Chris Hoza n’umugabo we bakoreye ubukwe muri Ambasade basezeranywa na Ambasaderi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Abanyarwanda bamenyekanye mu kubaka umubiri (bodybuilding), Hirana Clement na Ganumuhoza Christine uzwi nka Chris Hoza, basezeraniye muri Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa.

Ni umuhango wabaye tariki ya 13 Werurwe 2026 ubera mu Bufaransa aho aba bombi baba, ni muri gahunda yo gukangurira urubyiruko ruba hanze y’u Rwanda kuba rwasezeranira muri Ambasade.

Clement yabwiye ISIMBI ati “Hari ubufasha (promotion) bwo gukangurira urubyiruko ruba hanze y’u Rwanda kuba rwasezeranira muri Ambasade y’u Rwanda aho iherereye ku Isi hose, ni uko natwe byagenze.”

Yakomeje avuga ko yishimiye cyane umukunzi we kandi amwizera. Ati “Ni byiza cyane ndumva nizeye umufasha wanjye.”

Aba bombi bakaba barazeranyijwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Nkulikiyimfura François.

Hirana Clement akaba muri 2021 yarakoze amateka ku nshuro ya mbere yitabira amarushanwa mpuzamahanga yo kubaka umubiri (Bodybuilding) yabereye muri Espagne aho yabaye uwa cyenda.

Umugore we Chris Hoza, na we azwiho cyane gukora siporo no guterura, uretse ibi uyu mukobwa wavukiye i Huye akaba anakora ‘content’ cyane cyane zigisha abagore uko bashobora kwitwara bakagira ubuzima bwiza.

Clement yarahiriye kuzabana akaramata na Hoza

Hoza Chris na we yarahuriye ko Clement amubera umugabo

Chris asinyira ibyo yari amaze kurahirira imbere y’amategeko

Hoza nta gushidikanya yashyize umukino ku ndahiro yari amaze gukora

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Nkulikiyimfura François (ubanza iburyo) ni we wabasezeranyije

Inshuti n’abavandimwe bari baje kubashyigikira

Byari ibyishimo bikomeye ku mpande zombi

Source : http://isimbi.rw/chris-hoza-n-umugabo-we-bakoreye-ubukwe-muri-ambasade-basezeranywa-na.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *