Rutahizamu wabenze Amavubi yerekeje mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza #rwanda #RwOT

Written by

in

Rutahizamu ufite inkomoko mu Rwanda ariko warubenze agakinira u Bubiligi, agiye kwerekeza muri Burnley mu Bwongereza.

Uyu mukinnyi yakiniraga Genk mu Bubiligi aho yanatowe nk’umukinnyi mwiza ukomoka muri Afurika ukina muri shampiyona y’u Bubiligi mu mwaka 2022-23.

Ubu arabarizwa mu Bwongereza aho yagiye gukora ikizami cy’ubuzima aho nagitsinda ahita asinyira Burnley FC.

Ndayishimiye Mike Trésor w’imyaka 23 uvuka kuri se w’umurundi na nyina w’Umunyarwandakazi, wifuzwaga cyane n’ikipe y’igihugu Amavubi, amahirwe yaje kuyoyoka muri Gicurasi uyu mwaka ubwo u Bubiligi bwamuhamagaraga agahita agenda u Rwanda rukuzaho gutyo.

Tresor agiye kwerekeza muri Burnley FC

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-wabenze-amavubi-yerekeje-mu-cyiciro-cya-mbere-mu-bwongereza

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *