Lionel Messi yasezeye burundu mu ikipe y'igihugu #rwanda #RwOT

Written by

in

Umukinnyi w'umupira w'amaguru wo muri Argentine, Lionel Messi, yatangaje ko asezeye mu ikipe y'igihugu, avuga ko ari icyemezo kimubabaza, ariko ko igihe cyacyo kigeze.

Messi w'imyaka 39, yafashije Argentine gutwara Igikombe cy'Isi cyabereye muri Qatar mu 2022. Yatsindiye igihugu cye ibitego 125 mu mikino 207. Ni we umaze gutsindira Argentine ibitego byinshi kurusha abandi, akaba kandi ari we umaze kuyikinira imikino myinshi kurusha abandi.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Messi yavuze ko yahaye byose ikipe y'igihugu, ariko ubu akaba 'nta kindi asigaje gutanga.'

Yongeyeho ati: 'Igihe kiragenda kirangira, ibice by'ubuzima bigira iherezo, kandi iki ni kimwe mu bintu bimbabaza cyane.

'Nishimiye, ndacyishimira kandi nzahora nshimira kuba narabaye mu ikipe y'igihugu.

'Natanze ibyo nari mfite byose, nta kindi nsigaje gutanga. Vuba kandi hari abakinnyi bakiri bato kandi bafite impano nyinshi bari kuza inyuma yanjye, na bo bakwiye guhabwa umwanya.'

Mu ntangiriro z'ukwezi kwa Kanama, Messi yari yavuze ko ari gutekereza ku hazaza he mu mupira w'amaguru, nyuma y'urupfu rwa se Jorge, witabye Imana afite imyaka 68 nyuma y'igihe kirekire arwaye.

Messi, umaze gutwara inshuro umunani igihembo cya Ballon d'Or (Umupira w'Inzahabu), yavuze ko ubutumwa bwo gutangaza ko asezeye yabwanditse ku itariki ya 21 Nyakanga, hashize iminsi ibiri gusa Argentine itsinzwe na Espagne ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cy'uyu mwaka.

Source : https://flash.rw/2026/09/01/lionel-messi-yasezeye-burundu-mu-ikipe-yigihugu/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *