Tembera Umujyi wa Rwamagana urabimburira aban… – #rwanda #RwOT

Written by

in

Agace ka mbere ka Tour du Rwanda, karatangirira mu mujyi wa Kigali gasorezwe mu mujyi wa Rwamagana. Abasiganwa 100 nyuma yo kuzenguruka uyu mujyi, aka gace gafite ibirometero 115 baragasoreza hafi y’ibiro by’Akarere ka Rwamagana.

Akarere ka Rwamagana karimo umujyi wa Rwamagana ni Akarere karimo amahoteli meza, yubatswe ku kiyaga cya Muhazi.

Muri aka karere mu murenge wa Gishari, hari uruganda Bella Flowers ruhinga rukanatunganya indabo zoherezwa mu mahanga. Muri Bella Flowers hahingwa indabo z’ubwoko 16.

Mu murenge wa Mwulire hari icyanya cy’inganda. Inganda 13 nizo zatangiye gukora.

Muri aka karere kandi bubatse udusoko duto ducururizwamo imbuto.

Hoteli Macampagne ni imwe mu mahoteli meza yubatswe ku kiyaga cya Muhazi 

Vintage Hotel iri ku kiyaga cya Muhazi 

Ku kiyaga cya Muhazi abashaka kuruhuka niho baruhukira

Mu kiyaga cya Muhazi habamo amahumbezi

Bella Flower iri mu murenge wa Gishari, niho hatunganyirizwa indabo zoherezwa mu bihugu birimo Ubuholandi

Mu kabuga ka Musha hari amahumbezi aturuka ku mashyamba

Mu murenge wa Mwulire icyanya cy’inganda harimo inganda 13 zatangiye gukora

Udusoko tw’imbuto twitezweho guteza imbere abagore bitabiriye ubucuruziUrubyiruko rwatangiye kubona akazi mu nganda

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126199/tembera-umujyi-wa-rwamagana-urabimburira-abandi-gusogongera-ku-buryohe-bwa-tour-du-rwandaa-126199.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *