Ibihumbi by’abagore bo muri USA bongeresheje ibibuno bari kwerekeza muri Brazil kugira ngo basubire uko bahoze – YEGOB #rwanda #RwOT

Written by

in

Ibihumbi by'abagore bongeresheje ibibuno baturuka i New York bari kwerekeza muri Brésil, kugira ngo bafashwe gusubira uko bahoze mbere yo kongeresha ibibuno byabo.

Ubundi ibi bikorwa n'abaganga aho bafata ahari ibinure ku mubiri w'abagore bakabikuraho bakabishyira ku kibuno kikarushaho kuba kinini. Gusa ariko abenshi mu bagore ba bikoze bari kujya kubyikurishaho muri Brésil bakishyura ibihumbi 25$, angana nka miliyoni 25Frw

Umwe mu baganga mu Bitaro bya Fifth Avenue plastic surgeon, witwa Dr. Ryan Neinstein, yabwiye Ikinyamakuru Page Six ko ubu abantu benshi bari kwakira ari abashaka kwikuzaho ibibuno bongereweho.

Source : https://yegob.rw/ibihumbi-byabagore-bo-muri-usa-bongeresheje-ibibuno-bari-kwerekeza-muri-brazil-kugira-ngo-basubire-uko-bahoze/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *