Author: webrwanda

  • SHADDY BOO YAMAZE KWIHANGIRA UMURIMO MWIZA BURI WESE YEMEZA KO AZATERA IMBERE CYANE:INKURU>>

    UMUKOBWA UMAZE KWAMAMARA UZWI NKA SHADDY BOO UYU UMUNSI HARAMAKURU AVUGWA KO YAMAZE KWIHANGIRA UMIRIMO IKOMEYE WO GUTEKERA MURUGO AKAGEMURA IBYO BIRYO AHO WABA URI HOSE.

    IBI BIRASHOBOKA KO SDHADDY BOO YABA YARAFASHE UYU MWANZURO MU GIHE CYA GUMA MURUGO KUKO ABANTU BENSHI BIZE IMIRIMO ITANDUKANYE MU GIHE BAMAZE BARI MUNGO ZABO.
    KANDI BURI WESE YEMEZA KO ASHOBORA KUBA YARAHISEMO NEZA SHADDY BOO BITEWE NI ZINA AMAZE KUGIRA UYU MUNSI AKAZI KOSE YAKORA MWIZINA RYE NTAWAHAMYA KO ATABYUNGUKIRAMO BITEWE NUKO YAMAZE KWAMAMARA CYANE.

    HASHIZE IMINSI AYA AMAKURU AVUGWA ARIKO NYIRI UBWITE RWANDAPAPARAZZI.RW YAMUHAMAGAYE ICURO ZIGERA KURI 3 ATITABA NGO AMARE ABANYARWANDA AMATSIKO DORE KO ARI NA KAZI KEZA YIHANGIYE BURI WESE ASHIMA KURUTA IBINDI BYOSE YABAGAMO.
    BIJYANYE NO KWAMAMAZA AKORESHAJE INSTARGAM YE IFITE ABAYIKURIKIRA BARENGA IBIHUMBI 500 IKINDI KANDI NTIWAKWIRENGAGIZA KO KWAMAMAZA KO MU RWANDA AHANINI NTANYUGU ZIBAMO BITEWE NUKO AMASOSIYETE YAGATANZE AMAFARANGA YO KWAMAMAZA BATANGA AMAFARANGA ATAGIRA ICYO YAKUMARIRA KANDI NI BINTU BIDAHORAHO BYATUNGA  UMUNTU.

    POSTED BY UWINEZA VANESSA KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     74 total views,  74 views today

    The post SHADDY BOO YAMAZE KWIHANGIRA UMURIMO MWIZA BURI WESE YEMEZA KO AZATERA IMBERE CYANE:INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/06/shaddy-boo-yamaze-kwihangira-umurimo-mwiza-buri-wese-yemeza-ko-azatera-imbere-cyaneinkuru/

  • Brazil yasibye imibare yayo ku rubuga rugaragaza uko Covid-19 ihagaze ku isi #Rwanda #RwOT

     

    Perezida Bolsonaro wa Brazil ashinja OMS kubogama akavuga ko ashobora kugera ikirenge mu cya Perezida wa Amerika agahagarika imikoranire na OMS
    Perezida Bolsonaro wa Brazil ashinja OMS kubogama akavuga ko ashobora kugera ikirenge mu cya Perezida wa Amerika agahagarika imikoranire na OMS
    Ibi byakozwe nyuma y’amasaha make Minisitiri w’Ubuzima muri Brazil, atangaje imibare mishya, Perezida Jair Bolsonaro akavuga ko iyo mibare ntaho ihuriye n’ukuri.
    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Bolsonaro yagize ati: “Imibare itangazwa ntaho ihuriye n’ukuri kuri mu gihugu. Turi gufata izindi ngamba zizatuma tumenya imibare ya nyayo kuri iki cyorezo”.
    Ibi byakozwe ku wa Gatandatu tariki 06 Kamena 2020, ubwo imibare y’amezi yose yatanzwe kuri iki gihugu.
    Perezida Bolsonaro ndetse na Minisiteri y’Ubuzima, ntibigeze batangaza impamvu basibye iyo mibare ku rubuga rwashyiriweho gutangaza uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu bihugu.
    Imibare iheruka, yerekana ko muri Brazil hamaze kwandura abagera ku bihumbi 672, kikaba ari cyo gihugu cya 2 mu kugira abantu benshi nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abasaga ibihumbi 36 bamaze gupfa bazira Covid-19 muri Brazil.
    Inzego z’ubuzima ndetse n’imiryango itari iya Leta muri iki gihugu, ivuga ko n’ubundi imibare itangazwa na Leta ari mike cyane, bagereranyije n’ubukana iki cyorezo gifite muri iki gihugu.
    Source : kigalitoday
  • Aline arashaka umukunzi uzamwomora igikomere yatewe n’umusore bigeze gukundanda #RwoT


    By Doriane Umutoni
    Nitwa Umugwaneza Aline mfite imyaka 24 ntuye Kacyiru nkaba nkeneye umukunzi uzankiza igikomere maranye imyaka, nkaba nifuza ko yaba afite imyka itarenze 35. Muri 2017 ubwo nari ndwaje murumuna wanjye kwa muganga nahamenyaniye n’umusore nawe wari urwaje mugenzi we. Twembi twari abarwaza, mu ma salle yegeranye. Tugatizanya ibikoresho ndetse tukihanganishanya. Nyuma y’aho yansabye urukundo mbona ntacyambuza kurumuha. Gusa ntibyatinze kuko naje kumenya ko afite undi mukobwa basanzwe bakundana rero mpita ntandukana nawe. Hashize iminsi ansaba ko duhura njyayo mbona ko ari kunsaba kuzakomezanya nawe mbese ambwira ko uwo mukobwa w’undi barekanye twahise twongera turakundana.
    Ntihaciye kabiri azana n’undi ndabimenya kandi nanamenyako agikururukana na wawundi wa mbere noneho niyemeza kujya mbyihanganira wa mukobwa wa mbere aho yakoraga baje kumwirukana ajya gukora mu ntara umusore nawe bamwimurira Nyagatare akaba ariho musura. Ni ukuri yankoreye byinshi bibi nkihangana ariko nyuma yarahindutse mbona ntakimpamagara biranyobera namuhamagara akanyihorera akabikora abishatse. nafashe urugendo njya kumusura njyezeyo nsanga aryamanye n’umukobwa uwo mukobwa araza arandeba aransuzugura ndetse aranantuka cyane nahise ntaha ndi kurira kuva ubwo ndahira ko ntazongera gukunda. Ubu rero ndumva nshaka kongera gukunda niyo mpamvu nkeneye umukunzi wankiza igikomere natewe n’uwo musore.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
  • Perezida Magufuli yashimangiye ko Tanzania yatsinze Coronavirus kubera Imana #RwoT

    Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yatangaje ko icyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus cyashize muri Tanzania kubera ubuntu bw’Imana, anashimira buri wese wafashe umwanya akabisengera.


    Umukuru w’Igihugu cya Tanzania yabitangaje kuri iki Cyumweru, tariki ya 7 Kamena 2020, ubwo yari mu materaniro muri Kiliziya ya Mary Immaculate iri mu Mujyi wa Chamwino muri Dodoma.
    Perezida Magufuli yashimye abayobozi b’amatorero yose muri Tanzania bumviye umuhamagaro wo gusenga Imana ngo ikize Tanzania Coronavirus.
    Yagize ati ‘‘Ndashimira Abanya-Tanzania bose, abanyamadini bose bafashe umwanya tukicara, tugasenga Imana ngo idukize iki cyorezo cyibasiye igihugu cyacu n’Isi yose. Ndashimira Abanya-Tanzania kuko mwemeye ko tubanza Imana kandi yarasubije. Ahari Imana nta kinanirana. Mu izina rya Leta ndabashimira mwese. Harimo abasenze amasengesho yo kwiyiriza, n’ayandi y’ubwoko butandukanye.’’
    Yakomeje avuga ko ‘‘Nizera ko uburwayi bwa Coronavirus bwavanyweho n’imbaraga z’Imana. Turashimana cyane Imana yacu.’’
    Perezida Magufuli yavuze ko mu bintu byose Imana izashyirwa imbere, abenegihugu bazatsinda. Yakomeje avuga ati ‘‘Uyu munsi hano [mu kiliziya] nta wambaye agapfukamunwa.’’
    Yashimiye Padiri Paulo Mapalala uyobora Paruwasi ya Mutagatifu Mary Immaculate wigishije ijambo ry’Imana nta bwirinzi afite kuko ‘wizera ko Yezu uri muri wowe adashobora kwandura Coronavirus.’
    Magufuli yasabye abaturage bose b’igihugu gukomeza kwigengesera ngo birinde inzira zose zatuma bandura Coronavirus cyangwa izindi ndwara.
    Umukuru w’Igihugu kandi yanatanze inkunga yo kwagura Kiliziya ya Mary Immaculate aho yatanze miliyoni 10 z’amashilingi [hafi miliyoni 17 zakusanyijwe] n’imifuka 76 ya sima, ahita anasaba ko imirimo yo kubaka ihita itangira ku wa 8 Kamena 2020.
    Tanzania iri mu bihugu bitafashe ingamba zikakakaye mu guhangana na Coronavirus ndetse ukwezi kurenga kurashize nta mibare mishya itangazwa igaragaza uko iki cyorezo gihagaze.
    Kuva umurwayi wa mbere agaragaye muri Tanzania, hamaze kuboneka abantu 509 banduye, 183 barayikize mu gihe 21 bitabye Imana.

    Perezida Magufuli yashimangiye ko Tanzania yatsinze Coronavirus kubera gusenga Imana

    Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yavuze ko icyo abaturage bazakora cyose biyambaje Imana bazatsinda

    Source : igihe.com
  • Coronavirus: Hadji foods center closes

    The Director-General of Rwanda Biomedical Centre, Dr. Sabin Nsanzimana, told IGIHE that the man infected with Coronavirus was a driver from outside Rwanda.

    Normally people crossing the border are examined when they are about to enter the country and then put in quarantine but when it is found that someone has met or stood in a place, these measurements are taken and the place he passed through is disinfected.

    In Rwanda, 431 people have been diagnosed with Coronavirus, while two have died and 283 have recovered from the virus. Of all the infections, the largest number are males as they account for 81.44% of the total number of 351 people.

    A foods center in Nyanza District known as kwa Hadji has been closed for two days after a person infected with Coronavirus parked there,

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/coronavirus-hadji-foods-center-closes

  • Inganda zikora udupfukamunwa zirataka igihombo gikabije nyuma y’aho udusaga miliyoni 3 tubuze isoko

    Inganda zikora udupfukamunwa zirataka...

    Abafite inganda zikora udupfukamunwa bahawe ibyangombwa baremeza ko bamaze igihe kirenga ibyumweru bibiri bahagaritse kudukora bitewe no kutabona abaguzi batwo.

    Aba bacuruzi babwiye RBA ko hatagize igikorwa bagwa mu gihombo kuko bashoye amafaranga menshi kandi y’inguzanyo mu kubaka ubushobozi bw’inganda zabo mu gukora udupfukamunwa twujuje ubuziranenge, kuko batari basanzwe badukora.

    Mu bubiko bahurizamo udupfukamunwa twemejwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti ko twujuje ubuziranenge, harunzemo udukabakaba miliyoni 3 twabuze abaguzi.
    Zimwe mu nganda zidukora zikavuga ko zimaze ibyumweru bibiri zihagaritse kudukora kuko nta kizere cy’isoko ryatwo.
    Solange Nisingizwe, uhagarariye Kigali Garment Center yabwiye RBA ati “Hari abantu benshi bafashe imyenda kugira ngo batangire gukora udupfukamunwa, ubu rero ayo mafaranga aryamye hano, akazi ntikagenda n’abakozi ntibarahembwa, ni yo mpamvu mubona stock ingana gutya itaragera ku isoko…

    Muri stock twe dufitemo ibihumbi bigera ku 160. Tumaze ibyumweru bibiri duhagaritse gukora kugirango ibyo twamaze gukora bizabanza bikagenda…”
    Na ho Hitimana Saidi, Umuyobozi Mukuru wa Ufaco & Vlisco ati “Iyo urebye mu bubiko bwose hamwe na bagenzi banjye twemerewe gukora udupfukamunwa, dufitemo hafi miliyoni 3. Twe twahagaritse gukora hashize ibyumweru bibiri kandi guhagarika byari ngombwa kuko twabonaga ku isoko bitangiye kugenda nabi…”
    Aba banyenganda bakora udupfukamunwa bavuga ko ishoramari bakoze kugira ngo bashobore gukora udupfukamunwa twuzuje ubuziranenge ari rinini ku buryo utwamaze gukorwa turamutse tutabonewe isoko bizabatera igihombo.
    Swaib Munyawera, uhagarariye Mask Investment ati “Hari ibyo twasabwaga na Leta kugira ngo dukore udupfukamunwa, ni amabwiriza ya FDA, batubwiye ngo uruganda rugomba gusa gutya, abakozi bagomba kwambara gutya, ntibagomba kwambara inkweto bavanye mu rugo, ugomba kugira equipments zimeze gutya, iyo urebye ibyo byose byadusabye ishoramari ridasanzwe, umuntu atarasanzwe afite mu ruganda.

    Rero kuba twarakoze iryo shoramari, uyu munsi hano mu bubiko hakaba hicaye hafi miliyali 1 na 200. Bingana n’udupfukamunwa miliyali 3 uzikubye n’amafaranga 400 tugurisha, ubwo ni miliyali 1.2 z’abo bashoramari batabaye igihe byari ngombwa…”
    Aba banyenganda bakora udupfukamunwa bemeza ko mu mpamvu zituma udupfukamunwa bakora tutabona isoko uko bikwiye ari uko nta ngamba zifatika zijyanye no gukumira ututubahirije ubuziranenge ducuruzwa ku biciro bito ugereranije n’utubwubahirije.
    Hitimana Saidi ati “Ikibazo cya mbere ni uko udupfukamunwa dukora hanze aha hari abandi badukora kandi mu buryo butemewe, ikindi ni uko hari udupfukamunwa abantu bamaranye igihe baguze kuva covid-19 igitangira bakaba bakitwambaye kugeza uyu munsi…”
    Aba bacuruzi basaba leta n’izindi nzego z’abikorera gufatanya nabo gushakira isoko utu tupfukamunwa kuko bazi neza ko dukenewe mu gihugu mu gihe ibikorwa bigenda bifungura kandi hanakomeza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19.
    Sam Kamugisha ushinzwe inganda muri Minisiteri y’Ubucurizi n’Inganda, yabwiye RBA ko hari ibiganiro by’inzego zitandukanye bigamje gushakira iki kibazo muti.
    Yagize ati “Nibyo hari udupfukamunwa turenga miliyoni 2.5 twabuze isoko nkuko byari biteganyijwe, ariko kuwa kabiri hari inama yahuje inzego zitandukanye ngo zirebere hamwe uko utu dupfukamunwa twagezwa hirya no hino ku muturage byibura kugeza ku rwego rw’umurenge, ibyo PSF na MINALOC nibo bazabikora. Ariko habayeho no gushishikariza izi nganda kugabanya gukora twinshi kuko ubusabe cyangwa ubushake bw’abaturage mu kutugura biri hasi, ahubwo bagatangira no gukora ibindi kuko basaga n’ababishyize ku ruhande. Tubasaba rero kudukora ariko babifatanya n’ibindi. Ikindi dukora ni no kureba uburyo twarebera no ku masoko yo hanze nko muri DRC n’ahandi ariko tuzabyiga neza turebe uko byakorwa…
    Izi nganda zatangiye gukora udupfukamurwa mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 ubwo leta yari yasabye ba nyiri nganda gukora udupfukamunwa duhagije mu rwego rwo gufasha abaturage kutubona ku giciro kiboroheye kandi bizeye ubuziranenge bwatwo.
    Inkuru ya RBA

    Source : Umuryango.com



  • Kinazi factory warns customers against bad quality cassava flour

    As the world was celebrating the World Food Safety Day, under the theme “Food safety, everyone’s business”, it was noted that food safety is a shared responsibility between governments, producers and consumers; everybody has a role to play from farm to table to ensure the food we consume is safe and will not cause harm to our health.

    The World Health Organization (WHO) stated that Lack of adequate food hygiene can lead to foodborne diseases and death of the consumer; children being the most vulnerable to these diseases, whereby per year numbers about 125 thousand children death.

    KCP Ltd has been working in Ruhango district, the Southern province, for now eight years and distributes its products throughout the whole country.

    Mbabazi Christian, the Chief Executive Officer of KCP Ltd in an interview with IGIHE, said that the company is on a good track, receiving raw products from farmers from five different districts in the Southern Province, with branches in the eastern province in Bugesera district and there two have started working in partnership with farmers in the area.

    “We have the capacity to receive about 120 tons of raw product from farmers per day. We have expanded from the Southern to the Eastern province and are encouraging every area of the country to have cassava plantations and become our suppliers. The factory work at only 35% of its installed capacity.”

    How is the quality?

    While talking about the quality, Mbabazi said that the government has greatly contributed in bringing quality product, among which was the introduction the Rwanda Standard Board (RSB) that has played a great role in providing internationally recognized and customer suited standardization services.

    “The RSB and other companies work in partnership with the Ministry of Trade and Industry; they can penalize you if you are ever found selling product that are not up to the quality standard.” He said

    “There are many other companies that are working in cassava flour processing. But Kinazi remains the market giants.”

    There is a risk exposition to people consuming bad quality products
    Mbabazi said that people should be more careful as they purchase their flour; they need to see if their products are certified by the RSB.

    “We do what we have to do as a company nationwide, this starts from the factory; we have a team that examines each of our products before distribution to make sure that they are all up to the quality standard. We ask of the people that consume our products to be aware because if they are not careful they might easily consume bad quality products that can have bad consequences on their health.”

    Though they have not been identified yet, there are people abroad who are said to be selling Kinazi cassava flour but have it repackaged as their own product and sell at a very high price.

    KCP Ltd Quality controller, Viateur Ngabonzima said that the company has standards by which they examine the cleanness of their productions starting for the staff member, to the machines used in processing among other things.

    “Kinazi cassava flour has been certified by the RSB. It was also accredited by the U.S. Food and Drug Administration, thus has been allowed on the US market,” he said.

    The Kinazi factory currently has a market in Rwanda and on the European continent; exports are at more than 40%, where they plan to expand to the United States because there is a large market.

    The company says that its flour is not only made of bread but also can be mixed with other flour and made into Cake, Capati, Pizza among others.

    The company has standards by which they examine the cleanness of their productions starting for the staff member, to the machines used in processing among other things.

    “We have the capacity to receive about 120 tons of raw product from farmers per day.”-Mbabazi Christian

    The company says that its flour is not only made of bread but also can be mixed with other flour and made into Cake, Capati, Pizza among others.

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/kinazi-factory-warns-customers-against-bad-quality-cassava-flour

  • Gisagara: Umugore uherutse gukubitwa n’umugabo we yasuwe n’abayobozi baramuhumuriza, amaze iminsi atotezwa

    Ku wa Mbere tariki ya 01 Kamena 2020, nibwo biturutse ku mashusho yari yafashwe ku wa Gatandatu tariki 30 Gicurasi ubwo iki cyaha cyabaga hamenyekanye amakuru avuga ko Munyaneza yakubise umugore we.

    Inzego z’ibanze, n’iz’umutekano zahise zikurikirana iki kibazo uyu mugabo atabwa muri yombi. Nyuma y’aho uyu mugore yasabye ko umugabo we yafungurwa biturutse ku itotezwa akorerwa n’abo mu muryango w’umugabo we dore ko ngo banamubwiye ko atemerewe kugira igikorwa na kimwe akorera mu masambu y’urugo rwe ndetse ko atemerewe gusarura imyaka yahinganye n’umugabo we.

    Kuri wa Gatandatu uyu mugore yasuwe n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’akarere ka Gisagara baramuhumuriza.

    Abayobozi bamusuye bamuhaye kawunga, umuceri, ibitege, n’amavuta mu rwego rwo kumuhumuriza no kumusaba gushikama mu gihe ubutabera buri gukora akazi kabwo.

    Muri buri murenge hatoranyijwe umudugudu wa Mutimawurugo kugira ngo uwo mudugudu ube ntangarugero. Mu midugudu yatoranyijwe harimo n’uwo uyu mugore n’umugabo we batuyemo wa Kibilizi, mu kagari ka Kimana.

    Tumusifu Jérome, uyobora umurenge wa Musha yabwiye UKWEZI ko impamvu nyamukuru yatumye basura uyu mugore ari ukuhumuriza no kumwongerera akanyabugabo muri iyi minsi umugabo ari gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

    Ati “Twasanze nta kibazo, usibye kumwongera morale ni nayo mpamvu twamusuye, urumva mbere bakoraga ari babiri, batunga urugo rwabo, ubu biramusaba ko ari ukuboko kumwe, twamusuye kugira ngo tumubwire ko kuba umugabo we adahari, ubuzima butahagaze dore ko hari hatangiye kuvugwa ko ariho asaba ngo bamufungure bakomeze gukorana”.

    Gitifu Tumusifu avuga ko mu mpamvu zaba zateraga uyu mugore gusaba ko umugabo we yarekurwa harimo kwibaza uko imibere ye n’abana izamera atari kumwe n’umugabo.

    Mu butumwa abayobozi bahaye uyu mugore harimo kumushishikariza kudahishira ihohoterwa ryo mu rugo.

    Muri iki gikorwa cyo gufasha ba mutimawurugo ntabwo hafashijwe uyu mugore wahohotewe n’umugabo we gusa ahubwo hari n’undi mugore baturanye wahawe ubufasha nk’ubu.

    Tumusifu akomeza avuga ko uyu mugore wakubiswe n’umugabo we bamubwiye ko nubwo yahohotewe ari mu gihugu gifite amategeko, bamusaba gutegereza ubutabera bugakora akazi kabwo.

    Uyu mugore yabwiye UKWEZI ko abo mu muryango w’umugabo we bamaze igihe bamutoteza bamubwira ko atagomba kujya mu murima w’umugabo we ndetse ko n’ahari igitoki atemerewe kugica.

    Ati “Murumuna we duturanye ni ukurara antuka bugacya, ngo namufungishirije mwene nyina. Nkamwihorera simusubiza ndaceceka”.

    Abayobozi basuye uyu muturage barimo inama y’igihugu y’abagore CNF, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibere y’abaturage mu karere ka Gisagara Gasengayire Clemence, Uhagarariye umuryango mpuzamahanga utabara imbabare Croix Rouge hamwe n’Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha Tumusifu Jérome.

    Uyu mugore avuga ko aba bayobozi bamusuye basize babwiye abayobozi bamwegereye ko bagomba kumuba hafi bagakurikiranira umutekano we.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Gisagara-Umugore-uherutse-gukubitwa-n-umugabo-we-yasuwe-n-abayobozi-baramuhumuriza-amaze-iminsi-atotezwa

  • Uko byagenze kugira ngo Haji n’abakozi be 29 bashyirwe mu kato

    Kwa Haji ni hamwe mu hantu hazwi cyane ku muhanda Kigali- Huye, ni mu murenge wa Busasama mu karere ka Nyanza. Iminsi ibaye ibiri kwa Haji bafunzwe. Aya makuru yemezwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme.

    Umuyobozi w’ Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr NSANZIMANA Sabin yabwiye Igihe ko impamvu ari uko hari umushoferi wahahagaze nyuma bikaza kugaragara ko uwo mushoferi yari afite ubwandu bwa covid-19.

    Hakizimana Said yavuze ko we n’abakozi 29 bari mu kato mu ishuri rya Ecole de Sciences de Nyanza, ngo amakuru bafite ni uko ngo hari umuntu wo mu karere ka Rusizi wanduye covid-19 wavuze ko yariye kwa Haji.

    Dr Nsanzimana Sabin avuga ko uwo mushoferi ari umwe mu batwara amakamyo yambukiranya imipaka.

    Umwe mu batuye mu karere ka Nyanza, ejo yabwiye UKWEZI ko yageze kwa Haji asanga batari gutanga serivise ahubwo hari abantu bambaye bikwije bari gutera umuti mu nzu Haji Entreprise ikoreramo.

    Mu Rwanda hamaze kugaragara abantu 431 banduye Coronavirus, mu gihe babiri aribo bamaze kwitaba Imana bazize iki cyorezo naho 283 bakaba barakize. Mu banduye bose, umubare munini ni abagabo kuko bihariye 81.44% bingana n’abantu 351.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Uko-byagenze-kugira-ngo-Haji-n-abakozi-be-29-bashyirwe-mu-kato

  • Kayonza: Yamenye ko uwo biteguraga kurushinga yarogowe n’undi ahita yiyahura

    Ibi byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Kamena 2020, mu Mudugudu wa Rebezo mu Kagari ka Muko mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza.

    Uwihoreye n’uwo mukobwa bari barashimanye ndetse yari yaranamweretse ababyeyi baramushima isezerano ryabo ritinzwa na covid-19.

    Mutuyimana Pauline, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama aganira na UKWEZI yavuze ko ejo ku wa Gatandatu uyu musore yateze ubwato ageze hagati mu kiyaga cya Rwikwavu abwira abasare ko agiye kwiyahura. ahita asimbuka agwamo.

    Yagize ati “Kugeza ubu umurambo turacyawushakisha ntabwo turawubona. Mbere y’uko asimbukira mu mazi yabwiye abasare ko impamvu imuteye kwiyahura ari uko yamenye ko umukobwa biteguraga kubana yasanze undi mugabo bakabana”.

    Gitifu avuga ko uyu musore n’uyu mukobwa nta butumire bari baratanze. Uyu musore n’umukobwa wamubenze agasanga undi mugabo bakibanira bombi ni abahinzi.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Kayonza-Yamenye-ko-uwo-biteguraga-kurushinga-yarogowe-n-undi-ahita-yiyahura