Nyuma y'uko imikino y'amatsinda yasojwe kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports FC na Al Hilal SC zasanze Gor Mahia FC na Jamus SC mu makipe ane yabonye itike yo gukomeza muri ½ cy'irangiza.
Rayon Sports FC, izahagararira u Rwanda muri TotalEnergies CAF Confederation Cup, yatsinze Al Hilal SC yo muri Sudani igitego 1-0 mu mukino wa nyuma w'amatsinda, ihita isoza itsinze imikino yose uko ari itatu.
Igitego rukumbi cyatsinzwe na Atisso Kodjo ku munota wa 17, bituma Rayon Sports isoza imikino y'amatsinda ifite amanota icyenda kuri icyenda.
Mu ½ cy'irangiza, Rayon Sports izahura na Jamus SC yo muri Sudani y'Epfo, ikipe yatunguye benshi ikagera muri iki cyiciro.
Umutoza wa Rayon Sports, Christian Francis Haringingo, yavuze ko yishimiye uko ikipe ye yitwaye ikabasha kugera muri ½ cy'irangiza nyuma yo gutsinda imikino yose.
Ati: 'Iri rushanwa riri mu rwego rwo kwitegura shampiyona nshya, kandi ubu twiteguye guhangana n'ikipe iyo ari yo yose tuzahura na yo muri ½ cy'irangiza.'
Ku rundi ruhande, Al Hilal SC yo muri Sudani, yabonye umwanya wa kabiri mwiza mu matsinda, izahura na Gor Mahia FC yo muri Kenya mu mukino wa mbere wa ½ cy'irangiza, mu mukino utegerejweho kuba ukomeye.
Indi kipe yo muri Kenya, Tusker FC, yabonye intsinzi yayo ya mbere muri iri rushanwa, itsinda KVZ FC ibitego 2-0 mu mukino wo mu itsinda C wakiniwe kuri Kigali Pele Stadium, Ian Simiyu na Victor Mbaoma ni bo batsindiye Tusker FC.
Imikino ya ½ izakinwa kuri uyu wa kabiri, aho guhera ku isaha ya Saa kumi ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya izakina na Al Hilal naho ku isaha ya saa mbili z'ijoro ikipe ya Rayon Sports izakine na Jamus FC, imikino yose ikaba izakinirwa kuri Stade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45.
Leave a Reply