Miliyoni 100 Frw zigiye guhabwa imishinga ihiga iyindi mu ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

Written by

in

Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’abarushanwa bagera kuri 400, baza gutoranywamo 25 ari nayo izatoranywamo imishinga itanu ihiga iyindi, ikaba ari yo izahembwa.

Umushinga uzahiga indi uzahembwa ibihumbi 50$ (asaga miliyoni 50 Frw) mu gihe abandi bane buri umwe azajya ahabwa miliyoni 12,5 Frw.

Kuri ubu urubyiruko rufite imishinga 25 yatoranyijwe rumaze icyumweru mu mwiherero rwigira hamwe uko imishinga yabo yateza imbere Sosiyete Nyarwanda.

Uwase Aline ufite umushinga wo guteza imbere Made in Rwanda binyuze kuri internet yise “The HappyNess,” yavuze ko muri aya mahugurwa, bahigiye uburyo ishoramari rikorwa.

Ati “Twungutse byinshi birimo no kongerwa ubumenyi ku buryo turushaho kumenya no gusobanukirwa ishoramari. Twahuye n’abantu batwereka inzira y’ishoramari, ibyiza n’ibibi ku buryo tudashobora gucika intege.”

Muhiza Frank ufite umushinga wo gufasha amakoperative kumenyekanisha ibikorwa byayo na serivisi zo gucunga imari, yasabye ko inzego za Leta zajya zikurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ihembwa.

Ati “Irushanwa nibwo rigitangira, ariko icyo nasaba Guverinoma ni ugushyira imbaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ihabwa ibihembo.”

Yakomeje agaragaza ko hari imishinga yagiye ihabwa ibihembo mu marushanwa atandukanye ndetse ikanyura no mu bigo bifasha urubyiruko ariko bikarangira izimiye.

Ku ruhande rwa Ngaboyurwanda Honoré ufite umushinga wo guhuza abahinzi n’abaguzi hifashishijwe ikoranabuhanga, yasabye ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu guteza imbere ubuhinzi.

Mu gihe cy’amahugurwa, abitabiriye amahugurwa basuye ikigo gitangira serivisi z’ubuvuzi kuri telefoni, Bably, babwirwa ko kuva cyatangira, abarenga miliyoni ebyiri biyandikishije bazisaba mu gihe miliyoni 1,3 basuzumwe.

Ku wa 3 Ukuboza 2021 nibwo hazamenyekana batanu ba mbere bazahembwa.

Abafite imishinga ihanganye muri Hanga Pitchfest baganiriye n’ubuyobozi bwa Bably

Abitabiriye aya mahugurwa bafashe ifoto y’urwibutso

Hanga Pitchfest izajya iba buri mwaka

Muhiza Frank ufite umushinga wo gufasha amakoperative kumenyekanisha ibikorwa byayo na serivisi zo gucunga imari n’iteganamigambi, yasabye ko inzego za Leta zajya zikurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga

Ba rwiyemezamirimo bitabiriye iri rushanwa basobanuriwe ibijyanye n’ishoramari

Umuyobozi Mukuru wa Babylon ifite ishami mu Rwanda rya Babyl, Dr. Ali Parsa, yasabye urubyiruko gukomeza kugira umuco wo guhanga udushya

Urubyiruko rusobanurirwa uburyo bwimbitse bwo gusobanuramo imishinga

Uwase Aline yagaragaje ko bungukiye byinshi mu mwiherero

umushinga uzahiga indi uzahembwa miliyoni 50 Frw

source : https://ift.tt/32ZyH3f

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *