JUNE 8, 2020













POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV





Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yashimiye Gen Evariste Ndayishimiye wegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, yabaye ku wa 20 Gicurasi 2020, aho yagize amajwi 68%.
Message de félicitations du Gouvernement de la République du Rwanda au Président élu de la République du Burundi.
Source : igihe.com

Abakinnyi 2 bakina basatira izamu mu ikipe ya Rayon Sports, Mugisha Gilbert ndetse na Yannick Bizimana bivugwa ko bamaze kugurishwa mu ikipe ya APR FC kugira ngo iyi kipe ibone amafaranga yo guhemba ibirarane ifitiye abakinnyi.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo inkuru y’igurishwa ry’aba bakinnyi muri APR FC yamenyekanye, bivugwa ko iyi kipe iri mu bibazo by’amikoro kuri ubu yasanze nta y’andi mahitamo yari ifite yo kuba yakemura ibibazo by’ibirarane ifitiye abakinnyi uretse kuba yagurisha aba bakinnyi.
Aba bakinnyi bombi buri umwe yari asigaranye umwaka umwe. Anmakuru agera ku ISIMBI ahamya ko Yannick Bizimana wamaze no kuba yasinya yaguzwe agera kuri miliyoni 22 z’amafaramga y’u Rwanda n’ubwo byari byavuzwe ko ari 12, akaba yarasinyiye APR FC imyaka 2.
Ku ruhande rwa Mugisha Gilbert we amakuru avuga ko agomba kugurwa miliyoni 12 ubundi akerekeza muri APR FC, gusa ntabwo arasinyira iyi kipe ariko na we bikaba bigomba kurangira mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Rayon Sports yafashe ingamba yo gukinisha abana gusa, amakuru avuga ko gutanga aba bakinnyi muri APR FC yumvikanye na yo ko hari abakinnyi igomba kuyitiza barimo myugariro wa yo wakinaga muri Marines FC, Clement n’ubwo iby’uyu musore bitararangira.
source http://isimbi.rw/siporo/article/yannick-bizimana-na-mugisha-gilbert-muri-apr-fc

Intandaro y’iyi myigaragamyo yatangiriye muri Leta zunze ubumwe za Amerika igakomereza mu bihugu bitandukanye birimo n’Ubwongereza ni urupfu rw’umwirabura George Floyd wishwe ahejejwe umwuka n’umupolisi w’umuzungu wo muri Leta ya Minnesota wamupfukamwe ku gikanu hafi iminota 9 yose.
Umunyamateka wo mu Bwongereza David Olusoga avuga ko ishusho yakozwe mu mwaka wa 1895 nyuma y’imyaka 200 apfuye.
Ati “Iyo shusho yerekana ko mu kinyejana cya 17 ab’i Londres no muri Bristol bagize uruhare mu icuruzwa ry’abirabura. Ariko mu kinyejana cya 19 Bristol bakora iyi shusho ntabwo bigeze batekereza ko hari abazayibona nko guha icyubahiro umuntu wacuruje abacakara”.
Uyu munyamateka avuga ko Edward Colston yakoranaga na ‘Afurika Royal Company’ ikigo cyacuruje abirabura batagira ingano.

Iyi shusho yakozwe mu 1895 yahiritswe tariki 7 Kamena 2020
BBC ivuga ko Edward Colston yacuruje bucakara abirabura barenga ibihumbi 100, kuva mu 1672 kugera mu 1689.
Edward Colston, yatangiye acuruza amavuta, divayi n’imbuto nyuma aza kwihuza k’ikigo Africa Royal Company. Bivugwa ko yari afite amato arenga 40 mu nyanja.
Icyaha cy’umwicanyi bwo mu rwego rwa kabiri, ubwicanyi bwo mu rwego rwa gatatu no kwica atabigambiriye ni byo bayaha bitatu Derek Chauvin wapfukamye ku ijoso rya George Floyd akurikiranyweho. Abandi bapolisi batatu bari kumwe nawe ubwo bari bagiye guta muri yombi uyu mwirabura nabo batawe muri yombi bakurikirwanyweho ubufatanyacyaha muri ibi byaha.
Ejo ku Cyumweru mu mujyi wa Los Angles hafatiwe ifoto yo mu kirere kirekana ko abari mu myigaragambyo muri uwo mujyi wonyine ari ibihumbi 20.

mugabo wo muri Leta ya Virginia n’umugabo we babeshye ko uwo mugore yaburiwe irengero kugira ngo atajyanwa muri gereza ku byaha yari akurikiranyweho.

Julie Wheeler n’umugabo we Rodney Wheeler batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo no kubeshya Polisi.
Polisi ivuga ko Julie Wheeler byatangajwe ko yaburiwe irengero, bikorwa n’umugabo we n’umwana wabo w’imyaka 17.
Uwo muryango wavuze ko yabuze ku cyumweru kandi ko yaba yarahanutse ahantu mu mugezi wa Grandview Overlook. Abayobozi bahise batangira kumushakisha, kuwa Kabiri bamusanga yihishe aho babika imyenda mu rugo rwe.
Polisi ivuga ko Rodney Wheeler n’umuhungu we bagiye ku mugezi wa Grandview Overlook bakahashyira ibintu, bagaragaza ko ariho Julie yaburiye kandi babeshya.
Julie Wheeler yapanze kwiburisha nyuma y’aho muri Gashyantare uyu mwaka atangijweho iperereza ku ivuriro rye ryakoraga binyuranyije n’amategeko. Tariki 17 Kamena uyu mwaka nibwo urubanza rwe kuby’iryo vuriro ruzasomwa. Ni icyaha gishobora gutuma ajya muri gereza ari nayo mpamvu yagihungaga.
POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV
82 total views, 82 views today
The post Uyu mugabo yabeshye ko umugore we yapfuye ngo atajyanwa muri gereza:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.
Mobile money itaraza wasabaga umukobwa numero ye yayiguha ukamenya ko ashobora kub agukunda atayiguha ukamenyako atakwifuza cyangwa ko ntarukundo agufitiye naho ubu niyo yaba atagukunda arayiguha kuko hari izindi nyungu(amafaranga) azagukuraho azajya agusabira kuri iyo nimero.

Ubundi umuhungu iyo ahuye n’umukobwa akumva aramukunze mu buryo bumwe cyangwa ubundi biba ngombwa ko asigarana nimero ye ngo bajye bavugana abone uko aza amutereta. Mu myaka yashize umukobwa yabonaga atakwishimiye cyangwa atagukunze akaba ataguha numero ye.
Ubundi baravuga ngo uko iterambere ryadutse,abantu tuba tugomba kwitega ibintu bibiri aribyo ingaruka nziza rizazana ndetse n’izindi ngaruka mbi byaba mu gihe gito cyangwa mu gihe kirekire.
Kera telefone ndetse n’uburyo bwo kohererezanya amafaranga binyuze mu ikoranabuhanaga bitaraza, ibijyanye no guhererekana amafaranga ava ku muntu umwe bikozwe mu gihe gito ajya kuwundi byari ibintu bigoranye kubera ko byasabaga ko byanze bikunze umwigereraho cyangwa ugatuma undi muntu akamugeraho akabona kumushyikiriza ayo mafaranga.
Aho haziye mobile money n’ubundi buryo bwo kohererezanya amafaranga binyuze kuri simukadi, uyu muco abakobwa wo kwimana numero cyangwa gutanga nimero ye ya telefone itabaho cyangwa itari iyabo hafi ya bose barawuretse nyuma yo kumva ko, niyo yaba atagukunda atakwima nimero ye kuko kutagukunda ariko wowe umukunda bishobora gutuma ajya akwaka amafaranga nuko ukayamuha ubinyujije kuri ya numero ye (ibyo bita gukura ibyinyo ku bakobwa).
Nkuko tubikesha ikinyamakuru Ghanavibes.com abakobwa babiri bo mu gihugu cya Ghana wowe musore cyangwa mugabo uri gusoma iyi nkuru barakugira Inama zuko ugomba kwirinda bamwe mu bakobwa b’iki gihe cya Mobile Money ko abemeye kuguha bose nimero zabo atariko baba bagukunda ahubwo ko abenshi baba bishakira kukubyaza umusaruro bagukura ibyinyo ubundi bakagusiga iheruheru nurukundo wifuza urubuze.

Mu mashusho yagiye hanze yagaragayemo abakobwa babiri ubona bafite uburakari bwinshi, bavuga ukuntu abakobwa b’iyi minsi basigaye babeshya abahungu nuko bakaboherereza amafaranga ariko bamara kuyabamaraho bagahita babakatira urukundo babifuzagaho bakarubura.
Bagize bati: “Kuva mobile money yabaho,abakobwa bo mu gihugu cya Ghana baretse guha cya bahise guha abahungu nimero za telefone zabo zitarizo, rero mwabahungu mwe mugomba kumenya ubwenge”
“Bagabo mumenye ubwenge kubera ko hashize igihe kirekire dutangiye kubakura ibyinyo. Bizaba byiza ayo mafaranga muduha muyahaye ba Mama banyu kuruta uko wayaha abakobwa batanagukunda” aya ni amagambo y’umwe muri abo bakobwa.
Bakomeje bagira Inama abahungu yo kuzigama amafaranga yabo aho kuyata kubakobwa batanabakunda. Bati: “Mwabasore mwe mwizigamire amafaranga yanyu kubera ko abakobwa mu mitwe yabo bamaze kwimika umuco wo gukomeza kuyabaka kandi batabakunda.
Abakobwa bazakomeza babasaze, bamaze kubafata nk’ibikinisho ndetse nk’injiji zo gukuraho amafaranga,rero mugomba guhagarika gukomeza kuboherereza amafaranga muziko mwiteze ko bazaha urukundo mugakundana.
Kugeza ubwo bazabaha ibyo namwe mushaka,bitari ibyo mureke kubaha amafaranga yanyu.”
Nubwo iyi nkuru ivuga ku bakobwa bo mu gihugu cya Ghana,ntawatinya kuvuga ko no mu Rwanda bino bintu ko Bihari. Impamvu nuko ninaha nta mukobwa ugipfa kwimana nimero ye ya telefone,kandi abayiguhaye bose suko baba bagukunda ahubwo bashobora kuba bakunze ibyo utunze ngo bage babigukuraho bakoresheje Mobile Money ariko batagukunze.
Gusa uwakoma urusyo yanakoma n’ingasire,niba hari abakobwa bakura ibyinyo igitsina gabo bakibeshya urukundo umuntu ntiyatinyako kuvuga ko hari n’abandi bahungu bashukisha abakobwa amafaranga bababeshya ko babakunda nyamara ari ukugirango babasambanye nyuma babate bigengere.
Urebye aha twuvuga ko ari kimwe kuri kimwe ndetse ko bisa naby’ibindi ngo indyarya ihimwa n’indyamirizi aho umuhungu ashobora kwishuka ko ategeye umukobwa ku mafaranga akamusambanya nyamara umukobwa na we yifitiye gahunda yo kumukura ibyinyo abeshya uwo urukundo no kumuha ku gitsina.
POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV
154 total views, 154 views today
The post Nta mukobwa ikimana nomero ya telefoni ye kubera ko bose baziko amafaranga atagirwa kuri mobile money!! Soma Impamvu>> appeared first on Rwanda Paparazzi.







