Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Cameroun gukina na Panthère Sportive du Ndé idafite abakinnyi babiri iheruka gusinyisha, Elie Mukono na Mohamed Ouattara.
Mu gitondo cyo kuri uyu Mbere tariki ya 31 Kanama 2026 nibwo iyi kipe yafashe rutemikirere yerekeza Cameroun gukina n’iyi kipe umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup.
Ni umukino uzaba tariki ya 4 Nzeri 2026. Iyi kipe ikaba igiye gukorera umwiherero w’iminsi itatu muri iki gihugu.
Mu bakinnyi isanganywe bamaze iminsi bitegurana nayo, ntabwo yajyanye Tony Kitoga ikibazo yagize kikaba kitaramenyekana.
Ntabwo yajyanye kandi abakinnyi bayo babiri bashya, myugariro ukomoka muri Burkina Faso, Mohamed Ouattara n’umurundi ukina mu kibuga hagati, Elie Mukono uzwi nka Elidinho aho amakuru avuga ko batarabona ibyangombwa.
Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yerekeje-cameroun-idafite-elidinho-na-ouattara.html
Leave a Reply