Author: webrwanda

  • Miss Mutesi Jolly yaguze ibitabo 100 bya Miss Naomie, uko ibyamamare byaserutse (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyampinga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly yaguze ibitabo 100 bya Miss Nishimwe Naomie.

    Ku mugoroba w’ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 14 Ugushyingo 2025, Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie yamuritse igitabo cye yanditse yise ‘More Than Crown’.

    Uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre witabiriwe n’ibyamamare bitandukanye barimo Miss Mutesi Jolly, Nimwiza Meghan, Iradukunda Liliane, Muyango Claudine, Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Amb. Nkurikiyinka Christine.

    Hari kandi abandi bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda nka Kayumba Darina, Muyango Claudine, Uwicyeza Pamella, Umunyana Shanitah.

    Abakinnyi ba APR BBC Adonis Filer, Ntore Habimana na Axel Mpoyo bari bahari. Hari abahanzi nka Bull Dogg, Juno Kizigenza, Christopher, Ruti Joel.

    Hari kandi inshuti, abavandimwe be ndetse n’umugabo we Michael Tesfay.

    Miss Nishimwe Naomie yavuze ko iki gitabo gikubiyemo byinshi byerekeranye n’ubuzima bwe.

    Ati 'Uyu munsi mwakoze cyane kuza, ndashimira Imana yatumye uyu munsi ushobora kubaho, ntewe ishema nanjye ubwanjye kuba nabashije kwandika iki gitabo. Mfite amashimwe kuri buri wese wagize uruhare mu kugira ngo ibi mbigereho.'

    Muri iki gikorwa abantu banyuranye bahise bagura iki gitabo, aho nka Miss Jolly Mutesi yaguze ibitabo 100, aho igitabo kimwe kigura ibihumbi 40 Frw. Bivuze ko yatanze miliyoni 4 Frw.

    Iki gitabo gikubiyemo amateka ye kuva mu bwana kugeza ku rugendo rwe muri Miss Rwanda, yavuze ko afite gahunda yo kuzengeruka mu mashuri asobanurira abakiri bato byinshi bigize iki gitabo.

    Miss Muheto Divine na Miss Mutesi Jolly

    Miss Nishimwe Naomie yari yazanye n’umugabo we kumushyigikira

    Adonis na Akaliza Amanda

    Abakinnyi ba APR BBC barimo Adonis, Ntore Habimana na Axel Mpoyo bari bahari

    Byari ibyishimo kuri Miss Nishimwe Naomie

    Miss Nimwiza Meghan na Iradukunda Liliane bari mu bitabiriye iki gikorwa

    Miss Mutesi Jolly yaguze ibitabo 100

    Miss Nishimwe Naomie yamuritse igitabo gikubiyemo amateka ye

    Source : http://isimbi.rw/miss-mutesi-jolly-yaguze-ibitabo-100-bya-miss-naomie-uko-ibyamamare-byaserutse.html

  • Yampano ari gutegura ibitaramo bizenguruka i Burayi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda Yampano yatangaje ko ari mu myiteguro yo gukora ibitaramo bizenguruka umugabane w'u Burayi, mu rwego rwo kwegera abakunzi b'umuziki we batuye muri uwo mugabane no kwagura izina rye ku ruhando mpuzamahanga. Ibi bitaramo bitegerejwe cyane n'abakunzi be, nubwo kugeza ubu ataratangaza amatariki nyayo azatangiriraho ndetse n'imijyi azabikoreramo.

    Yampano, uri mu bahanzi bakomeje kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda no hanze yarwo, yerekeje mu gihugu cy'u Bubiligi tariki ya 02 Ukuboza 2025. Uru rugendo rufitanye isano n'ibikorwa by'akazi birimo ibiganiro ari kugirana n'abantu n'ibigo bimufasha gutegura no gushyira mu murongo iyi gahunda y'ibitaramo. Abo bafatanyabikorwa barimo abategura ibitaramo, abashinzwe itangazamakuru n'abandi bafite ubunararibonye mu gukorana n'abahanzi bakorera i Burayi.

    Nk'uko amakuru abivuga, intego ya Yampano ni ugushyira ku rwego rwo hejuru ibitaramo bye, akabihuza n'umwimerere w'abafana b'Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda batuye i Burayi. Biteganyijwe ko ibi bitaramo bizaba bigamije kumenyekanisha indirimbo ze, guteza imbere umuziki nyarwanda no guha amahirwe impano zo mu Rwanda kwigaragaza ku masoko mpuzamahanga.

    Nubwo amakuru arambuye ku migi n'amatariki ataratangazwa, abakunzi ba Yampano basabwe gukomeza gukurikira itangazamakuru n'imbuga nkoranyambaga ze kugira ngo bazamenye ibishya ku gihe. Ibi bitaramo bitegerejwe nk'intambwe ikomeye mu rugendo rw'uyu muhanzi mu kuzamura izina rye ku rwego rw'Isi.

    Source : https://kasukumedia.com/yampano-ari-gutegura-ibitaramo-bizenguruka-i-burayi/

  • John Cena yasezeye gukina burundu imikino njyarugamba ya WWE #rwanda #RwOT

    Nyuma y'imyaka irenga 23 amaze mu mikino njyarugamba ya World Wrestling Entertainment (WWE), John Cena yatangaje isezerano rye rya nyuma, asezera burundu ku gukina iyi siporo yamugize icyamamare ku Isi. Uyu mukino w'amateka wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza 2025, wabereye muri Capital One Arena i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    John Cena yasoreje urugendo rwe mu mukino wamuhuje na Gunther, uzwi ku izina rya 'The Ring General', umwe mu barwanyi bakomeye kandi bubashywe muri WWE y'iki gihe. Ni umukino wari witezwe cyane, wiganjemo imbaraga, ubuhanga n'amarangamutima menshi, aho abafana bari bitabiriye ku bwinshi bashimangiye ko bari baje gusezera intwari yabo.

    Mu gihe yari amaze igihe gito agaragara muri WWE kubera imirimo ye muri sinema n'indi mishinga, John Cena yakomeje kuba ishusho y'icyitegererezo ku bakunzi ba wrestling. Yamenyekanye cyane kubera imico ye yo kutigunga, ubutwari no guharanira gutsinda, ibintu byatumye yegukana ibikombe bikomeye birimo n'inshuro nyinshi yatwaye igikombe cya shampiyona ya WWE.

    Nyuma y'umukino, John Cena yashimiye abafana, abatoza n'abarwanyi bagenzi be bagendanye na we muri uru rugendo rurerure. Yavuze ko n'ubwo asezeye gukina nk'umwuga, WWE izahora ari igice cy'ubuzima bwe. Isezera rya John Cena ryasize amateka akomeye muri WWE, rinasiga isomo ku rubyiruko rwinshi rwifuzaga kumwigiraho byinshi mu mikino njyarugamba.

    John Cena yasezeye gukina burundu imikino njyarugamba ya WWE

    Source : https://kasukumedia.com/john-cena-yasezeye-gukina-burundu-imikino-njyarugamba-ya-wwe/

  • Rayon yatsinzwe ‘Derby y’Amabuye’, APR FC yibutswa ko atari yo nyir’Umujyi #rwanda #RwOT

    Impera z’icyumweru zasize amakipe abiri akunzwe mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports nta n’imwe ibashije gutsinda, Police FC ikomeza kwidegembya ku mwanya wa mbere.

    Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26 yari yakomeje hakinwa umunsi umunsi wa 12 n’ubwo APR FC na Rayon Sports zakinaga umunsi wa 11.

    Shampiyona yakinwe guhera ku wa Kane tariki ya 11 Ukuboza 2025 aho Rutsiro FC yatsinze Amagaju 2-1 mu gihe Al Hilal itsinda Bugesera FC 3-1.

    Ku wa Gatanu, Police FC inayoboye urutonde rwa shampiyona yatsinze Gasogi United 1-0, cya Ani Alejah.

    Ku wa Gatandatu, APR FC yari imaze iminsi ititwara neza, benshi bakekaga ko iza kwiyunga n’abakunzi bayo itsinda Gorilla, gusa byaje kugorana kuko umukino warangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi.

    Kuri uwo munsi kandi AS Muhanga yanganyije na AS Kigali 0-0, Etincelles itsinda Musanze FC 3-1.

    Ku Cyumweru, Rayon Sports yari yasuye Bugesera FC mu Bugesera aho yaherukaga gutsindirwq 2-1 mu mukino waranzwe n’imvuru aho abafana bateye amabuye mu kibuga.

    Benshi bibazaga niba Rayon Sports igiye kwihorera muri iyi ‘Derby y’Amabuye’ nk’uko yiswe, gusa yaje kongera kuhatsindirwa ibitego 2-1.

    Indi mikino yabaye ku Cyumweru, Marines FC yatsinze Kiyovu 1-0 , Mukura VS itsinda Gicumbi FC 2-0, Al Merreikh itsinda Amagaju 1-0.

    Uyu munsi shampiyona irakomeza Al Hilal yakira Rutsiro FC.

    Kugeza ubu Police FC iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 26, Marines FC 21, APR FC 20, Gasogi United 18, Rayon Sports 17 mu gihe AS Kigali ari iya nyuma n’amanota 10.

    Rayon Sports yongeye gutsindirwa mu Bugesera

    APR FC imbere ya Gorilla FC byaranze

    Source : http://isimbi.rw/rayon-yatsinzwe-derby-y-amabuye-apr-fc-yibutswa-ko-atari-yo-nyir-umujyi.html

  • Tariki ya 1 Mutarama nzapfukama nshime Imana – Muyango Claudine #rwanda #RwOT

    Uwase Muyango Claudine yavuze ko nabona uyu mwaka urangiye azapfukama agashima Imana kuko yamukoreye ibikomeye.

    Ibi uyu mugore wa Kimenyi Yves yabitangarije abanyamakuru ubwo yari yitabiriye imurikwa ry’Igitabo ‘More Than Crown’ cya Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie.

    Ubwo yari abajijwe uko umwaka wa 2025 wamugendekeye, Muyango Claudine yavuze ko wamusigiye isomo rikomeye cyane.

    Ati “Uyu mwaka rero kuri njyewe waranzwe n’amasomo menshi, narize cyane, waranzwe n’amasomo menshi, narize cyane meze nk’umuntu uvuye ku ikosi. Warimo imigisha myinshi ariko urimo ibibazo ntitukabeshye, ndashimira abantu banshyigikiye, haba kuri YouTube channel n’ahandi hose ndabashimiye cyane.”

    Yakomeje avuga ko tariki ya 1 Mutarama 2026 azapfukama agasenga Imana kuko yamukoreye ibikomeye.

    Ati “Ni uko umuntu aba avuga isomo ariko amasomo ni menshi umuntu aba yarize, niba hari umwaka… Tariki ya mbere z’ukwa mbere, nzapfukama mvuge nti Mana urakoze.”

    “Hari akantu njya mbona bavuga ngo nta kintu ushobora kunyishyura ngo nsubire muri uyu mwaka, nanjye ayo mafaranga ntabaho.”

    Muyango Claudine yavuze ko ibitangazwa ku mbuga nkoranyambaga ababikora bamaze kurengera cyane mu gihe abantu babifashe nk’ibisanzwe kandi byangiza benshi aho yabasabye guhinduka.

    Uwase Muyango Claudine ni umwe ku bantu bavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga muri 2025.

    Gusa yagarutse cyane mu mitwe y’itangazamakuru ku nkuru zivuga ku itandukana rye n’umugabo we, Kimenyi Yves.

    N’ubwo hari ibimenyetso byinshi byagendaga bihuzwa, nta n’umwe muri bo wigeze abyemeza ko batandukanye.

    Kimenyi Yves amaze iminsi atari mu Rwanda, gusa amakuru avuga ko aba bombi nta kibazo bagifitanye biyunze bigizwemo uruhare n’inshuti n’imiryango.

    Uwase Muyango Claudine yavuze ko atari we uzarota uyu mwaka urangira

    Source : http://isimbi.rw/tariki-ya-1-mutarama-nzapfukama-nshime-imana-muyango-claudine.html

  • Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 12 Ukuboza 2025 muri BK Arena habereye irushanwa rya Volleyball ryiswe, BK Arena Volleyball Cup2025 risozwa Gisagra Volleyball Club na Police Women Volleyball Club arizo zegukanye ibikombe.

    Ni irushanwa ryakinwe mu minsi ibiri aho ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu, nyuma yaho amakipe ane ya mbere mu Bagabo ndetse n'abagore yari yitabiriye iri rushanwa.

    Amategeko ya BK Arena Volleyball Cup 2025 yemeje ko hazakina amakipe yari yasoje ari ane ya mbere mu gice kibanza cya shampiyona ya Volleyball mu byiciiro byombi.

    Ikipe ya Police Volleyball Club mu bagore yegukanye igikombe nyuma yaho yari yatsinze Kepler WVC muri 1/2 amaseti 3-0 , mu mukino wari wakinwe kuwa Gatanu.

    Iyi kipe ikaba kandi yaregukanye igikombe cyakinwaga bwa mbere itsinze APR Volleyball Club ku mukino wa nyuma amaseti 3-0 (25-21, 26-24, 27-25).

    Police Women Volleyball Club yegukanye igikombe iba iya mbere, yahawe imidali ndetse na sheke ya Miliyoni ebyiri n'igice, ni mu gihe APR yabaye iya Kabiri naho Kepler WVC yegukanye umwanya wa Gatatu itsinze RRA WVC.

    Mu kiciro cy'Abagabo, ikipe ya Gisagara Volleyball Club niyo yegukanye igikombe itsinze APR Volleyball Club ku mukino wa nyuma, amaseti atatu ku busa (25-22, 25-12, 25-10).

    Kimwe na Police WVC, Gisagara VC nayo yegukanye imidali n'igikombe biherekejwe na Moliyoni ebyiri n'igice.

    Kepler Volleyball Club yegukanye umwanya wa Gatatu mu bagabo aho yari yatsinze Police  Volleyball Club, amaseti atatu kuri imwe.

    Source : https://rushyashya.net/gisagara-vc-na-police-women-vc-begukanye-bk-arena-volleyball-cup-2025-yakinwaga-ku-ncuro-ya-mbere/

  • Ibihuha ku kugurwa kwa FC Barcelona na Mohammed bin Salman bikomeje guteza impaka #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru mpuzamahanga hakomeje kuvugwa inkuru ivuga ko Igikomangoma cya Saudi Arabia, Mohammed bin Salman, yaba afite umugambi wo kugura ikipe ya FC Barcelona ku mafaranga angana na Miliyari 10 z'ama-Euro. Iyi nkuru yahise ikurura amarangamutima ya benshi, kuko byaba ari yo kipe iguzwe amafaranga menshi mu mateka y'umupira w'amaguru ku Isi.

    Iyo nkuru ivuga ko mu gihe uyu mushinga waba ushyizwe mu bikorwa, FC Barcelona yahita iva mu bibazo bikomeye by'imari imazemo imyaka, birimo amadeni akabakaba Miliyari nyinshi z'ama-Euro, byatumye igorwa no kugura no kwandikisha abakinnyi uko bikwiye. Abasesenguzi b'imari ya siporo bavuga ko ishoramari ringana gutyo ryahindura amateka y'iyi kipe yo muri Espagne, rigasubiza Barça ku rwego rwo guhatana n'amakipe akomeye ku Mugabane w'u Burayi.

    Gusa nubwo ayo makuru akomeje gukwirakwira, benshi mu bakurikiranira hafi imikorere ya FC Barcelona bagaragaza ko bigoye cyane ko byaba impamo. Ibi bishingira ku mategeko n'amahame agenga iyi kipe, aho FC Barcelona ari iy'abanyamuryango (socios) batari ba nyiri imigabane ku giti cyabo, bigatuma kugurishwa kwayo ku muntu umwe byaba binyuranyije n'imiterere yayo ishingiye ku muco n'amateka.

    Kugeza ubu, ubuyobozi bwa FC Barcelona ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro kuri ayo makuru, bikomeza kugaragara nk'ibihuha bishobora kuba bigamije gusa gutuma izina ry'iyi kipe rikomeza kuvugwa cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga.

    Ibihuha ku kugurwa kwa FC Barcelona na Mohammed bin Salman bikomeje guteza impaka

    Source : https://kasukumedia.com/ibihuha-ku-kugurwa-kwa-fc-barcelona-na-mohammed-bin-salman-bikomeje-guteza-impaka/

  • Uko gukorana na The Ben na Diamond byahombeje bikomeye Jullien Bmjizzo (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Jullien Bmjizzo yahishuye uburyo kuba ari we watunganyije amashusho y’indirimbo 'WHY’ ya The Ben na Diamond Platnumz byamuzaniye amahirwe aherekejwe n’igihombo gikomeye mu buryo nawe atigeze atekereza.

    Ibi Irankunda Julien wamamaye nka Julien Bmjizzo yabitangarije mu kiganiro yagiranye na ISIMBI aho yerekanye ko kuba ari we watunganyije amashusho y’indirimbo 'Why’ ya The Ben na Diamond byamuzaniye inyungu iherekejwe no kwikumirira abandi bakiriya .

    Aho yagize ati 'Kuba ari njyewe watunganyije ariya mashusho byangizeho ingaruka mbi ndetse n’inziza gusa iyi ndirimbo yirukanye abakiriya banjye bose, ibyo rero mbifata nk’ingaruka mbi yangizeho.'

    Uyu mugabo wamamaye mu gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi bakomeye mu Rwanda akaba ari na we nyir’ikiganiro cyo gushaka abakunzi gitambuka kuri youtube kizwi nka 'Magic Match Pop The Ballon’ yasobanuye ko iyo hagiraga nk’umuntu umurangirwa ngo bakorane yahitaga yiyumvisha ko ashobora kuba asaba amafaranga menshi kubera gukorana n’aya mazina manini mu muziki w’akarere.

    Ati 'Nakoze 'Why’ maze igihe nkunzwe cyane kuko narimaze gukora indirimbo yitwa 'Kamwe' ya The Cat Babalao mfite abakiriya benshi, ariko maze gukora na Diamond buri muntu yahitaga yikanga ko ndibumuce amafaranga menshi kandi ari njye muntu udahenda hano ku Isi.'

    Jullien Bmjizzo yanagaragaje ko urugendo rukomeye yanyuranyemo na The Ben ari rwo rwamaze guhindura imiterere y’umubano wabo ukava ku bushuti ukagera ku kuba nk’abavandimwe.

    Yanavuze ku cyubahiro agomba The Ben nk’umuhanzi wambere wamwizereyemo akamuha amahirwe yo kumukorera indirimbo ya mbere yatunganirije amashusho mu mwuga we.

    'The Ben twatangiye nkoresha kamera za kera zahoraga zizunguza iyo wabaga uri kuzikoresha aramfata ampa icyizere cye mukorera indirimbo ye yise 'Only You’ ari nayo yatumye menyekana. The Ben twabanye mu inzu imyaka myinshi ubwo twabaga turi mu mahanga, rero iyo umwatatse uba unyatatse rwose.'

    Uretse 'Why’ na 'Kamwe’ yahurijemo abahanzi benshi, uyu mugabo yanakoze ku yindi mishinga nka 'Only you’ ya Ben Kayiranga na The Ben, Ndabazi, Warokoso na Madede za Marina, Aba People ya Kevin Mbanda, Katerina ya Bruce Melodie, Bombe ya DJ Lenzo&Phil Peter n’izindi.

    Julien Bmjizzo yavuze ko gukora indirimbo ya The Ben na Diamond byamwunguye ariko bikanamutera igihombo

    Ni we wakoze indirimbo ya Diamond na The Ben

    Source : http://isimbi.rw/uko-gukorana-na-the-ben-na-diamond-byahombeje-bikomeye-jullien-bmjizzo-video.html

  • Jamus ya Muhire Kevin yaba yarariye ‘Seen’ Rayon Sports? #rwanda #RwOT

    Kugeza uyu munsi, Rayon Sports itegereje igisubizo cyaba cyiza cyangwa kibi ku cyifuzo yagejeho Jamus FC yo muri Sudani iyitira Muhire Kevin.

    Muhire Kevin yerekeje muri iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino wa 2025-26, hari nyuma yo gusoza amasezerano muri Rayon Sports yari abereye kapiteni.

    Ntabwo umuntu yavuga ko batandukanye neza kuko mu mpera z’umwaka w’imikino uyu mukinnyi yashinjwe kutitwara neza ndetse na we nyuma yo kuyivamo arayirega kubera ibyo yagombwaga atahawe.

    Yaje kwerekeza muri Sudani muri Jamus FC, ubu Rayon Sports nyuma y’uko ubuyobozi buhindutse ikaba yarandikiye iyi kipe ibatira Muhire Kevin.

    ISIMBI yamenye amakuru ko ku wa Kabiri w’iki cyumweru ari bwo ibaruwa yageze mu buyobozi bwa Jamus ariko nayo ikaba itarabasubiza cyane ko ari umukinnyi bigoye kurekura.

    Amakuru avuga ko na Muhire Kevin atumva neza uburyo yagaruka muri iyi kipe n’uburyo batandukanye, gusa mu ngingo Rayon yashyize ku meza ni uko bamubwira ko ubuyobozi buriho ubu (buyoboye inzibacyuho) nta kibazo bamufiteho ubwo bagiranye ikibazo bwagiye.

    Mu gihe bategereje igisubizo cya Jamus FC ni nako n’urugamba rwo kumvisha uyu mukinnyi ko yagaruka muri Rayon rukomeje.

    Rayon Sports irifuza kugarura Muhire Kevin

    Source : http://isimbi.rw/jamus-ya-muhire-kevin-yaba-yarariye-seen-rayon-sports.html

  • Ntabwo washimisha buri wese witabiriye irushanwa – Mustapha Kiddo (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa Mashariki African filims Awards bwatangaje ko butigeze butungurwa n’impaka zuje ugukemangwa kwakurikiye itangwa ry’ibihembo by’uyu mwaka ndetse bitigeze bibaca intege.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Mustapha Kiddo usanzwe ari Umuyobozi ushinzwe imigendekere myiza y’ibikorwa ndetse n’iyamamaza bikorwa muri Mashariki Filims Awards yagaragaje ko impaka nk’izakurikiye ibihembo by’uyu mwaka ari ibintu bisanzwe mu marushanwa ahubwo ko bo barangamiye gukomeza kwimika indagaciro zo gukora kinyamwuga no kwirinda maguyi.

    Ati 'Twebwe turabizi ko irushanwa ari irushanwa icyo twirinda ni maguyi cyangwa itekinika, turabizi buri muntu wese atanyurwa n’ibyemezo byavuye mu irushanwa, ni yo mpamvu twe tuzakomeza kuba abanyamwuga uwatsinze agahembwa.'

    Mustapha yanagaragaje ko nubwo izi mpaka n’ukwinuba bikunze gukurikira ibi bihembo bidasiba kwiharira imitwe y’ibitangazamakuru by’imyidagaduro buri mwaka hano mu Rwanda, Mashariki yizera ko buri mukinnyi w’amafilime wese uzakomeza gukora neza azagerwaho agahabwa ibihembo uko irushanwa rizakomeza kuba mu myaka iri mbere.

    Ati 'Ariko kubera ko tutagiye guhagarara, twebwe tubara ko abakomeje bagakora kandi neza bose bazatsindira ibihembo mu bihe bitandukanye. Ntabwo wafata abantu bagera ku ijana bahatanye mu irushanwa hanyuma ngo bose ubahereze ibikombe nta byakunda.'

    Ku nshuro ya 11 haba Mashariki African Film Festival yaranzwe n’udushya twatangaje benshi, cyane cyane mu cyiciro cya People’s Choice Award ahanini cyibera kuri murandasi.

    Asubiza ku by’abakinnyi ba sinema bitabiriye ibikorwa bya 'Mashiriki Film Festival’ byamaze iminsi bizenguruka u Rwanda, bagaragaje ko batishimiye iby’amatora, Kiddo yirinze guheza inguni avuga ko bateganya kuzicara bakaganira ku buryo umwaka utaha byaba byiza kurushaho.

    Ati 'Turateganya ko nyuma y’iri serukiramuco tuzahurira hamwe, yaba twe abakinnyi ndetse namwe banyamakuru twagendanye, tukaganira tukareba igikwiye. Ni ubwa mbere twari tugiye gutanga igihembo cy’imodoka ebyiri. Ntekereza ko ubutaha nitubikora bizarushaho kuba byiza.'

    Muri uyu mwaka ku ruhande rw’abagabo, Bamenya yegukanye umwanya wa mbere ku majwi 80,748, mu gihe Boss Rukundo yabonye 14,320.

    Mu cyiciro cy’abagore, Kecapu yagize amajwi 70,208, akurikirwa na Intare y’Ingore wagize 32,317. Amajwi yose mu cyiciro cy’abagore yari 126,948, angana n’agaciro ka 25,389,600 Frw.

    Source : http://isimbi.rw/ntabwo-washimisha-buri-wese-witabiriye-irushanwa-mustapha-kiddo-video.html