Kigali: Umushoferi yagongeye umusore kwa Rubangura ahita aburirwa irengero (Amafoto) – #rwanda #RwOT

Written by

in

Abamubonye babwiye IGIHE ko batunguwe cyane n’uburyo uyu mushoferi akimara kugonga uyu musore yabajijishije nk’aho agiye guhagarara, ariko agahita yongera umuvuduka bakamubura.

Umwe yagize ati “Njye nari nkiva hano mu gikari cya hano kwa Rubangura mbona umusore agaramye hasi ari gutabaza, nibwo yatweretse ko agiye guhagarara hariya hari parikingi, mbwira bagenzi banjye ngo bamukurikirane atabacika, nibwo yahise yongera umuriro agenda muri ubwo buryo.”

Mushiki w’uyu musore we yavuze ko yababajwe cyane n’uburyo umuntu wamugongeye musaza we atigeze anareba ko nta kibazo yagize.

Ati “Babaye bakimbwira ko bamugonze nza nihuta, ngeze aha nibwo ntunguwe no kumva ko uwamugonze yahise yikomereza, nta kindi nasaba uretse ubuvugizi kugira ngo uwamugonze amenyekane.”

Iyi mpanuka ikimara kuba, Polisi yahise ihagera itangira iperereza ibaza abaturage bari bakiri hafi aho, bemeza ko babonye ibirango by’iyi modoka.

Ubusanzwe amabwiriza avuga ko iyo umushoferi ugonze umuntu akiruka, ahanishwa amande y’amafaranga ibihumbi 150 Frw.

Abaturage batunguwe n’uburyo umushoferi yagonze umusore akabaca mu rihumye

Kwa Rubangura rwagati mu Mujyi wa Kigali hakunze kuba hari urujya n’uruza rw’abantu

Impanuka ikimara kuba polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda yahise ihagera

umusore wagonzwe yari aryamye mu muhanda afite intege nke

Polisi ishinzwe umutekano wo mu Muhanda yahise ihagera

Ahabereye impanuka hahise huzura abantu benshi bashungereye

Abaturage batanze umusanzu wo kuvana umusore mu muhanda yagongewemo

Ntabwo abaturage bigeze bategereza ambulance, bahise bijyanira uyu musore kwa muganga

Abaturage bahageze mbere bateranyije amafaranga bamujyana kwa muganga mu buryo bwihuse

Byitezwe ko camera ziri hejuru y’inyubako ya Rubangura ziri buze kwifashishwa mu kumenya umwirondoro w’umushoferi wagonze

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *