Abadepite ba EU bagaragaje inzego nshya z’iterambere bifuza gufatanyamo n’u Rwanda – #rwanda #RwOT

Written by

in

Impande zombi zaganiriye ku mubano mwiza uri hagati y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Rwanda.

Mukabalisa yashimye umubano uri hagati y’impande zombi mu nzego zirimo uburezi, ubuzima, imiyoborere, imibereho myiza y’abaturage, byagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’u Rwanda.

Norbert Neuser na we yashimye umubano mwiza umaze igihe hagati ya EU n’u Rwanda, avuga ko ari nayo ntego y’uruzinduko rwe ngo barebe izindi nzego ubu bufatanye bwakomerezamo.

Ati “Intego nyamukuru y’uruzinduko rwacu ni ukureba iterambere ry’u Rwanda no kurebera hamwe ibindi twafatanyamo nk’uburezi, ubuhinzi, imihindagurikire y’ibihe n’ibindi bibazo bigenda biza.”

EU isanzwe ifasha u Rwanda mu nzego zirimo iterambere ry’urubyiruko, ikoranabuhanga, uburezi, ubuhinzi n’ibindi.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yashimye umubano usanzwe hagati ya EU n’u Rwanda

Impande zombi ziyemeje gukomeza gufatanya mu nzego zitandukanye z’iterambere

Ubufatanye bw’ibihugu byombi bugiye kwagurirwa mu zindi nzego nk’ubuhinzi, uburezi, imihindagurikire y’ibihe n’ibindi

source : https://ift.tt/3bFq275

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *