Author: webrwanda

  • Abagabo ntibakwiye gukabiriza ibyo bavuga ku mibonano mpuzabitsina; ukuri ni ko kubaka urukundo

    Abagabo ntibakwiye gukabiriza ibyo bavuga ku mibonano mpuzabitsina; ukuri ni ko kubaka urukundo

    Mu kiganiro Ishya, abanyamakuru Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc na Michèle Iradukunda (Michou) bagarutse ku ngingo ikunze kuvugisha benshi, aho baganiriye ku buryo hari abagabo bakunda gukabiriza ibyo bavuga ku mibonano mpuzabitsina n’uburyo biba bitandukanye n’ukuri kugaragara mu buzima bw’abashakanye cyangwa abakundana.

    Aba banyamakuru basobanuye ko hari abantu bamwe bagira imyitwarire yo kwiyerekana nk’abafite ubushobozi budasanzwe mu mibonano mpuzabitsina, nyamara iyo bageze mu buzima busanzwe n’abo bakundana usanga ibintu bitagenda nk’uko baba babyiratana.

    Bagaragaje ko gukoresha amagambo yo kwiratana cyangwa gukabiriza ubushobozi mu rwego rw’imibonano mpuzabitsina bidafasha kubaka umubano mwiza, ahubwo bishobora gutuma habaho kwitega ibintu bidashoboka, bikakurura kutanyurwa no kutizerana hagati y’abakundana.

    Mu kiganiro cyabo, banagaragaje ko urukundo n’imibanire myiza bitubakira gusa ku mibonano mpuzabitsina, ahubwo bishingira cyane ku bwizerane, kubahana, kuvugana ukuri no kumenya ibyo buri wese akeneye.

    Bashimangiye ko abantu bakwiye kwirinda kugendera ku nkuru cyangwa amagambo bavuga inshuti zabo cyangwa ku mbuga nkoranyambaga, kuko ubuzima bw’umuntu n’ubw’undi butaba bumeze kimwe. Icy’ingenzi ni uko abakundana baganira ku bibareba bo ubwabo aho gushingira ku byo bumva ahandi.

    Aba banyamakuru banaboneyeho gusaba urubyiruko n’abubatse ingo kwirinda guha agaciro amagambo yo kwiyemera cyangwa amarushanwa ajyanye n’ubushobozi bwo mu buriri, kuko akenshi atubaka umuryango ahubwo ashobora kuwusenya.

    Muri rusange, ubutumwa bwatangiwe muri iki kiganiro ni uko ukuri, ubwubahane no kuganira hagati y’abakundana ari byo bifasha kubaka umubano urambye kurusha kwiratana cyangwa gukabiriza ubushobozi umuntu yibwira ko afite.

  • Pogačar yanditse amateka, nyuma yo kwegukana Tour de France ku nshuro ya gatanu #rwanda #RwOT

    Umunya-Slovenia Tadej Pogačar, usiganwa mu ikipe ya UAE Team Emirates-XRG, yongeye kwerekana ubuhanga budasanzwe nyuma yo kwegukana irushanwa rikomeye rya Tour de France 2026, aba umwe mu bakinnyi bake cyane barigeze baryegukana inshuro eshanu.

    Uyu mukinnyi yahise yisanga mu cyiciro cy'ibihangange byanditse amateka muri uyu mukino, aho anganyije umubare w'intsinzi na Jacques Anquetil, Eddy Merckx, Bernard Hinault ndetse na Miguel Indurain, bose bari basanzwe bafite iri zina rikomeye mu mateka ya Tour de France.

    Pogačar yagaragaje urwego rwo hejuru kuva irushanwa ritangiye kugeza rirangiye, akomeza kwitwara neza mu byiciro bitandukanye birimo kuzamuka imisozi, gusiganwa ku isaha ndetse no kugenzura abo bahanganye. Uwo musaruro wamuhesheje kugumana umwambaro w'umuhondo kugeza ku munsi wa nyuma, ibintu byamuhesheje kongera kwandika amateka.

    Agace ka nyuma kasorejwe mu mihanda ya Paris kari karimo isiganwa rikomeye hagati y'abakinnyi bashakaga gutsindira umunsi wa nyuma. Umunya-Netherlands Mathieu Van der Poel ukinira Alpecin-Premier Tech ni we wegukanye ako gace, nyuma yo gukora ibishoboka byose mu birometero bya nyuma akabasha gusiga gato itsinda ry'abasiganwa ryari rimukurikiye, mbere yo kwinjira ku murongo wa nyuma.

    Nubwo Van der Poel yishimiye intsinzi y'agace ka nyuma, amaso ya benshi yari yibanze kuri Pogačar wari umaze kwemeza intsinzi rusange y'irushanwa. Kwegukana Tour de France ku nshuro ya gatanu ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe, kandi bikomeza kumushyira mu bakinnyi b'ibihe byose bazahora bibukwa mu mukino wo gusiganwa ku magare.

    Pogačar yanditse amateka, nyuma yo kwegukana Tour de France ku nshuro ya gatanu

    Source : https://kasukumedia.com/pogacar-yanditse-amateka-nyuma-yo-kwegukana-tour-de-france-ku-nshuro-ya-gatanu/

  • Umugore umwe muri batatu yarahohotewe: Imibare iteje impungenge mu ngo zo mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe ku buzima n'imibereho y'abaturage mu Rwanda bwo mu 2025, bugaragaza ko umugore umwe muri batatu bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49, yigeze gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku mubiri kuva afite imyaka 15.

    Abanyarwanda bahohoterwa mu buryo butandukanye burimo gukubita cyangwa gukomeretswa, guhatirwa imibonano mpuzabitsina, gukomeretswa mu marangamutima no kugenzurirwa imyitwarire, aho bajya cyangwa abantu bavugana na bo.

    Ubushakashatsi ku bijyanye n'ihohotera ku ngo bwakorewe ku bagore 5267 bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 n'abagabo 4919 bari muri icyo kigero.

    Muri rusange, 33% by'abagore bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 bavuze ko bigeze gukorerwa ihohoterwa rikorerwa umubiri kuva bagira imyaka 15, mu gihe abagabo bangana na 22% bavuze ko na bo bageze kurikorerwa.

    Abagore 39% n'abagabo 23% bigeze kugira uwo bashakanye cyangwa uwo babana byihariwe, bavuze ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, irikorerwa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina, bikozwe n'uwo bashakanye cyangwa uwo babana uheruka. Ni mu gihe abagore 30% n'abagabo 17% barikorewe mu mezi 12 ashize.

    Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni icyorezo

    Mu bagore bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49, 19% bavuze ko bigeze gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu buzima bwabo, mu gihe 8% bavuze ko barikorewe mu mezi 12 yabanjirije ubushakashatsi.

    Mu bagabo, 5% bavuze ko barikorewe, naho 1% bavuga ko ryabaye mu mezi 12 yabanjirije ubushakashatsi.

    Raporo yagaragaje kandi ko ihohoterwa rishingiye ku marangamutima rikomeje kugaragara mu bantu bigeze kugira uwo bashakanye cyangwa uwo babanaga nk'umukunzi.

    Muri abo, 32% by'abagore bavuze ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku marangamutima n'abo bashakanye cyangwa abo baheruka kubana, mu gihe ku bagabo ari 18%.

    Mu bantu bose bigeze kugira abo bashakanye cyangwa abo babanaga nk'abakunzi, 54% by'abagore na 45% by'abagabo bavuze ko bahuye nibura n'imwe mu myitwarire yo kugenzurwa n'uwo bari kumwe cyangwa uwo baheruka kubana na we mu buryo bwihariye.

    Imyaka yiyongerana n'ihohoterwa

    Ubushakashatsi bugaragaza ko uko imyaka yiyongera ari na ko ibyago byo gukorerwa ihohoterwa hagati y'abashakanye cyangwa abakundana byiyongera.

    Mu bagore bafite abo bashakanye cyangwa abo babanaga nk'abakunzi bafite imyaka iri hagati ya 15 na 19, abagera kuri 14,7% bavuze ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, ku mubiri cyangwa mu mibonano mpuzabitsina rikozwe n'abo bari kumwe cyangwa bashakanye.

    Iki gipimo cyageze kuri 27,5% mu bagore bafite hagati y'imyaka 20 na 24, ndetse kigera kuri 40,8% mu bafite hagati y'imyaka 25 na 29.

    Mu bagore bafite imyaka iri hagati ya 30 na 39, abagera kuri 47,1% bavuze ko bigeze gukorerwa ihohoterwa rikorerwa hagati y'abakundana cyangwa abashakanye. Igipimo cyo hejuru kurushaho cyagaragaye mu bafite imyaka iri hagati ya 40 na 49, aho cyageze kuri 48,1%.

    Ibi bivuze ko hafi umugore umwe muri babiri bafite uwo bashakanye cyangwa uwo babana nk'umukunzi, bari hagati y'imyaka 40 na 49, yigeze guhura n'ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, ku mubiri cyangwa ku gitsina rikozwe n'uwo bari kumwe cyangwa uwo baheruka kubana.

    Imibare isa n'iyi yanagaragaye no mu bagabo. Mu bagabo bafite abo bashakanye cyangwa abo babana nk'abakunzi bafite hagati y'imyaka 15 na 19, 9,2% bavuze ko bigeze gukorerwa ihohoterwa rikorerwa n'abo babanye.

    Iki gipimo cyarazamutse kigera kuri 16,1% mu bafite imyaka 20 na 24, kigera kuri 20,2% mu bafite imyaka 25 na 29.

    Mu bagabo bafite imyaka iri hagati ya 30 na 39, abagera kuri 27,5% bavuze ko bigeze gukorerwa ihohoterwa rikorerwa hagati y'abashakanye cyangwa abakundana, mu gihe mu bafite imyaka 40 na 49 imibare yageze kuri 29,5%.

    Intara y'Amajyepfo n'iy'Uburasirazuba ku gipimo cyo hejuru

    Igipimo cy'ihohoterwa rikorerwa umuntu n'uwo bashakanye cyangwa bafitanye umubano wa hafi na cyo cyagiye gitandukana bitewe n'intara z'u Rwanda.

    Umujyi wa Kigali ni wo wagize igipimo cyo hasi, aho 33% by'abigeze kugira abagabo cyangwa abo bafitanye umubano wa hafi bavuze ko bakorewe ihohoterwa n'abo bashakanye cyangwa abo bafitanye umubano. Igipimo cyo hejuru cyagaragaye mu Ntara y'Amajyepfo n'iy'Iburasirazuba, aho buri imwe yagize 43%.

    Mu zindi ntara, Intara y'Iburengerazuba yagize 37%, mu gihe Intara y'Amajyaruguru yagize 35% by'abagore bavuze ko bakorewe ihohoterwa n'abo bafitanye umubano wa hafi.

    Mu bagabo bigeze kugira umugore cyangwa uwo bafitanye umubano wa hafi, na bo igipimo cy'ihohoterwa cyagiye gitandukana bitewe n'aho batuye. Umujyi wa Kigali ni wo wagize igipimo cyo hejuru cya 28%.

    Intara y'Amajyepfo yakurikiyeho n'igipimo cya 27%, mu gihe Intara y'Amajyaruguru n'iy'Iburasirazuba buri imwe yagize 20%.

    Ba 'Kanyota' bazahaje abo bashakanye

    Raporo yanasesenguye isano iri hagati yo kunywa inzoga kw'abashakanye cyangwa abafitanye umubano wa hafi n'ihohoterwa rikorerwa mu mibanire yabo.

    Mu bagore bafite abagabo cyangwa abo bafitanye umubano batanywa inzoga, 19% bavuze ko bakorewe ihohoterwa. Icyakora, iki gipimo cyazamutse cyane mu bagore bafite abagabo cyangwa abo bafitanye umubano basinda kenshi, kigera kuri 93%.

    Ikibazo nk'iki cyanagaragaye mu bagabo.

    Mu bagabo bafite abagore cyangwa abo bafitanye umubano wihariye batanywa inzoga, 19% bavuze ko bahohorewe. Iki gipimo cyazamutse kigera kuri 29% mu bafite abo bashakanye banywa ariko ntibasinde, kigera kuri 57% mu bafite abo bashakanye basinda rimwe na rimwe, naho kigera kuri 88% mu bagabo bafite abo bashakanye cyangwa abo bafitanye umubano basinda kenshi cyane.

    Raporo kandi yagaragaje uko ihohoterwa rikorerwa abagore bashatse cyangwa bafite abo bafitanye umubano wihariye ryagiye rihinduka mu myaka ishize. Umubare w'abagore bafite hagati y'imyaka 15 na 49 bigeze gushaka bavuga ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, irikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina n'abo bashakanye wazamutse uva kuri 40% mu mwaka wa 2014/2015, ugera kuri 46% mu 2019/2020, ndetse ugera kuri 48% mu 2025.

    Mu bagore bakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina n'umugabo bashakanye cyangwa umuntu bafitanye umubano wihariye ubu cyangwa uwa vuba aha, 41% bavuze ko bakomeretse mu mezi 12 yari ashize

    Gukomereka, kugira ibisebe, ibikomere byoroheje n'ububabare bw'umubiri ni byo byagaragaye cyane, byibasiye 37% by'abagore bakorewe ihohoterwa. Abagera kuri 18% bavuze ko bakomerekejwe amaso, bagira intambwe cyangwa ingingo zihinduka, ingingo z'umubiri zikavamo cyangwa bagashya.

    Abagera ku 10% bagize ibikomere bikomeye, birimo ibisebe binini, kuvunika amagufwa, gukuka cyangwa guhongoka kw'amenyo cyangwa ubundi buryo bw'ibikomere bikomeye by'umubiri.

    Igipimo cy'abakomereka cyarushijeho kuba hejuru mu bagore bari barakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina n'abo bafitanye umubano wa hafi mu mezi 12 yabanjirije ubushakashatsi. Muri aba bagore bari baherutse gukorerwa ihohoterwa, 43% barakomerekejwe.

    Mu bagabo bakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina n'abagore bashakanye cyangwa abantu bafitanye umubano wihariye ubu cyangwa uwa vuba aha, 35% bavuze ko bakomeretse.

    Abagera kuri 31% bagize ibikomere, ibisebe cyangwa ububabare bw'umubiri, mu gihe 14% bakomerekejwe amaso, bagira intambwe cyangwa ingingo zihinduka, ingingo zivamo cyangwa barashya.

    7% by'abagabo bakorewe ihohoterwa bavuze ko bagize ibikomere bikomeye, birimo ibisebe by'umufunzo, kuvunika amagufwa, kumeneka amenyo cyangwa ubundi buryo bw'ibikomere bikomeye.

    Mu bagabo bari barakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina n'abo bafitanye umubano wa hafi mu mezi 12 yabanjirije ubushakashatsi, 41% barakomeretse.

    Barahohoterwa bakanuma

    Kimwe mu byagaragaye biteye impungenge cyane ni umubare munini w'abakorerwa ihohoterwa bagaceceka.

    Mu bagore bafite hagati y'imyaka 15 na 49 bari barakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina, 32% ntibigeze bashaka ubufasha cyangwa ngo bagire uwo babwira ibyababayeho.

    Uburyo bwo gushaka ubufasha bwagiye butandukana bitewe n'ubwoko bw'ihohoterwa umuntu yakorewe. Mu bagore bari barakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri n'irishingiye ku gitsina, 56% bashatse ubufasha, ugereranyije na 38% by'abakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri gusa.

    Mu bagore bari barakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina gusa, 26% bonyine ni bo bashatse ubufasha.

    Ibintu biteye impungenge kurushaho mu bagabo bakorewe ihohoterwa. Abagabo 46% bari barakorewe ihohoterwa rikomeretsa umubiri cyangwa irishingiye ku gitsina ntibigeze bashaka ubufasha cyangwa ngo bagire uwo babwira ibyababayeho.

    Icyakora, umubare munini w'abaceceka ugaragaza ko benshi mu bakorerwa ihohoterwa bashobora kudashaka ubufasha kubera ubwoba, isoni, akato, kuba batunzwe n'ababahohotera, impungenge zo gutandukana k'umuryango cyangwa imyumvire y'uko ihohoterwa ribera mu mubano rigomba kuguma ari ibanga.

    Abafite abo bashakanye basinda cyane ni bo benshi bakorewe ihohoterwa mu ngo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umwe-muri-batatu-yarahohotewe-imibare-iteje-impagarara-y-ihohoterwa-ryo-mu-ngo

  • RDB yimutse nyuma y'ibibazo by'ubuziranenge bw'inyubako yakoreragamo – #rwanda #RwOT

    Itangazo ryashyizwe hanze na RDB mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere rivuga ko yimukiye mu nyubako nshya iherereye ku muhanda KN 69 Street, ahateganye na Cathédrale Saint Michel mu Mujyi wa Kigali.

    Bivuze ko serivisi zose zari zisanzwe zitangirwa ku nyubako ya RDB iherereye ku Gishushu zizakomereza kuri iki cyicaro gikuru gishya.

    Bibaye mu gihe inyubako ya RDB iherereye ku Gishushu yari imaze igihe ivugwaho ibibazo by'ubuziranenge.

    Ku wa 5 Gicurasi 2026, RDB yari yatangaje ko iyo nyubako izafungwa by'agateganyo kubera imirimo yo kuyivugurura, ndetse abakozi bakoreragamo bakamenyeshwa ko bagomba kwimuka.

    Isesengura ngo ryasanze ifite ibibazo, hafatwa ingamba zo gukosora amakosa yari mu myubakire yayo, arimo ayaturutse ku buryo yari yarashushanyijwe n'andi yo mu myubakire.

    Bivugwa ko uko iminsi yagiye ishira, ibibazo byayo byakomeje kugaragara ku buryo byageze aho isaduka.

    RDB yari imaze igihe ikorera muri iyi nyubako iherereye ku Gishushu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rdb-yimutse-nyuma-y-ibibazo-by-ubuziranenge-bw-inyubako-yakoreragamo

  • U Rwanda na Tanzania mu biganiro byo gushimangira umubano – #rwanda #RwOT

    Ibiganiro by'aba bayobozi bombi byabaye ku Cyumweru tariki 26 Nyakanga 2026. Uretse Nduhungirehe, ku ruhande rw'u Rwanda byanitabiriwe na Gisa Teta ushinzwe Afurika muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga na Gen. Patrick Nyamvumba, Ambasaderi w'u Rwanda muri Tanzania.

    Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda yatangaje ko ibiganiro byabo byibanze ku 'gushimangira umubano w'ibihugu byombi'.

    Uru ruzinduko rwa Minisitiri Nduhungirehe ruje mu gihe u Rwanda na Tanzania bikomeje ibikorwa bigamije kurushaho guteza imbere imikoranire mu nzego zitandukanye, hashingiwe ku mubano w'ibihugu byombi ndetse no kuba ari ibihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba.

    Ni umubano kandi waranzwe n'ingendo z'abayobozi bakuru b'ibihugu byombi.

    Muri Gicurasi 2026, Perezida Paul Kagame, yagiriye uruzinduko muri Tanzania, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Samia Suluhu Hassan.

    Muri urwo ruzinduko, abayobozi bombi baganiriye ku ngingo zirebana no kurushaho guteza imbere imibanire y'u Rwanda na Tanzania, ndetse no gushimangira ubufatanye mu nzego zifitiye inyungu ibihugu byombi.

    Icyo gihe Perezida Kagame yagaragaje ko Tanzania ari umufatanyabikorwa w'ingezi.

    Ati 'Tanzania ni umufatanyabikorwa w'ingenzi k'u Rwanda. Mu myaka myinshi ishize, twateje imbere ubufatanye mu nzego zitandukanye by'umwihariko ubucuruzi n'ubwikorezi mu korohereza u Rwanda kugera ku isoko mpuzamahanga. Perezida nanjye twaganiriye uko twakubakira kuri uwo musingi, mu guharanira ko uburyo bw'imikoranire yacu bubasha kongera ishoramari n'ubucuruzi hagati y'ibihugu byacu.'

    Yakomeje avuga ko 'Dutewe ishema n'intambwe imaze guterwa, tunategereje kandi ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga yacu duhuriyeho.'

    Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwakurikiwe n'urwo mugenzi we, Perezida Suluhu yagiriye i Kigali muri Gicurasi 2026.

    U Rwanda na Tanzania bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ushingiye ku kuba ari ibihugu by'ibituranyi, bihuriye mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba.

    Bifitanye amasezerano y'imikoranire mu bijyanye no mu guteza imbere ubucuruzi, gutwara abantu n'ibintu, ishoramari n'ibindi bikorwa by'iterambere.

    Uretse Minisitiri Nduhungirehe, ku ruhande rw’u Rwanda ibi biganiro byanitabiriwe na Gisa Teta ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga na Gen. Patrick Nyamvumba, Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania

    Minisitiri Olivier Nduhungirehe hamwe na mugenzi we wa Tanzania, Amb. Mahmoud Thabit Kombo

    Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda yatangaje ko ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira umubano w'ibihugu byombi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-tanzania-mu-biganiro-byo-gushimangira-umubano

  • Uganda ishobora kohereza ingabo mu butumwa bwo kugarura umutekano muri Gaza – #rwanda #RwOT

    Umwe mu bayobozi ba Israel yatangaje kuri iki Cyumweru ko inama y'abaminisitiri ishinzwe umutekano muri icyo gihugu yemeje amategeko azafasha uyu mutwe kwinjira muri Gaza.

    Ibi bibaye mu gihe Minisitiri w'Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ateganya kujya i Washington ku wa 27 Nyakanga 2026, aho biteganyijwe ko azahura na Trump ku wa Kabiri.

    Uyu muyobozi yavuze ko izi ngabo zizaba ziri mu mutwe wiswe 'International Stabilization Force: ISF' uzaba ugizwe n'abasirikare bo mu bihugu bitandukanye, aho hazaba harimo abagera kuri 200 baturuka mu bihugu yise iby'inshuti birimo Uganda na Maroc nk'uko Reuters yabyanditse.

    Aba basirikare bazoherezwa mu bice Israel itagenzura. Abasirikare bose bazinjira muri Ghaza bazakenera uruhushya rwa Israel. Ntabwo haramenyekana igihe uyu mutwe uzatangira koherezwa.

    Gaza imaze imyaka irenga ibiri yangijwe bikomeye n'intambara yakomotse ku bitero byagabwe na Hamas muri Israel ku wa 7 Ukwakira 2023.

    Nyuma y'amasezerano yo guhagarika imirwano yashyizweho mu Ukwakira 2026, Trump yashyizeho gahunda y'amahoro iteganya kongera ubutabazi muri Gaza, gushyiraho ubuyobozi bwa gisivili buyobowe n'Abanya-Palestine, kurambika intwaro k'umutwe wa Hamas ikareka intwaro ingabo za Israel na zo zikavamo.

    Nubwo bimeze bityo, uyu mugambi wakomeje guseta ibirenge, aho itsinda ry'abatekinisiye b'Abanya-Palestine ryagombaga kuyobora Gaza, rizwi, rikiri hanze y'ako gace.

    Israel kuri ubu igenzura hafi 64% bya Gaza, mu gihe hafi abaturage bose bagera kuri miliyoni ebyiri batuye ku gice gito kigenzurwa na Hamas, benshi bakaba baba mu mahema y'agateganyo cyangwa mu nyubako zangiritse kubera intambara.

    Hamas kugeza ubu yanze gushyira intwaro hasi, mu gihe Israel yatangaje ko ishobora kwagura ubuso igenzura muri Gaza bukagera kuri 70% by'ako gace, aho ikomeje kugaba ibitero bya gisirikare hafi buri munsi.

    Kuva Hamas yagaba ibitero kuri Israel igahitana abarenga 1200 abandi ikabashimuta, Israel na yo yahise igaba ibitero simusiga muri igi gice aho baturage barenga ibihumbi 73 bamaze kwicwa n'ibitero bya Israel.

    Gaza yazahajwe bikomeye n’intambara


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uganda-ishobora-kohereza-ingabo-mu-butumwa-bwo-kugarura-umutekano-muri-gaza

  • Uganda ishobora kohereza ingabo mu butumwa bwo kugarura umutekano muri Gaza – #rwanda #RwOT

    Umwe mu bayobozi ba Israel yatangaje kuri iki Cyumweru ko inama y'abaminisitiri ishinzwe umutekano muri icyo gihugu yemeje amategeko azafasha uyu mutwe kwinjira muri Gaza.

    Ibi bibaye mu gihe Minisitiri w'Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ateganya kujya i Washington ku wa 27 Nyakanga 2026, aho biteganyijwe ko azahura na Trump ku wa Kabiri.

    Uyu muyobozi yavuze ko izi ngabo zizaba ziri mu mutwe wiswe 'International Stabilization Force: ISF' uzaba ugizwe n'abasirikare bo mu bihugu bitandukanye, aho hazaba harimo abagera kuri 200 baturuka mu bihugu yise iby'inshuti birimo Uganda na Maroc nk'uko Reuters yabyanditse.

    Aba basirikare bazoherezwa mu bice Israel itagenzura. Abasirikare bose bazinjira muri Ghaza bazakenera uruhushya rwa Israel. Ntabwo haramenyekana igihe uyu mutwe uzatangira koherezwa.

    Gaza imaze imyaka irenga ibiri yangijwe bikomeye n'intambara yakomotse ku bitero byagabwe na Hamas muri Israel ku wa 7 Ukwakira 2023.

    Nyuma y'amasezerano yo guhagarika imirwano yashyizweho mu Ukwakira 2026, Trump yashyizeho gahunda y'amahoro iteganya kongera ubutabazi muri Gaza, gushyiraho ubuyobozi bwa gisivili buyobowe n'Abanya-Palestine, kurambika intwaro k'umutwe wa Hamas ikareka intwaro ingabo za Israel na zo zikavamo.

    Nubwo bimeze bityo, uyu mugambi wakomeje guseta ibirenge, aho itsinda ry'abatekinisiye b'Abanya-Palestine ryagombaga kuyobora Gaza, rizwi, rikiri hanze y'ako gace.

    Israel kuri ubu igenzura hafi 64% bya Gaza, mu gihe hafi abaturage bose bagera kuri miliyoni ebyiri batuye ku gice gito kigenzurwa na Hamas, benshi bakaba baba mu mahema y'agateganyo cyangwa mu nyubako zangiritse kubera intambara.

    Hamas kugeza ubu yanze gushyira intwaro hasi, mu gihe Israel yatangaje ko ishobora kwagura ubuso igenzura muri Gaza bukagera kuri 70% by'ako gace, aho ikomeje kugaba ibitero bya gisirikare hafi buri munsi.

    Kuva Hamas yagaba ibitero kuri Israel igahitana abarenga 1200 abandi ikabashimuta, Israel na yo yahise igaba ibitero simusiga muri igi gice aho baturage barenga ibihumbi 73 bamaze kwicwa n'ibitero bya Israel.

    Gaza yazahajwe bikomeye n’intambara


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uganda-ishobora-kohereza-ingabo-mu-butumwa-bwo-kugarura-umutekano-muri-gaza

  • Kayonza: Yahuye n'uruva gusenya ubwo nyina yiyahuriraga mu rugo rwe – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026 bibera mu Mudugudu w'Umunini mu Kagari ka Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Agateganyo w'Umurenge wa Kabarondo, Muhinkindi Marie Chantal, yabwiye IGIHE ko uwo mubyeyi yagiye gusura umuhungu we washatse, agezeyo ahahurira na ba mwana we, baraganira biza kurangira ubwo bari bagiye kuryama we abaciye mu rihumye bakeka ko yahise yimanika mu bwiherero.

    Yagize ati 'Uwo mubyeyi yari yagiye gusura umuhungu we washatse ino, bagiye kuryama ntibamenya igihe yagiriye mu bwiherero baje basanga amanitsemo mu gitenge, bamukozeho basanga yapfuye. Twajyanyeyo n'inzego z'umutekano dusanga abo mu muryango we na bo bahageze.''

    Gitifu Muhinkindi yakomeje avuga ko abavukana n'uyu mubyeyi babwiye ubuyobozi ko atari ubwa mbere agerageje kwiyahura kuko no mu minsi ishize yabigerageje ariko ntiyapfa.

    Kuri ubu umurambo w'uyu mubyeyi wahise utwarwa n'abo mu muryango we kugira ngo bamushyingure.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-yahuye-n-uruva-gusenya-ubwo-nyina-yiyahuriraga-mu-rugo-rwe

  • Moctar na France Mpundu bitegura kwibaruka, bakoze ubukwe #rwanda #RwOT

    Umunyarwandakazi France Mpundu n’umukunzi we Moctar, basezeranye imbere y’Imana biyemeza kubana akaramata.

    Ni umuhango wabaye ejo hashize ku wa Gatandatu ubera muri Niger aho Moctar akomoka.

    Bahisemo kubigira ibanga kuko amashusho yafashwe azakoreshwa mu kiganiro ‘Vie VIP’ kiri gutambuka kuri Canal+ Magic.

    Aba bombi bagiye kuzuza umwaka bakundana, bahuriye mu kiganiro ‘Secret Story’ cyabereye muri Afurika y’Epfo, ari na ho urukundo rwabo rwatangiriye ndetse muri iki kiganiro ni ho yamwambikiye impeta.

    Bakomeje kuryoherwa n’urukundo kugeza aho rugiye kuzavamo umusaruro, ni mu gihe bitegura kwibaruka imfura yabo.

    Basezeranye imbere y’Imana

    Baritegura kwibaruka

    Source : http://isimbi.rw/moctar-na-france-mpundu-bitegura-kwibaruka-bakoze-ubukwe.html

  • Rayon Sports yatangiye CECAFA Kagame Cup neza #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yatangiye CECAFA Kagame Cup itsinda KVZ FC yo muri Zanzibar ibitego bibiri ku busa, byayifashije kunganya amanotana Al Hilal SC.

    Iyi CECAFA Kagame Cup yatangiye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, uyu munsi hari hatahiwe itsinda C ririmo Rayon Sports, Tusker FC yo muri Kenya, Al Hilal SC yo muri Sudani, KVZ FC yo muri Zanzibar.

    Iri tsinda ryakiniye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru. Rayon Sports yatsindiwe na Kameni Herman Junior wagitsinze kuri penaliti ku munota wa 67 ku ikosa ryakorewe Elie Tatu mu rubuga rw’amahina.

    Muhoza Daniel wanjiye mu kibuga asimbura Ibrahim Djingarey ku munota wa 76, ni we waje gutsindira Rayon Sports igitego cya kabiri ku munota wa 79.

    Gutsinda uyu mukino bivuze ko ubu mu itsinda C, Rayon Sports na Al Hilal yatsinze Tusker FC 2-0 zinganya amanota.

    Rayon Sports izagaruka mu kibuga ku wa Gatatu ikina ja Tusker FC mu gihe Al Hilal SC izaba ikina na KVZ FC.

    Kameni Junior yishimira igitego cye

    Muhoza Daniel yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri

    Byari ibyishimo bikomeye kuri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yatangiye-cecafa-kagame-cup-neza.html