APR FC yahannye abakinnyi 5 #rwanda #RwOT

Written by

in

Ikipe y’ingabo z’igihugu, APR FC yahannye abakinnyi ba yo batanu aho yabohereje gukorera imyitozo mu ikipe ya kabiri ya yo ari yo Intare FC.

Aba bakinnyi bose uko ari batanu boherejwe gukorera imyitozo mu Intare FC, amakuru agera ku kinyamakuru ISIMBI bivugwa ko boherejwe gukorerayo bitewe n’ikibazo cy’imyitwarire yaba mu kibuga ndetse no hanze ya cyo.

Abo bakinnyi ni Nsanzimfura Keddy, Byiringiro Lague, Nizeyimana Djuma, Ishimwe Anicet na Nsengiyumva Parfait.

Aba bakinnyi bose icyo bahuriyeho ni uko bamaze igihe batitwara neza mu kibuga kuko benshi batakibona umwanya wo gukina, gusa ibi bikaba bijyana n’imyitwarire ya bo yo hanze y’ikibuga ari na yo ubuyobozi bwa APR FC bwananiwe kwihanganira bahitamo kubohereza gukorera imyitozo mu Intare FC kugira ngo banitekerezeho.

Ishimwe Anicet yoherejwe gukorera imyitozo mu Intare FC

Nizeyimana Djuma na we yarahanwe

Parfait kuva yagera muri APR FC kubona umwanya wo gukina byaranze, na we ari mu bahanwe

Nsanzimfura Keddy ni we woherejweyo mbere y’abandi

Byiringiro Lague bivugwa ko nyuma yo kuba bidahagaze neza mu kibuga no hanze yacyo ntabwo bimeze

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yahannye-abakinnyi-5

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *