Diamond na Zuchu bibarutse #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi Diamond Platnumz n’umugorenwe w’umuhanzi, Zuchu bibarutse umwana wabo w’imfura nyuma y’iminsi mike uyu mugore aatangaje ko yitegura kwibaruka.

Ni amakuru Diamond Platnumz n’umugore we mushya batangaje mu gitondo cyo ku wa 2 Kanama 2026.

Mu mpera za Nyakanga Zuchu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yasangije abakunzi be amafoto agaragaza inda ye ikuze, ayaherekesha ubutumwa bugaragaza ibyishimo byo kwitegura kwakira umwana we wa mbere.

Ni mu gihe Diamond yavuze ko umuryango wungutse undi mwana, ni mu gihe Zuchu yavuze ko ubu hari undi muntu abereyeho.

Aya makuru aje nyuma y’igihe gito Zuchu yemeje ko yatandukanye na Diamond, ibintu byababaje abakunzi babo bari bamaze imyaka babakurikirana.

Zuchu na Diamond batangiye kuvugwa mu rukundo mu 2021, kuva icyo gihe umubano wabo wakunze kurangwa no gutandukana no kongera gusubirana.

Urukundo rwabo rwatangiye kuvugwa cyane mu Ukuboza 2021 mbere y’uko barwemeza ku mugaragaro mu Ugushyingo kwa 2022.

Nyuma yaho muri Kamena 2025, Diamond yakoye Zuchu maze bombi bakora ubukwe mu ibanga.

Uyu ni umwana wa mbere wa Zuchu, akaba umwana wa gatanu wa Diamond Platnumz nyuma ya babiri yabyaranye na Zari The Boss Lady, umwe yabyaranye na Tanasha Donna ndetse n’undi yabyaranye na Hamisa Mobetto.

Zuchu yibarutse

Source : http://isimbi.rw/diamond-na-zuchu-bibarutse.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *