Ni mu ruzinduko yahakoreye ku wa Gatanu, tariki ya 12 Gicurasi 2023. Umukuru w'Igihugu yasuye abaturage bibasiwe n'ibiza bashyizwe kuri site zirimo iya Nyemeramihigo, Nyamyumba, Kanyefurwe n'iri kuri Vision Jeunesse Nouvelle.
Abaturage baganirije Perezida Kagame ku buzima babayemo, bamugaragariza ibibazo bafite, na we abizeza ubufasha bwo gukomeza kubafasha no kubagoboka uko ubushobozi buzaboneka.
Nyuma yo gusoza uruzinduko rwe, Perezida Kagame yageze mu Mujyi wa Musanze mu Majyaruguru n'i Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali ava mu modoka asuhuza abaturage, bamwishimiye cyane, banamwereka urukundo.
Imibare mishya ya Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi (MINEMA) yerekanye ko ibiza byibasiye Intara y'Iburengerazuba, Amajyepfo n'Amajyaruguru, byahitanye abaturage 135, 110 barakomereka mu gihe abamaze gukira ari 97. Kugeza ubu abakiri mu bitaro ni 13 mu gihe umwe yaburiwe irengero.
Mu bikorwaremezo, inzu 5963 zarasenyutse, imihanda minini 20 irasenyuka [15 imaze gusanwa], inganda z'amashanyarazi 12 zari zangiritse ndetse n'inganda umunani z'amazi zose zarasanwe.
Abantu 20326 ni bo bakuwe mu byabo n'ibiza, ndetse bashyiriweho site 83 zo kubacumbikira. Aba baturage bamaze guhabwa ubufasha bw'ibiribwa bugera kuri toni 426.
Minisiteri y'Ibikorwaremezo [Mininfra] iheruka gutangaza ko hakenewe hafi miliyari 160 Frw zo gusana ibyangijwe ndetse no gutuza abaturage bakuwe mu byabo n'ibiza byibasiye Uburengerazuba n'Amajyaruguru mu ijoro ryo ku wa 2-3 Gicurasi 2023.
![]()
Uruganda rw’Amata rwo muri Rubavu rwinjiriwe n’amazi ndetse imirimo yarwo irahagarara
![]()
Akarere ka Rubavu ni kamwe mu twibasiwe cyane n’ibiza. Muri rusange, inzu zigera ku 6000 ni zo zangiritse
![]()
Hangiritse n’ibikorwaremezo birimo no gucikagurika kw’insinga zitwara umuriro w’amashanyarazi
![]()
Ibarura rihuriweho n'inzego zitandukanye ryagaragaje ko hari inzu 6.206 zangijwe n'ibiza. Harimo izasenyutse burundu, izangiritse ku buryo bukabije n'izindi ziri mu manegeka
![]()
Inzu nyinshi zarasenyutse kubera amazi menshi yatewe n’imyuzure y’imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa 2 Gicurasi rishyira ku wa 3 Gicurasi 2023
![]()
Ibiza byibasiye abaturage bo mu Karere ka Rubavu, byatewe ahanini n’Umugezi wa Sebeya
![]()
Aya mazi yarimbaguye n’amashyamba, irambika ibiti hasi
![]()
Nubwo ibiza byahungabanyije ubuzima bw’abatuye mu Burengerazuba, batangiye kongera kwigirira icyizere cyo kubaho
![]()
Inzu zitandukanye zashegeshwe n’ibiza byibasiye Akarere ka Rubavu
![]()
Abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza bijejwe ko Leta izakomeza kubaba hafi
![]()
Perezida Kagame yasuye uduce twangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu
![]()
Umugezi wa Sebeya uri kubungwabungwa mu kwirinda ko wakongera guteza ibiza byahitanye abaturage bo mu Karere ka Rubavu
![]()
Mu gihe cy’imvura nyinshi Sebeya ikunda kuzura ndetse amazi yayo akayirengera akinjira mu nzu z’abaturage bayituriye
![]()
Leta yijeje ko izakora ibishoboka byose kugira ngo Umugezi wa Sebeya ubungwabungwe bikwiye
![]()
Inzu zasenywe n’amazi zasigaye ari amatongo, abari bazituyemo bajyanywe mu nkambi aho umutekano wabo wizewe mbere yo kwimurirwa ahandi hantu hadashyira ubuzima bwabo mu kaga
![]()
Na nyuma y’ibiza ubuzima burakomeza nubwo bishobora gutwara igihe cyo kongera kwiyubaka
![]()
Perezida Kagame yasuye Akarere ka Rubavu by'umwihariko uduce twibasiwe n'ibiza turimo Mahoko, Pfunda na Nyundo
![]()
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Deogratias, uyoboye akarere by'agateganyo nyuma yo kwirukanwa kwa Kambogo Ildephonse, ni we wasobanuriraga Perezida Kagame imiterere y'ibiza byibasiye aka gace
![]()
Perezida Kagame yasuye uduce twibasiwe n’ibiza aherekejwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye
![]()
Perezida Kagame yarebye uko Umugezi wa Sebeya wateje ingorane zikomeye kuko warengewe n’amazi agakwira mu bice byo hafi aho, bigatuma inzu zirengerwa kugeza aho bamwe babuze ubuzima bwabo
![]()
Perezida Kagame yatanze icyizere ko hari inzego ziri gukora ku kibazo cy’Umugezi wa Sebeya kugira ngo gishakirwe umuti urambye
![]()
Umukuru w'Igihugu yasuye utu duce ari kumwe n'abayobozi barimo Minisitiri ushinzwe ibikorwa by'Ubutabazi, Marie Solange Kayisire; Minisitiri w'Ibikorwaremezo, Ernest Nsabimana na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, François Habitegeko
![]()
Uhereye ibumoso ni Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Eng. Patricia Uwase; Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, François Habitegeko n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, Assumpta Ingabire
![]()
Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, Marie Solange Kayisire, aganira n’umwe mu barimu ba Centre Scolaire de Nyundo ryibasiwe n’ibiza
![]()
Perezida Kagame yasuye Centre Scolaire de Nyundo, ishuri rikunzwe kwibasirwa n’ibiza
![]()
Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Nzabonimpa Deogratias, asobanurira Perezida Kagame iby’uduce twibasiwe n’ibiza
![]()
Perezida Kagame yijeje ko inzego z'ubuyobozi ziteguye gukosora aho bitagenze neza no gukora byiza kurushaho
![]()
Perezida Kagame yavuze ko Leta yiteguye gukora ibishoboka byose mu gufasha abahuye n’ibiza kugira ngo basubire mu buzima busanzwe
![]()
Ishuri rya Centre Scolaire de Nyundo, Perezida Kagame yasuye riri ku yibasiriwe n’ibiza
![]()
Imvura yajojobaga ubwo Perezida Kagame yasuraga uduce twangijwe n’ibiza i Rubavu
![]()
Amazi yavuye muri Centre Scolaire de Nyundo yaturutse mu misozi miremire ikikije iri shuri
![]()
Perezida Kagame yasobanuriwe uko abanyeshuri bari kwigishwa muri ibi bihe nyuma y’uko ishuri ryabo ryibasiriwe n’ibiza
![]()
Perezida Kagame yatambagijwe iri shuri yerekwa uko imikorere yaryo yashegeshwe n’ibiza
![]()
Abana bato bakiriye Perezida Kagame bafite akanyamuneza
![]()
Perezida Kagame yateze amatwi abarezi bo muri Centre Scolaire de Nyundo yumva ubusabe bwabo
![]()
Bimwe mu byumba by’iri shuri byarasenyutse
![]()
Perezida Kagame yasuye Akarere ka Rubavu aherekejwe n’abayobozi mu nzego nkuru za Leta, iz’umutekano ndetse n’ab’iz’ibanze
![]()
Uhereye ibumoso ni Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, François Habitegeko; Umuyobozi Mukuru wa Polisi, DCG Félix Namuhoranye n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, Assumpta Ingabire
![]()
Minisiteri y'Ibikorwaremezo yatangaje ko hakenewe hafi miliyari 160 Frw zo gusana ibyangijwe ndetse no gutuza abaturage bakuwe mu byabo n'ibiza
![]()
Ikigo gishinzwe Iterambere ry'Imihanda, RTDA, cyagaragaje ko kugira ngo hasanwe imihanda n'ibiraro byangiritse, hasabwa nibura miliyari 120 Frw
![]()
Ibikorwaremezo bitandukanye byasenywe n'ibiza byibasiye Intara y'Iburengerazuba by'umwihariko mu Turere twa Rubavu, Ngororero na Nyabihu
![]()
Perezida Kagame yavuze ko yasuye Akarere ka Rubavu kugira ngo yereke abaturage bibasiwe n’ibiza ko yifatanyije na bo kandi ko abatekereza
![]()
Perezida Kagame yagendaga asobanuza akantu ku kandi ku hangijwe n’ibiza
![]()
Aba baturage nubwo batishimiye ubuzima bw’ubuhunzi barimo, bafite icyizere ko mu gihe gito bazongera kubaho neza kuko bari gufashwa na leta
![]()
Serivisi z’ubuvuzi zagizwe ubuntu ku bantu bagizweho ingaruka n’ibiza
![]()
Abana ni abamalayika! No mu bihe bigoye bo baba bisekera
![]()
Abana bakiri bato bafite abakozi babitaho mu gihe ababyeyi babo bagiye mu mirimo
![]()
Abana bato bafite ababitaho mu Irerero ryashyizwe kuri site ya Inyemeramihigo
![]()
Abajyanama b’ubuzima baba bari hafi y’aba baturage ku buryo nta kibazo na kimwe cy’ubuzima bahura nacyo
![]()
Perezida Kagame aramutsa abaturage bari bateraniye kuri Site ya Nyemeramihigo mu Karere ka Rubavu
![]()
Perezida Kagame yabwiye aba baturage ko Leta ihangayikishijwe n’ubuzima babayemo, ko ari yo mpamvu iri gukora ibishoboka byose ngo basubire mu buzima busanzwe
![]()
Bakomye amashyi ndetse banyuzamo bacinya akadiho bishimira ko basuwe na Perezida Kagame
![]()
Nshizirungu Aimable yashimiye Perezida Kagame wamwishyuriye amashuri, amubwira ko yiteguye gukorera igihugu
![]()
Nteziyaremye Feza yapfushije umugore asigarana uruhinja rw’amezi atandatu. Yabwiye Perezida Kagame ko yabonye ubufasha bwose kuko yashakiwe aho kuba, akaba anahabwa amata yo guha umwana we
![]()
Uyu mubyeyi yabwiye Umukuru w’Igihugu ko ibibazo bye bikemutse kuko yongeye kumubona
![]()
Uhereye ku bakuru n’abato wabonaga bafite akanyamuneza ku maso
![]()
Babonye Perezida Kagame bose barahaguruka bakoma amashyi bamugaragariza urukundo bamukunda
![]()
Biragoye kwiyumvisha ko aya masura yishimye ari ay’abaturage bahuye n’ibibazo by’ibiza, bamwe muri bo bagapfusha inshuti n’abavandimwe
![]()
Abaturage bagenderewe na Perezida Kagame bari bafite ibyishimo by’ikirenga
![]()
Buri wese yari anyotewe no kubona Umukuru w’Igihugu
![]()
Perezida Kagame aganira n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Assumpta Ingabire
![]()
Perezida Kagame asezera abaturage bo kuri Site ya Nyemeramihigo
Nyuma yo gusura Rubavu, Perezida Kagame yanyuze i Musanze n'i Nyabugogo asuhuza abaturage, bamwereka urugwiro
![]()
Perezida Paul Kagame yakiranyweho ibyishimo n'abaturage yasanze i Musanze aho yageze avuye i Rubavu aho yasuye abagizweho ingaruka n’ibiza biheruka kwibasira Intara zirimo iy’Iburengerazuba
![]()
Perezida Kagame yageze i Musanze ava mu modoka asuhuza abaturage bari bamutegerezanyije ubwuzu
![]()
Abaturage bari imbere y'Isoko rinini rya Musanze rizwi nka Goico Plaza beretse urukundo Perezida Kagame
![]()
Perezida Kagame yasuhuzaga abaturage impande n'impande kuko abatari bari mu mabaraza y'amagorofa bari ku nkengero z'umuhanda
![]()
Bamwe byabasabye kujya ku mabaraza y'inzu ahirengeye kugira ngo babone Perezida Kagame neza
![]()
Perezida Kagame ni inshuti ikomeye y'urubyiruko aho anyuze buri wese abasha ashaka kumuhanga ijisho ubutaruhuka
![]()
Perezida Kagame yagiranye ibihe byiza n'abaturage b'i Musanze bamwereka urukundo ndetse bahuza urugwiro
![]()
Abaturage bari bafite ibyishimo by’ikirenga nyuma yo kubona Perezida Kagame
![]()
Perezida Kagame yageze mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kimisagara ahazwi nka Nyabugogo arongera ava mu modoka nabwo asuhuza abaturage wabonaga ko bari bamutegereje
![]()
Yanahagaze i Nyabugogo! Umukecuru, umusore, inkumi, uhetse wese wabonaga ko yishimiye Umukuru w'Igihugu
![]()
Aha Perezida Kagame yasuhuzaga abari bamutegereje mu nkengero z’umuhanda wa Nyabugogo
![]()
Abanyamujyi beretse Umukuru w'Igihugu urugwiro na we ava mu modoka barasabana
![]()
Byari ibyishimo cyane ku rubyiruko rw'i Kigali nyuma yo gusuhuzwa na Perezida Kagame
KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI
Amafoto: Igirubuntu Darcy & Village Urugwiro
Video: Mucyo Jean Regis
Leave a Reply