Uko ibuye rimwe ryishe inyoni ebyiri kuri Muhoza Daniel wa Rayon Sports #rwanda #RwOT

Written by

in

Rutahizamu wa Rayon Sports, Muhoza Daniel yakabije inzozi yarotaga icya rimwe ni nyuma yo kwisanga muri Rayon Sports yakuze yarihebeye.

Uyu mukinnyi ukina ku mpande asatira, muri uku kwezi kwa Nyakanga 2026 ni bwo yasinyiye Rayon Sports avuye muri Etoile del’Est.

Umwaka ushize nibwo yigeze gutangaza ko inzozi ze ari ugukina mu cyiciro cya mbere, akaba yarabigezeho noneho ahera mu ikipe ya Rayon Sports yakuze akunda.

Ati “Inzozi zanjye za mbere ni ugukina mu cyiciro cya mbere, ngize Imana hanze, buri mukinnyi wese ni byo aba yifuza.”

“Ntabwo najyaho ngo mbeshye, nkunda Rayon Sports.”

Akaba amaze gukinira Rayon Sports imikino ibiri harimo uwa Gor Mahia kuri Rayon Day na KVZ FC muri CECAFA Kagame Cup yanatsinzemo igitego.

Muhoza Daniel yakabije inzozi ze

Source : http://isimbi.rw/uko-ibuye-rimwe-ryishe-inyoni-ebyiri-kuri-muhoza-daniel-wa-rayon-sports.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *