraho umukobwa umukunda by’ukuri:

    1.Agukunda uko uri?

    Ahanini umukobwa utagukunda urukundo nyarukundo,aba afite ikintu runaka agakurikiyeho. Haba umutungo,amafaranga menshi uhembwa cyangwa winjiza,imibereho myiza ufite,umuryango wifashije cyangwa ukize,…Umukobwa ugunda by’ukuri agukundira uko uri. Ushobora kwibaza uti ese,mfite urwego rwiza rw’ubuzima ndiho kugeza ubu,nabwirwa n’iki unkunda atankundiye ibyo mfite?

    Ni ikibazo cyiza ariko kiroroshye kukibonera umuti. Kugira ngo umenye neza ikimugenza,bisaba igihe gihagije no kumwiga birambuye. Uko mugenda mumarana igihe, ninako ugenda ubona mu byukuri icyo agamije n’icyo agukurikiyeho.Ashobora kukwishushanyaho ukwezi kumwe ariko nimumarana igihe gihagije nk’umwaka uzashyira ubone uruhande ahagazemo.

    2.Ntagusaba ibya mirenge?

    Iyi ngingo yuzuzanya niya mbere. Umukobwa ugukunda ntaguhoza ku nkeke agutura ibibazo ,n’ibyo udashoboye akabikwikoreza. Kutaremerera umusore bakundana,ni ikimenyetso wagenderaho ukamenya umukobwa ugukunda by’ukuri.

    3.Aragukebura?

    Mu Kinyarwanda baca umugani ngo ntawigira kandi ngo ntamugabo umwe. Abasore bagira ingeso zimwe na zimwe zitari nziza. Hari izo umusore aba yaravukanye ari kamere ye cyangwa izo agenda yigira kuri bagenzi be. Umukobwa ugukunda by’ukuri agerageza kugukebura aho abona bitagenda neza. Iyo abona ufite imico cyangwa ingeso zikwangiriza isura mu bandi,akoresha uko ashoboye akakwereka ububi bwayo akanagufasha kuyikira.

    4. Agushyira muri gahunda ze z’ejo hazaza

    Mwene uyu mukobwa ahora yihatira gukora ibikorwa bibafitiye mwembi ejo hazaza akamaro. Niyo ntacyo murageraho, wumva mu nzozi ze harimo kuzabana na we ubuzima bwe bwose. Nubwo mutarabana ariko atangira kukugufata nk’umutware we.

    5.Biragorana ko muryamana?

    Nubwo muri iki gihe urubyiruko rwagize gukora imibonano mpuzabitsina nk’umukino ,umukobwa ugukunda byukuri biragorana ko akwemerera ko muryamana. Yego hari ababanza kwijijisha ngo bakwereke ko batigeze basambana ariko ahanini umukobwa ugukunda by’ukuri icyo abikorera ni uko aba yumva kuryamana byatuma hagira igihinduka mu hazaza hanyu nkuko twabibonye mu ngingo ibanza.

    Iteka kuri we aba yifuza ko wazamubere umutware. Kuba mwaryamana igihe kitaragera(Mutarasezerana),aba abona ushobora kudohoka cyangwa kuva mu rukundo/umubano mwari mufitanye. Wowe uba ubonye icyo ushaka ,we akabona azasigara arira mu myotsi kubera icyemezo kigayitse yafashe akareka mukaryamana. Si ukuvuga ko adafite umubiri nkuw’abandi cyangwa ngo abe agira ubushyuhe mu mubiri,ahubwo atekereza cyane ku ngaruka z’icyo gikorwa yaba yishoyemo imburagihe.

    6. Aguhishurira amateka y’ubuzima bwe?

    Umukobwa ugukunda by’ukuri kandi ukwibonamo,arakwibwira wese. Nubwo abakobwa bakunda kwirekura no kuvuga amateka y’ubuzima bwabo,ariko iyo ageze aho akubwira byose byamubayeho,ibyo yaciyemo,iba ari intambwe nziza yo kukwizera no kukwimariramo.

    Ntiwabwira umuntu utizeye ubuzima bwawe cyangwa amateka yawe yahahise. Icyo ugomba kugenzura ,ni ukureba niba akubwira byose. Kukubwira byose hakubiyemo no kukubwira amakosa n’ingeso mbi zagiye zimuranga mu hahise he. Umukobwa ukubwira ibyiza gusa yagiye akora cyangwa byamubayeho,uzamugireho ikibazo,utangire no kumukemanga.

    7. Kukugirira ishema

    Umukobwa ugukunda aterwa ishema na we. Igihe mugendana ntagira ipfunwe ryo kugufata akaboko, kukwisanzuraho atitaye ku maso ya rubanda. Kugukunda akanabyerekana ni ikimenyetso wagenderaho ukemeza ko agukunda by’ukuri kandi atagutendekaho abandi basore/bagabo.

    8.Kukubaha

    Umukobwa ugukunda by’ukuri arakubaha. Guca bugufi k’umukobwa /umugore imbere y’igitsinagabo ni ikimenyetso cy’urukundo. N’ubwo uburinganire bwaje ariko ntibwakuyeho ko umugore aba agomba guca bugufi imbere y’umugabo.

    9.Kukugaragariza urukundo n’amarangamutima nta mbereka

    Kuba ukunda umuntu ntibihera mu magambo. Ugomba kubimwereka no mu bikorwa. Iyo umukobwa ateye intambwe akakwereka ko ataria amagambo gusa ahubwo akagira n’ibikorw agukorera,fata ukomeze umukobwa ni uwo. Ibyo bikorwa harimo:Kukugenera impano,kuzirikana amataliki y’ingenziy’ubuzima bwawe,kukuba hafi igihe uri mu byishimo ndetse no mu byago mukba muri kumwe,…

    Kuri ibi bimenyetso hiyngeraho kukwishimira,kukwerekana mu muryango we no mu nshuti ze(Presentation),Kukwishimira igihe muri kumwe,kumva mutandukana,kugukumbura,kuguhamagara cyangwa ubundi buryo bwose mwagiranamo ikiganiro,..

    source http://www.ukwezi.rw/urukundo/article/Ingingo-9-wasuzuma-ukamenya-niba-umukobwa-mukundana-agukunda-by-ukuri

  • Haruna na Papy ntibasoje icyumweru neza

    Haruna Niyonzima na Sibomnaba Patrick Papy, abanyarwanda bakinira ikipe ya Young Africans muri Tanzania ntibyaraye bigenze neza nyuma yo kunyagirwa na KMC ya Mugiraneza Jean Baptiste Migi ibitego 3-0, hari mu mukino wa gishuti.

    Ni umukino wateguwe mu rwego rwo rwo gufasha amakipe yombi kwitegura imikino ya shampiyona izagaruka mu mpera z’iki cyumweru nyuma y’uko yari yarasubitswe kubera icyorezo cya COVID-19.

    Ni umukino wabereye ku kibuga cya Uhuru, ukaba utagaragayemo umukinnyi Sibomana Patrick Papy wa Young Africans n’ubwo yari ku rupapuro rw’abagomba kwifashishwa kuri uyu mukino.

    Haruna Niyonzima we akaba yakinnye uyu mukino iminota 90. Mugiraneza Jean Baptiste Migi wa KMC akaba yinjiye mu kibuga asimbura.

    Ni umukino woroheye cyane ikipe ya KMC maze inyagira Young Africans ibitego 3-0.

    Ni ibitego bya Sadallah Lipangile ku munota wa 31, Charlse Ilanfya ku munota wa 45 mu gihe Hassan Kabunda yatsinze icya nyuma ku munota wa 64.

    Haruna Niyonzima yakinnye iminota 90

    source http://isimbi.rw/siporo/article/haruna-na-papy-ntibasoje-icyumweru-neza

  • Nova Bayama mu nzira zerekeza muri Kiyovu Sports

    Nyuma yo gusoza amasezerano ye muri AS Kigali ariko ntibumvikane ku ngingo yo kongererwa amasezerano, Nova Bayama ashobora kwerekeza mu ikipe ya Kiyovu Sports.

    Uyu musore ukina ku mpande asatira, asoje amasezerano muri AS Kigali ariko ntiyumvikanye n’iyi kipe ku byo kumwongera amasezerano kuko yatangaga amafaranga make, yahisemo kuba yatandukana na yo.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko uyu musore ashobora kwerekeza mu ikipe ya Kiyovu Sports, ni nyuma y’uko agiranye ibiganiro n’umutoza uzaba utoza iyi kipe umwaka utaha w’imikino wa 2020-2021.

    Bivugwa ko umutoza Olivier Karekezi yaganirije uyu musore akamwereka ko ari umwe mu bakinnyi yifuza ndetse amubuza kuba yagira indi kipe asinyira ko yaza bagafatanya muri Kiyovu Sports, uyu musore akaba isaha n’isaha yasinyira iyi kipe yambara icyatsi n’umweru.

    Nova Bayama yinjiye muri AS Kigali muri Gashyantare 2019, yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, Mukura VS na Rayon Sports.

    Nova Bayama ashobora kwerekeza muri Kiyovu Sports

    source http://isimbi.rw/siporo/article/nova-bayama-mu-nzira-zerekeza-muri-kiyovu-sports

  • ONU/UN iratabariza Abanyekongo b’abasivili basaga 1300 bishwe #RwoT


    Umuryango w’Abibumbye-ONU/UN, uratangaza ko abasivili 1,300 bishwe mu gihe cy’aya mezi umunani ashize muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu mirwano yahuje ingabo z’iki gihugu n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro.
    Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatanu tariki 05 Kamena 2020, umuyobozi mukuru w’ishami rya ONU rishinzwe uburenganzira bwa muntu, Michelle Bachelet, avuga ko ubu bwicanyi bwabaye cyane cyane mu ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
    Abavugwaho gukora ubu bwicanyi, ni abasilikali n’abapolisi ba Leta, ariko cyane cyane umutwe ufite intwaro witwa Codeco(Coopérative pour le Développement du Congo), ugizwe ahanini n’abo mu bwoko bw’abalendu. Nk’uko ONU ibivuga, Codeco ikunze kwibasira abo mu bwoko bw’abahema n’abalur.
    Undi mutwe ONU ishinja ubwicanyi bw’abasivili ni ADF(Allied Democratic Forces) mu Cyongereza, cyangwa (Forces Démocratiques Alliées) mu Gifaransa. Ugizwe ahanini n’abantu b’Abayisilamu bakomoka muri Uganda. Wavutse mu 1995 uvuga ko uje kurwanya Perezida Museveni.
    Muri Kivu y’Epfo, avasivili bazira cyane cyane intambara z’amoko hagati y’Abanyamulenge n’Abafulero, no hagati y’Ababembe n’Abanyindu. ONU ivuga ko ubwicanyi bwabaye no mu ntara ya Kongo Central, cyera yahoze yitwa Bas-Congo, ndetse no mu murwa mukuru w’igihugu, Kinshasa, aho abasivili 62 bishwe n’abasilikali n’abapolisi ba Leta. Abandi basivili 74 babikomerekeyemo. Abo baturage bose ni abo mu mutwe ugendera ku mahame ya politiki n’iy’amadini bivanze witwa Bundu Dia Kongo, BDK mu magambo ahinnye.
    Usibye kwica, iyo mitwe irayogoza, igafata n’abagore n’abakobwa ku ngufu. Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru rivuga ko ayo mabi yose yatumye kandi abaturage barenga ibihumbi 500 bata ibyabo barahunga.
    Mu itangazo rye, Michelle Bachelet yemeza ko ubu bwicanyi bushobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara. Arasaba z’anketi zigenga kandi zimbitse. Asoza avuga, ati: “Abahohoterwa bakwiye ubutabera, ukuri, n’indishyi z’akababaro.” Arasaba kandi Leta ya Congo gukora ibishoboka byose kugirango ubu bwicanyi buhagarare kandi ntibuzongere.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com