Belén Calvo Uyarra yasezeye kuri Perezida Kagame ku wa 21 Nyakanga 2026.
Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu Village Urugwiro bugaragaza ko Perezida Kagame na Belén Calvo Uyarra baganiriye ku bufatanye bumaze igihe hagati y'u Rwanda n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi.
Buti 'Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Village Urugwiro, Belén Calvo Uyarra urangije inshingano zo kuba Ambasaderi uhagarariye Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu Rwanda, baganira ku bufatanye bumaze igihe kirekire hagati y'u Rwanda na EU n'intambwe yatewe mu gushimangira ubufatanye mu nzego zinyuranye, harimo gukora inkingo, ibikorwa byo gushyigikira gahunda zo kugarura amahoro, ubufatanye mu by'amabuye y'agaciro, iterambere ry'ibidukikije, ishoramari, uburezi n'ibidukikije.'
Mu gihe yari ahagarariye EU mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra yagize uruhare mu bikorwa bigamije guteza imbere umubano w'uyu muryango n'u Rwanda, by'umwihariko mu nzego zitandukanye z'ubufatanye n'iterambere.
Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi ni umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye b'u Rwanda, aho ibihugu bigize uyu muryango bikorana n'u Rwanda mu nzego zirimo iterambere rirambye, ubukungu, imiyoborere, uburezi n'izindi gahunda zigamije kuzamura imibereho y'abaturage.
Belén Calvo Uyarra yagizwe Ambasaderi wa EU mu Rwanda mu 2022, aho yatangiye ku mugaragaro izi nshingano muri Nzeri 2022.
Mu gihe yamaze muri izi nshingano, yagize uruhare mu gukomeza umubano n'ubufatanye hagati y'u Rwanda n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu nzego zitandukanye.
Nyuma yo kurangiza manda ye, azasimburwa na Jérémie Blin, umudipolomate w'Umufaransa wahawe uburenganzira bwo guhagararira EU mu Rwanda afite icyicaro i Kigali.
Blin asanzwe afite uburambe mu mirimo ya dipolomasi, aho yabaye Ambasaderi w'u Bufaransa mu Burundi ndetse akaba yarigeze no kuba Chargé d'Affaires muri Ambasade y'u Bufaransa mu Rwanda.


Leave a Reply