Rutahizamu Biramahire Abeddy n’umukunzi we baritegura kwibaruka, uburanga bw’uyu mwari wakujemo umunyamakurukazi #rwanda #RwOT

Written by

in

Rutahizamu wa AS Kigali n’Amavubi, Biramahire Abeddy n’umukunzi we Kagame Vanessa baritegura kwibaruka imfura y’abo, ni nyuma y’uko uyu mukobwa yakorewe ibirori bya Baby Shower.

Urukundo rwa Abeddy na Vanessa ntabwo rwavuzwe cyane, ni mu gihe bombi batakunze kubitangaza cyane.

Ubusanzwe uyu rutahizamu yavuzwe mu rukundo ubwo umunyamakuru wa Radio TV10 witabiriye Miss Rwanda 2017, Umutoni Josiane muri 2020 yavugaga ko bari mu rukundo.

Icyo gihe yari yatangaje ko batangiye gukundana muri Nyakanga 2019, ni nyuma y’igihe kinini bavugana ariko nta wurabwira undi ko amukunda kugeza Abeddy afashe iya mbere.

Kuva icyo gihe ntabwo bigeze bumvikana cyane mu rukundo kugeza ubwo uyu musore muri Nyakanga uyu mwaka, yatangaje ko ari mu rukundo n’iyi nkumi igiye kumubyarira imfura y’umuhungu.

Uyu mukobwa rero akaba aherutse gukorerwa ibirori bya Baby Shower(ibirori byo kwitegura umwana uba ugiye kuvuka), ndetse akaba yaranahishuye ko ari umuhungu bagiye kwibaruka.

Vanessa yakorewe ibirori bya Baby Shower

Ibi birori byarimo na Uwicyeza Pamela akaba umukunzi wa The Ben

Biramahire Abeddy na Vanessa baritegura kwibaruka imfura yabo

Kagame Vanesaa umukunzi wa Biramahire Abeddy

Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo urukundo rwabo rwamenyekanye

Ni umukobwa mwiza ntacyo wamugaye

Vanessa watumye Abeddy atera umugongo Josiane

Imiterere ye yagusha abasore benshi

Ari hafi kwibaruka umusore ushobora kuzatera ikirenge mu cya se agaconga ruhago

Josiane ni we wabanje gukundana na Biramahire Abeddy Christophe ariko baza gutandukana

Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/rutahizamu-biramahire-abeddy-n-umukunzi-we-baritegura-kwibaruka-uburanga-bw-umwari-wakujemo-umunyamakurukazi

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *